Mitiweli itumazeho amatungo!

Mitiweli ni ikibazo?

Umwaka wa Mitiweli uratangira,ukagira ngo ni wa musoro w’umutwe wagarutse!N’ubwo wo warebaga abagabo gusa,ntibyabuzaga abaturage n’abapolisi ba Komini gucungana nk’injangwe n’imbeba;bamwe baburira abandi ngo bakizwe n’amaguru.Icyo nibaza ni iki:ese koko Mitiweli ni ikibazo?

Ubu birarenze

Ibya Mitiweli si ikibazo gusa ahubwo ni nk’ikigeragezo.Mu magambo bivugwa ko byorohejwe.Ngo ibibazo byose bikemurwa n’Inzego z’Ibanze.

Iyo izo nzego zigendeye ku byiciro by’Ubudehe bitumvikanyweho,ibibazo bisubira ibubisi, kuko ntawe bitareba.Ariko kugabura ibibisi bishobora kuba ari byo byorohera abo bagabuzi badaterwa ipfunwe n’imipfube!

Abayobozi baturagiye nk’amatungo

Kubona abayobozi bashyira imbere(ku ngingo z’ibyigwa)ibibazo by’abaturage, ni nko kubonekerwa.Mu nzego zose (Umudugudu, Akagari,Umurenge…),ubu baba bavuga ibibazo bya Mitiweli.

Ubwo utarayitanga akaba aragatoye.Hehe no kwisobanura!Reka da!Ngo yazane, nta bindi!Mu kanya,n’udutungo twaguhaga agafumbire bakaba baradushoreye!Ntibanibaza ngo ko tumukoze ibi uyu mwaka,umwaka utaha azabigenza ate?

Twaba twicaye cyangwa turi mu nzira, tukagenda twivovota, twibaza impamvu abo bayobozi batareba n’ibibazo Mitiweli itera ngo abe ari byo bakemura.

Umunyamuryango agengwa n’umuryango we!

« Akabi kamenyerwa nk’akeza! » Ngo « Uwatanze umusanzu atangira kwivuza ari uko abagize umuryango we bose barangije kuwutanga. » Ubu se ntibigaragara ko iki kintu giteye urujijo kubona umunyamuryango wa Mitiweli azitirwa n’umuryango we?

Nyamara Itegeko n°04/2015 ryo ku wa 11/03/2015 rigenga imitunganyirize y’ubwisungane mu kwivuza, rivuga ko umunyamuryango ari umuntu wiyandikishije mu bwisungane mu kwivuza,utanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza cyangwa uwutangirwa n’abandi buri mwaka.

Byumvikane ko uwo muntu atari umuryango. Kumuzirikira aho, bisa nko kumuhohotera(niba abo bandi batamwanditseho!).

Ikoranabuhanga nirisimbure akavuyo n’inkoni!

Gutanga serivisi nziza bihora bigarukwaho mu manama adasiba.Ariko turibaza igihe ikoranabuhanga rizasimburira akavuyo n’inkoni byo mu Nzego z’ibanze.

RSSB(Rwanda Social Security Board) ngo yashakaga gusubiza icyizere abanyamuryango ba Mitiweli.Uburyo bwo kubigeraho ngo ni ugukoresha ikoranabuhanga mu kwakira imisanzu,kwandika abanyamuryango ndetse no mu micungire ya Mitiweli muri rusange.

Ibi rero biracyari kure nk’ukwezi kuko wagira ngo aba bayobozi twabatoreye kutwica urubozo(maltraitance).Bigera ino mu giturage cya kure ho bakatwicaraho uko bashatse.

Niba  ibyitwa imiyoborere myiza bijyanye n’iryo suzugurwa n’ijarajara, urwishe ya nka ruracyayirimo.Ibya Mitiweli bizagumya kuba ikibazo kuri twe rubanda rugufi rutagira umushahara wa buri kwezi.

Leta yagikemura

Leta ibishatse yagikemura.Batubwira ko isanzwe itanga inkunga yayo muri Mitiweli ingana na 13% by’ingengo y’imari ya Minisiteri y’Ubuzima buri mwaka.

Iyo nkunga yakongerwaho 5% y’ubwisungane bukomatanyije(solidarité nationale)mu rwego rwo kuziba icyuho,mu gihe hagitegerejwe uburyo bunoze bwo kwakira no kwinjiza imisanzu nta gahato.

Ibi kandi byatuma Mitiweli igenda irushaho gukora neza,abantu bakajya biruka bajya kwiyandikisha aho kubirukaho bituma bayizinukwa.None se tuyobewe ko « akeza kigura? »

By Kamanayo Ephron,Musanze

Icyo abagabo b’Abanyekongo barusha Abanyamerika n’Ababirigi.

Ngo Abanyekongo(RDC)ni bo bahiga abandi mu kugira ubugabo bwihagazeho(taille du pénis).Ku burebure bwa cm 18 bamaze gushyuhira mu buriri, baza imbere y’Abanyamerika (14,2cm) n’Abafaransa(14,8cm).

Mu gihe n’ufite cm 4 bitamubuza gukorana umutuzo,uwa mbere ku isi byamubereye umuzigo kuko kuri cm 26,abashinzwe umutekano bagize ngo ni intwaro yindi yahishe aho munsi,bamutindana ku kibuga cy’indege.

