Ibyiza byo gusomana inseko ikeye

Gusomana ntibinyura  gusa abakundana basohokana muri week-end. Ngo burya ni inyongezo ku rukundo rw’abashakanye

Gusomana1

Gusomana bifite imizi iva kure. Si igitangaza ko umwana arira agahogora maze nyina yamusoma ahantu, agaceceka, agasimbuka, agaseka. No ku basomana bisa n’ibyo. Bikarushaho iyo buri wese yishimiye mugenzi we(atari mu marira cyangwa ay’agahinda). Mbese nko mu ntangiriro z’umwaka.

Ubushakashatsi bukomeje kwerekana ko gusomana bifitiye umubiri akamaro katari gake. Ngo ni nko gukora siporo ukunda. Ariko byose birategurwa, kugira ngo utavuna igufa cyangwa ukabangamira abandi mu nzira. Muri iyo nzira, agahugu umuco akandi uwundi.

Iyo umuco ubibuza

Imico myinshi ibona iki gikorwa cyo gusomana nko gutandukira. Abongabo  bibwira ko ntahandi kiganisha uretse ku busambanyi. Nta n’uwavuga ko baba bibeshya. Gusa iyo bigeze aho, bihita  byitwa kirazira. Yewe n’ibyo abandi bagira nk’indamukanyo bigahinduka ibishizi by’isoni. Nyamara iyo umuco ubibuza, ntibibuza umubiri kugira ibicuro. Na byo bigira ikibimara.

Mu Kinyarwanda, biragoye kumva neza no gutandukanya « bisou » na « baiser ».Abongereza bo barabishoboye babyita « french kiss » kuko gusomana kw’Abafaransa bikoranwa umucyo ufite imirasire igera kure mu mubiri ihereye ku rurimi.

Aho bikura umubiri

Nk’uko tubikesha Topsante.com, ngo umunota umwe wa « bisou » itanganywe umutima mwiza, ni umuti ukomeye. Bikura umubiri kure! Bifasha umutima gutera neza(tension artérielle), bikanatera kuruhuka mu mutwe(relax). Ngo ni yo mpamvu amaso aba yagiye nk’ayatwawe n’ibitotsi.

kiss3

Ngo byongera kandi umwuka mu mubiri(oxygène), bikawugabanyiriza n’ibinure. Birinda na none indwara zo mu kanwa(kuko buri wese yirinda icyazanamo impumuro mbi), bikanatuma imitsi y’umunwa n’iy’ururimi ikora neza(glandes salivaires).

Inyongezo ku bashakanye

Gusomana ntibinyura  gusa abakundana basohokana muri week-end. Ngo burya ni inyongezo ku rukundo rw’abashakanye. Igitabo cy’Indirimbo Ihebuje(Cantique des cantiques de la Bible)kibikomozaho ahantu henshi: « …Reka amabere yawe ambere nk’amahundo y’umuzabibu, umwuka wawe umbere nk’impumuro y’amapera, n’akanwa kawe nka divayi yahebuje…yisuke igana uwo nkunda, itembe ku minwa y’abahunikira. Ndi uw’uwo nkunda kandi ni jye ararikira »(Indir.Iheb.7,9b-11).

Iminwa y’abashakanye uko ihura kenshi ntagusahuranwa, bigaragaza ibyo bahuriyeho(attachement et liens sociaux). Naho iyo urukundo rwatangiye gukonja, baterana imigongo. Namwe icyo gikorwa nigitangira kuba iyanga, muzicare mwibaze!

kiss2

Akarusho ku mugore utwite

Ku mu gore utwite byo ngo ni akarusho kuri we no ku mwana uri munda. Bigaragaza ko ibintu bitabaye bibi kandi ko umwana bamwishimiye. Ntiyaje ari Gatanya. Bityo impumuro y’urukundo rwabo na we ikamugeraho.

kiss1

Inseko y’amajigija

Ngo ntibigira imyaka!Ibikwerere n’amajigija barinda barenguka bagifite akanyamuneza iyo badasiba kubwirana rya jwi rya Karabo na Gikundiro. Maze akuzuye umutima kagasesekara ku munwa. Muri icyo gihe, buri wese yiruhutsa nk’uwirutse kilometero zitari nke ataruhije amaguru. Nuko bombi bagasazana inseko itagabanije.

Mbifurije gusoza neza uyu mwaka no gutangira undi mwishimye.

P.B

Bwaki n’ubukene ku meza y’iminsi mikuru

Birababaje

Birababaje kandi biratangaje kubona ahantu hafi ya hose barebera Afurika mu ndorerwamo ya bwaki n’ubukene. Mu bihugu byinshi, uhasanga abana n’abantu bakuru banitse amagufwa, amaguru yarabyimbye, amatama yaratukuye n’imisatsi yaracuramye.

Abasabiriza

Mu bihe by’iminsi mikuru isoza umwaka, abasabiriza(n’ubwo ntaho bataba)ku mihanda no mu masoko baba bangana igitero. Hari n’ababigize umwuga, utabahaye bakamuvumira ku gahera. Kwirengagiza ko biriho ukagaragaza gusa abana n’abantu b’uruhanga rukenkemuye, ni ugutwika inzu ugahisha imyotsi.

Aho ikibazo kiri

Henshi bakunze kuvuga ngo kurwaza bwaki ni ikibazo cy’imyumvire. Ariko hari n’abadashaka kumva impamvu y’icyo kibazo. Kandi koko biragoye kumva ko urugo rw’abantu batanu cyangwa barenze, n’ubwo rukeneye inyama, rwafata isake igurwa 6000frw rukayibaga aho kuyigurisha ngo ruguremo ibishyimbo, ibijumba, imboga n’akunyu.

Biragoye kumva ko umuntu ufite inkoko itera amagi 6 mu cyumweru yahitamo guteka ayo magi aho kuyagurisha ngo aguremo ibyahaza abo mu rugo. Ikibazo ni ukumenya niba guhaga ari ukuzuza inda cyangwa gufata indyo yuzuye.

Kuri iyi ngingo, bwaki si ikibazo cy’ubukene ni ikibazo cy’indyo ituzuye. Hari n’abifite barwaza bwaki kubera akazi cyangwa Manyinya. Ugasanga abana babo barerwa n’abayaya bahembwa intica ntikize maze na bo iby’abana bakabyitikurira. Nuko bwaki igatongora.

Ubukene 0

Gusa rero hari n’ingo zicira isazi mu jisho, rwakingwa ntirukinguke. Aha ni ho bwaki ishobora kuba ikibazo cy’ubukene. Inzira zo kubuvamo ntizisobanuka neza. Abazi gukina abandi ku mubyimba bakumva izo nzira ari umuharuro. Hari n’aho no kwigondera NYAKATSI biba bitoroshye. Kandi burya ngo « Inzu ni icyo uyiririyemo. »

Umuharuro w’imibare

Abemeza ko inzira zo kuva mu bukene ari umuharuro bagendera ku mibare y’abavuye mu bukene ariko sinzi niba bababazwa n’abakiburimo.Reka tugendere ku mibare turebe niba uwo muharuro uhuza u Rwanda n’ibihugu birukikije ari umuhanda nyabagendwa.

