Mutagatifu Athanase:Ingabire yo kutarambirwa!

Kuko amatariki ye y’amavuko atazwi neza,bakeka ko Athanase yavutse hagati ya 296-298.Yavukiye Alexandrie ya Misiri,aho yabereye n’Umweiskopi igihe kirekire.

Azwi cyane mu kurwanya ubuyobe(hérésie)bwashakaga kwemeza ko Yezu atari Imana(contre sa Divinité)kandi ko niba ari Imana atari Umuntu(contre son Humanité).

Iryo tsinda ry’ubwo buyobe ni ryo ryaje kwitwa arianisme kuko ryari riyobowe n’umupadiri witwa Arius.Ryatizwaga umurindi no kuba rishyigikiwe n’abagenga b’iyi si,cyane cyane abami batifuzaga ko abepiskopi n’Abapapa babasumbya ububasha.

Ubwo yatorerwaga kuyobora Kiliziya ya Alexandrie,abamurwanya,barimo n’umwami Constantin,barushijeho kuba benshi no kugwiza ubukana.Bageze n’aho bamurega gufata ku ngufu umugore wemezaga ko amuzi neza,nyamara mu rubanza amwitiranya n’umwe mu bapadiri ba diyosezi ye.

Ntibyahagarariye aho, kuko banamureze kwica umwepiskopi mugenzi we akamutema ukuboko.Ubwo yari ageze imbere y’abacamanza,Arsène yaregwaga ko yishe yigaragaje ari muzima,anerekana amaboko ye,maze abamuregaga babura iyo bakwirwa.

Ibyo bigeragezo ntibyamubujije kumara imyaka igera kuri 46 ku buyobozi bwa Kiliziya,kuva tariki ya 8 Kamena 328 kugeza tariki ya 2 Gicurasi yitaba Imana muri 373.

N’ubwo iyo myaka atari mike,imyinshi yayimaze mu bwihisho(clandestinité)no mu buhungiro(5 exiles).Abo yabaniye neza batumye abanzi be batagera ku ntego yabo yo kumwica.

Nta gushidikanya ko ubuzima bwe bwose ari inyigisho ku mbuto z’ukwemera gushinze imizi muri Kristu,n’iz’ingabire yo kutarambirwa(ténacité et constance.)Ubwe yarivugira ati(citation): »Celui qui va vers Dieu ne s’éloigne pas des hommes,mais se rend plutôt proche d’eux »

Twifurije umunsi mukuru mwiza abamwiyambaza bose.

By B.P

Izina yahawe rituma aba uwacu?

Abakristu ni benshi kandi banyuranye.Bamwe basenga ku Isabato,abandi bakazinduka ku cyumweru.Baba banyuranamo birukira muri izo nsengero.Abo kandi na bo ni abakemera ko ari aba-Kristu,wawundi ubahamagara.Nk’uwitaba inshuti,ntibamwima amatwi kandi abakunda.Muri uko kwiruka,baba bagiye kumva icyo Imana ibabwira.

Uko kunyuranya ni ko gutuma twibaza niba izina yahawe ari ryo ribitera.Bamwe bati ni « Yezu »,abandi bati ni « Yesu »!Nuko rukabura gica.Nyamara ugusenga nyako ni ugufafasha buri wese kumva ko umuhamagaro we ugomba kugirira abandi akamaro aho kubigizayo.Izina rya Yezu/su nirifashe n’undi kuba uwacu aho kumubuza amahoro n’amahwemo.

Tubizirikane kuri iki cyumweru gitangiye ibihe bisanzwe(temps ordinaires) bya nyuma y’iminsi mikuru ya Noheli kandi kiturarikira guhimbaza ubumwe bw’abemera(semaine de l’unité des chrétiens,18-25 janvier).Reka duhere ku isomo rya kabiri:

« Njyewe Pawulo,watorewe kuba intumwa ya Yezu Kristu,uko Imana yabishatse,hamwe n’umuvandimwe wacu Sositeni,kuri Kiliziya y’Imana iri i Korinti,ariyo mwebwe abatagatifujwe muri Yezu Kristu,mugahamagarirwa kuba intungane hamwe n’abandi bose biyambaza,aho bari bose,izina rya Nyagasani Yezu Kristu,Umwami wabo n’uwacu:tubifurije ineza n’amahoro biva ku Mana,Umubyeyi wacu,no kuri Nyagasani Yezu Kristu« (Kor.1,1-3)

 

Uwaba afite akanya yakongeraho isomo rya mbere(Iz. 49,3.5-6)maze akikuuza Ivanjili(Yoh.1,29-34)niba ashaka guhamya no gushyira ku mugaragaro imbaraga n’ineza akesha batisimu yakiriye muri Kristu Yezu.

Icyumweru cyiza kuri buri wese.

By P.B

Noheli buri mwaka si uguta igihe:ya mva ntiyarimo ubusa!

Noheli si isabukuru gusa

Bamwe batekereza ko Noheli ari nk’izindi sabukuru z’amavuko(anniversaire). Abadakunda kwizihiza bene izo sabukuru bahitamo kwiyicarira iwabo,bakagereka akaguru ku kandi,habe no gusohoka.

Nyamara n’ubu na bwo ni ubundi buryo bwo guhimbaza Noheli bafata igihe cyo kwibuka ko batazaruhukira mu mva!Ukwigira umuntu kwa Jambo(incarnation)gucira amarenga buri wese ngo « ibuka ko uri umuntu! »kandi ko byose bigira intangiriro(n’iherezo).

Ku rundi ruhande ariko,ubucuruzi bujyana n’iminsi mikuru ya Noheli butera bamwe kurungurirwa.Ihururu ry’iyo minsi mikuru bakarirambirwa.Hari n’abibwira ko Noheli ya buri mwaka ari uguta igihe no kwaya bitari ngombwa.Bakeneye kumva ukuntu Noheli atari isabukuru gusa.

