Mitiweli itumazeho amatungo!

Mitiweli ni ikibazo?

Umwaka wa Mitiweli uratangira,ukagira ngo ni wa musoro w’umutwe wagarutse!N’ubwo wo warebaga abagabo gusa,ntibyabuzaga abaturage n’abapolisi ba Komini gucungana nk’injangwe n’imbeba;bamwe baburira abandi ngo bakizwe n’amaguru.Icyo nibaza ni iki:ese koko Mitiweli ni ikibazo?

Ubu birarenze

Ibya Mitiweli si ikibazo gusa ahubwo ni nk’ikigeragezo.Mu magambo bivugwa ko byorohejwe.Ngo ibibazo byose bikemurwa n’Inzego z’Ibanze.

Iyo izo nzego zigendeye ku byiciro by’Ubudehe bitumvikanyweho,ibibazo bisubira ibubisi, kuko ntawe bitareba.Ariko kugabura ibibisi bishobora kuba ari byo byorohera abo bagabuzi badaterwa ipfunwe n’imipfube!

Abayobozi baturagiye nk’amatungo

Kubona abayobozi bashyira imbere(ku ngingo z’ibyigwa)ibibazo by’abaturage, ni nko kubonekerwa.Mu nzego zose (Umudugudu, Akagari,Umurenge…),ubu baba bavuga ibibazo bya Mitiweli.

Ubwo utarayitanga akaba aragatoye.Hehe no kwisobanura!Reka da!Ngo yazane, nta bindi!Mu kanya,n’udutungo twaguhaga agafumbire bakaba baradushoreye!Ntibanibaza ngo ko tumukoze ibi uyu mwaka,umwaka utaha azabigenza ate?

Twaba twicaye cyangwa turi mu nzira, tukagenda twivovota, twibaza impamvu abo bayobozi batareba n’ibibazo Mitiweli itera ngo abe ari byo bakemura.

Umunyamuryango agengwa n’umuryango we!

« Akabi kamenyerwa nk’akeza! » Ngo « Uwatanze umusanzu atangira kwivuza ari uko abagize umuryango we bose barangije kuwutanga. » Ubu se ntibigaragara ko iki kintu giteye urujijo kubona umunyamuryango wa Mitiweli azitirwa n’umuryango we?

Nyamara Itegeko n°04/2015 ryo ku wa 11/03/2015 rigenga imitunganyirize y’ubwisungane mu kwivuza, rivuga ko umunyamuryango ari umuntu wiyandikishije mu bwisungane mu kwivuza,utanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza cyangwa uwutangirwa n’abandi buri mwaka.

Byumvikane ko uwo muntu atari umuryango. Kumuzirikira aho, bisa nko kumuhohotera(niba abo bandi batamwanditseho!).

Ikoranabuhanga nirisimbure akavuyo n’inkoni!

Gutanga serivisi nziza bihora bigarukwaho mu manama adasiba.Ariko turibaza igihe ikoranabuhanga rizasimburira akavuyo n’inkoni byo mu Nzego z’ibanze.

RSSB(Rwanda Social Security Board) ngo yashakaga gusubiza icyizere abanyamuryango ba Mitiweli.Uburyo bwo kubigeraho ngo ni ugukoresha ikoranabuhanga mu kwakira imisanzu,kwandika abanyamuryango ndetse no mu micungire ya Mitiweli muri rusange.

Ibi rero biracyari kure nk’ukwezi kuko wagira ngo aba bayobozi twabatoreye kutwica urubozo(maltraitance).Bigera ino mu giturage cya kure ho bakatwicaraho uko bashatse.

Niba  ibyitwa imiyoborere myiza bijyanye n’iryo suzugurwa n’ijarajara, urwishe ya nka ruracyayirimo.Ibya Mitiweli bizagumya kuba ikibazo kuri twe rubanda rugufi rutagira umushahara wa buri kwezi.

Leta yagikemura

Leta ibishatse yagikemura.Batubwira ko isanzwe itanga inkunga yayo muri Mitiweli ingana na 13% by’ingengo y’imari ya Minisiteri y’Ubuzima buri mwaka.

Iyo nkunga yakongerwaho 5% y’ubwisungane bukomatanyije(solidarité nationale)mu rwego rwo kuziba icyuho,mu gihe hagitegerejwe uburyo bunoze bwo kwakira no kwinjiza imisanzu nta gahato.

Ibi kandi byatuma Mitiweli igenda irushaho gukora neza,abantu bakajya biruka bajya kwiyandikisha aho kubirukaho bituma bayizinukwa.None se tuyobewe ko « akeza kigura? »

By Kamanayo Ephron,Musanze

Kubaho ni ukwihagararaho

Kera bajyaga bavuga ngo « umusore utihagazeho ntarongora inkumi. » Ubu ntibikiri ngombwa kwihaharika.Uko yaba ameze kose,ngo umusore w’iki gihe arakosha.Kubera ubwinshi bw’abagore n’abakobwa(58,6%),abasore n’abagabo basigaye bihagazeho bihagije.