Nk’uko Banki y’Isi(Banque mondiale,2014) ibyerekana,mu Burundi,abantu 66,9% bari munsi y’umurongo w’ubukene kandi buri muturage abarirwa ko yinjiza 270$US;mu Rwanda ni 44,9% aho buri muturage yinjiza 700$;muri Uganda ni 19,5% kandi umuturage yinjiza 670$;muri Tanzaniya ni 28,2% nyamara umuturage akinjiza 920$;muri Kenya ni 45,9% mu gihe umuturage yinjiza 1290$. Kuki inzira z’uyu muhanda zitangana?

Abantu si imibare

Ikintu gisumba ibindi muri ibi byose ni uko abantu atari imibare. Ariko iyi mibare igaragaza ikibazo gikomeye. Umuntu utinjiza amafaranga 1500 ku munsi afatika(2$/jour)abereyeho kubara iminsi(survie), ariko ntiyayiteganyiriza. Kuvana uwo mubare mu bukene bikwiye gushakirwa uburyo buramba kandi bwubashye umugenerwabikorwa.

Ubukene i Burundi

Ubwo buryo bwatuma bariya bantu bafashwa nk’umuryango (allocations familiales)bityo uwo muryango ukagira ubushobozi bwo kwigurira icyo ukeneye(pouvoir d’achat), nta kugenerwa ku mashyi, no kugira uruhare mu iterambere(capacité de consommation).

Igikomeza ibintu  ni uko bamwe bazitwaza ya mvugo yateye ngo « Mubyare abo mushoboye kurera ». Nyamara iriya mibare yerekana abantu bariho, si abazavuka. Ni nko kuvuga ngo nibashaka bapfe. Ibyo aribyo byose bagomba kubaho kandi neza. Byagerwaho gute?

Ubukire nibusaranganywe

Umusamaritani

Biragaragara ko abo bakene bo muri ibi bihugu byacu batakwicara ku meza amwe. Umukene wo muri Kenya yatunga Abanyarwanda 2 cyangwa Abarundi 5. Nko mu Rwanda, 55% ni bo bishoboye ku buryo bafasha bariya 45% basa n’abasigaye ku nzira cg bayiguyeho. Abafite uburyo bagize umubare ushobora kugenza nk’Umusamaritani mwiza(Luc 10,33-36)). Si umuco ukwiriye abazungu gusa.

Nk’uko n’abandi baherwe bishimira gushora imari yabo mu bihugu bikennye(batabitewe no gukunda abakene), abo bakire nibegereze ibiceri ababikeneye. N’abashaka gukora ibikorwa by’urukundo (charity), muri urwo rwego rwo kurwanya ubukene, Leta iborohereze imisoro nk’uko Amerika ibigenzereza ba Bill Gates…

Nanone kandi tuzi neza ko « Umwera uturutse ibukuru bucya wakwiriye hose ». Ibi bizihuta umunsi Intumwa za Rubanda zizatangaza ngo « Twiyemeje gusangira na rubanda rukennye mu gihe cy’amezi atandatu:1/2 cy’umushahara wacu turakibahariye ».

Muri iyi minsi mikuru, ni nde utashimishwa no kumva mu ijambo ryo kwifuriza Abanyarwanda umwaka mushya muhire, Perezida atangaza ko we n’abaminisitiri(buri wese ku rugero ahisemo)biyemeje kugabanya umushahara wabo kugira ngo na mwarimu yongere agasenda atereka ku meza?

Bigenze gutyo, abakene na bene Bwaki bakegerana ibyishimo ameza y’iminsi mikuru, n’imvura y’umugisha ikamanukira kuri abo bagiraneza. Nguko uko mu gihugu cyose, ba Nsekambabaye bazaba bake.

By P.Protogène BUTERA

L’homme et la femme: la galère!

Famille

A la fête de la Sainte Famille
On questionne sa santé
Et la solidité de ses membres.
La réponse vient des supérieurs
Que sont le père et la mère
Dont les velléités ne font pas d’ombre.

Quels soucis ne les ont-ils pas tentés
Pour sortir de la galère?
Dans le bain de la foi
L’enfant était roi.
En toute confiance
Il menait la danse.

Mais maintenant
Ses questions qui les dépassent
Captent tous les regards.
On s’apercevra un peu tard
De la force de son intuition:
Il avait senti le vent de la dislocation.
C’est étonnant.
Inhabituelle est leur situation.

Pour le meilleur et pour le pire
C’est la faiblesse du serment
Bon pour le mois de miel.
Dans le malheur et dans la misère
On n’ose plus se le dire;
On accuse le ciel
Dans son jeu de calmant.
Pourquoi?

Quand on croyait encore
Que l’homme et la femme
Sont une créature divine
Leur relation se fondait
Sur ce que l’autre ignore.
Tous étaient dans la même aventure
Pour une vie sublime
Que le hasard fécondait.

On se liait par des alliances
Ancestrales ou familiales
Et on se mariait
Pour la descendance
Nombreuse ou heureuse.
Si deux ne faisaient qu’un
Leur unité était leur atout
Mais le tout n’a donné que la toux.

Cette croyance venant à sa fin
Chacun s’est fait ses dessins
Et à dessein prit sa route.
Les liens se sont déliés.
Comme une pirogue loin des rives,
C’est la navette en dérive.

La vie de couple s’arrête là.
On conjugue les temps composés.
Le présent s’évapore.
Il est à refaire.
Chacun prend sa randonnée
De l’idée qu’il faut abandonner:
Être père et mère
Et garder même demeure..

Extrait du livre :Face au monde des sans

Prière pour la sainteté de nos familles réciproques.

P.B

C’est Noël, réveille-toi

IMG_20151224_174151

C’est Noël,réveille-toi
Toi qui as fait de Noël
La fête de la consommation
En ne suivant que la tradition
Aux antipodes de l’Emmanuel.

C’est Noël réveille-toi
Toi qui brûlas d’envie
De recevoir tant de cadeaux
Alors que tu n’as pas d’amis
Qui allègent ton fardeau

Nul besoin d’être un fantassin
Chante avec Claude TASSIN:
R/ C’est Noël réveille-toi
Entre dans la fête!
C’est Noël réveille-toi,
Dieu s’en vient chez toi.

Toi l’infirme sur ton lit
Entre dans la fête
Aujourd’hui tu vas danser
Dieu s’en vient chez toi!

Toi qui es resté muet
Entre dans la fête
Chante-nous le chant nouveau
Dieu s’en vient chez toi!

Toi qui marches tout courbé
Entre dans la fête
La jeunesse t’est rendue
Dieu s’en vient chez toi!

Joyeux Noël à tous,
Joie et paix sur la terre
Et dans nos cœurs

P.B

Ishyano riragwira: Muganga yanyandikiye amazi

Abakurambere barabivuze kuva kera ngo ubuzima ni nk’amazi, buraseseka ntibuyorwe..!

Akamaro k'amazi

Mu bihe by’iminsi mikuru, abantu benshi bazinukwa amazi. Buri wese aba yishakira agatama gahiye kandi kamunyura umutima. Mateso we ejobundi yahuye n’uruva gusenya. Yari amaze iminsi umutwe umurya byasaze, asepfurwa, adahina umugongo n’impatwe rugeretse. Yari ameze nk’abagabo batari bake; ngo amazi abatera ikirungurira. Kuyageza ku munwa bikaba intambara.

