Ibyanditswe Byera hari icyo byamarira umuntu muzima?

Muri ibi bihe,bisa n’aho ukwemera gushingiye ku Ijambo ry’Imana kwabaye intwaro y’abakene,abanyantege nke n’abarwayi,rimwe na rimwe ndetse igahekwa n’abatekamutwe n’ibyihebe.

Kubera izo mpamvu zose,bamwe ntibatinya no kukubaza ngo « Urumva ukwemera kwamarira iki? Kugira ngo umuntu abeho koko, akeneye Ijambo ry’Imana? »

Umwe mu bibazaga gutyo, nabonye nta kundi namugira(faute de le raisonner) musaba ko twasomera hamwe agace gatoya k’Ibyanditswe.Iryo Jambo ry’Imana ritamukuye ku izima,ni isomo rya kabiri ryo kuri iki cyumweru(2Tim.3,14-4,2).Turyumve:

« Wowe,gumya kwibanda ku byo wigishijwe kandi wakiriye udashidikanya.Uzi neza uwo ubikomoraho;kandi kuva mu buto bwawe wamenye Ibyanditswe Bitagatifu;ni byo bishobora kukubera isoko y’ubuhanga bukuganisha ku mukiro ubikesheje kwemera Kristu Yezu.

Icyitwa Igitabo gitagatifu cyose cyahumekewemo n’Imana kandi gifite akamaro mu byerekeye kwigisha,no kuvuguruza ubuyobe,gukosora no gutoza umuntu iby’ubutungane;bityo umuntu w’Imana wese akabasha kuba igihame kandi akabona intwaro zimufasha gukora icyiza. »

Uwo iri Jambo ritabuza kuba muzima,mwifurije kurigira intwaro ye muri iki cyumweru.

By P.B

Auteur : protosbuyahoofr

Prêtre amateur de Philosophie politique et de Philosophie économique autant bien que du Droit de la Santé, je suis révolté par la misère de certains peuples vivant sous le seuil de la pauvreté. Ces questions me préoccupent: Pourquoi sont-ils dans cet état(de pauvreté)?Y a-t-il un moyen d'en sortir pour parvenir au bien-être atteignable? N'ont-ils pas droit au bonheur raisonnable? Mon doigt et mon regard se focaliseront sur les causes tandis que mon cœur méditera sur les actions susceptibles d'amélioration. Portant le même souci de nous informer sans polémiquer, nous ne tairons pas nos droits inaliénables ,car les devoirs s'imposent à nous. Dans cette voie, je compte sur vos commentaires et vos témoignages pour plus de lumière. P.B

%d blogueurs aiment cette page :