Agahugu umuco akandi uwako.

Ngo abasore barahenda ni ukuri.Kubyara umukobwa ntibikiri ibyo kubara ingata(umubare w’inzoga)n’amagana y’inkwano bizinjira mu rugo.

Ahubwo ababyeyi bafite abakobwa barenze umwe,batangira kwibaza niba izo boroye zihagije.Bitaba ibyo umukobwa akaba ayifitiye ku mufuka cyangwa konti ye muri banki ikaba itubutse!

Igare ntiyarisiga

Mu duce tumwe,igare ni kimwe mu bishyingiranwa.Umugeni ntiyarisiga nk’uko ahandi batwara matola n’ibindi nk’ibyo ku mugaragaro.

Ibyo bikunze kuba mu duce tw’imirambi nka za Bugesera.Kuri bo ni nk’uko umunyeshuri,umuhinzi cyangwa undi mukozi wese yitwaza ibikoresho azakenera ku murimo we!

Isake ni igipimo

Ahandi na ho, cyane cyane muri Nyamasheke,isake n’umukwe ntibatana.Iyo sake ngo ni igipimo cy’uko uwo umusore mwiza batamugaye mu gihagararo.Mbese ni uburyo bwo kumwereka ko ahagaze bwuma nka Rusake!

Birasenya cyangwa birubaka?

Uko byamera kose ni ngombwa kwibaza niba uko kwihagararaho bisenya cyangwa byubaka.Hari abumva nta kibazo kirimo kuko ababyeyi basanzwe binigira abana babo(se sacrifier).

Abandi ngo ni ngombwa kubakira abana babo no kubashingira igiti.Ese ibyo byose bikorwa hakurikije ubushobozi cyangwa ababyeyi na bo bapfa kwihagararaho ngo badatera abakobwa babo kugumirwa?

By P.B

Icyo abagabo b’Abanyekongo barusha Abanyamerika n’Ababirigi.

Ngo Abanyekongo(RDC)ni bo bahiga abandi mu kugira ubugabo bwihagazeho(taille du pénis).Ku burebure bwa cm 18 bamaze gushyuhira mu buriri, baza imbere y’Abanyamerika (14,2cm) n’Abafaransa(14,8cm).

Mu gihe n’ufite cm 4 bitamubuza gukorana umutuzo,uwa mbere ku isi byamubereye umuzigo kuko kuri cm 26,abashinzwe umutekano bagize ngo ni intwaro yindi yahishe aho munsi,bamutindana ku kibuga cy’indege.

Naho abari mu rugero(taille moyenne),ibibazo biba bike iyo bari hagati ya cm 9,31 na 12,30.Abarengeje aho,hari ubwo bamera nka babandi batuye mu nzu ngufi zifite n’imiryango iciriritse.

Abanyekongo bo rero nta yindi « malette diplomatique » bakeneye.Ngo iyo bagendana irabahagije.Uretse no kuba barusha Abanyamerika,babonye uburyo bwo kwigaranzura Ababirigi(cm14,04)babakolonije.Kuri iyo ngingo,abazungu na bo barapfukama!

Igisigaye ni ukumenya impamvu badashyirwa mu rwego rwa « Guiness des Records« ,niba koko bari mu ba mbere!

By P.B

Bamukuye amenyo bakiri muri buki ahasiga ubuzima

Julie na Cédric,bari bamaze ukwezi kumwe bashyingiwe.Icyo gihe muri 2013 byari ibicika,urukundo rugurumana!Gusa nyine ibyo byishimo ntibyamaze kabiri.

Na mbere akiri n’umukobwa yatinyaga abaganga b’amenyo.Kubera gutinda kwisuzumisha,aye yari yarashizemo imizi.Nyuma y’iminsi mikuru y’ubukwe,byabaye ngombwa ko yose bayamukiza, bakamushyiramo amaterano.Kuva ubwo yahise ahindura isura,ngo ahengama n’igikanu.

Uko kumuteramo andi, yabirwaye iminsi itarenze itatu, abaganga barayobewe ibyo ari byo. Ntibyatinze,asinzira ubudakanguka.Ubwo yari yujuje imyaka 20,Julie yasize umukunzi we mu marira,ukwezi kwa buki kudashize.

None dore uwari wabaye umugabo, asubiye ibusore ku myaka 36!Ese bizamugwa amahoro?Ese twavuga ko urwo rupfu rwaba rwaratewe n’uburangare bw’abaganga cyangwa ni ubushobozi buke bwabo?Cédric arakibaza byinshi.
Bisome: Je suis devenu veuf après un mois de mariage

Naho se Padiri wabashyingiye, hamwe n’ababaherekeje mu Kiliziya?Bose baguye mu kantu ngo « kubera iki buriya Imana yemeye biba,ikamwambura ubuzima? » Abandi batandukana kubera kurambirana,ariko bo…
By P.B

Un vaccin antisida le moins coûteux

D’après l’équipe de chercheurs espagnols,il y a un espoir d’aboutir à un vaccin thérapeutique contre le Sida.Et de fait,un essai encourageant pour un vaccin curatif antisida a été réalisé auprès d’un groupe de patients contaminés par le VIH, avec pour la « première fois » des « résultats significatifs. »

24 patients porteurs du VIH-sida, ont participé à cet essai.La lecture des résultats publiés dans la revue spécialisée The Journal of Infectious Diseases, montre qu’il y a « une baisse significative de la charge virale chez la majorité des patients traités au bout de 24 semaines ».

