Bamwicaje ku meza atari ay’ineza

Abantu bashobora kwangana kubera ko batumiwe mu minsi mikuru ntibicazwe mu myanya myiza.Kimwe n’uko mu minsi nk’iyo ushobora guhabwa icyicaro ku meza y’icyubahiro nyamara ibyiza bikajya bihita ubireba cyangwa na nyir’urugo,kubera imirimo myinshi, agasa n’utakwitayeho.

Ku rundi ruhande,abahuriye kuri ako gasuzuguro bashobora guhuza urugwiro.Muri urwo rwego, Ivanjili yo kuri iki cyumweru,iratwereka ukuntu Yezu bamwicaje ku meza atari ay’ineza kuko nyir’urugo yitekererezaga ibindi.

Nyamara kuri ayo meza yo kwa Simoni,Yezu yahasigiwe umubavu uhenze cyane,ahabonera n’ikimenyetso ko hari abamuririra.Bitewe n’uko uwitumiye yitwaza intebe,umugore utari watumiwe yabonye umwanya hafi y’ibirenge bya Yezu kandi amarira ye ntiyamupfira ubusa.Reka tubyumve:

« Umwe mu Bafarizayi atumira Yezu ngo basangire;yinjira iwe,ajya ku meza.Maze haza umugore wari ihabara mu mujyi.Yari yamenye ko Yezu ari ku meza,mu nzu y’uwo Mufarizay,aza afite urweso rurimo umubavu.

Nuko aturuka inyuma ya Yezu,yunama ku birenge bye arira.Amarira atonyangira ku birenge bya Yezu,abihanaguza imisatsi ye,agumya kubisoma,anabisiga umubavu.

Umufarizayi wari wamutumiye,ngo abibone,aribwira ati « Uyu muntu,iyo aba umuhanuzi koko aba yamenye uyu mugore umukora uwo ari we,n’icyo ari cyo:ko ari umunyabyaha.

Yezu araterura,aramubwira ati « Simoni,mfite icyo nkubwira. » Undi aravuga ati « Mbwira,mwigisha. » Yezu ati « Umuntu yari afite abantu babiri bamurimo umwenda;umwe yari amurimo amadenari magana atanu,undi mirongo itanu.Babuze icyo bishyura,abarekera uwo mwenda.Muri abo bombi,ni uwuhe uzarusha undi kumukunda? » Simoni ati « Ndasanga ari uwarekewe umwenda munini. »Yezu aramubwira ati « Usubije neza. »

Nuko ahindukirira wa mugore,abwira Simoni ati « Urabona uyu mugore?Ninjiye mu nzu yawe,ntiwansuka amazi ku birenge;naho we yuhagije ibirenge byanjye amarira ye,maze abihanaguza imisatsi ye.Ntiwampobeye unsoma;naho we,kuva aho yinjiriye mu nzu,ntiyahwemye kunsoma ibirenge.Ntiwansize amavuta ahumura mu mutwe;naho we,yansize umubavu ku birenge.

Ni cyo gitumye nkubwira nti:ibyaha byose uko bingana arabibabariwe,kubera urukundo rwe rwinshi.Naho ubabariwe bike, akunda buke.Nuko Yezu abwira uwo mugore ati « Ibyaha byawe birakijijwe ».Abari kumwe na we ku meza batangira kwibaza bati « Uyu ni muntu ki ugeza n’aho gukiza ibyaha? » Nuko Yezu abwira wa mugore ati « Ukwemera kwawe kuragukijije;genda amahoro. »

Nuko Yezu ashyira nzira,azenguruka imijyi n’insisiro,yamamaza Inkuru nziza y’Ingoma y’Imana.Ba Cumi na babiri bari kumwe na we.Hari kandi n’abagore bamwe bari bakijijwe roho mbi n’izindi ndwara;barimo Mariya bise Madalena,wari wameneshejwemo roho mbi ndwi;hari na Yohana mu ka Shuza,umunyabintu wa Herodi, na Suzana n’abandi benshi babafashishaga ibintu bari bafite. »(Lc 7,36-8,3)

Niba nawe umushakana umutima mwiza,uyu munsi arakubwira ngo « Ukwemera kwawe kuragukijije;genda amahoro ».Nuko icyumweru kikubere cyiza rwose.

By P.B

Imisatsi y’imiterano ko isigaye ibereye Nyakabwana!

Abazungu bageze kure.Urwo bakunda imbwa zabo rurahanitse.Uyunguyu yabonye ukuntu abagore n’abakobwa b’Abirabura baberwa n’imisatsi y’imiterano bakemera ikabahenda,biramutangaza.

Aho abagabo na bo basigariye bayitendeza muri mode y’amadredi,yasanze ari ibintu byiza agomba kugurira Alfred,imbwa ye imuhora iruhande.Ni yo yabaye cadeau ya anniversaire!

Kuri uwo munsi yarayisohokanye bisanzwe hamwe na bagenzi be bafite bene ayo matungo. Bamwe bati « Dore igitekerezo kizima!Nanjye iyanjye ngiye kuyakorera(amafaranga) nyambike nk’iyi pe! » Naho abandi bati  « Kuki atayihaye ya misatsi y’irende nk’iri ryacu ko ari ryo rijyanye n’uruhu rwayo ? »

Mu gihe bari bakiyitangarira,umusore w’Umurasta arahahita, yifoye cyane n’inkumi ye, bose bagenda bahengura bongera bahengeka iyo misatsi yabo.Nuko na Alfred azunguza umutwe,imisatsi irikaraga, maze abari aho amashyi ngo kacikaciii!!Abandi ngo bahindukire,batangira gushyira ingofero mu mutwe.

Ibi byari bikwiye gutuma benshi basubira kuri ya misatsi y’imimerano kandi bikabatera ishema.N’ubwo yaba yayindi yo ku rugamba(cheveux en bataille) yo ni umwimerere ku buryo ari ntaho bazasangirira na yo na Nyakabwana.

By P.B

Umusore w’imyaka 13 yemeje mwarimukazi!