Naho abari mu rugero(taille moyenne),ibibazo biba bike iyo bari hagati ya cm 9,31 na 12,30.Abarengeje aho,hari ubwo bamera nka babandi batuye mu nzu ngufi zifite n’imiryango iciriritse.

Abanyekongo bo rero nta yindi « malette diplomatique » bakeneye.Ngo iyo bagendana irabahagije.Uretse no kuba barusha Abanyamerika,babonye uburyo bwo kwigaranzura Ababirigi(cm14,04)babakolonije.Kuri iyo ngingo,abazungu na bo barapfukama!

Igisigaye ni ukumenya impamvu badashyirwa mu rwego rwa « Guiness des Records« ,niba koko bari mu ba mbere!

By P.B

Un vaccin antisida le moins coûteux

D’après l’équipe de chercheurs espagnols,il y a un espoir d’aboutir à un vaccin thérapeutique contre le Sida.Et de fait,un essai encourageant pour un vaccin curatif antisida a été réalisé auprès d’un groupe de patients contaminés par le VIH, avec pour la « première fois » des « résultats significatifs. »

24 patients porteurs du VIH-sida, ont participé à cet essai.La lecture des résultats publiés dans la revue spécialisée The Journal of Infectious Diseases, montre qu’il y a « une baisse significative de la charge virale chez la majorité des patients traités au bout de 24 semaines ».

Comme il est indiqué dans ces travaux dirigés par le Dr Josep Maria Gatell, « cette baisse a été très importante chez certains, mais dans aucun cas le virus n’était devenu indétectable. »

Le communiqué diffusé par l’Hospital Clinic et Hivacat, un programme de recherche régional sur les vaccins antisida,souligne qu’aucun vaccin thérapeutique n’avait atteint, jusqu’à présent, les niveaux de réponses auxquels on est parvenu grâce à cette étude.

De plus,dans cette étude, le vaccin a été « personnalisé » pour chacun des patients traités, en utilisant des cellules du système immunitaire de ceux-ci, et administré en trois doses.

Le but de ce type de vaccin est de réduire, voire d’éliminer la nécessité d’un traitement antirétroviral contraignant et coûteux.

Selon Marc de Semir, responsable de la communication à l’hôpital barcelonais, un vaccin tel que celui utilisé dans l’essai serait trois fois moins coûteux que les traitements antisida classiques.

Lire:Essai encourageant pour un vaccin curatif antisida

Ce vaccin sera-t-il tellement moins coûteux qu’il sera aussi abordable par les plus vulnérables parce que plus pauvres?

By P.B

Ubutaliyani bwakozwe mu nda n’umutingito

Imitingito ikomeje kwibasira Ubutaliyani.Uyu wa gatatu,tariki 24 Kanama,usize benshi mu cyunamo.Abatari bake bahasize ubuzima,abandi baburirwa irengero.Ubutabazi burakomeje.

Umutingito hafi yo kwa Papa!

Ijoro ryo kuri uyu wa gatatu ryabaguye hejuru.Iyo tariki ya 24 Kanama isize benshi mu cyunamo.Uwo mutingito ufite uburemere bwa 6,2(magnitude)umaze guhitana Abataliyani barenga 240,abandi benshi baburiwe irengero.

Ahibasiwe cyane ni mu bice bya Ombrie,Latium na Marches.Ibyo bice by’imisozi y’Ubutaliyani ntibiri kure y’Umurwa mukuru,Roma.Biherereye mu Burasirazuba bw’Amajyaruguru,kuri km 150 uvuye mu Murwa Mutagatifu.

Ntaburangare burimo?

Ibiri amambu,ni uko umutingito nk’uwo wari uherutse muri iyo misozi mu mwaka wa 2009, aho wahitanye abasaga 300.Ubu abantu batangiye kwibaza niba hatarimo uburangare ku buyobozi butafashe ingamba zo gukumira bene iyo mitingito.

A lire:Séisme en Italie:après 241 morts,les recherches se poursuivent

By P.B

Ntibimenyerewe: imideli y’abakobwa barifite

Kwinjira mu mwuga w’abanyamideli(mannequin),muri rusange bisaba byinshi.Byari biharawe ko abakobwa bakora uko bashoboye ngo badata ligne(batabyibuha)kugira ngo bagere kuri iyo ntego.Hari n’abafata ingamba zo kunanuka ngo batarenza mu nda ha 38, maze bikabagiraho ingaruka nyuma.

Ubu rero, mu bihugu bimwe na bimwe,kugira amataye nk’ay’umushumi bisa n’ibigiye kuva ku isoko.Abo umubyiho wagezeho basigaye baseruka bakaberwa.Ahantu henshi,abakobwa barengeje ibiro ijana batangiye kwerekana imideli.