Comme il est indiqué dans ces travaux dirigés par le Dr Josep Maria Gatell, « cette baisse a été très importante chez certains, mais dans aucun cas le virus n’était devenu indétectable. »

Le communiqué diffusé par l’Hospital Clinic et Hivacat, un programme de recherche régional sur les vaccins antisida,souligne qu’aucun vaccin thérapeutique n’avait atteint, jusqu’à présent, les niveaux de réponses auxquels on est parvenu grâce à cette étude.

De plus,dans cette étude, le vaccin a été « personnalisé » pour chacun des patients traités, en utilisant des cellules du système immunitaire de ceux-ci, et administré en trois doses.

Le but de ce type de vaccin est de réduire, voire d’éliminer la nécessité d’un traitement antirétroviral contraignant et coûteux.

Selon Marc de Semir, responsable de la communication à l’hôpital barcelonais, un vaccin tel que celui utilisé dans l’essai serait trois fois moins coûteux que les traitements antisida classiques.

Lire:Essai encourageant pour un vaccin curatif antisida

Ce vaccin sera-t-il tellement moins coûteux qu’il sera aussi abordable par les plus vulnérables parce que plus pauvres?

By P.B

Ubutaliyani bwakozwe mu nda n’umutingito

Imitingito ikomeje kwibasira Ubutaliyani.Uyu wa gatatu,tariki 24 Kanama,usize benshi mu cyunamo.Abatari bake bahasize ubuzima,abandi baburirwa irengero.Ubutabazi burakomeje.

Umutingito hafi yo kwa Papa!

Ijoro ryo kuri uyu wa gatatu ryabaguye hejuru.Iyo tariki ya 24 Kanama isize benshi mu cyunamo.Uwo mutingito ufite uburemere bwa 6,2(magnitude)umaze guhitana Abataliyani barenga 240,abandi benshi baburiwe irengero.

Ahibasiwe cyane ni mu bice bya Ombrie,Latium na Marches.Ibyo bice by’imisozi y’Ubutaliyani ntibiri kure y’Umurwa mukuru,Roma.Biherereye mu Burasirazuba bw’Amajyaruguru,kuri km 150 uvuye mu Murwa Mutagatifu.

Ntaburangare burimo?

Ibiri amambu,ni uko umutingito nk’uwo wari uherutse muri iyo misozi mu mwaka wa 2009, aho wahitanye abasaga 300.Ubu abantu batangiye kwibaza niba hatarimo uburangare ku buyobozi butafashe ingamba zo gukumira bene iyo mitingito.

A lire:Séisme en Italie:après 241 morts,les recherches se poursuivent

By P.B

Ntibimenyerewe: imideli y’abakobwa barifite

Kwinjira mu mwuga w’abanyamideli(mannequin),muri rusange bisaba byinshi.Byari biharawe ko abakobwa bakora uko bashoboye ngo badata ligne(batabyibuha)kugira ngo bagere kuri iyo ntego.Hari n’abafata ingamba zo kunanuka ngo batarenza mu nda ha 38, maze bikabagiraho ingaruka nyuma.

Ubu rero, mu bihugu bimwe na bimwe,kugira amataye nk’ay’umushumi bisa n’ibigiye kuva ku isoko.Abo umubyiho wagezeho basigaye baseruka bakaberwa.Ahantu henshi,abakobwa barengeje ibiro ijana batangiye kwerekana imideli.

Haba mu Bushinwa cyangwa i Burayi,benshi barabihagurukiye.N’iwacu ntibasigaye inyuma.Mu gihe abazungu bo bakuraho agahu kose,muri Kigali babitangiye biha akabanga.Bari gushyira mu bikorwa wa mugani ngo « Umukobwa ni ufite itako, n’umugore ni ufite ibuno. »Ariko nyine n’agapfundikiye kagatera amatsiko!Abagore barifite.jpg

Ntibyari bimenyerewe rero ko abarifite bajya ahagaragara bakerekana ko bashoboye ibitari bike.Ntibagitinya gusekwa ngo bangana n’inzovu.Muri uko kwiyerekana,uko batambuka, burya baba batera intambwe ikomeye mu kwiyakira(s’accepter).Abagore barifite 1

Bamaze kumenya ko amaso akunda agira uko areba.Ubwo batagihunga ababareba,bazamenyereho ko hari n’ababakunda.Nuko ubuzima bukomeze, bubaryohere,nta kibabuza kujya mbere mu kugaragaza ko ari ntaho bamwaye.