Kurya ari impumyi,ngo urukundo rwaba rutagira imyaka y’ubuto cyangwa y’ubukuru.Uko byagendekeye uyu mwarimukazi w’Umunyamerika ni gihamya idakuka.

Alexandria Vera wimyaka 24 ntiyategereje ko umunyeshuri we arenza igihe.Ngo ku myaka 13,uwo musore yari akuze bihagije.Amezi 9 yose yashize bibanira nk’abashakanye(couple).

Ababyeyi b’uwo musore nta kibazo bari bafite ko umwana wabo yagira « une petite amie » wo muri urwo rwego.Ubwo iyo couple idasanzwe yabamenyeshaga ko mwarimukazi atwite, ibinezaneza byari byose ko umuhungu wabo atabatindiye kubabonera umwuzukuru.

Ibyo byishimo ntibyamaze kabiri kuko ibigo birengera abana(batari abakobwa gusa !)byahagurutse bigahagarara.Alexandria yabonye bikomeye, yiyemeza gukuramo inda no gusibanganya ibimenyetso ajya kure y’ishuri rye.

Yamaze igihe yarabuze.Nyuma yaje kwishyikiriza Polisi.Ntiyagiye imbokoboko gusa kuko yitwaje ibihumbi 100 by’amadolari kugira ngo azaburane ari hanze.Ishuri na ryo ntiryatinze kumuhagarika ku kazi.

Nyamara abize kuri icyo kigo cya Houston(Texas)yigishagaho,bavuga ko yari umwarimu mwiza(cool),utigora na gato.Yewe n’iby’urukundo rwe ntiyabihishaga.Ese ,n’ubwo na we yari akiri muto,yaba yaribeshye ,akibwira ko umuhungu wese ari umugabo?

Byisomere: Elle tombe enceinte de son élève de 13 ans

By P.B

Abagabo n’abagore babikora kimwe?

Indirimbo y’uburinganire imaze kogera hose.Iyo nyikirizo yo irazwi pe!Ariko iyo bageze ku bitero,abaririmbyi barebanaho,ngo harya ni hasi cyangwa ni hejuru?Rukabura gica.

Kera byari bibujijwe ko umugore ajya hejuru.Ni yo mpamvu bavugaga ngo « Umugore arubaka,ntasakara« ,cyangwa ngo  « Arabyina, ntasimbuka. » Ariko ubu ibintu byarahindutse,na bo bazi gutera isharupanti, bakajya hejuru y’inzu bagasakara.

Duhere aho tuvuge se ko abagabo n’abagore babikora kimwe?Ntiwabona hari ibyo abagore basigaye bakora neza kurusha abagabo?

Erreur
Cette vidéo n’existe pas

Aho si yo mpamvu abagore  ari bo benshi mu nzego hafi ya zose zo mu Rwanda?

Niba atari byo,hazagire ugaragaza ko kujya hejuru kwabo mu isakara bituma amazi ameneka mu nzu cyangwa atagera hasi.Kimwe no mu ndirimbo,ubusanzwe bajya hejuru bikaryoshya amajwi y’urunyurane(voix mixtes). Ese byaryoha kimwe no mu majwi y’urujyano-ngano(voix égales)?

UburinganireHambere aha na none,abakaraza bari abagabo gusa.Nuko umurishyo ukajyana n’umurindi w’ibyo bigango.None ubu abagore na bo barawukaraga,
bagahuza umuriri na bagenzi babo bivugira inka n’ingoma.Namwe muzambarire aho ibyo bintu byerekeza.

Uburinganire 2Abagabo na bo ntibacikanywe. Barakubita ingobyi imugongo bakaberwa pe!Bamwe bati « Iri ni ishyano,ntaho byabaye! » Abandi, bati « Ngubwo uburinganire rero ». Icyo batamenya ni ukwitwaza inkongoro y’ababyeyi.Maze abagore bamwe bakabyuririraho sinakubwira.

Wawundi uturiye agasantere ntatinya kubwira umugabo we ngo « Sigarana abana nanjye ndasohotse » cyangwa ngo « Uyu munsi ni uwawe wo kwirirwa ku mashyiga,kopine wanjye yantumiye ».

Nuko na we akabona akanya ko kujya kwigusha neza.Kandi koko birakwiye.Yataha asanga abana bari kurira bahogoye,ati »Ese burya, mubabyara mutazi no kubahoza? » Umugabo,  ati « Hari gihamya yindi se ko ari wowe ufite igisubizo ». Mu kanya ubuzima bugakomeza.Ese aho ibibazo babyumva kimwe ?

By B.P

Hari umugisha w’abadasangira umugati?

Kuri iki cyumweru,abakristu barahimbaza umunsi mukuru w’Isakramentu Ritagatifu.Aho bishoboka bararitambagiza mu mijyi,mu mihanda no mu nsisiro,batera indabo n’amajwi hejuru mu ndirimbo z’ibyishimo.

Mu kwemera gukomeye,baraba bashyira mu bikorwa aya magambo Yezu Kristu yadusigiyeho umurage: « Ibi,mujye mubikora munyibuka »(Lc 22,19).Baraba bibuka ko aho yanyuraga yagendaga agira neza kandi ko mu bihe byiza bamwakirije amashyi n’impundu.

Naho abamuhabwa bisanzwe cyangwa bwa mbere,barazirikana ko umugisha w’Imana ubahoraho iyo bashoboye gusangira badacuranwa,
n’ibisigaye ntibipfe ubusa.

Hirya no hino hari abakeneye gukira indwara n’inzara(cyangwa indwara y’inzara)ariko hari n’abakeneye gukira umurengwe.Abadafite na mba n’abafite duke iyo bahujwe na Yezu,ibihari abivana hasi abyerekeza hejuru maze bikabamanukiraho bose bagakwirwa.Ubwo se umwanzi witwa inzara ntaba atsindiwe muri ibyo biganza?

