Aba basore b’Abarundi bo baratabaza

Bagera kuri 400.Bari mu kigero cy’imyaka 18 na 30.Twabasuye kuri iki cyumweru cya Pentekoste.Pasteri Mukuru wari utuyoboye yaberetse ukuntu Mwuka Wera azabigisha byinshi.Ariko bo wabonaga amaso ari ahandi, umutima wo ntawamenya aho wari uri.

Mu minota 15 twahawe ngo tubagezeho ubutumwa bwiza, twashoboye kwakira n’ubwabo bwo gutabaza.Bo ngo ntibazi igice barimo n’icyo bazira cyangwa bategurirwa.Si abasirikare, ariko bahabwa imyitozo ya gisirikare;si Abanyarwanda ariko bigishwa iby’umuco n’amateka

Ngo icyatumye bazanwa mu kigo cya Gabiro Training Center ntigisobanutse.Bavanywe mu nkambi ya Mahama i Kirehe babwirwa ko ari mu rwego rwo kubarindira umutekano.Kandi koko hararinzwe pe!N’aka gafoto byabaye nko kukiba.Birashoboka ko ari ikoranabuhanga abarinzi bataramenya.Twanze gufata menshi ngo batadukeka amababa.

Ubwo twari tugeze mu gice cyo gutanga ibyifuzo byabo ngo tubyerekeze ku Mana,humvikanye amajwi avuga ngo « Muzatubarize niba ibi bintu dukorerwa byemewe mu mategeko agenga impunzi. » Twarabasengeye,ariko mu mutima nkibaza niba Imana izumva iryo sengesho kandi bo badashaka gusubira iwabo intambara ikiri yose.

N’ubwo igihe cyari gito,abayobozi barishimye ngo barizera ko Ijambo ry’Imana rizafasha abo basore gusubira mu nzira nziza;ngo abenshi bafatiwe imico mibi y’ubusambo, gufata abana b’abakobwa ku ngufu, n’ibindi bidakwiriye umuco Nyarwanda.Natwe tuti « Uwiteka abiyereke ». Kumenya ukuri nyako biragoye.Ese hari ikindi cyabakorerwa?

By Gashabizi Esdras/Nyagatare

Abaye umubyeyi ku myaka 72!

Burya koko ngo ntawe uvuma iritararenga!Ubanza Abanyarwanda baba bibeshya iyo bavuga ngo umugore yaracuze,ntakibyara cyangwa ngo yarengeje imyaka yo kubyara.

Inkuru y’uyu mugore wo mu gihugu cy’Ubuhinde irabigaragaje.Ibyamubayeho byamubereye igitangaza nk’icya Elizabeti wo mu Ivanjili(Lc 1,36). Ku myaka 72 na we yagize ibyishimo byo kuba umubyeyi kandi ubundi yitwaga ingumba.umugore ukuze yarabyaye

Ku itariki 19 mata ni bwo Daljinder Kaur yibarutse imfura ye y’umuhungu.Uyu mwana yavutse apima ibilo 2 kandi abaganga bemeza ko nta kibazo na gito uwo umwana afite.Ngo ameze neza rwose.

Bamwise Armaan nk’izina ry’ibitaro by’aho yavukiye.Abaganga bakoresheje ubugenge bwo guhuza intanga(fécondation in vitro)z’umusaza n’umukecuru we.

Ibiri amambu,bombi bari bamaranye imyaka 46 babana kandi barasezeranye.Mbese urebye bari barihebye nk’abo Imana yavumye.Ubu ngo yumvise ugutakamba kwabo.

Abantu bakunze kubabaza ku maherezo y’uwo mwana bigaragara ko bazasiga akiri muto.Igisubizo cyabo ngo nuko bazakora ibyo bashoboye byose,ibisigaye Imana ikazabikora kuko Yo ihoraho.

Mohinder Singh Gill w’imyaka 75 n’umugore we ntibaremeza niba bazongera gukoresha ubwo buryo kugira ngo bagire umwana wa kabiri. Bashobora gutinya kugondoza iyo Mana.

Inkuru yose : A 72 ans,elle donne naissance à son premier enfant

By B.P

Ubucakara n’ubuhake birakomeje mu bigo by’Abihayimana nk’aho Roho wayo atarahagera

Bava iwabo bazi ko bagiye kwiha Imana.Kandi baba baramaze gucengezwamo ko nta cyiza kibaho gisumba gukorera Imana.Ibi bivuze ko baba bahakanye gukorera ifaranga!Rimwe na rimwe n’inyito z’iyo miryango ibakira ziba zisobanutse.Urugero ni « Les Travailleuses missionnaires ».

Marie Louise yarangije secondaire abura akazi. Kera kabaye, umuhamagaro umuzamo. Ababikira bo muri uwo muryango baramwihata, na we arawukunda. Yinjiramo yibwira ko n’iyo batahemba aya Mirenge,umutaravayeze yahabwa nibura aya misiyo.

Novisiya yarayihanganiye kuko aba ari nk’igeregeza.Amaze gusezerana, ni bwo yabonye icyo yahamagariwe:gukorera umuryango (congrégation)aho gukorera Imana.Kandi koko, ubuzima ni imirimo gusa.Utaretse ko hari imirimo y’abazungu n’iy’Abirabura.

Mu myaka 15 yamaze mu Muryango, yakoze nk’umucakara.Buri gihe yahoraga yibaza impamvu abo bazungu batemera ko ababikira b’Abirabura bajya gukorera i Burayi.Ariko byagezeho birikora kuko abenshi bamaze guhetama imigongo nta n’abato bakinjira.

Boherejwe ari batanu:2 mu gihugu cy’ Ubutaliyani, 2 mu cy’Ubufaransa n’umwe muri Esipanye. Mu myaka 2, bari bamaze gusobanurirwa uburenganzira bw’umukozi ku mushahara no guteganyirizwa iza bukuru. Batangira kwibaza igice baherereyemo, birabayobera.

Nyamara bari gukomeza kubyihanganira, iyaba batahozwagaho incyuro, ngo mu bihugu by’iwabo nta biryo bihaba.Mbese nko kubabwira ngo ikibakwiye ni ugukorera ibiryo.Umubi ni uwavuga ngo n’amayero ntayo mugira,
nimuyakorere tuyabahe cyangwa reka tuyabahe muba mwayakoreye!

Bigeraho bikarambirana

Kubera iyo ndishyi,bamwe muri bo bari batangiye kurwara imitwe idakira,abandi bafatwa n’ibifu, na za ndwara zidasobanutse muganga apima akabura ibimenyetso. Yewe n’icyumweru nticyari kikibashishikaje.

