Biravugwa ko :Nyabarongo igiye kubona ikiraro kiyikwiriye

Izi si inzozi

Mu Rwanda hari imigezi n’amasoko bitagira ingano.Izuba rirarasa,imigezi n’ibiyaga bigakama.Imvura yagwa bikabuza rubanda gukora no kugenda.Si inzozi rero ko byahinduka.

Muri iyo mihindukire, nibaza ibi bibazo:ntibyashoboka ko buri mujyi(Akarere)na buri Murenge bateganya aho amazi y’imvura(eaux de pluie) n’ayakoreshejwe(eaux usées)yajya yerekeza cyangwa aruhukira ku buryo asukurwa akongera gukoreshwa?Ese kuvuga ngo buri wese nafate ayo ku nzu ye, birahagije?Ava mu mihanda no ku misozi azafatwa na nde?Naho se twa tugezi duto two mu Mirenge?

Inzuzi zacu zabyazwa umusaruro

Inzuzi n’imigezi bitatse imisozi yacu bishobora kubyazwa umusaruro usumbye uwo gucukurwamo umucanga. Kubona byuzura bikadutwara ubutaka n’abantu,nta kuntu twabigabanyiriza umuvuduko maze bikatugirira akamaro aho kudusenyera?Kuki kuri buri mugezi hatateganywa inyoboramazi(écluses)ku buryo harekurwa amazi akenewe?

Kuki ku migezi minini nka Mwogo, Mbirurume, Ruhwa,Satinskyi,Rukarara n’iyindi… hatajyaho
intingo(barrages)hepfo no haruguru,maze aho bishoboka hagakorwa inzira-bwato(canal de navigation)twajya dutemberamo twitegereza ibyo byiza, cyangwa zikanyurwamo n’amato adutwarira ya mizigo ituvuna ibikanu n’imigongo?

Nyabarongo yo biri hafi

Bajyaga bavuga ngo « Nyabarongo yica abayizaniye! »Kandi koko iyo imvura yaguye, iruzura ku buryo umuntu uri muri Kigali cyangwa ugomba kuyinjiramo aturutse za Muhanga na Huye nta handi yanyura.

Ari epfo cyangwa ruguru,hose yagusamura!Na twa tugezi duto tuyisukamo,tuba twariye Karungu.Abihebyi ni bo batwisukira.Ibyo rero, ngo abategetsi bacu batiteye imboni.Biravugwa ko biyemeje kwitabaza inshuti.

NyabarongoNgo mu minsi mike Abanyakoreya y’Epfo barahagoboka rwose.Kuva ubwo Nyabarongo aho kutumira no kuduhekura,izaducanira,tuyigendeho ku bwinshi(plusieurs voies)ndetse tunayitureho.Mbega ibyiza!

By P.B

Ubutaliyani bwakozwe mu nda n’umutingito

Imitingito ikomeje kwibasira Ubutaliyani.Uyu wa gatatu,tariki 24 Kanama,usize benshi mu cyunamo.Abatari bake bahasize ubuzima,abandi baburirwa irengero.Ubutabazi burakomeje.

Umutingito hafi yo kwa Papa!

Ijoro ryo kuri uyu wa gatatu ryabaguye hejuru.Iyo tariki ya 24 Kanama isize benshi mu cyunamo.Uwo mutingito ufite uburemere bwa 6,2(magnitude)umaze guhitana Abataliyani barenga 240,abandi benshi baburiwe irengero.

Ahibasiwe cyane ni mu bice bya Ombrie,Latium na Marches.Ibyo bice by’imisozi y’Ubutaliyani ntibiri kure y’Umurwa mukuru,Roma.Biherereye mu Burasirazuba bw’Amajyaruguru,kuri km 150 uvuye mu Murwa Mutagatifu.

Ntaburangare burimo?

Ibiri amambu,ni uko umutingito nk’uwo wari uherutse muri iyo misozi mu mwaka wa 2009, aho wahitanye abasaga 300.Ubu abantu batangiye kwibaza niba hatarimo uburangare ku buyobozi butafashe ingamba zo gukumira bene iyo mitingito.

A lire:Séisme en Italie:après 241 morts,les recherches se poursuivent

By P.B

Impamvu abagore baheranwa n’indorerwamo

Ni bake batagira indorerwamo.Ngo hari n’abagabo bayireberamo incuro zitari nke ku munsi, mu rwego rwo kumenya ko bahagaze bwuma cyangwa ko bihagije ku gitinyiro.Bene abo usanga barabaye iciro ry’imigani ngo « batinda kuva mu nzu nk’abagore. » Impamvu nta yindi ni uko abagore n’abakobwa bafite akarusho mu gukoresha indorerwamo.