Imva ya Yezu igiye kubyerekana

Nyuma y’imyaka 200,imva ya Yezu yongeye gukingurwa.Ubwa mbere ni igihe abigishwa be(abagore!) basangaga ikinguye,maze Malayika akababwira ko Yezu yazutse(Mt 28,6).Kuva icyo gihe iyo mva yararinzwe bikomeye kugira ngo hatagira abayangiza cyangwa bagasibanganya ibimenyetso.

Ibyo kuyifungura byari biherutse mu mwaka wa 1810.Ni bwo abashakashatsi b’ibyakera(archéologues)bagerageje kongera kwinjira muri iyo mva Ibitabo bitagatifu bitubwira ko ari yo Yezu yahambwemo.Icyo gihe ariko, abo bahanga ntibanyuzwe n’ibyo babonye.

Ko mu kirugu hari akarusho

Uyu mwaka byabaye ibindi.Ibyari amabanga y’ukwemera bigiye kwemezwa n’iminsi n’ibihe.Abatemeraga ko ukwemera kwacu gufite ishingiro risumba ibisanzwe ,bagiye kuva ku izima.
Isomere: La tombe de Jésus révèle ses secrets
Ko Yezu yavutse,byo ntibabishidikanyaho.Kuba yarazutse koko, ni byo bashaka kumenya ikirugu-1kandi ni byo biha agaciro cya kirugu yavukiyemo.Ni yo mpamvu bibashishikaje. Nibabigeraho bazatangazwa n’ukuntu mu kirugu ariho abemera basanga akarusho nk’uko isomo rya kabiri ryo ku munsi wa Noheli ribivuga:

« Yezu uwo ,asumba abamalayika kuko n’izina yahawe ritambutse kure ayabo.Koko rero,ni nde wo mu bamalayika Imana yigeze ibwira iti  »Uri Umwana wanjye;ni njye wakwibyariye uyu munsi’?Cyangwa se iti « Nzamubera umubyeyi,na we ambere umwana »?Kandi igihe yohereje imfura yayo ku isi,yaravuze iti »Abamalayika bose b’Imana bazamupfukamire »(He 1,…4-6)

Twebwe abadasumba abamalayika,niba amavi akibitwemerera,uyu ni wo munsi!Noheli nitubere munsi mukuru koko, aho abakera n’ab’ubu basimbagizwa n’ibyishimo(bondissent de joie)kubera ukwemera kubatera guharanira amahoro no kubaho mu ituze risesuye.

Bityo,n’umwaka wa 2017 uzatubera muhire,buhoro buhoro twirebere uko ugenda utembamo amata n’ubuki.Mu kwizera kudatamaza…

By P.B

Noël à contresens:Le Père Noël descendait du ciel de Montreuil

pere-noel-a-montreuil-jpg1Une grande foule bigarrée attendait les yeux tournés vers le ciel de cette église de Montreuil sur Ille.Leur nombre chassait l’effroi du froid de cette soirée de samedi 10 décembre.

Eux,ils n’ont pas voulu entendre « l’histoire de la messe ». Ils attendaient dehors.Ce soir là,le Père de Noël  allait descendre du ciel.C’est marrant.A l’intérieur de l’église,ils n’étaient qu’une cinquantaine.

Pressé pour assister à cet événement,un couple roulait à contresens.Quand les policiers l’ont arrêté,il s’est exclamé: »C’est Noël,et le Père Noël va descendre là-bas. » Les policiers se sont mis à rire aussi: « Vous fêtez Noël à contresens? » Voici le cadeau qui vous indiquera le vrai Noël:contravention à payer sous 48 heures.

Ce couple a-t-il compris la leçon?Le Père n’avait pas besoin de descendre.Ni le jour,ni la nuit.Il a envoyé son Fils,Jésus, qui ne pouvait pas se perdre d’autant qu’il est vraie lumière.Que viendrait chercher le Père Noël?Donner des cadeaux,direz-vous. Pour cela,  nombreux sauront conduire à contresens.

By P.B

Mutagatifu Yohani w’Umusalaba

Dore umutagatifu wadusangije amabanga y’umusalaba wa Kristu mu buzima bwa roho y’umuntu ushishikajwe no kwegera Imana.

Yuan de Yepes Alvarez yavutse tariki 24 Kamena 1542 mu gihugu cya Espagne,ahitwa Fontiveros hafi y’umujyi wa Avila.Afite imyaka 3 gusa yapfushije se(1545)arerwa na nyina ku buryo bugoranye.Ibi byatumye ahora atekereza ku mpfubyi no ku nzira idashobora kuzibagiza Imana mu bihe bikomeye(La Nuit Obscure).

Nyuma y’amashuri ye ya Filozofiya,Indimi n’Ubuvanganzo,yinjiye mu muryango w’abihayimana b’Abakarume(Carmes),ahabwa ubupadiri mu 1567,ariho yafatiye izina rya Yohani w’Umusalaba,ubwo yakoraga amasezerano ya burundu.Mu misa ye ya mbere ni bwo yahuye na Thérèse wa Avila wamugejejeho icyifuzo cyo kuvugurura umuryango wabo ukagira amaraso mashya.

Yarabyemeye,ariko ubwo buryo bwo gukorana bwamuviriyemo ibitotezo no gufungwa n’abakuru batakozwaga iby’ayo mavugururwa(réforme).Ntiyigeze abarakarira kuko batumvaga aho ibanga ry’ukwemera riri(mystère)ku muntu ushaka kwegera Imana by’ukuri.Nguko uko umusalaba wa Kristu wahinduye ubuzima bwe.Yatabarutse arwaye kandi ananiwe cyane tariki ya 15 Ukuboza 1591.