N’abasanzwe bafite byose iyo bahuriye ku Mana,ibintu biba mahwi.Niko byagendekeye Malikisedeki,umwami w’amahoro n’ubutabera,na Abramu wari uvuye gutabara murumuna we Loti bari batwaye bunyago.Reka tubyumve mu isomo rya mbere:

« Abramu ubwo yahindukiraga amaze kunesha Kedorilahomeri n’abandi bami bari kumwe,umwami wa Sodoma amusanganirira mu kibaya cya Shave,umubande w’umwami.Malekisedeki umwami wa Salemu azana umugati na divayi;yari umuherezabitambo w’Imana Isumbabyose.Asabira Abramu umugisha avuga ati ‘Abramu nagire umugisha w’Imana Isumbabyose yaremye ijuru n’isi!Kandi hasingizwe Imana Isumbabyose yashyize abanzi bawe mu maboko yawe!’ Nuko Abramu amutura igice cya cumi kuri byose.Umwami wa Sodoma abwira Abramu ati ‘Mpa abantu,wijyanire ibintu’. Ariko Abramu asubiza umwami wa Sodoma,ati ‘Ndahiriye imbere y’Imana Isumbabyose yaremye ijuru n’isi,ko kuva ku rudodo kugeza ku gashumi k’inkweto,nta kintu cyawe njyana,hato utazavuga uti ‘nijye wakijije Abramu’.Ntacyo nshaka,keretse ibiryo by’abagaragu banjye(Intang.14,17-24a). »

Biragaragara ko umwami wa Sodoma n’uwa Salemu batari bagendereye ikintu kimwe.Uwa Sodoma akeneye amaboko(abantu),naho uwa Salemu aratanga umugati n’umugisha.Abramu we n’ibyo ahawe abisangira n’ubitanze,ntagire icyo yigomba kirenze ibyo kugoboka abantu be.

Niko na Yezu abigenzereza intumwa n’abigishwa be.Bamuhereza imigati itanu n’amafi abiri, bagasangira na We imigisha akomora ku Mana,maze n’abandi bose bakaboneraho(Ivanjili:Luka 9,11-17).

Iki cyumweru rero,duhere aho twibaze niba abadasangira umugati(mu nyito zose=sens)bashobora gusangira umugisha, waba uw’amahoro cyangwa uw’ubusugire(prospérité)?

Na nore ariko, « Ibyo tudashobora kumva no kubona,ukwemera kwacu ni ko kubihamya« (Indirimbo ya ‘Rata Siyoni’=Lauda Sion).Yezu arahagoboka. Tumuramye.

By B.P

Inyenzi 26 zashajije umusore!

Burya umubiri ubika byinshi.Umusore w’imyaka 19 yamaze igihe kinini amatwi amurya bitavugwa.Bigera n’aho atangira kumva ibisa n’ibivumvuri byiruka mu matwi.Ubwo n’umutwe ntiwari umworoheye.

Uwo musore w’Umushinwa yagiye kwa muganga.Iyo biba nko mu bihugu bimwe na bimwe, bari guhita bamuha ibinini by’umutwe agataha.Umudogiteri we, yemera ko utavura ikintu utazi.Yabaye akimugeza ku isuzumiro akubitwa n’inkuba. Continuer à lire … « Inyenzi 26 zashajije umusore! »

Umugabo w’Umwirabura yaboneye akaga ku buriri

Umugore yari ategereje nk’uwari ubishonje igihe kirekire.Ku myaka ye 47 yasaga n’utabiherutse.Yabonye uyu musore w’ibigango by’umwirabura yumva arasubijwe.

Kimwe n’umugabo wese uri muri icyo kigero,ku myaka 31 ntiyari gupfa kwikura ayo mata mu kanwa.Ntiyari azi ko hari umuzungukazi wamubiza icyuya by’ako kageni bageze ku buriri.

Batangiriye aho ku mwaro bakomereza mu kirambi, umugore aracunda batinda kuresa.Mu kandi kanya batereka ku ruhimbi ngo ubwo ari hejuru buriya aravura vuba.

Nyuma y’amasaha 36 yose ari kuri uwo murimo,umusore wakundaga ikivuguto ati « Aya mata ntasanzwe ».Asaba kujya hanze kuzana indi mvuzo.

Yavuye aho yiruka nk’imfizi icitse umubazi, aruhukira kuri Polisi.Babanza gushidikanya kuri icyo kirego.Bumvise imibavu imutumaho itari iya kigabo,bati « Reka tujye kureba niba utabeshya ».

Bagiyeyo ari nk’igitero.Bageze mu nzu umugore arishima cyane ahita abwira wa musore ati « Uri umwana mwiza!Wabaye ugisohoka hano aravura ndakubwiye!Ngaho na bo nibicare basangire iyi nkongoro,amata ya hano ntawe uyanywa ahagaze! »

Abapolisi barebanaho bati « Twagiye kera k’ubusa! » Bahindukira bagakubita amaso icyo cyansi,bati « Koko afite gitereka!Ariko reka tuyarinde kubogora« .

Nuko baterura neza no mu bitaro by’abarwayi bo mu mutwe by’i Munich.Ategereje kuburana iyicarubozo(séquestration)n’ubucakara bw’igitsina(esclavage et agression sexuels). Ese uriya musore azarutsinda?

Inkuru yose:Un africain obligé à faire l’amour pendant 36 heures non stop

By B.P

Aba basore b’Abarundi bo baratabaza

Bagera kuri 400.Bari mu kigero cy’imyaka 18 na 30.Twabasuye kuri iki cyumweru cya Pentekoste.Pasteri Mukuru wari utuyoboye yaberetse ukuntu Mwuka Wera azabigisha byinshi.Ariko bo wabonaga amaso ari ahandi, umutima wo ntawamenya aho wari uri.

