Imyaka 120 irashize uyu muti utangiye gukoreshwa.Hari mu 1899 ubwo laboratoire yitwa BAYER yawushyiraga ku isoko.Na n’ubu ukomeje kwitabirwa na benshi.Impamvu si iyindi, ni uko bishoboka ko ibinini bya aspirine birinda indwara zitari nke.
Umuntu agira umuriro mwinshi(fièvre),ikinini cya aspirine kikawuzimya mu kanya gato.Icyo abenshi bawukundira ni uko urinda amaraso gufatana(anti-coagulant)bityo ukoroshya itembera ryayo(circulation sanguine).
Felix Hoffmann(Umudage)wayivumbuye mu 1894,byamusabye imyaka 5 kugira ngo yemeze BAYER yakoreraga,ko umuti we uvura koko. Yabanje kuwukoresha kuri se we umubyara,nuko abandi baganga baboneraho.Kuva muri 2008,uwo muti ukwira ku isi yose ukorewe 85% muri Espagne(Langreo)na 15% mu Budage no mu Bufaransa(ASPIRINE du RHONE).
Nyamara ahubwo icyari gikwiye ni ugushyira imbere ibitangaza ukora mu mubiri aho kwita bikabije ku byo ukora mu mifuka ya ba nyirawo kubera ufatwa na benshi ku isi,cyane cyane abagore batwite.
Ngo abantu bajya gupfa ntibazutse, byatewe n’ishyari. Abanyarwanda ba kera bari babizi. Reka tubyumbye muri iki gitekerezo cya ZIRUGURU:
Mbere na mbere, umuntu yarapfaga akarara mu mva rimwe, ku wa kabiri akazuka. Biratinda, umugabo azana abagore babiri. Baba aho, umwe aza gupfa, apfa asize umwana wari ku ibere. Umugore ngo amare gupfa, baramuhamba; ku munsi wa kabiri ku gasusuruko, uwapfuye arahamagara, ati « Nimunkureho igitaka, umwana wanjye ararira, nze muhe ibere. »
Mukeba we yari yazindutse ashyushya amazi, agira ngo nahamagara aze kuyamusukaho, apfe apfuye. Koko ngo yumve mukeba we ahamagaye ngo nimuze munkureho igitaka umwana ararira nze muhe ibere, yenda amazi yashyuhije, ayamusuka hejuru, ati, « Pfa, uwapfuye ntazuka! » Kuva uwo munsi, nta muntu wongeye gupfa ngo ahindukire azuke. Sinjye wahera, hahera Ziruguru.
Ngayo amaherezo y’ishyari. Birumvikana impamvu Yezu waje mu isi, akigira umuntu ngo atsinde urwango n’ishyari, yazutse ku munsi wa gatatu. Kandi abamwemera dutegereje izuka ry’abapfuye. Ese azaba ari ku munsi wa kangahe?
Dr Rajeev Singh wo mu bitaro bya Uttar Pradesh yemeza ko ku isi yose kimwe no muri ako gace k’amajyaruguru y’Ubuhinde, hari abantu bagera kuri 200 basuzumwemo bene ubwo burwayi. Ngo ibyo bibaho kuko umuntu 1/500 000 ashobora guhura n’icyo kibazo(foetus in foetu).
Ibi ni byo biba ku Munyarwanda, abantu bagakwiza inkuru ngo Kanaka yararozwe, ngo ni ya marozi atavurwa n’abaganga n’imiti ya kizungu!Umurwayi akanogokera kwa magendu. Ibi na byo ni ibindi byicwa no kutamenya. Uretse ko n’abaganga hari ubwo baba badafite ibikoresho n’ubushobozi bihagije byo kubibona kare.
1-Muri ibi bihe turimo, kwigira Kabutindi nka Ndinda biracyashoboka? Ese buriya, ari Ndinda cyangwa ababyeyi, uwari uri mu kuri ni nde? Bariya bakobwa bombi,Nyirataba na Nyirantagorma,Ndinda yabajijije iki ababenga?Nyuma se yahisemo neza? Nimumbwire namwe isomo byadusigira…
Uwagiye kuvoma, ati « Ndakomeza gutegereza ko ikibindi cyuzuzwa n’umureko, ndasanga abandi bancuze inyama »; aramanuka yiroha mu ruzi ngo avome vuba, na we arapfa. Uwari wahuye inka, ati « Ninkurikira inzira imwe, ndatinda kugera imuhira, nsange abandi bancuze inyama ». Ukuguru kumwe akunyuza mu nzira yo hepfo, ukundi mu yo haruguru, ngo arebe ukuhagera mbere, atange bene nyina kugera imuhira. Umwana aratanyuka, apfa atarenze n’aho yari ahagaze.
