Waba uzi impamvu yayuye iminwa igahengama?

Kwayura biranduza

Uwo mwegeranye arayura,nawe bikagufata.Wabishaka utabishaka (involontaire). Biragoye kubihagarika,n’ubwo bishoboka mu rwego rwo kwirinda kwanduza abandi.

Iyo bishatse kubafata,abenshi bakora uko bashoboye ngo babyirinde cyangwa babitsinde kuko baba batinya ko abandi bakeka ko barambiwe,cyangwa ko ibiri gukorwa batabyitayeho.
Lire: le bâillement,geste d’apaisement et de sympathie
Akenshi,uko kwanduzanya kutari indwara ngo hari ubwo biterwa n’uko uwo muntu mwegeranye cyangwa ukuri imbere umwiyumvamo(empathie).Ngo ni kimwe n’uko imbwa yigana shebuja iyo yayuye ariko ntibikore k’uwo itazi.Na none kandi,ngo umubyeyi iyo yayuye,n’umwana we arabikora.

Byakunze kugaragara ko abadafatwa no kwayura babitewe n’abandi ari ba bantu cyangwa abana barwaye kutagira icyo bumva(autisme cyangwa schizophrénie)kuko imitsi yo mu maso n’iyo mu rwasaya biba bidakorana.

Si iby’abana gusa

Uretse no kuba atari ibya bene abo bana gusa, ngo si ibyaremwe byose bibasha kwayura.Ngo ni igikorwa gihuriweho n’ibiremwa bifite urwasaya rwagutse(mâchoire).hippopotame-2

Aha rero ni bwo usanga intare,inzovu cyangwa imvubu na zo zayura.Nyamara iyo intare y’ingabo yayuye,iy’ingore ntibikorera icyo.lion_yawns_600x330

Abandi barabikoze arakira

Hari abayura,iminwa ikagendanira ko, hafi no kwitabaza muganga.Kayondo yatashye ananiwe cyane.Yari yifitiye n’ibibazo by’amafaranga.

Ageze mu rugo,asanga umugore n’abana bari mu yandi.Mu munuta umwe gusa, yayuraga incuro zirenze umunani.Aho bose bagarukiye mu cyumba,umunuta wakurikiyeho yarayuye ararenza ,n’iminwa igendanira ko.

Muri ako kanya,abana na bo batangira kwayura no kurira.Umugore ni ko gusimbuka bwangu amwegeka mu gituza kandi ubundi atari aherutse kubikora. Yamukoze mu misaya,n’abana bakomeza kwayura maze iminwa iragaruka,arakira.

Aha ni ho bamwe bahera bavuga ko kwayura bikwiye kwitonderwa iyo habuze empathie.Baba bibaza iki kibazo: abantu batanu bari mu biro bimwe,uwananiwe niyayura,abandi batwawe n’imirimo yabo, bizababaho?

By P.B

Iyi nzu irabikwemerera byose!

Muri ibi bihe ubukungu butifashe neza,abahanga mu myubakire(architectes)bararushanwa gushyira ku masoko amazu meza adahenze kandi akwiranye n’imiterere y’ikirere n’ubutaka.

Michael Jantzen ari muri abongabo.Yemeza ko nta butaka budashobora kubakwaho.Iyi nzu ye irayagaruza pe!Ibikoresho ikozemo bikurura imirasire, uyituyemo ntakenere andi mashanyarazi.

Si ibyo gusa!Iyo M-House ikwemerera byose:inzu yo guturamo,y’imikino y’abana,y’ibiro byo gukoreramo…Urayongera cyangwa ukayigabanya bitewe n’ibyo ukeneye, cyangwa n’ahantu uko hateye.

Nta gushidikanya ko inyubako nk’izi zagabanya ibyo gusesagura umutungo twubaka amazu y’ubucuruzi atazabona abayakoreramo.