Soma: Abakobwa barengeje ibiro ijana bagiye kwerekana imideli.
Nihatangira n’amarushanwa ya « Miss Ronde Rwanda« ,bizarushaho kugaragaza ishusho nyayo kandi yuzuye y’ubwiza bw’Umunyarwandakazi aho guharirwa gusa ab’imbavu ntoya cyangwa ndende.

By P.B

Impamvu abagore baheranwa n’indorerwamo

Ni bake batagira indorerwamo.Ngo hari n’abagabo bayireberamo incuro zitari nke ku munsi, mu rwego rwo kumenya ko bahagaze bwuma cyangwa ko bihagije ku gitinyiro.Bene abo usanga barabaye iciro ry’imigani ngo « batinda kuva mu nzu nk’abagore. » Impamvu nta yindi ni uko abagore n’abakobwa bafite akarusho mu gukoresha indorerwamo.

Kwiyitaho bihagije

Si ku busa hari abayita « icyiirori »(kwirora).Kandi koko mbere yo gusohoka umuntu abanza kuyinyura imbere ngo arebe niba ameze uko isi yo hanze yifuza kumubona.Ikibazo ni uko iyo ndorerwamo ifite amaso nka ya nyirayo!Ibyo ntibibuza nk’umukobwa kuyitindaho,akayitemberana ndetse ntibure mu gakapu ko mu ntoki.Rimwe na rimwe akabikora yigereranya n’abandi bitewe n’uko ashaka kumera: »kugira amataye ».

Kwita kuri buri kantu

Akarusho ni uko ibyo byose bijyanye na kamere y’umugore n’umukobwa yuzuza impano yabo yo kwita kuri buri kantu(esprit prévoyant).Aha rero ni ho biryohera.Umugore cyangwa umukobwa ngo afite  ubushobozi(faculté) bwo kumenyera ku gihe ibiri imbere n’ibiri inyuma,ibyo umuntu yabona ahagaze cyangwa yunamye, kimwe n’ibikwiriye ijisho!

Hari n’ubwo atinda mu myenda ayihindagura,ayigerera muri iyo ndorerwamo,akabura uwo ahitamo cyangwa ibara bijyanye.N’ubwo imyenda yaba myinshi cyangwa yose ikaba ari myiza,aho kumutota ngo « nagire vuba mugende »,burya ngo uba ugize neza kumwegera no kumufasha guhitamo.Ni ho abantu babera Magirirane.

Ibibi adashaka kubona

Muri uko gutinda kose,icyo aba arwana na cyo burya ni bya bibi adashaka kubona cyangwa atifuza ko abandi babona(effet miroir).Ibyo bibi(défauts)iyo agize ibyago akabibona ku wundi(nk’uwo bashakanye),ubuzima burabiha hafi yo kuba umwaku.We rero ashaka guhora akeye, n’uwamufasha kuba Muhorakeye!None waba umubwira ngo « Reka ibyo ntakubitindaho? »

Dusoze twumva uko Jean de La Fontaine abigenekereza(n’ubwo avuga umugabo Narcisse):

« Tant de miroirs, ce sont les sottises d’autrui,
Miroirs, de nos défauts les peintres légitimes ;
Et quant au canal, c’est celui
Que chacun sait, le livre des Maximes. »(L’homme et son image)

 

By P.B

Ce pays africain le plus raciste au monde

L’Algérie serait le pays le plus raciste au monde. Elle arrive à la première place des résultats d’une enquête internationale menée par plusieurs organismes dont Open Borders for Refugees et Stop Dis Crime In Nations. Sur plus de 1248 personnes interrogées, plus de 75% d’individus ont avoué avoir des idées racistes voire même extrémistes.

Il est étonnant qu’un pays musulman n’ait accueilli aucun migrant (d’Irak ou de Syrie).La raison serait le« risque d’infiltration Africaine ».En ce sens, 91% des Algériens Arabes* réclament l’expulsion immédiate des noirs du pays (qui ne représentent même pas 100,000 personnes).De plus, 83% des individus interrogés aimeraient interdire le Christianisme et 61% voudraient bannir le judaïsme.

Dans cette période de la crise des migrants,plus de la moitié des Algériens sont contre l’accueil des réfugiés, non pas à cause de la menace djihadiste mais plutôt à cause de l’origine ethnique de ces migrants.Ainsi, 95% de nos amis algériens souhaiteraient interdire les visas aux immigrés Chinois!

Cet extrémisme va plus loin.Dans ce pays,même les accidents routiers sont racistes.Alors qu’il y a eu plus de 21,000 morts sur la route en 2015 et plus de 60,000 blessés, les personnes généralement percutées sont des noirs, des Européens ou des Asiatiques.Ne leur parlez pas de ces pratiques(homosexualité ou mariage homosexuel)qui sont contre les principes religieux de l’Islam!

Si l’étude en question semble être virulente, elle révèle une vérité saisissante: l’hospitalité hautement vantée dans le Coran et dans d’autres Livres Sacrés,attendra longtemps pour être appliquée.Quand l’Afrique elle-même n’est pas hospitalière,que peut—on reprocher à l’Europe qui veut expulser ces migrants africains?

