Abagabo n’abagore babikora kimwe?

Indirimbo y’uburinganire imaze kogera hose.Iyo nyikirizo yo irazwi pe!Ariko iyo bageze ku bitero,abaririmbyi barebanaho,ngo harya ni hasi cyangwa ni hejuru?Rukabura gica.

Kera byari bibujijwe ko umugore ajya hejuru.Ni yo mpamvu bavugaga ngo « Umugore arubaka,ntasakara« ,cyangwa ngo  « Arabyina, ntasimbuka. » Ariko ubu ibintu byarahindutse,na bo bazi gutera isharupanti, bakajya hejuru y’inzu bagasakara.

Duhere aho tuvuge se ko abagabo n’abagore babikora kimwe?Ntiwabona hari ibyo abagore basigaye bakora neza kurusha abagabo?

Aho si yo mpamvu abagore  ari bo benshi mu nzego hafi ya zose zo mu Rwanda?

Niba atari byo,hazagire ugaragaza ko kujya hejuru kwabo mu isakara bituma amazi ameneka mu nzu cyangwa atagera hasi.Kimwe no mu ndirimbo,ubusanzwe bajya hejuru bikaryoshya amajwi y’urunyurane(voix mixtes). Ese byaryoha kimwe no mu majwi y’urujyano-ngano(voix égales)?

UburinganireHambere aha na none,abakaraza bari abagabo gusa.Nuko umurishyo ukajyana n’umurindi w’ibyo bigango.None ubu abagore na bo barawukaraga,
bagahuza umuriri na bagenzi babo bivugira inka n’ingoma.Namwe muzambarire aho ibyo bintu byerekeza.

Uburinganire 2Abagabo na bo ntibacikanywe. Barakubita ingobyi imugongo bakaberwa pe!Bamwe bati « Iri ni ishyano,ntaho byabaye! » Abandi, bati « Ngubwo uburinganire rero ». Icyo batamenya ni ukwitwaza inkongoro y’ababyeyi.Maze abagore bamwe bakabyuririraho sinakubwira.

Wawundi uturiye agasantere ntatinya kubwira umugabo we ngo « Sigarana abana nanjye ndasohotse » cyangwa ngo « Uyu munsi ni uwawe wo kwirirwa ku mashyiga,kopine wanjye yantumiye ».

Nuko na we akabona akanya ko kujya kwigusha neza.Kandi koko birakwiye.Yataha asanga abana bari kurira bahogoye,ati »Ese burya, mubabyara mutazi no kubahoza? » Umugabo,  ati « Hari gihamya yindi se ko ari wowe ufite igisubizo ». Mu kanya ubuzima bugakomeza.Ese aho ibibazo babyumva kimwe ?

By B.P

Hari umugisha w’abadasangira umugati?

Kuri iki cyumweru,abakristu barahimbaza umunsi mukuru w’Isakramentu Ritagatifu.Aho bishoboka bararitambagiza mu mijyi,mu mihanda no mu nsisiro,batera indabo n’amajwi hejuru mu ndirimbo z’ibyishimo.

Mu kwemera gukomeye,baraba bashyira mu bikorwa aya magambo Yezu Kristu yadusigiyeho umurage: « Ibi,mujye mubikora munyibuka »(Lc 22,19).Baraba bibuka ko aho yanyuraga yagendaga agira neza kandi ko mu bihe byiza bamwakirije amashyi n’impundu.

Naho abamuhabwa bisanzwe cyangwa bwa mbere,barazirikana ko umugisha w’Imana ubahoraho iyo bashoboye gusangira badacuranwa,
n’ibisigaye ntibipfe ubusa.

Hirya no hino hari abakeneye gukira indwara n’inzara(cyangwa indwara y’inzara)ariko hari n’abakeneye gukira umurengwe.Abadafite na mba n’abafite duke iyo bahujwe na Yezu,ibihari abivana hasi abyerekeza hejuru maze bikabamanukiraho bose bagakwirwa.Ubwo se umwanzi witwa inzara ntaba atsindiwe muri ibyo biganza?

N’abasanzwe bafite byose iyo bahuriye ku Mana,ibintu biba mahwi.Niko byagendekeye Malikisedeki,umwami w’amahoro n’ubutabera,na Abramu wari uvuye gutabara murumuna we Loti bari batwaye bunyago.Reka tubyumve mu isomo rya mbere:

« Abramu ubwo yahindukiraga amaze kunesha Kedorilahomeri n’abandi bami bari kumwe,umwami wa Sodoma amusanganirira mu kibaya cya Shave,umubande w’umwami.Malekisedeki umwami wa Salemu azana umugati na divayi;yari umuherezabitambo w’Imana Isumbabyose.Asabira Abramu umugisha avuga ati ‘Abramu nagire umugisha w’Imana Isumbabyose yaremye ijuru n’isi!Kandi hasingizwe Imana Isumbabyose yashyize abanzi bawe mu maboko yawe!’ Nuko Abramu amutura igice cya cumi kuri byose.Umwami wa Sodoma abwira Abramu ati ‘Mpa abantu,wijyanire ibintu’. Ariko Abramu asubiza umwami wa Sodoma,ati ‘Ndahiriye imbere y’Imana Isumbabyose yaremye ijuru n’isi,ko kuva ku rudodo kugeza ku gashumi k’inkweto,nta kintu cyawe njyana,hato utazavuga uti ‘nijye wakijije Abramu’.Ntacyo nshaka,keretse ibiryo by’abagaragu banjye(Intang.14,17-24a). »

Biragaragara ko umwami wa Sodoma n’uwa Salemu batari bagendereye ikintu kimwe.Uwa Sodoma akeneye amaboko(abantu),naho uwa Salemu aratanga umugati n’umugisha.Abramu we n’ibyo ahawe abisangira n’ubitanze,ntagire icyo yigomba kirenze ibyo kugoboka abantu be.