Nk’uko tubikesha BFM Bisiness,uyu munyabukorikori arashaka ko ubutaka,izuba n’umuyaga tutakomeza kubipfusha ubusa.
Lire: La maison qui se transforme au gré de vos envies

Kuri we kandi, ngo ubu buryo bwo kubaka bwagabanya ibihombo mu myubakire y’imijyi, kimwe n’ibigo bikomeye nka za Kaminuza n’amahoteli.

Nta gushidikanya ko buhawe Rugari mu rwa Gasabo, na bya bibazo byo kubaka mu manegeka byagenda nka Nyomberi!

By P.B

Les enfants de la guerre sont plus créatifs!

Les guerres ne font pas que du mal.Là, elles ravivent la solidarité autant des victimes que des bienfaiteurs.Là encore,et plus,elles suscitent la créativité chez les victimes et les rescapés.

Alors que les plus grands et les adultes s’affaissent et baissent les bras,les enfants et les plus petits se tiennent debout,marchent et font bouger les choses.Ils sourient à la paix qu’ils attendent désespérément.s-1-2_kinderrechte_960x480_071022

Si certains sont contraints ou obligés de porter les armes avant d’avoir leur majorité,les autres sont exclus de l’environnement familial ou scolaire.Peu importe les situations,ils parviennent à inventer la vie.

Même le port des armes, ne les laisse pas désarmés.Emportés par tant de difficultés,ils deviennent plus créatifs.S’ils étaient soutenus financièrement,ils pourraient devenir des inventeurs de demain!entants-de-la-guerre

Avec des outils et des matériaux du bord,ils fabriquent ces mini engins,signe qu’un jour,ils réaliseront leurs rêves.

By P.B

Ibyanditswe Byera hari icyo byamarira umuntu muzima?

Muri ibi bihe,bisa n’aho ukwemera gushingiye ku Ijambo ry’Imana kwabaye intwaro y’abakene,abanyantege nke n’abarwayi,rimwe na rimwe ndetse igahekwa n’abatekamutwe n’ibyihebe.

Kubera izo mpamvu zose,bamwe ntibatinya no kukubaza ngo « Urumva ukwemera kwamarira iki? Kugira ngo umuntu abeho koko, akeneye Ijambo ry’Imana? »

Umwe mu bibazaga gutyo, nabonye nta kundi namugira(faute de le raisonner) musaba ko twasomera hamwe agace gatoya k’Ibyanditswe.Iryo Jambo ry’Imana ritamukuye ku izima,ni isomo rya kabiri ryo kuri iki cyumweru(2Tim.3,14-4,2).Turyumve:

« Wowe,gumya kwibanda ku byo wigishijwe kandi wakiriye udashidikanya.Uzi neza uwo ubikomoraho;kandi kuva mu buto bwawe wamenye Ibyanditswe Bitagatifu;ni byo bishobora kukubera isoko y’ubuhanga bukuganisha ku mukiro ubikesheje kwemera Kristu Yezu.

Icyitwa Igitabo gitagatifu cyose cyahumekewemo n’Imana kandi gifite akamaro mu byerekeye kwigisha,no kuvuguruza ubuyobe,gukosora no gutoza umuntu iby’ubutungane;bityo umuntu w’Imana wese akabasha kuba igihame kandi akabona intwaro zimufasha gukora icyiza. »

Uwo iri Jambo ritabuza kuba muzima,mwifurije kurigira intwaro ye muri iki cyumweru.

By P.B

Deux Français accusés d’entrer illégalement au Rwanda

Patrick Claude Michel et Dimanche Jean Marc Roger venaient de la République Démocratique du Congo.Entrés sur le sol rwandais sans visas,ils ont été arrêtés et incarcérés trois jours.

C’était le 22 août 2016.Avaient-ils pensé que le véhicule de l’Union Européenne les dispenserait d’être en règles?Immatriculé en Rdc,ce véhicule ne pouvait ne pas attirer l’attention des garde-frontières.

