Ko Trump atowe barajya he?

Trump ageze ku butegetsi ntawabitekerezaga.Hari ababyishimiye n’abo biteye inkeke.Ariko mu gihugu gikomeye nka Amerika,ntazakora uko abonye nk’umunyagitugu.Abamutoye bamuteze iminsi.

Yaje nk’iya Gatera!

Nta n’umwe wamuhaga amahirwe.Kubera akanwa ke no kutagira icyo atinya,bamwe bari bamugize ruvumwa.Iyo baba nk’Abanyarwanda bari kuvuga ko « aje nk’iya Gatera! »

Abanyamerika babonye undi mugabo n’umuperezida bakeneye!

Abadakunda inzego zibaniga(anti-systèmes)cyangwa abanga kuba ba « Nyamujyiyobijya »,bo babonye rwose Trump ho umuvugizi.

Ni undi mugabo

Muri iki gihugu,aho umukuru wacyo aterwa ishema n’umubano mwiza mu rugo nk’abashakanye, babonye undi mugabo.
Trump amaze gusezerana n’abagore batatu: Ivana Trump(1977-1992),Marla Trump(1993-1999)na Melania Trump(2005)bari kumwe ubungubu.

Kuba Abanyamerika bamuhundagajeho amajwi kandi yaratanye n’abagore be babiri ba mbere(divorces),ntawabura kuvuga ko na yo ari indi myumvire ku myitwarire y’umuperezida bakeneye.

Turagatoye!

Mu bihugu bimwe na bimwe,hari abayobozi bamwishimiye.Twavuga nka Vladmir Poutine w’Uburusiya wari utewe inkeke na Clinton.Hari na Porochenko wa Ukraine kuko na we ari umuperezida w’umumiriyarideri!

Hakaba na Rodrigo Dutertre wa Philippines utaracanaga uwaka na Obama,kimwe na Viktor Orban wa Hongria,udashaka kwakira impunzi z’abayisilamu mu gihugu cye!

Harahagazwe

Muri Afurika ho ntawabura kuvuga ko ba perezida bamwe batangiye kudagadwa bati »Turagatoye! ». Abo ni nka ba Robert Mugabe wa Zimbabwe na Kaguta Museveni wa Uganda.

Na we azakora nk’abandi,imyaka ye ishire,bamusezereho barira cyagwa bishimira ko bamukize.

Kubera kugundira ubutegetsi kwabo ,yigeze kubibasira karahava.Ngo ni abakambwe bakambakambira ku butegetsi, ngo ntateze gukorana na bo,ahubwo azabashyira mu gasho(prison)!

None se koko agiye kuba umucamanza wemararira amahanga? Azabigenza ate?Museveni we yamucyeje asa n’umunnyega,ngo azakorana na we nk’abamusimbuye.

Na we ni nk’abandi

Na we arabizi neza ko Amerika idakeneye umunyagitugu.N’ibindi bihugu na byo kandi byarakangutse,ntibigikangwa na « Ndakomeye ».

Na we azakora nk’abandi,imyaka ye irangire abantu biruhutsa ngo genda uruhuke warakoze cyangwa ngo Imana ishimwe, turagukize!

Abakene bazajya he?

Gutorwa kwe guteye benshi kwibaza.Ese abakene na « Obamacare » si igihe cyo kuva mu nzira? Naho se abimukira(africains & mexicains) n’abatamutoye bazajya he?Abamutoye bo buriya bamuteze iminsi,kandi izasubiza bidatinze.

By P.B

Trump-Clinton,la tempête sur le trône des USA.

Les présidentielles font rage aux États-Unis d’Amérique.Que cela soit du côté des Républicains ou des Démocrates,nul n’est assuré de la victoire.Les aléa politico-économiques sont multiples.obama-et-trump

Présidentielles,voile de la réussite

S’il faut tenir compte de la taille pour réussir,les Américains feraient un bon choix en votant pour Trump.Alors qu’Obama mesurait 1,85m et 79kg,son « successeur » mesure 1,90m et 114kg.

Du point de vue de la richesse et de la fortune,Trump serait le mieux indiqué.En quittant son fauteuil présidentiel,la fortune personnelle d’Obama aurait atteint le niveau de 7,7 millions de dollars.Il serait remplacé par un milliardaire:3,7 milliards de dollars en poche!

Trump,plus d’avantages pour l’Afrique?

L’élection de Barack Obama avait suscité beaucoup d’espoir en Afrique.Après huit ans au pouvoir,c’est le désenchantement total. Le président de couleur des États-Unis n’avait pas la clé du développement pour le continent africain.