Niko na Yezu abigenzereza intumwa n’abigishwa be.Bamuhereza imigati itanu n’amafi abiri, bagasangira na We imigisha akomora ku Mana,maze n’abandi bose bakaboneraho(Ivanjili:Luka 9,11-17).

Iki cyumweru rero,duhere aho twibaze niba abadasangira umugati(mu nyito zose=sens)bashobora gusangira umugisha, waba uw’amahoro cyangwa uw’ubusugire(prospérité)?

Na nore ariko, « Ibyo tudashobora kumva no kubona,ukwemera kwacu ni ko kubihamya« (Indirimbo ya ‘Rata Siyoni’=Lauda Sion).Yezu arahagoboka. Tumuramye.

By B.P

Umugore w’Umudage yaciye agahigo ko kubyarira abana benshi mu zabukuru

Ibihugu bitari bike bishyize imbere gahunda yo kuringaniza imbyaro.Ibyo ngo ni ibikiri mu nzira y’amajyambere.Ahandi amajyambere bayagezeho abagore baribagiwe ibyo kubyara. None barabibingingira kuko umubare w’abakecuru n’abasaza uruta uw’abakiri bato.

Ni ko bimeze mu bihugu nk’Ubuyapani n’Ubudage aho abarengeje imyaka 70 ari bo benshi.Umubare w’abana bavuka mu mwaka ni muke cyane.Hariho gahunda zo korohereza abagore bakiri bato,bakibyara. Nyamara hari abemeza ko gusaza ngo biba mu mutwe(psychologique).

Nguko uko Umudagekazi w’imyaka 65 yiyemeje kubyarira mu za bukuru.Kandi si n’ikibazo cyo kwifuza urubyaro kuko yari asanganywe abana 13 n’abuzukuru 7.

Asobanurira abanyamakuru icyamuteye kwigerezaho,yababwiye ko impamvu z’ibanze ari ebyiri:iya mbere ngo ni uguhoza amarira y’umwana we muto wahoraga yifuza murumuna we cyangwa musaza we bamukurikira;iya kabiri ngo nukwerekana ko umugore ashobora kubyarira igihe abishakiye.

Kandi we byaramuhiriye.Intanga 4 yiteje(fécondation in vitro)nta n’imwe yapfuye ubusa.Amezi 6 n’igice yabamaranye mu nda,bavutse ari abahungu 3 n’umukobwa 1.Andi bayujurije muri couveuse y’ibitaro bikuru bya Berlin.

Kuva kuri iyo tariki ya 23 gicurasi 2015,Annegret Rounigk wigishaga indimi z’icyongereza n’ikirusiya aciye agahigo (record)ko kuba umugore wa mbere ku isi ugize abana 17,kandi mu zabukuru.

Ngo 13 ba mbere yababyaranye n’abagabo 5 batandukanye.Umukobwa akurikije akaba yaramubyaye afite imyaka 55.None n’izo mpanga zidasanzwe ngo nta kibazo cy’ubuzima zifite.

Igitangaje kuruta ibindi ni uko yemera n’umutima we wose ko kubyara abana kuri ubwo buryo bimurinda gusaza , bikamugarurira icyizere cyo kumva ko akiri inkumi.

Bitewe n’uko amategeko y’igihugu cye(Ubudage)abuza ibyo kwiterekamo abana(FIV) kuri iyo myaka,yagiye kubikorera mu gihugu cya Ukraine.Abo bahungu be ni Dries,Bence et Fjonn.Naho umukobwa ni Neeta.Bose bavukanye ibiro 2,5.

By B.P

Il était(séries 4):Comme l’hiver

Morose le soir et à l’aurore
Le temps de l’hiver change de couleur.
Si ici ça bruine, là ça neige.

Brouillards du matin et ses douleurs
On a bien fait de changer des heures.
Ce qui se passe au crépuscule
Ne se verra plus le jour suivant.

La délivrance dans la bascule ?
Une fois c’est le vent qui soulève
Les arbres qui ont perdu leurs feuilles
Une autre fois c’est le froid qui enlève
Le parapluie et les boucles d’oreilles.

La mer vers la terre s’en va
Emporter bateaux et paquebots.
On assiste impuissant
A la danse du vent et de la houle
Qui fait vaciller la foule.

Souffle d’orages et de neiges
Au son des grondements
C’est le recours au bon voisinage
Quand la cour se transforme en patinage
On pense à la solidarité
Pour freiner la précarité.

Voilà que le soleil se lève!
Estivaux n’ont que maille
En maillot de bain de sables
Assaillis par la brume et les flots
Qui les emportent aussitôt
Qu’ils partent sans boucliers
En fonçant tout droit
Tout seul ou en famille
Comme des béliers;
Une chose est à faire :
Se sauver ou périr,
Sinon c’est sans secours.
Chacun a son tour
De trouver un endroit
Où atterrir, dormir et repartir
Embrasser le même froid
Qui transforme et déforme
Visage, voix et muscles.
Ça coince et ça grince.

By B.P

Inyenzi 26 zashajije umusore!

Burya umubiri ubika byinshi.Umusore w’imyaka 19 yamaze igihe kinini amatwi amurya bitavugwa.Bigera n’aho atangira kumva ibisa n’ibivumvuri byiruka mu matwi.Ubwo n’umutwe ntiwari umworoheye.

Uwo musore w’Umushinwa yagiye kwa muganga.Iyo biba nko mu bihugu bimwe na bimwe, bari guhita bamuha ibinini by’umutwe agataha.Umudogiteri we, yemera ko utavura ikintu utazi.Yabaye akimugeza ku isuzumiro akubitwa n’inkuba. Continuer à lire … « Inyenzi 26 zashajije umusore! »

Ces femmes qui deviendront cardinales(Episode 2): Des compétences sous silence

Lors des fêtes de la mère,la maternité est en l’honneur.En déplorant l’absence de cette maternité dans l’Église,les femmes veulent briser le silence millénaire sur leurs compétences et leurs talents.