Abana ba Nyiranda bashira batyo bazize ubusambo bwabo. Nyiranda na we abonye abana bamushizeho, ati « Ntaho nsigaye ». Ariyahura, na we arapfa. Natwe rero twibaze: uretse icyo kivugwa ko ari cyo bazize, ubundi buriya babuze iki? Ese buriya ikibazo ni inyama koko?
Vous qui adorez ces pratiques, serait-ce pour adoucir vos caractères ? Est-ce consciemment que vous le faites ou c’est plutĂ´t l’effet de mode et le souci du simple paraĂ®tre? Sans le savoir, vous ne risquez pas de vous rendre envieux et enviables?En vous regardant attentivement, dites-nous si Aristote n’a pas dit vrai!
Jyoti Amge ni we mukobwa mugufi cyane mu bakiri bazima ku iyi isi.Mu mwaka wa 2012 yari afite uburebure bwa cm 63, agapima n’ibiro bitarenga 5. Ku myaka hafi 20,abamubonaga bagiraga ngo ni akana k’agakobwa kiga mu kiburamwaka.
Koko rero,kuva yavuka tariki 16 Ukuboza 1993,yabanje kujya atinya gusohoka ngo batamuseka.Ariko ngo aho ashyiriwe mu gitabo cya « Guiness des Records » byamuhesheje amahirwe yo kumenyekana birenze imbibi z’akarere ka Nagpur avukamo ahongaho  mu gihugu cy’Ubuhinde.
Nyuma yo kurangiza amashuri ye abanza na Kaminuza, asigaye atumirwa gukina muri za filimi mu bihugu byinshi ndetse na Amerika.Iyo aheruka gukinamo ni iyitwa: « American Horror story:Freak show »(2014-2015).
Mu buzima,byose birashoboka.Abamusekaga akiri muto,ubu baramutangarira cyane.Na we akanyamuneza kabaye kose.Nguko rero.Nawe,uko waba umeze kose,icyari inzitizi gishobora kukubera amahirwe n’inzira yerekeza ku bukire.Kuva icyo gihe,ugatangira kwicara ku meza amwe n’Ibikomangoma.
Nta gasozi katavugwaho abana bato batwaye amada cyangwa bararuwe n’abasaza bari mu kigero cya ba se.Inzego zose zarahagurutse nyamara ikibazo kikarushaho gukara.Bamwe bakomeje kwibaza igituma abasaza bahindiye muri utwo twangavu cyangwa impamvu abo bana bemera kuryamana n’abo ba « »sogokuru?
Uburyohe nk’ubw’utubwija
Ku biro by’Umurenge wa hano iwacu baherutse kuhazana umusaza w’imyaka 72 wafashwe asambanya umwana wo muri secondaire(12 ans!).Abantu bari bamushungereye, ariko we nta kimwaro bimuteye.
Abayobozi n’abashinzwe umutekano bamuhase ibibazo karahava.Agiye kubasubiza,arababwira ati « Ndabinginze,nimureke nanjye mbabaze:mwese uko muri aha ni nde wateka ibibwija bishaje asimbutse utukiri duto?Hari uyobewe se iziba zikirimo uburyohe?Abantu baraseka hafi no gupfa,ibyari urubanza bihinduka urwenya.
Ko ubusugi ari igitutsi
Umukobwa ugeze ku myaka 21 y’ubukure ,uko itegeko ribiteganya,iyo umubajije niba ari isugi, araseka cyane, ngo « Mba isugi se, mama araroga?« Ahangaha, ni ho dukwiye gushakira umuti.
Abakobwa barahagurutse barahagarara.Abo ba Nyiraburyohe hari imvugo batakibwirwa cyangwa batagishaka kumva.None se niba ubwabo babona kuba isugi ari igisebo, hari umuntu mukuru wakwanga kukibakiza?
Njyewe rwose ibi byarancanze.Niba bimeze gutya mu duce tw’icyaro,ubwo byifashe gute mu mijyi cyangwa mu bihugu byitwa ko byateye imbere?Ese ni ababyeyi bataye umuco cyangwa ni abana batacyumva impanuro?Iby’abasaza byo ni ibindi…
Vous devez être connecté pour poster un commentaire.