Bitewe n’uko Mateso yari yaratanze Mitiweli, yigiriye inama yo kujya kwa muganga. Yabikoze mu rwego rwo kugaruza, dore ko ubundi atajyaga arwara kandi umwaka ukaba warugiye gushira.

Ageze mu isuzumiro, Muganga amutera ibipimo byose, arumirwa. Ati « Ko mbona umubiri wawe wumiranye, uherutse kunywa amazi ryari, Mate? » Mateso, ati « Niba ari amazi bugezi, nyaherutse mama ayampa mu gikoma pe! Kuva nacuka nayacitseho. Nta mugabo wo kunywa amazi, Muga! »

Muganga,  ati  » Ubuzima bwawe buri mu mazi rero! » Mateso ati « Muga, urashaka kuvuga ko buri mu mazi abira se? » Muganga  ati « Buri mu mazi afutse, ariko utitonze wabushyira mu mazi abira; umubiri wawe umeze nk’inkono igiye gushirira ». Mateso, ati « Iby’inkono zishirira ko bimenywa n’abagore ra?!  » Muganga  ati « Ubivuze neza. Umugore wawe agomba kubigufashamo, akazana amazi! »

Amazi ya Nil

Muganga arakomeza,  ati » Dore rero umuti nkwandikiye: Litiro y’amazi ya Nil cyangwa ya Huye;nukuvuga ibirahuri 6 buri munsi. Cyangwa uducupa 3 nk’utungutu:kamwe mu gitondo, akandi mu masasita, akandi nimugoroba. »

Mateso ahita yiyamira  ati  » Ishyano riragwira! Ukanyandikira amazi mwana wa! Abaganga b’iki gihe murasetsa! Unaniwe kunyandikira agashinge, nawe ngo amazi?! Na mugenzi wawe ubushize yambwiye ibyo bintu by’amazi, nayageza ku munwa isesemi ikabira! None nsanze mwese muri kimwe. Cyangwa ni inganda zanyu muba mushakira isoko!Uzi ko icupa ry’amazi ya Nil rigura kimwe na Gahuza, 600 frw? »

Amazi n'imboga

Muganga ati « Mateso we, n’ubuzima na bwo burahenze ». Nuko akingura amadirishya, ati « Egera hino; reba bariya ba mukererugendo b’abazungu. Kuki bitwaza amazi bakagenda bayanywa?..Ayo nakwandikiye nta sesemi atera; ni yayandi asimbagurika(eau pétillante) akagira n’imyunyu-ngugu umubiri wawe ukeneye. Ikindi nuko umugore wawe azarushaho gutegura ibiryo birimo imboga n’imbuto biherekeza ayo mazi. »

Mateso ataha yivugisha ati « Kologati yanjye yari Primus, nkiyunyugurisha ka Warage, maze umunsi wose nkirirwa ndi iberege. None Muganga ngo amazi pe! Reka nihute mbikubite Kabatesi numve icyo abivugaho. »

Akigera ku irembo, Kabatesi aza amusanganira, ati « Ko watinze kwa muganga ni amahoro? Narintangiye kugira ubwoba ngo bakwinjije ibitaro. » Mateso ati « Ntaho bitaniye. Umuntu w’umugabo bandikira amazi nk’umuti, n’imbuto  n’imboga nk’abana! »

Kabatesi  ati « Sinajyaga mbivuga ngo amazi yabaye make ukancyaha ngo ni iby’abagore!Naho ibindi, zana urwo rupapuro Muganga yaguhaye, nzajya mbitegura uko yabyanditse. Wabona iyi minsi mikuru igeze ntawe ugitaka umutwe, dore ko nanjye imiravumba yari yanze kunkiza. »

Akamaro k'amazi 2

Mateso ati « Ngaho reka twisungane tuyasangire, naho ubundi ndi njyenyine ntiyamanuka. Kandi ngo asimbagurika ni yo yinjira neza. Mbese n’abashyitsi bazasange dusigaye twunywa amazi nk’abazungu! Ariko se buriya bazanywa agahiye nkanuye amaso ra?

Akamaro k'amazi 1

Kabatesi , ati « Nukuyafatisha amaboko yombi, naho ubundi abakurambere barabivuze kuva kera ngo ubuzima ni nk’amazi, buraseseka ntibuyorwe ». Uwakwishinga iminsi mikuru yayora ishingwe!

By P.Protogène BUTERA

C’est bientôt Noël

Ce n’est pas la sauvegarde du patrimoine qui importe. C’est un trésor à entretenir….

IMG_20151217_121425

Les crèches, bien décorées,sont dans toutes les églises. Dans certains endroits, elles sont vivantes. Elles ne sont pas absentes dans quelques lieux publics et dans les maisons familiales.

Là où la fête de Noël est plus laïque que chrétienne, les crèches sont nombreuses tant dans les bâtiments publics que commerciaux. Leur présence alimente les polémiques et renforce le retour à la source.

Ce n’est pas la sauvegarde du patrimoine qui importe. C’est un trésor à entretenir. Les marchés de Noël sont montés. La beauté des sapins se concurrence par l’attrait des prix. Les offres de cadeaux sont légion. Les « Rebelles de Noël »se poseront cette question: « Noël, fête de la consommation? »Où sera la place de la foi en tout cela?

Crèche municipale

Par ailleurs, cette tradition millénaire a fait naître les crèches municipales et communales. Les rois et les mages adoraient l’Enfant Jésus dans le mangeoire. Les communes et les villes(autorités locales)ont créé des crèches ou garderies pour les enfants du terroir.

L’entant Jésus était entouré et on lui apportait des offrandes de tout genre. Ces crèches ont des financements et les besoins des enfants sont satisfaits ou atténués. Le Christ inspire ainsi la volonté politique.

Iri Jambo ry’Imana ryo kuri iki cyumweru ryadufasha kubyumva:Heb.10,5-10
« Igihe Kristu aje ku isi yaravuze ati « Ntiwanyuzwe n’ibitambo n’amaturo, ahubwo wampangiye umubiri. Ntiwanyuzwe n’ibitambo bitwikwa bihongerera ibyaha; nuko ndavuga nti’Dore ndaje, kuko ari njye uvugwa mu muzingo w’igitabo, ngo nkore ugushaka kwawe, Dawe’Umva ko abanje kuvuga ati »Ntiwanyuzwe cyangwa ngo ushimishwe n’amaturo n’ibitambo bitwikwa », bihongerera ibyaha, nyamara biturwa uko biteganywa n’Amategeko! Hanyuma akongeraho ati »Dore ndaje ngo nkore ugushaka kwawe ». Ni uko yakuyeho uburyo bwa mbere bwo gutura, ashinga ubwa kabiri.Ni ku bw’uko gushaka kandi twatagatifujwe n’ituro ry’umubiri wa Kristu ryabaye rimwe rizima »

Iminsi mikuru myiza kuri mwese, aho Amategeko n’uburyo bushya bifasha abana kugira umubiri muzima.