Ces visiteurs inattendus ont dû passer par le tribunal pour justifier et expliquer les raisons de leur entrée illégale au Rwanda.En même temps,le véhicule utilisé a été saisi pour enquêtes.C’est,disent les autorités locales, ce qui a tardé le jugement.

Le Tribunal n’a rendu sa décision qu’en  ce 13 octobre 2016.Reconnus coupables,ils ont écopé d’une amende de 1 millions de francs rwandais(1200 euros)chacun, avec obligation de quitter,tout de suite,le sol rwandais.pic_1-4

Accompagnés par les représentants de l’Ambassade de leur pays au Rwanda,ils ont exécuté la décision,et pris l’avion vers la France.Serait-ce un présage de l’atmosphère délétère entre les deux pays?

By P.B

Mu mashuri y’iki gihe,ni « Bye bye Kinyarwanda! »

« Bye bye Nyakatsi » yavuye mu nzira,none hagezweho « Bye bye Kinyarwanda. » Wagira ngo ni ngombwa ko buri mwaka haboneka abantu bagomba kwibasirwa.

Ejo bundi naratangaye cyane mbonye umwana w’umuturanyi wanjye yirukaniwe ko yavuze Ikinyarwanda.Nabanje gushidikanya ngira ngo ni iby’ab’ubu bikoza ku ishuri bakagaruka bagira ngo ababyeyi babongere amafaranga.

N’amarira menshi,uwo mupfakazi urera wenyine abana batanu,barimo batatu bageze mu yisumbuye,yaje gutakambira Urwego rw’Abagore ngo rumugire inama uko yabyifatamo.

Twatumiye umukobwa we usigaje umwaka umwe ngo arangize amashuri.Yaduhaye number za mugenzi we na we wirukanwe ngo tutibwira ko ari ibyo yihangishijeho.Yaratuririye turumirwa.

Azakurwaho amanota atumwe n’ababyeyi

Iri tegeko ryaje ari gatumwa!Ngo umwana akurwaho amanota,byakongera agatumwa n’ababyeyi.Si abana bacu gusa, kuko natwe ibyo bihano bitugeraho.

Abo bayobozi babo babona bayora buri kwezi bakagira ngo natwe ni uko?Ntibyumvikana ukuntu birengagiza ubukene buri hanze aha bakatugerekaho uwo mutwaro.Ni gute nzaba nabuze n’ay’ishuri nkajya kurwana n’ayo matike ya hato na hato?

Ibiri amambu ngo biga kwigisha abandi(TTC)

N’ubwo biga kwigisha abandi,aba bana ntibumva impamvu y’iyi myigishirize (méthodologie). Ikindi ni uko bo muri stage batemerewe gukoresha ubu buryo busa n’ubwo guca intege abanyeshuri.

Abana bo babivuga rimwe na rimwe baseka mu rwego rwo kubinnyega,tuti « Ni iby’abana, buriya ntibumva uburemere bwabyo. » Barira, na bwo tuti « Ntabwo, buriya ntibazasubira kuri icyo kigo. »Ni ibibazo!

Byahozeho ku bw’abazungu!

Nk’ababyeyi twabiganiriyeho,twibukiranya ukuntu ibi byahozeho ku bw’abazungu!Ni bo baduhatiraga kuvuga Igifaransa,uvuze Ikinyarwanda bakamupfukamisha,cyangwa akirirwa yambaye inzogera,nk’ikimenyetso ko ari imbwa (y’impigi!)

Ariko cyaraziraga kugira uwo birukana, kuko babaga bamuhaye urwaho rwo kuva mu ishuri no kurireka burundu.Birababaje kubona ibyo bintu bigarutse muri iki kinyejana!Turatabaza!

