Niba Imana yarihishe, imiryango irakinguye kwa Satani!

Mperutse guhura n’abahamya ba Yehova, ba bandi bagenda ari babiri babiri bamamaza ubwami bw’Imana yabo kuri iyi si.Mugenzi wanjye twari kumwe arabakurikirana nk’uwatwawe n’inyigisho z’akataraboneka,dore ko amadini muri kino gihugu amaze kuba isoko n’uburo.

Uwo munsi ni bwo numvise icyo ubuzima bwe buhatse. Ibiganiro byari bikarishye. Buri ruhande rwakajije imitana. Abo bigisha bagaragazaga ukuntu ibihugu birimo ibibazo ari ibyahigitse ubwami. Ngo ni yo mpamvu ubw’Imana bugomba kuva mu ijuru bukagaruka ku isi.

Shyirakera wanjye ntiyagaragaza ko atabishyigikiye. Ati « Kuva nkiri muto nakuze nshaka Imana, ariko kugeza ubu sindayibona.Yaranyihishe pe!Mwebwe se mwarayibonye ngo muyinyereke?« 

Abakozi b’Imana batangira kurebanaho. Mu gihe bagishidikanya, ababwira ko ari umuyoboke wa Satani kandi ko kuva yamukingurira amarembo ari nta kintu abuze. Ngo ibyo biramuhagurutsa bikamujyana i Bujumbura gusengerayo. Ngo afite icyizere ko no mu Rwanda batazatinda kuhabona icyicaro, kuko bahaguruka i Kigali buzuye Kwasteri.

Abandi na bo bati « Reka reka reka, ibyo si iby’i Rwanda. N’ubwo Abakurambere bacu bemeraga Rurema, Rugira, Rugaba na Ruremankwashi, ntaho yari ihuriye na Satani. Nta muyobozi wakwemera ibyo, kabone n’iyo yaba atemera Imana y’abazungu. »

Abayobozi bagize neza

Ni iby’agaciro kuba mu Rwanda bataremereye amadini asenga Satani ko akorera mu gihugu cyacu. Ariko se bizamara kabiri niba yashoboraga kuhabona abayoboke? Birakwiye kwibaza n’iki kibazo:Byaba biterwa n’iki ngo abantu bagere aho bemera Satani?

Abashishoza basanga ubwinshi bw’amadini bushobora kuba ikimenyetso cy’ibibazo sosiyete cyangwa igihugu gifite. Biba byerekana ko nta rwego ruba rugishoboye gutanga ibisubizo bifatika. Abantu bagapfunda imitwe aho babonye nk’abahiriye mu nzu. None se abo ubukene bwugarije, babonye aho basenga bakabukira, ntibajyayo?

Kwa Satani nta mukene uhaba!

Eglise de satan 1

Kuri iyi tariki ya 30 Mata 2016 ni isabukuru y’imyaka 50 Kiliziya ya Satani(Eglise de Satan) imaze ishinzwe muri Amerika. Inyigisho n’ingenamitekerereze byayo biri muri Bibiliya ya Satani(La Bible satanique)yanditswe na fondateri w’iryo dini, Bwana Anton Szandor Lavey.

Icyabimuteye ni ukubona ukuntu inyigisho zo mu madini asanzwe zitsikamira muntu zikamubuza amahwemo. Yari afite inkomoko y’Abayahudi(batojwe gukomera ku Mategeko y’Imana)aniga muri Univerisite z’abakirisitu. Ni ho yahereye ategura inyigisho ze ko Satani ntaho ahuriye n’Imana ibuza abantu ibyo umutima ushaka kandi bafitiye ubushobozi.

Yakitwa iya Satani cyangwa Lusifero, abo muri ayo madini bemera ko nta Mana ibaho yaheza abantu mu bukene ngo ibe ikitwa Imana ikiza. Aho ubukene bwiyongera cyangwa bugahindura isura(mu rubyiruko no mu bana b’inzererezi!), bararye bari menge kuko abavugusi b’imiti barekereje. Kandi igisubizo cyabo kiroroshye:Niba Imana yarihishe, kwa Satani imiryango irakinguye.

By Bumbakare Frédéric/Kacyiru-Kigali

Kwitabaza ubuyobozi ni ugukomeza agatsi

Ntibyoroshye kubona urwego rw’ubuyobozi rwumva akababaro k’abaturage.Nanjye najyaga ngira ngo abataka barakabya.Nabyumvise ar’uko bimbayeho,mbyiboneye amaso ku maso.Ni akumiro!

Vuba aha nakuviriye i Nyagatare nje muri Minijust gusinyisha ibyangombwa(ngo byitwa légalisation) by’umukobwa wanjye uri mu mahanga y’iriya mu Burusi. Mpagera ku wa gatatu saa munani kuko nari nabuze imodoka, barambwira ngo bazanyakira ku wa gatanu saa 11h00.

Mbega guhangayika!Naracumbitse kugira ngo nzahagere kare.Sinjye warose iminsi ibiri irangira,dore ko umunsi umwe muri uwo mujyi wa Kigali wagira ngo ni umwaka wose.Udufaranga ntidutinda kugushiriraho.

Ku wa gatanu narazindutse ntonda umurongo nk’abandi. Bene akazi basiganwaga mu kwinyuranyuranamo.Bigeze saa sita, ngo abashaka Notaire bazagaruke ku wa mbere.Bamwe dutangira kurebanaho. Abanyamakoti na karuvati bikuba hirya no hino mu biro.Nanjye nti iyo mba umuntu nari kubona umvugira.

Hah!Umva ko ruswa zidatangwa da!Iyo nyagira nanjye sinari gutinda aha.Ariko se ko wamuha duke akagufatisha bakakwandika hose ngo ni wowe munyamakosa?!Reka ntahe nzagaruka.Banza ubuyobozi bwiza ariko bukora!