Hari ingingo yagarukagaho kenshi mu nyigisho ze zadufasha(citations):

 

« Toute inquiétude est vanité »

« Dieu perfectionne l’homme en se conformant à la mesure de l’homme »

« Cherche ton Époux dans la foi et l’amour,sans prendre en rien ta jouissance,sans rien goûter,sans rien entendre au-delà de ce que tu dois savoir.La foi et l’amour sont les deux conducteurs d’aveugle qui te mèneront,par des chemins inconnus de toi,jusqu’aux secrets abimes de Dieu »

« Dieu ne communique jamais la sagesse mystique sans y joindre l’amour par lequel elle se répand »

« Le détachement des objets terrestres donne de ces objets même une connaissance plus claire,qui permet d’en bien juger tant naturellement que surnaturellement. »

« La foi illumine avec ses ténèbres,les ténèbres de l’âme. »

 

Umunsi mwiza no ku bitwa ba Odile

By P.B

Kubaho ni amayobera

Ngo Imana ntirenganya!Ariko ubuzima bw’abayo buranyuranye cyane.Kubaho kuri bamwe birenze amayobera y’ukwemera.

Uriya mukobwa akiri muto baramurebaga bagaseka ngo nagende ni mubi, azapfa nta mugabo abonye!None dore bamwe b’ibishongore yabatanze kurushinga,aratunga kandi araheka.

Umukobwa n’umugabo bakennye bagira ibanga ryabo ryo kubaho ribera benshi amayobera

Uwo mugabo mureba,atunzwe no gutega amafuku!Bene imirima arayabakiza,akabaca amafaranga y’umubyizi,na ya mafuku bakayamurekera ngo niyitwarire azikirire!Yagera mu rugo abana bagaseka!Abamubona agenda bagahora bamubaza ngo ko udahinga ukaba utarwaza bwaki,ubayeho gute?Igisubizo cye cyababereye amayobera kuko cyumvwa na bake: kubaho kwanjye ni ibanga rya Binenwa.

Sembeba na Samusuri basigaye ari imfubyi,abantu bibwira ko ibyabo birangiye,ko batazapfa bibeshejeho cyangwa ngo bumvikane.Ababyeyi babo bakiriho,buri wese yari iyizimiza ikicyura.Batoraga batamira nta kuzigama,icy’agaciro babonye bakakiraha nk’abihahiye.

Igihe cyo kwirwanaho cyarageze baca akenge,basanga ntacyo bageraho badashyize hamwe.Ntibyatinze icyo cyemezo kirabahira,none babarirwa mu baherwe.Abababonye barabirahira,ngo ubuzima ni amayobera koko,ntawakeka ko bene naka bakikurayo,na bo baka abagabo.

Sikubwabo yajyaga kwiga yaziritse umugozi mu nda.Kubera imibereho mibi,amashuri ayarangiza zahize.Nk’ibisanzwe aherekeza abandi mu manota.Ubwo abahisi n’abagenzi bamusekaga ngo ntakiri mu mutwe,we yari yishimiye urwo rufunguzo atahanye mu ntoki.

Impfubyi kimwe n’abakijijwe mu kwemera,iyo ubuzima bubagoye bakomeza kubaho, abatabyumva bakabona ari amayobera

Ntiyatinze kubimenya,ubu nta rugi rukimukanga.Ntiyihaye ibyo gutegereza ko mwene Ngofero ahamagarwa.Yarihagurukiye ubwe yihagararaho.Abamusekaga iyo bahuye, ni we ubagurira,bagera hirya bakazunguza umutwe ngo turabyemeye burya koko ubuzima ni amayobera.Ngo ariko uriya uramwibuka yambaye incurikirane?

Kubera guhora mu masengesho, urugo rwabo rwari rwarabaye Bagiramenyo.Ariko Imana basenga yari yarabarinze gusabiriza.Abandi babaryaniraga inzara ngo kuki Iyo Mana biruka inyuma itabakiza?Bene ayo magambo ntiyabaciraga umwenda.Ubwo baherutse i Kibeho,bavuyeyo akanyamuneza ari kose.Ubuhamya batanze ni uko n’ahabaye amabonekerwa, abaho bose batabayeho kimwe.Ibi na byo ni amayobera.Aho Imana ntiyaba irenganya?

Abari mu bisubizo murabivugaho iki?

By P.B

Ari amanywa cyangwa ijoro, igikomeye ni ikihe?

Iki ni ikibazo umuntu yakwibaza ahereye ku isomo rya kabiri ryo kuri iki cyumweru cya mbere cya Adiventi,aho Pawulo aduha inama nk’izo yageneye Abanyaroma(Rm 13,11-14a):

« Cyane cyane mumenye ko aya magingo turimo,ari igihe cyo gushiguka mu bitotsi,kuko ukurokorwa kuturi hafi ubu ngubu kurusha igihe twakiriye ukwemera.Ijoro rirakuze umunsi ugiye gucya.Nitwiyake rero ibikorwa by’umwijima maze twamabare intwaro z’urumuri.Tugendane umurava nk’abagenda ku mugaragaro(amanywa),nta businzi,nta busambanyi,nta biterasoni,nta ntonganya,nta shyari.Ahubwo nimwiyambike Nyagasani Yezu Kristu. »

Ngo « ubara ijoro ni uwariraye ».Abarara bahagaze cyangwa babunza imitima bukarinda bucya,ku mpamvu zinyuranye,bazi neza uko biyambaza Yezu ndetse na Nyina ngo babone umuti n’igisubizo.

Ku manywa ho,ibisubizo byose aba ari bimwe:nta kibazo,ni sawa…Abenshi basubiza batyo nk’abadafite igihe.Abandi igihe kibabana kirekire pe,bukanga kwira kuko babuze uko bagira.Bwakwira nanone bugatinda gucya,ijoro rikareshya n’inzira.

Abakubitira abana kuryama kubera inzara,ntibaba bazi niba ababo bari bubone ibitotsi.Babigenza gutyo kuko baba batekereza ko ari byo byonyine byabatabara.Hari n’abadashobora kwiyaka biriya bikorwa by’umwijima kuko ari byo bituma bagoheka.Ni bwo bamwe bagasoma bakakuzuza ibondo kuko bazi ko mu rugo nta kindi bari buhasange cyo gushyira mu nda.

