Rwanda:Barashaka gukuramo Western Union!

Inzira y’ubukungu n’iterambere ntikihariwe na bamwe.Aba basore b’Abanyarwanda bashinze Mergims na Vugapay barashaka guhinyuza Western Union.N’ubwo inzira ari ndende,barashaka kwerekana ko ishobora kuba Nyabagendwa

Indoto z’aba basore bakiri bato,zirerekana ko ejo hazaza h’u Rwanda ari heza.Izo ndoto batangiye kuzishyira mu bikorwa ubwo bamurikaga imishinga ya programu bazifashisha mu kuzikabya:Mergims na Vugapay. Ariko se bizaborohera?

Mergims ya Muhiremergims

Louis Antoine Muhire atangira agaragaza neza uko igitekerezo cyamujemo n’ikizatuma kigira ingufu.Ngo aho yabaga mu gihugu cya Canada,ntibyamworoheraga kugira icyo yoherereza abo yasize i Rwanda.Yaje gusanga abantu bose bari mu mahanga ,bahuriye kuri icyo kibazo cyo kugeza ku babo amafranga.louis-muhire

We yabonye hari ibindi bikenerwa ku buryo bwihuse bitabaye ngombwa kohereza amafranga yo mu ntoki.Ibyo ni nk’amafaranga y’ishuri,ay’amazi n’umuriro,mitiweli…Ibiciro bye yemeza ko biri hasi:5% by’ibyoherejwe(frais de transfert)

Patrick na Ceddy bazanye Vugapayvugapay

Nta kintu kigaragaza icyatumye Muhoza na Muhire bahuza iki gitekerezo ku buryo iyi gahunda yabo itazasandara bidateye kabiri.Icyakora kuva tariki ya 24Werurwe 2016 bamaze kugira abakiriya mu bihugu birenga 8: Rwanda, Kenya, Uganda, Tanzaniya, Niger,Malawi,Zambiya,Kongo-Kinshasa.Ubwo bazakomereza no ku yindi migabane.

Inzira ni ndende

Si ukurota gusa,ahubwo bashaka guhangana(concurrence) na Western Union badatinya no kuyihiga ngo bayihigike.Ariko ubishishoje neza, biragaragara ko inzira ikiri ndende,haba mu biciro cyangwa mu kwihuta kwa serivisi.Uwashaka gukabya, yavuga ko ari nka rwa rushishi rudatinya gutondagira inzovu.

Muri iyo nzira kandi n’abakeba na bo ni benshi.Nko ku mugabane wa Afurika, Vugapay izahahurira na M-Pesa(Kenya),Money Express(Gambie)cyangwa Globaltransfert.
Itandukanirizo rishobora kuba n’inzitizi ni uko ibiciro(fees) bya Vugapay bikiri mu mafaranga y’Urwanda(frw) nk’aho ay’amahanga(devises)atemewe.Naho Mergims ishobora kwigira kuri C-Pesa dore ko yo yaka 3% ku mafaranga yoherejwe muri Comores.

Abakeba si abo gusa kuko hari n’abandi bari kurya Western Union isataburenge mu buryo bwo kugabanya ibiciro.Twavuga nka Woldremit,Moneygram,Azimo na Paytop.Aha rero ni ho aba basore b’Abanyarwanda bakwiye kurebera.Tutibagiwe ko n’imbere mu gihugu hari MTN Mobil Money.Twabatungiraga agatoki.

Umunzani ni iyi minsi mikuru cyangwa ibindi bihe nk’ibiruhuko.Bagombye kugaragaza akarusho mu gukurura ababagana.Twizere ko batazasoza urugendo rwabo bazimiye nka Rwandacash yakinagiye mu myaka yashize,ikava mu kibuga itarenze umutaru.

By P.B

Zimbabwe : Son économie en chute libre,au rythme de son président

Son âge ne l’a pas empêché de briguer un autre mandat pour 2018.Robert Mugabe refuserait-il d’avoir un successeur de son vivant?Peut-être que Zimbabwe va attendre longtemps pour que son économie renaisse de ses cendres.

648x415_le-president-du-zimbabwe-robert-mugabe-le-17-decembre-2016-a-masvingoA 92 ans,Robert Mugabe croit être plus jeune encore pour diriger le pays.Le parti au pouvoir, ZANU-PF,juge utile de le garder au lieu de le voir perdre la tête faute de pouvoir.Pourtant,quand il perdait l’équilibre et s’atterrait,ils étaient nombreux à le regarder vaciller.
Ses conseillers et ses partisans ont fermé les yeux.Après 36 ans d’indépendance du Zimbabwe,ils ne se sont pas rendus compte que le chômage atteignait le même sommet que l’âge de leur président:90% de chômeurs.

zimbabweLe Zimbabwe n’est point ce pays dont l’enclavement ne constitue pas un obstacle insurmontable.Celui qui se voulait l’égal des Américains en frappant ses propres dollars n’est que l’ombre de lui-même.Les habitants s’interrogent sur la valeur des billets frappés par ce pays.Son économie sommeille alors que celles des autres pays se réveillent pour se moderniser davantage.

mugabeA l’instar de leur président,tous les secteurs économiques de ce pays autrefois prolifères sont en veille sinon en berne.L’opposition, la société civile et les jeunes guettent l’opportunité pour renouer avec la prospérité.Jusqu’où supporteront-ils ce très vieux chef d’Etat?
harare-et-mugabeEn attendant,les uns fêteront Noël dans la rue tandis que les autres seront à genoux pour implorer le ciel et la terre d’intervenir.Tous pour la même cause:le changement et l’aspiration au bien-être.
By P.B

Pour Trump , l’Afrique devrait être recolonisée!