Mu minota 15 twahawe ngo tubagezeho ubutumwa bwiza, twashoboye kwakira n’ubwabo bwo gutabaza.Bo ngo ntibazi igice barimo n’icyo bazira cyangwa bategurirwa.Si abasirikare, ariko bahabwa imyitozo ya gisirikare;si Abanyarwanda ariko bigishwa iby’umuco n’amateka

Ngo icyatumye bazanwa mu kigo cya Gabiro Training Center ntigisobanutse.Bavanywe mu nkambi ya Mahama i Kirehe babwirwa ko ari mu rwego rwo kubarindira umutekano.Kandi koko hararinzwe pe!N’aka gafoto byabaye nko kukiba.Birashoboka ko ari ikoranabuhanga abarinzi bataramenya.Twanze gufata menshi ngo batadukeka amababa.

Ubwo twari tugeze mu gice cyo gutanga ibyifuzo byabo ngo tubyerekeze ku Mana,humvikanye amajwi avuga ngo « Muzatubarize niba ibi bintu dukorerwa byemewe mu mategeko agenga impunzi. » Twarabasengeye,ariko mu mutima nkibaza niba Imana izumva iryo sengesho kandi bo badashaka gusubira iwabo intambara ikiri yose.

N’ubwo igihe cyari gito,abayobozi barishimye ngo barizera ko Ijambo ry’Imana rizafasha abo basore gusubira mu nzira nziza;ngo abenshi bafatiwe imico mibi y’ubusambo, gufata abana b’abakobwa ku ngufu, n’ibindi bidakwiriye umuco Nyarwanda.Natwe tuti « Uwiteka abiyereke ». Kumenya ukuri nyako biragoye.Ese hari ikindi cyabakorerwa?

By Gashabizi Esdras/Nyagatare

Hari abategetsi abaturage banukira bakabakizwa n’inkoni

Abaturage bakubitwa n'abayoboziNtaho bucyicyera inkoni itarishije. Abaturage twaragowe.Haba mu mudugudu cyangwa mu Kagali ducungishwa inkoni nk’amatungo. Wagera ku Murenge cyangwa kuri Polisi ho bikaba ibindi.Umuntu agatunarikwa turebera, ntawe ubona icyo yabikoraho.

Iyo atagukubise ivuna igufwa,akurebana isesemi ukumva urigaye.Twajyaga tugira ngo bene ubwo buryo n’urwo rugomo ni iby’abagabo gusa.None n’abagore bafashwe n’iyo ndwara.Apfa kuba yicaye mu biro!Kumugera imbere ni nko kwegera ikigirwamana.

Abayobozi banukirwa n'abaturageMpakaniye yahuye n’uruva gusenya. Yazindukiye ku biro by’ushinzwe Irangamimerere ku Murenge.Nyiramama wanjye wari uri kwitonora inzara amureba nk’icyo imbwa yanze,ngo najye gukuramo inkweto azisige hanze ziranuka.

Undi na we ati « Ariko abana b’iki gihe ntimucyubaha!Ntubona ko ungana n’umwuzukuru wanjye muko?Nawe uzaze hakurya iriya iwacu n’amaguru twumve uko izawe zihagera zihumura! » N’agasuzuguro kenshi ati « Ibyo ntacyo bimbwiye,ahubwo nutagira vuba ndaguteza abashinzwe umutekano bakumvishe ko hano ari mu buyobozi »

Vumiliya wari umaze akanya na we ategereje, ibyari bibaye ku musaza ntibyamuteye gukenga kuko uwo mukozi bari bariganye,ariko agira ibyago byo kubura akazi.Yinjiye yirya icyara ngo buriya we biracamo vuba.

Akigera ku muryango,asanganizwa inabi ngo namubwirire aho atamwegereye.Undi akora nk’utabyumvise, ati « Ngirira vuba Mariya we, impumuro nk’izo zo mu biro natwe abakene ntituzimenyereye. »

Umuyobozi wawe ntiyatinze kumwereka ko ari ntaho bahuriye.Yaramweruriye rwose ati « Ntiwitwaze ko twiganye ngo uze guteza ubwega!Ahubwo wagombye kuba wibaza impamvu navuye ku Mubuga nkaza kwicara iwanyu muri uyu mwanya kandi nawe uhari! »

Abaturage basuzuguweVumiliya na we ati « Ibyo ni byo rwose!Kuba twararangirije rimwe Kaminuza ntibihagije!  Simba nambaye aka gatenge ka Nyiramusazi!Ndabizi ko wazanywe kubahiriza gahunda za Leta.Abo mu Kinyaga ntituba tuzizi,tugomba kuzibwirwa.Nanjye rero ni cyo cyanzinduye ngo nzumve rwose.  » Barebana akanya nk’abataziranye…Natwe hanze aho mu madirishya twumiwe.

Nyamara duhora tubwirwa Imiyoborere myiza ndetse tukayiririmba.Birakwiye ko abaturage (citoyens) bahabwa icyubahiro kibakwiye(dignité)cyangwa bagafatwa nk’abakiliya nyiributike atagaraguza agati(maltraitance)kandi ari bo bamubeshejeho.

Ayirwanda Martin/BUSHENGE

Imvura n’inkangu bikomeje kwiha inkumbi mu rwa Gasabo

Imvura nyishiAbarenga mirongo itanu bamaze guhitanwa n’imvura ndetse n’inkangu mu duce tunyuranye tw’Amajyaruguru.Haba Rubavu,Gakenke,Ngororero cyangwa Muhanga,abasizwe iheruheru na bo ni benshi.

Kuva kuri uyu wa mbere tariki 9 gicurasi, amarira ni yose.Ingo zagendesheje na zo ntizigira umubare.N’ubwo imihanda yatangiye gufungura gahoro gahoro,ibibazo ni byose.