Ababyeyi babuze ayo bacira n’ayo bamira kubera amarira y’abana, hari ubwo bakizwa n’intonganya za wa mugabo utaha yivovota,abana bamwumva bakagira ngo ni intare, maze buri wese akirukira mu kirago,ni uko ibitotsi bikamutwara ku ngufu,agasinzira atabishaka.

Kuva mu bitotsi nk’ibyo ni ugushaka igisumbyeho no guhindura ingendo.Uwo wahungaga cyangwa bahungaga,azitoza gusangira no gutega amatwi ikibatera ayo amarira.Abasinzira ku manywa kuko baraye bakanuye ijoro ryose, bazamenyeraho igikomeye gikwiye gukurwaho.

Uwabafasha ni uwasubiza aka kabazo k’amayobera(devinette): nshobora kugenda ijoro n’umunsi ntataye umurongo.Haba hashyushye cyangwa hakonje,nta gisibya nkomeza urugendo.Abanjye,iyo mbiyeretse bakangutse baranyurwa.Ubwo ndi nde?

Icyumweru cyiza kuri buri wese.
By P.B

Le jeune Cardinal,signe de la miséricorde en Centrafrique

Le Cardinal Dieudonné Nzapalainga, archevêque de Bangui, en Centrafrique , est le plus jeune parmi les 17 nouveaux cardinaux.A 49 ans,il devient le signe de la miséricorde qui surabonde là où les conflits sont abondants.

Selon Radio Vatican(19/11/216),parmi les 17 nouveaux cardinaux créés ce 19 novembre par le Pape François, se détache la figure du cardinal Dieudonné Nzapalainga. L’archevêque de Bangui, en République centrafricaine, un religieux spiritain de 49 ans, est devenu en quelques années une figure de rassemblement dans un pays fracturé par une guerre civile et une instabilité politique chronique.

Il n’a pas agi seul.C’est avec tous les autres religieux qu’il est devenu le prophète de la paix dans ce pays fracturé et déchiré

En lien avec l’imam Oumar Kobine Layama, président du Conseil Islamique, et le pasteur Guerekoyame-Gbangou, président de l’Alliance évangélique, l’archevêque de Bangui a fondé la Plateforme de Paix interreligieuse de Centrafrique, qui a permis de mettre fin aux massacres perpétrés par des milices, alors qu’en 2013 et 2014, le risque d’un conflit interethnique et interreligieux semblait se profiler. Autre évolution dans laquelle les chefs religieux ont joué un rôle décisif : le retour à une stabilité institutionnelle, avec l’organisation d’élections en 2015 et 2016.

Encouragé dans ses efforts par la visite du Pape François en novembre 2015 dans son pays, où le Pape avait symboliquement ouvert la première Porte Sainte du Jubilé de la Miséricorde à la cathédrale de Bangui, le cardinal Nzapalainga entre maintenant dans le Sacré Collège, et dans l’histoire, devenant le premier cardinal de ce pays considéré comme l’un des plus pauvres et les plus isolés du monde.

Il a toujours été soutenu par le Pape François.Le créer Cardinal, c’est reconnaître aussi ses efforts

Catholiques,protestants et musulmans, sont venus l’entourer à Rome à l’occasion de ce consistoire.Sa présence dans ce Sacré Collège est un signe de la miséricorde qui surabonde en Centrafrique alors que les conflits y sont abondants.Écoutons la joie de ce nouveau  jeune Cardinal et les fondements de son espoir.

Vatican et le jubilé des sans abris

Le jubilé des sans abris est, pour le Pape François,un des exemples des oasis de miséricorde et le rappel de l’action préférentielle pour les pauvres qui doivent défendre leur dignité.

Le pape François multiplie les initiatives éclaircissant les oasis de miséricorde.Ainsi,du au 11 au 13 novembre,il a souhaité célébrer le jubilé des sans abris.

Nous les pauvres, à Rome avec François

Tel est le thème retenu pour ce jubilé vécu juste avant la clôture de l’année de la miséricorde.Ils sont 4000, hommes et femmes, venus de 22 pays européens pour faire ce pèlerinage coordonné par l’association française « Fratello ».

Les pauvres sont ,et ont été toujours au cœur de l’Église.

Après avoir écouté 2 témoignages(1 Français et 1 Polonais),le Pape a demandé pardon en ces termes:

« Je vous demande pardon, quand des chrétiens, en rencontrant un pauvre,tournent le regard de l’autre côté. »

Défendre notre dignité

Certains sont des gens de la rue depuis longtemps.Ces « sans toit » nous apprennent,poursuit le Pape,non seulement à ne pas nous satisfaire de nos richesses, mais encore à « défendre notre dignité. »

François n’a pas manqué de reconnaître que les riches sont tentés d’exploiter les plus pauvres. Absolument, ce sentiment de dignité les poussera à refuser toute forme d’esclavage.

C’est un message qui rejoint celui de Jésus dans l’Évangile de ce dimanche:

« Prenez garde de ne pas vous laisser égarer…c’est par votre persévérance que vous garderez votre vie. »(Lc 21,8.19)

La rencontre du Pape avec les sans abris est l’occasion de les exhorter à défendre leur dignité.

Toutes les mains tendues et brandies sur la soutane du Pape,leur rencontre s’est achevée par cette prière:

« Dieu Père de nous tous, de chacun de tes enfants, je te demande que tu nous donnes de la force, de la joie; que tu nous enseignes à rêver pour regarder de l’avant , que nous soyons solidaires, que tu nous aides à défendre notre dignité, tu es le Père de chacun de nous. »

Bon dimanche à toutes et à tous!

By P.B

Kuvuga icyaha cy’undi burya ni icyaha!