By Nyirasafari Consolée/Akarere ka Gisagara

Haïti,encore un monde qui s’effondre

Les vents soufflaient à une vitesse de 210 à 250 km/h.Ils balayaient tout à leur passage.Si la population n’a pas eu assez d’avertissements, les enfants y ont trouvé un laps de divertissement.haiti-cuba-bahamas-les-devastations-de-l-ouragan-matthew-en-images

Un pays particulièrement fragilisé

Ces coups d’ouragan ne font qu’enfoncer dans l’abime,le pays qui baignait dans la crise profonde.Tout le pouvoir était en vacance…C’était un pays fragilisé où il n’y a plus d’acteurs politiques.Les élections étaient prévues ce 9 octobre 2016.

La situation actuelle va-t-elle permettre aux politiciens de retrouver le goût de l’intérêt national avant tout?Ces élections ne vont-elles pas être reportées sine die?

L’Ouragan Matthew devient assassin

Déjà en 2010 le tremblement de terre a terriblement frappé ce pays, faisant plus de 220000 morts.L’épidémie de choléra a augmenté les pertes humaines.Quelques années plus tard,voici le même scénario destructeur.

Cet Ouragan surnommé Matthew est vraiment l’ange de la damnation.En quelques heures seulement,il a fait son entrée d’assassin.On a recensé environ 1000 morts , innombrables blessés et dégâts matériels énormes.

Un supplice de plus

Au milieu des débris de leur maison,les habitants rescapés se demandent s’ils avaient vraiment besoin de ce supplice de plus.Faudra t-il toujours recommencer à zéro?afp5859112_lanciogrande

Conscients que la solidarité internationale sera moins intense qu’en 2010,ils réfléchissent à quel Dieu se dévouer.Voyant cela de loin,notre cœur n’en souffre pas pour autant.

Certains n’hésitent pas à se demander ce que ces pauvres ont fait au Bon Dieu pour mériter malheurs sur malheurs.La réponse est dans leur bouche: absence d’institutions fortes qui ont conduit les États-Unis à évacuer 3.5 millions alors qu’ils étaient 1.3 millions haïtiens concernés.

On a entendu,sur toutes les ondes de radios et de télévisions,combien M.Obama lui même était tout autant alarmiste qu’optimiste . Qu’en était-il au Haïti?Qu’attendre d’un pays qui n’a pas de Tête(dirigeants)?De nouveau,un monde des îles s’effondre sous nos yeux.

By P.B

Ukunda itomati zo mu bikombe?

Itomati zisanzwe kandi zisaruwe vuba,ngo ni ingirakamaro ku mubiri no ku buzima bwacu.Zaba mbisi(salades) cyangwa zitetse zigira uruhare mu kurwanya indwara nyinshi zirimo na kanseri.exportations-de-tomates-fraiches

Naho zazindi ziba ziteguye neza kandi ziri mu bikombe,ngo zikura aho izisanzwe zasize.Impamvu nta yindi ni uko ya miti bakoresha kugira ngo zimare igihe,igira ingaruka mbi ku buzima.

Iyo bashaka ko zigurwa byihuse,ba nyir’ukuzikora bagaragaza ko ari umwimerere rwose(naturelles).Nyamara bisphénol-A bashyiramo, ihindanya imikorere y’ubwonko(perturbateurs endocriniens),ari byo bishobora gutera indwara z’umuvuduko w’amaraso zinyuranye(maladies vasculaires),ndetse na kanseri(ku bagore batwite n’abonsa.)itomati

Niba abo banyenganda n’abacuruzi bitwaza icyo kintu cy’umwimerere ngo tuzishishikarire,
birumvikana ko ikiruta ari ukwegukira ibiri byo nyakuri.

Birazwi neza ko izo tomati zo mu bikombe(sauces tomates…) zitworohereza imirimo.Nyamara mu rwego rwo kwirinda(précaution)uwabishobora yagarukira zimwe zisaruwe mu murima(tomates fraîches).Yego bitwara igihe,ariko se hari icyarusha kuryoha izateguriwe mu rugo(tomates faites-maison)?

