Urubyiruko rutazibagirwa Mutagatifu Jean Bosco

Akivuka,bamwise Giovanni Melchior Bosco.Hari tariki ya 16 Kanama 1815 mu gihugu cy’Ubutaliyani.Yitabye Imana tariki ya 31 Mutarama 1888.Kuba yarakomokaga mu muryango ukennye,byatumye amashuri ayiga abikesheje inkunga z’abagiraneza n’uturimo tunyuranye na we ubwe yikoreraga.Kandi koko mu biruhuko,yajyaga kudoda inkweto(cordonnier),kubaza(forgeron&menuisier)n’ibindi.

200px-domboscosalesianosAho aherewe ubupadiri muri Kamena 1841,ntiyibagiwe ineza na we yagiriwe.Imibereho mibi n’ubukene bw’urubyiruko rwo mu mujyi wa Turin byari biteye inkeke.Yiyemeje kubitaho no kubitangira.Ni igikorwa yari ashyigikiwemo na nyina Marguerite Occhiena(Maman Marguerite)kuko se(son père)yari yarapfuye agifite imyaka 2 gusa.

Igikorwa cy’ubusazi

Bitangira,urwo rubyiruko ubwarwo ntirwamushiraga amakenga,kuko rutumvaga icyo uwo mupadiri agamije yiruka inyuma y’abo abandi bagize ruvumwa.Rimwe na rimwe,hari abo yacumbikiraga bugacya bamukenyeje Rushorera ku buryo byari byoroshye gucika intege no kutagira undi yizera.

N’abapadiri bagenzi be, ndetse n’Umwepiskopi we(Mgr Lorenzo Gastaldi)babibonaga nk’igikorwa cy’ubusazi cyangwa cyo kwikuza(folie des grandeurs).Naho abanyamujyi bakumva ko nta kindi ari gutegurira urwo rubyiruko uretse akaduruvayo n’imyivumbagatanyo(révolution).

Nyamara we yarutozaga kwigirira icyizere no guhora rutekereza ku cyatuma ruba ingirakamaro aho ruri hose.Rwaje kubyerekana ubwo icyorezo cy’indwara ya macinya(choléra)cyateraga umujyi:mu gihe abandi bahungaga ngo batandura,rwaratabaye bikomeye.Kuva ubwo,abaturage n’abategetsi bacira aho kubita imburamukoro(voyous)

Ni bo bazagikomeza

Rumwe muri urwo rubyiruko yari yararukuye mu mihanda,urundi arukiza uburoko (prison).Abo bose yabitaga abana be(ses enfants)na bo,gahoro gahoro bagenda barushaho kumufata nk’umubyeyi wabo.Ni yo mpamvu yo kumwita Don Bosco.

Abongabo rero ni bo bazakomeza icyo gikorwa cyo gufasha abafite ibibazo by’ubukene babigisha imyuga(apprentissage) n’imigenzo mbonezabupfura ya gikristu(valeurs et vertus chrétiennes).

bosco10Intego y’abo bahungu bitwa « Les Salésiens »n’abo bakobwa yise « Les Filles de Marie-Auxiliatrice »ni ugufata ubuzima nk’irushanwa aho uje mu ba mbere yananiwe aterwa akanyabugabo n’abamuha amashyi y’urufaya kuko na we abongerera akanyamuneza maze bose bagasangira ibyo byishimo.

Yakundaga kubabwira ngo(citations):

« Celui qui est toujours prêt à se plaindre n’a pas l’esprit salésien. »

« Si ces adolescents avaient pu rencontrer un ami qui aurait été attentif à leurs problèmes,on aurait pu éviter cette mise en détention. »

Kuri Pasika tariki ya 1 Mata 1934 ni bwo yagizwe umutagatifu(canonisation) nka Jean Bosco,akaba umuvugizi w’abanyabugeni n’abanyabukorikori(artistes et apprentis)kimwe n’abasakaza ibinyamakuru(éditeurs).

Umunsi mukuru mwiza ku rubyiruko no ku bamwiyambaza bose.

By P.B

 

Ubundi ariko Imana izi imibare?

Hari abasigaye bemeza ko imibare ishobora gusobanura byose.Ngo ibintu byose ni imibare.Ngo impamvu y’ibyo byose ni uko imibare ari yo itanga ibisubizo bya nyabyo bifatika,bitari amagambo.

Niba hari ubijyaho impaka azarebe iyo ikigo cy’Igihugu cy’ibarurishamibare(statistiques)cyasohoye raporo uko abantu bajya mu bicu, amagambo akabarenga ngo imibare irabyerekana!