Ntahandi hasigaye ibyaha uretse mu Nkiko Mpanabyaha(Tribunal pénal).Mu madini ho byaracitse rwose.Muri ibi bihe,nta mukozi w’Imana washaka abayoboke ari umugenzacyaha ngo ababone.N’iyo baje uwo munsi,buracya ntibagaruke.

Impamvu nta yindi ni uko kuvuga icyaha cy’undi burya ari icyaha.Mu rukiko ni ho umuntu aregwa n’undi.Mu by’iyobokamana,umuntu ni we wirega,akavuga cyangwa akatura icyaha cye.

Kandi no mu buzima busanzwe,uwahera ku bibi ukora,n’ubwo yaba ari incuti yawe kari ijana,ntimwakomezanya urugendo munezerewe.N’iyo mwarufatanya,mwaba murebana ay’ingwe,no kumwemera bikagabanuka.

Aha ni ho amasomo yo kuri iki cyumweru adufashiriza,cyane cyane irya mbere,aho Nyir’ukuturema atworohera ngo atongera umuzigo kuri ibyo byaha bisanzwe n’ubundi bituremereye.Tubyumve:

Koko Nyagasani,isi yose iri imbere yawe,nk’agakungugu katahungabanya umunzani cyangwa nk’agatonyanga k’urume kaguye ku butaka.

Nyamara ugirira bose impuhwe kuko ushobora byose,ukirengagiza ibyaha by’abantu kugirango babone kwisubiraho.Ukunda ibiremwa byose kandi nta na kimwe uhigika mu byo waremye,kuko iyo ugira icyo wanga,utari kwirirwa ukirema.

None se ni ikihe kiremwa cyari kubaho utabishatse?Cyangwa se ni ikihe cyari kurokoka utakibeshejeho?Utuma byose birokoka kuko ari ibyawe,wowe Mugenga w’ubugingo,kandi n’umwuka wawe uzira gushanguka,uri mu biremwa byose.

Bityo ugenda buhoro buhoro uramira abaguye,ukababurira,ubibutsa ibibatera gucumura,kugira ngo bigobotore ikibi maze bakwemere, Nyagasani(Ubuhanga 11,22-12,2).

Amasomo yandi ni aya:2Thes.1,112,2);Lc19,1-10).
Wowe witeguye kumwakira iwawe uyu munsi nka Zakewusi,tukwifurije icyumweru gihire muri iyo nzu yasusurukijwe n’impundu z’ibyishimo.

By P.B

Ibyanditswe Byera hari icyo byamarira umuntu muzima?

Muri ibi bihe,bisa n’aho ukwemera gushingiye ku Ijambo ry’Imana kwabaye intwaro y’abakene,abanyantege nke n’abarwayi,rimwe na rimwe ndetse igahekwa n’abatekamutwe n’ibyihebe.

Kubera izo mpamvu zose,bamwe ntibatinya no kukubaza ngo « Urumva ukwemera kwamarira iki? Kugira ngo umuntu abeho koko, akeneye Ijambo ry’Imana? »

Umwe mu bibazaga gutyo, nabonye nta kundi namugira(faute de le raisonner) musaba ko twasomera hamwe agace gatoya k’Ibyanditswe.Iryo Jambo ry’Imana ritamukuye ku izima,ni isomo rya kabiri ryo kuri iki cyumweru(2Tim.3,14-4,2).Turyumve:

« Wowe,gumya kwibanda ku byo wigishijwe kandi wakiriye udashidikanya.Uzi neza uwo ubikomoraho;kandi kuva mu buto bwawe wamenye Ibyanditswe Bitagatifu;ni byo bishobora kukubera isoko y’ubuhanga bukuganisha ku mukiro ubikesheje kwemera Kristu Yezu.

Icyitwa Igitabo gitagatifu cyose cyahumekewemo n’Imana kandi gifite akamaro mu byerekeye kwigisha,no kuvuguruza ubuyobe,gukosora no gutoza umuntu iby’ubutungane;bityo umuntu w’Imana wese akabasha kuba igihame kandi akabona intwaro zimufasha gukora icyiza. »

Uwo iri Jambo ritabuza kuba muzima,mwifurije kurigira intwaro ye muri iki cyumweru.

By P.B

Papa Fançois arashishikarizwa gukoresha na Facebook!

Nk’abandi bacuruzi,uwashinze Facebook yifuza ko ibikorwa bye bigera kuri benshi.Ubwo Papa François yamwakiraga tariki ya 29 Kanama 2016,Mark Zuckerberg yamushishikarije gukoreha na Facebook nk’uko abigenza kuri Twitter na Instagram.

We n’umugore we Priscilla Chan,baganiriye na Papa ukuntu ibi ikoresho by’ikoranabuhanga byafasha mu kurwanya ubukene himakazwa umuco wo gusabana no kwizera,cyane cyane ku badafite kivurira.

Lire: Le Pape François et le fondateur de Facebook

Papa François najya kuri Facebook azakurikirwa n’abangana iki?Tubitege amaso.

By P.B

La miséricorde, une théorie à brandir pour l’année du Jubilé?

Dans un message vidéo adressé aux évêques, prêtres, religieux et laïcs qui participent à Bogota en Colombie à un congrès jubilaire organisé du 27 au 30 aout 2016, dans le cadre de l’Année de la miséricorde, par le Conseil épiscopal latino-américain, le Celam et la commission pontificale pour l’Amérique latine, en collaboration avec les évêques américains et du Canada, le Pape François développe l’idée de la miséricorde qui doit se montrer dans toute l’action pastorale et missionnaire.