A lire:Le pays le plus raciste au monde est africain

By B.P

Kuki ku myaka 40 Umunyarwandakazi aba ari umukecuru?

Ibiri ino iwacu ni amayobera!Hari abantu ureba,ukabona ubuzima bwabo buri ku manegeka pe!Biteye agahinda kubona umubyeyi y’imyaka 40 wagira ngo ni nyogokuru! Kandi uko nabibonye umugore azira umukeno.Iyo urugo rukize cyangwa rukennye, bigaragarira ku mugore.Ni uko n’urubyaro rukahagwa.

Aho bipfira

Ibi bintu ni nk’amayobera.Ibiri amambu,abakene ntibabura byose.Ni bo usanga urubyaro rwisuka umusubizo nyamara hari abakire bemeye kujya no guteza inzuzi, bagaheba.Bamwe bafite abo bana, ariko babuze icyo kubaha.Abandi bafite ibya Mirenge, ariko ntibazi uwo bazabisigira.

Ubuzima kuri bombi ni aka wa mugani ngo  « Ufite bazamwongerera,naho udafite bamwake n’utwo yaririragaho! »  Uwo mukene yongera abana,ibintu bikayonga.Uwo mukire na we arabigwiza,n’intimba rugeretse yo kuba incike.Iyo akubise amaso uwo mukene asabiriza, areba hirya ngo atamutura agahinda.

Akaga ku bayobozi

N’abayobozi ntibiba bitworoheye.Hari za gahunda za Leta zitwa ko zigenewe abakene kandi mu by’ukuri zibarenze.Umukene wamubwira ngo « Gira inka » kandi nta bushobozi bwo kuyitunga?We n’abe baba bicira isazi mu jisho,bakabona inyongeramusaruro-mukamo?Baba badashoboye kwitangira Mitiweli,bakigondera imiti y’inka?

Nk’uyu mubyeyi rwose(twese duhora tumunyuraho yiyambaza umuhisi n’umugenzi), uburyo abayeho bigaragara ko gutera imbere kwe ari nk’ibitangaza by’Imana.Nawe se, nk’iyo gahunda ya « Girinka » yari yamugezeho.Ariko inka bayihakuye wagira ngo ni ihene!Ikibazo ni uko iyo tuzihaye abashobora kuzitaho,byitwa ko twariye cyangwa twayobeje ibigenewe abakene.Ese bizakomeza gutyo?

Icyabikosora

Sinirengagije ko hari abashaka gukizwa n’iby’abakene koko,ariko natwe biradukomereye nk’abayobozi.Ku giti cyanjye, hari icyo nkeka cyarushaho kugira akamaro:umuntu umeze nk’uyu cyangwa uwo bari mu kiciro kimwe,Leta ikamugenera umubare mbumbe w’amafaranga mu kwezi amufasha kubaho nk’umuryango(allocations familiales),na we akagira imirimo asabwa gukorera Akagari cyangwa Umurenge.Ibyo byatuma yumva ko ibyo yahawe, na we yabikoreye.

Kandi birumvikana kuko iyo myaka(40!) ari iyo gukora.Kuberaho kuramuka(vie de survie) ntibyatuma aramba,cyangwa ngo ateganyirize ejo hazaha.Utwo dufaranga twamufasha gucuma iminsi.N’ubwo bivugwa ngo « Udakora ntakarye »,ariko n’utariye ntiyakora!Nitutabafasha guhuza ibyo byombi,bazajya bagera ku myaka 60 ari banyakujya.Bene aba rero, nta muyobozi n’umwe wishimira kubagira mu bo ayobora.Tuzabahisha kugeza ryari?

By Kayitana Mugisha Samuel/Musanze

Uburundi n’Urwanda baraterana ahababaza:ubukungu n’ibiribwa!

Hari ubwo abaturanyi bapfa akayuzi ko mu rubibi!Ariko iyo inzu y’undi ihiye,baratabarana.Urwanda n’Uburundi basa n’ababyiyibagiza.Ni nk’aho bashaka gukurikiza ya mvugo ngo « Umuturanyi mubi arutwa n’itongo! »Nko guhumbya,imbibi zikaba zirafunzwe.

Ikibazo ni uko mu Rwanda hari ibura ry’ibiribwa kubera amapfa yateye mu burasirazuba no mu bice bitari bike by’igihugu.Izuba ntirikiri ikimenyetso cy’amizero.Abahana imbibi n’Uburundi batabarwaga n’iyo myaka abaturanyi b’Abarundi bejeje.N’ubwo na bo umusaruro w’ibiribwa waguye ku kigero cya 30% kubera izuba ritaboroheye,baracyafite uruhengekero.

Ikindi kibazo ni uko ubukungu bw’Uburundi bwifashe nabi kubera guhagarikirwa inkunga z’amahanga.Ingabo na bwo bwabonye ikwiye ngo ni uguhagarika ibyo biribwa byari bifite isoko mu Rwanda kugira ngo ejo butabura byose nk’ingata imennye.Mbese kugemura ku masoko yo hanze ni nko kwisahura!