Kwiyitaho bihagije

Si ku busa hari abayita « icyiirori »(kwirora).Kandi koko mbere yo gusohoka umuntu abanza kuyinyura imbere ngo arebe niba ameze uko isi yo hanze yifuza kumubona.Ikibazo ni uko iyo ndorerwamo ifite amaso nka ya nyirayo!Ibyo ntibibuza nk’umukobwa kuyitindaho,akayitemberana ndetse ntibure mu gakapu ko mu ntoki.Rimwe na rimwe akabikora yigereranya n’abandi bitewe n’uko ashaka kumera: »kugira amataye ».

Kwita kuri buri kantu

Akarusho ni uko ibyo byose bijyanye na kamere y’umugore n’umukobwa yuzuza impano yabo yo kwita kuri buri kantu(esprit prévoyant).Aha rero ni ho biryohera.Umugore cyangwa umukobwa ngo afite  ubushobozi(faculté) bwo kumenyera ku gihe ibiri imbere n’ibiri inyuma,ibyo umuntu yabona ahagaze cyangwa yunamye, kimwe n’ibikwiriye ijisho!

Hari n’ubwo atinda mu myenda ayihindagura,ayigerera muri iyo ndorerwamo,akabura uwo ahitamo cyangwa ibara bijyanye.N’ubwo imyenda yaba myinshi cyangwa yose ikaba ari myiza,aho kumutota ngo « nagire vuba mugende »,burya ngo uba ugize neza kumwegera no kumufasha guhitamo.Ni ho abantu babera Magirirane.

Ibibi adashaka kubona

Muri uko gutinda kose,icyo aba arwana na cyo burya ni bya bibi adashaka kubona cyangwa atifuza ko abandi babona(effet miroir).Ibyo bibi(défauts)iyo agize ibyago akabibona ku wundi(nk’uwo bashakanye),ubuzima burabiha hafi yo kuba umwaku.We rero ashaka guhora akeye, n’uwamufasha kuba Muhorakeye!None waba umubwira ngo « Reka ibyo ntakubitindaho? »

Dusoze twumva uko Jean de La Fontaine abigenekereza(n’ubwo avuga umugabo Narcisse):

« Tant de miroirs, ce sont les sottises d’autrui,
Miroirs, de nos défauts les peintres légitimes ;
Et quant au canal, c’est celui
Que chacun sait, le livre des Maximes. »(L’homme et son image)

 

By P.B

Vierge Noire étoilée, Patronne de l’Afrique?

En cette fête de l’Assomption de la Vierge Marie,prenons le temps de méditer sur la première lecture que la Liturgie nous propose:

« Le sanctuaire de Dieu,qui est dans le ciel,s’ouvrit,et l’arche de son Alliance apparut dans le Sanctuaire.Un grand signe apparut dans le ciel:une femme,ayant le soleil pour manteau,la lune sous les piesds,et sur la tête une couronne de douze étoiles.Elle est enceinte,elle crie,dans les douleurs et la torture d’un enfantement.

Un autre signe apparut dans le ciel:un grand Dragon,rouge feu,avec sept têtes et dix cornes,et,sur chacune des sept têtes,un diadème.Sa queue entraînant le tiers des étoiles du ciel,les précipita sur la terre.Le Dragon vint se poser devant la Femme qui allait enfanter,afin de dévorer l’enfant dès sa naissance.Or,elle mit au monde un fils,un enfant mâle,celui qui sera le berger de toutes les nations,les conduisant avec un sceptre de fer.

L’enfant fut enlevé jusqu’auprès de Dieu et de son trône,et la femme s’enfuit au désert,où Dieu lui a préparé une place.Alors j’entendis dans le ciel une voix forte,qui proclamait: »Maintenant voici le salut,la puissance et le règne de notre Dieu,voici le pouvoir de son Christ! »(Ap.11,19a;12,16a.10b).

 

A l’Assomption,ils sont nombreux à se mettre en marche.Les uns,à la recherche d’autres signes  ou de messages nouveaux,se précipitent dans les Sanctuaires où Marie est apparue.Les autres se reccueillent dans les sanctuaires érigés dans leurs villages en reconnaissance de ce qu’elle a fait tout autour.

Dans la plupart de ces endroits,on trouve Marie sous le visage de la Vierge Noire,à l’exception de Notre Dame de Lourdes…C’est le cas de la Vierge Noire de Rocamadour(France),Vierge Noire de Bruxelles(Belgique),Vierge de Candelaria(Espagne),patronne des Iles Canaries,et Vierge de Montserrat,patronne des diocèses de Catalogne-Barcelonne(Espagne).