Haba mu Bushinwa cyangwa i Burayi,benshi barabihagurukiye.N’iwacu ntibasigaye inyuma.Mu gihe abazungu bo bakuraho agahu kose,muri Kigali babitangiye biha akabanga.Bari gushyira mu bikorwa wa mugani ngo « Umukobwa ni ufite itako, n’umugore ni ufite ibuno. »Ariko nyine n’agapfundikiye kagatera amatsiko!Abagore barifite.jpg

Ntibyari bimenyerewe rero ko abarifite bajya ahagaragara bakerekana ko bashoboye ibitari bike.Ntibagitinya gusekwa ngo bangana n’inzovu.Muri uko kwiyerekana,uko batambuka, burya baba batera intambwe ikomeye mu kwiyakira(s’accepter).Abagore barifite 1

Bamaze kumenya ko amaso akunda agira uko areba.Ubwo batagihunga ababareba,bazamenyereho ko hari n’ababakunda.Nuko ubuzima bukomeze, bubaryohere,nta kibabuza kujya mbere mu kugaragaza ko ari ntaho bamwaye.

Soma: Abakobwa barengeje ibiro ijana bagiye kwerekana imideli.
Nihatangira n’amarushanwa ya « Miss Ronde Rwanda« ,bizarushaho kugaragaza ishusho nyayo kandi yuzuye y’ubwiza bw’Umunyarwandakazi aho guharirwa gusa ab’imbavu ntoya cyangwa ndende.

By P.B

Impamvu abagore baheranwa n’indorerwamo

Ni bake batagira indorerwamo.Ngo hari n’abagabo bayireberamo incuro zitari nke ku munsi, mu rwego rwo kumenya ko bahagaze bwuma cyangwa ko bihagije ku gitinyiro.Bene abo usanga barabaye iciro ry’imigani ngo « batinda kuva mu nzu nk’abagore. » Impamvu nta yindi ni uko abagore n’abakobwa bafite akarusho mu gukoresha indorerwamo.

Kwiyitaho bihagije

Si ku busa hari abayita « icyiirori »(kwirora).Kandi koko mbere yo gusohoka umuntu abanza kuyinyura imbere ngo arebe niba ameze uko isi yo hanze yifuza kumubona.Ikibazo ni uko iyo ndorerwamo ifite amaso nka ya nyirayo!Ibyo ntibibuza nk’umukobwa kuyitindaho,akayitemberana ndetse ntibure mu gakapu ko mu ntoki.Rimwe na rimwe akabikora yigereranya n’abandi bitewe n’uko ashaka kumera: »kugira amataye ».

Kwita kuri buri kantu

Akarusho ni uko ibyo byose bijyanye na kamere y’umugore n’umukobwa yuzuza impano yabo yo kwita kuri buri kantu(esprit prévoyant).Aha rero ni ho biryohera.Umugore cyangwa umukobwa ngo afite  ubushobozi(faculté) bwo kumenyera ku gihe ibiri imbere n’ibiri inyuma,ibyo umuntu yabona ahagaze cyangwa yunamye, kimwe n’ibikwiriye ijisho!

Hari n’ubwo atinda mu myenda ayihindagura,ayigerera muri iyo ndorerwamo,akabura uwo ahitamo cyangwa ibara bijyanye.N’ubwo imyenda yaba myinshi cyangwa yose ikaba ari myiza,aho kumutota ngo « nagire vuba mugende »,burya ngo uba ugize neza kumwegera no kumufasha guhitamo.Ni ho abantu babera Magirirane.

Ibibi adashaka kubona

Muri uko gutinda kose,icyo aba arwana na cyo burya ni bya bibi adashaka kubona cyangwa atifuza ko abandi babona(effet miroir).Ibyo bibi(défauts)iyo agize ibyago akabibona ku wundi(nk’uwo bashakanye),ubuzima burabiha hafi yo kuba umwaku.We rero ashaka guhora akeye, n’uwamufasha kuba Muhorakeye!None waba umubwira ngo « Reka ibyo ntakubitindaho? »

Dusoze twumva uko Jean de La Fontaine abigenekereza(n’ubwo avuga umugabo Narcisse):

« Tant de miroirs, ce sont les sottises d’autrui,
Miroirs, de nos défauts les peintres légitimes ;
Et quant au canal, c’est celui
Que chacun sait, le livre des Maximes. »(L’homme et son image)

 

By P.B

Kuki ku myaka 40 Umunyarwandakazi aba ari umukecuru?

Ibiri ino iwacu ni amayobera!Hari abantu ureba,ukabona ubuzima bwabo buri ku manegeka pe!Biteye agahinda kubona umubyeyi y’imyaka 40 wagira ngo ni nyogokuru! Kandi uko nabibonye umugore azira umukeno.Iyo urugo rukize cyangwa rukennye, bigaragarira ku mugore.Ni uko n’urubyaro rukahagwa.

Aho bipfira

Ibi bintu ni nk’amayobera.Ibiri amambu,abakene ntibabura byose.Ni bo usanga urubyaro rwisuka umusubizo nyamara hari abakire bemeye kujya no guteza inzuzi, bagaheba.Bamwe bafite abo bana, ariko babuze icyo kubaha.Abandi bafite ibya Mirenge, ariko ntibazi uwo bazabisigira.

Ubuzima kuri bombi ni aka wa mugani ngo  « Ufite bazamwongerera,naho udafite bamwake n’utwo yaririragaho! »  Uwo mukene yongera abana,ibintu bikayonga.Uwo mukire na we arabigwiza,n’intimba rugeretse yo kuba incike.Iyo akubise amaso uwo mukene asabiriza, areba hirya ngo atamutura agahinda.