Pour notre Pape,«La miséricorde n’est pas une théorie à brandir : « Ah ! Maintenant, c’est la mode de parler de miséricorde en raison du Jubilé, donc on la suit. » Non, ce n’est pas une théorie à brandir afin que notre condescendance soit applaudie, c’est plutôt l’histoire de nos péchés dont il faut nous rappeler. Lesquels ? Les nôtres, les miens, les tiens. C’est un amour qu’il faut louer. Lequel ? Celui de Dieu qui m’a montré sa miséricorde».

la miséricorde est donc «une manière concrète de toucher» la fragilité de l’autre, de se faire plus proches des autres :
«C’est une manière concrète de se rapprocher des personnes là où elles se trouvent, de donner le meilleur de nous-mêmes pour que les autres puissent se sentir ‘soignés’, loin de l’idée que dans leur vie la dernière parole soit dite. Soignés pour que ceux qui se sentent écrasés par le poids de leurs péchés, se sentent soulagés parce qu’ils reçoivent une nouvelle possibilité».

Dans une culture «fragmentée», «du rejet» et contaminée par l’exclusion, toute l’action de l’Église, se «joue» sur cela : c’est notre «unique devoir», prendre soin les uns des autres avec miséricorde. Il faut être des pasteurs qui soignent pour «renforcer les parcours d’espérance» et non qui «maltraitent». Cela doit apparaître dans nos catéchèses, dans nos séminaires, dans nos activités missionnaires, dans nos plans pastoraux, conclut le Pape. Car, sans cela notre pastorale sera «tronquée à mi-chemin».

A lire : La miséricorde au cœur de toute action pastorale

By P.B

Rwanda: ubwinshi bw’amadini ni ikimenyetso cy’iterambere cyangwa ni icy’ ukwiheba gukabije?

Mu mijyi yose,cyane cyane uwa Kigali,wagira ngo Imana zabaye nyinshi.Ureba amatorero n' »amachurch » byuzuyemo,ibintu bikagucanga pe!Hakubitiraho imihango ya buri kanya y’abagizwe ba Bishop cyangwa ba « Apotre » ugashoberwa.

Itegeko ryarabyoroheje

Mu Rwanda, kwandikisha idini ni nko kwandikisha company y’ubucuruzi.Ikigo cy’Imiyoborere myiza(RGB) cyarabyoroheje nk’uko RDB(Iterambere) yorohereza abashaka gushora imari yabo mu gihugu.

Kuva Itegeko n°06/2012 ryo ku wa 17/02/2012 rigena imyandikishirize y’amadini ryajyaho,ngo hamaze kwemererwa arenga 1000.Ayo mu mujyi wa Kigali abarirwa muri 685;ku baturage 1 200 000, birumvikana ko hari n’iritagejeje ku bayoboke 2000. Bamwe babiheraho bibaza niba iri tegeko ritarabaye imvano y’akajagari.

None se bizabe impamo ko n’abanyamadini na bo ari abashoramari nk’abandi?Aho si byo bituma ayo madini asigaye agaragara nka « business » zose zisanzwe,aho kwita ku mibabaro n’agahinda by’abakeneye guhumurizwa?

Kiliziya Gatolika yahakuye isomo

Uwo mubyigano,hari abibwira ko ari uburyo  bwo gucecekesha Kiliziya Gatolika yari yarihariye isoko mu myaka itari mike.Ngo byatumye abantu bagenda bayishiraho,ku buryo n’Abasenyeri baruciye bakarumira,bagaharira Rugari ba Apôtre!

Abongabo, n’ubwo ntawabibarenganyiriza, hari icyo bibeshyaho.Icyiza cy’ibi bintu, ntiwabona uko ugipima.Twabigereranya n’amategeko n’inama bya Agoronome yo kwicira imyaka no kuyikonorera:bituma umuhinzi yongera umusaruro kandi byagaragaraga nko kumwangiriza. Buriya buryo rero bugirira neza Kiliziya Gatolika,kandi na yo yahakuye isomo.

Amadini menshi yasimbuye amashyaka!

Mu myaka ya 1991,hadutse  inkubi y’umuyaga w’icyo bitaga « Amashyaka menshi ».Icyongicyo, ubu gisa  nk’ikibagiranye.Ni nk’aho ayo mashyaka yasimbuwe n’amadini menshi.

Kuvuga ko ayo madini yasimbuye amashyaka menshi,si ukutamenya ko, ingingo ya 5,mu gika cyayo cya 3 cya rya tegeko rigenga amadini, « itayemerera kugira ibikorwa byo guharanira kugera ku butegetsi nko gushakisha inkunga cyangwa gukoresha ibiganiro bigamije gushyigikira imitwe ya politiki cyangwa umukandida wa politiki, kwandikisha cyangwa gukoresha ubundi buryo bushyigikira abakandida bashaka kujya mu buyobozi bw’igihugu. »

Ikigaragara ni uko kuva hajyaho Itegeko ngenga n°10/2013 ryo ku wa 11/07/2013 rigena imikorere y’Imitwe ya politiki n’Abanyapolitiki,nta hantu havugwa umubare w’amashyaka amaze kwemererwa, nk’uko byagenze ku madini.Ese, nta banyapolitiki baraboneka, cyangwa ni uko amashyaka atarafatwa nka business?

Nyamara ingingo ya 3 y’iri tegeko,ivuga ko »Imitwe ya politiki yemerewe gushingwa no gukorera mu bwisanzure. » Ngo « igomba kugira uruhare mu gufasha Leta kugera ku ntego ihoraho yo gukorera abaturage. »

Iri ni irindi hurizo

Niba se koko Leta igomba gufashwa,icyatumye amadini yoroherezwa nticyari gikwiye no gukomereza ku mashyaka ya politiki?Kuba mu itegeko byitwa « imitwe ya politiki« aho si uko abanyapolitiki bacu bakiri abatekamutwe?

Bibaye ari byo,ntibyaba bigoye.Nk’uko n’ubwinshi bw’abashoramari budahagarika isoko cyangwa ngo Abasenyeri na ba Pasteri babure abayoboke mu nsengero,nta n’abanyamashyaka bari bakwiye kwimwa umwanya n’urubuga rwo gushinga amashyaka yabo ngo na bo bakore maze imitwe ibashyuhane izuba riva!