Ne mènent-elles pas la danse dans nos paroisses presque à travers toutes les activités? Et de fait,dans certains cas,les curés ne sont pas plus que des « oui,oui,oui » à des explorations de ces mains si précieuses.

C’est ce retournement qu’exprime Anne Soupa du Comité de la jupe: « Les piliers de l’Église,il y a longtemps que ce ne sont plus Pierre et Paul,mais toutes ces petites mains qui font tourner la maison »(Conclave des femmes).

Reconnaitre la place de ces « petites mains », c’est replacer les vertus cardinales dans tout le circuit. C’est,à mon avis, reconnaitre leurs qualités et leur merveilleux talents de manière à mettre en lumière ce qui fait défaut aux hommes(clercs) et à la société tout entière.

Le Pape François, dans son Exhortation « Amoris Laetitia« (A.L),n’a pas éludé cette reconnaissance.Il le dit dans ces termes:

« La grandeur de la femme implique tous les droits qui émanent de son inaliénable dignité humaine,mais aussi de son génie féminin,indispensable à la société.

Ses capacités spécifiquement féminines-en particulier la maternité-lui accordent aussi des devoirs,parce que le fait qu’elle est femme implique également une mission singulière dans ce monde que la société doit protéger et préserver pour le bien de tous » A.L n°173).

Ainsi,grâce à la femme,ces vertus cardinales(la prudence,la tempérance,la force d’âme et la justice) seront mieux en connexion stable et permanente avec les vertus théologales(la foi, l’espérance et la charité)de façon utile et salutaire pour l’Église,cité terrestre des justes.

En la comparant à la Sagesse, et par analogie,le Livre de la Sagesse nous  rappelle l’importance de la femme :

« Veut-on devenir juste? Les labeurs de la Sagesse produisent les vertus:elle enseigne la tempérance et la prudence,la justice et la force d’âme,et rien n’est plus utile aux hommes dans l’existence.

Désire-t-on profiter encore de sa grande expérience?Elle connait le passé et conçoit l’avenir,elle sait le sens caché des paroles et la solution des énigmes;les signes et les prodiges,elle les prévoit,ainsi que les temps et les moments favorables »(Sg 8,7-8)

Comme tout œil vigilant peut le percevoir,  cette justesse n’est pas si proche.Le Pape François  pressent les difficultés qu’il y en a:

« Bien que de notables améliorations aient eu lieu dans la reconnaissance des droits des femmes à intervenir dans l’espace public,il y a encore beaucoup de chemin à parcourir dans certains pays…

L’égale dignité entre l’homme et la femme nous pousse à nous réjouir que les vieilles formes de discriminations soient dépassées,et qu’au sein des familles un effort de réciprocité se réalise.

Même si des formes de féminisme qu’on ne peut juger adéquates apparaissent,nous admirons cependant une œuvre de l’Esprit dans la reconnaissance plus claire de la dignité de la femme et de ses droits« A.L,n°54).

Quand est-ce que cette reconnaissance sera plus claire dans l’Église catholique de rite romain?Quelle forme prendrait-elle?Sur quelles femmes l’Église pourra-t-elle miser pour réaliser ce rêve? Tel sera l’objet de notre prochaine discussion…

By P.B

Umugabo w’Umwirabura yaboneye akaga ku buriri

Umugore yari ategereje nk’uwari ubishonje igihe kirekire.Ku myaka ye 47 yasaga n’utabiherutse.Yabonye uyu musore w’ibigango by’umwirabura yumva arasubijwe.

Kimwe n’umugabo wese uri muri icyo kigero,ku myaka 31 ntiyari gupfa kwikura ayo mata mu kanwa.Ntiyari azi ko hari umuzungukazi wamubiza icyuya by’ako kageni bageze ku buriri.

Batangiriye aho ku mwaro bakomereza mu kirambi, umugore aracunda batinda kuresa.Mu kandi kanya batereka ku ruhimbi ngo ubwo ari hejuru buriya aravura vuba.

Nyuma y’amasaha 36 yose ari kuri uwo murimo,umusore wakundaga ikivuguto ati « Aya mata ntasanzwe ».Asaba kujya hanze kuzana indi mvuzo.

Yavuye aho yiruka nk’imfizi icitse umubazi, aruhukira kuri Polisi.Babanza gushidikanya kuri icyo kirego.Bumvise imibavu imutumaho itari iya kigabo,bati « Reka tujye kureba niba utabeshya ».

Bagiyeyo ari nk’igitero.Bageze mu nzu umugore arishima cyane ahita abwira wa musore ati « Uri umwana mwiza!Wabaye ugisohoka hano aravura ndakubwiye!Ngaho na bo nibicare basangire iyi nkongoro,amata ya hano ntawe uyanywa ahagaze! »

Abapolisi barebanaho bati « Twagiye kera k’ubusa! » Bahindukira bagakubita amaso icyo cyansi,bati « Koko afite gitereka!Ariko reka tuyarinde kubogora« .

Nuko baterura neza no mu bitaro by’abarwayi bo mu mutwe by’i Munich.Ategereje kuburana iyicarubozo(séquestration)n’ubucakara bw’igitsina(esclavage et agression sexuels). Ese uriya musore azarutsinda?

Inkuru yose:Un africain obligé à faire l’amour pendant 36 heures non stop

By B.P

Aba basore b’Abarundi bo baratabaza

Bagera kuri 400.Bari mu kigero cy’imyaka 18 na 30.Twabasuye kuri iki cyumweru cya Pentekoste.Pasteri Mukuru wari utuyoboye yaberetse ukuntu Mwuka Wera azabigisha byinshi.Ariko bo wabonaga amaso ari ahandi, umutima wo ntawamenya aho wari uri.

