Na byo biryoha bitera gusaza imburagihe(suite)

Mu minsi mikuru   ya Pasika, ngo ibirayi byabonaga umugabo bigasiba undi.Muri Kigali ngo ikilo cyaguraga amafaranga 300 kandi ubundi kitarenzaga 190 .Abenshi biririye amafiriti akorwa n’uruganda rwa Musanze.Naho abandi bifatira agaceri nk’uko bisanzwe ku minsi mikuru.

Kandi n’ubundi kubura ayo mafunguro yombi  ku meza ni ukunyagwa zigahera.Nyamara n’ubwo atubangukira bwose,ari muri bya biribwa  biryoha bitera gusaza imburagihe.Muti gute?

UMUCERI WERA

Abantu benshi bikundira uwera.Kuwukubita amaso ku isahani muri iryo bara ry’urwererane n’agasosi ku ruhande,ubwabyo bituma amazi yuzura akanwa na apeti ikiyongera.

Hari n’ibihugu bawurya buri munsi,umwaka ugashira.Nyamara uwo muceri wera(riz blanc)ngo si mwiza na gato kuko uba ukennye ku ntungamubiri nka magnesium zirinda diyabeti.

Abongabo rero batawusiba bagira ibyago byo gufatwa n’iyo ndwara y’igisukari(diyabete) kimwe n’indwara z’amara(vessie).Ikindi kandi bisanzwe bizwi ko umuceri utera indwara ya beriberi kuko udafite thiamine cyangwa vitamine B1.Ni bwo usanga umwana yarabyimbaganye,n’umusaza yarahinamiranye kandi badasiba kurya.Muganga yababwira ko bafite ikibazo cy’imirire,bati « Birashoboka se kandi duhorera umuceri? »

IFIRITI

IfiritiIfiriti yo birazwi ko itaribwa na buri wese.N’ubwo itarushya itegura, isaba ubundi bushobozi busa no gupfusha ubusa ku bakene(amavuta itwara).

Ku rundi ruhande, imitegurire (cuisson) y’ifiriti itera iki kiribwa kubanguka mu kugabura ariko nticyorohere umubiri.Ngo gucanira ibirayi mu mavuta bituma amidon ihinduka nk’uburozi (glycation) bityo impyiko (reins) n’imboni (rétines)ntizibashe gukora neza naho uruhu rugapyinagara maze uw’imyaka 40 cyangwa 50 akaba asa na nyogokuru iyo atagenda ahunyiza nka sogokuru.

Na none kandi,yaba ifiriti cyangwa umuceri, hari abagera ku meza ngo ntibimirika,umunyu ni muke! Bakawongeramo mpaka ururimi ruryohewe. Bakibagirwa ko uwo munyu w’igisoryo ugera mu mubiri ukihutisha umuvuduko w’amaraso kugera ubwo uruhu rukobana(cellulite).

Ngo burya impamvu inka zikenera umunyu cyane ni ukugira ngo uruhu rukomere.Aha rero niho abahanga bahera bavuga ko biriya biribwa byombi(bitarenga umunwa nta munyu)bitera gusaza imburagihe.Niba utifuza kugira uruhu nkurw’inka ni ukureba urugero rw’umunyu ukwiye muri ayo mafiriti n’umuceri.

Dore n’ubundi iminsi mikuru iregereje;Asensiyo na Pentekositi.N’Impeshyi ibereye ibirori by’umwihariko na yo yaje.Ubwo uzaba watumiwe mu birori byo Gushyingirwa cyangwa Gukomezwa, iby’Amasakramentu ya mbere cyangwa ay’Ubusaseridoti, ntihazabura aho biba ngombwa kurya uwera cyangwa amafiriti bikakuva ku nzoka.

Naho ku ngaruka mbi,birumvikana ko ubirya rimwe cyangwa kabiri mu mwaka nta ngaruka zindi.We ahubwo twamubwira ngo nubibona, uryoherwe!

By P.B

Ces femmes qui deviendront cardinales

C’est vraiment une louable observation et admiration de l’activité des femmes dans la société. Il n’échappe à personne que la nuance n’est pas moindre entre diversité et totalité, dans la mesure où l’on n’a pas parlé de tous les secteurs de l’apostolat.

Comme chaque année, le monde entier se prépare à fêter la Journée de la Femme. Ce 8 mars 2016,le thème retenu est fortement intéressant: « Planète 50-50 d’ici 2030:franchissons le pas pour l’égalité des sexes  » .

Où en sera l’Église catholique de rite romain?Sur quelle planète sera-t-elle?Peut-être sur la Planète 50+50!Osera-t-elle franchir le pas pour cette égalité?

Nous ne nous attarderons pas sur la place de la femme dans l’Église. Certains diraient que l’Église ne donne pas des places, qu’il revient à chaque baptisé de prendre sa place. Et si toutes les places sont déjà occupées? L’Église n’en est pas moins consciente.