Ce n’est pas pour rien que l’Assomption de la Vierge Marie est « patronne principale de la France et fête d’obligation en France ».C’est sans doute que le pays a besoin de renouer avec « la vraie lumière ».Dans ce sens,je me demande quel doit être le visage et l’attibution de Marie pour l’Afrique qui la vénère autant,parce qu’elle « a mis au monde le berger de toutes les nations? » Est-ce que sous le vocable de Notre Dame de Bonne Délivrance(Saint Thomas de Villeneuve),Marie ne serait-elle pas Patronne de l’Afrique?

Patronne de l’Afrique,
Elle la délivrera de la misère et de la dette pour que tout le continent soit libre de ses engagements d’avenir;
Patronne de l’Afrique,
Elle interviendra pour que le légendaire soleil de ce continent soit source d’énergie et que tous les enfants bénéficient de la lumière;
Patronne de l’Afrique,
Ses grâces seront à l’oeuvre pour que tout le désert soit un lieu de vie sans guerres ni drogues.

Comme le Pape Jean Paul II a proclamé trois femmes(sainte Cathérine de Sienne,sainte Brigitte de Suède et sainte Thérèse Bénedicte de la Croix)co-patronnes de l’Europe,le Pape François n’en trouvera -t-il pas une à proclamer pour l’Afrique en cette année de la Miséricorde?En attendant,nous nous contentons de Notre Dame de l’Afrique et nous disons:

Grâce à la Vierge Marie,l’Afrique a-t-elle droit de dire: « Maintenant,voici le salut? »
Très bonne fête à toutes et à tous.

By P.B

Uburundi n’Urwanda baraterana ahababaza:ubukungu n’ibiribwa!

Hari ubwo abaturanyi bapfa akayuzi ko mu rubibi!Ariko iyo inzu y’undi ihiye,baratabarana.Urwanda n’Uburundi basa n’ababyiyibagiza.Ni nk’aho bashaka gukurikiza ya mvugo ngo « Umuturanyi mubi arutwa n’itongo! »Nko guhumbya,imbibi zikaba zirafunzwe.

Ikibazo ni uko mu Rwanda hari ibura ry’ibiribwa kubera amapfa yateye mu burasirazuba no mu bice bitari bike by’igihugu.Izuba ntirikiri ikimenyetso cy’amizero.Abahana imbibi n’Uburundi batabarwaga n’iyo myaka abaturanyi b’Abarundi bejeje.N’ubwo na bo umusaruro w’ibiribwa waguye ku kigero cya 30% kubera izuba ritaboroheye,baracyafite uruhengekero.

Ikindi kibazo ni uko ubukungu bw’Uburundi bwifashe nabi kubera guhagarikirwa inkunga z’amahanga.Ingabo na bwo bwabonye ikwiye ngo ni uguhagarika ibyo biribwa byari bifite isoko mu Rwanda kugira ngo ejo butabura byose nk’ingata imennye.Mbese kugemura ku masoko yo hanze ni nko kwisahura!

Kuba bwahisemo gusohora iyo ngabo,birababaza abaturage b’ibihugu byombi.Ku ruhande rumwe,Abarundi imyaka yabo irababorana.Abahinzi n’abacuruzi baragorwa no gukora ku ifaranga,maze ubukene bwiyongere.Ku rundi ruhande,Abanyarwanda inzara irarushaho kubakubita,nta handi bafite birukira.

Haba mu Ntara ya Murambya cyangwa ya Cibitoki,urwo rujya n’uruza byagiriraga akamaro n’Abanyekongo kuko ibyo biribwa byabageragaho mu isoko rya Kamembe.Bwari ubuhahirane n’ubufatanye.None bibaye ibya wa mugani ngo « Iyo amagara atewe hejuru,buri wese asama aye ».

Muri uwo mukino usa n’intambara,abasifuzi bo barareba ku isaha,bategereje ko abashinzwe ubutabazi bakora akazi kabo.Icyangombwa kuri bo ni ukumenya iminota y’inyongera.Hagati aho ni nde uzatsinda?Hagowe umutoza utagifite abo gusimbuza!Urwanda rwo rushobora gukomeza kwiyambaza ibiribwa biva i Bugande no muri Tanzaniya.Ariko abanyenganda bamaze kwagurira ibikorwa byabo i Burundi,ntibabona ikibahoza amarira,dore ko ibyo boherezagayo byamaze kugwa ku kigero cya 40%.

By P.B

Ces petits pays africains monteront-ils au podium à Rio?

Ils sont tous bien accueillis à Rio.Mais le nombre très limité des participants pour certains pays est sujet d’inquiétude.Ne va-t-il pas s’appliquer sur eux ce proverbe « qui a semé peu récoltera peu,qui a semé largement récoltera aussi largement? »

Dans ces jeux olympiques de Rio 2016,le Rwanda n’a envoyé que 7 compétiteurs.Combien de médailles peut-il espérer?