Natashye nimyiza imoso.Ku wa mbere nyirara ku ibaba.Naje n’iyo mu rukerera,bafungura ibiro mpagaze aho. Banyakiriye mu ba mbere ngira ngo kirakemutse.Mu kanya ngo ngomba gusubira mu Murenge,ngo nabyujurishije nabi cyangwa narabicuze.

Sinamenye uko byagenze,nahise ngwa igihumura. Nakangutse mbona nkikijwe n’abandi bitotomba.Umwe ni we wanyegereye aranyihanganisha ngo na we ni ko byamugendekeye kandi aturuka iyo za Rwamatamu ku Kibuye.

Ngo « ugutegeka agukubita yicaye koko »!Bajyaga bavuga kwa muganga,nibura naho!Ubu se nk’aya mafaranga y’ingendo, tuzayasubizwa na nde?Dore buriya mu Murenge bazongera baturye andi,dukomeze dusiragire dutyoooo!Mana we!Abashoboye gusenga mudusabire twe rubanda ruciye bugufi.

By Shyirambere Alex/Nyagatare

Virus idasanzwe ya Sida iracengana n’ urukingo

Muri iyi minsi(kuva 2013)mu Burusiya hadutse virus ya Sida ifite umuvuduko udasanzwe mu kwanduza.Iyo virus bise 02_AG/A yibasiye ibice bya Siberiya na Tchetchenia ikaba yarasatiriye cyane n’ibihugu byo muri Aziya yo hagati.Impungenge ni nyinshi ko nigera muri Afurika izagarika ingogo.

Kubera iyo mpamvu,birashyushye hagati y’Abanyamerika n’Abanyaburayi. Barahiganirwa umwanya wa mbere mu kugera ku rukingo .Bamwe bashyize imbaraga mu rufasha kwirinda(vaccin préventif),abandi bibanda ku rukiza(curatif).

Nko muri Espanye,abarwayi 24 bakoreweho igeragezwa ry’urukingo maze nyuma y’ibyumweru bike,abantu 12 bonyine(ni ukuvuga 50%)bagaragaza ibimenyetso by’igabanuka ry’ubukana bwa Sida(baisse de la charge virale).

Urwo rukingo rwo mu bitaro bya Barcelona  rwabaga rwihariye kuri buri wese(personnalisé).Haracyakenewe icyatuma ruba rusange.Icyakora ngo rushobora kuzaba ruhendutse incuro 3 ku biciro bisanzwe by’imiti igabanya ubukana.

Mu Bufaransa naho, mu bitaro bya Marseilles, abantu 46 bemeye gukorerwaho igerageza bagaragaje ko urwo rukingo rushobora gukiza(vaccin curatif).Abo kandi bari basanzwe bari ku miti igabanya ubukana(trithérapie). Nyuma y’umwaka, nta bimenyetso by’ubwandu byari bikibarangwaho kuko batahagaritse n’iyo miti.

Ibyo bitaro   bifite icyizere ko rutazatinda kugera ku barwayi barutereje ari benshi.Birasaba ko iryo suzuma-gerageza rizabanza  rikongera umubare watuma urwo rukingo rugirirwa icyizere rutageretsweho n’iyo miti isanzwe itigererwa.

Mu rwego rw’iyo miti,uretse Truvada ikosha ariko ikoreshwa muri Amerika,Univerisite ya Montpellier na yo iri kugerageza uwitwa ABX464 utuma virus idakomeza gukwirakwira mu mubiri.Aho utandukaniye na Trithérapie isanzwe ngo ni uko bidasaba ko umurwayi akomeza kuwufata kugira ngo ukore.

Abazagera kuri urwo rukingo mbere,uretse no kwandikwa mu mateka,bazaba bafite isoko rigari kandi ryagutse. Abanyamerika n’Abanyaburayi ni nde uzatsinda undi kuri uwo mukino?
By P.B

Pasika Nziza!Umwana w’Umuntu ntakiri mu mva

Utazi umwana w’umuntu aramubarirwa
Mu minsi ya nyuma bamugize Ruharwa.
Abaturanyi be bamuciriyeho;
Ubwo imyenda yari yamucikiyeho
05.Baramuherekeje mpaka no mu mva
Ngo buriya ntawe uzongera kumwumva.

Muberarumuri ntiyabebereye!
Aho atsindiye urupfu akazuka
Na we yaberetse aho abera icyago
10.Dore abasigiye n’iki cyigwa:
Abagituye mu myotsi nimurire
Ntimuzaruha mugana iwanjye
Ndi umuriro watse turituri
Ngo ab’akazuyazi bazashyuhe
15.Nibatagendana imbeho bataha.

Niba mutinya ab’imbere iyo
Naruguruye nimwinjire.
Mwijya kure y’iri juru
Mwanyimitse muri iri joro;
20.N’ubwo intambwe atari zimwe
Mbifurije kuba umwe
Ni bwo amajwi yanyu azaryoha
Mukumva namwe uko muriho
25.Muhimbajwe no kwimura intimba.
Ababibashaka tumuririmbe
N’ababishoboye bamuhe impundu:

Pasika nziza kuri mwese!

By P.B

Quand le jeûne est bon pour le cerveau

Le Carême est le temps favorable pour le jeûne.On fait l’effort de se priver des choses délicieuses. Quand c’est le Vendredi Saint, le jeûne revêt d’une vertu merveilleuse: préparer un espace meilleur pour l’événement majeur que sont les fêtes pascales.
Outre sa force de lutter contre le stress(des fêtes)et l’obésité, le jeûne est bon pour le cerveau. Il n’a pas seulement des effets spirituels et physiologiques, mais aussi des effets neurologiques.