La conscience qu’elle a de tous ces problèmes est explicite dans les documents du Concile Vatican II. Quelque part, il est souligné ceci: « Comme, de nos jours, les femmes ont une part de plus en plus active dans toute la vie de la société, il est très important que grandisse aussi leur participation dans les divers secteurs de l’apostolat de l’Église » (Vatican II, Apostolat des laïcs, n°9)

C’est vraiment une louable observation et admiration de l’activité des femmes dans la société. Il n’échappe à personne que la nuance n’est pas moindre entre diversité et totalité, dans la mesure où l’on n’a pas parlé de tous les secteurs de l’apostolat.

Quels sont les secteurs où les femmes ne manifestent pas une participation importante dans l’Église? Qu’est-ce qui empêche leur participation d’être plus grande dans tous les secteurs de l’apostolat ? N’y aurait-il pas des secteurs réservés aux hommes comme s’ils étaient actuellement incompatibles avec l’état de femme ?

Le Catéchisme et le Code du Droit canon semblent avoir donné la réponse, quant à l’ordination: « Seul un homme (vir) baptisé reçoit validement l’ordination sacrée (CIC, can.1024). Le Seigneur Jésus a choisi des hommes (viri) pour former le collège des douze apôtres, et les apôtres ont fait de même lorsqu’ils ont choisi les collaborateurs qui leur succéderaient dans leur tâches.

Le collège des Évêques, avec qui les prêtres sont unis dans le sacerdoce, rend présent et actualise jusqu’au retour du Christ le collège des douze. L’Église se reconnait liée par ce choix du Seigneur lui-même. C’est pourquoi l’ordination des femmes n’est pas possible » (CEC,n°1577).

Femmes-pretres

Sans aucun doute, l’Église Catholique n’acceptera pas d’être à la traine de l’Église anglicane pour ce qui concerne l’ordination féminine. Dans ce cas, qu’est-ce que le Pape François pourra-t-il faire, lui qui veut une présence plus incisive des femmes dans l’Église?

Si les femmes ne peuvent point prétendre à l’ordination sacrée, sur quelles femmes l’Église saura-t-elle miser pour réaliser ce rêve d’égalité? La suite est à venir…..

P.B

La France doit devenir un Etat plus laïc, dit le Pape François

Dans son entretien avec des catholiques de gauche français, le Pape François a été plus que clair: « Votre laïcité est incomplète. La France doit devenir un pays plus laïc« , car sa laïcité « résulte parfois trop de la philosophie des Lumières, pour laquelle les religions étaient une sous-culture. Et la France n’a pas encore réussi à dépasser cet héritage ».

Ces catholiques font partie d’une délégation des Poissons roses, mouvement politique d’inspiration chrétienne affilié au Parti socialiste (PS). Tel que rapporté mercredi par l’hebdomadaire La Vie, le souverain pontife les a reçus mardi pendant une heure et demie.

D’après lui, le concept de laïcité introduit dans la démocratie française est « sain », car, « de nos jours, un Etat se doit d’être laïc ». Mais « une laïcité saine comprend une ouverture à toutes les formes de transcendance, selon les différentes traditions religieuses et philosophiques. La recherche de la transcendance n’est pas seulement un fait, mais un droit ».

Dans la même logique, le Pape a dénoncé le « poison » des idéologies. « On a le droit d’être de gauche ou de droite. Mais l’idéologie, elle, ôte la liberté ». Il a exprimé aussi son inquiétude pour l’Europe qui « s’affaiblit et risque de devenir un lieu vide (…) en oubliant son histoire ».

« Le seul continent qui puisse apporter une certaine unité au monde, a-t-il estimé, c’est l’Europe. La Chine a peut-être une culture plus ancienne, plus profonde, mais l’Europe seule a une vocation d’universalité et de service ».

Évoquant l’immigration, François estime qu’ « on peut parler aujourd’hui d’invasion arabe », mais, remarque-t-il aussitôt positivement, « combien d’invasions l’Europe a connues! Et elle a toujours su se dépasser elle-même, aller de l’avant pour se trouver ensuite comme agrandie par l’échange entre les cultures« .

François, dont le voyage en France annoncé dès l’an dernier n’a pas encore été programmé, avoue mal connaître la réalité française: « Je suis allé seulement trois fois en France (…) Je ne connais donc pas votre pays. Je dirais qu’il exerce une certain séduction. (…) En tous les cas, la France a une très forte vocation humaniste.« 

Sources:www.linternaute.com

Abarimu bahembwa amadorali 600 bigaragambirije umushahara

Bari babukereye barenze 1000. Rfi.fr yemeza ko abagore ari bo bari benshi.Abo barimu bigisha mu mashuri yisumbuye ntibishimiye umushahara bahabwa ku kwezi.N’ubwo agahugu kabo gakennye,ngo barambiwe no kuba insina ngufi.

Abapolisi

Aho ni muri Palestina,mu Ntara ya Sisijorudaniya(Autorité palestinienne).Abapolisi batangatanze biba iby’ubusa.Intero yari imwe: « Bayobozi bo hejuru,niba Leta dukorera ari imwe,namwe ayo madolari 600 nimuyafateho umushahara mu kwezi,maze mutwereke urugero rwo kubeshwaho na duke ».