Aho batangiriye inzira yo guharanira kugira uburenganzira bungana n’ubw’abandi,bafite agahenge ku mutima kubera amategeko abarengera, ariko muri ibyo bigo ho ngo ni intambara.

Pentekosti 1Ese kuri iyi Pentekosti, ayo mazu bateraniramo azagerwaho na ya nkubi y’umuyaga uva mu ijuru ku buryo indimi zabo zumvikana?(Act 2,1-4). Nibyanga, bazazirikane iri jambo rya Yezu bemera:

« Umuvugizi, Roho Mutagatifu,Data azohereza mu izina ryanje,ni we uzabigisha byose kandi abibutse n’ibyo nabigishije byose »(Yohani 14,26)

Isomo rya kabiri ryo kuri iki cyumweru riratwereka ko nta mpamvu yo kwirengagiza uwo Muvugizi:

Ntimwahawe roho y’ubucakara ibasubiza nanone mu bwoba,ahubwo mwahawe roho ibagira abana bishingiwe kibyeyi,igatuma dutera hejuru tuti « Abba!Data! »

Roho uwo nyine afatanya na roho yacu guhamya ko turi abana b’Imana.Kandi ubwo turi abana, turi n’abagenerwamurage(héritiers) b’Imana, bityo n’abasangiramurage ba Kristu niba ariko tubabarana na We ngo tuzahabwe ikuzo hamwe na We.(Rom 8,15-17)

Abamuraritse, mbifurije kumwakira neza.Na We araje, asesekare ku ruhanga rwanyu n’aho iwanyu, ngo umugizi wa nabi atazabahangara.

By P.B

Ibinyendaro byibera mu mujyi, naho mu cyaro ni ibinyarukundo!

Ngisoma iriya nyandiko yasohotse kuri uru rubuga ivuga ngo « Ko umwana w’ikinyendaro atera umwaku »,nagize agahinda kenshi cyane.Nashatse kumenya niba uriya wayanditse ari umusore cyangwa umugabo wagize uwo mwaku mbura adress ye(phone cyangwa email).

Mbona ubutaha yari kuzadusobanurira neza iby’uwo mwaku.Njye nemera ko umwana ari umugisha ku mubyeyi.Naho ibinyendaro nta handi wabisanga koko uretse mu mijyi kuko mu cyaro ari ibinyarukundo gusa.Ndisobanura kuri ibyo byombi.

Ko abakobwa babyara...

Ntibakakubeshye,burya nta mukobwa ubyara atabishatse.Uko yamera kose aba yabibaze cyangwa yabicunze.Bitabaye ibyo yaba ari umusazi cyangwa afite ikibazo mu mutwe.

Ikibazo gusa ni uko imibare hari ubwo imupfubana,uwo yashakiragaho ibiceri akamwigurutsa cyangwa agasanga na we ari nyagupfa.Muri icyo gihe arikoca,agahagarara neza mu kibuga,ibyishimo bikamurenga areba umwana we ajya kumuzanira amazi!

Ibinyendaro rero

Njye ndahamya ko ibinyendaro ntaho bikiba uretse mu mijyi.Ni ho honyine umukobwa ashobora kubyarana n’inkokobotsi atanazi cyangwa adakunda(nk’abashoferi b’Abasomali, Abashinwa bakora imihanda,ba mukerarugendo…).

Ababyariye iwabo barakomezaIno mu giturage,mubyarana mwakundanye rwose.Nk’umugabo ufite umugore wabyaye abakobwa cyangwa abahungu gusa,akubwira ikibazo afite ukamufasha kugikemura.Tekereza rero iyo umubereye igisubizo!Urugo rwe rurakomera kandi namwe mugakomeza ibyanyu. Ufite ubwenge, ntiwamushyira hanze byo kumusenyera.

Icyo ndashyigikiye ni ba bagabo bahubuka nk’iya Gatera bagafata abakobwa cyangwa abagore ku ngufu.Ngo hari n’ababacunga bagiye kuvoma amazi bakabasumirira ku ivomo cyangwa hirya gato aho batabona gitabara.Kandi ibi byo si mu Rwanda gusa biba.Abo bakwiye kubihanirwa by’intangarugero.

Ikindi ni uko burya abagabo bafite ukuntu bamenya ko umukobwa cyangwa umugore yagiye mu mugongo(mu mihango),nyir’ubwite ataranabimenya ;wagira ngo turabahumurira!Icyo gihe bashima ahashimika,nuko umutego ugahitana iyigurukiraga. Iyo agize ibyago agatwita ariyumanganya.Yabigenza ate?Ngo ugize igihombo aracyimenyera.

Uwanyirigira Bernadette, Kibangu

Hari abategetsi abaturage banukira bakabakizwa n’inkoni

Abaturage bakubitwa n'abayoboziNtaho bucyicyera inkoni itarishije. Abaturage twaragowe.Haba mu mudugudu cyangwa mu Kagali ducungishwa inkoni nk’amatungo. Wagera ku Murenge cyangwa kuri Polisi ho bikaba ibindi.Umuntu agatunarikwa turebera, ntawe ubona icyo yabikoraho.

Iyo atagukubise ivuna igufwa,akurebana isesemi ukumva urigaye.Twajyaga tugira ngo bene ubwo buryo n’urwo rugomo ni iby’abagabo gusa.None n’abagore bafashwe n’iyo ndwara.Apfa kuba yicaye mu biro!Kumugera imbere ni nko kwegera ikigirwamana.

Abayobozi banukirwa n'abaturageMpakaniye yahuye n’uruva gusenya. Yazindukiye ku biro by’ushinzwe Irangamimerere ku Murenge.Nyiramama wanjye wari uri kwitonora inzara amureba nk’icyo imbwa yanze,ngo najye gukuramo inkweto azisige hanze ziranuka.

Undi na we ati « Ariko abana b’iki gihe ntimucyubaha!Ntubona ko ungana n’umwuzukuru wanjye muko?Nawe uzaze hakurya iriya iwacu n’amaguru twumve uko izawe zihagera zihumura! » N’agasuzuguro kenshi ati « Ibyo ntacyo bimbwiye,ahubwo nutagira vuba ndaguteza abashinzwe umutekano bakumvishe ko hano ari mu buyobozi »

Vumiliya wari umaze akanya na we ategereje, ibyari bibaye ku musaza ntibyamuteye gukenga kuko uwo mukozi bari bariganye,ariko agira ibyago byo kubura akazi.Yinjiye yirya icyara ngo buriya we biracamo vuba.