Kuba bwahisemo gusohora iyo ngabo,birababaza abaturage b’ibihugu byombi.Ku ruhande rumwe,Abarundi imyaka yabo irababorana.Abahinzi n’abacuruzi baragorwa no gukora ku ifaranga,maze ubukene bwiyongere.Ku rundi ruhande,Abanyarwanda inzara irarushaho kubakubita,nta handi bafite birukira.

Haba mu Ntara ya Murambya cyangwa ya Cibitoki,urwo rujya n’uruza byagiriraga akamaro n’Abanyekongo kuko ibyo biribwa byabageragaho mu isoko rya Kamembe.Bwari ubuhahirane n’ubufatanye.None bibaye ibya wa mugani ngo « Iyo amagara atewe hejuru,buri wese asama aye ».

Muri uwo mukino usa n’intambara,abasifuzi bo barareba ku isaha,bategereje ko abashinzwe ubutabazi bakora akazi kabo.Icyangombwa kuri bo ni ukumenya iminota y’inyongera.Hagati aho ni nde uzatsinda?Hagowe umutoza utagifite abo gusimbuza!Urwanda rwo rushobora gukomeza kwiyambaza ibiribwa biva i Bugande no muri Tanzaniya.Ariko abanyenganda bamaze kwagurira ibikorwa byabo i Burundi,ntibabona ikibahoza amarira,dore ko ibyo boherezagayo byamaze kugwa ku kigero cya 40%.

By P.B

Ces petits pays africains monteront-ils au podium à Rio?

Ils sont tous bien accueillis à Rio.Mais le nombre très limité des participants pour certains pays est sujet d’inquiétude.Ne va-t-il pas s’appliquer sur eux ce proverbe « qui a semé peu récoltera peu,qui a semé largement récoltera aussi largement? »

Dans ces jeux olympiques de Rio 2016,le Rwanda n’a envoyé que 7 compétiteurs.Combien de médailles peut-il espérer?

De l’autre côté de l’Akagera,la Tanzanie n’a pas fait mieux:7 seulement se sont déplacés.

Le Burundi est aussi faiblement représenté:9

Notre voisin du Nord,l’Ouganda,lui aussi n’en a que 22

Parmi les pays de l’Afrique de l’Est( EAC),c’est le Kenya qui a un nombre imposant:+82

Les résultats(en médailles)montreront s’il nest pas plus raisonnable de compter sur un grand nombre, de disciplines très variées.Cela demande bien sûr beaucoup d’investissement dans le sport et d’encouragement de nos sportifs.

By P.B

Abanyamerika bagenda barushaho kuba ibikuri!

Bisanzwe bizwi ko Abanyamerika ari ibihangange mu bintu byinshi,nko mu bukungu no mu by’intambara.Nyamara mu buzima no mu mibereho si ko bimeze.

Ugereranije n’abandi baturage bo mu bihugu bikize,ngo Abanyamerika bagenda barushaho kuba bagufi cyane, hafi yo kugera mu rwego rw’ ibikuri.

Igitangaje ni uko ngo mbere y’Intambara ya Mbere y’isi yose(1914)bari ku mwanya wa gatatu(abagabo)n’uwa kane(abagore).None muri iyi myaka( 2014), ubushakashatsi mu mikurire(auxologie)bwerekanye ko bageze ku mwanya wa 37(abagabo)n’uwa 42(abagore).

Abanyamerika 1Muri iyo myaka ijana ishize,ntibatakaje imyanya gusa,batakaje n’igihagararo mu burebure. Ubungubu,abagabo b’Abanyamerika bareshya na m 1,76 mu gihe Abaholandi bafite m 1,83 naho Abafaransa bakagira m 1,74.(Ku ifoto: Abaholandi, Abanyamerika, Abafaransa,Abayapani)

Impamvu y’ubwo busumbane ngo ishobora guturuka ku mirire(nutrition),ku miterere y’ubukungu cyangwa uburyo bugoye kandi buhenze mu kwivuza(accès aux soins de santé)cyane cyane ku bana n’abagore batwite

N’ubwo bimeze gutyo ariko,biragaragara ko Abanyamerika bakiri ku mwanya mwiza ugereranije n’ibindi bihugu bikize byo muri Aziya.Abayapani baza inyuma(m 1,71),ariko kimwe n’Abanyakoreya,birashoboka ko mu minsi iri imbere na bo bazaba basumba Abanyamerika!

By P.B

« Familles chrétiennes africaines , n’ayez pas peur »:les Évêques d’Afrique(SCEAM)

Les Évêques catholiques du Symposium des Conférences Épiscopales d’Afrique et de Madagascar(SCEAM)étaient réunis à Louanda(Angola)du 18 au 25 juillet 2016,pour leur 17ième Assemblée plénière.Le thème abordé était: « La famille en Afrique,hier,aujourd’hui et demain,à la lumière de l’Évangile. » Continuer à lire … « « Familles chrétiennes africaines , n’ayez pas peur »:les Évêques d’Afrique(SCEAM) »

Ku munsi mukuru w’umuganura byari ibibazo gusa!