Abatashoboye kujya mu mijyi ya Hebron,Ramallah cyangwa Yeruzalemu,berekeje kuri Ministeri y’Uburezi.Nk’uko observers.france24.com ibitangaza,bashakaga no kumenya impamvu abandi bakozi bongererewe umushahara ku rugero rwa 90% naho bo bakagenerwa 10% kandi bose bahahira mu masoko amwe no ku biciro bimwe!

Ibisubizo by’abanyapolitiki byo ntibijya bibura,birimo n’imbaraga z’umurengera w’abapolisi n’abasirikari.Nibura ho bemerewe kwigaragambya.Ariko se buriya ntibakwiriye kuzanwa mu Rwanda gufata amasomo y’ukuntu mwarimu abeshwaho n’amadolari 60 akanezerwa?!Abonye 600 hacura iki?

P.B

Umunsi nk’uyu ngo ni amahirwe ya nyuma

Si kenshi ukwezi kwa kabiri kugira iminsi 29.Ubusanzwe kugira 28.Umunsi nk’uyu uba rimwe mu myaka 4.Hari abawufata nk’amahirwe ya nyuma maze bakaraguza umutwe muri za Loto na Tombola.Abacuruzi na bo bakongera za promotions, dore ko muri uku kwezi n’amafaranga aba ari ingume.

Naho abavutse kuri iyi tariki,bahabwa icyizere cyo kuzaba abantu b’imbonekarimwe(hommes d’exception).Ku isabukuru yabo bakabyibutswa ngo batazaba ibitoryi cyangwa abagabo-mbwa(hommes de peu de valeur).

Kubera iyo mpamvu,ngo hari n’abagore babibarira ku buryo bazabyara kuri iyo tariki.Nk’uko tubikesha ikinyamakuru normandie-actu.fr, hari urugo rwo muri Norvège rwabigezeho rubyara abana batatu kuri iyo tariki mu myaka itandukanye. Byatumye bashyirwa mu gitabo cy’abaciye agahigo(Guiness des records).

Ubutaha,umunsi nk’uyu aho umwaka ugira iminsi 366(année bissextile) uzongera kuboneka vuba muri 2020.Mu Rwanda bizahurirana na cya gihe cya Vision 2020.Ese hazaba hagaragara irihe zuba?

By P.B

Teaching racial justice within racism comfort

Studies on the use of the narrative modeling approach for addressing race in the college classroom suggest that one of the reasons for the success of this approach is that discussion centered approaches to learning about race allowed students to own and share their own discomfort with the topic.

From USA to Europe via India, the racial justice is a sadness reality. Ones who lie in their place of privilege don’t see that situation. It’s worse than Lazarus and the rich of the Bible. The deep gulf is established between them(Luc 16,20).

Wherever you turn over this,the poor’s voice is inaudible and he has no name. He is colored, black, african… How to plead for him? Here are some answers of Daily Theology(DT).

Long-time education theorist Stephen Brookfield suggests that educators need not shy away from their own struggles with race, but instead should be honest and open with their students.

He recommends an approach in which teachers recognize their own subtle, embedded racist beliefs by addressing five key questions: 1) How have we learned racism from dominant ideology? 2) How do our racist impulses continue to manifest themselves in our actions? 3) What are the ways we can identify these? 4) How are our racist leanings interrupted by disruptive experience? 5) How do we challenge and push back against them?[3]

By beginning with narrative disclosure – instead of presenting students with a lot of information on race and racism – the professor perhaps can begin to foster a sense of community in the classroom that will create space for the hard discussions.

Courses that regularly incorporate student discussion into class time often have better success in creating a classroom environment conducive to open and honest discussions about race.

Studies on the use of the narrative modeling approach for addressing race in the college classroom suggest that one of the reasons for the success of this approach is that discussion centered approaches to learning about race allowed students to own and share their own discomfort with the topic.

Here a couple of quotes from students are helpful: “‘Seeing other students with similar struggles and how they overcome their anxieties with the issues is reassuring that I too can overcome my own anxieties.’” “‘The first step towards racial-awareness is self-awareness and I need to be comfortable with being uncomfortable so I don’t run from the discomfort.’”[4]

Finally, those of us teaching in theology courses or other religious institutions have a special obligation both to address race in our classrooms and to help students deal with their discomfort.

As theologians grounded in an understanding of an innate human dignity given to all people by virtue of their creation in God’s image, we have an obligation to identify and address those things like racism that undermine human dignity.

Furthermore, as Anna Scheid and Elizabeth Vasko point out in their very good article, “Teaching Race: Pedagogical Challenges in Predominantly White Undergraduate Theology Classroms,” if our colleges are committed to educating “the whole person,” then we must be willing to deal with our students’ emotional responses as well.

By helping students give voice to the feelings they are experiencing – anger, guilt, frustration – students can more effectively deal with these complex emotions in ways that do not shut down classroom conversation.[5]Racism

These three approaches to addressing racism in classrooms are just starting points and suggestions, but the theme that connects them is crucial. Owning our discomfort when talking about race helps open up discussion about race and racial privilege that very much need to happen on college campuses.

By encouraging students to name and deal with their insecurities, we enable them to address racism in critical ways that avoid easy platitudes and recognize that there are no easy solutions.