Akigera ku muryango,asanganizwa inabi ngo namubwirire aho atamwegereye.Undi akora nk’utabyumvise, ati « Ngirira vuba Mariya we, impumuro nk’izo zo mu biro natwe abakene ntituzimenyereye. »

Umuyobozi wawe ntiyatinze kumwereka ko ari ntaho bahuriye.Yaramweruriye rwose ati « Ntiwitwaze ko twiganye ngo uze guteza ubwega!Ahubwo wagombye kuba wibaza impamvu navuye ku Mubuga nkaza kwicara iwanyu muri uyu mwanya kandi nawe uhari! »

Abaturage basuzuguweVumiliya na we ati « Ibyo ni byo rwose!Kuba twararangirije rimwe Kaminuza ntibihagije!  Simba nambaye aka gatenge ka Nyiramusazi!Ndabizi ko wazanywe kubahiriza gahunda za Leta.Abo mu Kinyaga ntituba tuzizi,tugomba kuzibwirwa.Nanjye rero ni cyo cyanzinduye ngo nzumve rwose.  » Barebana akanya nk’abataziranye…Natwe hanze aho mu madirishya twumiwe.

Nyamara duhora tubwirwa Imiyoborere myiza ndetse tukayiririmba.Birakwiye ko abaturage (citoyens) bahabwa icyubahiro kibakwiye(dignité)cyangwa bagafatwa nk’abakiliya nyiributike atagaraguza agati(maltraitance)kandi ari bo bamubeshejeho.

Ayirwanda Martin/BUSHENGE

Imvura n’inkangu bikomeje kwiha inkumbi mu rwa Gasabo

Imvura nyishiAbarenga mirongo itanu bamaze guhitanwa n’imvura ndetse n’inkangu mu duce tunyuranye tw’Amajyaruguru.Haba Rubavu,Gakenke,Ngororero cyangwa Muhanga,abasizwe iheruheru na bo ni benshi.

Kuva kuri uyu wa mbere tariki 9 gicurasi, amarira ni yose.Ingo zagendesheje na zo ntizigira umubare.N’ubwo imihanda yatangiye gufungura gahoro gahoro,ibibazo ni byose.

Imvura nyinshi 1Ariko burya ngo ibyago bya bamwe ni yo mahirwe y’abandi.Abanyamatagisi mato n’abamenyereye guheka ku migongo baricinya icyara ngo icyashara cyabonetse.Abakora ku munwa ar’uko bavuye Kigali bo bumiwe.Intambara za tagisi

Nta mugayo kuko kwinjira muri Kigali cyangwa kuyisohokamo werekeza za Musanze(Ruhengeri)na Muhanga(Gitarama)byari intambara ikarishye. Nyabarongo na Nyabugogo zari zuzuye bidasubirwaho. Abantu babaye uruhuri hakurya no hakuno.Kubona umwanya mu mudoka byari iby’inkorokoro ku buryo n’izatwara imizigo zitanasize abantu.Nyabugogo yari yuzuye

Biteye agahinda
Koko rero mu Rwanda,kimwe no mu bihugu byinshi bya Afurika, imvura iragwa tukarushaho kurira ayo kwarika.Aho yakabaye igisubizo, igahita iba ikibazo,igatwara abantu n’ibintu.

Amazi y’imvura akava mu majyaruguru agasenyera abo mu majyepfo.Ejo bundi nanone izuba nirirasa,mu gihugu hose bazaba bataka ngo babuze amazi.

Amazi mu mihandaTwebwe n’ubwo tutize bihambaye,hari igihe twibaza niba uburyo bwo gufata neza amazi,kuyabika no kuyazigama nta Minisiteri bireba by’umwihariko ku buryo yabibazwa nk’itujuje inshingano zayo (responsabilité)kandi iteganyagihe ryari ryabyerekanye?Amazi se ntakwiye kujya mu bikorwa-remezo dore ko asiga yangije ibindi bikorwa bisanzwe nk’imihanda n’amateme?

Birumvikana ko ikihutirwa ubungugu ari ugutabara abasizwe iheruheru n’iyo mvura ndetse no kubashakira aho begeka umusaya.Ese hazakurikiraho iki mu kubikumira ku buryo buramba butari ukubwira abantu ngo nibimuke gusa,bave mu manegeka?

Imihanda yuzuye ibyondoIgiteye agahinda ni uko ejo n’ejo bundi nta kindi tuzakora uretse gukura isayo mu mihanda no mu mifurege tujugunya hepfo cyangwa haruguru. Imvura nisubizamo,ibyo haruguru bizongera byisuke muri ya mihanda,ibyo hepfo bijye gusenyera n’abandi.Bikaba bityo nk’ihene yizengurukaho (cercle vicieux). Umva ko dufite abatekinisiye mu Karere no ku Mirenge!

Aron Manirarora,Karuruma/Kigali

Barabivuze(Ibitekerezo by’abafilozofe):2.Platon et sa République(suite)

De nombreux pays portent ce nom de « République » comme déterminatif,portatif ou qualificatif de leur État.Nous en connaissons plusieurs variantes:République française, République fédérale d’Allemagne,République démocratique du Congo,République populaire de la Chine,République du Rwanda,République du Chili,République islamique d’Iran, et j’en passe.Y en a-t-il un de ces pays qui dira qu’il n’est pas la meilleure des Républiques?

Au lecteur de juger si de telles dénominations ne sont pas réellement des caricatures de ces éléments suivants que Platon considérait comme essentiels à la construction de la Cité-République:la démocratie, la justice et la liberté. Voici en bref ce qu’il disait:

La démocratie est née de la victoire des pauvres.Une fois opérés exécutions et bannissements,ils font avec les survivants un partage égal des postes de gouvernement et d’autorité:c’est ordinairement le tirage au sort qui en décide.Essentiellement,les gens sont libres,de libre expression,et l’on y a le droit de faire ce que l’on veut.

Le régime démocratique contient tous les autres,de par ce fameux droit(de tout faire). Et il y a de fortes chances pour que celui qui veut fonder une cité,comme c’est notre cas,doive forcément visiter la cité démocratique.Tu as une idée,tu fais ton choix!A l’instar d’un Grand Marché où l’on viendrait voir des régimes politiques, l’amateur fera son choix du type de gouvernement à réaliser.