Akaga ku bayobozi

N’abayobozi ntibiba bitworoheye.Hari za gahunda za Leta zitwa ko zigenewe abakene kandi mu by’ukuri zibarenze.Umukene wamubwira ngo « Gira inka » kandi nta bushobozi bwo kuyitunga?We n’abe baba bicira isazi mu jisho,bakabona inyongeramusaruro-mukamo?Baba badashoboye kwitangira Mitiweli,bakigondera imiti y’inka?

Nk’uyu mubyeyi rwose(twese duhora tumunyuraho yiyambaza umuhisi n’umugenzi), uburyo abayeho bigaragara ko gutera imbere kwe ari nk’ibitangaza by’Imana.Nawe se, nk’iyo gahunda ya « Girinka » yari yamugezeho.Ariko inka bayihakuye wagira ngo ni ihene!Ikibazo ni uko iyo tuzihaye abashobora kuzitaho,byitwa ko twariye cyangwa twayobeje ibigenewe abakene.Ese bizakomeza gutyo?

Icyabikosora

Sinirengagije ko hari abashaka gukizwa n’iby’abakene koko,ariko natwe biradukomereye nk’abayobozi.Ku giti cyanjye, hari icyo nkeka cyarushaho kugira akamaro:umuntu umeze nk’uyu cyangwa uwo bari mu kiciro kimwe,Leta ikamugenera umubare mbumbe w’amafaranga mu kwezi amufasha kubaho nk’umuryango(allocations familiales),na we akagira imirimo asabwa gukorera Akagari cyangwa Umurenge.Ibyo byatuma yumva ko ibyo yahawe, na we yabikoreye.

Kandi birumvikana kuko iyo myaka(40!) ari iyo gukora.Kuberaho kuramuka(vie de survie) ntibyatuma aramba,cyangwa ngo ateganyirize ejo hazaha.Utwo dufaranga twamufasha gucuma iminsi.N’ubwo bivugwa ngo « Udakora ntakarye »,ariko n’utariye ntiyakora!Nitutabafasha guhuza ibyo byombi,bazajya bagera ku myaka 60 ari banyakujya.Bene aba rero, nta muyobozi n’umwe wishimira kubagira mu bo ayobora.Tuzabahisha kugeza ryari?

By Kayitana Mugisha Samuel/Musanze

Abanyamerika bagenda barushaho kuba ibikuri!

Bisanzwe bizwi ko Abanyamerika ari ibihangange mu bintu byinshi,nko mu bukungu no mu by’intambara.Nyamara mu buzima no mu mibereho si ko bimeze.

Ugereranije n’abandi baturage bo mu bihugu bikize,ngo Abanyamerika bagenda barushaho kuba bagufi cyane, hafi yo kugera mu rwego rw’ ibikuri.

Igitangaje ni uko ngo mbere y’Intambara ya Mbere y’isi yose(1914)bari ku mwanya wa gatatu(abagabo)n’uwa kane(abagore).None muri iyi myaka( 2014), ubushakashatsi mu mikurire(auxologie)bwerekanye ko bageze ku mwanya wa 37(abagabo)n’uwa 42(abagore).

Abanyamerika 1Muri iyo myaka ijana ishize,ntibatakaje imyanya gusa,batakaje n’igihagararo mu burebure. Ubungubu,abagabo b’Abanyamerika bareshya na m 1,76 mu gihe Abaholandi bafite m 1,83 naho Abafaransa bakagira m 1,74.(Ku ifoto: Abaholandi, Abanyamerika, Abafaransa,Abayapani)

Impamvu y’ubwo busumbane ngo ishobora guturuka ku mirire(nutrition),ku miterere y’ubukungu cyangwa uburyo bugoye kandi buhenze mu kwivuza(accès aux soins de santé)cyane cyane ku bana n’abagore batwite

N’ubwo bimeze gutyo ariko,biragaragara ko Abanyamerika bakiri ku mwanya mwiza ugereranije n’ibindi bihugu bikize byo muri Aziya.Abayapani baza inyuma(m 1,71),ariko kimwe n’Abanyakoreya,birashoboka ko mu minsi iri imbere na bo bazaba basumba Abanyamerika!

By P.B

Ku munsi mukuru w’umuganura byari ibibazo gusa!

Iminsi mikuru iragwira!Twari twagize ngo uyu mwaka bazashyira mu gaciro babisubike. Ariko kuva ku wa mbere kugeza none ku wa gatanu(1-5/8/2016),ntawagohetse.Twe tukibaza niba hari umuntu muzima wakora umunsi mukuru w’umuganura kandi nta na busa yejeje?

Yego nyine ku maradiyo ntibasibaga kuvuga ko umusaruro atari uw’ubuhinzi n’ubworozi gusa!Ngo hari n’umusaruro w’ubwenge, uw’ikoranabuhanga, uw’inganda,uw’ubukorikori n’ibindi nk’ibyo…

Birumvikana ko ariyo mpamvu Umuganura wizihirizwa mu mijyi nka za Nyaza izo zigezweho. Byari kuba byiza iyo bavuga ko umuganura w’uyu mwaka ari uwo gutabarana,maze Uturere twejeje tugasangiza utwarumbije, naho imijyi ikaganuza ibyaro byayo ku musaruro wo mu nganda!

