Rwanda-Nyaruguru: Mu rusengero rwa Nyabimata, inkuba yahitanye abarenga 15

Yanditswe na

Caroline MUKAKAMALI/Nyaruguru

Abakristo bo mu Itorero ry’Abadive, uyu munsi bahuye n’ibyago bikomeye. Ubwo kwizihiza Isabato byari birimbanije, inkuba yakubise, ihitana 15 ako kanya, naho 40 barakomereka. Ibyo byabereye mu rusengero rwa Nyabimata, hafi ya Adenya na paruwasi gatolika ya Muganza.

Urwo rusengero rwubatse mu Karere ka Nyaruguru, ahahoze hitwa Komine Kivu. Iyo nkuru mbi ntiyatinze kumenyekana. Amakuru yahise akwira hose. Kubera iyo mpamvu, inama twari turimo ku Karere yahise ihagarara, abayobozi bose baratabara.

Twahageze za ambulance zatangiye gutwara inkomere ziberekeza ku bigo nderabuzima bya Nyabimata na Muganza. Abantu 6, barimo abana 4 bakomeretse cyane, ni bo batwawe ku bitaro bya Munini. Abo 6 bababaye bikomeye ku buryo bigoye kwemeza ko bari buramuke. Birumvika ko imibare y’abahitanywe n’iyo nkuba ishobora kwiyongera.

Ikigaragara ni uko inkuba muri uyu Murenge zimaze kuba ikibazo. Si muri uru rusengero gusa, kuko ku wa kane no ku wa gatanu w’iki cyumweru, zahitanye abandi baturage 2 zibatsinze mu ngo zabo.

N’ubwo ari igihe cy’imvura, ibi bintu byo gukubitwa n’inkuba ntibyari bisanzwe. Ese abantu bakwiye kubyifatamo gute? Iyo biba muri uru rusengero gusa, byari guha ingufu bamwe bahagurukiye kuzifunga! None ko no mu ngo itabababarira, igisubizo kira ikihe?

Dutegereje icyo inzego zishinzwe ibiza ziza kubivugaho n’ingamba zo kwirinda. Hagati aho twifatanije n’ababuze ababo. Imana ibakomeze, abagiye ibakire.

Byanditswe na Caroline MUKAKAMALI/Nyaruguru.

Auteur : protosbuyahoofr

Prêtre amateur de Philosophie politique et de Philosophie économique autant bien que du Droit de la Santé,je suis révolté par la misère de certains peuples vivant sous le seuil de la pauvreté.Ces questions me préoccupent: Pourquoi sont-ils dans cet état(de pauvreté)?Y a-t-il un moyen d'en sortir pour parvenir au bien-être atteignable?N'ont-ils pas droit au bonheur raisonnable?Mon doigt et mon regard se focaliseront sur les causes tandis que mon cœur méditera sur les actions susceptibles d'amélioration. Portant le même souci de nous informer sans polémiquer,nous ne tairons pas nos droits inaliénables ,car les devoirs s'imposent à nous.Dans cette voie,je compte sur vos commentaires et vos témoignages pour plus de lumière. P.B

%d blogueurs aiment cette page :