Si ibyo gusa kuko n’umuntu uzi imibare,abandi bemeza ko ari we uzi ubwenge,ko ari umuhanga.Ni kimwe n’utunze amafaranga atabarika cyangwa atagira umubare.Ngo ni umuherwe, imibare yaramuhiriye.

Vuba aha, ubwo abana bari bagiye kwiga Iyobokamana,umwe yarakaje mwarimu(umukateshiste)maze aramubwira ngo « wa mwana we, ujya ubara? » Umwana na we,ati« Ko naje kwiga Iyobokamana,iby’imibare bije gute?Ariko se ubundi Imana izi Imibare?Niba itayizi kandi nta mpamvu yo kuyiratana. »

Mwarimu yaracecetse gato…Amusubiza atuje ati « Igihe ibibazo byari byambanye ihurizo,Imana yambereye igisubizo.Imibare yari yandenze rwose.Impamvu ukivuga utyo ni uko ikibazo cyawe ari kimwe.Umunsi byabaye byinshi uzumva kandi wirebere uko kwiratira mu Mana bifite ishingiro. »

Ese iyo amwongereraho iri somo rya kabiri ryo kuri iki cyumweru,hari icyo byari kumwungura?Reka turebe:

Bavandimwe rero,mwebwe abatowe n’Imana,nimurebe uko muteye:murasanga ku bw’abantu nta bahanga benshi babarimo,nta n’ibihangae byinshi bibarimo,ndetse nta na benshi bafite amavuko y’ikirenga.

Ahubwo rero ibyo abantu bita ibisazi,ni byo Imana yihitiyemo ngo irindagize abiyita abahanga;kandi ibinyantegenke ku bantu,ni byo Imana yitoreye ngo isuzuguze abanyamaboko;byongeye,abatagira amavuko b’insuzugurwa ni bo imana yihitiyemo ngo ihindure ubusa abiyita imbonera;kugira ngo hatagira umuntu numwe wikuza imbere y’imana.

Ni yo mukesha kuba muri Kristu Yezu,We watubereye kubw’Imana ubuhanga n’ubutungane,akaba ari we kandi udutagatifuza akanaturokora.Mbese nk’uko byanditswe ngo « Ushaka kwirata wese,niyiratire muri Nyagasani. »(I Kor 1,26-31)

 

Nta kibazo…
Mwese mugire icyumeru cy’ibisubizo.

By P.B

Samedi détente

Pour être bien dans son corps,l’homme a besoin de se détendre,de prendre ce temps du lâcher-prise.Comme s’il n’avait rien à faire…Saisissez de l’occasion pour sentir votre être dans votre corps.Sentez si ce corps est vraiment propre!

 

Erreur
Cette vidéo n’existe pas

Mbere yo kuryama,ruhura umutwe gatoya…

Erreur
Cette vidéo n’existe pas

Ariko n’amatwi afashe umutima gutuza.

Erreur
Cette vidéo n’existe pas

By P.B

 

 

 

 

La beauté du geste et du savoir-faire

De la même manière que la beauté du geste,l’attention à l’autre interroge.Un geste utilisé sciemment met en valeur notre savoir-faire ou le fait craquer et crée de la valeur pour l’entreprise.

Depuis que je me suis mise aux Arts martiaux,mes maîtres m’ont toujours exhortée à regarder le geste pour soutenir l’attention:la main sur le cœur, le regard vers les cieux).« Oui tout cela est intéressant, Cecil: le geste ».

J’ai longtemps pensé qu’il ne s’agissait là que d’une sorte de snobisme esthétique d’intégristes fans d’arts martiaux. J’ai depuis compris que l’intérêt porté au geste était au cœur de ce système de management.

Je l’ai compris en particulier grâce à des épiphanies, ces moments rares durant lesquels, comme dans une bande dessinée, une ampoule s’allume dans votre esprit et l’on fait le lien entre le geste et la valeur pour le client.
A lire: Craquer le code du savoir-faire

Dans tous ces cas, j’ai pu le voir sur le terrain. Alors que les personnes faisaient leur travail, un authentique savoir-faire apparait: un geste utilisé sciemment, en connaissance de cause, avec un effet certain et peu de variabilité dans le résultat .

Il suffit de regarder le geste d’une commerçante qui propose ses produits aux clients intéressés.Si sa parole donne du sens à ses gestes ,elle fait aussi croître la valeur du produit.Ainsi, un geste crée de la valeur pour le client et pour l’entreprise.

Par contre ,le manque d’élégance dans la conversation peut pousser le client à décliner l’offre ou la proposition.Le beau geste ou le respect des personnes ferait donc l’affaire dans tout management.