By P.B

La République Démocratique du Congo(RDC) est-elle habituée à la violence?

En RDC,on vit au rythme des manifestations.Qu’elles soient pacifiques ou violentes,elles n’aboutissent jamais à grand- chose.Le seul résultat comptant est le nombre des morts et les dégâts matériels.

De jour en jour,ils sont nombreux à hurler leur colère et brûler tout ce qui bouge.Mais les autorités y sont habituées, telle la tempête qu’on laisse passer pour se calmer.000_ga663_0

Joseph Kabila fait la sourde oreille

La Communauté Internationale et les pays amis ont beau hausser leur ton,Joseph Kabila ne veut pas lâcher son bâton de commandement.Que cela soit avec ses homologues voisins ou avec le Pape François,rien n’empêche le président de faire la sourde oreille.pape-592x296-1474889716

Un président qui s’interroge encore

Quinze années sont-elles suffisantes pour assouvir la soif du pouvoir?Âgé de moins de 55 ans,ce jeune président est-il prêt à abandonner son siège?Faudra-t-il agir à la Sarko, quitte à revenir quelques années plus tard?D’ici à décembre,il s’interroge encore.President Kabila looks on during signature ceremonies.

Les forces de l’ordre attisent le feu

Forces de l’ordre qui sèment le désordre?N’attisent-elles pas le feu pour intervenir comme sapeurs et pompiers?De cette manière,leur Commandant en Chef ne restera-t-il pas le seul garant de la sécurité?Peut-il partir alors que la maison brûle?5028hr_-592x296-1475048985Acceptera-t-il d’être accusé de lâcheté?Ces manifestants ne vont-ils pas continuer de courir en vain?Attendons un peu pour voir.

By P.B

Kamembe na Bukavu hanyuze umutingito

Iyi weekend y’umuganda w’ukwezi kwa Nzeli ntiyaduhiriye.Bamwe twabaye nk’abakubiswe n’inkuba.Mu gihe twarwanaga no guhaha ibya nimugoroba ngo tujye kwitegura icyumweru,umutingito waratwubikiriye ntitwarabukwa.

Ubwa mbere warahushye,urahutera maze urenga nk’umuyaga.Abari basimbukiye hanze bariruhutsa baba baragarutse.Ntawamenye aho uturutse uretse kubona amatafari y’inzu asimbagurika, n’uwari uri hanze agashaka umufata akamubura.

Inzu n’amamodoka byakabonye

Uretse umwana muto wahasize ubuzima,amazu n’imodoka bikomeye ni byo umutingito wahereyeho.Ba Rusahuriramunduru na bo bari barekekereje ahantu hose,bacungana n’abashinzwe umutekano.kamembe-numutingito1

Katedrali ya Cyangugu na yo yarangiritse

Kuri iki cyumweru,kwinjira muri Katedrali ya Cyangugu byari nko kwiyahura.Twarahageze turumirwa.Yarangiritse ku buryo bugaragara.Urimo imbere aba abona ibikuta bigiye kumugwaho.kamembe-numutingito-2

N’ubwo tuba dusenga twizeye,ubwoba aba ari bwose ko yatugwaho.Kandi ntihari hashize igihe na none bayisannye kubera umutingito.Bizagarukira he?

N’i Bukavu bararira

Si hano mu Karere ka Rusizi gusa.No hakurya y’i Kivu ntibasigaye.Uwo mutingito wumvikanye i Bukavu,Walungu na Kabare ku wa gatanu tariki 23 Nzeli.

Hari mu ma saa tatu z’ijoro,aho wahitanye abantu 2,abandi barakomereka n’ibintu byinshi birangirika.Ntitwari tuzi ko ari twe dutahihiwe!