De l’autre côté de l’Akagera,la Tanzanie n’a pas fait mieux:7 seulement se sont déplacés.

Le Burundi est aussi faiblement représenté:9

Notre voisin du Nord,l’Ouganda,lui aussi n’en a que 22

Parmi les pays de l’Afrique de l’Est( EAC),c’est le Kenya qui a un nombre imposant:+82

Les résultats(en médailles)montreront s’il nest pas plus raisonnable de compter sur un grand nombre, de disciplines très variées.Cela demande bien sûr beaucoup d’investissement dans le sport et d’encouragement de nos sportifs.

By P.B

Abanyamerika bagenda barushaho kuba ibikuri!

Bisanzwe bizwi ko Abanyamerika ari ibihangange mu bintu byinshi,nko mu bukungu no mu by’intambara.Nyamara mu buzima no mu mibereho si ko bimeze.

Ugereranije n’abandi baturage bo mu bihugu bikize,ngo Abanyamerika bagenda barushaho kuba bagufi cyane, hafi yo kugera mu rwego rw’ ibikuri.

Igitangaje ni uko ngo mbere y’Intambara ya Mbere y’isi yose(1914)bari ku mwanya wa gatatu(abagabo)n’uwa kane(abagore).None muri iyi myaka( 2014), ubushakashatsi mu mikurire(auxologie)bwerekanye ko bageze ku mwanya wa 37(abagabo)n’uwa 42(abagore).

Abanyamerika 1Muri iyo myaka ijana ishize,ntibatakaje imyanya gusa,batakaje n’igihagararo mu burebure. Ubungubu,abagabo b’Abanyamerika bareshya na m 1,76 mu gihe Abaholandi bafite m 1,83 naho Abafaransa bakagira m 1,74.(Ku ifoto: Abaholandi, Abanyamerika, Abafaransa,Abayapani)

Impamvu y’ubwo busumbane ngo ishobora guturuka ku mirire(nutrition),ku miterere y’ubukungu cyangwa uburyo bugoye kandi buhenze mu kwivuza(accès aux soins de santé)cyane cyane ku bana n’abagore batwite

N’ubwo bimeze gutyo ariko,biragaragara ko Abanyamerika bakiri ku mwanya mwiza ugereranije n’ibindi bihugu bikize byo muri Aziya.Abayapani baza inyuma(m 1,71),ariko kimwe n’Abanyakoreya,birashoboka ko mu minsi iri imbere na bo bazaba basumba Abanyamerika!

By P.B

Ku munsi mukuru w’umuganura byari ibibazo gusa!

Iminsi mikuru iragwira!Twari twagize ngo uyu mwaka bazashyira mu gaciro babisubike. Ariko kuva ku wa mbere kugeza none ku wa gatanu(1-5/8/2016),ntawagohetse.Twe tukibaza niba hari umuntu muzima wakora umunsi mukuru w’umuganura kandi nta na busa yejeje?

Yego nyine ku maradiyo ntibasibaga kuvuga ko umusaruro atari uw’ubuhinzi n’ubworozi gusa!Ngo hari n’umusaruro w’ubwenge, uw’ikoranabuhanga, uw’inganda,uw’ubukorikori n’ibindi nk’ibyo…

Birumvikana ko ariyo mpamvu Umuganura wizihirizwa mu mijyi nka za Nyaza izo zigezweho. Byari kuba byiza iyo bavuga ko umuganura w’uyu mwaka ari uwo gutabarana,maze Uturere twejeje tugasangiza utwarumbije, naho imijyi ikaganuza ibyaro byayo ku musaruro wo mu nganda!

Inzara n'umuganuraUmwaka ushize ku munsi nk’uyu,twari twicaye twizihiwe,abantu ari benshi bishimiye kwerekana ibyo bejeje.Uretse gusangira ibyateguwe, abatejeje batahanye ifunguro ry’uwo munsi, ibyishimo ntibyahagararira mu nama!

Naho uyu mwaka ni ibibazo gusa.Umuyobozi wacu we yatwumije ngo n’ubwo ntabyo twejeje bigaragara,umutekano wo turawejeje ku bwinshi!Ngo nta cyaha na kimwe cy’urugomo cyangwa cy’ubusambo cyagaragaye mu Mudugudu wacu wa Kamuhoza!

Twahise dutera hejuru tuti  » Bwana Muyobozi,mu nda biracika!Umutekano w’aho wo ntubareba? » Kurya bamenyereye gutera ibipindi,ngo uw’ahongaho ntugoye, kuko buri wese yirwanaho bikajya mu buryo!