Avec Trump,c’est peut-être le vent du changement.Non seulement il pourrait personnellement investir davantage sur le continent(Trump Organization),mais aussi inspirer les milliardaires africains pour qu’ils ne laissent pas le pouvoir politique dans les mains des assoiffés d’argent.Serait-il suffisant?

Clinton,symbole du statu quo

D’aucuns ne voudront pas de l’orgueil des riches qui méprisent les pauvres.Or,Obama voulait accroitre le pouvoir d’achat de ceux-ci ainsi que leur niveau de vie et leur bien-être.
Comme Obama,Clinton(femme millionnaire) prendrait parti des plus pauvres pour achever ce qui a été entrepris,au nom de son Parti.Si elle n’est pas élue,ce sera l’échec de tout le système « obamien« .Le président sortant ne se trompe pas en la soutenant,coûte que coûte.635558089031361604-ap-obama-clinton

Trump ou Clinton,mêmes intérêts

Non plus,aucun autre pays ne se trompera pour la deuxième fois.Que le trône des USA soit accordé par le vote à Clinton(69 ans) ou à Trump(70 ans),le président américain défendra l’hégémonie des États-Unis, avec sa dernière énergie.les-dix-phrases-cultes-de-donald-trump

Si le pire est à craindre avec Trump,les électeurs n’auront à cœur que leur avenir.Vont-ils encore semer le vent(de bons discours)pour récolter la tempête?

By P.B

Kuriza abana bituma bagira ubuzima bwiza

Ni umuco udasanzwe wo mu gihugu cy’Ubuyapani.Abagabo bo mu bwoko bwa Sumotoris bagomba kuriza(faire crier) abana bakiri bato,basa n’ababahanganishije babiri babiri kugira ngo babone uzi kurira cyane.

Ngo uyunguyu ni we uba ufite ubuzima bwiza,bikagaragaza ko azakangara amahanga.Bityo akaba ari we utegurirwa kuzahabwa inkoni y’ubutware.Nta marira y’ubusa rero!

By P.B

Un prêtre créé Cardinal à 88 ans!

Il est âgé de 88 ans.Franciscain d’Albanie,le Père Ernest Simoni vient d’entrer dans le ciel des Princes de l’Église sans passer par la case »évêque. »

En le créant cardinal,le Pape François reconnaît sa persévérance dans le ministère sacerdotal durant les moments de dures épreuves de la prison(18 ans passés entre les geôles et les travaux forcés par le régime communiste).

Simple prêtre des villages éloignés,il rejoindra les 16 autres nouveaux cardinaux(archevêques ou évêques) dans le Consistoire du 19 novembre à Rome.

Là,les Albanais catholiques oublieront qu’ils sont minoritaires(11% de la population). Avec les autres Églises et peuples en difficultés,on entendra plusieurs voix chanter: « le Seigneur relève les humbles. »

By P.B

Icyo abagabo b’Abanyekongo barusha Abanyamerika n’Ababirigi.

Ngo Abanyekongo(RDC)ni bo bahiga abandi mu kugira ubugabo bwihagazeho(taille du pénis).Ku burebure bwa cm 18 bamaze gushyuhira mu buriri, baza imbere y’Abanyamerika (14,2cm) n’Abafaransa(14,8cm).

Mu gihe n’ufite cm 4 bitamubuza gukorana umutuzo,uwa mbere ku isi byamubereye umuzigo kuko kuri cm 26,abashinzwe umutekano bagize ngo ni intwaro yindi yahishe aho munsi,bamutindana ku kibuga cy’indege.

Naho abari mu rugero(taille moyenne),ibibazo biba bike iyo bari hagati ya cm 9,31 na 12,30.Abarengeje aho,hari ubwo bamera nka babandi batuye mu nzu ngufi zifite n’imiryango iciriritse.

Abanyekongo bo rero nta yindi « malette diplomatique » bakeneye.Ngo iyo bagendana irabahagije.Uretse no kuba barusha Abanyamerika,babonye uburyo bwo kwigaranzura Ababirigi(cm14,04)babakolonije.Kuri iyo ngingo,abazungu na bo barapfukama!

Igisigaye ni ukumenya impamvu badashyirwa mu rwego rwa « Guiness des Records« ,niba koko bari mu ba mbere!

By P.B

Ntibimenyerewe: imideli y’abakobwa barifite

Kwinjira mu mwuga w’abanyamideli(mannequin),muri rusange bisaba byinshi.Byari biharawe ko abakobwa bakora uko bashoboye ngo badata ligne(batabyibuha)kugira ngo bagere kuri iyo ntego.Hari n’abafata ingamba zo kunanuka ngo batarenza mu nda ha 38, maze bikabagiraho ingaruka nyuma.