Mu minota 15 twahawe ngo tubagezeho ubutumwa bwiza, twashoboye kwakira n’ubwabo bwo gutabaza.Bo ngo ntibazi igice barimo n’icyo bazira cyangwa bategurirwa.Si abasirikare, ariko bahabwa imyitozo ya gisirikare;si Abanyarwanda ariko bigishwa iby’umuco n’amateka

Ngo icyatumye bazanwa mu kigo cya Gabiro Training Center ntigisobanutse.Bavanywe mu nkambi ya Mahama i Kirehe babwirwa ko ari mu rwego rwo kubarindira umutekano.Kandi koko hararinzwe pe!N’aka gafoto byabaye nko kukiba.Birashoboka ko ari ikoranabuhanga abarinzi bataramenya.Twanze gufata menshi ngo batadukeka amababa.

Ubwo twari tugeze mu gice cyo gutanga ibyifuzo byabo ngo tubyerekeze ku Mana,humvikanye amajwi avuga ngo « Muzatubarize niba ibi bintu dukorerwa byemewe mu mategeko agenga impunzi. » Twarabasengeye,ariko mu mutima nkibaza niba Imana izumva iryo sengesho kandi bo badashaka gusubira iwabo intambara ikiri yose.

N’ubwo igihe cyari gito,abayobozi barishimye ngo barizera ko Ijambo ry’Imana rizafasha abo basore gusubira mu nzira nziza;ngo abenshi bafatiwe imico mibi y’ubusambo, gufata abana b’abakobwa ku ngufu, n’ibindi bidakwiriye umuco Nyarwanda.Natwe tuti « Uwiteka abiyereke ». Kumenya ukuri nyako biragoye.Ese hari ikindi cyabakorerwa?

By Gashabizi Esdras/Nyagatare

Abaye umubyeyi ku myaka 72!

Burya koko ngo ntawe uvuma iritararenga!Ubanza Abanyarwanda baba bibeshya iyo bavuga ngo umugore yaracuze,ntakibyara cyangwa ngo yarengeje imyaka yo kubyara.

Inkuru y’uyu mugore wo mu gihugu cy’Ubuhinde irabigaragaje.Ibyamubayeho byamubereye igitangaza nk’icya Elizabeti wo mu Ivanjili(Lc 1,36). Ku myaka 72 na we yagize ibyishimo byo kuba umubyeyi kandi ubundi yitwaga ingumba.umugore ukuze yarabyaye

Ku itariki 19 mata ni bwo Daljinder Kaur yibarutse imfura ye y’umuhungu.Uyu mwana yavutse apima ibilo 2 kandi abaganga bemeza ko nta kibazo na gito uwo umwana afite.Ngo ameze neza rwose.

Bamwise Armaan nk’izina ry’ibitaro by’aho yavukiye.Abaganga bakoresheje ubugenge bwo guhuza intanga(fécondation in vitro)z’umusaza n’umukecuru we.

Ibiri amambu,bombi bari bamaranye imyaka 46 babana kandi barasezeranye.Mbese urebye bari barihebye nk’abo Imana yavumye.Ubu ngo yumvise ugutakamba kwabo.

Abantu bakunze kubabaza ku maherezo y’uwo mwana bigaragara ko bazasiga akiri muto.Igisubizo cyabo ngo nuko bazakora ibyo bashoboye byose,ibisigaye Imana ikazabikora kuko Yo ihoraho.

Mohinder Singh Gill w’imyaka 75 n’umugore we ntibaremeza niba bazongera gukoresha ubwo buryo kugira ngo bagire umwana wa kabiri. Bashobora gutinya kugondoza iyo Mana.

Inkuru yose : A 72 ans,elle donne naissance à son premier enfant

By B.P

Ubucakara n’ubuhake birakomeje mu bigo by’Abihayimana nk’aho Roho wayo atarahagera

Bava iwabo bazi ko bagiye kwiha Imana.Kandi baba baramaze gucengezwamo ko nta cyiza kibaho gisumba gukorera Imana.Ibi bivuze ko baba bahakanye gukorera ifaranga!Rimwe na rimwe n’inyito z’iyo miryango ibakira ziba zisobanutse.Urugero ni « Les Travailleuses missionnaires ».

Marie Louise yarangije secondaire abura akazi. Kera kabaye, umuhamagaro umuzamo. Ababikira bo muri uwo muryango baramwihata, na we arawukunda. Yinjiramo yibwira ko n’iyo batahemba aya Mirenge,umutaravayeze yahabwa nibura aya misiyo.

Novisiya yarayihanganiye kuko aba ari nk’igeregeza.Amaze gusezerana, ni bwo yabonye icyo yahamagariwe:gukorera umuryango (congrégation)aho gukorera Imana.Kandi koko, ubuzima ni imirimo gusa.Utaretse ko hari imirimo y’abazungu n’iy’Abirabura.

Mu myaka 15 yamaze mu Muryango, yakoze nk’umucakara.Buri gihe yahoraga yibaza impamvu abo bazungu batemera ko ababikira b’Abirabura bajya gukorera i Burayi.Ariko byagezeho birikora kuko abenshi bamaze guhetama imigongo nta n’abato bakinjira.

Boherejwe ari batanu:2 mu gihugu cy’ Ubutaliyani, 2 mu cy’Ubufaransa n’umwe muri Esipanye. Mu myaka 2, bari bamaze gusobanurirwa uburenganzira bw’umukozi ku mushahara no guteganyirizwa iza bukuru. Batangira kwibaza igice baherereyemo, birabayobera.

Nyamara bari gukomeza kubyihanganira, iyaba batahozwagaho incyuro, ngo mu bihugu by’iwabo nta biryo bihaba.Mbese nko kubabwira ngo ikibakwiye ni ugukorera ibiryo.Umubi ni uwavuga ngo n’amayero ntayo mugira,
nimuyakorere tuyabahe cyangwa reka tuyabahe muba mwayakoreye!

Bigeraho bikarambirana

Kubera iyo ndishyi,bamwe muri bo bari batangiye kurwara imitwe idakira,abandi bafatwa n’ibifu, na za ndwara zidasobanutse muganga apima akabura ibimenyetso. Yewe n’icyumweru nticyari kikibashishikaje.