Kandi koko na we byasaga nko kwirwanaho ngo atange raporo ko umuganura wakozwe mu Mudugudu!Hagati aho ntibyatubujije kumara amasaha abiri n’igice twicaye maze buri wese agataha yibaza ngo uyu munsi ndarya iki?Abana ndababeshyeshya iki?Ngako akamaro k’amana y’iteshamutwe.

By Sam Kayisire/Rusizi

Faim et sécurité au Sud-Soudan: Dirigeants insensibles à la souffrance de la population

La mort est partout dans ce jeune pays d’Afrique.Les parents la fuient dans les villes, mais elle les percute au passage.Les cris des enfants les arrêtent;ils demandent que leurs mamans les allaitent alors qu’elles sont épuisées,presque sans vie.

Indépendant depuis le 9 juillet 2011,le Sud-Soudan ne l’est pas encore.Le dernier à trouver son indépendance,il est aussi le dernier à goûter des bienfaits de la paix.Le premier à se presser pour se libérer de Khartoum(Soudan),il est le premier à s’enfoncer dans la violence et la crise humanitaire sans précédent.

faim au Sud-soudanDans cette crise,les enfants n’ont d’autres boucliers que ces lourds fils et ces étranges uniformes. Enfants-soldats,ils deviennent la solde des équations lancées par ces dirigeants impassibles.

En accentuant cette guerre entre eux,ces anciens rebelles donnent raison à Omar El-Béchir qui n’avait jamais cru à leur unité.Peut-être faudra-t-il instaurer la Charia pour renouer avec l’esprit des lois et le patriotisme plutôt que de rétablir le tribalisme!

C’est vraiment tragique et sadique!Tout un pays peut-il être sacrifié pour l’intérêt macabre de ces deux personnalités lugubres,Riek Machar et Salva Kiir?Jusqu’où continueront-ils de poser la signature de leur ascension au pouvoir par le sang de leur peuple si courageux dans ces épreuves?

Faim au Sud-Soudan 3Fiers des machines de guerre dont ils ne sont pas des producteurs,ces prétendus dirigeants ne tiennent pas compte du nombre de morts ou de millions de réfugiés que leur combat de coqs fait mourir de faim!Au lieu de les faire profiter de leur manne pétrolière,ils les jettent incessamment dans cette poudrière et la mendicité!

Faim sud-soudanCes jours-ci,les partisans s’affrontent comme des ennemis.A quelques mètres,les paysans font la queue pour mendier de la nourriture.Ceux jours-là,on leur demandera de leurs voix dans le vote!Ils feront encore la queue.C’est honteux!

Entre temps,les femmes et les enfants s’interrogent sur l’avenir.Ils n’espèrent aucune réponse imminente.Tout est sombre.faim au Sud-soudan1

Faim au sud-soudan 2Entassés sous les tentes ou sous les arbres,ils gardent le regard fixé sur ces humanitaires et militaires onusiens.Ceux-ci tournent autour et continuent leur chemin de maintien de la paix qui n’est pas.La faim elle aussi ne s’arrête pas.

By P.B

Ibintu ni nk’umuyaga:T’ai Chi Chih 6

Byaba bike cyangwa byinshi,ibintu ni nk’umuyaga.Uwo byahiriye,biba nk’ubwato bugeze ku mwaro.Ushaka kubuzirika,akurura yegereza inkombe.

N’iyo harimo inkubi,yirinda ko bumukurura akabwubika.Ari wenyine ni nde wazabara iyo nkuru?Ni yo nyigisho y’uyu mwitozo wa 6:

Erreur
Cette vidéo n’existe pas

BY P.B

Le Pape François et les peuples autochtones:où en sont les Batwa des Grands Lacs?

L’une des intentions de prière du Saint-Père pour le mois de juillet 2016 concernait le respect des peuples indigènes.Elle a été annoncée dans ces termes: « Pour que soient respectés les peuples indigènes menacés dans leur identité et leur existence même. »

Le Pape François et les autochtonesLors de ses voyages apostoliques en Amérique Latine, lui-même a uni sa voix avec ces peuples minoritaires par leur nombre et majoritaires par leur précarité: « Nous voulons un changement,un changement réel, un changement de structures. »

Pour que ce changement advienne,le Pape, dans son discours aux mouvements populaires,
propose cette alternative:

« Il est indispensable que,avec la revendication de leurs droits légitimes,les peuples et leurs organisations sociales construisent une alternative humaine à la globalisation qui exclut. »

Ces droits légitimes et sacrés,il les a énoncés en 3 T: « Terre,Toit,Travail pour nos frères et sœurs. »  Cela vaut la peine,ajoute-t-il,cela vaut la peine de lutter pour ces droits.