Ubu rero, mu bihugu bimwe na bimwe,kugira amataye nk’ay’umushumi bisa n’ibigiye kuva ku isoko.Abo umubyiho wagezeho basigaye baseruka bakaberwa.Ahantu henshi,abakobwa barengeje ibiro ijana batangiye kwerekana imideli.

Haba mu Bushinwa cyangwa i Burayi,benshi barabihagurukiye.N’iwacu ntibasigaye inyuma.Mu gihe abazungu bo bakuraho agahu kose,muri Kigali babitangiye biha akabanga.Bari gushyira mu bikorwa wa mugani ngo « Umukobwa ni ufite itako, n’umugore ni ufite ibuno. »Ariko nyine n’agapfundikiye kagatera amatsiko!Abagore barifite.jpg

Ntibyari bimenyerewe rero ko abarifite bajya ahagaragara bakerekana ko bashoboye ibitari bike.Ntibagitinya gusekwa ngo bangana n’inzovu.Muri uko kwiyerekana,uko batambuka, burya baba batera intambwe ikomeye mu kwiyakira(s’accepter).Abagore barifite 1

Bamaze kumenya ko amaso akunda agira uko areba.Ubwo batagihunga ababareba,bazamenyereho ko hari n’ababakunda.Nuko ubuzima bukomeze, bubaryohere,nta kibabuza kujya mbere mu kugaragaza ko ari ntaho bamwaye.

Soma: Abakobwa barengeje ibiro ijana bagiye kwerekana imideli.
Nihatangira n’amarushanwa ya « Miss Ronde Rwanda« ,bizarushaho kugaragaza ishusho nyayo kandi yuzuye y’ubwiza bw’Umunyarwandakazi aho guharirwa gusa ab’imbavu ntoya cyangwa ndende.

By P.B

Impamvu abagore baheranwa n’indorerwamo

Ni bake batagira indorerwamo.Ngo hari n’abagabo bayireberamo incuro zitari nke ku munsi, mu rwego rwo kumenya ko bahagaze bwuma cyangwa ko bihagije ku gitinyiro.Bene abo usanga barabaye iciro ry’imigani ngo « batinda kuva mu nzu nk’abagore. » Impamvu nta yindi ni uko abagore n’abakobwa bafite akarusho mu gukoresha indorerwamo.

Kwiyitaho bihagije

Si ku busa hari abayita « icyiirori »(kwirora).Kandi koko mbere yo gusohoka umuntu abanza kuyinyura imbere ngo arebe niba ameze uko isi yo hanze yifuza kumubona.Ikibazo ni uko iyo ndorerwamo ifite amaso nka ya nyirayo!Ibyo ntibibuza nk’umukobwa kuyitindaho,akayitemberana ndetse ntibure mu gakapu ko mu ntoki.Rimwe na rimwe akabikora yigereranya n’abandi bitewe n’uko ashaka kumera: »kugira amataye ».

Kwita kuri buri kantu

Akarusho ni uko ibyo byose bijyanye na kamere y’umugore n’umukobwa yuzuza impano yabo yo kwita kuri buri kantu(esprit prévoyant).Aha rero ni ho biryohera.Umugore cyangwa umukobwa ngo afite  ubushobozi(faculté) bwo kumenyera ku gihe ibiri imbere n’ibiri inyuma,ibyo umuntu yabona ahagaze cyangwa yunamye, kimwe n’ibikwiriye ijisho!

Hari n’ubwo atinda mu myenda ayihindagura,ayigerera muri iyo ndorerwamo,akabura uwo ahitamo cyangwa ibara bijyanye.N’ubwo imyenda yaba myinshi cyangwa yose ikaba ari myiza,aho kumutota ngo « nagire vuba mugende »,burya ngo uba ugize neza kumwegera no kumufasha guhitamo.Ni ho abantu babera Magirirane.

