Mama yambwiye data umbyara,we aranyihakana.

Yabivuganaga amarira menshi.Uyu mwana ukiri mu mashuri abanza ateye agahinda.Ariko ikibazo cye kiragoye.Ngo mu rugo iwabo ni abana bane badasangiye se n’umwe.Nyina ubabyara ababwira ko buri wese afite se ugomba kumwitaho.Bakiri bato,nta kibazo bagiraga.

Ngaho rero ya mvugo nibe ingiro ngo « Fata umwana wese nk’uwawe! »

Aho batangiye gukurira,ibintu byarahindutse.Bamwe basa n’ababeshejweho n’abandi.Ibi bikabatera ipfunwe.Ubwo twaganiraga,ntiyaduhishe agahinda kamuri ku mutima,bigaragara ko kadashobora gutuma yiga neza.

Kubona ibikoresho byo gusubira ku ishuri byabaye intambara.Umwana ubwe yarivugiraga ngo « Mama yambwiye data umbyara,we aranyihakana! »Ubwo nyine uwo umubyara ni we wagombaga kumuha ibikoresho!Aribaza aho uwo mukino hagati y’abafite inshingano zo kumutabara uzarangirira bikamuyobera.

Natwe nk’abayobozi n’abarezi,tugeraho tukabura icyo twabikoraho.None se koko,icyemeza ko ibyo nyina yamubwiye ari ukuri ni iki?Uwo avuga ko ari se, we akaba amuhakana,twamumuhambiriraho?Ni nde ufite ubushobozi bwo gukemura iki kibazo?

Ibisubizo biranyuranye

Bitewe n’aho buri wese ahagaze,ibisubizo kuri iki kibazo biranyuranye.Bamwe ngo ni ukwiyambaza inkiko.Abandi ngo Polisi ibishatse byacika burundu!Abandi ngo ni uguhana bene abo bagore kuko uko babyara gutyo ari na ko basenya ingo z’abandi bagore bagenzi babo.Aha!

Kera byavugwaga ko umwana ari nk’undi!

Hagati aho se,uburenganzira bw’umwana bwo kumenya ababyeyi be(droit à la paternité)no kugira ubuzima bwiza(droit à la santé)kimwe n’uburere bunogeye(droit à la bonne éducation)bizabazwa nde?Ahangaha ni ho Leta igomba gushingira igiti aba bana no gushyiraho ingamba(stratégies)zizatuma bagira ejo heza.

Inzira y’ishuri

Mu ntangiriro z’iki gihembwe,abana batari bake bafite ibibazo nk’ibi.Hari abagisiragira muri iyi nzira y’ishuri.Nsigaye nibaza umutwaro tubongerera uko ungana iyo tubasubije mu rugo ngo bajye kuzana ibikoresho cyangwa amafranga y’agahimbazamusyi ka mwarimu.

Abo badafite iwabo hazwi, ni gute batazajya gushakira ahandi,bikarangira babaye aka wa mugani ngo « Inkondo icika ku mukuzo? » Abazi guseka bo bazaboneraho ngo nta kundi nyine, ni « uwanyina! »

By Gakuba Willy/Nyamasheke

20 novembre:journée mondiale de l’enfance

La journée mondiale de l’enfance est célébrée chaque année,en cette date du 20 novembre.C’est le moment de réaliser des actes concrets au lieu de se satisfaire des statistiques.

La Journée mondiale de l’enfance a été créée en 1954 et est célébrée chaque année le 20 novembre afin de promouvoir le respect et les droits des enfants.

Cette date marque le jour de l’adoption par l’Assemblée de la Déclaration des droits de l’enfant [A/RES/1386(XIV)] en 1959, et de la Convention relative aux droits de l’enfant, signée en 1989.

C’est le moment de rappeler qu’il ne s’agit pas de droits de quelques enfants mais de tout enfant dans tous les pays

Depuis 1990, la Journée marque également l’anniversaire de l’adoption de la Déclaration et de la Convention relative aux droits de l’enfant.Sur la base de cette Convention et des efforts conjoints de l’ensemble des pays et régions, l’Unicef soutient et célèbre chaque année le droit des enfants lors de la Journée mondiale de l’enfance. Par le dialogue et l’action, « bâtissons un monde où les enfants peuvent s’épanouir librement ! »

Les mères et les pères, les enseignants, les infirmières et les médecins, les dirigeants ou les militants de la société civile, les chefs religieux ou de communautés, les chefs d’entreprises et les professionnels des médias, de même que les jeunes et les enfants eux-mêmes peuvent jouer un rôle important et faire de cette Journée mondiale de l’enfance un événement à part dans leur société, pour leur communauté ou pour leur pays.