Quand le nouveau président pense à la recolonisation de l’Afrique,cela ne fait pas rire.Trump a trouvé un moyen de pointer les problèmes récurrents sur ce continent.

A entendre parler ce nouveau président des États-Unis d’Amérique,on croirait que ses paroles ne sont que des mots.L’idée de « recolonisation de l’Afrique« ,c’est une idée qui hante Trump avant même d’être élu président.Pourtant,c’est une pensée qui cache la vérité à creuser.

L’Afrique mal décolonisée

La vérité cachée de Trump est que l’Afrique est mal décolonisée.Certains pays ont cru sottement à l’indépendance en chassant sur leur sol tous les Européens.Mais ils sont incapables de résoudre leurs propres problèmes.

Il suffit de voir le pourcentage des conflits sur le globe et sur le continent.Regardez le Mali,le Burundi,la Centrafrique,le problème Boko Haram…Chaque fois,ils doivent recourir à ceux qu’ils considéraient comme la cause de leurs malheurs.

Guerres,conflits ethniques et pauvreté,sont devenus des maladies incurables sur ce continent.Les présidents ne sont pas des médecins!Les pauvres qui craignent d’être contaminés ne font que fuir…

De plus,c’est le seul continent où fourmillent les misérables qui pensent au Visa USA pour s’enrichir ou Visa Schengen pour fuir les désastres indignes de notre siècle. Comme il est affligeant d’observer ces malheureux avalés incessamment par la Méditerranée!Les pays d’où ils sortent,de quoi sont-ils indépendants?
A lire: Donald Trump se moque des dirigeants africains

Ils importent tout,même les aiguilles!

Nul ne contestera la pertinence de sa pensée,quoique méprisante.Ces « Nègres,disait-il,ce sont des gens qui ne savent rien fabriquer, ils importent tout, même des allumettes, même de simples aiguilles ».
Est-ce qu’il a menti vraiment?Que font les dirigeants africains?Au lieu de soutenir les innovations chez eux,ils vont investir à l’étranger l’argent volé dans leurs pays!Voilà comme ils sont indépendants!

États-Unis,c’est notre tour!

Les États-Unis sont les seuls à ne pas avoir suffisamment colonisé l’Afrique.Avant et après les Européens,les Musulmans se sont installés et veulent imposer la Charia,par force et par violence.Avec Trump,c’est aux États-Unis de dire « c’est notre tour! »

L’Afrique restera cette terre que se partageront tous les offreurs de services à l’envi

.
Ils ont déjà préparé le terrain avec internet(Google),réseaux sociaux(Youtube,Facebook,Twitter…),téléphonie(Skype,Whatsapp…),services de transfert d’argent(Western Union,Moneygram…). Eux,ils ont su la manière intelligente de coloniser cette terre en suçant le sang de ses pauvres,au nom des frais de services.Et ce sera pour des milliers d’années,en concurrence avec les Chinois.

By P.B

Black working class

On this Black friday,is better to see the place of race in the economic life of the country like USA.Why the Whites talk about black deals? For understanding well,see this video:

By P.B

Bwaki n’ubukene ku meza y’iminsi mikuru

Birababaje

Birababaje kandi biratangaje kubona ahantu hafi ya hose barebera Afurika mu ndorerwamo ya bwaki n’ubukene. Mu bihugu byinshi, uhasanga abana n’abantu bakuru banitse amagufwa, amaguru yarabyimbye, amatama yaratukuye n’imisatsi yaracuramye.

Abasabiriza

Mu bihe by’iminsi mikuru isoza umwaka, abasabiriza(n’ubwo ntaho bataba)ku mihanda no mu masoko baba bangana igitero. Hari n’ababigize umwuga, utabahaye bakamuvumira ku gahera. Kwirengagiza ko biriho ukagaragaza gusa abana n’abantu b’uruhanga rukenkemuye, ni ugutwika inzu ugahisha imyotsi.

Aho ikibazo kiri

Henshi bakunze kuvuga ngo kurwaza bwaki ni ikibazo cy’imyumvire. Ariko hari n’abadashaka kumva impamvu y’icyo kibazo. Kandi koko biragoye kumva ko urugo rw’abantu batanu cyangwa barenze, n’ubwo rukeneye inyama, rwafata isake igurwa 6000frw rukayibaga aho kuyigurisha ngo ruguremo ibishyimbo, ibijumba, imboga n’akunyu.

Biragoye kumva ko umuntu ufite inkoko itera amagi 6 mu cyumweru yahitamo guteka ayo magi aho kuyagurisha ngo aguremo ibyahaza abo mu rugo. Ikibazo ni ukumenya niba guhaga ari ukuzuza inda cyangwa gufata indyo yuzuye.