Par Cécil

Mutagatifu François de Sales, umuvugizi w’abanyamakuru

Yavukiye mu muryango ukomeye.Ababyeyi be bashakaga ko aba umunyamategeko(juriste)w’ikirangirire;bamujyanaga mu mashuri ahanitse banga ko azaba padiri nk’uko yabyifuzaga.Mu gihe yahatanaga muri ubwo bumenyi bw’amategeko yaje gucika intege ndetse n’ubuzima bubura icyanga (désespoir).

Muri iyo myaka y’ubuzima bw’ishuri,n’inyigisho zivuga cyane iby’umuriro w’iteka zari ziganje(prédestination de Calvin).Yakijijwe n’isengesho ryahimbwe na Mutagatifu Bernard aho yagiraga ati « Muzirikane ibyiza,Souvenez-vous ».Icyyo gihe yari afite imyaka 20 maze iby’Imana bimucengeramo bityo.

François uyu, yavukiye ahitwa Chateau de Sales(Savoie)mu mwaka wa 1567,ahabwa ubusaseridoti mu 1593.Mu byo yari ashyize imbere ni ukwereka abantu uburyo bwo kwitagatifuriza mu mirimo yabo ya buri munsi.

saint_francois_de_salesGuhera mu 1923,Kiliziya imwibuka nk’umuvugizi w’abanditsi n’abanyamakuru(saint Patron des écrivains et des journalistes)kubera uburyo inyandiko ze yashakaga ko zigera kuri benshi barimo n’abo batumva ibintu kimwe.

Afatanyije na Jeanne de Chantal,yashinze umuryango w’abihayimana bahuza isengesho n’ibikorwa by’urukundo(religieuses de la visitation)kuko bashyira imbere gusurana nk’uko Mariya yabigiriye Elizabeti(Lc 1,39)

Kuva yakitaba Imana muri 1622,inyigisho ze ntizahagaze.Nyuma y’imyaka 200,Jean Bosco yamugendeyeho ashinga umuryango wamwitiriwe, »Salésiens ». Aya ni amwe mu magambo akomeye(citation)bamwibukiraho,cyane cyane ajyanye n’umutima woroshya(douceur):

« Soyez le plus doux que vous pouvez et souvenez-vous que l’on prend plus de mouches avec une cuillerée de miel qu’avec cent barils de vinaigre.S’il faut donner en quelque excès,que ce soit du coté de la douceur ».

Kuri iyi tariki ya 24 Mutarama,abitwa ba Frank,Francis,Franck,Félicien..kimwe na Paula na Paulette,tubifurije umunsi mukuru mwiza.

By P.B

Quand le Pape Fançois écrit au businessman-président Donald Trump

Le lendemain de l’investiture de Donald Trump comme président des États-Unis d’Amérique,le Pape François a écrit à ce nouveau chef d’État.Puisque dans son serment de ce vendredi 20 janvier 2017 ,Donald Trump a engagé l’Amérique à montrer la voie au monde « pour des années »,le pape en a profité, lui aussi, pour lui adresser ce message:

«Sous votre direction, puisse la stature de l’Amérique continuer à être mesurée avant tout par son souci pour les pauvres, les exclus et les nécessiteux qui, comme Lazare, se tiennent devant notre porte».

Selon radiovaticana.va ,les vœux du Pape, en tant que Chef d’État du Vatican,tout en étant cordiaux, avaient aussi la forme de prière au coup incisif:

«À une époque où notre famille humaine est assaillie par de graves crises humanitaires exigeant des réponses politiques ambitieuses et unies, je prie pour que vos décisions soient guidées par les riches valeurs spirituelles et éthiques qui ont façonné l’histoire du peuple américain et l’engagement de votre nation à la promotion de la dignité humaine et de la liberté dans le monde entier»

Ce businessman-président entendra-t-il une autre voix qui ne prône que les richesses financières?Aura-t-il un point commun avec le Pape François qui pense que « l’argent est le premier terrorisme » et qu’il faut lutter contre « le terrorisme de l’économie? » En quoi pourront-ils unir leur force?

Nous prenons le temps pour témoin qui nous montrera le vainqueur.

By P.B

Umusaza yarapfuye arazuka!

Mu gihugu cy’ubushinwa,umusaza w’imyaka 75 yaratunguranye.Yaramaze iminsi myinshi arwaye Kanseri y’imihogo.Umuhungu we,Huang Mingquan yamumazeho iminsi itari mike amurwaje kugeza aho ashiriyemo umwuka,atagihumeka na gato.

Ibyo murimo ni ibiki?

