IGISWAHILI, urundi rurimi rw’ubutegetsi mu Rwanda

Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ryemera indimi eshatu:Ikinyarwanda,Igifaransa n’Icyongereza. None n’Igiswahili kinjiye mu ndimi z’ubutegetsi zemewe.

Ibi ni ibyasohotse mu Itangazo ry’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 12 Ukwakira 2016 aho mu ngingo ya 6 bavuga ko, mu Mishinga y’amategeko yemejwe harimo « umushinga w’Itegeko Ngenga rishyiraho ururimi rw’Igiswahili nk’ururimi rwemewe mu Butegetsi. »

Ntibizatinda kuba Itegeko

N’ubwo bikiri umushinga, ntibizatinda kuba Itegeko(ryasohotse mu Igazeti ya Leta). Kandi birumvikana, kuko abantu benshi basanzwe barukoresha mu mirimo na serivisi zinyuranye(igisirikari, igipolisi, amahoteli, abashoferi…)

kiswahili-1

Cyari igihe cyo guha agaciro indimi z’iwacu no gushyigikira izashobora guhuza abanyagihugu benshi, aho gukomeza kugendera ku z’abakokoloni. Nirwongererwa amasaha mu mashuri, bizatanga akazi kandi bigaragaze izindi mpano mu bakiri bato.

Gukingura amarembo yombi

Birazwi ko Igiswahili gikoreshwa cyane mu bihugu by’Uburasirazuba(Tanzaniya na Kenya)no mu Burengerazuba (Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo,RDC).

Kuzamura uru rurimi kuri iyi ntera,ni uburyo bwo kurushaho gukingurira Urwanda ayo marembo yombi:Uburasirazuba n’Uburengerazuba.Bityo abarukoresha bazarushaho kwisanzura muri ibyo bihugu nta pfunwe cyangwa bibwira ko ari ururimi rusuzuguritse.

Ntibizatugire Abaswahili!

Hari igihe abakora mu mifuka n’abatera za Gatarina babaga bavuga Igiswahili.Byatumaga barwita « ururimi rw’Abasungarere »(imburamukoro)ku buryo kurwiga byasaga n’ibigayitse.

Ahandi na ho ugasanga abarukoresha ari bene ba bantu bamenyereye gucurika abandi no kubacuza utwabo mu cyayenge cyangwa bakoresheje ubufindo(magie).

Ni ho baheraga babita « Abaswahili. »Umuntu wamushyiraho uburyarya akabimenya,akavuga ko « wamubereye Umuswahili. » N’ibi byo kwimika Igiswahili, ntibizatugire Abaswahili!

Tunashukuru mpango huu. Kwenda hadi mwisho!

By P.B

Kigali:Icyongeleza kirahatirwa intebe abandi bagitera umugeri

Hano muri Kigali hamaze kuba nko mu mahanga.Umuntu utavuga Icyongereza ntaba ari umunyamujyi.Bigeze n’aho Ikinyarwanda,ururimi rwacu kavukire rusigaye rwitwa urw’injiji n’abanyacyaro.Noneho n’abarimu ngo bagomba rwose kwirinda kuvuga Ikinyarwanda!

Ahandi usanga baba bakomeye ku ndimi z’ibihugu byabo,bagashyiraho n’uburyo bwo kugira ngo zivugwe henshi birenze imipaka y’igihugu.Uko bagenda barutana mu gukomera,ni nako n’indimi zabo zitabirwa. Nuko abemeye ubwo buhake bushya bagata ikirezi bakiyambika izo ncurikirane.Ntihari n’abatangiye gusimbuza Igishinwa indimi z’Iburayi,cyangwa Icyongeleza kigaharira Igiswahiri?

Hano iwacu ho,nsigaye ntangazwa n’uko iyo utwaye umuzungu mwerekeza muri Pariki y’Ibirunga cyangwa y’Akagera,mukavugana mu Cyongereza, akubaza niba igihungu cyanyu cyarakolonejwe n’Abongeleza.Noneho mwavugana n’undi Igifaransa,na we ntatinde kukubaza niba mwarakolonejwe n’Abafaransa.

Biratangaje rero kubona igihugu kitwa ko kigenga gikomeza gushyira imbere izo ndimi z’abakoloni kandi tuzi neza aho batugejeje.Ese byaba biterwa no kwisuzugura, cyangwa ni bwa bukene bwatwaritse no mu mitwe(pauvreté mentale),ku buryo ikintu cya bene Rutuku ari cyo kiba gifite agaciro?

Mu gihe Icyongereza kiri hafi gukurwa mu ndimi shingiro zikoreshwa mu nama z’Uburayi kubera BREXIT,hano i Kigali ho barakomeza kukibariza intebe.Si mu biro bya Leta gusa kuko no kwa muganga abatize aya vuba aha, bisigaye biba ngombwa kwitwaza umwana wize  « nayini »  ngo ababyeyi bamenye amabwiriza y’ibanze y’ibyanditse aho  mu Bitaro.

Rwose ibyo bintu byo kuvuna abo ubwira ubazanaho indimi batumva neza,abayobozi bakuru bacu bari bamaze kubicikaho.None byimukiye mu nzego z’ibanze no muri za serivisi zigenewe abenegihugu.Mbere abantu bibwiraga ko ari intambara hagati y’Icyongereza n’Igifaransa!Ubu se koko iyi myambi yadutse ku Kinyarwanda,yo yaba itewe n’iki?Tuzayikizwa n’iki?Turatabaza.Aho bukera,n’uzajya guhatanira akazi cyangwa isoko,arajya agomba gusubiza iki kibazo: « Do you speak English? »

By Nkubiyaho Joas/Gasabo

%d blogueurs aiment cette page :