P.B

Villes africaines sous le choc des inondations

Presque toutes les villes pleurent leurs morts. A cause des pluies diluviennes, les infrastructures délabrées sont transformées en rivières.

Certaines villes africaines attendront beaucoup de l’Accord universel sur le climat. Elles attendront qu’il parvienne à résorber les malheurs chroniques qui les assaillent; qu’il établisse un équilibre vital entre les capitales et les villes aux bidonvilles.

Comme si elles étaient sur une autre planète,elles attendront longtemps. Le choc des inondations montrera quand ces bidonvilles auront « droit au développement ».

Les habitants de ces villes n’ont-ils pas « droit à la santé » promu dans le Préambule de cet Accord? Voyons-en les pertes humaines restées en laisse et nous saurons s’il y a urgence des mesures vraiment efficaces et adéquates.

En République Démocratique du Congo

Kinshasa inondations

Presque toutes les villes du pays pleurent leurs morts. A cause des pluies diluviennes, les infrastructures délabrées sont transformées en rivières. Même la capitale Kinshasa, longtemps rayonnante, se fait l’honneur de naviguer dans la boue.

C’est comme si tout l’Océan Pacifique venait la visiter à l’improviste, via Matadi. Plus de 31 morts sont déjà recensés.

Bukavu inondations

A l’Est, Sud-Kivu, l’accusé ne sera pas condamné. Les constructions en désordre jouent les circonstances atténuantes. Les pluies n’ont que déclenché l’effondrement. Elles ont entrainé 18 morts à Bukavu et 8 à Kalehe.

Seul Kisangani n’a que 468 maisons inondées, dans le quartier Boyoma, commune Makiso. Mais, selon la même source, les communes de Mbanza-Ngungu, Boma, Kabondo n’ont pas échappé à l’ire de la rivière Kalamu. Ainsi, ce 12 décembre 2015, Congo Central comptait 9 morts.

En Tanzanie

Tanzanie inondations

Les fortes pluies mêlées de grêles et de vents violents ont frappé le nord de la Tanzanie. Il y eut 38 morts dans le District de Kahama, région de Shinyange, au sud du lac Victoria. 82 personnes sont blessées et 3500 affectées par ces intempéries.

Au Madagascar

Madagascar

Antananarivo, la capitale de Madagascar, et d’autres villes, sont menacées. Les infrastructures ne résistent plus à la montée des eaux. Outre les tempêtes  et les cyclones, les pluies abondantes ont fait 19 morts et 60 000 sinistrés.

Au Malawi

Malawi inondations

Cette année 2015, Lilongwe, la Capitale de Malawi, n’a pas eu de répit. Plus de 176 personnes sont mortes, 153 disparues ,englouties par les inondations. A Chilobwe non loin de Blantyre, la capitale économique, on y a retrouvé 4 corps inanimés. 200000 déplacés sont sous la perfusion des aides internationales.

Au Rwanda

Huye inondation

Alors qu’il est souvent secoué par la sécheresse, le District de Huye(ancienne préfecture de BUTARE)a été foudroyé par les pluies torrentielles. Dans la nuit du 11 décembre 2015, la vague des eaux a ravagé la Cellule de Sovu en passant par Gahenerezo et Rwamabuye de Mbazi.

Selon les autorités locales, on a dénombré 3 morts dont un enfant de deux ans et plusieurs dégâts matériels. Dans d’autres Districts du pays des Mille collines, on a dénombré 31 morts, 57 blessés et 933 foyers gravement affectés par les fortes précipitations.

Les États et les gouvernements devront faire plus d’efforts pour que ces populations retrouvent et mènent une vie digne.

P.B

Irondo na Mitiweli birarikora!

Umuturage wo mu Kagari ka Nyarubungo mu Murenge wa Ngarama ho mu Karere ka Gatsibo yishwe n’abayobozi b’umudugudu bumuziza kudatunga mitiweri no gusiba irondo.

Irondo

Mu ngo nyinshi,inzara iranuma. Abana baricira isazi mu jisho. Abacungiye ku buhinzi bari mu gihe cya Gashogoro. N’abacuruzi bategereje ko hari igihinduka mu minsi mikuru ya Noheli.

Hagati aho Bene Ngango baba batemberana na Gatarina na Masotera. Mu ijoro bagasimburana n’abanyerondo. None ngo ubu irondo rirabica bigacika. Umuntu akarara iryo joro yanaburaye. Nyamara hari abashinzwe umutekano, bamwe baba bademba mu mamodoka.

Ibyo ntibikuraho gutanga amafaranga y’irondo. Aya Mitiweli yo akaza ari Karundura. Kurijyaho no kuyatanga yose, ni uguhitamo gupfa cyangwa gukira. Aha ho, abakene nta mahitamo bafite. I mirasire.com iratwereka uko abayobozi babigenza.

Ibi byo birarenze

Umuturage wo mu Kagari ka Nyarubungo mu Murenge wa Ngarama ho mu Karere ka Gatsibo yishwe n’abayobozi b’umudugudu bumuziza kudatunga mitiweri no gusiba irondo.

Gisagara Bernard wari mu kigero cy’imyaka 40 ngo yafatanywe na mugenzi we ku mabwiriza yatanzwe n’umuyobozi w’Akagali ka Nyarubungo, Bizumuremyi Gaspard.

Musengamana Leodomiri wafatanywe na Nyakwigendera, yabwiye Izuba Rirashe dukesha iyi nkuru, ko abaje kubafata bazanye urwandiko rw’umuyobozi w’Akagali.

Aba ngo ni uzwi ku izina rya Mahungu na Musabirema bashinzwe umutekano mu mudugudu, bazwi ku izina ry’Abapolisingi.
Musengimana yakomeje avuga ko basobanuriye abaje kubafata ko nta mafaranga ya mituweri bafite aho ngo nyakwigendera yabwiye Gitifu ko ategereje ko imyaka yera.

Umuyobozi w’Akagali ngo yabwiye abashinzwe umutekano mu midugudu ko batwara aba bagabo kuri polisi.
Bageze mu nzira, ngo uyu mugabo yakomeje kubinginga ababwira ko bamureka akajya kuyashaka, ariko bakamukubita bamusaba ko yihuta.
Ngo ubwo yahindukiraga abasaba imbabazi, umwe yahise amukubita inkoni agiye kugwa hasi undi amukubita igipfunsi n’umugeri ahita yikubita hasi .

Nyakwigendera akigwa hasi ngo yahise yiyanduza (kwinera) ariko ngo aba bakomeza kuvuga ko ari ibyo yigira.
Leodomiri avuga ko aba bagabo bahamagaye Gitifu bamubwira ko nyakwigendera yanze kugenda kandi yinereye, Gitifu ababwira ko agiye kwiyizira azanye amapingu.

Umurambo wa Nyakwigendera wahise ujyanwa mu Bitaro bya Ngarama mu gihe abakekwaho kumwica bagerageje guhunga ariko baza gufatwa.
Abavandimwe ba nyakwigendera bavuga ko batunguwe no kubona umuntu azira kuba ataratanze mitiweri kandi na byo byaturukaga ku bukene yari afite.