Na none kandi, niba umucuruzi abura abakiliya akazinga agataha,Pasiteri yabura abayoboke agafunga urusengero,n’umunyamashyaka ubuze abamwumva yakwivana mu nzira(yeguye cyangwa abuze amajwi mu matora).

Ku rundi ruhande ariko, biranakwiye twibaza niba ubwinshi bw’amadini ari ikimenyetso cy’umukiro n’iterambere, cyangwa niba atari ikimenyetso cy’ukwiheba gukabije bituma hari n’abayoboka rwa rukuta rw’amaganya(Mur des Lamentations),bakajya ku « Misozi y’Ibyiringiro », kuko ahandi hose inzira zifunze!

Ibyo ari byose,ubwinshi bw’ayo madini n’ubwo atari ikibazo,ni ihurizo ku baturage no kuri Leta itanga ubuzimagatozi.Ubwo Abakurambere barivuze ngo « Uburo bwinshi ntibugira umusururu »,hari uwahita asubiza ngo « ibyo by’imisururu nyine ni byo twaje gukuraho! »

Niba ayo madini hari icyo amarira abayoboke kuko atanga akazi mu kubaka amasengero,amashyaka yo ntiyatanga imirimo bikagabanya ubushomeri ndetse bagafasha n’abantu gukura bisumbijeho mu bya politiki no mu bworoherane?

By P.B

La haine de l’État Islamique contre l’Occident

Des raisons de sa haine contre l’Occident, l’État islamique en énumère six.Des plus fondamentales à la plus secondaire qui fait l’objet de couverture ou de toiture de toutes les autres,leur énoncé global est sans équivoque:

« Les musulmans détestent les pervers sodomites,comme tous ceux qui possèdent un brin de fitrah(croyance innée en Dieu). »

En faisant cela,l’État islamique veut sciemment entrainer tous les musulmans dans son courant politico-religieux et renforcer ainsi les amalgames contre l’Islam.

Comprendre les raisons qu’il avance, c’est une façon de trouver les moyens d’arrêter la trajectoire de sa logique et de mettre fin à sa dynamique symbolique. Voici ,en quelques lignes,ces raisons:

1. « Nous vous haïssons, avant tout, parce que vous êtes des mécréants; vous rejetez l’unicité d’Allah – que vous en ayez conscience ou non. »

2. « Nous vous haïssons parce que vous êtes laïcs: les sociétés libérales autorisent précisément ce qu’Allah a interdit, tout en interdisant nombre de choses qu’il a permises: ce dont vous vous moquez, parce que vous séparez la religion et l’État, accordant ainsi l’autorité suprême sur vos caprices et vos désirs, via des législateurs que vous mettez au pouvoir par vos votes. »

3. « Nous vous faisons la guerre parce que vous ne croyez pas en Dieu.« 

4. « Nous vous haïssons en raison de vos crimes contre l’islam. Nous vous combattons afin de vous punir pour vos atteintes à notre religion.« 

5. « Vos drones et vos avions bombardent, tuent et mutilent notre peuple à travers le monde. Vos marionnettes dans les pays musulmans que vous vous êtes appropriés , oppressent, torturent et luttent contre ceux qui disent la vérité. »

6. « Nous vous haïssons parce que vous envahissez nos terres. Tant qu’il y aura une parcelle de territoire à reconquérir, le djihad sera une obligation personnelle pour tout musulman. »

A lire: État Islamique et les 6 raisons de sa haine contre l’Occident

Quand est-ce ces partisans d’une telle idéologie comprendront que leur logique(de guerre)peut être aussi appliquée contre eux?Veulent-ils que l’Occident leur montre la puissance de ce principe de réciprocité(tu m’attaques,je t’attaque!)S’estiment-ils plus forts que tous les peuples ou le reste du monde?Veulent-ils qu’il y ait sur terre,une seule et unique religion? Leur Islam est-il incapable de cohabiter avec le Christianisme?

Au contraire,ne devraient-ils pas être reconnaissants envers l’Occident qui accepte que les mosquées soient construites sur son territoire alors que les églises et les temples sont en train de disparaitre à grand feu,chez eux?Se battre contre l’Occident,n’est-il pas une manière d’être ingrats quand les Imams s’y installent aisément pendant que les missionnaires chrétiens ne cessent d’être massacrés dans les Provinces sous leur contrôle,et les églises brûlées?

Peut-être que,pour eux, promouvoir la haine est un acte religieux!C’est assurément une heureuse faute qui vaut à l’Occident la restauration de sa force dans la mesure où sa puissance est cet amour de l’autre et la défense de la liberté!

Quoique grande soit sa bonté de transformer les églises en mosquées,au nom de l’égalité et de la laïcité républicaine,l’Occident ne se rachète pas de cette haine.

By P.B

Vierge Noire étoilée, Patronne de l’Afrique?

En cette fête de l’Assomption de la Vierge Marie,prenons le temps de méditer sur la première lecture que la Liturgie nous propose:

« Le sanctuaire de Dieu,qui est dans le ciel,s’ouvrit,et l’arche de son Alliance apparut dans le Sanctuaire.Un grand signe apparut dans le ciel:une femme,ayant le soleil pour manteau,la lune sous les piesds,et sur la tête une couronne de douze étoiles.Elle est enceinte,elle crie,dans les douleurs et la torture d’un enfantement.

Un autre signe apparut dans le ciel:un grand Dragon,rouge feu,avec sept têtes et dix cornes,et,sur chacune des sept têtes,un diadème.Sa queue entraînant le tiers des étoiles du ciel,les précipita sur la terre.Le Dragon vint se poser devant la Femme qui allait enfanter,afin de dévorer l’enfant dès sa naissance.Or,elle mit au monde un fils,un enfant mâle,celui qui sera le berger de toutes les nations,les conduisant avec un sceptre de fer.