Imvura nyinshi 1Ariko burya ngo ibyago bya bamwe ni yo mahirwe y’abandi.Abanyamatagisi mato n’abamenyereye guheka ku migongo baricinya icyara ngo icyashara cyabonetse.Abakora ku munwa ar’uko bavuye Kigali bo bumiwe.Intambara za tagisi

Nta mugayo kuko kwinjira muri Kigali cyangwa kuyisohokamo werekeza za Musanze(Ruhengeri)na Muhanga(Gitarama)byari intambara ikarishye. Nyabarongo na Nyabugogo zari zuzuye bidasubirwaho. Abantu babaye uruhuri hakurya no hakuno.Kubona umwanya mu mudoka byari iby’inkorokoro ku buryo n’izatwara imizigo zitanasize abantu.Nyabugogo yari yuzuye

Biteye agahinda
Koko rero mu Rwanda,kimwe no mu bihugu byinshi bya Afurika, imvura iragwa tukarushaho kurira ayo kwarika.Aho yakabaye igisubizo, igahita iba ikibazo,igatwara abantu n’ibintu.

Amazi y’imvura akava mu majyaruguru agasenyera abo mu majyepfo.Ejo bundi nanone izuba nirirasa,mu gihugu hose bazaba bataka ngo babuze amazi.

Amazi mu mihandaTwebwe n’ubwo tutize bihambaye,hari igihe twibaza niba uburyo bwo gufata neza amazi,kuyabika no kuyazigama nta Minisiteri bireba by’umwihariko ku buryo yabibazwa nk’itujuje inshingano zayo (responsabilité)kandi iteganyagihe ryari ryabyerekanye?Amazi se ntakwiye kujya mu bikorwa-remezo dore ko asiga yangije ibindi bikorwa bisanzwe nk’imihanda n’amateme?

Birumvikana ko ikihutirwa ubungugu ari ugutabara abasizwe iheruheru n’iyo mvura ndetse no kubashakira aho begeka umusaya.Ese hazakurikiraho iki mu kubikumira ku buryo buramba butari ukubwira abantu ngo nibimuke gusa,bave mu manegeka?

Imihanda yuzuye ibyondoIgiteye agahinda ni uko ejo n’ejo bundi nta kindi tuzakora uretse gukura isayo mu mihanda no mu mifurege tujugunya hepfo cyangwa haruguru. Imvura nisubizamo,ibyo haruguru bizongera byisuke muri ya mihanda,ibyo hepfo bijye gusenyera n’abandi.Bikaba bityo nk’ihene yizengurukaho (cercle vicieux). Umva ko dufite abatekinisiye mu Karere no ku Mirenge!

Aron Manirarora,Karuruma/Kigali

Il était(épisode 3):Hospitalité incommode

Là, on cherchait un appui
D’une structure ou d’une personne
Dont l’influence est sans résistance.
Une réponse tout arrêtée :
L’adresse d’un compatriote.

C’est l’égalité des conditions
Et déception de l’attente.
Pour y arriver
On a tout quitté
Et vendu pour le ticket.

On a connu les pires expériences
Des cocos et des cachots.
Atteint le moment crucial
Corps de l’hospitalité cordiale
Et puissance de la lenteur
Dans le jugement des affaires.

Ne faites pas ce vous pouvez
Écoutez ce qu’on vous demande
Vous éviterez l’arbitraire
Qui accroît le déshonneur
De l’accueilli vigilant
Comme un vigile du jour
Qui veuille autant la nuit
Non loin des foudres
De ceux qui veulent en découdre.
Quelle horreur !
C’est la mode de l’incommode :
Vous tenir loin des villes
Dans de beaux HLM
Indignes de bons citoyens.
Mais oui!
Profitez-en.
Ici, vous avez de quoi manger !
Et on mangerait comment ?

By P.B

Na byo biryoha bitera gusaza imburagihe(suite)

Mu minsi mikuru   ya Pasika, ngo ibirayi byabonaga umugabo bigasiba undi.Muri Kigali ngo ikilo cyaguraga amafaranga 300 kandi ubundi kitarenzaga 190 .Abenshi biririye amafiriti akorwa n’uruganda rwa Musanze.Naho abandi bifatira agaceri nk’uko bisanzwe ku minsi mikuru.

Kandi n’ubundi kubura ayo mafunguro yombi  ku meza ni ukunyagwa zigahera.Nyamara n’ubwo atubangukira bwose,ari muri bya biribwa  biryoha bitera gusaza imburagihe.Muti gute?

UMUCERI WERA

Abantu benshi bikundira uwera.Kuwukubita amaso ku isahani muri iryo bara ry’urwererane n’agasosi ku ruhande,ubwabyo bituma amazi yuzura akanwa na apeti ikiyongera.

Hari n’ibihugu bawurya buri munsi,umwaka ugashira.Nyamara uwo muceri wera(riz blanc)ngo si mwiza na gato kuko uba ukennye ku ntungamubiri nka magnesium zirinda diyabeti.

Abongabo rero batawusiba bagira ibyago byo gufatwa n’iyo ndwara y’igisukari(diyabete) kimwe n’indwara z’amara(vessie).Ikindi kandi bisanzwe bizwi ko umuceri utera indwara ya beriberi kuko udafite thiamine cyangwa vitamine B1.Ni bwo usanga umwana yarabyimbaganye,n’umusaza yarahinamiranye kandi badasiba kurya.Muganga yababwira ko bafite ikibazo cy’imirire,bati « Birashoboka se kandi duhorera umuceri? »

IFIRITI

IfiritiIfiriti yo birazwi ko itaribwa na buri wese.N’ubwo itarushya itegura, isaba ubundi bushobozi busa no gupfusha ubusa ku bakene(amavuta itwara).

Ku rundi ruhande, imitegurire (cuisson) y’ifiriti itera iki kiribwa kubanguka mu kugabura ariko nticyorohere umubiri.Ngo gucanira ibirayi mu mavuta bituma amidon ihinduka nk’uburozi (glycation) bityo impyiko (reins) n’imboni (rétines)ntizibashe gukora neza naho uruhu rugapyinagara maze uw’imyaka 40 cyangwa 50 akaba asa na nyogokuru iyo atagenda ahunyiza nka sogokuru.