Dans ce discours du 7 juillet 2016, il invitait les chrétiens à se poser cette question:

« Reconnaissons-nous que les choses ne marchent pas bien dans un monde où il y a tant de paysans sans terre,tant de familles sans toit,tant de travailleurs sans droits,tant de personnes blessées dans leur dignité? »

Comme nous sommes à la fin du mois de juillet,il est important de sonder l’état de respect de ces peuples et de leur droits ,afin de nous rendre compte du degré de réalisation de cette intention prophétique du Pape.

En félicitant les peuples autochtones d’Amérique Latine,il n’a pas omis de demander pardon:

« Je demande humblement pardon,non seulement pour les offenses de l’Église même,mais aussi pour les crimes contre les peuples autochtones durant ce que l’on appelle la conquête de l’Amérique. »

 

Son intention et son exhortation doivent garder leur étendue universelle. Aussi a-t-il souhaité que  « le cri des exclus soit entendu en Amérique Latine et par toute la terre. »

C’est,partant de ce  « par toute la terre », que nous allons, prochainement,nous intéresser au cri des Batwa sur les terres africaines des Grands Lacs.A suivre…

By P.B

Sécurité au Burundi:le Gouvernement tacle la France

La France avait proposé à l’ONU d’envoyer plus de 200 policiers à Bujumbura pour assurer la sécurité de la population burundaise menacée par les criminels toujours non « identifiés ».

Par la voix de son ministre de la Sécurité publique,le Gouvernement du Burundi n’a pas caché son indignation.Faits et preuves à l’appui,le ministre a montré que le bilan sécuritaire est plus que positif de sorte que le pays n’aurait pas besoin de ces policiers.

Faisant allusion à l’insécurité qui prévaut déjà en France,Alain Guillaume Bunyoni en a profité pour tacler la France. C’est plutôt,pense-t-il, la France qui a plus besoin de ces forces étrangères afin de l’aider à ramener la sécurité sur son territoire.

La crise économique qui s’amplifie et la grogne de la population  n’ayant plus de devises,ne vont-elles pas le démentir et le plier à faire volte-face?

By P.B

Amafi abagore bakunda ariko ntibayateke

Imico yacu, hari ubwo itubera inzitizi.Aya mafi hari abagore bayakubita amaso bagasimbuka.Bamwe ngo ntibashobora no kuyateka ye!Nyamara ngo ni ibiryo bikunzwe cyane muri Koreya,mu Bushinwa no mu Buyapani.

Yitwa « poissons-pénis » kuko afite ishusho nk’iy’igitsina-gabo.Ibyo ntibibuza abahanga mu guteka, kuyategura neza.Hamwe agera ku meza bayise « intestins de mer », maze appétit ikaba yose ku bakunda na za « fruits de mer. »

Izina abashakashatsi bayahaye(nom scientifique)ni Urechis unicinctus.Iboneka mu ndiba y’inyanja aho yibera mu myobo icukura mu mucanga.

Mu rwego rw’ubukungu no kwihaza mu biribwa,Abanyakoreya y’Epfo ntukabashake!Kurya utwo dufi ni nko guhumbya!Bamenaho akunyu n’utuvuta twa sesame maze bakaturya nk’imboga mbisi(crudités).Akanyamaswa

Naho mu Bushinwa,badukarangana n’imboga cyangwa bakatwumutsa ngo badukoreshe nk’inyongeraburyohe(condiments)mu bindi biryo.Ni muri ubu buryo n’Abayapani na bo badukoreshamo mu mafunguro yabo(umami).

Biratangaje!Abaturage benshi ntibicwa n’inzara kandi mu bihugu byabo hari udusimba nka bene turiya tutagira ingano? Nk’Isenene, Imiswa n’ibindi uwabitunganya byagira akamaro kandi na we akabyungukiramo!

By P.B

Abanditsi Nyarwanda begerejwe urubuga rushya

Si benshi bakunze guhabwa umwanya ku mbuga zisanzwe zibonekaho ibitabo kuri Internet.N’ahongaho ubwaho kuhagera,bisaba imbaraga zirenze ubushobozi tutaragira.Ubu rero ndabona abanditsi-Nyarwanda dushonje duhishiwe.

Twizere ko uru rubuga ruzahurirwaho na bose,baba abandika mu Kinyarwanda cyangwa mu ndimi z’amahanga bityo Rwandathèque izahigike bidatinze za Amazon,
Priceminister n’izindi.