Urupfu rw’akamama

Nyakwigendera Gisagara Bernard ngo asize abana umunani .
Niyibizi J Claude, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngarama yemereye iki kinyamakuru inkuru y’uru rupfu.
Avuga ko ibi ari ibyago bitunguranye aho abakubise uyu muturage bishoboka ko batari bagambiriye kumwica, gusa ubuyobozi bukaba bubabajwe cyane no kubura umuturage bwari bushinzwe kuyobora.
Yavuze ko abakekwaho kubikora bafashwe na polisi mu gihe Gitifu w’Akagali kugeza ubu batazi aho aherereye.

Niyibizi J Claude yongeraho ko bakimenya inkuru ya biriya byago, ubuyobozi bwihanganishije umuryango wa Nyakwigendera.
Yakomeje avuga ko nyuma yo gufasha umuryango wabuze umuvandimwe gushyingura uwabo, ubu ubuyobozi bugiye kubaba hafi no mu bibazo by’ubukene bafite.
Twibaze:Bariya bana bazaba abande?Ko bari basanzwe bikeneye, bazabaho bate?Ni byiza kubafasha gushyingura uwabo!Indishyi z’akababaro(réparations financières et morales)zizabagenerwa gute kandi ryari? Uburenganzira bwo kubaho no kurindwa ihohoterwa ni ndakumirwa.

P.B
Yisome hano: Gatsibo:umuturage yishwe n’ubuyobozi
Inkuru bisa:Meya arabisobanura

When 50% of Burundians, Eryteans, Malagasiers and Rwandese will be shortest people in Africa

In some African countries, stunting is so prevalent that, considering the statistics today, 2030 almost half of the young adult population will be shorter than they should be.

Instead of some encouraging results, levels of hunger in the developing world have declined by more than one-quarter since 2000, there are still some big shocks – 795 million people still go hungry and more than one in four children are affected by stunting.

In a Nutrition Overview, the World Bank explains how undernourished children are more likely to die in the first few years of life. If they survive, they have lower educational and income attainment. Similarly, stunted children are more likely to start school later, perform more poorly on cognitive functioning tests, and are more likely to drop out of school.

Studies also showed that adults who are stunted as children earn 20% less than comparable adults who were not stunted and are 30% more likely to live in poverty and less likely to work in skilled labour. Thus, the economic costs of undernutrition, in terms of lost national productivity and economic growth, are significant – ranging up to 11% of the GDP in Africa each year.

In some African countries, stunting is so prevalent that, considering the statistics today, 2030 almost half of the young adult population will be shorter than they should be.

Looking at the B>four worst performers – Burundi, Eritrea, Madagascar and Rwanda – while the Global Hunger Index didn’t go into reasons why they performed so badly, here’s a quick analyses of why almost half of the population is just not as tall as it should be:

Burundi

Bwaki Burundi

Burundi has a very densely packed population. The vast majority rely on agriculture and are very vulnerable to climate hazards. Limited land access and limited crop diversity means that rising costs of food will affect nearly everyone, for example, the price of beans increased by nearly 50% in recent years – and the average household now spends over 70% of its income on food.

Another contributing factor is poor infant-feeding practices during an important transition period to a mix of breast milk and solid foods between six and nine months of age. In Burundi almost one in eight children are not fed appropriately with both breast milk and other foods.

Eritrea

Bwaki Erythrée

In Eritrea low land productivity is a key factor in stunting. Currently, the cultivated area is estimated at just 672,000 ha of which over 90% is under rained subsistence farming using traditional systems. Generally yields are very low and crop failures occur on average from 1 in 3 years to 1 in 5 years due to frequent erratic rainfall. Severe land degradation further reduces the land’s productivity. The total livestock population is high but productivity is low due to shortages of feed and water, and problems with pests and diseases.

Stunting is also attributed here to unsafe water and poor sanitation; access to sanitation in rural areas stands at 14%, which contribute to repeated diarrhea diseases leading to malnutrition.

Madagascar

Bwaki Madagascar

In Madagascar the driving force of stunting is a lack of money. About 76.5% of the population lives in poverty, this means that most people are unable to afford adequate nutrition. Children’s diets typically consist of only rice and root vegetables suffer from malnutrition.

Although many children consume enough calories, they have trouble growing because their diet consists almost exclusively of rice, to which cassava or a salty soup may be added and, if the family has enough money, some fatty meat.

Rwanda

Bwaki

A key issue for Rwanda’s stunting problem relates to the mothers and their lack of education on feeding and weaning. Though rates of stunting has decreased over time, the mothers’ levels of education have a clear inverse relationship with the prevalence of stunting.

Also, again relating to the mother, when pregnant women do not have appropriate nutritional intake during pregnancy, and children do not receive the foods, feeding and care required for normal growth during their first two years chronic malnutrition occurs.

Data on Rwanda shows the situation of child stunting in 2013 remained serious with the highest rates (58%) among children 6-18 months of age. Almost 15% were found to be stunted at two months which indicates a poor growth of the foetus during pregnancy.

P.B

Source: By 2030 about 50% of Burundians..

Adiventi yahuriye na Noheli ku iteme

None se ni wowe nabwiwe na Yohani Batisita mwene Zakariya ubwo yabatirizaga muri uyu mugezi? Ariko se ko uwo yavugaga ari Emmanuel, waba waraje guhinduka Noheli gute?

Advent

Yari aberewe kandi yihuta nk’umugabo utegura ubukwe bwiyubashye bw’umuhungu we.Adiventi rero ageze ku iteme ritandukanya imijyi yombi, ahahurira n’umusore Noheli witegerezaga iyo mijyi. Bakubitanye amaso, barebana nk’aho baziranye. Adiventi ni ko kumubaza, ati « Uri uwande wa mwana we »?

Noheli, n’ikinyabupfura cyinshi, ati « N’ubwo undeba gutya, sindi umwana cyane. Ndi Noheli mwene Rugira wa Rubonerakure rwa Mugengajuru wa Shabukirakuganza wa Muhumurizabahanuzi wa Mugabwambere wo kwa Adamu. »

Adiventi, ati « Uri akagabo sha. Umuntu ufite ikivugo, ukaba uzi neza aho uva!None se ni wowe nabwiwe na Yohani Batisita mwene Zakariya ubwo yabatirizaga muri uyu mugezi? Ariko se ko uwo yavugaga ari Emmanuel, waba waraje guhinduka Noheli gute? »

Noheli aratangara cyane. Ati « Nawe se Yohani uramuzi? Rwose ni we wambatirije muri uyu mugezi ubona. Naho kutamenya ko ndi Emmanuel, ntayindi mpamvu, nuko abantu benshi babangukirwa n’izina rya Batisimu. »

Adiventi, ati « Ibyo bya Emmanuel ni bishya pe! Ahantu hafi ya hose bazi Père Noël. None se muri bamwe? »

Père Noël

Noheli ,ati « Na byo ni byiza. Niba na we bamuzi neza, nanjye bazamenya. Ahubwo reka tuve kuri iri teme, tubasanganire. Ubwo wowe mumenyeranye, ndaboneraho mbibwire. Ibyanjye ntibigoye. Kugira ngo tutayoba, dukurikire iriya nyenyeri, dore hano amatara yarazimye, n’abayafite ntibayacana.« 

Adiventi, ati « Nanjye ndi gutegura ubukwe bw’umuhungu wanjye muri mu kigero kimwe. Ngo kuva yarabatijwe, we n’umukunzi we, ashaka ko Kristu ababera umuhuza mu Kiliziya. Ibyo rero, nta mubyeyi wabyanga. Ndagutumiye. Uzaze dusangire amazi n’ibindi byiza. Umuhungu wanjye bizamushimisha kukumenya.