Na none kandi,yaba ifiriti cyangwa umuceri, hari abagera ku meza ngo ntibimirika,umunyu ni muke! Bakawongeramo mpaka ururimi ruryohewe. Bakibagirwa ko uwo munyu w’igisoryo ugera mu mubiri ukihutisha umuvuduko w’amaraso kugera ubwo uruhu rukobana(cellulite).

Ngo burya impamvu inka zikenera umunyu cyane ni ukugira ngo uruhu rukomere.Aha rero niho abahanga bahera bavuga ko biriya biribwa byombi(bitarenga umunwa nta munyu)bitera gusaza imburagihe.Niba utifuza kugira uruhu nkurw’inka ni ukureba urugero rw’umunyu ukwiye muri ayo mafiriti n’umuceri.

Dore n’ubundi iminsi mikuru iregereje;Asensiyo na Pentekositi.N’Impeshyi ibereye ibirori by’umwihariko na yo yaje.Ubwo uzaba watumiwe mu birori byo Gushyingirwa cyangwa Gukomezwa, iby’Amasakramentu ya mbere cyangwa ay’Ubusaseridoti, ntihazabura aho biba ngombwa kurya uwera cyangwa amafiriti bikakuva ku nzoka.

Naho ku ngaruka mbi,birumvikana ko ubirya rimwe cyangwa kabiri mu mwaka nta ngaruka zindi.We ahubwo twamubwira ngo nubibona, uryoherwe!

By P.B

Il était(épisode 2): A Paris

Paris la belle
Paris accueillante
Ne sois pas décevante
Tu n’es pas rebelle.

Ton tour Eiffel
N’est pas le tour de Babel.
En descendant de l’avion
Je te vois en tes grands pavillons
Gratte-ciels et meilleurs Hôtels
Où l’on goûte de ta beauté immortelle.

Quelle grandeur dans tes endroits
Aérogares et aéroports !
Si je passe et que personne ne me regarde
On me froisse par mégardes
Sauvegardant tout le confort
D’une ville attachante de bonté.

On se presse, les yeux tout droits
Pas de place pour celui qui s’endort
De fatigue ou de perte de repères.
Personne pour l’aider à monter,
A surmonter sa peine.
Toute tentative est vaine.

Sans cesser de l’irriter
Il convoite ta fierté
En vue de plus de clarté ?

Ah ! C’est être sincère
De te visiter pour dépenser
Et te fuir pour chercher
Ce qui peut compenser
Tes défauts que l’on ne peut cacher :

Tapage et bourdonnement
Polluant lentement
Atmosphère et voyageur
Attraction de nouveaux créateurs
Pour demeurer bons visiteurs.

Ils viennent vous dorer
De plus en plus vous adorer.
Tu es devenue multiple
Chacun peut y avoir son choix
Et porter encore sa croix.

Si tu lui donnes l’aumône
Il te doit la dîme
Et le centuple
En retour de petites primes.

Toujours prête à rendre agréable la vie
De ceux qui sont insatiables à l’envi
Te voilà te plaindre du soleil
Dont la teneur ne sera jamais pareille ;
Le paisible travail n’y trouve point ses graines
Jobs et logements causent la migraine.

Capitale à plusieurs portes,
Ta parole n’est plus forte ?

Porte de Clignancourt
Où tout le monde court
Elle n’est pas du tapis rouge
Mais en argent et en fer
Sous forme de millepattes
Qui roulent si vite
Comme si tout bouge
Pour éviter les enfers.

Et la Porte de Versailles
Beau vallon des merveilles
Loin de la marmaille
Que le soleil écrase
Vers le retour au bercail
Point de départ de la même case?
Ohé ! Là-bas là !
Marre, on en a.

By P.B

Amajyambere yanze gusiga umuco!

Hahoraho inama zidahuga nyuma y’umuganda.Abantu baba bicaye hasi nka kera bateze amatwi umwami ku Karubanda. Abayobozi ntibaba baca urw’iteka gusa,baba bacurangira abahetsi.Kandi na bo baba bazi neza ko ibyo bavuga ari ibisigarakicaro.Buri kwezi bigahora gutyo.

Abarya ar’uko bavuye gupagasa ntibaba borohewe.Amande y’umuganda 2000fr ntabakanga,iyo bazi ko bashobora kwinjiza arenze 3000.Bahitamo gufunga umwuka aho kuva muri ayo manama ngo ni ibiganiro bareba hejuru n’abana babaririraho.

Girukubonye we abishyiramo urwenya ngo abona ari amajyambere yanze gusiga umuco kuko umuco w’iterambere utazapfa ubagezeho!Mu gihe yavuga ibyo,hatungutse umubyeyi bahetse mu ngobyi. Abantu bane bari mu mujishi icyuya cyabarenze, baherekejwe n’abandi nka 12 bo kugenda basimburana.

ingobyi

Yahise ahindukira antungira agatoki. Ati  » Ibyo navugaga ni nka biriya.Dore bose bariruka amaguru adakora hasi.Iyo haba amajyambere,ingobyi ntiziba zisigariye mu nzu ndangamurage, maze abantu bagakora indi mirimo? »

Burya koko inzara yigisha ubwenge.Abagore bamwe bari bakubise ibikapu ku mutwe nk’abatwaye ingemu y’umubyeyi na bo biruka inyuma y’iyo ngobyi kugira ngo abo muri Reveni(RRA) batabambura utwo bacungiyeho amaramuko.

Gusa nyine inzira ntibwira umugenzi.Babaye bakigera hafi ku gasoko bakubitana na ba Gatoki,abacuruzi bakuru tuzi nka infomazi(informers).Si ukwicinya icyara,baba basakiwe.Nta mbabazi nta mishinyiko kuko akazi nk’ako na bo kabatunze!

Abarira barayahora bakihanagura,abandi bakifata mapfubyi.Nuko bagahumuriza umutima ngo nta kundi,ubuzima bwarabishye kandi amategeko ni nk’amabuye iyo bayateye,buri wese yirwanaho yiruka cyangwa yihisha.Ni akaga mu ngo no ku babyeyi.