Aho batangiriye inzira yo guharanira kugira uburenganzira bungana n’ubw’abandi,bafite agahenge ku mutima kubera amategeko abarengera, ariko muri ibyo bigo ho ngo ni intambara.

Pentekosti 1Ese kuri iyi Pentekosti, ayo mazu bateraniramo azagerwaho na ya nkubi y’umuyaga uva mu ijuru ku buryo indimi zabo zumvikana?(Act 2,1-4). Nibyanga, bazazirikane iri jambo rya Yezu bemera:

« Umuvugizi, Roho Mutagatifu,Data azohereza mu izina ryanje,ni we uzabigisha byose kandi abibutse n’ibyo nabigishije byose »(Yohani 14,26)

Isomo rya kabiri ryo kuri iki cyumweru riratwereka ko nta mpamvu yo kwirengagiza uwo Muvugizi:

Ntimwahawe roho y’ubucakara ibasubiza nanone mu bwoba,ahubwo mwahawe roho ibagira abana bishingiwe kibyeyi,igatuma dutera hejuru tuti « Abba!Data! »

Roho uwo nyine afatanya na roho yacu guhamya ko turi abana b’Imana.Kandi ubwo turi abana, turi n’abagenerwamurage(héritiers) b’Imana, bityo n’abasangiramurage ba Kristu niba ariko tubabarana na We ngo tuzahabwe ikuzo hamwe na We.(Rom 8,15-17)

Abamuraritse, mbifurije kumwakira neza.Na We araje, asesekare ku ruhanga rwanyu n’aho iwanyu, ngo umugizi wa nabi atazabahangara.

By P.B

Ibinyendaro byibera mu mujyi, naho mu cyaro ni ibinyarukundo!

Ngisoma iriya nyandiko yasohotse kuri uru rubuga ivuga ngo « Ko umwana w’ikinyendaro atera umwaku »,nagize agahinda kenshi cyane.Nashatse kumenya niba uriya wayanditse ari umusore cyangwa umugabo wagize uwo mwaku mbura adress ye(phone cyangwa email).

Mbona ubutaha yari kuzadusobanurira neza iby’uwo mwaku.Njye nemera ko umwana ari umugisha ku mubyeyi.Naho ibinyendaro nta handi wabisanga koko uretse mu mijyi kuko mu cyaro ari ibinyarukundo gusa.Ndisobanura kuri ibyo byombi.

Ko abakobwa babyara...

Ntibakakubeshye,burya nta mukobwa ubyara atabishatse.Uko yamera kose aba yabibaze cyangwa yabicunze.Bitabaye ibyo yaba ari umusazi cyangwa afite ikibazo mu mutwe.

Ikibazo gusa ni uko imibare hari ubwo imupfubana,uwo yashakiragaho ibiceri akamwigurutsa cyangwa agasanga na we ari nyagupfa.Muri icyo gihe arikoca,agahagarara neza mu kibuga,ibyishimo bikamurenga areba umwana we ajya kumuzanira amazi!

Ibinyendaro rero

Njye ndahamya ko ibinyendaro ntaho bikiba uretse mu mijyi.Ni ho honyine umukobwa ashobora kubyarana n’inkokobotsi atanazi cyangwa adakunda(nk’abashoferi b’Abasomali, Abashinwa bakora imihanda,ba mukerarugendo…).

Ababyariye iwabo barakomezaIno mu giturage,mubyarana mwakundanye rwose.Nk’umugabo ufite umugore wabyaye abakobwa cyangwa abahungu gusa,akubwira ikibazo afite ukamufasha kugikemura.Tekereza rero iyo umubereye igisubizo!Urugo rwe rurakomera kandi namwe mugakomeza ibyanyu. Ufite ubwenge, ntiwamushyira hanze byo kumusenyera.

Icyo ndashyigikiye ni ba bagabo bahubuka nk’iya Gatera bagafata abakobwa cyangwa abagore ku ngufu.Ngo hari n’ababacunga bagiye kuvoma amazi bakabasumirira ku ivomo cyangwa hirya gato aho batabona gitabara.Kandi ibi byo si mu Rwanda gusa biba.Abo bakwiye kubihanirwa by’intangarugero.

Ikindi ni uko burya abagabo bafite ukuntu bamenya ko umukobwa cyangwa umugore yagiye mu mugongo(mu mihango),nyir’ubwite ataranabimenya ;wagira ngo turabahumurira!Icyo gihe bashima ahashimika,nuko umutego ugahitana iyigurukiraga. Iyo agize ibyago agatwita ariyumanganya.Yabigenza ate?Ngo ugize igihombo aracyimenyera.

Uwanyirigira Bernadette, Kibangu

Hari abategetsi abaturage banukira bakabakizwa n’inkoni

Abaturage bakubitwa n'abayoboziNtaho bucyicyera inkoni itarishije. Abaturage twaragowe.Haba mu mudugudu cyangwa mu Kagali ducungishwa inkoni nk’amatungo. Wagera ku Murenge cyangwa kuri Polisi ho bikaba ibindi.Umuntu agatunarikwa turebera, ntawe ubona icyo yabikoraho.

Iyo atagukubise ivuna igufwa,akurebana isesemi ukumva urigaye.Twajyaga tugira ngo bene ubwo buryo n’urwo rugomo ni iby’abagabo gusa.None n’abagore bafashwe n’iyo ndwara.Apfa kuba yicaye mu biro!Kumugera imbere ni nko kwegera ikigirwamana.

Abayobozi banukirwa n'abaturageMpakaniye yahuye n’uruva gusenya. Yazindukiye ku biro by’ushinzwe Irangamimerere ku Murenge.Nyiramama wanjye wari uri kwitonora inzara amureba nk’icyo imbwa yanze,ngo najye gukuramo inkweto azisige hanze ziranuka.