In this way, perhaps colleges and universities can begin their own transformative process of truly being social forces for good.

By Krista Stevens, DT, Teaching racial justice in the classroom

Batangiye gusuhuka kubera inzara

Ngo « amapfa yarateye, Bakame irahunga« !Abaturage bareba kure nka Bakame batangiye guhungira inzara muri Uganda. Abenshi ni abo mu Ntara y’Uburasirazuba ivugwamo amapfa akomeye. Igihe cy’imvura cyasimbuwe n’izuba maze imyaka irahazaharira.

Umuturage umwe, ati « Inzara yaratwishe! Bamwe barasuhutse bagiye Buganda, abandi bagiye mu Mutara gupagasa. Mbese ubuzima ntabwo ”. Undi na we, ati « Turabihinga(ibishyimbo) bigahita byuma bikimera. Ubu nuko twe tudafite aho dusuhukira, natwe tuba twaragiye ”.

Iki kibazo cy’amapfa cyugarije cyane cyane Uturere twa Kayonza(imirenge ya Rwinkwavu, Murama, Mwili na Kabare), Kirehe( imirenge ya Nasho na Mpanga), Ngoma( umurenge wa Rukumberi).

N’inzego zibanze ziremeza ko hari ingo zamaze gufunga imiryango y’amazu yabo .Nk’umuyobozi w’Umudugudu wa Byimana, mu kagari ka Nkondo, avuga ko hamaze kubarurwa ingo icumi zasuhutse kubera iki kibazo.

Umuyobozi w’Intara y’u Burasirazuba Madame Uwamaliya Odette ntabihakana. Aragira, ati « Turabizi ko hari ibice binini byahuye n’izuba ryinshi. Turimo kureba uko twagikemura ku buryo burambye, hatunganywa ibishanga, hakaboneka amazi ahoraho. Ikindi nuko twagerageje guha ibiribwa abari bashonje cyane ”.

Ikibabaje kandi giteye agahinda ni uko Madame Uwamaliya agaya bamwe mu baturage bahungiye mu bindi bihungu, ngo bari bakwiye guhagarara gitore bagafatanyiriza hamwe nk’Abanyarwanda, hagashakwa igisubizo cy’iyi nzara.

Wahagarara he mu nda bicika?Birashoboka ko atigeze aribwa n’inzara! Cyangwa buriya ntazi ko hari abo muri Ngoma bayimaranye amezi 3,kuva mu kwa 12/2015, ubwo bayitaga « ikizamini cya tronc-commun! » Liste y’abagitsinze izasohoka ryari se ko no muri Ngororero(Uburengerazuba)abaho yabahuhuye kugeza ubwo bayihimbye « warwaye ryari »?

Inkuru yose:Imirasire:I Burasirazuba barahungira muri Uganda

Ubwanditsi

Kwa muganga hajya imbabare ntihaba imbabazi

Abarwayi kwa muganga

Mu bitaro no mu mavuriro yo mu Rwanda hakomeje kuvugwa ubwinshi bw’abarwayi batinda kuvurwa cyangwa kwakirwa.Urajya i Kibogora,ugasanga baruzuye.Wagera i Kabgayi,ugasanganirwa n’uruhiriri rw’imirongo y’urujya n’uruza.Wakwerekeza CHUK, ugakubitwa n’inkuba mu bitaro by’ikitegererezo (Universitaire).

Si aho gusa, kuko no mu Bigo Nderabuzima cyangwa kuri za Poste de Santé naho ari imbuto yeze.Ni aho gushishoza. Ubwo bwinshi bushobora kugaragaza ibibazo byugarije abaturage n’amavuriro.

Ubukene bw’amavuriro

Byaba ibitaro bikuru cyangwa amavuriro,barataka imyenda agahumburi batishyurwa.Nk’i Gahini ho ngo ni ah’Imana n’amasengesho!Biteye agahinda. Ahenshi ntibafite ibyumba bihagije byo kwakira abarwayi(salles de réception). Hakiyongeraho rero n’umubare muke w’abakozi ndetse n’ibikoresho bidakwiye.

Ibyo bibazo byose iyo byikubiseho ubukene bw’amafaranga, ibintu bihumira ku mirari.Abakozi batashoboye guhemberwa ku gihe,imbaraga zo gukora bazazikura he?Niba nta gahimbazamusyi bakibona kandi ingasire itahagaze,umuyobozi azabigenza ate?

Abadafite Mitiweli yuzuye mwitahire

Hari n’aho abarwayi barara bicaye ku ntebe zo mu bitaro ngo babashe gufata nimero bukeye bw’aho.Abandi bakarambarara hasi bategereje ibisubizo by’ibizamini.Ahangaha ntawashidikanya ko ikibazo ari imikorere n’imikoranire ya services zishobora kuba zigongana(faute d’organisation ou problème de dysfonctionnement).