Emmanuel Noheli ati « Nzaza rwose! » Nuko baragenda. Ese bazakirwa neza? Ubukwe se bwo buzaba?

Dusome iri Jambo ry’Imana, nk’Inkuru Nziza y’ iki cyumweru: Luka3,8..18.

Muri icyo gihe,Yohani yabwiraga abantu bamusangaga ngo ababatize,ati « …Noneho nimugaragaze imigenzereze  ikwiranye n’ukwisubiraho nyako! »Inteko y’abantu ikabaza Yohani iti « Tubigenze dute? » Na we akabasubiza ati « Ufite amakanzu abiri agabane n’utayafite,n’ufite icyo kurya,na we agenze atyo. »Abasoresha na bo bazaga kwibatirisha bakamubaza ,bati « Mwigisha,dukore iki? » Arabasubiza , ati « Ntimugasoreshe ibirenze ibyategetswe ».Abasirikare na bo baramubaza ,bati « Twebwe se dukore iki?« Arabasubiza, ati « Ntimukagire uwo murenganya n’uwo mubeshyera, kandi munyurwe n’igihembo cyanyu. »

Kuko rubanda rwari rutegereje,kandi bose bibaza mu mutima wabo niba Yohani atari we Kristu,Yohani ni ko guterura abwira bose, ati « Njyewe mbabatirisha amazi, ariko haje undi undusha ububasha, sinkwiye ndetse no gupfundura udushumi tw’inkweto ze; we azababatiriza muri Roho Mutagatifu n’umuriro. Afite urutaro mu ntoki, kandi agiye gukubura imbuga ye:hanyuma azahunika ingano mu kigega cye, naho imishishi ayitwikishe umuriro utazima. » Nguko uko Yohani yahuguraga rubanda mu nyigisho nyishi, abagezaho Inkuru Nzaiza.

Nimwishime (Gaudete), mwebwe abamenye icyo gukora!

P.B

Quelle vie avec un handicap!

Là où il n’y a pas de centres d’accueil ou d’accompagnement ainsi que des réseaux de structures spécialisées et adaptées, les familles sont totalement dépourvues; certaines sont tentées d’abandonner ou de cacher leurs enfants devenus un lourd fardeau pour elles

kumugara

Maxime a entendu parler de la journée mondiale des « Droits de l’homme ». Il venait d’acquérir 2 béquilles rudimentaires, de fabrication locale. Si elles lui ont permis de ne plus trainer tout son corps par terre et à trois pattes, il se demande si les personnes handicapées ont le droit de mener une vie humainement pleine.

C’est le 10 décembre que les pays signataires de ces 2 Pactes (complétant la Déclaration universelles des droits de l’homme),à savoir « Pacte international relatif aux droits civils et politiques », et, et « Pacte international relatif aux droits économiques, sociaux et culturels« , célèbrent cette journée.

Impumyi

Comme c’était le jour du marché, Maxime a rencontré une vieille dame de 45 ans, guidée par une petite fille de 10 ans. La pauvre fille a dû arrêter l’école pour aider la grand-mère à tendre la manche, à l’aveuglette. A les voir, il a mesuré la grandeur de la joie de retrouver une certaine autonomie, quand bien-même on vit de la mendicité.

Faire valoir leurs droits

De par le monde, et surtout en Afrique, ils se comptent par milliers, les hommes et les femmes, enfants et adultes atteints de troubles physiques, psychiques et cognitifs. Savent-ils comment faire valoir leurs droits économiques, sociaux et culturels?

Abana bamugaye

Ces droits sont ainsi énumérés par les Nations Unies(UN):- le droit de toute personne à la sécurité sociale y compris les assurances sociales(Article 9); une protection et une assistance larges, accordées à la famille, en tant qu’élément naturel et fondamental de la société, en particulier pour sa formation et aussi longtemps qu’elle a la responsabilité de l’entretien et de l’éducation des enfants en charge(article 10,1);le droit de toute personne à un niveau de vie suffisant pour elle-même et sa famille, y compris une nourriture, un vêtement et un logement suffisants, ainsi qu’à une amélioration constante de ses conditions d’existence(article 11,1).

Pourtant, il existe encore des endroits où certaines déficiences sont attribuées aux forces maléfiques ou démoniaques. Que des personnes ne sont placées dans des salles inconfortables pour bénéficier des prières de guérison! La raison(s’il y en a une)est de faire perdurer les coutumes ancestrales et la croyance en sorcelleries.

Dans ce contexte si triste, selon genderlinks.org.za, les femmes épileptiques sont, en République Démocratique du Congo(RDC), abandonnées par leurs maris. Ceux-ci ne leur demandent que de retourner chez leurs parents pour qu’elles soient prises en charge par leur familles. Que font les États et les gouvernements?

Une vie quotidienne acceptable

Là où il n’y a pas de centres d’accueil ou d’accompagnement ainsi que des réseaux de structures spécialisées et adaptées, les familles sont totalement dépourvues; certaines sont tentées d’abandonner ou de cacher leurs enfants devenus un lourd fardeau pour elles. Elles se posent des questions sans réponse.

insimburangingo zishaje

Et c’est un bonheur pour toute la famille d’obtenir un équipement qui leur permet de sortir de ce labyrinthe de questionnement et d’isolement. Mais c’est un malheur de voir cet équipement(fauteuil roulant)se détériorer si vite faute de voies aménagées,alors qu’il sera presque impossible de le remplacer.

un handicapé

Dans les pays en voie de développement, les lieux publics ne sont pas facilement accessibles aux personnes à la mobilité réduite ou dépendante. N’ont-elles pas droit de se déplacer librement suivant leur état de santé? Il y en a même qui, dans le désespoir et dans l’espérance, n’attendent que ce miracle de l’Évangile: « Lève-toi et marche ». Leur situation n’attirerait que les regards des passants curieux.

Comme la plupart de ces personnes handicapées ont des besoins énormes, il faudra une panoplie d’aides afin de promouvoir, en leur faveur, une vie quotidienne acceptable: aides humaines et sociales, techniques et juridiques. On oubliera pas de soutenir moralement et financièrement les familles qui éprouvent un sentiment de honte d’avoir un enfant ou un adulte « anormal ».

P.B

Koko se Kigali ntizongera kubura amazi?

Kimwe n’indi mijyi yose yo mu bihugu bikennye, imigezi iratemba igatwara amazu, imvura yaza igahitana abantu n’ibintu ntihafatwe ibyemezo byo gukumira umwanzi no guhana bihanukiriye uwo munyamakosa.

Amazi1Igihe kiragera abatuye Kigali bagakubitika. Izuba rirarasa bigasa n’aho isi yahindutse Sahara. Ubwo abasore b’inkorokoro bakaronkera amaronko mu gutunda ibijerekani by’amazi, igiciro kikubye kabiri.