Grâce au jeûne intermittent, il s’opère dans le cerveau un nettoyage nécessaire pour le bon fonctionnement de la mémoire. Selon Mark Mattson, pendant ce temps de jeûne, le cerveau produit des protéines spécialisés pour vider des réserves de graisses, et ainsi créer plus d’espace disponible.


Bien sûr que jeûner ne signifie pas s’affamer!Un jeûne bénéfique consisterait à sauter un repas entre les deux ou à réduire sa consommation de deux jours par semaine, en ne prenant que de l’eau ; cela veut dire que les 5 autres,on mange normalement.


En ce moment de privation, surviennent souvent des sensations qui rendent le jeûne insupportable, et donc le désir de le briser:la faim,la nausée, les maux de tête, douleurs abdominales et faiblesse générale.


Pourtant, ces sensations sont le signe de la bonne qualité du carburant en train de brûler par le moteur en marche. Après, on a le sentiment de bien-être sans équivalent.

Le jeûneTestez-le.Vous verrez combien à Pâques et les fêtes qui suivront,votre visage sera radieux, votre voix harmonieuse, votre âme généreuse et votre cœur spacieux pour la présence de cet Hôte à votre porte.

By Protogène BUTERA

How to keep faith in a time of terror?

How do we sing the Lord’s song in the shadow of terror? In solidarity with all the victims of Brussels and the whole human family this week, I protest, I rage, I grieve, I pray. But I must also try to think.

Indiscriminate terror has long been a scourge on this earth, but its globalization through television and social media has now made it emotionally inescapable. Were I to dwell in the uttermost parts of the sea, I could not flee from its presence.

So as we try to absorb the terrible news from Brussels, how do we “despair not” even in the face of monstrous evil? No simple task, and easy answers seem disrespectful in the time of weeping. But I do believe the antidote to despair is to keep the faith. We must never forget the sacred story we belong to. Even at the grave we make our song: Alleluia, alleluia, alleluia.

The terrorist belongs to a story which for most of us is inconceivable. Terror is “the language of being noticed,” a kind of performative rhetoric designed to bring a neglected or disregarded worldview into the open by subjecting others to the violent norms of its alternate reality.

In the minds of many terrorists, the war they are so eager to wage is apocalyptic, a cosmic conflict of good and evil in which there is no compromise or bridging of differences. And the very worst thing we could do in response would be to play the part they have written for us: satanic enemies in a cosmic struggle.

The proposals of certain American presidential candidates to “bomb the hell out of them,” or bring back the good old days of torture, would play perfectly into the terrorists’ hands, conceding the primacy of their deadly story.

Cross

However, I choose to belong to a better story, the one enacted and embodied in the powerful liturgies of Christ’s Passion. Step by step on the Way of the Cross this Holy Week, Christians will bring to mind and heart the saving journey which Jesus made, without weapons, into the abyss of suffering and death.

Renouncing all violence and hatred, Jesus remained faithful to the end. After pouring his whole life into a ministry of healing, forgiveness, and reconciliation, he continued to show us the face of love even as he was tortured on the cross. “Father, forgive,” he said with his dying breath. To the last moment, in his most bitter hour, he remained the human who shows us God by doing what God does.

The cross shows us how it is possible to absorb evil and neutralize its effects, rather than pass on the anger and live in bitterness.We declare victory at the cross, because the Passion isn’t just a story about violent powers that always trample the weak and kill the prophets. It’s also a story about the Realm of God, where dry bones breathe and lost hopes dance, where the prodigal is welcomed home and the tears are wiped from every eye.

The Love that makes such a realm was nailed to a cross, but was not consumed by it. Death did what death does, and God did what God does. And on the outcome of that story, I stake everything.

Even after Brussels, the word remains: Be not afraid! Love makes the abyss into a Way.

Source: The Religious imagineer

Njyewe nawe(séries): 2.Iryo nabonye

Amahanga abyara amahano
Nta muhanga wo mu buhungiro.
Icyo nabonye iyo mu mahanga
Ni ukwiruka ubudatuza
05.Uwakaguhetse ntaba agoheka
Uramureba ugatinda kumumenya
Kuko aba yarataye ibyo tumenyereye.

Umugabo arateka akanakubura
Umugore agategeka ntatebuke
10.Ubukire twumva bukaba umukeno
N’umukino w’abatagishobokana.

Gucana uwaka ni kirazira
Ku batagira akanya ko kwicarana
Kuko iwabo hihorera umuriro
15.N’urusaku rwinshi rwo kwivugira.

Umuti wabyo ni ukwica amatwi
Kuva na kera aba yarazibye
Kubera ibyuma bayahozamo.
Bashyiraho n’ibindi byo kongera
20.Wa mutwaro wo kutumva
Kuko bazi ko wowe ubumva.

Iryo rwose ryo nararibonye
Kutumva rwose burya ni ishyano
Kutumvikana bikaba ibindi.
25.Iryo kandi uko naribonye
Nta ruhande rusumba urundi
N’urwari rusigaye rurasingirwa
Ngo umuntu nyawe yumva twose
Akavuga byose ntacyo asigaje.

30.Aho bipfira hatangaje
Ikaba n’impamvu y’ibyo byose
Ni uko ari hahandi hahora incyuro
Abahatuye ni nk’ikirere
Burira ntibuke bugacya butije.

35.Bahinduka bwangu nta kurabukwa
Ukabyibonera ari mu makuru
Y’inkuru yiriwe isakara.
Kuba umuntu ntacyo bitanga
Iyo kurakara bigeretseho urukara.

40.Wabaza uruhare ubifitemo?
Keretse wibitseho inoti
Naho ubundi uba uri nk’inanga
Igombera umucuranzi.

Nta gitinyiro nta banga,
45.Rutangira yabuze inkike
Mu buzima butagira inkingi
Nta nkeke bikibatera.