Abadafite mitiweli yuzuyeRimwe na rimwe abaganga biba byabarenze.Ni bwo muganga mukuru yiyizira, ati « Abadafite Mitiweli yuzuye mwitahire » . Abujuje bakajya babona aho bicara.Naho abibwiraga ko baboneraho uburyo bwo kubaca mu rihumye, bakumirwa, ngo abaganga b’ubu ntibakigira imbabazi;babaza amafaranga mbere yo kureba imbabare?

Abarwayi ntibihangana

Abagana amavuriro n’ibitaro barakangutse.Biratangaza kumva umuntu agereranya servisi zo kwa muganga n’izo muri banki (Sacco) cyangwa ku Murenge.Abifite ku mufuka ntibaba bakiri ba barwayi bihangana(patients),babaye ba baguzi basanzwe(clients).

Bamwe mu baganga babiteye imboni babandikira imiti n’impapuro zibiherekeza bakabohereza muri Clinique na Pharmacies bafitemo imigabane.Ngo n’ubuzima bw’amakoperative na bwo ni ngombwa! Ntawabura byose.Nibura bakabona aho bifatanyiriza n’abandi kuririmba ngo Koperative zirunguka!Ako kanyungu kagatuma baguma ku kazi basabye.

By Nshizirungu Aminadab,Rwamagana

Biryoha bitera gusaza imburagihe

Ibigori byeze

Hirya no hino mu Turere dutandukanye tw’u Rwanda,ubu hera ibigori bimeze neza kandi ku bwinshi.N’iyo bikiri mu murima biba bishamaje. Byasarurwa bikaba ibindi.Si ukubirya kakahava!

Byaba byokeje cyangwa bitetse,ibigori ni Mugorentunsige. Ntibigora ku itabaro.Haba mu modoka cyangwa mu murima, ubitamira ugenda ntibikubuze no gukubita isuka.Umwana na we iyo acyeguye arwana na cyo ntiyongera kurira.

Nyamara burya si ku busa bimerera nabi abanyagifu.N’ubwo umuntu abikubita amaso amazi akuzura akanwa,byifitemo ibinyamyunyu(acides gras) bitagwa neza umubiri w’umuntu.Ahandi babihinga nk’ibiryo by’amatungo.

Twandika ibi,ntituzinduwe no guca intege abo bitera akanyamuneza, bakabyiririrwa bakanabirarira.Hari n’ubwo aba ari byo biboneka ku bwinshi kandi bihendutse.Aha birumvikana ko ntawabireka kandi ari byo yejeje byonyine.

Nanone ariko hari uwakwibaza niba kuvuga ko bitera gusaza imburagihe hari aho bihuriye n’amabwiriza yo kubihinga ku bwinshi aherekejwe n’amategeko abuza kubirya binyuranyije n’amategeko.Nawe se,nko kuva mu mwaka wa 2011, ngo nta muturage wemerewe guca cyangwa kotsa ikigori! Amategeko nk’aya ari mu Mirenge itari mike:Amategeko y'ibigori

Biragaragarira amaso ko aya ari amategeko y’uburyo bwo guhingira isoko no kurengera umuhinzi!Ni ukuvuga ko ibigori bigomba kuribwa n’uwabihashye.Ubutaha hazajyaho amategeko y’uburyo bwo kubirya(loi de la consommation)burenze kubyotsa no kubijyana mu isoko(gukoramo amavuta yo kurya no kwisiga,inzoga zikaze,ibisuguti..).

Ntawahirahira ngo yirengagize akamaro k’ikigori kandi gikize ku ntungamubiri nka calcium,magnésium,fer na zinc umubiri ukenera mu kwiyubaka(croissance).Nyamara nk’uko tubikesha ikinyamakuru  passeportpsante.net, ngo ikigori nanone gikungahaye kuri « acide phytique » yizingira kuri izo ntungamubiri ikazibuza gukwirakwira vuba mu mubiri, aribyo bituma uruhu rukomera aho koroha.Ibi bikaba byiza ku matungo aba agomba gutanga umusaruro vuba.

Bityo,abarya ibigori cyane kandi kenshi(byaba sirop,amavuta y’ibigori,ubugari…)barakomera ariko bagakenyuka vuba kuko bataramba(ni accélérateur de vieillesse).Ni aho kubirya mugereranya(avec mesure et modération).

By P.B

The University as Social Force? An Octave of Theological Reflection

[NDLR: More and more, the University is becoming the front door of life. Even so, the campus is not available to poor. The majority get into debt in order to have access to it. At the end, the country is plenty of unemployed Masters or PhD. In the truth, it is a dangerous army pointed to all. Who will win?]

It is no secret that traditional institutions of higher education are struggling in the pro-business economy of the 21st century United States. Universities must ever seek new lines of revenue, administrations must ever hire new administrators to help find said revenue, and the easiest way to decrease cost is often to hire more part-time (adjunct) professors.

Daily Theology asks, amid the struggles, amid the building projects and NCAA scholarships, amid the growing class sizes, can we still find the mission of a Christian university? If so, what is that mission, really? And what are we doing to fulfill it?
– – – – –

From February 21-28, consciously both deep in the season of Lent and during Black History Month, Daily Theology will host its 8th week of reflection, entitled “University as Social Force? Protest and Activism in Academia.” The title of the week comes from the theologian and priest, Ignacio Ellacuría, who was assassinated by US-trained operatives in 1989 alongside five other Jesuits, their housekeeper and her daughter, in El Salvador.