Iminsi mikuru iragwira!Twari twagize ngo uyu mwaka bazashyira mu gaciro babisubike. Ariko kuva ku wa mbere kugeza none ku wa gatanu(1-5/8/2016),ntawagohetse.Twe tukibaza niba hari umuntu muzima wakora umunsi mukuru w’umuganura kandi nta na busa yejeje?

Yego nyine ku maradiyo ntibasibaga kuvuga ko umusaruro atari uw’ubuhinzi n’ubworozi gusa!Ngo hari n’umusaruro w’ubwenge, uw’ikoranabuhanga, uw’inganda,uw’ubukorikori n’ibindi nk’ibyo…

Birumvikana ko ariyo mpamvu Umuganura wizihirizwa mu mijyi nka za Nyaza izo zigezweho. Byari kuba byiza iyo bavuga ko umuganura w’uyu mwaka ari uwo gutabarana,maze Uturere twejeje tugasangiza utwarumbije, naho imijyi ikaganuza ibyaro byayo ku musaruro wo mu nganda!

Inzara n'umuganuraUmwaka ushize ku munsi nk’uyu,twari twicaye twizihiwe,abantu ari benshi bishimiye kwerekana ibyo bejeje.Uretse gusangira ibyateguwe, abatejeje batahanye ifunguro ry’uwo munsi, ibyishimo ntibyahagararira mu nama!

Naho uyu mwaka ni ibibazo gusa.Umuyobozi wacu we yatwumije ngo n’ubwo ntabyo twejeje bigaragara,umutekano wo turawejeje ku bwinshi!Ngo nta cyaha na kimwe cy’urugomo cyangwa cy’ubusambo cyagaragaye mu Mudugudu wacu wa Kamuhoza!

Twahise dutera hejuru tuti  » Bwana Muyobozi,mu nda biracika!Umutekano w’aho wo ntubareba? » Kurya bamenyereye gutera ibipindi,ngo uw’ahongaho ntugoye, kuko buri wese yirwanaho bikajya mu buryo!

Kandi koko na we byasaga nko kwirwanaho ngo atange raporo ko umuganura wakozwe mu Mudugudu!Hagati aho ntibyatubujije kumara amasaha abiri n’igice twicaye maze buri wese agataha yibaza ngo uyu munsi ndarya iki?Abana ndababeshyeshya iki?Ngako akamaro k’amana y’iteshamutwe.

By Sam Kayisire/Rusizi

Faim et sécurité au Sud-Soudan: Dirigeants insensibles à la souffrance de la population

La mort est partout dans ce jeune pays d’Afrique.Les parents la fuient dans les villes, mais elle les percute au passage.Les cris des enfants les arrêtent;ils demandent que leurs mamans les allaitent alors qu’elles sont épuisées,presque sans vie.

Indépendant depuis le 9 juillet 2011,le Sud-Soudan ne l’est pas encore.Le dernier à trouver son indépendance,il est aussi le dernier à goûter des bienfaits de la paix.Le premier à se presser pour se libérer de Khartoum(Soudan),il est le premier à s’enfoncer dans la violence et la crise humanitaire sans précédent.

faim au Sud-soudanDans cette crise,les enfants n’ont d’autres boucliers que ces lourds fils et ces étranges uniformes. Enfants-soldats,ils deviennent la solde des équations lancées par ces dirigeants impassibles.

En accentuant cette guerre entre eux,ces anciens rebelles donnent raison à Omar El-Béchir qui n’avait jamais cru à leur unité.Peut-être faudra-t-il instaurer la Charia pour renouer avec l’esprit des lois et le patriotisme plutôt que de rétablir le tribalisme!

C’est vraiment tragique et sadique!Tout un pays peut-il être sacrifié pour l’intérêt macabre de ces deux personnalités lugubres,Riek Machar et Salva Kiir?Jusqu’où continueront-ils de poser la signature de leur ascension au pouvoir par le sang de leur peuple si courageux dans ces épreuves?

Faim au Sud-Soudan 3Fiers des machines de guerre dont ils ne sont pas des producteurs,ces prétendus dirigeants ne tiennent pas compte du nombre de morts ou de millions de réfugiés que leur combat de coqs fait mourir de faim!Au lieu de les faire profiter de leur manne pétrolière,ils les jettent incessamment dans cette poudrière et la mendicité!

Faim sud-soudanCes jours-ci,les partisans s’affrontent comme des ennemis.A quelques mètres,les paysans font la queue pour mendier de la nourriture.Ceux jours-là,on leur demandera de leurs voix dans le vote!Ils feront encore la queue.C’est honteux!

Entre temps,les femmes et les enfants s’interrogent sur l’avenir.Ils n’espèrent aucune réponse imminente.Tout est sombre.faim au Sud-soudan1

Faim au sud-soudan 2Entassés sous les tentes ou sous les arbres,ils gardent le regard fixé sur ces humanitaires et militaires onusiens.Ceux-ci tournent autour et continuent leur chemin de maintien de la paix qui n’est pas.La faim elle aussi ne s’arrête pas.