By Mukeshimana Marie-Françoise,Rusizi

 » Un nouveau colonialisme qui menace la paix des peuples », le Pape François

Les lectures de ce 26ème dimanche nous révèlent la distance que la richesse établit entre les riches et les pauvres(Amos 6,1.4-7). Cette distance est magnifiquement esquissée par l’Évangile à travers le portrait d’un homme riche et du pauvre nommé Lazare(Luc 16,19-31).

Parfois, les riches travaillent dans l’anonymat en se protégeant contre les miséreux, de sorte que leur trésor soit toujours lumineux.Ils savent tourner à leur avantage le message d’Abraham: « Que de là-bas, on ne traverse pas vers nous. »

C’est ce manque de réciprocité revitalisante que le Pape François déplore et décrit comme un nouveau colonialisme qui menace la paix des peuples.Il le disait en ces termes,quand il s’adressait aux Mouvements Populaires(Amérique Latine):

« Les peuples du monde veulent être artisans de leur propre destin.Ils veulent conduire dans la paix leur marche vers la justice.Ils ne veulent pas de tutelles ni d’ingérence où le plus fort subordonne le plus faible.Ils veulent que leur culture,leur langue,leurs processus sociaux et leurs traditions religieuses soient respectées.

Aucun pouvoir de fait ou constitué n’a le droit de priver les pays pauvres du plein exercice de leur souveraineté et,quand on le fait,nous voyons de nouvelles formes de colonialisme qui affectent sérieusement les possibilités de paix et de justice parce que la paix se fonde non seulement sur le respect des droits de l’homme mais aussi sur les droits des peuples particulièrement le droit à l’indépendance. »

« Le colonialisme,nouveau et ancien,qui réduit les pays pauvres en de simples fournisseurs de matières premières et de travail bon marché,engendre violence,misère,migrations forcées et tous les malheurs qui vont de pair…précisément parce que,en ordonnant la périphérie en fonction du centre,le colonialisme refuse à ces pays le droit à un développement intégral. »

Bon dimanche à toutes et à tous!

By P.B

The good players of illegal diamonds

Where diamond is plentiful,there are abundant conflicts.That is what called bloody diamond land.

It stretches from Democratic Republic of Kongo(DRC Kinshasa),Central African Republic to Cameroon and elsewhere on the globe.

Trade whithin frontier ?

This trade will continue to increase because of its large demand.Many can not live without, even though there are only fans.Neverthless,the great benefit is intended to rich countries at the poor’s expense.

As « global hubs for the international diamond trade »,everyone can asks this question:
why Central African blood diamonds are transported through Cameroon land in India, Belgium and the United Arab Emirates ?

The risponse is rapid:diamonds are small, have high value and it is difficult to tell where they originate.Their interest is without frontier.

Add to this the impulse toward corruption, laissez-faire governance and the ease with which the Kimberley Process can be circumvented – and the result is a constant stream of blood diamonds entering the international market.
See: A trail from the CAR to Cameroon

As good players,traders and dealers know how and when to gain in this desorder.Would Africa really change your trail?Yes,get with it!

By P.B

YAHOO ! mu marembera,nta ngaruka bidufiteho?

Mu myaka isaga 20,Yahoo!yigeze kuba nk’umwami wa internet.Kuva mu myaka ya 1995,yari iya mbere mu kohereza ubutumwa n’inyandiko byihuse(messagerie et courrier électronique).

Igitangaza ni uko kugeza magingo aya,hari abantu benshi bagifite emails zabo ziherwa na @yahoo.fr.Abongabo ni bo batazabura kugira impungenge bibaza aho ibyabo bizagarukira.

Ni urujijo

Akayabo ka miliyari 5 ni ko kageretswe kuri Yahoo!Igiteye urujijo si ayo mafaranga yinjijwe na Yahoo! Ikibazo ni ikizakurikira ubwo bucuruzi.Ngo Yahoo News na Yahoo Mails ni zo serivisi zaguzwe na Verizon igamije kwagura isoko ryayo.