Hari ku itariki ya 8 Mutarama uyu mwaka 2017 ubwo uwo musaza bamushyiraga mu isanduku (cerceuil)nyuma y’amasaha 2 gusa babonye ko yapfuye.Mu gihe abaturanyi bo muri ako gace ka Sichuan bari bashyuhiranye mu myiteguro yo gufasha umuryango kumushyingura no gutegura ifunguro ryo kumuherekeza(akagurube!),umusaza yaratabaje ati « Ibyo murimo ni ibiki? »

Wa musore yaje yiruka,ayoberwa ikibaye!Ibibazo byari byinshi.Ese ni ukumufungirana byatumye yongera kubona umwuka wo kuvuga?N’isanduku na yo yari hafi kuyikingura yose ayitera imigeri!Bamusohoyemo bamushyira ku gitanda.Uwari umurwaza ni we wagiye mu bindi bibazo byo kwisobanura.

Hari ibitirukirwa

Abantu ntibatangaye gusa baranatunguwe.Bamwe bibazaga niba ari umuhungu wari warambiwe, agashaka kumuhamba ari muzima ariko akibagirwa gufunga isanduku ngo ayihamangire, cyangwa niba nta bibazo bari bafitanye,agashaka ko birangirira aho!

Abandi bo basanga umuco ukwiye guhinduka,ntibirukire guhamba ngo ni uko ntawe urarana umupfu mu nzu.Iyo nkuru y’umushinwa wapfuye akazuka yatumye ako gace k’igiturage kamenyekana ari nako abayobozi bibutsa abaturage ko hari ibintu bitirukirwa,cyane cyane ibijyanye n’ubuzima,iyo bitaremezwa na muganga.

By P.B

Ibitekerezo ku byiciro by’Ubudehe

Nk’urugero (mesure)rw’ubukene cyangwa ubukire,ibyiciro by’Ubudehe bivugisha menshi.Abaturage bose bashyizwe mu byiciro bitandukanye.Ni ngombwa kumenya icyo babitekerezaho.

Ibitekerezo byiza burya birubaka kimwe n’uko ibibi na byo bisenya.Uburyo bwo kubishungura ni ukubishyira ku munzani, maze buri wese akihitiramo.Ikiba gisigaye ni ukumenya niba icyo abantu bahurijeho ari cyiza cyangwa niba icyatumye bagihurizaho cyaba ari cyo gisubizo.

Ngaho rero nawe kanda hano utange igitekerezo cyawe ku byiciro by’Ubudehe.Buri wese tumushimiye kudapfukiranwa ijambo.Niba ntakikubuza gutekereza,uyu ni umwanya wo kubitekerezaho.

Subiriza hano: Ibyiciro by’Ubudehe ubivugaho iki?

UBWANDITSI

Abiyambaza Mutagatifu Antoine

Ku itariki ya 17 Mutarama,Kiliziya yibuka ubuzima bwa Mutagatifu Antoine(le Grand ou du Désert).Yabayeho ahagana muri 251 atabaruka muri 356 yujuje imyaka 105 y’amavuko.

Ubwo yari ageze mu gihe cy’imyaka 20,yinjiye mu kiliziya,bihurirana n’uko hasomwe ivanjili y’umuhungu w’umukungu(Mt 19,16-22),imukora ku mutima yumva ariwe ubwirwa koko,maze ahitamo kureka ubukire yakeshaga umuryango.Kuva ubwo yiyemeza kujya kwiturira mu butayu.

Yashakaga kwibera wenyine(dans la solitude)aho azahurira neza n’Imana.Nyamara inyigisho n’ubuzima bwe mu ntamabara za roho(lutte spirituelle)byakuruye benshi bifuza kumuyoboka.Iyo yamaraga kubereka inzira yo kwitagatifuza basangira Ijambo ry’Imana,banaririmba Zaburi,yimukiraga ahandi ha wenyine.

Ahenshi bamwerekana ageragezwa n’amashitani(démons)mu ishusho y’akagurube kiyoroheje(cochon)ariko Bibiliya n’Ijambo ry’Imana bikamubera inkoni n’ingabo bitamuva mu ntoki.

Abe,cyane cyane abamonaki bitaruye rubanda(moines ermites) yakundaga kubabwira ngo:

« Les épreuves nous sont,en fait,profitables.Supprimez la tentation et personne ne sera sauvé »
« Ne cédons pas à la tristesse comme si nous périssions.Confiance et joie,nous sommes sauvés »

Mwese abiyambaza Mutagatifu Antoine ndetse na Yolaine,Roseline na Théodose,tubifurije umunsi mukuru mwiza.

By P.B

Izina yahawe rituma aba uwacu?

Abakristu ni benshi kandi banyuranye.Bamwe basenga ku Isabato,abandi bakazinduka ku cyumweru.Baba banyuranamo birukira muri izo nsengero.Abo kandi na bo ni abakemera ko ari aba-Kristu,wawundi ubahamagara.Nk’uwitaba inshuti,ntibamwima amatwi kandi abakunda.Muri uko kwiruka,baba bagiye kumva icyo Imana ibabwira.