Ibibi adashaka kubona

Muri uko gutinda kose,icyo aba arwana na cyo burya ni bya bibi adashaka kubona cyangwa atifuza ko abandi babona(effet miroir).Ibyo bibi(défauts)iyo agize ibyago akabibona ku wundi(nk’uwo bashakanye),ubuzima burabiha hafi yo kuba umwaku.We rero ashaka guhora akeye, n’uwamufasha kuba Muhorakeye!None waba umubwira ngo « Reka ibyo ntakubitindaho? »

Dusoze twumva uko Jean de La Fontaine abigenekereza(n’ubwo avuga umugabo Narcisse):

« Tant de miroirs, ce sont les sottises d’autrui,
Miroirs, de nos défauts les peintres légitimes ;
Et quant au canal, c’est celui
Que chacun sait, le livre des Maximes. »(L’homme et son image)

 

By P.B

Ce pays africain le plus raciste au monde

L’Algérie serait le pays le plus raciste au monde. Elle arrive à la première place des résultats d’une enquête internationale menée par plusieurs organismes dont Open Borders for Refugees et Stop Dis Crime In Nations. Sur plus de 1248 personnes interrogées, plus de 75% d’individus ont avoué avoir des idées racistes voire même extrémistes.

Il est étonnant qu’un pays musulman n’ait accueilli aucun migrant (d’Irak ou de Syrie).La raison serait le« risque d’infiltration Africaine ».En ce sens, 91% des Algériens Arabes* réclament l’expulsion immédiate des noirs du pays (qui ne représentent même pas 100,000 personnes).De plus, 83% des individus interrogés aimeraient interdire le Christianisme et 61% voudraient bannir le judaïsme.

Dans cette période de la crise des migrants,plus de la moitié des Algériens sont contre l’accueil des réfugiés, non pas à cause de la menace djihadiste mais plutôt à cause de l’origine ethnique de ces migrants.Ainsi, 95% de nos amis algériens souhaiteraient interdire les visas aux immigrés Chinois!

Cet extrémisme va plus loin.Dans ce pays,même les accidents routiers sont racistes.Alors qu’il y a eu plus de 21,000 morts sur la route en 2015 et plus de 60,000 blessés, les personnes généralement percutées sont des noirs, des Européens ou des Asiatiques.Ne leur parlez pas de ces pratiques(homosexualité ou mariage homosexuel)qui sont contre les principes religieux de l’Islam!

Si l’étude en question semble être virulente, elle révèle une vérité saisissante: l’hospitalité hautement vantée dans le Coran et dans d’autres Livres Sacrés,attendra longtemps pour être appliquée.Quand l’Afrique elle-même n’est pas hospitalière,que peut—on reprocher à l’Europe qui veut expulser ces migrants africains?

A lire:Le pays le plus raciste au monde est africain

By B.P

Kuki ku myaka 40 Umunyarwandakazi aba ari umukecuru?

Ibiri ino iwacu ni amayobera!Hari abantu ureba,ukabona ubuzima bwabo buri ku manegeka pe!Biteye agahinda kubona umubyeyi y’imyaka 40 wagira ngo ni nyogokuru! Kandi uko nabibonye umugore azira umukeno.Iyo urugo rukize cyangwa rukennye, bigaragarira ku mugore.Ni uko n’urubyaro rukahagwa.

Aho bipfira

Ibi bintu ni nk’amayobera.Ibiri amambu,abakene ntibabura byose.Ni bo usanga urubyaro rwisuka umusubizo nyamara hari abakire bemeye kujya no guteza inzuzi, bagaheba.Bamwe bafite abo bana, ariko babuze icyo kubaha.Abandi bafite ibya Mirenge, ariko ntibazi uwo bazabisigira.

Ubuzima kuri bombi ni aka wa mugani ngo  « Ufite bazamwongerera,naho udafite bamwake n’utwo yaririragaho! »  Uwo mukene yongera abana,ibintu bikayonga.Uwo mukire na we arabigwiza,n’intimba rugeretse yo kuba incike.Iyo akubise amaso uwo mukene asabiriza, areba hirya ngo atamutura agahinda.

Akaga ku bayobozi

N’abayobozi ntibiba bitworoheye.Hari za gahunda za Leta zitwa ko zigenewe abakene kandi mu by’ukuri zibarenze.Umukene wamubwira ngo « Gira inka » kandi nta bushobozi bwo kuyitunga?We n’abe baba bicira isazi mu jisho,bakabona inyongeramusaruro-mukamo?Baba badashoboye kwitangira Mitiweli,bakigondera imiti y’inka?

Nk’uyu mubyeyi rwose(twese duhora tumunyuraho yiyambaza umuhisi n’umugenzi), uburyo abayeho bigaragara ko gutera imbere kwe ari nk’ibitangaza by’Imana.Nawe se, nk’iyo gahunda ya « Girinka » yari yamugezeho.Ariko inka bayihakuye wagira ngo ni ihene!Ikibazo ni uko iyo tuzihaye abashobora kuzitaho,byitwa ko twariye cyangwa twayobeje ibigenewe abakene.Ese bizakomeza gutyo?