Seven years prior to his murder, upon receiving an honorary degree from the University of Santa Clara in 1982, Ellacuría said:
There are two aspects to every university. The first and most evident is that it deals with culture, with knowledge, the use of the intellect. The second, and not so evident, is that it must be concerned with the social reality–precisely because a university is inescapably a social force: it must transform and enlighten the society in which it lives.

But how does it do that? How does a university transform the social reality of which it is so much a part?
Ellacuría answers his question with a call for the Christian university, for the Catholic university, to embrace “the reality of the poor,” taking into account “the gospel preference for the poor.

This does not mean that only the poor will study at the university; it does not mean that the university should abdicate its mission of academic excellence–excellence which is needed in order to solve complex social issues of our time.

What it does mean is that the university should be present intellectually where it is needed: to provide science for those without science; to provide skills for those without skills; to be a voice for those without voices; to give intellectual support for those who do not possess the academic qualifications to make their rights legitimate.”

….What does it mean to be centers of social change on campus today? How does activism and protest fit into this model?
– – – – –
Source:the-university-as-social-force

Rwanda: Malaria yabiciye none Polisi yahuruye

Mu bice bitandukanye by’igihugu hamaze iminsi havugwa Malariya ikabije.Mu mwaka wa 2015 wonyine,abantu hafi miliyoni ebyiri (1,957,000)yabagezeho.Abo yahitanye ni 424,mu gihe bari 499 muri 2012.

Abahera kuri uko kugabanuka mu mibare y’abapfuye, babona malariya itariyongereye ahubwo yarabuze abayirwanya.Uko kubura guterwa n’imikorere mibi y’inzego hafi ya zose z’ubuzima.Ngo ni yo mpamvu Polisi yahuruye.

Uretse no kutagira Mitiweli cyangwa ubwishingizi bituma abaturage bativuriza ku gihe, bamwe bavuga ko inzitiramibu zibabuza umutekano kuko zituma badahumeka neza nijoro.Bahitamo kuzimanika mu madirishya aho kuziryamamo.

Ese Polisi izakora iperereza ngo imenye niba hataratanzwe inzitiramibu zitujuje ubuziranenge bikazagira ingaruka zikomeye ku buzima bw’ejo h’abo baturage?Birashoboka, kuko itahagarariye ku bitaro byayo byo ku Kacyiru gusa. Ngoma,Ngororero na Huye ntiyahatanzwe. Ngo abaturage badafite ubuzima nta mutekano baba bafite.

Abashoferi babonye ukuntu iki gikorwa cyakorewe ubuntu, bacyakirije yombi.Ngo bizeye ko n’imihanda itagiraga ibyapa igiye kuboneraho bigashyirwaho ku buryo Polisi itazongera kwishimira guca amafaranga gusa aho kongera ibyapa biburira.

I Huye, umuturage yafashe ijambo ashimangira ko mu Rwanda ntawavuga ko Malariya iteye ibwoba.Nibigera kuri urwo rugero,ngo n’abasirikari bazatabara nk’abaje gukumira igitero cy’iterabwoba. Icyo gihe abapolisi bazongera imbaraga mu kunoza umutekano wo mu muhanda.

By P.B

Paparazzi yaje ryari?

Iterambere riragwira!N’abakecuru bazi Paparazzi.Muti gute?Nyirakamana yabanaga n’umwuzukuru we Shumbusho.Uyu Shumbusho akaba yiga muri ya mashuri makuru agezweho yitwa Nayini(Nine).

Ejo bundi hashize yageze mu rugo inkoko zitaha.Kaka amubaza niba yahuye na se bagatinda baganira.Shumbusho ati « Mukecuru ga burya,abagabo muri wikendi aba ari paparazzi;bagenda nk’imirabyo ntawe urabukwa,nta n’umenya inzira zabo keretse witwaje kamera ».

Nyirakamana aba yaritaye mu gutwi. Ati « Ngaho ongera inkwi mu ziko,nurangiza ujye kunzanira utuzi.Niriwe mpagaze kuri ririya vomo,none narushye;navuyeyo nikoreye amaboko;wowe baragutinyira ibyo bigango.Najye ngiye hirya aha kwa Vesitina, ndaje,sintinda. »

PaparazziMuri ako kanya aba arasimbutse.Abana bamwakiriza yombi kuko bamukundira ibiganiro bye bihora ari bishya.Ataranicara neza aba aratangiye,ati « Abandi ko badakoma se Vesti,Paparazzi yaje ryari avuye mu matora? » Bose bibanza kubacanga. Ahita akomeza ati « Njyewe numiwe! Mwabonye uko abagabo bose biyamamazaga bari bifumbase naho abagore amaboko ari inyuma mu mugongo? »

Vestina ati « Sinari namenye ko ari papa Roza wavugaga!Yewe, ni ahandi yerekeje,naho ibya bene ariya matora twe twabishingutsemo. Niba ari amafaranga bazayaduce,ariko tutiriwe duteze agahanga ku zuba. »