Uko kunyuranya ni ko gutuma twibaza niba izina yahawe ari ryo ribitera.Bamwe bati ni « Yezu »,abandi bati ni « Yesu »!Nuko rukabura gica.Nyamara ugusenga nyako ni ugufafasha buri wese kumva ko umuhamagaro we ugomba kugirira abandi akamaro aho kubigizayo.Izina rya Yezu/su nirifashe n’undi kuba uwacu aho kumubuza amahoro n’amahwemo.

Tubizirikane kuri iki cyumweru gitangiye ibihe bisanzwe(temps ordinaires) bya nyuma y’iminsi mikuru ya Noheli kandi kiturarikira guhimbaza ubumwe bw’abemera(semaine de l’unité des chrétiens,18-25 janvier).Reka duhere ku isomo rya kabiri:

« Njyewe Pawulo,watorewe kuba intumwa ya Yezu Kristu,uko Imana yabishatse,hamwe n’umuvandimwe wacu Sositeni,kuri Kiliziya y’Imana iri i Korinti,ariyo mwebwe abatagatifujwe muri Yezu Kristu,mugahamagarirwa kuba intungane hamwe n’abandi bose biyambaza,aho bari bose,izina rya Nyagasani Yezu Kristu,Umwami wabo n’uwacu:tubifurije ineza n’amahoro biva ku Mana,Umubyeyi wacu,no kuri Nyagasani Yezu Kristu« (Kor.1,1-3)

 

Uwaba afite akanya yakongeraho isomo rya mbere(Iz. 49,3.5-6)maze akikuuza Ivanjili(Yoh.1,29-34)niba ashaka guhamya no gushyira ku mugaragaro imbaraga n’ineza akesha batisimu yakiriye muri Kristu Yezu.

Icyumweru cyiza kuri buri wese.

By P.B

Ikirahure cya divayi cyongera amahirwe yo kubaho!

Indwara za kanseri zikomeje kuburirwa umuti no gutwara benshi ubuzima.Nyamara birashoboka kwiyongerera amahirwe yo kuramba.

Bamwe bakunze kuvuga ko umuvinyu ari mubi ku buzima.Ibyo babiterwa n’uko hari abo uba warasaritse ukabatera gusarara!Nyamara burya ngo ikirahure cya divayi nziza cyongera amahirwe yo kubaho.Ibi biherutse gutangazwa n’inzobere mu bushakashatsi,Pr David KHAYAT ukora mu ishami ryita ku bya Kanseri.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru « Sciences et Avenir »,ngo byagaragaye ko abagore banywa ka divayi barwaye Kanseri y’umura, bagira amahirwe yo kuramba kurusha abanywa izindi nzoga z’ubundi bwoko.No ku zindi Kanseri ni uko.

Ku barwayi 4966 yakurikiranye,Pr Khayat yavuze ko abarenga 3000 biyemereye ko ku meza yabo hatajya habura ka divayi gaherekeza ibyo kurya.Abangaba ni bo bagaragaje ibimenyetso bya Kanseri idafite ubukana bwinshi.Naho abagera ku gihumbi bo binywera inzoga zikaze,abasigaye bakikundira imitobe.Aba bo muri ibi byiciro byombi ngo ni bo imereye nabi.

Ubwo rero uwaba abishoboye,aho kwihata za Whisky cyangwa za Mutzig,Amstel,Legend cyangwa « Igihembo cy’Abagabo » (Turbo King)yagarukira Divayi (wine)akimenyera ukuri k’ubuzima.Iby’imitobe byo ntawabivuga.

Nk’uko biri ku ifoto(image)kandi,kuba ibirahure bitanganya umubare na byo bifite igisobanuro:muri bariya 3000,abafata divayi itukura(vin rouge) hari icyo barusha abanywa iy’umweru(vin blanc).Nababwira iki rero…Ayo mahirwe ntabacike,n’ubwo byaba ibyo gusunika iminsi.

Ibyiciro by’Ubudehe ubivugaho iki?

By P.B

Kenya:en grève,les médecins sont remplacés par les militaires et les étrangers

La grève des médecins impacte la santé des Kényans.Face au refus de mettre fin à cette grève,le gouvernement fait recours aux médecins militaires et étrangers.

Il est très rare que les médecins se mettent en grève.Quand ils le font, c’est un signe que leurs droits sont largement bafoués.Ainsi,au Kenya,les blouses blanches ont préféré plus la rue que les cabinets.Il y en a qui se demandeent si le droit des médecins(de gréver)ne met pas en danger la santé des patients.