Inzara n'umuganuraUmwaka ushize ku munsi nk’uyu,twari twicaye twizihiwe,abantu ari benshi bishimiye kwerekana ibyo bejeje.Uretse gusangira ibyateguwe, abatejeje batahanye ifunguro ry’uwo munsi, ibyishimo ntibyahagararira mu nama!

Naho uyu mwaka ni ibibazo gusa.Umuyobozi wacu we yatwumije ngo n’ubwo ntabyo twejeje bigaragara,umutekano wo turawejeje ku bwinshi!Ngo nta cyaha na kimwe cy’urugomo cyangwa cy’ubusambo cyagaragaye mu Mudugudu wacu wa Kamuhoza!

Twahise dutera hejuru tuti  » Bwana Muyobozi,mu nda biracika!Umutekano w’aho wo ntubareba? » Kurya bamenyereye gutera ibipindi,ngo uw’ahongaho ntugoye, kuko buri wese yirwanaho bikajya mu buryo!

Kandi koko na we byasaga nko kwirwanaho ngo atange raporo ko umuganura wakozwe mu Mudugudu!Hagati aho ntibyatubujije kumara amasaha abiri n’igice twicaye maze buri wese agataha yibaza ngo uyu munsi ndarya iki?Abana ndababeshyeshya iki?Ngako akamaro k’amana y’iteshamutwe.

By Sam Kayisire/Rusizi

Faim et sécurité au Sud-Soudan: Dirigeants insensibles à la souffrance de la population

La mort est partout dans ce jeune pays d’Afrique.Les parents la fuient dans les villes, mais elle les percute au passage.Les cris des enfants les arrêtent;ils demandent que leurs mamans les allaitent alors qu’elles sont épuisées,presque sans vie.

Indépendant depuis le 9 juillet 2011,le Sud-Soudan ne l’est pas encore.Le dernier à trouver son indépendance,il est aussi le dernier à goûter des bienfaits de la paix.Le premier à se presser pour se libérer de Khartoum(Soudan),il est le premier à s’enfoncer dans la violence et la crise humanitaire sans précédent.

faim au Sud-soudanDans cette crise,les enfants n’ont d’autres boucliers que ces lourds fils et ces étranges uniformes. Enfants-soldats,ils deviennent la solde des équations lancées par ces dirigeants impassibles.

En accentuant cette guerre entre eux,ces anciens rebelles donnent raison à Omar El-Béchir qui n’avait jamais cru à leur unité.Peut-être faudra-t-il instaurer la Charia pour renouer avec l’esprit des lois et le patriotisme plutôt que de rétablir le tribalisme!

C’est vraiment tragique et sadique!Tout un pays peut-il être sacrifié pour l’intérêt macabre de ces deux personnalités lugubres,Riek Machar et Salva Kiir?Jusqu’où continueront-ils de poser la signature de leur ascension au pouvoir par le sang de leur peuple si courageux dans ces épreuves?

Faim au Sud-Soudan 3Fiers des machines de guerre dont ils ne sont pas des producteurs,ces prétendus dirigeants ne tiennent pas compte du nombre de morts ou de millions de réfugiés que leur combat de coqs fait mourir de faim!Au lieu de les faire profiter de leur manne pétrolière,ils les jettent incessamment dans cette poudrière et la mendicité!

Faim sud-soudanCes jours-ci,les partisans s’affrontent comme des ennemis.A quelques mètres,les paysans font la queue pour mendier de la nourriture.Ceux jours-là,on leur demandera de leurs voix dans le vote!Ils feront encore la queue.C’est honteux!

Entre temps,les femmes et les enfants s’interrogent sur l’avenir.Ils n’espèrent aucune réponse imminente.Tout est sombre.faim au Sud-soudan1

Faim au sud-soudan 2Entassés sous les tentes ou sous les arbres,ils gardent le regard fixé sur ces humanitaires et militaires onusiens.Ceux-ci tournent autour et continuent leur chemin de maintien de la paix qui n’est pas.La faim elle aussi ne s’arrête pas.

By P.B

Impamvu zo kubyibuha inda n’uko wabyirinda

Bikunze kubaho ko umuntu abyibuha wese ndetse n’inda ntisigare(obésité abdominale). Ngo akenshi biterwa n’imiterere y’imirimo (stress)cyangwa uburemere bw’iyo mirimo(charge excessive de travail).

Icyo gihe,ibinure(graisses)biba byinshi mu mubiri,nuko bikishakira umwanya ahabishobokeye. Ahaberewe na byo kurusha ahandi, ni inda n’ibice biyikikije.

Ku mugabo

Obésité gros ventreUmugabo byagezeho bavuga ko afite inda nk’iy’umucuruzi(gros ventre). Hari abandi bagira ibicece bitengerana(poignées d’amour); ni igihe ibinure biba byabaye byinshi mu mbavu. Bene abo ni bo bahita bagira igihagararo nk’icy’umugore(répartition gynoïde).obésité1

Ku mugore

Obésité ventre 2Umugore na we agira uburyo bwe bwo kubyibuha inda, rimwe na rimwe ukagira ngo aratwite kandi ari muto cyangwa yaracuze(ballonnement du ventre). Abamubonye batamuherutse, bakibaza uko byagenze bikabayobera.

Ibyo bikunze kuba kuri benshi bageze igihe cy’ihagarara ry’uburumbuke(ménopause)cyangwa kubera impamvu z’izabukuru(vieillissement). Kuri iyi ngingo, ngo nta kwirenganya!