Nyirakamana ati « Burya Vestina nawe ntuzi ibigezweho!Ntiwari uzi ko abagabo bose ari paparazzi ku buryo kubashaka ari ukwitwaza kamera?! »Abana na bo bati « Kweeee!!Abakubwiye ibyo barakubeshye, Mukecu!Reka tubaze Ayipadi nawe wiyumvire ukuri! »

Na we ati « Ibyo kubaza padiri nimubyihorere,ejo nari nibereye mu misa.Naramwiyumviye avuga ko ababajwe n’amakuru amugeraho y’uko abagabo bashize basuhuka kubera inzara. Ngo n’abakozi ntibakibona ubakopa!Yewe,mbiswa nitahire njyewe utamugira, hato ntasanga na twa dushyimbo twanjye batwikoreye! Muramuke simbiriyeho. »
By P.B

Zika iduteye iteye ite?

Virus ya Zika iterwa n’umubu wo mu bwoko bwa Aedes.Ubu bwoko na bwo bwigaragaza ku buryo bwinshi bitewe n’imiterere y’aho umubu urumbukira.Iyiganje cyane ni ibiri mu bice bitandukanye by’isi.
a)Mu bihugu bishyuha(régions tropicales):
Mu bihugu birangwa n’ubushyuhe buri hagati ya 20°-30°C cyangwa zirenga,hibasirwa n’umubu witwa Aedes aegipti.Wororoka no mu bice bitari amashyamba ya Afurika kandi ntupfa guhitanwa n’imiti yica utundi dukoko(insecticides).Ntutangwa ihene, intama, impala, inzovu cyangwa imvubu.

Aedes aegiptiKimwe n’izindi Aedes nyinshi,umubu w’ingabo nturumana, nta n’ubumara ugira.Ingore ni yo igendana ubwo burozi.No mu miterere biratandukanye.Uw’ingabo urarambuye bihagije(iriya 2 ihagaze) naho uw’ingore ni mugufi ukagira n’akada gatukuye cyane.Copie de Copie de Aegipti
b)Mu bindi bihugu nk’Uburayi:
Mu bindi bihugu bigira igihe kinini cy’ubukonje,hagaragara umubu wa Aedes albopictus utera amagi iyo hatangiye gushyuha(mai-novembre).Uyu mubu uboneka no mu mijyi ikomeye aho utera amagi mu mazi yaretse mu bikoresho nk’ibikombe by’indabo cyangwa by’imitako,mu mapine,mu bintu bya plasitiki kimwe n’imirereko itamena amazi neza.

Uko hashyushye ni ko utera magi menshi kandi niko uramba.Utera amagi 74 mu minsi 4,ukabaho iminsi 29 ahari ubushyuhe bwa degré 25°C,n’iminsi 32 ahari ubwa degré 30°.

Albopictus

Ikiwutandukanya na Aegipti ni amaguru yawo afite amabara y’umweru ukeye mu mukara mwinshi.Ni nacyo gituma witwa moustique-tigre.
Mu kwanduza(transmission),uw’ingore uruma ibinyamabere (mammifères) cyangwa ibiguruka(oiseaux)ushaka amaraso yo gutunga ibyana byawo(laves).Aho ukuye amaraso uhohereza amacandwe yawo(salive)yivangira n’amaraso mu mubiri w’icyarumwe akarema virus.

Ni bwo abantu n’inyamaswa bashobora kwanduzanya (vecteurs)barumwe n’umubu umwe cyangwa myinshi.
By B.P

Ya mipanga ko igarutse turajya he?

Bamwe umunsi mukuru w’Intwari bawusoreje mu bitaro. Mu gicuku cy’uyu wa mbere tariki ya 1 z’ukwa 2, mu Murenge wa Ndera ntibasinziriye. Ngo abantu bitwaje intwaro za gakondo n’amatoroshi adasanzwe bahutse mu baturage baratemagura.

N’ubwo inama z’umutekano udasanzwe zakajije umurego mu midugudu no mu Tugari, ubwoba ni bwose mu nzego zinyuranye. Turibaza icyo bihatse bikatuyobera. Uretse abafatwa ku bwinshi bakekwa, ikibazo ni kimwe ku barokotse jenoside: ya mipanga ko igarutse turajya he?

Aho si abacunze icyuho cyatewe no gucunga umutekano w’imikino ya CHAN?Twizere ko birangirira aha ntibyadukire n’indi Mirenge. Wabona bari kubashakira hafi bimukiye ahandi. Tubitege amaso. Nitumenya neza amakuru y’inkomere tuzayabagezaho.

By Gakuba Ganza Andrew, Kigali

Mu Bugesera, abagore n’amagare rwarageretse

Hano muri aka gace, kutagira igare ni nk’umuhinzi utagira isuka. Akarere ka Bugesera kari gakwiye guhabwa igikombe

Hano mu Bugesera ntibyoroshye. Gushyingiza umukobwa ni umusalaba. Bamukwa ibihumbi 200 cyangwa 300 agatahana ibintu byikubye kabiri. Iyo habuzemo igare, ibyari ubukwe bihinduka ibindi, bugasozwa n’amarira.