Les accords mis entre parenthèses

Ils réclamaient une hausse de 300%du salaire.Cela porterait à 4 fois le salaire actuel(1400$Usa).Ce vendredi 6 janvier,le prsésident Uhuru Kenyatta ne leur a accordé qu’une augmentation de 40%.

Les médecins ont rejeté une telle augmentation, car l’accord de 2013 n’a pas été respecté.Signé,il donnait lieu à l’examen des conditions de travail de tous les professionnels de santé(leur sécurité au travail) ainsi qu’au recrutement de plusieurs médecins.

Intervention des médecins militaires

A cause de ces grèves,les fêtes de Noël et de fin d’années ont couté la vie à plus de 20 patients.Pour diminuer le nombre de morts,le gouvernement a fait appel aux médecins militaires(Kenyan Defence Force:KDF) qui ont intervenu dans les hôpitaux publics.kenya-medecins

Entre temps,les malades qui ont des moyens financiers suffisants,ne pouvaient pas attendre;ils se sont tournés vers les cliniques privées dont les services sont plus chers.Quant aux plus déminus,ils n’ont à leur portée que des services de moindre qualité

L’ultime recours aux médecins étrangers

Face à ce refus d’arrêter la grève,le gouvernement menace de limoger les médecins récalcitrants.Ces mesures obligent les professionnels de santé à tenir compte de la détresse des Kenyans.Pourtant,ceux-ci,navrés par la corruption dans le pays,soutiennent les grévistes.

Appliqant le principe de précaution, le gouvernement compte recourir aux médecins étrangers.Le problème est de savoir si ces médecins cubains ou indiens ne seront pas payés plus chers que ces grévistes kényans.Ne pas soutenir ses propres médecins n’est-il pas une façon de sous-estimer leur formation et la qualité de ses universités?

By P..B

FMI iragira inama Leta y’u Rwanda:ifaranga nirigere ku baturage

Inguzanyo ya FMI ihabwa abatsinze igerageza. Kuyemererwa ni nko gutsinda ikizami.Kigali yarenze umutaru ariko ntibihagije.

Muri iyi minsi,Ikigo Mpuzamahanga kita ku bukungu n’imari ku isi(FMI)cyemereye u Rwanda inkunga-nguzanyo ifite agaciro ka miliyoni 204 z’amadorari(2040000000 $Usa)asaga hafi miliyari 200 z’amanyarwanda.Leta y’u Rwanda izayahabwa mu gihe cy’amezi 18.Aziyongeraho kandi andi miliyoni 48,5 z’amadorali yari yasigaye ku yo mu mwaka wa 2016.

Inguzanyo zicungwa neza

Icyashimishije FMI ngo ni uko inguzanyo Leta y’u Rwanda ihabwa zicungwa neza.N’ubwo ifaranga ry’u Rwanda ryakomeje guta agaciro,ntibirakabya byatuma Kigali itererwa icyizere.Muri 2016 ryamanutseho 9% mu gihe hari ibindi bihugu ifaranga ryabo ryahanantutse kugeza nko kuri 20%.
A lire: Rwanda,bon élève du FMI

Ikindi iyi FMI yashingiyeho,ngo ni gahunda yo gushyigikira ibikorerwa imbere mu gihugu »Made in Rwanda ».Iyi gahunda yitezweho byinshi mu rwego rwo kuzamura umunzani w’ubucuruzi(balance commerciale)niba igihugu gishoboye kugabanya ibyo gitumiza hanze ahubwo kikongera ubwiza bw’ibyo cyoherezayo.

Ifaranga nirigere ku baturage

Byumvikane neza ko ariya mafaranga ari inguzanyo izishyurwa n’abaturarwanda.Kandi biragoye kwishyura amafaranga utaciye iryera.Ni yo mpamvu FMI ishishikariza Leta y’u Rwanda kuyakoresha mu kongera ibikorwaremezo biramba(imihanda itari iy’ibitaka..)

Ibyo bizatuma na babandi batazi ko bayishyura mu misoro batanga,bashishikarira gusora kuko babona ibintu bifatika byakozwe.kigali

Ku rundi ruhande ariko,ibyo bikorwaremezo ntacyo byamarira umushonji.Ni bwo nk’insinga z’amashanyarai zimanikwa ahantu aha n’aha, bugacya baziriye..Bene ibyo bikorwaremezo si ibyo gukurura abashoramari gusa no gushimisha abasanzwe bifite.Aha ni ho FMI ishingira isaba ko hakorwa ibishoboka kugira ngo ubushobozi bw’ingo n’ubw’umuturage bwiyongere(hausse des revenus domestiques).