Ubwo igisigaye ni ukumenya ingaruka bizagira ku bantu bose bakoreshaga izi serivisi(utilisateurs).Abo kandi bose hamwe barenga miliyari.Naho abasaga miliyoni 600 bakoresha telefoni zigendanwa.

Muri 2017,ni bwo iryo gurishwa rizaba ryatangiye gushyirwa mu bikorwa,maze Verizon-Yahoo itangire ikore.Ese ni nde bizagiraho ingaruka?Aho ntibizasaba guhindura za adresi?Ibyo byose biracyari urujijo.

Ni ukubikurikiranira hafi kuko na bamwe bashaka gusoma cyangwa kwiba ubutumwa bw’abandi barekereje ngo bakorere muri iyo nzibacyuho.

By P.B

Icyo abagabo b’Abanyekongo barusha Abanyamerika n’Ababirigi.

Ngo Abanyekongo(RDC)ni bo bahiga abandi mu kugira ubugabo bwihagazeho(taille du pénis).Ku burebure bwa cm 18 bamaze gushyuhira mu buriri, baza imbere y’Abanyamerika (14,2cm) n’Abafaransa(14,8cm).

Mu gihe n’ufite cm 4 bitamubuza gukorana umutuzo,uwa mbere ku isi byamubereye umuzigo kuko kuri cm 26,abashinzwe umutekano bagize ngo ni intwaro yindi yahishe aho munsi,bamutindana ku kibuga cy’indege.

Naho abari mu rugero(taille moyenne),ibibazo biba bike iyo bari hagati ya cm 9,31 na 12,30.Abarengeje aho,hari ubwo bamera nka babandi batuye mu nzu ngufi zifite n’imiryango iciriritse.

Abanyekongo bo rero nta yindi « malette diplomatique » bakeneye.Ngo iyo bagendana irabahagije.Uretse no kuba barusha Abanyamerika,babonye uburyo bwo kwigaranzura Ababirigi(cm14,04)babakolonije.Kuri iyo ngingo,abazungu na bo barapfukama!

Igisigaye ni ukumenya impamvu badashyirwa mu rwego rwa « Guiness des Records« ,niba koko bari mu ba mbere!

By P.B

Bamukuye amenyo bakiri muri buki ahasiga ubuzima

Julie na Cédric,bari bamaze ukwezi kumwe bashyingiwe.Icyo gihe muri 2013 byari ibicika,urukundo rugurumana!Gusa nyine ibyo byishimo ntibyamaze kabiri.

Na mbere akiri n’umukobwa yatinyaga abaganga b’amenyo.Kubera gutinda kwisuzumisha,aye yari yarashizemo imizi.Nyuma y’iminsi mikuru y’ubukwe,byabaye ngombwa ko yose bayamukiza, bakamushyiramo amaterano.Kuva ubwo yahise ahindura isura,ngo ahengama n’igikanu.

Uko kumuteramo andi, yabirwaye iminsi itarenze itatu, abaganga barayobewe ibyo ari byo. Ntibyatinze,asinzira ubudakanguka.Ubwo yari yujuje imyaka 20,Julie yasize umukunzi we mu marira,ukwezi kwa buki kudashize.

None dore uwari wabaye umugabo, asubiye ibusore ku myaka 36!Ese bizamugwa amahoro?Ese twavuga ko urwo rupfu rwaba rwaratewe n’uburangare bw’abaganga cyangwa ni ubushobozi buke bwabo?Cédric arakibaza byinshi.
Bisome: Je suis devenu veuf après un mois de mariage

Naho se Padiri wabashyingiye, hamwe n’ababaherekeje mu Kiliziya?Bose baguye mu kantu ngo « kubera iki buriya Imana yemeye biba,ikamwambura ubuzima? » Abandi batandukana kubera kurambirana,ariko bo…
By P.B

Papa Fançois arashishikarizwa gukoresha na Facebook!