Dans la cité démocratique,nul n’est jamais forcé d’assumer une fonction d’autorité,même s’il en est capable;et pas davantage d’obéir aux autorités,s’il en a envie;il n’est pas davantage forcé de faire la guerre quand les autres la font,ou de vaquer à la paix quand les autres y vaquent,s’il ne désire pas la paix.Nul,non plus,n’est contraint par une loi qui lui interdirait d’occuper une fonction d’autorité ou une magistrature, et il occupera néanmoins fonction ou magistrature,à l’occasion.(Livre VIII,§557)

De véritables philosophes,une fois au pouvoir dans la cité,à plusieurs ou même à un seul,méprisent les honneurs.Ils les tiendront pour serviles et dépourvus de toute valeur,tandis qu’ils apprécieront au maximum la droiture et cet honneur qui y prend sa source,ils regarderont comme une affaire primordiale et indispensable la justice:ils s’en feront les serviteurs pour lui assurer sa pleine expansion,et ils feront le ménage dans leur propre cité(Livre VII,§540)

C’est à l’endroit d’une ville où l’on voit les mendiants que se tiennent cachés les voleurs,précisément les pickpockets,les grands bandits et tous les scélérats.Mais l’origine du mal est dans l’absence d’éducation,dans une formation défectueuse,dans la constitution défectueuse de la cité,nous devons le dire.Les autorités portent la responsabilité de cette présence des misérables.(Livre VIII,§552)

By B.P

Il était(épisode 3):Hospitalité incommode

Là, on cherchait un appui
D’une structure ou d’une personne
Dont l’influence est sans résistance.
Une réponse tout arrêtée :
L’adresse d’un compatriote.

C’est l’égalité des conditions
Et déception de l’attente.
Pour y arriver
On a tout quitté
Et vendu pour le ticket.

On a connu les pires expériences
Des cocos et des cachots.
Atteint le moment crucial
Corps de l’hospitalité cordiale
Et puissance de la lenteur
Dans le jugement des affaires.

Ne faites pas ce vous pouvez
Écoutez ce qu’on vous demande
Vous éviterez l’arbitraire
Qui accroît le déshonneur
De l’accueilli vigilant
Comme un vigile du jour
Qui veuille autant la nuit
Non loin des foudres
De ceux qui veulent en découdre.
Quelle horreur !
C’est la mode de l’incommode :
Vous tenir loin des villes
Dans de beaux HLM
Indignes de bons citoyens.
Mais oui!
Profitez-en.
Ici, vous avez de quoi manger !
Et on mangerait comment ?

By P.B

Na byo biryoha bitera gusaza imburagihe(suite)

Mu minsi mikuru   ya Pasika, ngo ibirayi byabonaga umugabo bigasiba undi.Muri Kigali ngo ikilo cyaguraga amafaranga 300 kandi ubundi kitarenzaga 190 .Abenshi biririye amafiriti akorwa n’uruganda rwa Musanze.Naho abandi bifatira agaceri nk’uko bisanzwe ku minsi mikuru.

Kandi n’ubundi kubura ayo mafunguro yombi  ku meza ni ukunyagwa zigahera.Nyamara n’ubwo atubangukira bwose,ari muri bya biribwa  biryoha bitera gusaza imburagihe.Muti gute?

UMUCERI WERA

Abantu benshi bikundira uwera.Kuwukubita amaso ku isahani muri iryo bara ry’urwererane n’agasosi ku ruhande,ubwabyo bituma amazi yuzura akanwa na apeti ikiyongera.

Hari n’ibihugu bawurya buri munsi,umwaka ugashira.Nyamara uwo muceri wera(riz blanc)ngo si mwiza na gato kuko uba ukennye ku ntungamubiri nka magnesium zirinda diyabeti.

Abongabo rero batawusiba bagira ibyago byo gufatwa n’iyo ndwara y’igisukari(diyabete) kimwe n’indwara z’amara(vessie).Ikindi kandi bisanzwe bizwi ko umuceri utera indwara ya beriberi kuko udafite thiamine cyangwa vitamine B1.Ni bwo usanga umwana yarabyimbaganye,n’umusaza yarahinamiranye kandi badasiba kurya.Muganga yababwira ko bafite ikibazo cy’imirire,bati « Birashoboka se kandi duhorera umuceri? »

IFIRITI

IfiritiIfiriti yo birazwi ko itaribwa na buri wese.N’ubwo itarushya itegura, isaba ubundi bushobozi busa no gupfusha ubusa ku bakene(amavuta itwara).

Ku rundi ruhande, imitegurire (cuisson) y’ifiriti itera iki kiribwa kubanguka mu kugabura ariko nticyorohere umubiri.Ngo gucanira ibirayi mu mavuta bituma amidon ihinduka nk’uburozi (glycation) bityo impyiko (reins) n’imboni (rétines)ntizibashe gukora neza naho uruhu rugapyinagara maze uw’imyaka 40 cyangwa 50 akaba asa na nyogokuru iyo atagenda ahunyiza nka sogokuru.

Na none kandi,yaba ifiriti cyangwa umuceri, hari abagera ku meza ngo ntibimirika,umunyu ni muke! Bakawongeramo mpaka ururimi ruryohewe. Bakibagirwa ko uwo munyu w’igisoryo ugera mu mubiri ukihutisha umuvuduko w’amaraso kugera ubwo uruhu rukobana(cellulite).

Ngo burya impamvu inka zikenera umunyu cyane ni ukugira ngo uruhu rukomere.Aha rero niho abahanga bahera bavuga ko biriya biribwa byombi(bitarenga umunwa nta munyu)bitera gusaza imburagihe.Niba utifuza kugira uruhu nkurw’inka ni ukureba urugero rw’umunyu ukwiye muri ayo mafiriti n’umuceri.

Dore n’ubundi iminsi mikuru iregereje;Asensiyo na Pentekositi.N’Impeshyi ibereye ibirori by’umwihariko na yo yaje.Ubwo uzaba watumiwe mu birori byo Gushyingirwa cyangwa Gukomezwa, iby’Amasakramentu ya mbere cyangwa ay’Ubusaseridoti, ntihazabura aho biba ngombwa kurya uwera cyangwa amafiriti bikakuva ku nzoka.

Naho ku ngaruka mbi,birumvikana ko ubirya rimwe cyangwa kabiri mu mwaka nta ngaruka zindi.We ahubwo twamubwira ngo nubibona, uryoherwe!

By P.B

Il était(épisode 2): A Paris

Paris la belle
Paris accueillante
Ne sois pas décevante
Tu n’es pas rebelle.

Ton tour Eiffel
N’est pas le tour de Babel.
En descendant de l’avion
Je te vois en tes grands pavillons
Gratte-ciels et meilleurs Hôtels
Où l’on goûte de ta beauté immortelle.

Quelle grandeur dans tes endroits
Aérogares et aéroports !
Si je passe et que personne ne me regarde
On me froisse par mégardes
Sauvegardant tout le confort
D’une ville attachante de bonté.