L’enfant fut enlevé jusqu’auprès de Dieu et de son trône,et la femme s’enfuit au désert,où Dieu lui a préparé une place.Alors j’entendis dans le ciel une voix forte,qui proclamait: »Maintenant voici le salut,la puissance et le règne de notre Dieu,voici le pouvoir de son Christ! »(Ap.11,19a;12,16a.10b).

 

A l’Assomption,ils sont nombreux à se mettre en marche.Les uns,à la recherche d’autres signes  ou de messages nouveaux,se précipitent dans les Sanctuaires où Marie est apparue.Les autres se reccueillent dans les sanctuaires érigés dans leurs villages en reconnaissance de ce qu’elle a fait tout autour.

Dans la plupart de ces endroits,on trouve Marie sous le visage de la Vierge Noire,à l’exception de Notre Dame de Lourdes…C’est le cas de la Vierge Noire de Rocamadour(France),Vierge Noire de Bruxelles(Belgique),Vierge de Candelaria(Espagne),patronne des Iles Canaries,et Vierge de Montserrat,patronne des diocèses de Catalogne-Barcelonne(Espagne).

Ce n’est pas pour rien que l’Assomption de la Vierge Marie est « patronne principale de la France et fête d’obligation en France ».C’est sans doute que le pays a besoin de renouer avec « la vraie lumière ».Dans ce sens,je me demande quel doit être le visage et l’attibution de Marie pour l’Afrique qui la vénère autant,parce qu’elle « a mis au monde le berger de toutes les nations? » Est-ce que sous le vocable de Notre Dame de Bonne Délivrance(Saint Thomas de Villeneuve),Marie ne serait-elle pas Patronne de l’Afrique?

Patronne de l’Afrique,
Elle la délivrera de la misère et de la dette pour que tout le continent soit libre de ses engagements d’avenir;
Patronne de l’Afrique,
Elle interviendra pour que le légendaire soleil de ce continent soit source d’énergie et que tous les enfants bénéficient de la lumière;
Patronne de l’Afrique,
Ses grâces seront à l’oeuvre pour que tout le désert soit un lieu de vie sans guerres ni drogues.

Comme le Pape Jean Paul II a proclamé trois femmes(sainte Cathérine de Sienne,sainte Brigitte de Suède et sainte Thérèse Bénedicte de la Croix)co-patronnes de l’Europe,le Pape François n’en trouvera -t-il pas une à proclamer pour l’Afrique en cette année de la Miséricorde?En attendant,nous nous contentons de Notre Dame de l’Afrique et nous disons:

Grâce à la Vierge Marie,l’Afrique a-t-elle droit de dire: « Maintenant,voici le salut? »
Très bonne fête à toutes et à tous.

By P.B

« Familles chrétiennes africaines , n’ayez pas peur »:les Évêques d’Afrique(SCEAM)

Les Évêques catholiques du Symposium des Conférences Épiscopales d’Afrique et de Madagascar(SCEAM)étaient réunis à Louanda(Angola)du 18 au 25 juillet 2016,pour leur 17ième Assemblée plénière.Le thème abordé était: « La famille en Afrique,hier,aujourd’hui et demain,à la lumière de l’Évangile. » Continuer à lire … « « Familles chrétiennes africaines , n’ayez pas peur »:les Évêques d’Afrique(SCEAM) »

Si le Pape François interdisait l’internet aux religieuses?

Vultum Dei Quaerere(chercher le visage de Dieu),c’est la Constitution apostolique du Pape François sur la vie contemplative féminine;elle est signée le 29 juin et présentée ce 22 juillet 2016.Elle vient compléter celle du 21 novembre 1950 publiée par le Pape Pie XII, Sponsa Christi(Épouse du Christ).

Cette Constitution tient compte des changements socio-culturels qui ont marqué l’Église et notre société après les années 1950 ainsi que le renouveau du Concile Vatican II.

En s’adressant aux moniales de vie contemplative,la Constitution souligne la pertinence de cette vie cachée, et de ce fait, incomprise par la société actuelle marquée par la « culture du déchet ». Elle le dit en ces termes:

« La personne contemplative comprend l’importance des choses,mais celles-ci ne dérobent pas son cœur et ne bloquent pas son esprit.Elles sont au contraire une échelle pour arriver à Dieu:pour elle,tout porte signification du Très Haut!Celui qui s’immerge dans le mystère de la contemplation voit avec des yeux spirituels:cela lui permet de contempler le monde et les personnes avec le regard de Dieu,là où les autres ont des yeux et ne voient pas »(N°10)

Le Pape a rappelé aussi la nécessité de tous les moyens que les moniales contemplatives ont à leur disposition,depuis les siècles dans l’Église et pour l’Église:la prière,le travail,l’ascèse,le silence,la Parole de Dieu,les Sacrements,la clôture…

A ces moyens traditionnels ou classiques,il est indispensable d’y ajouter les moyens modernes de communication digitale.Car,dit-il,

« dans notre société,la culture digitale influence de manière décisive la formation de la pensée et la façon d’être en relation avec le monde et particulièrement avec les personnes ».

Mais le Pape ne s’est pas empêché d’émettre cette mise en garde:

« Ces moyens peuvent certainement être des instruments utiles pour la formation et la communication,mais je vous exhorte à un prudent discernement afin qu’ils soient au service de la formation à la vie contemplative et aux communications nécessaires, et non des occasions de dissipation et d’évasion de la vie fraternelle en communauté,ni préjudiciables à votre vocation,ni un obstacle pour votre vie entièrement consacrée à la contemplation »(VDQ,n°34).

Si ces moniales sont à la recherche du visage de Dieu,ne devraient-elles pas rester connectées de manière à prouver que,par la méditation et la contemplation,Dieu est toujours en ligne?Pour éviter de se disperser,pourraient-elles se satisfaire de la lectio divina et vivre comme si la clôture résistait à l’Internet ou les protégeait contre lui?

BY P.B

%d blogueurs aiment cette page :