Mbese ni nko kuvuga ngo ifaranga niregere rwose ku muturage!Na we ntazaryicarana,azarihahisha maze n’ibicuruzwa byihute(pouvoir d’achat et de consommation).Naho ubundi se byaba bimaze iki gushyira imbere « Made in Rwanda » niba umuturage abikubita amaso akareba hirya,ati « biriya ni ibya ba mukererugendo »,kandi n’ibyavaga mu mahanga atakibibona? Ni ibyo gutekerezwaho.

By P.B

Épiphanie serait-elle Noël orthodoxe?

Epiphanie montre que Noel n’est pas une fête païenne et commerciale mais l’expression de la foi dans le Christ,lumière-étoile qui donne direction à nos vies, dans le temps et dans l’espace.

Ce texte va répondre à ces questions des lecteurs:Pourquoi les Catholiques ont-ils dédoublé Noël en plusieurs fêtes?Épiphanie ne serait-elle pas Noël des Orthodoxes?Nous essayons d’y répondre sans prétendre à l’exhaustivité.

Question de calendrier

Dans la pratique liturgique,les Orthodoxes ont gardé le calendrier julien(établi par Jules César en 46 avant Jésus Christ)tandis que les autres(Catholiques) ont adopté le calendrier grégorien(du Pape Grégoire XIII au XVIième siècle)qui est devenu aussi le calendrier civil.

Puisque le calendrier julien comporte 13 jours d’écart par rapport au calendrier grégorien,le 25 décembre du calendrier julien correspond au 7 janvier du calendrier grégorien.Quand les catholiques fêtent Noël(25 décembre),les Orthodoxes sont dans le « Carême de Noël » en vue de la fête du 7 janvier.

A l’Épiphanie des Catholiques(8 janvier),les Orthodoxes célèbrent(le lendemain)  » la synaxe de la Mère de Dieu » car la Liturgie est en l’honneur de la Vierge Marie.Pour eux,l’Épiphanie est placée plus tard(19 janvier)où ils célèbrent le Baptême du Seigneur.

Noël aux différentes dates

Aucun texte(chrétien ou biblique)ne mentionne avec précision le jour de la naissance de Jésus.C’est cette absence de précision qui permet de comprendre aussi pourquoi Noël est célébré aux dates différentes.Mais c’est toujours la même fête.

Pour les uns(Arméniens),Noël- Épiphanie- Baptême du Seigneur,c’est la même fête et la même révélation.Le même jour,ils célèbrent la Théophanie(révélation de Dieu):venue du Christ sur terre,sa révélation comme Fils de Dieu à travers le Baptême qui tient lieu de révélation du Père à son Fils.

Pour les autres(catholiques…),tout est de l’ordre pédagogique;ils ont jugé bon de séparer les événements pour accorder plus de valeur à chacun et ainsi approfondir le mystère de l’Incarnation(Noël).

Les rebelles de Noël

Que Noël n’était pas chrétien,cela est parfois un prétexte pour banaliser son caractère de fête religieuse.D’un coté,ces rebelles de Noël ont raison, car c’est le Pape Libère(354) qui a christianisé la date du 25 décembre, fête païenne romaine(solstice d’hiver ou Sol Invictus)ayant la forme des carnavals.

De l’autre coté, ils ont tort, car ce Pape a ingénieusement compris le mécanisme de l’inculturation:l’expression de la foi n’exclut pas la voie de la vie et du langage des peuples.Par cette décision,le Christ est intronisé comme lumière qui a l’emporté sur les ténèbres.

Si l’Épiphanie était seulement l’adoration des mages,Noël orthodoxe serait Épiphanie.Or,celle-ci est ,pour les Orthodoxes, la fête et le rappel du Baptême du Seigneur(qui clôt le temps de Noël pour les catholiques). Ainsi le peuple (baptisés) comprendra que c’est par la foi au Christ que la révélation de Dieu donne à l’homme de resplendir de nouveau.

Bonne fête à ceux qui portent comme prénoms Balthazar, Epiphanie, Fanny, Epiphane, Gaspard,Melchior.Et bon dimanche à ceux/celles qui n’ont pas perdu l’étoile ou l’ont retrouvée pour resplendir de nouveau.

By P.B

Quelle belle année pour ces enfants handicapés de Gatagara!

Ils sont nombreux,ces enfants handicapés qui bénéficient des soins de HVP de Gatagara.Les dons des amis les aident à tenir debout et garder le sourire.

Ils sont déjà 1 370 enfants,du primaire au secondaire.Les amis de Gatagara les ont aidés à ne pas sentir le poids de leur handicap.Ils ont commencé l’année 2017 avec enthousiasme et dynamisme.