On se presse, les yeux tout droits
Pas de place pour celui qui s’endort
De fatigue ou de perte de repères.
Personne pour l’aider à monter,
A surmonter sa peine.
Toute tentative est vaine.

Sans cesser de l’irriter
Il convoite ta fierté
En vue de plus de clarté ?

Ah ! C’est être sincère
De te visiter pour dépenser
Et te fuir pour chercher
Ce qui peut compenser
Tes défauts que l’on ne peut cacher :

Tapage et bourdonnement
Polluant lentement
Atmosphère et voyageur
Attraction de nouveaux créateurs
Pour demeurer bons visiteurs.

Ils viennent vous dorer
De plus en plus vous adorer.
Tu es devenue multiple
Chacun peut y avoir son choix
Et porter encore sa croix.

Si tu lui donnes l’aumône
Il te doit la dîme
Et le centuple
En retour de petites primes.

Toujours prête à rendre agréable la vie
De ceux qui sont insatiables à l’envi
Te voilà te plaindre du soleil
Dont la teneur ne sera jamais pareille ;
Le paisible travail n’y trouve point ses graines
Jobs et logements causent la migraine.

Capitale à plusieurs portes,
Ta parole n’est plus forte ?

Porte de Clignancourt
Où tout le monde court
Elle n’est pas du tapis rouge
Mais en argent et en fer
Sous forme de millepattes
Qui roulent si vite
Comme si tout bouge
Pour éviter les enfers.

Et la Porte de Versailles
Beau vallon des merveilles
Loin de la marmaille
Que le soleil écrase
Vers le retour au bercail
Point de départ de la même case?
Ohé ! Là-bas là !
Marre, on en a.

By P.B

Amajyambere yanze gusiga umuco!

Hahoraho inama zidahuga nyuma y’umuganda.Abantu baba bicaye hasi nka kera bateze amatwi umwami ku Karubanda. Abayobozi ntibaba baca urw’iteka gusa,baba bacurangira abahetsi.Kandi na bo baba bazi neza ko ibyo bavuga ari ibisigarakicaro.Buri kwezi bigahora gutyo.

Abarya ar’uko bavuye gupagasa ntibaba borohewe.Amande y’umuganda 2000fr ntabakanga,iyo bazi ko bashobora kwinjiza arenze 3000.Bahitamo gufunga umwuka aho kuva muri ayo manama ngo ni ibiganiro bareba hejuru n’abana babaririraho.

Girukubonye we abishyiramo urwenya ngo abona ari amajyambere yanze gusiga umuco kuko umuco w’iterambere utazapfa ubagezeho!Mu gihe yavuga ibyo,hatungutse umubyeyi bahetse mu ngobyi. Abantu bane bari mu mujishi icyuya cyabarenze, baherekejwe n’abandi nka 12 bo kugenda basimburana.

ingobyi

Yahise ahindukira antungira agatoki. Ati  » Ibyo navugaga ni nka biriya.Dore bose bariruka amaguru adakora hasi.Iyo haba amajyambere,ingobyi ntiziba zisigariye mu nzu ndangamurage, maze abantu bagakora indi mirimo? »

Burya koko inzara yigisha ubwenge.Abagore bamwe bari bakubise ibikapu ku mutwe nk’abatwaye ingemu y’umubyeyi na bo biruka inyuma y’iyo ngobyi kugira ngo abo muri Reveni(RRA) batabambura utwo bacungiyeho amaramuko.

Gusa nyine inzira ntibwira umugenzi.Babaye bakigera hafi ku gasoko bakubitana na ba Gatoki,abacuruzi bakuru tuzi nka infomazi(informers).Si ukwicinya icyara,baba basakiwe.Nta mbabazi nta mishinyiko kuko akazi nk’ako na bo kabatunze!

Abarira barayahora bakihanagura,abandi bakifata mapfubyi.Nuko bagahumuriza umutima ngo nta kundi,ubuzima bwarabishye kandi amategeko ni nk’amabuye iyo bayateye,buri wese yirwanaho yiruka cyangwa yihisha.Ni akaga mu ngo no ku babyeyi.

By Umulisa Sifa,Kiramuruzi

Gukebwa cyangwa kwisilamuza ku itegeko si ukwica itegeko?

Mu Rwanda, hamaze iminsi haradutse umuco wo gukebwa. Abagabo benshi bashyizweho igitutu ngo ni wo mwambaro ugezweho ku bagabo bagira isuku.

Kera, ibyo bintu byo gukebwa byitwaga « kwisilamuza » kuko byari bigenewe abo mu idini ry’Abayisilamu.Bityo,hari ibibazo dukwiye kwibaza:aho iri tegeko ntiryaba ryaraje kwimika iyo migenzereze y’iryo dini ngo ihinduke undi muco nyarwanda?

Reka tunavuge ko ikigenderewe ari ikintu cyiza!Ngo ni mu rwego rwo kwirinda ubwandu bwa Sida(birashoboka).Niba abo bagabo baba bemeye koko ko baca inyuma abagore babo,ese baba basobanuriwe ingaruka ku mubiri no ku mubano w’abashakanye nyuma yo gukebwa?

Imibare ni nk’iy’isiganwa

Ngo mu mwaka wa 2014 abarenga ibihumbi 300 bari bamaze kwikebesha.Hari abemeza ko ari ku bushake kuko henshi bidakorerwa ubuntu.
Ubishaka yishyura hagati ya 20000frw na 50000frw.Kandi koko ntiwagura ikintu utashimye cyangwa kitagufitiye akamaro(droit de la consommation).

Ese muganga ubikora nta ndwara agiye kuvura(opération non thérapeutique) ,aba yiteguye kwirengera ingaruka
(responsabilité médicale) mu gihe bikomeranye
(complications) uwo yakuyeho agahu(ablation du prépice)?

Nta ndishyi z’akababaro

Tutitwaje ko nta bushakashatsi burakorwa cyangwa ngo hagire abatanga ubuhamya ko byababereye bibi nyuma yo gukebwa,aho ntababihisha ngo ibyabaye byarabaye, ntibazagasubizaho? Ese ubundi babaza nde indishyi z’akababaro, bakishyurwa gute ibyo icyo gikorwa cyaba cyangije(réparation du préjudice)?