Mushiki wanjye uzashyingirwa mu kwa kane yaturembeje. Kandi ababyeyi ni abakiranutsi ku buryo batatuma yishyingira. Aho bigeze ariko nta kundi byagenda. Ni umuco n’amajyambere by’Akarere.

N’abakobwa baba babikomeyeho mu rwego rwo kwigenga. Ntibaba bashaka kuba ba bagore bagomba gutegereza akantu kose ku mugabo. Hano muri aka gace, kutagira igare ni nk’umuhinzi utagira isuka.
https://www.youtube.com/watch?v=7nQuoTb_ZYY

Ukurikije uko abagore bayanyonga bagiye mu murima cyangwa kuvoma, Akarere kacu kari gakwiye guhabwa igikombe n’abandi bakajya baza kutwigiraho. Bityo icyari umutwaro cyangwa ikibazo cyaba inzira y’icyizere.

N’ubwo ntabyerurira ababyeyi kubera ibibazo by’amafaranga bigaragara biriho muri ino minsi, numva mushiki wanjye yatahana iryo gare rikazabageza kuri moto n’imodoka. Ni imbuto y’umugisha ababyeyi baba bamuhaye. Mu gihe umugabo yaba atari ikirirayo bagera kuri byinshi.

Njya ndota hateguwe amarushanwa y’abari n’abategarugori ku magare n’imirimo bayifashishamo. Ibyo byaba impamvu yo kubegereza inganda n’amaduka ziyatunganya hafi. Ndabyizeye.

By Isiragoye Jackson,Bugesera

Amavubi aguye ruhabo!

Léopards

Byaravuzwe ko « Abambere bazaba abanyuma ». Abazayirwa n’iyonka,bari babukereye. Baje basinyiye kugaragaza ko ibyo ari ukuri. None koko bibaye impamo!

Kapiteni wa Congo

 

Abakinnyi batozwa n’umwongereza(Mackinstry) ntako batagize.Abatozwa n’uwo bavuga rumwe kandi ubazi neza(Ibenge Florent),kapiteni wabo umupira awukomeyeho.Ngo Intego ntikuka: « Songa mbele tuu »

Abafana b'Amavubi

Ku ruhande rw’u Rwanda,abafana na bo bamanitse amaboko nta guhumbya.Ariko byanze biba iby’ubusa.Ku munota wa nyuma,Ingwe zatangatanze,Amavubi aba aguye ruhabo.Ikipe yari iya kabiri mu itsinda ryayo ikuyemo iya mbere!

Congo irakomeje

 

Kongo rwose yikomereje  muri 1/2 nta mususu. Kuva icyo gihe,haba i Kigali cyangwa i Kisangani,ibyishimo ni byose. Ngo Imana yerekanye ko itagitaha i Rwanda.

Cote d'ivoire

N’ubwo Amavubi atsinzwe, ngo « si urw’umwe » .Na Cameroun ni ko biyigendekeye.Yari iya mbere, none Côte d’Ivoire yazamutse ku mwanya wa 2 irayandagaje,iyitsinze icy’umutwe:3 kuri 1! Rizaba isomo kuri Ruhago se?

Ubakurikiranira imikino,
Kamayirese Sandrine,Kigali

La charité, vous avez dit?

Un mendiant avait faim. Il est entré dans une réunion des sans papiers. Il y avait du brouhaha à casser les oreilles. Chacun demandait des papiers. Le mendiant s’étonna: « comment, vous cherchez des papiers? Ça ne se mange pas! Moi, j’ai des papiers, mais je n’ai pas à manger! » Il sortit.

Tout droit, il entra dans une église où l’on chantait et l’on parlait de charité. Il écouta, la faim dans le ventre. A la sortie, il tendit la main. Il était midi. Tout le monde était pressé. Nul n’était patient d’entendre sa question: « La charité, vous avez dit? »

Si la deuxième lecture de ce dimanche(1Cor13,4-13 )peut esquisser une réponse, ce lien ci-dessus enrichit notre compréhension de la charité:
http://bcove.me/pfmuvjvv

Je vous souhaite de bien préparer ce Jour du Seigneur et de passer un excellent DIMANCHE.

P.B

Ni nde uzarokoka?

Imikino izaba iryoheye ijisho yamenyekanye.Ku cyumweru tariki ya 30 Mutarama, ruzaba rwambikanye hagati y’Intare (Cameroun) n’Inzovu( Côte d’Ivoire), Ingwe(RDC) n’Amavubi(Rwanda).Twe twari twateye igikondo tugira ngo abaturanyi batazapfa uruyuzi rwo mu rubibi hakiri kare.

Twifuzaga ko Amavubi yazirunda ku mugara w’Intare(Cameroun)Ishiraniro ikagwa ruhabo. None koko ngo « icyo umuntu yanga ni cyo abona. » Uyu mukino n’Abazayirwa uzaba ari ishiraniro. Ni nde uzarokoka?
Dutegereze ifilimbi ya nyuma.

By Kamayirese Sandrine, Kigali

%d blogueurs aiment cette page :