Icyabikosora

Sinirengagije ko hari abashaka gukizwa n’iby’abakene koko,ariko natwe biradukomereye nk’abayobozi.Ku giti cyanjye, hari icyo nkeka cyarushaho kugira akamaro:umuntu umeze nk’uyu cyangwa uwo bari mu kiciro kimwe,Leta ikamugenera umubare mbumbe w’amafaranga mu kwezi amufasha kubaho nk’umuryango(allocations familiales),na we akagira imirimo asabwa gukorera Akagari cyangwa Umurenge.Ibyo byatuma yumva ko ibyo yahawe, na we yabikoreye.

Kandi birumvikana kuko iyo myaka(40!) ari iyo gukora.Kuberaho kuramuka(vie de survie) ntibyatuma aramba,cyangwa ngo ateganyirize ejo hazaha.Utwo dufaranga twamufasha gucuma iminsi.N’ubwo bivugwa ngo « Udakora ntakarye »,ariko n’utariye ntiyakora!Nitutabafasha guhuza ibyo byombi,bazajya bagera ku myaka 60 ari banyakujya.Bene aba rero, nta muyobozi n’umwe wishimira kubagira mu bo ayobora.Tuzabahisha kugeza ryari?

By Kayitana Mugisha Samuel/Musanze

Vierge Noire étoilée, Patronne de l’Afrique?

En cette fête de l’Assomption de la Vierge Marie,prenons le temps de méditer sur la première lecture que la Liturgie nous propose:

« Le sanctuaire de Dieu,qui est dans le ciel,s’ouvrit,et l’arche de son Alliance apparut dans le Sanctuaire.Un grand signe apparut dans le ciel:une femme,ayant le soleil pour manteau,la lune sous les piesds,et sur la tête une couronne de douze étoiles.Elle est enceinte,elle crie,dans les douleurs et la torture d’un enfantement.

Un autre signe apparut dans le ciel:un grand Dragon,rouge feu,avec sept têtes et dix cornes,et,sur chacune des sept têtes,un diadème.Sa queue entraînant le tiers des étoiles du ciel,les précipita sur la terre.Le Dragon vint se poser devant la Femme qui allait enfanter,afin de dévorer l’enfant dès sa naissance.Or,elle mit au monde un fils,un enfant mâle,celui qui sera le berger de toutes les nations,les conduisant avec un sceptre de fer.

L’enfant fut enlevé jusqu’auprès de Dieu et de son trône,et la femme s’enfuit au désert,où Dieu lui a préparé une place.Alors j’entendis dans le ciel une voix forte,qui proclamait: »Maintenant voici le salut,la puissance et le règne de notre Dieu,voici le pouvoir de son Christ! »(Ap.11,19a;12,16a.10b).

 

A l’Assomption,ils sont nombreux à se mettre en marche.Les uns,à la recherche d’autres signes  ou de messages nouveaux,se précipitent dans les Sanctuaires où Marie est apparue.Les autres se reccueillent dans les sanctuaires érigés dans leurs villages en reconnaissance de ce qu’elle a fait tout autour.

Dans la plupart de ces endroits,on trouve Marie sous le visage de la Vierge Noire,à l’exception de Notre Dame de Lourdes…C’est le cas de la Vierge Noire de Rocamadour(France),Vierge Noire de Bruxelles(Belgique),Vierge de Candelaria(Espagne),patronne des Iles Canaries,et Vierge de Montserrat,patronne des diocèses de Catalogne-Barcelonne(Espagne).

Ce n’est pas pour rien que l’Assomption de la Vierge Marie est « patronne principale de la France et fête d’obligation en France ».C’est sans doute que le pays a besoin de renouer avec « la vraie lumière ».Dans ce sens,je me demande quel doit être le visage et l’attibution de Marie pour l’Afrique qui la vénère autant,parce qu’elle « a mis au monde le berger de toutes les nations? » Est-ce que sous le vocable de Notre Dame de Bonne Délivrance(Saint Thomas de Villeneuve),Marie ne serait-elle pas Patronne de l’Afrique?

Patronne de l’Afrique,
Elle la délivrera de la misère et de la dette pour que tout le continent soit libre de ses engagements d’avenir;
Patronne de l’Afrique,
Elle interviendra pour que le légendaire soleil de ce continent soit source d’énergie et que tous les enfants bénéficient de la lumière;
Patronne de l’Afrique,
Ses grâces seront à l’oeuvre pour que tout le désert soit un lieu de vie sans guerres ni drogues.