Ubutaha tuzasangira ibitekerezo kuri ibyo bibazo dushakira hamwe ibisubizo. Ntitwirengagije ko hari abumva bari mu kuri kugomba gukurikizwa nta mpaka cyangwa bagomba kubikurikiza uko byategetswe.Isomo rya mbere ryo kuri iki cyumweru rirabiduciramo amarenga.Dusome muri make uko byari byifashe:

« Nuko abantu bamwe bavuye muri Yudeya,baza bigisha abavandimwe bo muri Antiyokiya, bati « Niba mutigenyesheje(mutikebesheje)uko Musa yabitegetse,ntimushobora gukizwa. »

Nuko havuka amakimbirane n’impaka zikomeye kuri Pawulo na Barinaba bavuguruza abo bantu;ni ko kwemeza ko Pawulo na Barinaba hamwe nabandi muri bo,bajya i Yeruzalemu kureba Intumwa n’abakuru bikoraniro, bakabagisha inama kuri icyo kibazo.

Ubwo byose bamaze kubyumvikanaho,Intumwa n’abakuru b’ikoraniro biyemeza kwitoramo bamwe muri bo,ngo babatume i Antiyokiya kumwe na Pawulo na Barinaba…Byanogeye Roho Mutagatifu kimwe natwe kutagira undi mutwaro tubagerekaho utari aya mabwiriza ya ngombwa…Nimugire amahoro »(Actes 15,1-2.22-29).

Waba urangije utarumva itegeko muganga aba yishe?Biri mu nzira…

By P.B

Barabivuze(ibitekerezo by’abafilozofe):2.Platon et sa République

Le plus connu de tous les philosophes anciens,Platon(429-347 av.J.C)a fait passer ses idées à travers le personnage de son maître:Socrate.

Grâce à lui,il n’a pas seulement introduit la forme idéale de la République,il a démontré le plan de sa République dont l’achèvement est l’œuvre du philosophe(ami de la sagesse)-roi.

Sans interprétations ni commentaires,ces quelques extraits vous permettront de repérer son originalité et de comparer les situations (ou difficultés) susceptibles de conduire à l’échec même du philosophe-roi dans l’action politique (art de conduire la cité).
A. Artisans de la Cité-République:
Le philosohe et le tyranLe philosophe(roi) et le tyran

« Notre idée est de forger l’image d’une cité heureuse sans y réserver le bonheur à une petite élite,mais à l’ensemble des citoyens. Nous avons assez de talents pour mettre à des paysans le beau costume,les couvrir d’or,et les faire ensuite travailler pour le plaisir.Nous pouvons par ce biais donner le bonheur à tout le monde,et la cité toute entière sera donc dans le bonheur.

Les assistants et les gardiens de notre cru auront l’obligation physique et morale d’être les meilleurs artisans dans leur ouvrage propre,et cette obligation s’étendra aux autres citoyens à leur tour.Alors,la prospérité générale de la cité,son bon fonctionnement, permettront que toutes les classes reçoivent de la nature leur part individuelle de bonheur.Mais nos gardiens devront absolument garder la cité contre les envahisseurs clandestins:la richesse et la pauvreté » (Livre IV,420-421).

 

« La cité qui a pris un bon départ va comme un cercle qui s’agrandirait.Si la formation et l’éducation sont maintenues en bon état,elles produisent des natures saines;en bon état elles-mêmes,ces natures profitent en retour de l’éducation pour progresser,en particulier dans leur fonction génésique,comme on le voit en général chez les êtres vivants.Bref,le devoir s’impose aux responsables de la cité,de résister à toute corruption subreptice. » (Livre IV,§424)

« Voilà un petit groupe de sages,qui ont apprécié la douceur de leur bien et la bénédiction qu’elle représente.Ils voient bien assez en revanche la foule et sa démence, et comme rien ni personne n’est sain,pour ainsi dire,dans l’action politique,ils n’y trouvent pas d’allié qui vous aide à venir à la rescousse de la justice en gardant la vie sauve.

Ils se trouvent dans la position d’un homme qui tombe au milieu de fauves:il refuse de collaborer à l’injustice,mais il n’a pas non plus la force de résister seul contre tous aux prises avec des bêtes féroces.Il n’aura même pas le temps de rendre à la cité ou à ses amis le moindre service,et il aura péri avant de s’être rendu utile à lui-même ou à l’autrui.Le résultat de tout ce raisonnement est que le sage reste paisible à s’occuper de ses propres affaires,comme lorsque par mauvais temps les tourbillons et les paquets d’eau giclent sous le vent et qu’on se met au couvert de la muraille,à l’écart;il voit les autres s’enfoncer dans le mépris des lois,trop heureux lui-même s’il peut rester propre de toute injustice comme de tout acte d’impiété au cours de sa vie,pour avoir,quand il s’en ira,une belle espérance,sereine et amicale,au moment du départ ».(Livre VI,§496)

« Homme de tous les bonheurs,ne sois pas si radical dans les griefs contre la foule. L’opinion des gens évoluera,pour peu qu’au lieu de les agresser,tu les prennes bien,que tu démontes les accusations qui pèsent sur la vie intellectuelle:montre-leur à qui tu donnes le nom de philosophes;donne,comme nous le faisons présentement,une définition de ce qu »ils sont au départ et de leur profession,pour que les gens n’imaginent pas que tu parles des philosophes tels qu’ils se les représentent.Ce portrait fera évoluer leur opinion et il modifiera leurs réponses ».
(Livre VI,§500)

« Si tu découvres demain un style de vie préférable à l’exercice du pouvoir pour intéresser ceux qui vont exercer le pouvoir,tu seras en passe de voir naître une cité en bon état.C’est là seulement,en effet,qu’exerceront le pouvoir les riches véritables,riches dune richesse qui n’est plus l’or,mais qui consiste en ce trésor indispensable au bonheur,une vie de bien et de prudence.Mais que des miséreux,dévorés par l’envie d’avoir des biens personnels,parviennent aux affaires publiques dans l’idée que ces biens sont à disposition et qu’ils doivent s’en emparer,la vraie cité n’est plus possible:c’est la lutte pour le pouvoir qui passe à l’ordre du jour;dans les murs mêmes,une guerre intestine les détruit,eux et le reste de la cité. » (Livre VII §521)

*Entrée du tyran

« (Le tyran),les premiers jours,les premiers temps,il sourit à chacun;il salue tous ceux qu’il rencontre.Il refuse le nom de tyran.Il fait quantité de promesses privées ou publiques,où les dettes sont libéralisées,la terre partagée au peuple et à son entourage. Tout le monde bénéficie des faveurs et de l’amabilité qu’il affecte.

Lorsque ses adversaires,maintenant éloignés, ont été écartés ou détruits,et qu’il est tranquille de ce coté,ce premier travail est de monter des guerres:il faut que le besoin d’avoir un commandant militaire occupe le peuple . Et,j’imagine,il en est qu’il soupçonne de nourrir des idées de liberté qui les conduisent à refuser son autorité.Il trouve alors les moyens et l’occasion de les faire disparaitre en les livrant à l’ennemi.