By Umulisa Sifa,Kiramuruzi

Gukebwa cyangwa kwisilamuza ku itegeko si ukwica itegeko?

Mu Rwanda, hamaze iminsi haradutse umuco wo gukebwa. Abagabo benshi bashyizweho igitutu ngo ni wo mwambaro ugezweho ku bagabo bagira isuku.

Kera, ibyo bintu byo gukebwa byitwaga « kwisilamuza » kuko byari bigenewe abo mu idini ry’Abayisilamu.Bityo,hari ibibazo dukwiye kwibaza:aho iri tegeko ntiryaba ryaraje kwimika iyo migenzereze y’iryo dini ngo ihinduke undi muco nyarwanda?

Reka tunavuge ko ikigenderewe ari ikintu cyiza!Ngo ni mu rwego rwo kwirinda ubwandu bwa Sida(birashoboka).Niba abo bagabo baba bemeye koko ko baca inyuma abagore babo,ese baba basobanuriwe ingaruka ku mubiri no ku mubano w’abashakanye nyuma yo gukebwa?

Imibare ni nk’iy’isiganwa

Ngo mu mwaka wa 2014 abarenga ibihumbi 300 bari bamaze kwikebesha.Hari abemeza ko ari ku bushake kuko henshi bidakorerwa ubuntu.
Ubishaka yishyura hagati ya 20000frw na 50000frw.Kandi koko ntiwagura ikintu utashimye cyangwa kitagufitiye akamaro(droit de la consommation).

Ese muganga ubikora nta ndwara agiye kuvura(opération non thérapeutique) ,aba yiteguye kwirengera ingaruka
(responsabilité médicale) mu gihe bikomeranye
(complications) uwo yakuyeho agahu(ablation du prépice)?

Nta ndishyi z’akababaro

Tutitwaje ko nta bushakashatsi burakorwa cyangwa ngo hagire abatanga ubuhamya ko byababereye bibi nyuma yo gukebwa,aho ntababihisha ngo ibyabaye byarabaye, ntibazagasubizaho? Ese ubundi babaza nde indishyi z’akababaro, bakishyurwa gute ibyo icyo gikorwa cyaba cyangije(réparation du préjudice)?

Ubutaha tuzasangira ibitekerezo kuri ibyo bibazo dushakira hamwe ibisubizo. Ntitwirengagije ko hari abumva bari mu kuri kugomba gukurikizwa nta mpaka cyangwa bagomba kubikurikiza uko byategetswe.Isomo rya mbere ryo kuri iki cyumweru rirabiduciramo amarenga.Dusome muri make uko byari byifashe:

« Nuko abantu bamwe bavuye muri Yudeya,baza bigisha abavandimwe bo muri Antiyokiya, bati « Niba mutigenyesheje(mutikebesheje)uko Musa yabitegetse,ntimushobora gukizwa. »

Nuko havuka amakimbirane n’impaka zikomeye kuri Pawulo na Barinaba bavuguruza abo bantu;ni ko kwemeza ko Pawulo na Barinaba hamwe nabandi muri bo,bajya i Yeruzalemu kureba Intumwa n’abakuru bikoraniro, bakabagisha inama kuri icyo kibazo.

Ubwo byose bamaze kubyumvikanaho,Intumwa n’abakuru b’ikoraniro biyemeza kwitoramo bamwe muri bo,ngo babatume i Antiyokiya kumwe na Pawulo na Barinaba…Byanogeye Roho Mutagatifu kimwe natwe kutagira undi mutwaro tubagerekaho utari aya mabwiriza ya ngombwa…Nimugire amahoro »(Actes 15,1-2.22-29).

Waba urangije utarumva itegeko muganga aba yishe?Biri mu nzira…

By P.B

Barabivuze(ibitekerezo by’abafilozofe):2.Platon et sa République

Le plus connu de tous les philosophes anciens,Platon(429-347 av.J.C)a fait passer ses idées à travers le personnage de son maître:Socrate.

Grâce à lui,il n’a pas seulement introduit la forme idéale de la République,il a démontré le plan de sa République dont l’achèvement est l’œuvre du philosophe(ami de la sagesse)-roi.

Sans interprétations ni commentaires,ces quelques extraits vous permettront de repérer son originalité et de comparer les situations (ou difficultés) susceptibles de conduire à l’échec même du philosophe-roi dans l’action politique (art de conduire la cité).
A. Artisans de la Cité-République:
Le philosohe et le tyranLe philosophe(roi) et le tyran

« Notre idée est de forger l’image d’une cité heureuse sans y réserver le bonheur à une petite élite,mais à l’ensemble des citoyens. Nous avons assez de talents pour mettre à des paysans le beau costume,les couvrir d’or,et les faire ensuite travailler pour le plaisir.Nous pouvons par ce biais donner le bonheur à tout le monde,et la cité toute entière sera donc dans le bonheur.

Les assistants et les gardiens de notre cru auront l’obligation physique et morale d’être les meilleurs artisans dans leur ouvrage propre,et cette obligation s’étendra aux autres citoyens à leur tour.Alors,la prospérité générale de la cité,son bon fonctionnement, permettront que toutes les classes reçoivent de la nature leur part individuelle de bonheur.Mais nos gardiens devront absolument garder la cité contre les envahisseurs clandestins:la richesse et la pauvreté » (Livre IV,420-421).

 

« La cité qui a pris un bon départ va comme un cercle qui s’agrandirait.Si la formation et l’éducation sont maintenues en bon état,elles produisent des natures saines;en bon état elles-mêmes,ces natures profitent en retour de l’éducation pour progresser,en particulier dans leur fonction génésique,comme on le voit en général chez les êtres vivants.Bref,le devoir s’impose aux responsables de la cité,de résister à toute corruption subreptice. » (Livre IV,§424)

« Voilà un petit groupe de sages,qui ont apprécié la douceur de leur bien et la bénédiction qu’elle représente.Ils voient bien assez en revanche la foule et sa démence, et comme rien ni personne n’est sain,pour ainsi dire,dans l’action politique,ils n’y trouvent pas d’allié qui vous aide à venir à la rescousse de la justice en gardant la vie sauve.