Kuri iyi ngingo, bwaki si ikibazo cy’ubukene ni ikibazo cy’indyo ituzuye. Hari n’abifite barwaza bwaki kubera akazi cyangwa Manyinya. Ugasanga abana babo barerwa n’abayaya bahembwa intica ntikize maze na bo iby’abana bakabyitikurira. Nuko bwaki igatongora.

Ubukene 0

Gusa rero hari n’ingo zicira isazi mu jisho, rwakingwa ntirukinguke. Aha ni ho bwaki ishobora kuba ikibazo cy’ubukene. Inzira zo kubuvamo ntizisobanuka neza. Abazi gukina abandi ku mubyimba bakumva izo nzira ari umuharuro. Hari n’aho no kwigondera NYAKATSI biba bitoroshye. Kandi burya ngo « Inzu ni icyo uyiririyemo. »

Umuharuro w’imibare

Abemeza ko inzira zo kuva mu bukene ari umuharuro bagendera ku mibare y’abavuye mu bukene ariko sinzi niba bababazwa n’abakiburimo.Reka tugendere ku mibare turebe niba uwo muharuro uhuza u Rwanda n’ibihugu birukikije ari umuhanda nyabagendwa.

Nk’uko Banki y’Isi(Banque mondiale,2014) ibyerekana,mu Burundi,abantu 66,9% bari munsi y’umurongo w’ubukene kandi buri muturage abarirwa ko yinjiza 270$US;mu Rwanda ni 44,9% aho buri muturage yinjiza 700$;muri Uganda ni 19,5% kandi umuturage yinjiza 670$;muri Tanzaniya ni 28,2% nyamara umuturage akinjiza 920$;muri Kenya ni 45,9% mu gihe umuturage yinjiza 1290$. Kuki inzira z’uyu muhanda zitangana?

Abantu si imibare

Ikintu gisumba ibindi muri ibi byose ni uko abantu atari imibare. Ariko iyi mibare igaragaza ikibazo gikomeye. Umuntu utinjiza amafaranga 1500 ku munsi afatika(2$/jour)abereyeho kubara iminsi(survie), ariko ntiyayiteganyiriza. Kuvana uwo mubare mu bukene bikwiye gushakirwa uburyo buramba kandi bwubashye umugenerwabikorwa.

Ubukene i Burundi

Ubwo buryo bwatuma bariya bantu bafashwa nk’umuryango (allocations familiales)bityo uwo muryango ukagira ubushobozi bwo kwigurira icyo ukeneye(pouvoir d’achat), nta kugenerwa ku mashyi, no kugira uruhare mu iterambere(capacité de consommation).

Igikomeza ibintu  ni uko bamwe bazitwaza ya mvugo yateye ngo « Mubyare abo mushoboye kurera ». Nyamara iriya mibare yerekana abantu bariho, si abazavuka. Ni nko kuvuga ngo nibashaka bapfe. Ibyo aribyo byose bagomba kubaho kandi neza. Byagerwaho gute?

Ubukire nibusaranganywe

Umusamaritani

Biragaragara ko abo bakene bo muri ibi bihugu byacu batakwicara ku meza amwe. Umukene wo muri Kenya yatunga Abanyarwanda 2 cyangwa Abarundi 5. Nko mu Rwanda, 55% ni bo bishoboye ku buryo bafasha bariya 45% basa n’abasigaye ku nzira cg bayiguyeho. Abafite uburyo bagize umubare ushobora kugenza nk’Umusamaritani mwiza(Luc 10,33-36)). Si umuco ukwiriye abazungu gusa.

Nk’uko n’abandi baherwe bishimira gushora imari yabo mu bihugu bikennye(batabitewe no gukunda abakene), abo bakire nibegereze ibiceri ababikeneye. N’abashaka gukora ibikorwa by’urukundo (charity), muri urwo rwego rwo kurwanya ubukene, Leta iborohereze imisoro nk’uko Amerika ibigenzereza ba Bill Gates…

Nanone kandi tuzi neza ko « Umwera uturutse ibukuru bucya wakwiriye hose ». Ibi bizihuta umunsi Intumwa za Rubanda zizatangaza ngo « Twiyemeje gusangira na rubanda rukennye mu gihe cy’amezi atandatu:1/2 cy’umushahara wacu turakibahariye ».

Muri iyi minsi mikuru, ni nde utashimishwa no kumva mu ijambo ryo kwifuriza Abanyarwanda umwaka mushya muhire, Perezida atangaza ko we n’abaminisitiri(buri wese ku rugero ahisemo)biyemeje kugabanya umushahara wabo kugira ngo na mwarimu yongere agasenda atereka ku meza?

Bigenze gutyo, abakene na bene Bwaki bakegerana ibyishimo ameza y’iminsi mikuru, n’imvura y’umugisha ikamanukira kuri abo bagiraneza. Nguko uko mu gihugu cyose, ba Nsekambabaye bazaba bake.

By P.Protogène BUTERA

%d blogueurs aiment cette page :