Autant de raison pour que le tyran soit obligé de prolonger indéfiniment la guerre et son agitation.Toute son acuité devra passer à repérer le citoyen courageux,le généreux, l’intelligent,le fortuné.Et voilà son bonheur:à tous ces gens de valeur il devra nécessairement, qu’il le veuille ou non,déclarer la guerre et tendre des pièges jusqu’au nettoyage complet de la cité »  (Livre VIII,§566-567).

A suivre…

By P.B

Il était(épisode 1): Réfugié ou émigré

Réfugié ou émigré
Je ne suis pas un.
Bien accueilli ou dénigré
Je suis moins.
Je ne suis pas un homme.

Je ne suis qu’une paille sur la balance.
Je ne pèse que ce qu’il veut faire de moi
Celui qui m’accueille.

Ma valeur dépend de ses besoins;
Il détermine la mesure.
Ma force est dans la soumission
Si tout est affaire de permission.

Veux-je bien comprendre les choses ?
Le mieux est de me rendre ridicule,
De me présenter comme une coquille
Pour l’œil qui cherche des failles.

Tiré au choix comme des fromages
Dont les étiquettes sont les gages
On a besoin des béquilles.

Attendre toute la matinée
Et revenir dans la journée
Pour cracher incivilités ?
Je suis moins un sujet qu’un objet.

Ni sujet de ma destinée
Mais objet de curiosité.
La bonne intention d’y séjourner
Se transformera en total rejet.

By P.B

Ko umwana w’ikinyendaro atera umwaku!

Bimaze kuba nk’icyorezo.Nta gasozi ka hano mu Rwanda utasangaho abakobwa batagira umubare babyariye iwabo batarageza ku myaka 18.

Uganira na bo ugasanga abababyarira banganya imyaka na ba se.Ibi byanteye kwibaza nti ariko ubundi aba bana babemerera byagenze gute?Abo basaza bo se babiterwa n’iki?

Ni amayobera!

Hano iwacu muri Nyamsheke,nko mu Kagari kamwe ushobora kuhasanga abarenga 50.Ahaboneka udusantere tw’ubucuruzi n’abamotari,uyu mubare ushobora kwikuba na gatanu.

Impamvu ngo ni uko twe abamotari twagowe kimwe n’abakora muri butiki ngo tugira imvugo zigera vuba ku mutima w’abo bakobwa.

Na none ariko ngo hari n’abasaza baba bibitseho ifaranga,rimwe na rimwe batabanye neza n’abagore babo.Abangavu na bo bakaba bakeneye cash ifatika ngo barusheho kwiyitaho.

Kubera ibibazo bitagira urugero, ababyeyi babaha bagera cyangwa na bo akaba ari ntako bimereye,barabuze uko bigira.

Ibigo by’amashuri biratungwa agatoki

Muri ibi bihe, ibigo by’amashuri bisubiza abana iwabo ngo bajye kuzana amafaranga y’ibintu ibi n’ibi(dore ko ibyasimbuye minerval ari uruhuri).

Abana baba bazi ko basize mu rugo inzara inuma. Bagakata amakorosi kakahava na « number » za ba bosi zigacicikana.Bene kurya na bo bati murakaza neza mboga zizanye!Bakabacumbikira kugera basubiye ku ishuri.

Hari ubwo n’ay’umwe aba adahagije.Umwana akazenguruka mu bipangu nka bitanu cyangwa bakamurarana mu mahoteli atandukanye.Agasubira ku ishuri yumva ari nta kibazo.

Iyo asanze yarasamye, no ku ishuri bakamwirukana,ni bwo atangira kwibaza no kwicuza.Ngo icyo umuntu yanga koko ni cyo abona!

Yangaga kwicara no kureka ishuri kubera ubukene bw’iwabo,none agiye kwicarayo na bo batamushaka ngo umwana w’ikinyendaro atera umwaku.Azatakira nde ko yasangiye na benshi?

Si abana b’abakene bibaho gusa.Umukobwa wa Pasiteri ntiyarusimbutse.Yari arambiwe ikiziriko cy’amasengesho ya se.Bagenzi be bamenyereye umujyi baramusohokanye ngo na we agiye kumva uko bimera.

Aho abereye ak’icyiga kurunga cyambara indosho,Pasiteri yacishije make.Ntakivuga ko ikibazo cy’ibinyendaro ari ababyeyi batita ku bana babo.

Iyi nyigisho yayiducengezagamo buri cyumweru: « Urubyaro rukomoka ku binyendaro ntaho rushingiye,kandi ntiruzahamya imizi ngo rukomere…kuko abana bavukiye mu busambanyi bazagaragaza ububi bw’ababyeyi babo« (Ubuhanga4,1-6). Byararangiye ntakiyigarukaho.Ntiyakwitunga agatoki.

Umaze kubyara na we ntaba akirebeka. Uwamubyariye aramwigarika ngo nta soni umuntu nka njye…!Yamara gutora akabiri no kugarura agasura,byose bikibagirana, bakongera.Ni ikibazo.

Baracuye

Ubu barasaba inzego zibishinzwe kwandikisha abo bana batagombye gucibwa amande ya 2000 frw.Mperutse gusanga batakamba ku Murenge nk’abasaba imfashanyo!Ni bwo nabonye ko uburenganzira bw’umwana bukiri kure.

By Kaneza Japhet,Nyamasheke

Imvura yabaraje rwa Ntambi

Muri Nyabihu,abantu 6 bamaze guhitanwa n’imvura.Ibyangiritse na byo ntibigira umubare.Uku kwezi kwa kane kwarabaziye.Byabaye agahomamunwa kuri iyi tariki ya 20 Mata.Abatapfuye cyangwa ngo bakomereke barasuhutse.Bari kurara rwa Ntambi ku gasozi.

No mu Karere ka Rutsiro(Umurenge wa Kivumu) na ho kuri uyu wa kane tariki ya 21 mu ijoro,inzu zabagwiriye baba nk’abaguweho n’ijuru.Bane bahasize ubuzima,barimo abana batatu.

Kandi abashinzwe iteganyagihe(météo)bemeza ko mu kwezi kwa Gicurasi imvura izikuba nka kabiri.Mu gihe bagitegereje ubutabazi bwo mu nzego zo hejuru(batazi igihe buzabagereraho),abaturage baratabarana baririra ababo n’imyaka yabo.Imvura

Nta gushidikanya ko n’inzara izakurikiraho izaba ari injyanamuntu.Ntituzi uko bizagenda.Naho amazu yasenyutse,no kongera kubaka bundi bushya,ni ikindi kibazo.