Comme le Pape Jean Paul II a proclamé trois femmes(sainte Cathérine de Sienne,sainte Brigitte de Suède et sainte Thérèse Bénedicte de la Croix)co-patronnes de l’Europe,le Pape François n’en trouvera -t-il pas une à proclamer pour l’Afrique en cette année de la Miséricorde?En attendant,nous nous contentons de Notre Dame de l’Afrique et nous disons:

Grâce à la Vierge Marie,l’Afrique a-t-elle droit de dire: « Maintenant,voici le salut? »
Très bonne fête à toutes et à tous.

By P.B

Uburundi n’Urwanda baraterana ahababaza:ubukungu n’ibiribwa!

Hari ubwo abaturanyi bapfa akayuzi ko mu rubibi!Ariko iyo inzu y’undi ihiye,baratabarana.Urwanda n’Uburundi basa n’ababyiyibagiza.Ni nk’aho bashaka gukurikiza ya mvugo ngo « Umuturanyi mubi arutwa n’itongo! »Nko guhumbya,imbibi zikaba zirafunzwe.

Ikibazo ni uko mu Rwanda hari ibura ry’ibiribwa kubera amapfa yateye mu burasirazuba no mu bice bitari bike by’igihugu.Izuba ntirikiri ikimenyetso cy’amizero.Abahana imbibi n’Uburundi batabarwaga n’iyo myaka abaturanyi b’Abarundi bejeje.N’ubwo na bo umusaruro w’ibiribwa waguye ku kigero cya 30% kubera izuba ritaboroheye,baracyafite uruhengekero.

Ikindi kibazo ni uko ubukungu bw’Uburundi bwifashe nabi kubera guhagarikirwa inkunga z’amahanga.Ingabo na bwo bwabonye ikwiye ngo ni uguhagarika ibyo biribwa byari bifite isoko mu Rwanda kugira ngo ejo butabura byose nk’ingata imennye.Mbese kugemura ku masoko yo hanze ni nko kwisahura!

Kuba bwahisemo gusohora iyo ngabo,birababaza abaturage b’ibihugu byombi.Ku ruhande rumwe,Abarundi imyaka yabo irababorana.Abahinzi n’abacuruzi baragorwa no gukora ku ifaranga,maze ubukene bwiyongere.Ku rundi ruhande,Abanyarwanda inzara irarushaho kubakubita,nta handi bafite birukira.

Haba mu Ntara ya Murambya cyangwa ya Cibitoki,urwo rujya n’uruza byagiriraga akamaro n’Abanyekongo kuko ibyo biribwa byabageragaho mu isoko rya Kamembe.Bwari ubuhahirane n’ubufatanye.None bibaye ibya wa mugani ngo « Iyo amagara atewe hejuru,buri wese asama aye ».

Muri uwo mukino usa n’intambara,abasifuzi bo barareba ku isaha,bategereje ko abashinzwe ubutabazi bakora akazi kabo.Icyangombwa kuri bo ni ukumenya iminota y’inyongera.Hagati aho ni nde uzatsinda?Hagowe umutoza utagifite abo gusimbuza!Urwanda rwo rushobora gukomeza kwiyambaza ibiribwa biva i Bugande no muri Tanzaniya.Ariko abanyenganda bamaze kwagurira ibikorwa byabo i Burundi,ntibabona ikibahoza amarira,dore ko ibyo boherezagayo byamaze kugwa ku kigero cya 40%.

By P.B

Kigali:Icyongeleza kirahatirwa intebe abandi bagitera umugeri

Hano muri Kigali hamaze kuba nko mu mahanga.Umuntu utavuga Icyongereza ntaba ari umunyamujyi.Bigeze n’aho Ikinyarwanda,ururimi rwacu kavukire rusigaye rwitwa urw’injiji n’abanyacyaro.Noneho n’abarimu ngo bagomba rwose kwirinda kuvuga Ikinyarwanda!

Ahandi usanga baba bakomeye ku ndimi z’ibihugu byabo,bagashyiraho n’uburyo bwo kugira ngo zivugwe henshi birenze imipaka y’igihugu.Uko bagenda barutana mu gukomera,ni nako n’indimi zabo zitabirwa. Nuko abemeye ubwo buhake bushya bagata ikirezi bakiyambika izo ncurikirane.Ntihari n’abatangiye gusimbuza Igishinwa indimi z’Iburayi,cyangwa Icyongeleza kigaharira Igiswahiri?