Uburere bwo ntumbwire
Kwa Ntamukuru no kwa Ntamuto
50.Abana b’umutima wabona bake
Utomboye mu ngo z’abatoni
Bagishoboye kumvira Rurema.
N’udafite amenyo aba ari umumenyi
Kumenya ko uri aho ni ukumurushya.
55.Ikibatera kudashyirwamo umwuka:

Ntibakikirwa bakivuka
Rugikubita baba basunikwa
Bakagenda bashumitswe
Mu kagare gatwikiriye
60.K’amaguru atatu cyangwa arenga
Aho bikenewe bagaterurwa
N’ababakikije hirya hino
Ngo hato akondo katabageraho.

Ugize ngo ararira umunwa barapfuka
65.Bakamupfunda ikintu ntazi
Mu gihe uw’iwacu ahabwa ibere
Ubwo we na nyina bakazirikana

Ku isangano ridakuka
Risubiririza ya sano
70.Ku neza ihoza iryo yonse
N’impanuro ya se na sekuru
Muri iyi mpano itagira uko ingana
Mu ngano yifitemo ikiguzi:
Ntugahogore bura bwanjye.

75.Ba Rutuku iyo bamaze gukura
Bereka iwabo ko bigenga
Bakigendera uko bashaka.
Cya kiziriko ko bagiciye
Ntibagikeneye ko babashorera!

80.Nyamara ibibazo birabarenga
Itabi n’inzoga bikaba intaho
Intamiro nyayo yo ikaba nkeya
Ikababyibushya bidasanzwe
Kuko bwaki yatongoreye
85.Mu itetu ry’imiti y’ubutesi
Badasinzira batamiraguye.

Niba ikibazo ari n’ubwenge
Imizi y’ibyo iri mu burere
Kuko aho uburezi busize imyenge
90.Ukwemera ni ko kuhasubiranya.
Benshi uko bateye ni iby’abahanya
Biragaterwa biragateterwa.

Kubaho udaseka si iby’I Rwanda
Ibintu byose ni amategeko.
95.Gusingiza Imana ni nk’ikinegu
Nta gusurwa ngo udasesagura.

Ahantu nk’aho wahakora iki?
Bamwe igisubizo barakibonye:
Kwibera mu maganya
100.Udafite n’uwo uganyira
Maze ukikingira iwawe
Ukabana na Nyakabwana
Utembereza ugira ngo bwire!

Kuba umunyabwira bimara ubworo
105.Ubwoba bwo ntibugira ubwoko.
Niba ari ihurizo cyangwa ibanga
Ntiryarenga iryo nabonye.

Kubaho neza si byo batanga
Na bo burya baba batinya
110.Ko watera intambwe ugatambuka.

Kuguha akantu ni ukugera
No kukubuza ko hari icyo ugeraho.
Ndahagurutse ngo njye kure
Iryo nabonye ntirizampagarika.

(Biracyaza…)
By P.B

Njyewe nawe(séries):1.Ikambere

Nyamwemezabisetso
Ntatinya kwishyira imbere
Nk’uwizeye izindi mbaraga.
Bigitangira ntiyabiketse
05.Yarakibereye mu bitotsi.

Yahamagaje injishi
Abiteguye kumugora
Bamureba ikijisho
Ntiyarabukwa umubogora;

10.Yitabiriye urugomo
Hugururirwa Nyiringabo.
Hejuru iyo
Ni ho bahuriye na Muhabura
Abahereza imitagara
15.Ngo bitegure kuba abatoni
Badataye imitana;

Abaringaniye urwego
Ntibadindizwa n’urwamo
Rweguka gato bagahita
20.Mu makombe bakahabona inzira
Batitaye ku nzagihe.
Buhoro buhoro igihe n’igihuru
Bibageza ku buhoro
Bibagiwe amahari.

30.Bibutse bwakeye
Urwikekwe rwabajemo
Bisunga imbago
Barwanirwa n’imbaga
Kandi mbere bari nk’imbogo.

35.N’ab’ikambere
Baba ibamba
Ntawe ubagirira ibambe
Bambaye iby’imbabare.

N’iyo byaba gusunikwa
40.Ntibasubira imyitozo
Bisigariye ku gasi
K’abasezeye imyato.

Utabitangiye mu mizi
Azimenyera inzira n’amajyo
45.Yarashiriweho n’umushanana
Naho uwamaze kuba kajoriti
Ntawe uba akimushingira igiti.

Abashinyaguzi ntibabura
Bazamwambika imidari
50.Ngo ajye areba ashire inzara
Inzira yo burya ni ndende.
Biracyaza….
By B.P

Rwanda: Koko se turi ku murongo w’inyuma mu baturage bishimye ku isi?

Iki cyumweru tariki ya 20 Werurwe,ni umunsi mpuzamahanga wahariwe ibyishimo n’umunezero(Journée internationale du bonheur).Kuri iyo ngingo, « World Hapiness report » igaragaza uko abaturage b’ibihugu bitandukanye bakurikirana mu kwishimira ubuzima n’imibereho mu bihugu byabo.

http://www.un.org/fr/events/happinessday/resources.shtml

Ibipimo 5 byagendeweho bishyira ibihugu byinshi bya Afurika ku myanya ya nyuma.Muri ibyo bipimo,harimo amafaranga umuturage yinjiza ku mwaka,ubwisanzure mu bitekerezo,imiterere ya ruswa,imyaka yo kubaho,uko abanyantege nke bafashwa(social support).

Uretse Uburundi buheruka abandi,ibindi bihugu bihoramo intambara biri ku myanya itari mibi cyane.Nka Somaliya iri ku wa 76 n’amanota 5.440.Naho Somaliland région ni iya 97 n’amanota 5.057,Sudani y’Epfo ni iya 143 n’amanota 3.832.