Ils se trouvent dans la position d’un homme qui tombe au milieu de fauves:il refuse de collaborer à l’injustice,mais il n’a pas non plus la force de résister seul contre tous aux prises avec des bêtes féroces.Il n’aura même pas le temps de rendre à la cité ou à ses amis le moindre service,et il aura péri avant de s’être rendu utile à lui-même ou à l’autrui.Le résultat de tout ce raisonnement est que le sage reste paisible à s’occuper de ses propres affaires,comme lorsque par mauvais temps les tourbillons et les paquets d’eau giclent sous le vent et qu’on se met au couvert de la muraille,à l’écart;il voit les autres s’enfoncer dans le mépris des lois,trop heureux lui-même s’il peut rester propre de toute injustice comme de tout acte d’impiété au cours de sa vie,pour avoir,quand il s’en ira,une belle espérance,sereine et amicale,au moment du départ ».(Livre VI,§496)

« Homme de tous les bonheurs,ne sois pas si radical dans les griefs contre la foule. L’opinion des gens évoluera,pour peu qu’au lieu de les agresser,tu les prennes bien,que tu démontes les accusations qui pèsent sur la vie intellectuelle:montre-leur à qui tu donnes le nom de philosophes;donne,comme nous le faisons présentement,une définition de ce qu »ils sont au départ et de leur profession,pour que les gens n’imaginent pas que tu parles des philosophes tels qu’ils se les représentent.Ce portrait fera évoluer leur opinion et il modifiera leurs réponses ».
(Livre VI,§500)

« Si tu découvres demain un style de vie préférable à l’exercice du pouvoir pour intéresser ceux qui vont exercer le pouvoir,tu seras en passe de voir naître une cité en bon état.C’est là seulement,en effet,qu’exerceront le pouvoir les riches véritables,riches dune richesse qui n’est plus l’or,mais qui consiste en ce trésor indispensable au bonheur,une vie de bien et de prudence.Mais que des miséreux,dévorés par l’envie d’avoir des biens personnels,parviennent aux affaires publiques dans l’idée que ces biens sont à disposition et qu’ils doivent s’en emparer,la vraie cité n’est plus possible:c’est la lutte pour le pouvoir qui passe à l’ordre du jour;dans les murs mêmes,une guerre intestine les détruit,eux et le reste de la cité. » (Livre VII §521)

*Entrée du tyran

« (Le tyran),les premiers jours,les premiers temps,il sourit à chacun;il salue tous ceux qu’il rencontre.Il refuse le nom de tyran.Il fait quantité de promesses privées ou publiques,où les dettes sont libéralisées,la terre partagée au peuple et à son entourage. Tout le monde bénéficie des faveurs et de l’amabilité qu’il affecte.

Lorsque ses adversaires,maintenant éloignés, ont été écartés ou détruits,et qu’il est tranquille de ce coté,ce premier travail est de monter des guerres:il faut que le besoin d’avoir un commandant militaire occupe le peuple . Et,j’imagine,il en est qu’il soupçonne de nourrir des idées de liberté qui les conduisent à refuser son autorité.Il trouve alors les moyens et l’occasion de les faire disparaitre en les livrant à l’ennemi.

Autant de raison pour que le tyran soit obligé de prolonger indéfiniment la guerre et son agitation.Toute son acuité devra passer à repérer le citoyen courageux,le généreux, l’intelligent,le fortuné.Et voilà son bonheur:à tous ces gens de valeur il devra nécessairement, qu’il le veuille ou non,déclarer la guerre et tendre des pièges jusqu’au nettoyage complet de la cité »  (Livre VIII,§566-567).

A suivre…

By P.B

Il était(épisode 1): Réfugié ou émigré

Réfugié ou émigré
Je ne suis pas un.
Bien accueilli ou dénigré
Je suis moins.
Je ne suis pas un homme.

Je ne suis qu’une paille sur la balance.
Je ne pèse que ce qu’il veut faire de moi
Celui qui m’accueille.

Ma valeur dépend de ses besoins;
Il détermine la mesure.
Ma force est dans la soumission
Si tout est affaire de permission.

Veux-je bien comprendre les choses ?
Le mieux est de me rendre ridicule,
De me présenter comme une coquille
Pour l’œil qui cherche des failles.

Tiré au choix comme des fromages
Dont les étiquettes sont les gages
On a besoin des béquilles.

Attendre toute la matinée
Et revenir dans la journée
Pour cracher incivilités ?
Je suis moins un sujet qu’un objet.

Ni sujet de ma destinée
Mais objet de curiosité.
La bonne intention d’y séjourner
Se transformera en total rejet.

By P.B

Imvura yabaraje rwa Ntambi

Muri Nyabihu,abantu 6 bamaze guhitanwa n’imvura.Ibyangiritse na byo ntibigira umubare.Uku kwezi kwa kane kwarabaziye.Byabaye agahomamunwa kuri iyi tariki ya 20 Mata.Abatapfuye cyangwa ngo bakomereke barasuhutse.Bari kurara rwa Ntambi ku gasozi.

No mu Karere ka Rutsiro(Umurenge wa Kivumu) na ho kuri uyu wa kane tariki ya 21 mu ijoro,inzu zabagwiriye baba nk’abaguweho n’ijuru.Bane bahasize ubuzima,barimo abana batatu.

Kandi abashinzwe iteganyagihe(météo)bemeza ko mu kwezi kwa Gicurasi imvura izikuba nka kabiri.Mu gihe bagitegereje ubutabazi bwo mu nzego zo hejuru(batazi igihe buzabagereraho),abaturage baratabarana baririra ababo n’imyaka yabo.Imvura

Nta gushidikanya ko n’inzara izakurikiraho izaba ari injyanamuntu.Ntituzi uko bizagenda.Naho amazu yasenyutse,no kongera kubaka bundi bushya,ni ikindi kibazo.

By Gashirabake Esron,Musanze