Ku bandi uwo mubyibuho wifatira impande zombi(hanches)n’igice cyo hejuru y’amavi ku buryo ishusho y’umubiri wose imera nk’agacupa ka Fanta gacuritse.Obésité ventre 1

Ingaruka

Haba ku mugabo cyangwa ku mugore, ingaruka n’ibimenyetso bijya kungana. Uwagezweho n’uwo mubyibuho, ni wawundi ufite umuzenguruko(tour de taille)urengeje cm 94(umugabo)cyangwa cm 80(umugore).

Ugeze ahongaho, atangira gutinya kugenda n’amaguru kuko ananirwa vuba cyangwa akaribwa mu mavi. Ahitamo kwihorera hamwe
(sédentarité)cyangwa kugenda n’imodoka n’aho bitari ngombwa. Ubwo rero ibinure akaba abishyize igorora.

Uko ibyo binure bikomeza kwitekera imbere(graisses viscérales)ni nako n’umuvuduko w’amaraso(hypertension)wiyongera, indwara z’umutima zikaziraho, na kanseri zikabona aho zifata.

Icyakorwa

Imibare y’Ishami Mpuzamahanga rishinzwe Imirire(UNICEF)igaragaza ko abarebwa n’iki kibazo cy’uyu mubyibuho mu Rwanda, bamaze kurenga 7.1% mu mijyi(2012.)

Amajyambere azana ibyiza  n’ibibi rugeretse. Ni yo mpamvu Leta zigomba gushyiraho za gahunda zo kubikumira(ibyo bibi). Hagateganywa ahantu n’ibintu bitera abantu gusohoka bakajya kwihera ijisho bagenda n’amaguru(zones piétonnes+jeux sociaux) no gufata akayaga(parcs de plaisir).

Obésité  2

Naho abagabo bamaze « kuzana nyakubahwa » no « kwegera abaturage » bigeze aho kubatera icyugazi, kimwe na ba bagore abandi bavugiraho ngo « barakanje » bakwiye gushaka icyabateye kugera aho(conditions de travail ou hygiène de vie)maze bagahindura uburyo bwo kubaho n’imirire.

Bamwe bazakizwa n’imikino ngorora mubiri, abandi bakizwe no kureka ibiribwa byuzuye amasukari ahubwo bakitabira imboga n’imbuto, hari n’abazakizwa no guhagarika inzoga zikaze(alcool)bakayoboka amazi bugezi.

Umuti nyawo ariko ni ukwegera muganga akaguha inama zijyanye n’ikibazo cyawe, kuko hari ubwo yasanga igifu kigomba kubagwa kugira ngo gitunganye ibyo umubiri ukeneye.

Kwigungira iwawe byo(wanga ipfunwe uterwa no gusekwa) ni ukwikururira urupfu ruzinjira rudakomanze, cyane ko utazaba unashoboye guhaguruka ngo urukingurire cyangwa ngo urukingirane!

By P.B

Ibintu ni nk’umuyaga:T’ai Chi Chih 6

Byaba bike cyangwa byinshi,ibintu ni nk’umuyaga.Uwo byahiriye,biba nk’ubwato bugeze ku mwaro.Ushaka kubuzirika,akurura yegereza inkombe.

N’iyo harimo inkubi,yirinda ko bumukurura akabwubika.Ari wenyine ni nde wazabara iyo nkuru?Ni yo nyigisho y’uyu mwitozo wa 6:

Erreur
Cette vidéo n’existe pas

BY P.B

Le Pape François et les peuples autochtones:où en sont les Batwa des Grands Lacs?

L’une des intentions de prière du Saint-Père pour le mois de juillet 2016 concernait le respect des peuples indigènes.Elle a été annoncée dans ces termes: « Pour que soient respectés les peuples indigènes menacés dans leur identité et leur existence même. »

Le Pape François et les autochtonesLors de ses voyages apostoliques en Amérique Latine, lui-même a uni sa voix avec ces peuples minoritaires par leur nombre et majoritaires par leur précarité: « Nous voulons un changement,un changement réel, un changement de structures. »

Pour que ce changement advienne,le Pape, dans son discours aux mouvements populaires,
propose cette alternative:

« Il est indispensable que,avec la revendication de leurs droits légitimes,les peuples et leurs organisations sociales construisent une alternative humaine à la globalisation qui exclut. »

Ces droits légitimes et sacrés,il les a énoncés en 3 T: « Terre,Toit,Travail pour nos frères et sœurs. »  Cela vaut la peine,ajoute-t-il,cela vaut la peine de lutter pour ces droits.

Dans ce discours du 7 juillet 2016, il invitait les chrétiens à se poser cette question:

« Reconnaissons-nous que les choses ne marchent pas bien dans un monde où il y a tant de paysans sans terre,tant de familles sans toit,tant de travailleurs sans droits,tant de personnes blessées dans leur dignité? »

Comme nous sommes à la fin du mois de juillet,il est important de sonder l’état de respect de ces peuples et de leur droits ,afin de nous rendre compte du degré de réalisation de cette intention prophétique du Pape.