N’ubwo Urwanda rutabaye urwa nyuma,rubarirwa mu myanya y’inyuma.Ku bihugu 157 byakorewemo isuzuma, rwaje ku wa 152 n’amanota 3.515.Byaba biterwa niki?Ese hari icyakorwa kugira ngo Abanyarwanda bakuremo iriya échec?

Ab’imena bazavuga ko ntakizananirana kuko tumenyereye gushinyiriza no kwikomeza.Nyamara ibyakorwa si ibyo kuvugisha iryinyo rimwe. Nko mu bihugu 5 bya mbere,ari byo Danemarike,Ubusuwisi,Isilande ,Noruveje na Finilande, umuturage abarirwa ko yinjije nibura 20 000UsD(15 000 000frw)ku mwaka, mu gihe Umunyarwanda atarageza no kuri 1500 UsD (1000 000frw,keretse iyaba yinjizaga cyangwa yahembwaga nibura 75000frw ku kwezi!).

Nanone kandi muri ibyo bihugu,abanyantege nke n’abafite ibibazo by’ubukene bagenerwa amafaranga atuma baramuka(assistances sociales),n’abari mu bushomeri bakitabwaho ngo babashe kwigurira ibintu by’ibanze
(aides et indemnités de chômage).Tutavuze no ku bindi,biragaragara ko urugendo rukiri rurerure.

Birashoboka ko hari ibindi bipimo byari gufatirwaho tukaba mu b’imbere. Tutirengagije uko kuri kw’ibyagaragajwe (byadushyize ku mwanya udashimishije) tuzagera kuri ubwo burenganzira bwo kubaho mu munezero ryari?Ibyishimo

By P.B

Akamaro k’amashami atakiri ku giti

Mu kwitegura icyumweru cya Mashami,Claudia ntiyibagirwa abuzukuru be.Abategurira amashami bazitwaza mu munsi mukuru w’icyumweru gisoza igisibo.Mervan na Jeanne ntibasinzira iyo bayakikiye.

Ubushize barayatahanye bayataka mu nzu,ariko bababazwa n’uko yumiranye vuba.Ubwo baherutse kumusura, Kaka yababajije niba bazamuherekeza mu Misa ya Mashami. Yibwiraga ko batazemera.Ahubwo batangira kumuhata ibibazo.

Mervan ati « Uyu mwaka noneho amashami tuzayamaza iki? » Jeanne yitanguranwa gusubiza ati « Tuzayashyira Papi hamwe ashyinguye,tumubwire ko tukimwibuka.None se amashami yahawe umugisha ntarusha agaciro izindi ndabo,Mami? »

Claudia arabahobera cyane. Ati « Nanjye reka mbabaze rero:burya iyo abakristu bazunguza amashami,bishushanya iki mu mitwe yanyu mwebwe abakiri bato?  » Mervan ati « Njye binyereka ibyishimo by’abantu bahuje imitima. » Naho Jeanne we ati « Njye bimbwira ko amashami atakiri ku giti ari abantu batuma agira akamaro,n’ubwo ari bo bayatema. »

Amashami1Claudia arabashimira cyane.Ati « Sinarinzi ko mwakuze bigeze aho! » Gusa rero mumenye ko uturere n’ibihugu bakoresha ubwoko bw’amashami atandukanye.Impamvu nta yindi ni uko ibibashimisha n’ibibagirira akamaro na byo atari bimwe.Buriya mu Misa muzabyumva kurushaho!

Icyumweru cyiza cya Mashami kuri buri wese witeguye kudatesha agaciro ububabare bwa Kristu.Uwabishobora yakisomera amasomo ya Liturijiya yo kuri iki cyumweru:
Kuramya Yezu agana i Yeruzalemu:Luc 19,28-40
Kuzirikana Ububabare bw’Umukiza: Is50,4-7
Phi.2,6-11
Luc 23,1-49

By P.B

Amabwiriza y’ibukuru aratumaze!

Birasanzwe ko inyamaswa nini zitungwa n’intoya. Muri iyi si ni ko bimeze. Buri yose igira uburyo bwo kwirwanaho. Ariko se umuturage urenganijwe n’amabwiriza y’ibukuru abariza he? Arengerwa na nde? Yabigenza ate mu gihe akiri ya nsina ngufi icibwaho amakoma?

Vuba aha hadutse inkubiri yo gukoresha utumashini twa EBM dutanga inyemezabuguzi(facture). Ibyo bintu byaturutse iyo hejuru babitura ku bacuruzi, hatabayeho kugishwa inama no koroherezwa mu kutugura.

N’ubwo kudukoresha ubwabyo atari bibi, ariko turahenze byabuze urugero kandi isoko ryatwo na ryo ni amayobera. Twaba twapfuye kikaba ikindi kibazo. Bene byo bakaguca ajya kungana n’agura inshya, ngo niwanga wirengere amande.

Na bamwe bitwa abunganizi mu bucuruzi bagira gutya ngo hari amabwiriza mashya avuye hejuru mu Kigo cy’Imisoro. N’uwagombaga gusonerwa akegekwaho urusyo. Buri wese uko ashoboye akegeza intugu hejuru. None abacuruzi batari bake batangiye gukinga imiryango bigendera za Uganda na Zambiya.

Mu nzego zinyuranye

Bene ayo mabwiriza ntagira imipaka. Hari n’aherutse kuva muri MINEDUC yatumye abarimu ba hano iwacu muri Kayonza badahemberwa ku gihe(kugera tariki ya 16/03, serumu y’ukwa 2 yari itarabageraho) kandi ahandi amafaranga barayabonye. Bitera kwibaza niba abo anyuraho batabanza kuyazunguza mu gihe mwarimu we abuzwa amahwemo n’abamwishyuza kode cyangwa aho bamwanditse(yikopesha).