Nk’abandi bacuruzi,uwashinze Facebook yifuza ko ibikorwa bye bigera kuri benshi.Ubwo Papa François yamwakiraga tariki ya 29 Kanama 2016,Mark Zuckerberg yamushishikarije gukoreha na Facebook nk’uko abigenza kuri Twitter na Instagram.

We n’umugore we Priscilla Chan,baganiriye na Papa ukuntu ibi ikoresho by’ikoranabuhanga byafasha mu kurwanya ubukene himakazwa umuco wo gusabana no kwizera,cyane cyane ku badafite kivurira.

Lire: Le Pape François et le fondateur de Facebook

Papa François najya kuri Facebook azakurikirwa n’abangana iki?Tubitege amaso.

By P.B

Umuhungu w’imyaka 19 yikundanira na nyina!

Kera byitwaga amahano!Ariko muri iki gihe,ngo urukundo ntirukigira imbibi.Hari uwatekereza ko umuhungu w’imyaka 19 yagera aho yibanira na nyina w’imyaka 36 nk’umugore n’umugabo?

Monica we ngo nta n’isoni bimuteye.Ubwo yari afite imyaka 16 ni bwo yabyaye Peterson,ajya kumureresha.Vuba aha bahuriye kuri Facebook urukundo rurabakana mpaka bibaniye.

Abaturanyi bagombye gutabaza Polisi ngo ibakize iryo shyano!Ariko se ubwo bizakira koko kandi Peterson  ngo nta mukobwa wundi umushimisha nka nyina?Kuri 19 Nzeli,ni ho abacamanza bazaruca,niba atari ukurumira!

By P.B

La miséricorde, une théorie à brandir pour l’année du Jubilé?

Dans un message vidéo adressé aux évêques, prêtres, religieux et laïcs qui participent à Bogota en Colombie à un congrès jubilaire organisé du 27 au 30 aout 2016, dans le cadre de l’Année de la miséricorde, par le Conseil épiscopal latino-américain, le Celam et la commission pontificale pour l’Amérique latine, en collaboration avec les évêques américains et du Canada, le Pape François développe l’idée de la miséricorde qui doit se montrer dans toute l’action pastorale et missionnaire.

Pour notre Pape,«La miséricorde n’est pas une théorie à brandir : « Ah ! Maintenant, c’est la mode de parler de miséricorde en raison du Jubilé, donc on la suit. » Non, ce n’est pas une théorie à brandir afin que notre condescendance soit applaudie, c’est plutôt l’histoire de nos péchés dont il faut nous rappeler. Lesquels ? Les nôtres, les miens, les tiens. C’est un amour qu’il faut louer. Lequel ? Celui de Dieu qui m’a montré sa miséricorde».

la miséricorde est donc «une manière concrète de toucher» la fragilité de l’autre, de se faire plus proches des autres :
«C’est une manière concrète de se rapprocher des personnes là où elles se trouvent, de donner le meilleur de nous-mêmes pour que les autres puissent se sentir ‘soignés’, loin de l’idée que dans leur vie la dernière parole soit dite. Soignés pour que ceux qui se sentent écrasés par le poids de leurs péchés, se sentent soulagés parce qu’ils reçoivent une nouvelle possibilité».

Dans une culture «fragmentée», «du rejet» et contaminée par l’exclusion, toute l’action de l’Église, se «joue» sur cela : c’est notre «unique devoir», prendre soin les uns des autres avec miséricorde. Il faut être des pasteurs qui soignent pour «renforcer les parcours d’espérance» et non qui «maltraitent». Cela doit apparaître dans nos catéchèses, dans nos séminaires, dans nos activités missionnaires, dans nos plans pastoraux, conclut le Pape. Car, sans cela notre pastorale sera «tronquée à mi-chemin».

A lire : La miséricorde au cœur de toute action pastorale

By P.B