En félicitant les peuples autochtones d’Amérique Latine,il n’a pas omis de demander pardon:

« Je demande humblement pardon,non seulement pour les offenses de l’Église même,mais aussi pour les crimes contre les peuples autochtones durant ce que l’on appelle la conquête de l’Amérique. »

 

Son intention et son exhortation doivent garder leur étendue universelle. Aussi a-t-il souhaité que  « le cri des exclus soit entendu en Amérique Latine et par toute la terre. »

C’est,partant de ce  « par toute la terre », que nous allons, prochainement,nous intéresser au cri des Batwa sur les terres africaines des Grands Lacs.A suivre…

By P.B

Waba uzi aho Matako-Aguruka ahuriye na Muntu?

Ubushakashatsi bumaze kwerekana ko hari inyamaswa zigaragaza ibintu abantu bakunze guhisha,cyane iyo bijyanye n’imyanya y’ibanga(parties intimes).

Urugero ni nk’aka gasimba kitwa Matako-Aguruka(« Pigbutt worm » cyangwa « ver-cul-de-cochon »),kazwi no ku izina rya « Fesses-qui-volent »).

Kugakubita amaso ntibyoroshye kuko bisaba kumanuka mu ndiba y’inyanja kuri metero 1000 y’ ubujyakuzimu.Kuba gasa n’umwanya-gore(vagin)byatangaje abashakashatsi bahisemo kubica ku ruhande bakita Chaetopterus pugaporcinus.

Goffredi na Robinson bakavumbuye,batekereza ko nibakabona ahandi hatari Monterey Bay(Calfornia),iyo miterere yako izahishura byinshi kuri uriya mwanya ukomeye wa bashiki bacu,cyane cyane ku bijyanye no kororoka nta nzitizi(limites de reprodution ).

Ikindi ni uko basanze gakungaye cyane ku ntungamubiri(proteines)ku buryo mu minsi iri imbere gashobora kuzifashishwa mu kurwanya inzara.

By P.B

Mu ruzinduko rwa Perezida Kagame iwacu: abayobozi ngo nta bibazo bihari!

Baragowe abo Prezida wa Repubulika atazasura muri uyu mwaka!Bazapfana ibibazo byabo kandi imiti itari kure.Muri iki gihe cy’amapfa ho abaturage barashiramo umwuka,mu gihe abayobozi babo bavuga ko nta bibazo bihari.

Kandi koko iyo badafite ibibazo,bibwira ko n’ahandi ntabihari.Gusa burya ibibazo by’abayobozi ni ukubasha gukusanya imisanzu isabwa n’inzego zo hejuru no kubahiriza gahunda za Leta batitaye ku ngorane z’umuturage.

Uwo muturage watsikamiwe ndetse wabujijwe amahwemo,ntawundi wamufasha kumvikanisha agahinda ke uretse umushyitsi muhire.Ni bwo bamwe barara bagenda, bakarara nzira iminsi itari mike,mpaka bigereye aho Perezida wa Repubulika yasuye.

Kagame azadusura 1Ntibaba bayobewe ko ,ubusanzwe,nta muntu muzima wakiriza umushyitsi ibibazo.Bitewe n’uko abaturage ibibazo byabarenze kandi ibyinshi babiterwa n’abayobozi babegereye,nta kundi babigenza uretse kubitura Nyir’ubwatsi.
Baremera rero bagatonda umurongo ugerwaho n’ibyihare bidatinya incyuro zizakurikiraho!

Byabaye nka bya bindi bya kera, aho uwabonaga nta bundi buryo bwo kurenganurwa, yavugaga ngo « ikibazo cyanjye kizakemurwa n’Umwami Nyir’Urwanda. »Ubundi se nyine ibyo bibazo byakemuka gute mu gihe uwo urega ari we uregaho?

Ntitwibagirwe ko n’abo bayobozi na bo baba bakora badahembwa,bagasanga izo gahunda za Leta ari bo zari zikwiye guheraho!None se azamamaza « Gira Inka » na we ntayo afite?Ubwo se kuyigira we bimugwa nabi?Naho se ako kazi baba bakoze ngo n’iyonka ihururane na ba basaza n’abakecuru batazi iyo bijya n’iyo biva!

Ikibabaje ni uko muri urwo ruzinduko,abo bayobozi baba bishakira amashyi maze bakamubeshya ngo « Nyakubahwa Perezida wa Repubulika,muri uyu Murenge/Akarere,ubukene n’imirire mibi byabaye amateka! »

Kagame azadusuraAbo baturage wabareba ku maso ukicwa n’agahinda,dore ko hirya iyo baba bakubitira abana kuryama.Abayobozi se bibabuza kubakama n’ayo mu ihembe,abarira babuze ikibahembura? Hanyuma ngo VUP yadukuye mu bukene,kandi inzara ivuza ubuhuha!

Ingaruka zo kugira bene abo bayobozi b’Abidishyi no guhora ahatwa ibibazo bijya kuba bimwe,ni uko Perezida azacika intege,agahagarika izo ngendo,noneho akajya yohereza ba Minisitiri be nka ba Kaboneka ngo bajye kubikemura.

Nyamara n’ubwo abaturage bavugiriza Gitifu induru ko ari we ubogogoje,bizarangira bamenye ko n’ubundi « Nta nduru iburana n’ingoma! » Nta gisubizo gifatika.Buriya tuzategereza ko natwe Muzehe adusura!None se mu ruzinduko rwe,ibyo yemeye si byo bikorwa?