Hano iwacu ho,nsigaye ntangazwa n’uko iyo utwaye umuzungu mwerekeza muri Pariki y’Ibirunga cyangwa y’Akagera,mukavugana mu Cyongereza, akubaza niba igihungu cyanyu cyarakolonejwe n’Abongeleza.Noneho mwavugana n’undi Igifaransa,na we ntatinde kukubaza niba mwarakolonejwe n’Abafaransa.

Biratangaje rero kubona igihugu kitwa ko kigenga gikomeza gushyira imbere izo ndimi z’abakoloni kandi tuzi neza aho batugejeje.Ese byaba biterwa no kwisuzugura, cyangwa ni bwa bukene bwatwaritse no mu mitwe(pauvreté mentale),ku buryo ikintu cya bene Rutuku ari cyo kiba gifite agaciro?

Mu gihe Icyongereza kiri hafi gukurwa mu ndimi shingiro zikoreshwa mu nama z’Uburayi kubera BREXIT,hano i Kigali ho barakomeza kukibariza intebe.Si mu biro bya Leta gusa kuko no kwa muganga abatize aya vuba aha, bisigaye biba ngombwa kwitwaza umwana wize  « nayini »  ngo ababyeyi bamenye amabwiriza y’ibanze y’ibyanditse aho  mu Bitaro.

Rwose ibyo bintu byo kuvuna abo ubwira ubazanaho indimi batumva neza,abayobozi bakuru bacu bari bamaze kubicikaho.None byimukiye mu nzego z’ibanze no muri za serivisi zigenewe abenegihugu.Mbere abantu bibwiraga ko ari intambara hagati y’Icyongereza n’Igifaransa!Ubu se koko iyi myambi yadutse ku Kinyarwanda,yo yaba itewe n’iki?Tuzayikizwa n’iki?Turatabaza.Aho bukera,n’uzajya guhatanira akazi cyangwa isoko,arajya agomba gusubiza iki kibazo: « Do you speak English? »

By Nkubiyaho Joas/Gasabo

Abanyamerika bagenda barushaho kuba ibikuri!

Bisanzwe bizwi ko Abanyamerika ari ibihangange mu bintu byinshi,nko mu bukungu no mu by’intambara.Nyamara mu buzima no mu mibereho si ko bimeze.

Ugereranije n’abandi baturage bo mu bihugu bikize,ngo Abanyamerika bagenda barushaho kuba bagufi cyane, hafi yo kugera mu rwego rw’ ibikuri.

Igitangaje ni uko ngo mbere y’Intambara ya Mbere y’isi yose(1914)bari ku mwanya wa gatatu(abagabo)n’uwa kane(abagore).None muri iyi myaka( 2014), ubushakashatsi mu mikurire(auxologie)bwerekanye ko bageze ku mwanya wa 37(abagabo)n’uwa 42(abagore).

Abanyamerika 1Muri iyo myaka ijana ishize,ntibatakaje imyanya gusa,batakaje n’igihagararo mu burebure. Ubungubu,abagabo b’Abanyamerika bareshya na m 1,76 mu gihe Abaholandi bafite m 1,83 naho Abafaransa bakagira m 1,74.(Ku ifoto: Abaholandi, Abanyamerika, Abafaransa,Abayapani)

Impamvu y’ubwo busumbane ngo ishobora guturuka ku mirire(nutrition),ku miterere y’ubukungu cyangwa uburyo bugoye kandi buhenze mu kwivuza(accès aux soins de santé)cyane cyane ku bana n’abagore batwite

N’ubwo bimeze gutyo ariko,biragaragara ko Abanyamerika bakiri ku mwanya mwiza ugereranije n’ibindi bihugu bikize byo muri Aziya.Abayapani baza inyuma(m 1,71),ariko kimwe n’Abanyakoreya,birashoboka ko mu minsi iri imbere na bo bazaba basumba Abanyamerika!

By P.B

Ku munsi mukuru w’umuganura byari ibibazo gusa!

Iminsi mikuru iragwira!Twari twagize ngo uyu mwaka bazashyira mu gaciro babisubike. Ariko kuva ku wa mbere kugeza none ku wa gatanu(1-5/8/2016),ntawagohetse.Twe tukibaza niba hari umuntu muzima wakora umunsi mukuru w’umuganura kandi nta na busa yejeje?

Yego nyine ku maradiyo ntibasibaga kuvuga ko umusaruro atari uw’ubuhinzi n’ubworozi gusa!Ngo hari n’umusaruro w’ubwenge, uw’ikoranabuhanga, uw’inganda,uw’ubukorikori n’ibindi nk’ibyo…

Birumvikana ko ariyo mpamvu Umuganura wizihirizwa mu mijyi nka za Nyaza izo zigezweho. Byari kuba byiza iyo bavuga ko umuganura w’uyu mwaka ari uwo gutabarana,maze Uturere twejeje tugasangiza utwarumbije, naho imijyi ikaganuza ibyaro byayo ku musaruro wo mu nganda!