Birashoboka ko hari uwakwibaza icyo ibyo bivuze cyangwa bizamumarira ku giti cye bitewe n’uko asanzwe azi abarushinze!Igisubizo ni kimwe:ni nk’icyo izo mbuga zindi zamukoreraga.

Gusa nyine inyungu ni nkeya ku muntu wikundira iby’abanyamahanga.Naho uwo iby’iwabo bitera ishema n’akanyamuneza,inyungu irimo ntigira urugero(sans mesure).

Bizarushaho kuba byiza umusomyi nahasanga igitabo icyo aricyo cyose yifuza,cyaba igitaka ibyiza by’u Rwanda,cyangwa se igitunga agatoki ibyo gukosora kugira ngo mu rwa Gasabo n’isi yose hahore umucyo utagira ikinegu.

Nyarukiraho kuri http://www.rwandatheque.com maze urebe uko bakorohereza inzira zo kugera ku cyifuzo cyawe cyo gusangiza abandi ibitekerezo byawe byanditse. Ngo « biryoha bisangiwe! »

By P.B

Waba uzi aho Matako-Aguruka ahuriye na Muntu?

Ubushakashatsi bumaze kwerekana ko hari inyamaswa zigaragaza ibintu abantu bakunze guhisha,cyane iyo bijyanye n’imyanya y’ibanga(parties intimes).

Urugero ni nk’aka gasimba kitwa Matako-Aguruka(« Pigbutt worm » cyangwa « ver-cul-de-cochon »),kazwi no ku izina rya « Fesses-qui-volent »).

Kugakubita amaso ntibyoroshye kuko bisaba kumanuka mu ndiba y’inyanja kuri metero 1000 y’ ubujyakuzimu.Kuba gasa n’umwanya-gore(vagin)byatangaje abashakashatsi bahisemo kubica ku ruhande bakita Chaetopterus pugaporcinus.

Goffredi na Robinson bakavumbuye,batekereza ko nibakabona ahandi hatari Monterey Bay(Calfornia),iyo miterere yako izahishura byinshi kuri uriya mwanya ukomeye wa bashiki bacu,cyane cyane ku bijyanye no kororoka nta nzitizi(limites de reprodution ).

Ikindi ni uko basanze gakungaye cyane ku ntungamubiri(proteines)ku buryo mu minsi iri imbere gashobora kuzifashishwa mu kurwanya inzara.

By P.B

Si le Pape François interdisait l’internet aux religieuses?

Vultum Dei Quaerere(chercher le visage de Dieu),c’est la Constitution apostolique du Pape François sur la vie contemplative féminine;elle est signée le 29 juin et présentée ce 22 juillet 2016.Elle vient compléter celle du 21 novembre 1950 publiée par le Pape Pie XII, Sponsa Christi(Épouse du Christ).

Cette Constitution tient compte des changements socio-culturels qui ont marqué l’Église et notre société après les années 1950 ainsi que le renouveau du Concile Vatican II.

En s’adressant aux moniales de vie contemplative,la Constitution souligne la pertinence de cette vie cachée, et de ce fait, incomprise par la société actuelle marquée par la « culture du déchet ». Elle le dit en ces termes:

« La personne contemplative comprend l’importance des choses,mais celles-ci ne dérobent pas son cœur et ne bloquent pas son esprit.Elles sont au contraire une échelle pour arriver à Dieu:pour elle,tout porte signification du Très Haut!Celui qui s’immerge dans le mystère de la contemplation voit avec des yeux spirituels:cela lui permet de contempler le monde et les personnes avec le regard de Dieu,là où les autres ont des yeux et ne voient pas »(N°10)

Le Pape a rappelé aussi la nécessité de tous les moyens que les moniales contemplatives ont à leur disposition,depuis les siècles dans l’Église et pour l’Église:la prière,le travail,l’ascèse,le silence,la Parole de Dieu,les Sacrements,la clôture…

A ces moyens traditionnels ou classiques,il est indispensable d’y ajouter les moyens modernes de communication digitale.Car,dit-il,

« dans notre société,la culture digitale influence de manière décisive la formation de la pensée et la façon d’être en relation avec le monde et particulièrement avec les personnes ».

Mais le Pape ne s’est pas empêché d’émettre cette mise en garde:

« Ces moyens peuvent certainement être des instruments utiles pour la formation et la communication,mais je vous exhorte à un prudent discernement afin qu’ils soient au service de la formation à la vie contemplative et aux communications nécessaires, et non des occasions de dissipation et d’évasion de la vie fraternelle en communauté,ni préjudiciables à votre vocation,ni un obstacle pour votre vie entièrement consacrée à la contemplation »(VDQ,n°34).