By P.B

Impamvu zo kubyibuha inda n’uko wabyirinda

Bikunze kubaho ko umuntu abyibuha wese ndetse n’inda ntisigare(obésité abdominale). Ngo akenshi biterwa n’imiterere y’imirimo (stress)cyangwa uburemere bw’iyo mirimo(charge excessive de travail).

Icyo gihe,ibinure(graisses)biba byinshi mu mubiri,nuko bikishakira umwanya ahabishobokeye. Ahaberewe na byo kurusha ahandi, ni inda n’ibice biyikikije.

Ku mugabo

Obésité gros ventreUmugabo byagezeho bavuga ko afite inda nk’iy’umucuruzi(gros ventre). Hari abandi bagira ibicece bitengerana(poignées d’amour); ni igihe ibinure biba byabaye byinshi mu mbavu. Bene abo ni bo bahita bagira igihagararo nk’icy’umugore(répartition gynoïde).obésité1

Ku mugore

Obésité ventre 2Umugore na we agira uburyo bwe bwo kubyibuha inda, rimwe na rimwe ukagira ngo aratwite kandi ari muto cyangwa yaracuze(ballonnement du ventre). Abamubonye batamuherutse, bakibaza uko byagenze bikabayobera.

Ibyo bikunze kuba kuri benshi bageze igihe cy’ihagarara ry’uburumbuke(ménopause)cyangwa kubera impamvu z’izabukuru(vieillissement). Kuri iyi ngingo, ngo nta kwirenganya!

Ku bandi uwo mubyibuho wifatira impande zombi(hanches)n’igice cyo hejuru y’amavi ku buryo ishusho y’umubiri wose imera nk’agacupa ka Fanta gacuritse.Obésité ventre 1

Ingaruka

Haba ku mugabo cyangwa ku mugore, ingaruka n’ibimenyetso bijya kungana. Uwagezweho n’uwo mubyibuho, ni wawundi ufite umuzenguruko(tour de taille)urengeje cm 94(umugabo)cyangwa cm 80(umugore).

Ugeze ahongaho, atangira gutinya kugenda n’amaguru kuko ananirwa vuba cyangwa akaribwa mu mavi. Ahitamo kwihorera hamwe
(sédentarité)cyangwa kugenda n’imodoka n’aho bitari ngombwa. Ubwo rero ibinure akaba abishyize igorora.

Uko ibyo binure bikomeza kwitekera imbere(graisses viscérales)ni nako n’umuvuduko w’amaraso(hypertension)wiyongera, indwara z’umutima zikaziraho, na kanseri zikabona aho zifata.

Icyakorwa

Imibare y’Ishami Mpuzamahanga rishinzwe Imirire(UNICEF)igaragaza ko abarebwa n’iki kibazo cy’uyu mubyibuho mu Rwanda, bamaze kurenga 7.1% mu mijyi(2012.)

Amajyambere azana ibyiza  n’ibibi rugeretse. Ni yo mpamvu Leta zigomba gushyiraho za gahunda zo kubikumira(ibyo bibi). Hagateganywa ahantu n’ibintu bitera abantu gusohoka bakajya kwihera ijisho bagenda n’amaguru(zones piétonnes+jeux sociaux) no gufata akayaga(parcs de plaisir).

Obésité  2

Naho abagabo bamaze « kuzana nyakubahwa » no « kwegera abaturage » bigeze aho kubatera icyugazi, kimwe na ba bagore abandi bavugiraho ngo « barakanje » bakwiye gushaka icyabateye kugera aho(conditions de travail ou hygiène de vie)maze bagahindura uburyo bwo kubaho n’imirire.

Bamwe bazakizwa n’imikino ngorora mubiri, abandi bakizwe no kureka ibiribwa byuzuye amasukari ahubwo bakitabira imboga n’imbuto, hari n’abazakizwa no guhagarika inzoga zikaze(alcool)bakayoboka amazi bugezi.

Umuti nyawo ariko ni ukwegera muganga akaguha inama zijyanye n’ikibazo cyawe, kuko hari ubwo yasanga igifu kigomba kubagwa kugira ngo gitunganye ibyo umubiri ukeneye.

Kwigungira iwawe byo(wanga ipfunwe uterwa no gusekwa) ni ukwikururira urupfu ruzinjira rudakomanze, cyane ko utazaba unashoboye guhaguruka ngo urukingurire cyangwa ngo urukingirane!

By P.B

Ibintu ni nk’umuyaga:T’ai Chi Chih 6

Byaba bike cyangwa byinshi,ibintu ni nk’umuyaga.Uwo byahiriye,biba nk’ubwato bugeze ku mwaro.Ushaka kubuzirika,akurura yegereza inkombe.

N’iyo harimo inkubi,yirinda ko bumukurura akabwubika.Ari wenyine ni nde wazabara iyo nkuru?Ni yo nyigisho y’uyu mwitozo wa 6:

Erreur
Cette vidéo n’existe pas

BY P.B