By Kayiranga Evariste,Cyahinda

Umutwe nk’uyu ni ingirakamaro!

Dore umugabo utagombera ibindi bikoresho ngo atemagure imyungu ihaza imbaga!Umutwe we uramuhagije.Kandi ngo agifite umusatsi ntiyabishoboraga.

Aho aciriye ako gahigo,abantu basigaye bibaza niba guharangura umutwe bitawutera gukomera koko.Abanyarwanda rero baba barabivumbuye batabizi!

Umutwe w'imfungwaNgo burya kogosha imfungwa zose bakazimaraho umusatsi,si ikibazo cy’isuku gusa.Impamvu ni uko imfungwa ziza muri gereza ziba zisasanganywe umutwe woroshye;zigomba gufashwa ngo zizasohokemo zishoboye kuwifashisha!

Umutwe wa ZidaneGuharanguza umutwe rero byaba biwutera gukomera bidasanzwe.Ikimenyetso simusiga ni nka wa mutwe Zidane yateye Materazzi mu mukino w’igikombe cy’isi 2006.N’ubwo yahawe ikarita y’umutuku,ubu ntibimubujije kuba Umutoza w’ikipe ikomeye nka Real Madrid!

Ariko se gutegura umutwe kuri ubwo buryo nta sano byaba bifitanye n’uko mu iteramakofe(boxe)amakamba menshi yambikwa abiharanguje?Nka Mike Tyson,Marvin Hagler,Jean Marc Mormeck…Umutwe 1

By P.B

Un coup d’Etat militaire dans le ciel européen?La Turquie en pointe

La soif du pouvoir militaire n’est point le propre des pays africains.Le ciel européen est désormais menacé par ces foudres qui frappent même là où les paratonnerres étaient supposés efficaces.

Coup d'Etat TurquieQui penserait que la Turquie d’Erdogan,chantre de la démocratie islamique,en arriverait à ces coups griffés entre civils et militaires?L’heure de la démocratie populaire a-t-elle sonné pour que les partisans du pouvoir fassent payer aux putschistes le prix de leur échec?

Certes,la Turquie n’est pas à son premier essai des coups d’Etat militaires.Depuis 1960,elle en est à son quatrième essai(1960,191,1980). La répression de la récente tentative est la preuve d’une armée qui sauve les apparences de son unité et de sa puissance.

Si la comédie de la gloire du président actuel et de son parti AKP n’est pas bien jouée,la justice passera.Sinon,l’épée de la colère criera vengeance. Le nombre de morts et d’arrestations quasi arbitraires ne cesseront guère de se multiplier.

Dans ce cas,l’Union Européenne et les Etats-Unis seront bien embarrassés.Certes,le désir de la Turquie de faire pleinement partie de ce ciel européen permettrait d’adopter une conduite moins indigne de son entrée tant attendue.Encore que les Européens parviennent à brandir unanimement l’arme la plus forte des droits de l’homme.

Quant aux Etat-Unis,la volonté de ne pas perdre un allié incontournable dans le combat contre « l’Etat Islamique » en Syrie et en Iraq pourrait prévaloir sur « l’Etat de droit » par des compromettantes tergiversations.

Rappelons que ces grandes puissances avaient élevé hautement la voix contre le président Pierre Nkurunziza du Burundi lors de la poursuite des putschistes du 13 mai 2015. Procéderont-elles de la même manière pour Recep Erdogan?

Rien n’est moins sûr.Alors que le Burundi déplorait 90 morts,la Turquie en recense 290.Alors que Pierre Nkurunziza a fait arrêter 28 putschistes,Erdogan en a fait ramasser 6000! Les mesures internationales prouveront que les deux pays n’ont rien de comparable quant à la taille(balance mondiale)et à la position géopolitique.

Coup d'Etat Turquie 1Entre temps,la population continuera de chercher l’abri sous ces machines de guerre dont l’efficacité ne fait qu’accroitre le marché.

By P.B

La France sous le choc d’un nouvel attentat

Les victimes n’en reviennent pas.A Nice,le merveilleux bruit de la fête a viré aux cris et aux larmes.Les festivités du 14 juillet 2016 ont été plus qu’un cauchemar.

Les attentats risquent de devenir le pain amer du quotidien français.Depuis mars 2012,on n’arrête pas de compter les morts:plus de 8 séismes terroristes ont secoué le territoire.

A Nice,cette ville maritime des Alpes -Côte d’Azur,ce ne sont pas les armes à feu qui ont retenti.C’est un camion qui a rendu dure la vie des habitants et des touristes; ils ont cru aux bruits des feux d’artifice. Mais, non!

Près de 2,3kilomètres de course en moins de 45 secondes pour faire plus de 84 morts et 202 blessés,Mohamed Lahouaiej Bouhlel a roulé sur les vies humaines avec un poids lourd de 19 tonnes. Tout cela suscite moult commentaires et indignations.

En attendant tous les résultats des enquêteurs,il est souhaitable que l’esprit de tolérance et de vaillance dirige encore les discussions utiles pour le respect des victimes et de leurs familles humainement inconsolables.Attentat de Nice 1

C’est le moment de leur rendre hommage et d’entretenir les petites lumières de l’espérance.

By P.B