Allégresse de ces jeunes aveugles

Lors des fêtes de fin d’année,nous avons été étonnés par l’allégresse de ces jeunes aveugles qui s’embrassaient joyeusement pour se souhaiter les voeux du Nouvel An.Bien portants,nous sommes tombés en larmes.Nos cadeaux ont été insignifiants.Nous avons reçu d’eux un vrai cadeau:la joie de vivre.img0097a

Vers un Hopital pour handicapés

Home de la Vierge des pauvres(HVP)de Gatagara veut se doter du statut d’Hôpital pour handicapés.Ainsi seront réalisés les voeux de son fondateur,P.Joseph Fraipont-Ndagijimana: « aimer,agir,aider et soigner« .Grâce à ce nouveau statut,ce « Centre de Rééducation pour les jeunes handicapés du Rwanda » retrouvera toute sa splendeur comme l’accomplissement de la Parole de Dieu de ce dimanche de l’Epiphanie(première lecture):

« Debout, Jérusalem ! Resplendis : elle est venue, ta lumière, et la gloire du Seigneur s’est levée sur toi. Regarde : l’obscurité recouvre la terre, les ténèbres couvrent les peuples ; mais sur toi se lève le Seigneur, et sa gloire brille sur toi.
Les nations marcheront vers ta lumière, et les rois, vers la clarté de ton aurore. Lève les yeux, regarde autour de toi : tous, ils se rassemblent, ils arrivent ; tes fils reviennent de loin, et tes filles sont portées sur les bras.
Alors tu verras, tu seras radieuse, ton cœur frémira et se dilatera. Les trésors d’au-delà des mers afflueront vers toi avec les richesses des nations. Des foules de chameaux t’envahiront, des dromadaires de Madiane et d’Épha. Tous les gens de Saba viendront, apportant l’or et l’encens et proclamant les louanges du Seigneur. »(Isaie 60,1-6).

Si votre générosité vous permet de contribuer à ces projets et de donner plus d’espoir à ces enfants,vous pouvez passer par l’adresse suivante:

gatagara

Dieu vous en revaudra.Tous nos meilleurs voeux!

By Gakwandi Bernard/NYANZA

Burundi:assassinat du Ministre Emmanuel Niyonkuru: la mort qui guette les hautes personnalités

La violence continue de sévir au Burundi.Depuis que les balles des tueurs n’épargnent plus les hautes personnalités,toute la population est inquiète.La promesse de sécurité est difficile à tenir,au début de cette année 2017.

Les fêtes de fin d’années n’ont pas été chaleureuses au Burundi.Elles ont été troublées par l’assassinat du Ministre de l’Environnement:Mr Emmanuel Niyonkuru.Tué par balles,il s’ajoute sur une longue liste des personnalités burundaises,toutes massacrées de la même manière.

Après Hafsa Mossi

Ex-ministre chargée des relations avec la Communauté des Etats d’Afrique de l’Est,Hafsa Mossi,elle aussi, a été tuée le 13 juillet 2016 quand elle sortait de son domicile.Comme Emmanuel Niyonkuru,elle était membre du CNDD-FDD,parti du Président Pierre Nkurunziza.
index-169Députée burundaise à l’Assemblée de la communauté des Etats d’Afrique de l’Est(Tanzanie),elle serait abattue par les crimninels qui l’attendaient dans un véhicule immatriculé en Tanzanie.Or c’est dans ce pays que se déroulaient les pourpalers de paix pour les protagonistes de la violence au Burundi.

Bujumbura sous l’emprise de l’effroi

A un certain moment,c’était les officiers militaires qui étaient visés.Maintenant que les balles sifflent sur les ministres,c’est tout le Bujumbura qui est sous l’emprise de l’effroi.La suspicion risque de gagner tout le pays et de l’enfoncer davantage dans la crise la plus profonde.

Dans ces conditions,la France,par le biais de son Ambassade à Bujumbura,a été le premier pays à condamner « cet assassinat d’une personnalité pleinement engagée dans la protection de l’environnement ».La Communauté Internationale suit de près l’évolution de la situation.

A qui profite la mort de ce ministre?

Il est possible de penser aux propriétaires qui étaient contre la mesure de destruction de leurs maisons au nom de l’urbanisme.Cette haine résulterait de la mise en garde d’Emmanuel Niyonkuru,en tant que Ministre de l’Eau et de l’Environnement,de l’Aménagement du Territoire et de l’Urbanisme(discours du 1 avril 2016).

De tels assassinats pourraient aussi profiter à ceux qui veulent ethniciser la crise au Burundi ou plutôt entrainer le parti au pouvoir à la vengeance.Celle-ci créera des dissensions internes et des divisions de la société qui voudra dire « non à l’impunité ».Enfin,pourquoi pas à ceux qui croient que faire partie des « DD » soit un crime qui mérite la mort?

By P.B

%d blogueurs aiment cette page :