By Gashirabake Esron,Musanze

Njyewe nawe(séries):8.Igitinyiro

Ikiriza ijisho ntikiba gito
Nk’umumaro wa kirazira.
Wakwirengagiza akamaro k’akadomo
N’umwanya wako hagati y’interuro ?
05.Ibintu byose bigira iherezo
Kandi ubwabyo ari n’ihurizo.

Narebye inzuki ndetse n’inzukira
Nitegereza icyo zicyesha umukiro
N’inkomoko y’igitinyiro
10.Kitagera hose ngo kizibere.

Inzuki zirakundwa zikanatinywa
Inzukira bakazibukira.
Ntibyaba biterwa n’aho zitaha ?
Haba hamaze iki ntakirimo ?
15.Mu muzinga abuzemo ubuki
Umuvumvu yakunda izo nzuki ?

Hehe no kurabukwa ubwiza bw’indabyo
Zikesha umushyikirano n’inzuki.
Ntawe ubitekereza azitegura
20.N’iyo azibonyeho arazihuta
Akazihungura akazihuha
Zaba nyinshi akazihunga.
Ntizimuvirira zitamudwinze
Zikamucengezamo urubori
25.Zigata ubuzima zitabaara.

Inzukira zo ziratumuka
Nta huriro nta n’intaho
Ni nk’umuyobozi utakiburamutswa.

Ufite ubutegetsi agira igitinyiro
30.Bakamutegurira ibyotezo
Bakamurata bakamutaka
Akanyungutira icyo cyubahiro
Mu ndirimbo z’urwiririza.

Ntukabone yabuteshejwe
35.Ategereje icyuhagiro.
Aho yageze bamuha impundu
Ahahurira n’induru
Z’abamurwaniraga inkundura.

Nta nkunze nta n’ukuzi.
40.Iyo wugarijwe n’iyo miziro
Uwapfukamaga arahaguruka
Uwaguhekaga agata imijishi
Uwagutinyaga agatinyuka
Kugukoza agati mu jisho.

45.Umujinya ntacyo uba ukimaze
N’amarira si igisubizo
Cy’ibibazo utigeze wibaza.
Ibumoso cyangwa iburyo
Ntukibifitiye uburyo
50.N’abandi babonye ibiryo.
Iguye igerwa amahembe
Ba nyirayo ntibahunge igihombo
Gahoro gahoro bakegama iruhande
Nta n’utuzi aho ku ruhimbi
55.Rw’abakuriye mu muhimbo.

Uwari Koroneli barakurubana
Kaporali akamwicara ku matwi
Ibyegera bigata umutwe
Abari kure bati nimwumve
60.Ibyago bisangiwe uko biryoha
Twebwe byatubereye ifunguro
Ubwo mwatugiraga abanyabyaha
Baryoherwa n’ibyahi.
Ngiyo ya nzira itabwira umugenzi!
65.N’uwahaciye yigenza
Biramucanga bikamurenga
Ntabe akigize ikirenga.

Abamukuriraga ingofero
Na bo bagakuraho agahu
70.K’agahari gahabwa agahini.
N’ako ni agahinda
Katagutereza impinga.

By P.B

Virus ya Zika ntiyaba ari intwaro y’amajyambere?

Inkeke zikomeje kwiyongera ku ngaruka n’impamvu za Virus ya Zika. Ubushakashatsi bwasohotse muri uku kwezi kwa kane bwagaragaje ko Zika idateye ubwoba gusa ahubwo ari n’ikibazo.

Ni ikibazo kuko itagiterwa no kuribwa n’umubu gusa.Ubu noneho igeze no kwandurira mu mubano w’ababana bakorana imibonano y’ibitsina bisa(homosexuels).Ibi byose bitera bamwe kwibaza impamvu nyayo y’iyi virus n’ako izakururira isi.

Intwaro gahinyuzabagabo

Muri Amerika,hari ibihugu bibiri byonyine Zika itateraga impungenge bitewe n’imiterere yabyo.Ibyo bihugu ni Chili na Canada.Nyamara vuba aha muri Chili higaragaje ibimenyetso by’umubu utera Zika.Na Canada na yo iryamiye amajanja.

Ku rundi ruhande,ibihugu Zika yiganjemo bihuriye ku kintu kimwe gikomeye ku rwego mpuzamahanga ariko gishingiye ku myemerere no ku mico.Icyo kintu ni gahunda zo kuboneza urubyaro no gukuramo inda (contraception et avortement)zishyigikiwe n’ibihugu by’ibinyamaboko(Grandes puissances).

Urugero rufatika ni igihugu cya Brezili.Ngo Itegeko Nshinga ry’iki gihugu ntiryemera gukuramo inda,uretse mu gihe cyo gukiza umwana cyangwa umubyeyi. Kubirengaho ni icyaha gihanwa n’amategeko.Ariko se hakurikijwe urwego Zika igezeho yibasira abaturage,byakomeza gutyo? Bazitwaza iki bahakana iyo nzira y’indi y’amajyambere?

Kuba gutsimbarara ku mico bishoboka, ni ho bamwe bahera batekereza ko hari hakenewe indi ntwaro nk’uburyo bwizwe neza bwo guhindura iyo mico n’imyemerere kuko ubundi buryo bworoshye(mesures douces)bwari bwarananiranye.

Muri iyo nzira yo guhindura  amategeko n’imigenzereze itari yoroshye,Zika irenze kuba gahinyuzabagabo gusa. Uretse n’ibyo,ishobora kuba n’intwaro y’iterambere ryizwe neza.Imijyi yarangwaga n’akajagari (bidonvilles)izikubita agashyi mu kongera isuku…

Intwaro y’irindi terambere

Biragaragara ko Zika atari indwara y’icyorezo gusa ahubwo ari n’intwaro y’iterambere yizwe neza.Icyo duheraho tuvuga ibyo ni uko mu mwaka wa 2013 Ubwongeleza bwakozeumubu OX513A  w’ingabo (génétiquement modifié) wagombaga kugabanya ubukana bw’imibu y’ingore itera Zika(par accouplements).Zika2

Uwo mubu w’umukorano wakwirakwijwe na Sosiyete Oxitec GM ikora imiti.Ngo wagombaga gutuma Zika igabanukaho 95% mu gace ka Itaberaba mu mujyi wa Juazeiro aho Zika yashinze ibirindiro, n’ahandi.

Ibyo bateganyaga rero si ko byagenze kuko yahinduye isura.Icyo bari bitezeho igisubizo cyabyaye ikindi kibazo.N’ubwo bimeze gutyo,iyo nzira(moustique génétiquement modifié) hari abakiyifitiye icyizere.N’akataraza kari inyuma.

By P.B