Kera kabaye imvura yagwa, umujyi wose ugasa n’uwubatse munsi y’inyanja, nk’uko ibihugu bimwe na bimwe nk’Ubuholandi(Pays-Bas)bimeze. Nyamara aba bo ayo mazi yababereye igisubizo.

Kimwe n’indi mijyi yose yo mu bihugu bikennye, imigezi iratemba igatwara amazu, imvura yaza igahitana abantu n’ibintu ntihafatwe ibyemezo byo gukumira umwanzi no guhana bihanukiriye uwo munyamakosa.

Abo bigiraho ingaruka,ni bo basubira inyuma bakabiryozwa.Ahubwo burya baba bakwiye gushumbushwa mu bufatanye(réparation ou indemnisation par solidarité)mu gihe bataragera ku bwishingizi.

Ku bijyanye n’ibura ry’amazi, birakwiye kwibaza niba bitari nka bwa bwenge bw’abavunjayi bacunga uko isoko ry’amadevize riteye bakayabika kugira ngo buke bazamura ibiciro.

Igiteye agahinda, ni abaturage batanga amafranga yitwa ay’amazi buri kwezi,nyamara ntibabarirwe igihe gishira batayabonye n’igihe batakaza bategereje. Ngo hari n’abasiga robine yarumye, bagakora urugendo rw’isaha bagiye gushaka amazi ikantarange. Rimwe na rimwe bakayakura iyo mu manegeka aho usanga nta suku n’umutekano biharangwa.

Mu bice bimwe na bimwe, hari ubwo ijerekani y’amazi ya Wasac(Ikigo gishinzwe gusukura no gutanga amazi)igurishwa 300frw cyangwa 500frw ku muturage uyagejejweho n’abanyamagare bakoze ibirometero nka 20. Ku bera iyo mpamvu, mu ngo zimwe na zimwe, uwoze litiro 1 y’amazi yitwa umukungu udasesagura.
Amazi2Nko mu Gatsata na Nyamirambo, impeshyi hari abo yumvishije abandi babiboneramo akazi ko kwikorera amajerekani arenze abiri(40L), kuko hari ubwo ijerekani igeza kuri 1000frw. Icyo gihe, hari abadatinya kubishoramo imodoka zishoboye imisozi ngo bakorere icyo cyashara.

Wasac n'amaziUbwo Wasac yemeza ko mu minsi iri imbere(umwaka utaha wa 2016), amazi muri Kigali azaba yikubye hafi kabiri(avuye kuri metero kibe 65000 akagera 120000 ku munsi), twizere ko bitazakomeza kuba ibya wa mugani ngo « iyo amazi abaye make aharirwa imfizi ». Naho abaturage bakifata mapfubyi, ngo « Ubuze uko agira agwa neza ».

P.B

Abagore bishimira kwikinisha

Mu gihe kandi abagabo bamwe bikinisha bari kumwe n’abagore babo, ba nyiramama wanjye bo ngo babifashwamo neza n’abagore bagenzi babo birinda imibabaro y’ubusa.

KwikinishaKwishimisha no kwishimira mu buriri ntibigisaba ko umugore abonana n’umugabo. Mu gihe kwikinisha byari bizwi cyane ku bagabo, ubu n’abagore babihagurukiye bashishikaye. Ntibikiri iby’abagore b’abazungu, ngo no mu Rwanda bireze, nk’uko urubuga Ubuzima.rw rubibitangaza.

Mu kubikora, bamwe bakenera filime cyangwa amashusho, abandi bakoroherezwa n’ibitekerezo. Hari ababiterwa no kubura umugabo igihe babyifuje, kubera akazi cyangwa abagabo babo bari kure, bakirwanaho muri ubwo buryo banga kubaca inyuma.

Hari n’ababiterwa no kwanga guta igihe bashaka umugabo cyangwa batinya ko yabumvira ubusa, dore ko ngo abagabo basigaye bihagararaho kubera ubuke bwabo. Hari n’ubwo umutware ikamyo iba yarakwamye cyangwa ari Ntamwete; byose bikaba bisaba gushitura kandi n’umugore nta mbaraga yifitiye

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Aufeminin.com, hari n’ababibonamo uburyo bwo kumenya aho barangira umukunzi ngo akoreho cyane cyangwa na we ngo yibwirize aho agomba kugeza.

Mu gihe kandi abagabo bamwe bikinisha bari kumwe n’abagore babo, ba nyiramama wanjye bo ngo babifashwamo neza n’abagore bagenzi babo birinda imibabaro y’ubusa. Uwashaka kumva impamvu ubutinganyi bwiyongera, yahera aha, kuko guhuza ibitsina binyuranye ntacyo bikimaze!

Buriya se ibyitwaga imibonano mpuzabitsina bizitwa iki? Bamwe bati, « Byose ni kimwe »! Ahaaa..!

By P.B

Learn up reflecting by chess play

By this play, the brains react to various situations in order to gain with captured information. Since it was reserved for adult persons,this game can benefit to kids and children to have a shrewd mind.

Chess gameThe recent research from the University of Texas at Dallas demonstrates that the chess play is able to enhance teaching methods, improve learning and increase people’s ability to use information more efficiently.

Indeed, by this play, the brains react to various situations in order to gain with captured information. Since it was reserved for adult persons,this game can benefit to kids and children to have a shrewd mind.

According to the Newtimes, they are many talented children in Rwanda,perhaps in other countries in Africa, who will be the stars. So is related:

The Rwanda Chess Federation (FERWADE) vice president Kevin Ganza, was particularly happy for the overall winner of the under-15-category, Kevin Marius Ikuzwe, 12, a senior one student at Petit Séminaire Saint-Vincent de Paul Ndera who, many believe, is destined to be a star.

Consequently, Ganza has vowed that the federation will make special effort to assist in Ikuzwe’s development.
“The only thing we shall do is to keep training him, let him play with older players. We would wish to let him participate in international youth tournaments but most of them happened in September and another one on 5th November,” Ganza noted.

Due to the remarkable intelligence of the youngsters, the federation is now working to see that next year; all national youth tournaments will be organized such that the winners can eventually have time to register and then participate in international tournaments.
Enter Happiness

Happiness Mutete(on background’s photo), a primary three pupil of Ecole Primaire Kinunga, in Gikondo, was not supposed to get an award since prizes were only planned for the top five but the latter’s passion and skill won her an unexpected brand-new chess set.

After garnering four hard-fought points in the kids’ six-round contest, she was, in the end, unanimously nominated as best young player. The winner, Ikuzwe, had scored five points. The petite eight-year-old trounced older opponents in a swift style that intrigued, as well as amazed spectators.

Ganza, who was an arbiter during the tournament, made several stops to watch her games and he was won over by her positional play, and attacking flair.
Ganza said: “I was thrilled by her good performance. Her speed in recognizing patterns, analyzing opponents’ moves and, most of all, her confidence.[….]

Kids chess playNoella Karenzi, 13, who finished 5th, comes from a family of chess players and her older sister, Nice Isimbi, emerged 8th in the under 18 grouping.

But it was not only Ganza who was spellbound by the little girl’s guile in a game which grandmasters often call the battle of ideas. Marie Faustine Shimwa, the reigning national female champion, was shocked to find kids as young as Mutete “playing chess at that level.”