Amabwiriza

N’ejo bundi abanyamategeko bakuviriye i Kigali bugama ku baturage ngo bagiye kubaburanira ingurane z’ibintu byabo byangijwe na Leta. Bitwaza amabwiriza mashya y’uko abaturage bagomba kwishyira hamwe bakegurira ikibazo cyabo abo banyamategeko kuko badahabwa munsi ya 500000frw ku rubanza. None bamwe n’ihene zabo ubuyobozi bwazitwaye ngo ntibatanze Mitiweli!

Abayobozi batowe vuba aha bo batangiye kubigira urwitwazo. Si iby’imihini mishya itera amabavu. Ni akabi kamenyerwa nk’akeza. Rwose amabwiriza y’ibukuru aratumaze! Ariko se tuzatabarwa na nde? Niba n’ahandi ari uko, sinamenya. Abo dusangiye ikibazo bazatubwire uko bo babigenza.

By Sam Ruziga/Kayonza

Umwana yongeye kubona kubera ijisho ry’ingurube!

Ni umusore w’imyaka 14 y’amavuko. Ibikinisho biturika(pétards) byari byamumennye ijisho mu kwizihiza umunsi mukuru utangira umwaka mu Bushinwa(Nouvel An chinois). Ntihateye kabiri,ijisho ry’iburyo rirahuma; ababyeyi bagira ubwoba ko n’irindi rizafatwa maze umwana wabo akaba impumyi burundu.

Akabenzi karakiza

Nk’uko ikinyamakuru Mashable kibitangaza, abaganga basanze uburyo bushoboka ari ukwiyambaza ijisho ry’ingurube ikiri nto. Umwana n’ababyeyi barabyemeye,abaganga bamuteramo iryo jisho, none ubu arereba akabona neza.

Abakundaga akabenzi rero ntibakagatamire gusa kubera uburyohe, dore kageze n’aho gutabara. Si amaso gusa kuko la Tribune de Genève ivuga ko ingingo nyinshi(cellules) z’ingurube zishobora kwifashishwa no mu kuvura indwara zikomeye nka diyabete n’umwijima kubera ko abatanga(donneurs) izi ngingo ari bake kandi abazikeneye(receveurs) bo ari benshi.

Ibintu koko ni magirirane!

By P.B

Nimuhumure, nibiriduka tuzabikora!

Njye ncuruza ibirayi mbikuye ku Gisenyi.Ni amahirwe kuri twe iyo hirya iyo mu giturage imihanda ari mibi.Umuhinzi tumugurira kuri make ariko imodoka na yo ikahazaharira. Abantu baza bikoreye ibirayi ku mutwe kugera aho twaparitse kandi twashoboraga kubisanga hafi batavunitse.Ngo na byo bitanga akazi ku bikorezi,ariko se umuhinzi yunguka iki?

Imihanda mibi

Ikibazo ntikigarukira iyo mu Kitumvingoma.N’iyo ugeze ku kiraro cya Nyabugogo,utera « Dawe uri mu ijuru » ngo nikiriduka nibura we agutabare.Biratangaje ukuntu Uturere 2 muri Kigali yiyubashye tudashobora kwitunganyiriza iteme n’imihanda nyabagendwa.

Abakiliya bacu baza kudufatira ibirayi n’amagare baba bataka imigongo kubera ibinogo.Imodoka ipakiye yo ntishobora kubona n’uko ibikwepa.Imvura yaba yaguye,abanyamaguru bakijundika bene imodoka ngo barabatera ibiziba!Nyamara ngo hariho Ikigo cy’Igihugu cyo guteza imbere imihanda(RTDA)  bamwe bahinduyemo icyo guteza imbere inda.Imihanda mibi 1

Ibi ni byo bituma uko ngenda hirya no hino nsigaye nibaza niba ya mihigo bajya bavuga itari mu mpapuro gusa cyangwa niba inzego z’ibanze zifite ubushobozi bwo gufata icyemezo ku bijyanye n’ibikorwa remezo (infrastructures).

Ababitegeyeho amaramuko iyo babajije abayobozi barabasubiza ngo « Nimuhumure,nibiriduka tuzabikora! »Ni nko kuvuga ngo gufatira hafi biravuna,ibyiza ni uguterura ibyageze hasi!Ariko se kuki bikomeza gupfa abo bayobozi babireba?Ese bifitiye utwabo tudege tubakura ku biro kugera aho batuye(za Kigali iyo)ku buryo babimenya bagombye kubibarirwa?

Ubwo bene ibiryo bari mu mwiherero wabo twizere ko ya mvugo yabaye ikita rusange ku bayobozi ngo « ikibazo bagikoreye ubuvugizi » igiye gucika,hakajya haboneka ibisubizo ibintu bitararengerana.

By Nkubiyaho Joas Kigali/Gasabo.

Nta nyungu yo kuba umukristu!

Kaje yari yishimye ahabwa amasakramentu ya mbere.Ajya gukomezwa yakwikiye ikoti na karuvati ngo na we ageze ikirenge mu cy’abakuru.Yajyaga mu misa kenshi yumva abikunze.Uko iminsi ishira na byo bigenda bimuvamo kuko abakuru bafite ahandi bahurira hatari aho.

Akazi yakabonye afashijwe n’umukateshisiti wamwigishije. Aragakora karamuhira.Yakoranaga n’umukobwa wakiriye agakiza;buri kintu cyose akabanza gusenga ahumirije n’amaboko yayamanitse.Kaje akabireba agasekera ku mutima.

Kera kabaye baje guhuza urugwiro bemeranywa kurushinga.Mu kubana,bari bahujwe no gutinya Imana ku buryo butandukanye.Zayina yaraturaga akayivuga mu izina naho Kaje akabura icyo arenza ku masengesho yafashe mu mutwe.