Inzara n'umuganuraUmwaka ushize ku munsi nk’uyu,twari twicaye twizihiwe,abantu ari benshi bishimiye kwerekana ibyo bejeje.Uretse gusangira ibyateguwe, abatejeje batahanye ifunguro ry’uwo munsi, ibyishimo ntibyahagararira mu nama!

Naho uyu mwaka ni ibibazo gusa.Umuyobozi wacu we yatwumije ngo n’ubwo ntabyo twejeje bigaragara,umutekano wo turawejeje ku bwinshi!Ngo nta cyaha na kimwe cy’urugomo cyangwa cy’ubusambo cyagaragaye mu Mudugudu wacu wa Kamuhoza!

Twahise dutera hejuru tuti  » Bwana Muyobozi,mu nda biracika!Umutekano w’aho wo ntubareba? » Kurya bamenyereye gutera ibipindi,ngo uw’ahongaho ntugoye, kuko buri wese yirwanaho bikajya mu buryo!

Kandi koko na we byasaga nko kwirwanaho ngo atange raporo ko umuganura wakozwe mu Mudugudu!Hagati aho ntibyatubujije kumara amasaha abiri n’igice twicaye maze buri wese agataha yibaza ngo uyu munsi ndarya iki?Abana ndababeshyeshya iki?Ngako akamaro k’amana y’iteshamutwe.

By Sam Kayisire/Rusizi

Sécurité au Burundi:le Gouvernement tacle la France

La France avait proposé à l’ONU d’envoyer plus de 200 policiers à Bujumbura pour assurer la sécurité de la population burundaise menacée par les criminels toujours non « identifiés ».

Par la voix de son ministre de la Sécurité publique,le Gouvernement du Burundi n’a pas caché son indignation.Faits et preuves à l’appui,le ministre a montré que le bilan sécuritaire est plus que positif de sorte que le pays n’aurait pas besoin de ces policiers.

Faisant allusion à l’insécurité qui prévaut déjà en France,Alain Guillaume Bunyoni en a profité pour tacler la France. C’est plutôt,pense-t-il, la France qui a plus besoin de ces forces étrangères afin de l’aider à ramener la sécurité sur son territoire.

La crise économique qui s’amplifie et la grogne de la population  n’ayant plus de devises,ne vont-elles pas le démentir et le plier à faire volte-face?

By P.B

Byarandenze:hashize igihe nifuza bizu

Uwo twashakanye ntakindeba.Ndamwegera akareba hirya.Tukiri bato twahuzaga urugwiro nkanezerwa.Nabibwirwaga n’ukuntu yampaga bizu(bisous)nkinjira mu nzu.Kubera ubwo bwuzu,ijoro ryabaga rigufi cyane.

Nyuma y’imyaka cumi n’ibiri tubana,ibintu byahindutse akayoberabagabo.Ngera mu rugo akarakara,nkagira ngo ni uko ntashye kare.Nagorobereza iyo, bikaba uko.Ubu ijoro risigaye rireshya n’inzira.

Byarandenze mba ndoga Macari!Koko ngere aho nifuza bizu kandi narashatse?Ninjya ahandi,bazavuga ko nataye urugo!Nindwana kubera agahinda,induru izavuga ngo dore umugabo wananiranye,maze bantaramireho mu Mugoroba w’ababyeyi!

Ndugarijwe pe!Mwebwe bakuru n’abo ingo zahiriye,nimungire inama z’uko nzabigenza.

Ni njye KAMALI J.Peter/Kicukiro

Umukecuru w’imyaka 80 aracyaterura ibiremereye!

Nk’uko tubikesha « Guiness des Records« ,Umunyamerikakazi Wilma Conner aracyatangaza abantu.Ku myaka 80 aracyakomeye kuri siporo ye yo mu buto.Yavutse tariki 9 gicurasi 1935,ariko na n’ubu aracyakina imikino ngororamubiri yo guterura ibiremereye (bodybulding).

Mu mwaka wa 2011 mu kwezi kwa munani yabaye uwa mbere muri Shampiyona y’abagore yabereye Colorado(USA),kandi ngo ntateganya kubihagarika agihumeka.Ngo bituma ahorana akanyamuneza.Abatikoza siporo bitwaje ko bashaje,yababera urugero.

By P.B