Undi na we ati « Ariko abana b’iki gihe ntimucyubaha!Ntubona ko ungana n’umwuzukuru wanjye muko?Nawe uzaze hakurya iriya iwacu n’amaguru twumve uko izawe zihagera zihumura! » N’agasuzuguro kenshi ati « Ibyo ntacyo bimbwiye,ahubwo nutagira vuba ndaguteza abashinzwe umutekano bakumvishe ko hano ari mu buyobozi »

Vumiliya wari umaze akanya na we ategereje, ibyari bibaye ku musaza ntibyamuteye gukenga kuko uwo mukozi bari bariganye,ariko agira ibyago byo kubura akazi.Yinjiye yirya icyara ngo buriya we biracamo vuba.

Akigera ku muryango,asanganizwa inabi ngo namubwirire aho atamwegereye.Undi akora nk’utabyumvise, ati « Ngirira vuba Mariya we, impumuro nk’izo zo mu biro natwe abakene ntituzimenyereye. »

Umuyobozi wawe ntiyatinze kumwereka ko ari ntaho bahuriye.Yaramweruriye rwose ati « Ntiwitwaze ko twiganye ngo uze guteza ubwega!Ahubwo wagombye kuba wibaza impamvu navuye ku Mubuga nkaza kwicara iwanyu muri uyu mwanya kandi nawe uhari! »

Abaturage basuzuguweVumiliya na we ati « Ibyo ni byo rwose!Kuba twararangirije rimwe Kaminuza ntibihagije!  Simba nambaye aka gatenge ka Nyiramusazi!Ndabizi ko wazanywe kubahiriza gahunda za Leta.Abo mu Kinyaga ntituba tuzizi,tugomba kuzibwirwa.Nanjye rero ni cyo cyanzinduye ngo nzumve rwose.  » Barebana akanya nk’abataziranye…Natwe hanze aho mu madirishya twumiwe.

Nyamara duhora tubwirwa Imiyoborere myiza ndetse tukayiririmba.Birakwiye ko abaturage (citoyens) bahabwa icyubahiro kibakwiye(dignité)cyangwa bagafatwa nk’abakiliya nyiributike atagaraguza agati(maltraitance)kandi ari bo bamubeshejeho.

Ayirwanda Martin/BUSHENGE

Imvura n’inkangu bikomeje kwiha inkumbi mu rwa Gasabo

Imvura nyishiAbarenga mirongo itanu bamaze guhitanwa n’imvura ndetse n’inkangu mu duce tunyuranye tw’Amajyaruguru.Haba Rubavu,Gakenke,Ngororero cyangwa Muhanga,abasizwe iheruheru na bo ni benshi.

Kuva kuri uyu wa mbere tariki 9 gicurasi, amarira ni yose.Ingo zagendesheje na zo ntizigira umubare.N’ubwo imihanda yatangiye gufungura gahoro gahoro,ibibazo ni byose.

Imvura nyinshi 1Ariko burya ngo ibyago bya bamwe ni yo mahirwe y’abandi.Abanyamatagisi mato n’abamenyereye guheka ku migongo baricinya icyara ngo icyashara cyabonetse.Abakora ku munwa ar’uko bavuye Kigali bo bumiwe.Intambara za tagisi

Nta mugayo kuko kwinjira muri Kigali cyangwa kuyisohokamo werekeza za Musanze(Ruhengeri)na Muhanga(Gitarama)byari intambara ikarishye. Nyabarongo na Nyabugogo zari zuzuye bidasubirwaho. Abantu babaye uruhuri hakurya no hakuno.Kubona umwanya mu mudoka byari iby’inkorokoro ku buryo n’izatwara imizigo zitanasize abantu.Nyabugogo yari yuzuye

Biteye agahinda
Koko rero mu Rwanda,kimwe no mu bihugu byinshi bya Afurika, imvura iragwa tukarushaho kurira ayo kwarika.Aho yakabaye igisubizo, igahita iba ikibazo,igatwara abantu n’ibintu.

Amazi y’imvura akava mu majyaruguru agasenyera abo mu majyepfo.Ejo bundi nanone izuba nirirasa,mu gihugu hose bazaba bataka ngo babuze amazi.

Amazi mu mihandaTwebwe n’ubwo tutize bihambaye,hari igihe twibaza niba uburyo bwo gufata neza amazi,kuyabika no kuyazigama nta Minisiteri bireba by’umwihariko ku buryo yabibazwa nk’itujuje inshingano zayo (responsabilité)kandi iteganyagihe ryari ryabyerekanye?Amazi se ntakwiye kujya mu bikorwa-remezo dore ko asiga yangije ibindi bikorwa bisanzwe nk’imihanda n’amateme?

Birumvikana ko ikihutirwa ubungugu ari ugutabara abasizwe iheruheru n’iyo mvura ndetse no kubashakira aho begeka umusaya.Ese hazakurikiraho iki mu kubikumira ku buryo buramba butari ukubwira abantu ngo nibimuke gusa,bave mu manegeka?

Imihanda yuzuye ibyondoIgiteye agahinda ni uko ejo n’ejo bundi nta kindi tuzakora uretse gukura isayo mu mihanda no mu mifurege tujugunya hepfo cyangwa haruguru. Imvura nisubizamo,ibyo haruguru bizongera byisuke muri ya mihanda,ibyo hepfo bijye gusenyera n’abandi.Bikaba bityo nk’ihene yizengurukaho (cercle vicieux). Umva ko dufite abatekinisiye mu Karere no ku Mirenge!

Aron Manirarora,Karuruma/Kigali

Barabivuze(Ibitekerezo by’abafilozofe):2.Platon et sa République(suite)

De nombreux pays portent ce nom de « République » comme déterminatif,portatif ou qualificatif de leur État.Nous en connaissons plusieurs variantes:République française, République fédérale d’Allemagne,République démocratique du Congo,République populaire de la Chine,République du Rwanda,République du Chili,République islamique d’Iran, et j’en passe.Y en a-t-il un de ces pays qui dira qu’il n’est pas la meilleure des Républiques?