Si ces moniales sont à la recherche du visage de Dieu,ne devraient-elles pas rester connectées de manière à prouver que,par la méditation et la contemplation,Dieu est toujours en ligne?Pour éviter de se disperser,pourraient-elles se satisfaire de la lectio divina et vivre comme si la clôture résistait à l’Internet ou les protégeait contre lui?

BY P.B

Mu ruzinduko rwa Perezida Kagame iwacu: abayobozi ngo nta bibazo bihari!

Baragowe abo Prezida wa Repubulika atazasura muri uyu mwaka!Bazapfana ibibazo byabo kandi imiti itari kure.Muri iki gihe cy’amapfa ho abaturage barashiramo umwuka,mu gihe abayobozi babo bavuga ko nta bibazo bihari.

Kandi koko iyo badafite ibibazo,bibwira ko n’ahandi ntabihari.Gusa burya ibibazo by’abayobozi ni ukubasha gukusanya imisanzu isabwa n’inzego zo hejuru no kubahiriza gahunda za Leta batitaye ku ngorane z’umuturage.

Uwo muturage watsikamiwe ndetse wabujijwe amahwemo,ntawundi wamufasha kumvikanisha agahinda ke uretse umushyitsi muhire.Ni bwo bamwe barara bagenda, bakarara nzira iminsi itari mike,mpaka bigereye aho Perezida wa Repubulika yasuye.

Kagame azadusura 1Ntibaba bayobewe ko ,ubusanzwe,nta muntu muzima wakiriza umushyitsi ibibazo.Bitewe n’uko abaturage ibibazo byabarenze kandi ibyinshi babiterwa n’abayobozi babegereye,nta kundi babigenza uretse kubitura Nyir’ubwatsi.
Baremera rero bagatonda umurongo ugerwaho n’ibyihare bidatinya incyuro zizakurikiraho!

Byabaye nka bya bindi bya kera, aho uwabonaga nta bundi buryo bwo kurenganurwa, yavugaga ngo « ikibazo cyanjye kizakemurwa n’Umwami Nyir’Urwanda. »Ubundi se nyine ibyo bibazo byakemuka gute mu gihe uwo urega ari we uregaho?

Ntitwibagirwe ko n’abo bayobozi na bo baba bakora badahembwa,bagasanga izo gahunda za Leta ari bo zari zikwiye guheraho!None se azamamaza « Gira Inka » na we ntayo afite?Ubwo se kuyigira we bimugwa nabi?Naho se ako kazi baba bakoze ngo n’iyonka ihururane na ba basaza n’abakecuru batazi iyo bijya n’iyo biva!

Ikibabaje ni uko muri urwo ruzinduko,abo bayobozi baba bishakira amashyi maze bakamubeshya ngo « Nyakubahwa Perezida wa Repubulika,muri uyu Murenge/Akarere,ubukene n’imirire mibi byabaye amateka! »

Kagame azadusuraAbo baturage wabareba ku maso ukicwa n’agahinda,dore ko hirya iyo baba bakubitira abana kuryama.Abayobozi se bibabuza kubakama n’ayo mu ihembe,abarira babuze ikibahembura? Hanyuma ngo VUP yadukuye mu bukene,kandi inzara ivuza ubuhuha!

Ingaruka zo kugira bene abo bayobozi b’Abidishyi no guhora ahatwa ibibazo bijya kuba bimwe,ni uko Perezida azacika intege,agahagarika izo ngendo,noneho akajya yohereza ba Minisitiri be nka ba Kaboneka ngo bajye kubikemura.

Nyamara n’ubwo abaturage bavugiriza Gitifu induru ko ari we ubogogoje,bizarangira bamenye ko n’ubundi « Nta nduru iburana n’ingoma! » Nta gisubizo gifatika.Buriya tuzategereza ko natwe Muzehe adusura!None se mu ruzinduko rwe,ibyo yemeye si byo bikorwa?

By Kayiranga Evariste,Cyahinda

Bimaze iki kubaho amazuba arenze atatu?

Habonetse umubumbe(planète)utuma izuba ridatakaza ubukana.Abahanga mu bumenyi bw’ikirere bo muri Kaminuza ya Arizona ni byo baherutse kwerekana mu bushakashatsi bwabo.

Ngo uwo mubumbe wikubye kabiri ubunini bw’izuba,ugaragiwe n’inyenyeri ebyiri za rutura ziwucanira,zikanongerera izuba ingufu.

Ni yo mpamvu abo bashakashatsi bemeza ko hariho amazuba atatu ku buryo gukorana kw’ayo n’uwo mubumbe ari byo bituma ubuzima ku isi budahungabanywa n’ikwirakwira ry’imirasire.

Twizere ko bizabageza no ku gisubizo cyo kuringaniza ubushyuhe ku isi!

By P.B