Yatangazwaga no kubona umugabo amuherekeza mu Rusengero kabiri mu kwezi ariko ntamusabe ko na we bajyana mu Kiliziya.Umunsi umwe amubaza niba bishoboka ko bagabana ibyo byumweru mu rwego rwo gusangira ukwemera.

Kaje, ati « Ibintu byo muri Kiliziya gatolika biragoye,sinzi ko byagushobokera!Ariko niba ubishaka uzaze ».Muri ibyo byumweru bakajyana aho bashengerera Ukaristiya nyuma ya Misa.Zayina aza gusanga ubwo buryo bwo gusenga ari ubw’igiciro gikomeye.

Inshuti zabo zo muri Emmanuel(Communauté de l’Emmanuel)zaje kubasura,zibamenera irindi banga ryo guhimbaza Imana no kuramya.Kuva ubwo Kaje amenyera Izina rya Kristu naho Zayina ahasanga ibisa n’ibyo mu Rusengero.Nuko bavira inyuma rimwe,barakataza pe!

Bagenzi babo batinyaga kubabaza uko ibyo bintu byabajemo. Nyamara mu biganiro byabo ntibashidikanyaga gukomoza ku mbaraga z’ukwemera mu guhindura isura y’ubuzima.Babyaye uburiza abaturanyi bamaze kubamenyera kuri iyi mvugo yagengaga imibereho yabo :nta nyungu yo kuba umukristu utemera.Amasomo yo kuri iki cyumweru yabidufashamo,cyane cyane irya kabiri:

« Ibyo byose byampeshaga agaciro,nasanze ari igihombo,kubera Kristu.Ndetse nsanga ko ibintu byose ari igihombo ubigereranije n’icyiza gisumba byose aricyo kumenya Umwami wanjye Yezu Kristu.Kubera we nemeye guhara byose no kubyita umwanda,kugira ngo nunguke Kristu,maze nzamusange ntishingikirije ubutungane bwanjye bukomoka ku Mategeko,ahubwo mfite ubutungane bukomoka ku kwemera Kristu,buva ku Mana,bukaba bushingiye ku kwemera.

Igisigaye ni ukumumenya,We wazukanye ububasha,no kwifatanya na We mu bubabare bwe,ndetse no kwishushanya na we mu rupfu rwe,kugira ngo nibishoboka,nanjye nzagere ku izuka mu bapfuye.Si ukuvuga ko ubu ibyo nabigezeho,cyangwa ko naba narabaye intungane,ahubwo ndatwaza ngo nsingire Yezu Kristu,mbese nk’uko na we ubwe yansingiriye.

Koko bavandimwe,sinemeza ko nabigezeho;icyo mparanira ni kimwe gusa:ibyashize ndabyihorera nkihatira ibizaza.Ntwaza rero ngana intego,ya ngororano Imana iduhamagarira mu ijuru muri Kristu Yezu. »(Filip 3,7-14).

Andi masomo ni Izayi 43,16-21 na Yohani 8,1-11.Icyumweru cyiza kuri buri wese.

P.B

Zika irasatira Sida ku bukana

Zika irakataje mu bukana hirya no hino.Abantu barasabwa kwitonda.Ngo biroroshye kwitiranya ibimenyetso bya virus ya Zika n’ibya malariya :umuriro mwinshi,kuribwa n’umutwe,kumva utamerewe neza mu mubiri(état de malaise),kuribwa mu ngingo…

Zika n'uduheri

Ibintu bibiri byonyine ni byo bitandukanya izo ndwara zombi.Icya mbere ni uko ibi bimenyetso bishobora kuzimira hashize iminsi 2 cyangwa 7.Icya kabiri ni uruhiriri rw’utubyimba ku ruhu,ku buryo bamwe bagira ngo ni zona yabafashe.

N’ubwo Zika idakanganye nka malariya,ubukana bwayo buri kwegera ubwa Sida kuko nta muti n’urukingo biraboneka.Indi mpamvu ni uko bimaze kugaragara ko Zika na yo ishobora kwandurira mu maraso cyangwa mu mibonano mpuzabitsina.

Kuri ibyo hiyongeraho ubushobozi nk’ubwa Sida bwo kwihinduranya (réplication). Akarusho kuri Zika ni uguhisha ibimenyetso ku bagabo ahubwo ikabigaragariza ku bagore batwite n’abana bazavuka.

Si ibyo gusa kuko, nk’uko tubikesha ikinyamakuru Le Monde cyo kuri uyu wa kane tariki 10 Werurwe, ubushakashatsi bwagaragaje ko yibasira inyoborabwonko (neurones)ku buryo umurwayi ashobora kugwa muri koma.Igeze n’aho itera imyakura(système nerveux)cyane cyane mu gice cy’urutirigongo (moelle épinière)bigatuma umuntu(ndetse ukiri muto) ahinamirana vuba(myélite).
Wayirinda ute?

Ngo uyirwaye agomba kuruhuka cyane,kunywa amazi bihagije no gufata imiti igabanya umuriro.Ku bantu batembereye mu bihugu yogogoje, basabwa kudatanga amaraso mbere y’iminsi 21 no kudakora imibonano mpuzabitsina idakingiye!

Naho abagore,ngo ni ukwirinda kubyara cyangwa gusama kugeza igihe umuti n’urukingo bizabonekera.Nta kwibagirwa kuryama mu nzitiramibu ziteye umuti n’ibindi bikorwa byo kwikiza(prévention)ibyorora imibu.Ingorane ni uko ubushakashatsi kuri Sida bushobora kugabanya umurego bugaharira Zika.

P.B

Kubaho ni ukubana

Ku mpamvu zitandukanye,abantu benshi babayeho nabi, n’ingo zitari nke zibanye nabi.Ibi bikagira ingaruka ku mibereho no ku mitekerereze.Akenshi iyo witegereje icyabiteye ugisanga mu ntangiriro.