Au lecteur de juger si de telles dénominations ne sont pas réellement des caricatures de ces éléments suivants que Platon considérait comme essentiels à la construction de la Cité-République:la démocratie, la justice et la liberté. Voici en bref ce qu’il disait:

La démocratie est née de la victoire des pauvres.Une fois opérés exécutions et bannissements,ils font avec les survivants un partage égal des postes de gouvernement et d’autorité:c’est ordinairement le tirage au sort qui en décide.Essentiellement,les gens sont libres,de libre expression,et l’on y a le droit de faire ce que l’on veut.

Le régime démocratique contient tous les autres,de par ce fameux droit(de tout faire). Et il y a de fortes chances pour que celui qui veut fonder une cité,comme c’est notre cas,doive forcément visiter la cité démocratique.Tu as une idée,tu fais ton choix!A l’instar d’un Grand Marché où l’on viendrait voir des régimes politiques, l’amateur fera son choix du type de gouvernement à réaliser.

Dans la cité démocratique,nul n’est jamais forcé d’assumer une fonction d’autorité,même s’il en est capable;et pas davantage d’obéir aux autorités,s’il en a envie;il n’est pas davantage forcé de faire la guerre quand les autres la font,ou de vaquer à la paix quand les autres y vaquent,s’il ne désire pas la paix.Nul,non plus,n’est contraint par une loi qui lui interdirait d’occuper une fonction d’autorité ou une magistrature, et il occupera néanmoins fonction ou magistrature,à l’occasion.(Livre VIII,§557)

De véritables philosophes,une fois au pouvoir dans la cité,à plusieurs ou même à un seul,méprisent les honneurs.Ils les tiendront pour serviles et dépourvus de toute valeur,tandis qu’ils apprécieront au maximum la droiture et cet honneur qui y prend sa source,ils regarderont comme une affaire primordiale et indispensable la justice:ils s’en feront les serviteurs pour lui assurer sa pleine expansion,et ils feront le ménage dans leur propre cité(Livre VII,§540)

C’est à l’endroit d’une ville où l’on voit les mendiants que se tiennent cachés les voleurs,précisément les pickpockets,les grands bandits et tous les scélérats.Mais l’origine du mal est dans l’absence d’éducation,dans une formation défectueuse,dans la constitution défectueuse de la cité,nous devons le dire.Les autorités portent la responsabilité de cette présence des misérables.(Livre VIII,§552)

By B.P

Il était(épisode 3):Hospitalité incommode

Là, on cherchait un appui
D’une structure ou d’une personne
Dont l’influence est sans résistance.
Une réponse tout arrêtée :
L’adresse d’un compatriote.

C’est l’égalité des conditions
Et déception de l’attente.
Pour y arriver
On a tout quitté
Et vendu pour le ticket.

On a connu les pires expériences
Des cocos et des cachots.
Atteint le moment crucial
Corps de l’hospitalité cordiale
Et puissance de la lenteur
Dans le jugement des affaires.

Ne faites pas ce vous pouvez
Écoutez ce qu’on vous demande
Vous éviterez l’arbitraire
Qui accroît le déshonneur
De l’accueilli vigilant
Comme un vigile du jour
Qui veuille autant la nuit
Non loin des foudres
De ceux qui veulent en découdre.
Quelle horreur !
C’est la mode de l’incommode :
Vous tenir loin des villes
Dans de beaux HLM
Indignes de bons citoyens.
Mais oui!
Profitez-en.
Ici, vous avez de quoi manger !
Et on mangerait comment ?

By P.B

Na byo biryoha bitera gusaza imburagihe(suite)

Mu minsi mikuru   ya Pasika, ngo ibirayi byabonaga umugabo bigasiba undi.Muri Kigali ngo ikilo cyaguraga amafaranga 300 kandi ubundi kitarenzaga 190 .Abenshi biririye amafiriti akorwa n’uruganda rwa Musanze.Naho abandi bifatira agaceri nk’uko bisanzwe ku minsi mikuru.

Kandi n’ubundi kubura ayo mafunguro yombi  ku meza ni ukunyagwa zigahera.Nyamara n’ubwo atubangukira bwose,ari muri bya biribwa  biryoha bitera gusaza imburagihe.Muti gute?

UMUCERI WERA

Abantu benshi bikundira uwera.Kuwukubita amaso ku isahani muri iryo bara ry’urwererane n’agasosi ku ruhande,ubwabyo bituma amazi yuzura akanwa na apeti ikiyongera.

Hari n’ibihugu bawurya buri munsi,umwaka ugashira.Nyamara uwo muceri wera(riz blanc)ngo si mwiza na gato kuko uba ukennye ku ntungamubiri nka magnesium zirinda diyabeti.

Abongabo rero batawusiba bagira ibyago byo gufatwa n’iyo ndwara y’igisukari(diyabete) kimwe n’indwara z’amara(vessie).Ikindi kandi bisanzwe bizwi ko umuceri utera indwara ya beriberi kuko udafite thiamine cyangwa vitamine B1.Ni bwo usanga umwana yarabyimbaganye,n’umusaza yarahinamiranye kandi badasiba kurya.Muganga yababwira ko bafite ikibazo cy’imirire,bati « Birashoboka se kandi duhorera umuceri? »

IFIRITI

IfiritiIfiriti yo birazwi ko itaribwa na buri wese.N’ubwo itarushya itegura, isaba ubundi bushobozi busa no gupfusha ubusa ku bakene(amavuta itwara).

Ku rundi ruhande, imitegurire (cuisson) y’ifiriti itera iki kiribwa kubanguka mu kugabura ariko nticyorohere umubiri.Ngo gucanira ibirayi mu mavuta bituma amidon ihinduka nk’uburozi (glycation) bityo impyiko (reins) n’imboni (rétines)ntizibashe gukora neza naho uruhu rugapyinagara maze uw’imyaka 40 cyangwa 50 akaba asa na nyogokuru iyo atagenda ahunyiza nka sogokuru.

Na none kandi,yaba ifiriti cyangwa umuceri, hari abagera ku meza ngo ntibimirika,umunyu ni muke! Bakawongeramo mpaka ururimi ruryohewe. Bakibagirwa ko uwo munyu w’igisoryo ugera mu mubiri ukihutisha umuvuduko w’amaraso kugera ubwo uruhu rukobana(cellulite).