Shimwa said: “I played a friendly game with her at the end of her first two rounds in the competition. I can’t really tell what motivates her but you see the joy in her as she plays. And that is really very good. She too will be a champion one day.”

The third year Electronics and Telecommunication Engineering student at the University of Rwanda College of Science and Technology was impressed by the young girl’s ability. But, Shimwa admits, what she observed signaled that she cannot afford to rest on her laurels.

“I was surprised but also very happy. It is good to see that they are eager to learn more. It is also good for Rwanda Chess. Leaving the venue that day, the only thing on my mind was the thinking that these kids are going to make a big change.”[…]

editorial@newtimes.co.rw

Mon Afrique: richesse et misère s’embrassent?

Pour ces pays et tant d’autres, les naissances ne sont pas un luxe, mais un atout et un défi. Pas un luxe, car il faut pouvoir les nourrir, les former et préparer leur avenir.

Jeunesse et bidonvilles

Dans ses visites au Kenya, en Uganda et en Centre Afrique, le Pape François a touché du doigt l’espérance de la jeunesse.

Pour ces pays et tant d’autres, les naissances ne sont pas un luxe, mais un atout et un défi. Pas un luxe, car il faut pouvoir les nourrir, les former et préparer leur avenir.

C’est un atout, car ces jeunes pleins d’enthousiasme sont un lieu d’espérance. C’est un défi, car la mortalité et la malnutrition les guettent dans les guettons urbains et les bidonvilles.

Pourtant, les gratte-ciel y poussent comme des champignons.
Aussi va-t-il  sans dire que là où la misère et la richesse s’embrassent, le modèle de développement devra être équitable, inclusif et durable.

By P.B

Magufuli’s war on waste,a wink to african Presidents

Dr John MagufuliHe took office with a surprising action: to cancel Independance Day celebrations. The Tanzania’s new President John Magufuli wants to stop spending money when people are dying of diseases such as cholera. It can be a wink to all african Presidents

Magufuli’s war on waste

Kubaho ni ukuramuka

Kubaho mu mijyi birarushaho kugora. Muri Kigali ho bikaba ibindi. Ubwo kandi ni ko akazi kagenda kaba ingume. Rimwe na rimwe kagashakirwa n’ahadakwiye. No gucuruza ku gataro nta mutekano bitanga ku muntu wirirwa abunza umutwaro ku mutwe n’umwana mu mugongo.

Na ko ni akazi

Nyamara hari ubwo aba ari bwo buryo bwa nyuma bwo kwivana mu bukene. Aho ako kazi ntikaruta kwiba no gusabiriza?Hakenewe amategeko arengera abagakora.

Vuba aha, umugabo n’umugore barakennye birabayobera. Mu rwego rwo kwirwanaho, bigira inama yo gushaka imibereho.

Umugore ati « Guhora nirukankanwa na ba DASSO, birandambiye ». Iby’Agakiriro batubwira ni ugukina ku mubyimba umuntu waburaye. Gusabiririza na byo biteye isoni!Yewe ni amayobera.
Umugabo ati « Ko no guhinga bitunaniye kubera ikirerere gihindagurika kandi n’udufaranga wazanaga aritwo twishyuragamo agafumbire k’inyongeramusaruro? » Turagana he rwose n’amafaranga ya Mitiweli hanze aha?!

Umugore araseka cyaneee, amuteye umugongo. Ni ko kumubaza, ati  « None tubigenze dute ga Mutwaaa?! »Hashize akanya arahindukira aramwegera, ati « Ariko, hari igitekerezo nagize. »Umugabo ,ati « Mbwira Bwiza bwanjye! »
Umugore, ati « Mperutse kubona umugabo n’umugore basohotse muri iriya BAR yo hakurya hariya, agatwenge ari kose, babara inoti nk’abavuye muri banki. Niba ubyemera, reka duhaguruke natwe tujye kumansura. »


Umugabo ariyumviraaa…Ati « Sinarinzi ko igitekerezo nk’icyo cyakuzamo pe! Ibyo tuzabishobora koko? » Nyuma, ati « Nta kundi, kandi ngo ntayo itinya itarungurutse. » Nuko buri wese yikoraho uko ashoboye, umugore si ukwisiga no kwitera karahava. Umugabo na we akubitamo amadarubindi yo kwiyoberanya.
Ijoro rirabahira, buri umwe akora kabiri. Ubwa gatatu bageze ku ishiraniro, umugore arasimbuka, ati « Rekeraho Yoha, ibi byo ni ibisanzwe! »Bacanye baratangara, baherezanya ibiganza, bati « Twihute tuve hano, turabara tugeze kure. »


Bageze mu rugo, umugore azamura umukagato w’inoti ageza ku bihumbi ijana na makumyabiri. Naho umugabo akuye mu ruhago ibihumbi mirongo itanu gusa, atangira kwisobanura. Ati, « Uyu munsi abipfubuza bari abahanya. Burya narinje ngira ngo ndebe ko hari umugabo wambenguka, na byo nkagerageza. »
Umugore, ati  « Birahagije. N’ubwo twahemukiranye, ayangaya azaturenza iminsi. Burya kubaho ni ukuramuka ».Ntibyoroshye!

P.B

Si l’Afrique n’est pas oubliée dans la COP21

‘COP21 émettra sans doute des corrections nécessaires pour éviter les inégalités récurrentes »

climatSur le climat, les espoirs et les attentes sont multiformes. On espère que cette Conférence sur le climat à Paris(COP21) aura les formes d’égalité, de fraternité et de liberté. Sinon, ce sera le chaos organisé.

D’égalité, car la vie quotidienne montre que les pays du Sud et du Nord ne peuvent pas suivre la même marche à pas égales. Déjà, là où ils ont la même voix(vote), ils n’ont pas le même poids dans les instances de décisions(FMI, par exemple).

COP21 émettra sans doute des corrections nécessaires pour éviter les inégalités récurrentes. Et ces pays du Sud, spécialement venus d’Afrique, ne se sont pas déplacés pour tendre la main ou demander l’aumône.

De cela découlera la forme de fraternité dont le fond prend toujours les couleurs de promesses. On entendra des  millions de dollars ou d’euros promis à l’Afrique pour ceci ou pour cela; débloqués en compte-goutte jusqu’en 2020 ou 2030!

Raison suffisante pour dire que l’Afrique n’est pas oubliée. Mais ce qu’on oubliera, c’est que l’Afrique est un continent de plus plus de 54 pays, aux multiples climats et cultures.

Alors que, pour la même cause, le budget d’un pays industrialisé est évalué en milliards, l’Afrique mérite moins qu’un pays. C’est comme s’il n’est pas bon pour elle de faire des choses de grande envergure!

Certes, cela relève de la liberté du donateur et pose la question de la capacité de ces pays pauvres à prendre en main leur destinée. Mais la justice et le changement climatiques ne passeront que si l’Afrique n’est pas oubliée en tant que continent.

By P.B

Sur le même sujet:http://www.lemonde.fr/afrique/article/2015/12/01/climat-ne-pas-oublier-l-afrique_4821638_3212.html

%d blogueurs aiment cette page :