Kamanyana na Kayisire bamenyaniye muri Tagisi.Uko yakamwegetseho ikibero yabaye nk’umuhekesheje umugogo.Nyamusore yari yabaye nk’uwataye umutwe.Mu gusohoka ati « Nyururukiriza uyu mutwaro » Undi amufashije, batahana ubwo.

Bageze mu rugo barashyidika barota.Ategereza ko umugore azana amazi yo kuvuga umutsima…Umugore akomeje kureba ukuntu umuriro ugiye kuzima,ati « Ese ko inkwi zidushiranye, nta zindi? » Umugabo ahagurukana umujinya, ati « Puu,nta muntu ukurimo!Umugore utazi icyerekezo cy’ubuzima ntiyamenya icyerekezo cy’umuriro wahisha igaburo ». Nuko urugo rutangirira mu ntonganya.

Kamanyana arabireba arumirwa.Aho yicaye atangira kwivugisha,ati « Nyogokuru yajyaga ambwira ko ari uko zubakwa nkamuseka ».Ariko ibyo byari ibya kera kuko umugore yari uw’umuryango;rimwe na rimwe abantu bakabana ari nko guhomahoma,bagakomera ku ishema ry’umuryango.

Hari ubwo n’umukiro wabonekeraga mu maganya.Umugore akava Ikantarange akajya kuganyira mugenzi we ushobora kumwumva no kumutega amatwi.Ubu abantu nta gihe cyo guta bakigira.

Abagabo ibibazo byarenze bahitamo guta urugo cyangwa bakegukira Manyinya.Abagore bakahukana iyo barambiwe kubana batabana. Abajyanama b’ingo bamubaza ibye,buri wese akavuga ko yibana yubitse umutwe.Ariko ntashobora kwerura ko ari we byaturutseho cyangwa ko abifitemo uruhare.

N’ab’imvi z’urumererezi ntibibakanga.Ni bo bazi neza ko kubaho ari ukubana.Abato babegereye babaha iyi nama: « Umugore wihanganiye byinshi ni we usabwa inzaratsi ». Na bo ntibahagarika gushakisha no gushatinga kuri Sikayipi.

Umwe muri abo bashabitsi b’imitsi aherutse gutanga ubuhamya ko umukunzi we yamukuye ahakomeye.Ngo barasohokanye amubwira iri jambo ry’Ikilatini yahise agira intego y’ubuzima bwe: »Primum vivere,deinde philosophare ».Ngo « banza wumve uburyohe bw’ubuzima! ».Akitsa akaniruhutsaaa…Yooo!Iyo turi kumwe, ni bwo nanjye bandiho!Sinjye uzarota agarutse ngo tujye kuwubyina.

P.B

Ces femmes qui deviendront cardinales

C’est vraiment une louable observation et admiration de l’activité des femmes dans la société. Il n’échappe à personne que la nuance n’est pas moindre entre diversité et totalité, dans la mesure où l’on n’a pas parlé de tous les secteurs de l’apostolat.

Comme chaque année, le monde entier se prépare à fêter la Journée de la Femme. Ce 8 mars 2016,le thème retenu est fortement intéressant: « Planète 50-50 d’ici 2030:franchissons le pas pour l’égalité des sexes  » .

Où en sera l’Église catholique de rite romain?Sur quelle planète sera-t-elle?Peut-être sur la Planète 50+50!Osera-t-elle franchir le pas pour cette égalité?

Nous ne nous attarderons pas sur la place de la femme dans l’Église. Certains diraient que l’Église ne donne pas des places, qu’il revient à chaque baptisé de prendre sa place. Et si toutes les places sont déjà occupées? L’Église n’en est pas moins consciente.

La conscience qu’elle a de tous ces problèmes est explicite dans les documents du Concile Vatican II. Quelque part, il est souligné ceci: « Comme, de nos jours, les femmes ont une part de plus en plus active dans toute la vie de la société, il est très important que grandisse aussi leur participation dans les divers secteurs de l’apostolat de l’Église » (Vatican II, Apostolat des laïcs, n°9)

C’est vraiment une louable observation et admiration de l’activité des femmes dans la société. Il n’échappe à personne que la nuance n’est pas moindre entre diversité et totalité, dans la mesure où l’on n’a pas parlé de tous les secteurs de l’apostolat.

Quels sont les secteurs où les femmes ne manifestent pas une participation importante dans l’Église? Qu’est-ce qui empêche leur participation d’être plus grande dans tous les secteurs de l’apostolat ? N’y aurait-il pas des secteurs réservés aux hommes comme s’ils étaient actuellement incompatibles avec l’état de femme ?

Le Catéchisme et le Code du Droit canon semblent avoir donné la réponse, quant à l’ordination: « Seul un homme (vir) baptisé reçoit validement l’ordination sacrée (CIC, can.1024). Le Seigneur Jésus a choisi des hommes (viri) pour former le collège des douze apôtres, et les apôtres ont fait de même lorsqu’ils ont choisi les collaborateurs qui leur succéderaient dans leur tâches.

Le collège des Évêques, avec qui les prêtres sont unis dans le sacerdoce, rend présent et actualise jusqu’au retour du Christ le collège des douze. L’Église se reconnait liée par ce choix du Seigneur lui-même. C’est pourquoi l’ordination des femmes n’est pas possible » (CEC,n°1577).

Femmes-pretres

Sans aucun doute, l’Église Catholique n’acceptera pas d’être à la traine de l’Église anglicane pour ce qui concerne l’ordination féminine. Dans ce cas, qu’est-ce que le Pape François pourra-t-il faire, lui qui veut une présence plus incisive des femmes dans l’Église?

Si les femmes ne peuvent point prétendre à l’ordination sacrée, sur quelles femmes l’Église saura-t-elle miser pour réaliser ce rêve d’égalité? La suite est à venir…..

P.B

%d blogueurs aiment cette page :