Là où le contexte et la situation permettent le développement de ces droits en actes concrets

La Journée mondiale de l’enfance offre à chacun et chacune d’entre nous une occasion unique de sensibiliser le public aux droits de l’enfant, de promouvoir et de mettre en lumière ceux-ci, mais aussi de transformer cette date en actes concrets en faveur des enfants partout dans le monde.

De cette façon,tous les acteurs et décideurs comprendront vraiment que derrière les statistiques,il y a des enfants »

By P.B

Ko umwana w’ikinyendaro atera umwaku!

Bimaze kuba nk’icyorezo.Nta gasozi ka hano mu Rwanda utasangaho abakobwa batagira umubare babyariye iwabo batarageza ku myaka 18.

Uganira na bo ugasanga abababyarira banganya imyaka na ba se.Ibi byanteye kwibaza nti ariko ubundi aba bana babemerera byagenze gute?Abo basaza bo se babiterwa n’iki?

Ni amayobera!

Hano iwacu muri Nyamsheke,nko mu Kagari kamwe ushobora kuhasanga abarenga 50.Ahaboneka udusantere tw’ubucuruzi n’abamotari,uyu mubare ushobora kwikuba na gatanu.

Impamvu ngo ni uko twe abamotari twagowe kimwe n’abakora muri butiki ngo tugira imvugo zigera vuba ku mutima w’abo bakobwa.

Na none ariko ngo hari n’abasaza baba bibitseho ifaranga,rimwe na rimwe batabanye neza n’abagore babo.Abangavu na bo bakaba bakeneye cash ifatika ngo barusheho kwiyitaho.

Kubera ibibazo bitagira urugero, ababyeyi babaha bagera cyangwa na bo akaba ari ntako bimereye,barabuze uko bigira.

Ibigo by’amashuri biratungwa agatoki

Muri ibi bihe, ibigo by’amashuri bisubiza abana iwabo ngo bajye kuzana amafaranga y’ibintu ibi n’ibi(dore ko ibyasimbuye minerval ari uruhuri).

Abana baba bazi ko basize mu rugo inzara inuma. Bagakata amakorosi kakahava na « number » za ba bosi zigacicikana.Bene kurya na bo bati murakaza neza mboga zizanye!Bakabacumbikira kugera basubiye ku ishuri.

Hari ubwo n’ay’umwe aba adahagije.Umwana akazenguruka mu bipangu nka bitanu cyangwa bakamurarana mu mahoteli atandukanye.Agasubira ku ishuri yumva ari nta kibazo.

Iyo asanze yarasamye, no ku ishuri bakamwirukana,ni bwo atangira kwibaza no kwicuza.Ngo icyo umuntu yanga koko ni cyo abona!

Yangaga kwicara no kureka ishuri kubera ubukene bw’iwabo,none agiye kwicarayo na bo batamushaka ngo umwana w’ikinyendaro atera umwaku.Azatakira nde ko yasangiye na benshi?

Si abana b’abakene bibaho gusa.Umukobwa wa Pasiteri ntiyarusimbutse.Yari arambiwe ikiziriko cy’amasengesho ya se.Bagenzi be bamenyereye umujyi baramusohokanye ngo na we agiye kumva uko bimera.

Aho abereye ak’icyiga kurunga cyambara indosho,Pasiteri yacishije make.Ntakivuga ko ikibazo cy’ibinyendaro ari ababyeyi batita ku bana babo.

Iyi nyigisho yayiducengezagamo buri cyumweru: « Urubyaro rukomoka ku binyendaro ntaho rushingiye,kandi ntiruzahamya imizi ngo rukomere…kuko abana bavukiye mu busambanyi bazagaragaza ububi bw’ababyeyi babo« (Ubuhanga4,1-6). Byararangiye ntakiyigarukaho.Ntiyakwitunga agatoki.

Umaze kubyara na we ntaba akirebeka. Uwamubyariye aramwigarika ngo nta soni umuntu nka njye…!Yamara gutora akabiri no kugarura agasura,byose bikibagirana, bakongera.Ni ikibazo.

Baracuye

Ubu barasaba inzego zibishinzwe kwandikisha abo bana batagombye gucibwa amande ya 2000 frw.Mperutse gusanga batakamba ku Murenge nk’abasaba imfashanyo!Ni bwo nabonye ko uburenganzira bw’umwana bukiri kure.

By Kaneza Japhet,Nyamasheke

%d blogueurs aiment cette page :