Ngo burya impamvu inka zikenera umunyu cyane ni ukugira ngo uruhu rukomere.Aha rero niho abahanga bahera bavuga ko biriya biribwa byombi(bitarenga umunwa nta munyu)bitera gusaza imburagihe.Niba utifuza kugira uruhu nkurw’inka ni ukureba urugero rw’umunyu ukwiye muri ayo mafiriti n’umuceri.

Dore n’ubundi iminsi mikuru iregereje;Asensiyo na Pentekositi.N’Impeshyi ibereye ibirori by’umwihariko na yo yaje.Ubwo uzaba watumiwe mu birori byo Gushyingirwa cyangwa Gukomezwa, iby’Amasakramentu ya mbere cyangwa ay’Ubusaseridoti, ntihazabura aho biba ngombwa kurya uwera cyangwa amafiriti bikakuva ku nzoka.

Naho ku ngaruka mbi,birumvikana ko ubirya rimwe cyangwa kabiri mu mwaka nta ngaruka zindi.We ahubwo twamubwira ngo nubibona, uryoherwe!

By P.B

Il était(épisode 2): A Paris

Paris la belle
Paris accueillante
Ne sois pas décevante
Tu n’es pas rebelle.

Ton tour Eiffel
N’est pas le tour de Babel.
En descendant de l’avion
Je te vois en tes grands pavillons
Gratte-ciels et meilleurs Hôtels
Où l’on goûte de ta beauté immortelle.

Quelle grandeur dans tes endroits
Aérogares et aéroports !
Si je passe et que personne ne me regarde
On me froisse par mégardes
Sauvegardant tout le confort
D’une ville attachante de bonté.

On se presse, les yeux tout droits
Pas de place pour celui qui s’endort
De fatigue ou de perte de repères.
Personne pour l’aider à monter,
A surmonter sa peine.
Toute tentative est vaine.

Sans cesser de l’irriter
Il convoite ta fierté
En vue de plus de clarté ?

Ah ! C’est être sincère
De te visiter pour dépenser
Et te fuir pour chercher
Ce qui peut compenser
Tes défauts que l’on ne peut cacher :

Tapage et bourdonnement
Polluant lentement
Atmosphère et voyageur
Attraction de nouveaux créateurs
Pour demeurer bons visiteurs.

Ils viennent vous dorer
De plus en plus vous adorer.
Tu es devenue multiple
Chacun peut y avoir son choix
Et porter encore sa croix.

Si tu lui donnes l’aumône
Il te doit la dîme
Et le centuple
En retour de petites primes.

Toujours prête à rendre agréable la vie
De ceux qui sont insatiables à l’envi
Te voilà te plaindre du soleil
Dont la teneur ne sera jamais pareille ;
Le paisible travail n’y trouve point ses graines
Jobs et logements causent la migraine.

Capitale à plusieurs portes,
Ta parole n’est plus forte ?

Porte de Clignancourt
Où tout le monde court
Elle n’est pas du tapis rouge
Mais en argent et en fer
Sous forme de millepattes
Qui roulent si vite
Comme si tout bouge
Pour éviter les enfers.

Et la Porte de Versailles
Beau vallon des merveilles
Loin de la marmaille
Que le soleil écrase
Vers le retour au bercail
Point de départ de la même case?
Ohé ! Là-bas là !
Marre, on en a.

By P.B

Amajyambere yanze gusiga umuco!

Hahoraho inama zidahuga nyuma y’umuganda.Abantu baba bicaye hasi nka kera bateze amatwi umwami ku Karubanda. Abayobozi ntibaba baca urw’iteka gusa,baba bacurangira abahetsi.Kandi na bo baba bazi neza ko ibyo bavuga ari ibisigarakicaro.Buri kwezi bigahora gutyo.

Abarya ar’uko bavuye gupagasa ntibaba borohewe.Amande y’umuganda 2000fr ntabakanga,iyo bazi ko bashobora kwinjiza arenze 3000.Bahitamo gufunga umwuka aho kuva muri ayo manama ngo ni ibiganiro bareba hejuru n’abana babaririraho.

Girukubonye we abishyiramo urwenya ngo abona ari amajyambere yanze gusiga umuco kuko umuco w’iterambere utazapfa ubagezeho!Mu gihe yavuga ibyo,hatungutse umubyeyi bahetse mu ngobyi. Abantu bane bari mu mujishi icyuya cyabarenze, baherekejwe n’abandi nka 12 bo kugenda basimburana.

ingobyi

Yahise ahindukira antungira agatoki. Ati  » Ibyo navugaga ni nka biriya.Dore bose bariruka amaguru adakora hasi.Iyo haba amajyambere,ingobyi ntiziba zisigariye mu nzu ndangamurage, maze abantu bagakora indi mirimo? »

Burya koko inzara yigisha ubwenge.Abagore bamwe bari bakubise ibikapu ku mutwe nk’abatwaye ingemu y’umubyeyi na bo biruka inyuma y’iyo ngobyi kugira ngo abo muri Reveni(RRA) batabambura utwo bacungiyeho amaramuko.

Gusa nyine inzira ntibwira umugenzi.Babaye bakigera hafi ku gasoko bakubitana na ba Gatoki,abacuruzi bakuru tuzi nka infomazi(informers).Si ukwicinya icyara,baba basakiwe.Nta mbabazi nta mishinyiko kuko akazi nk’ako na bo kabatunze!

Abarira barayahora bakihanagura,abandi bakifata mapfubyi.Nuko bagahumuriza umutima ngo nta kundi,ubuzima bwarabishye kandi amategeko ni nk’amabuye iyo bayateye,buri wese yirwanaho yiruka cyangwa yihisha.Ni akaga mu ngo no ku babyeyi.

By Umulisa Sifa,Kiramuruzi

%d blogueurs aiment cette page :