Abanyarwandakazi bafite isoko ry’ikimero muri Uganda!

Nta kintu gisigaye kiryoshye nko gutwara abantu Kigali-Kampala.Ku wa kane nimugoroba imodoka zacu ziba zuzuye bene za nkumi n’abamalayika banyereraho bakagwa.

Abenshi ngo aba ari abakozi bagiye kongera ubushobozi mu masomo ya week-end atangirwa muri za Univerisite z’aho muri Uganda.Abandi na bo bakaba abanyeshuri bo muri za Kaminuza zo mu Rwanda ngo bagiye kwihugura mu Cyongeleza.

Kuri iyi week-end, Abagandekazi bakorera i Kampala na Malaba bari bakamejeje.Nk’abakozi bagize umwuga ikibero cyabo(sex workers ou travailleuses de sex),bo batanga imisoro yo guparika(workstation).Ariko ngo ntacyo byari bibatwaye kwishyura Leta ibihumbi 9 by’amashiringi ukinjiza arenze miliyoni imwe n’igice mu kwezi,amafaranga mwarimu ageraho bimugoye mu mwaka.

Ikibazo bafite ngo ni uko isoko baryambuwe n’Abanyarwandakazi badakorera ku mugaragaro bityo ntibatange n’iyo misoro.Kandi koko iyo ugeze hariya Kampala Centre cyangwa ahagana kuri Mengo Kisenyi,usanga indaya zirwanira abagabo,buri yose itanga igiciro(price) nk’uko mbere aha byari bimeze ku myenda ya caguwa muri Nyabugogo.

Abanyarwandakazi 1Biba akumiro iyo ari nk’umuzungu cyangwa Umusomali(ngo bo ntibatinya kwishyura amadorali 500 ku ituru!).Kubera iyo mpamvu,ku masaha amwe n’amwe y’umugoroba,abantu biyubashye bahanyura badakoza amaguru hasi.

Bene abo, ngo ni bo Abanyarwandakazi baboneye igisubizo mu rwego rwo kwihangira umurimo ukoranye isuku.Kubera ubuzima buhenze muri Kigali no muri za Kaminuza zo mu Rwanda, abagore n’abakobwa bajyayo baba bazi icyo gukora.Abagande na bo ngo bakunda Abanyarwandakazi kubera ikimero gishitura, n’ubunyamwuga bakorana uwo murimo mu mahoteli yiyubashye.

Natwe ku cyumweru turabibona mu mataha. Ibyishimo abagenzi bacu baba bafite byagukoresha accident. Si nko ku wa kane cyangwa ku wa gatandatu ubwo buri wese aba acecetse nk’umunyeshuri uri gutekereza ikizamini.Kuri uwo mugoroba, ibitwenge biba ari byose.N’ubwo baba bagarutse ku zuba n’amapfa byo mu rwa Gasabo,nibura baba batahanye utuzabarenza iminsi,bagategereza week-end itaha.

Muri iyi Mpeshyi n’ibiruhuko haziyongeraho n’utunyange two muri secondaire tuba tugiye kunoza Icyongeleza twitegura ibizamini bisoza umwaka.Birumvikana ko baboneraho gukora akazi k’ibiruhuko ngo bunganire ababyeyi.Natwe ariko bizadufasha kubona cash yo kwishyura vuba inguzanyo za banki.Burya ibintu ni magirirane.

By Dan Bagabe/Kigali

Hindura icyerekezo:T’ai Chi Chih 4

Ubuzima bujyana no guhindura icyerekezo.N’uwaryamye ntahindukire,ntaba akiri muzima.Niba ushaka guhora wemye, hindukira uhindure ibintu.Ni yo ntego y’uyu mwitozo.

Erreur
Cette vidéo n’existe pas

Gereranya n’uyibanziriza,wumve itandukaniro.

By B.P

Umukecuru w’imyaka 80 aracyaterura ibiremereye!

Nk’uko tubikesha « Guiness des Records« ,Umunyamerikakazi Wilma Conner aracyatangaza abantu.Ku myaka 80 aracyakomeye kuri siporo ye yo mu buto.Yavutse tariki 9 gicurasi 1935,ariko na n’ubu aracyakina imikino ngororamubiri yo guterura ibiremereye (bodybulding).

Mu mwaka wa 2011 mu kwezi kwa munani yabaye uwa mbere muri Shampiyona y’abagore yabereye Colorado(USA),kandi ngo ntateganya kubihagarika agihumeka.Ngo bituma ahorana akanyamuneza.Abatikoza siporo bitwaje ko bashaje,yababera urugero.

By P.B

Bomboli bomboli mu marembo y’amabuno imarira iki umubiri?

Hari abazi kurasa bataragombye kubyiga.Ni ya masasu atananirwa n’umusaza cyangwa umukecuru.N’utaramenya kuvuga asohoka ari urufaya.

Aho rero ,yaba umukungu cyangwa umutindi, bayarekura kimwe.Cyakora urusaku n’umuvuduko byo ntibingana kuko n’iminwa y’imbunda cyangwa ubushobozi bw’umuriro na byo birutana.

Hari abazi kuyarekura maze benijoro bagakwirwa imishwaro, naho inshuti n’abagenzi bakunama bucece bashaka amarembo n’amahungiro. Nuko nyir’ukurasa agasigarana umutekano iwe n’ubwo abandi baba babuze iyo bakwirwa.

Bomboli 1Nguko uko bigendekera umubiri, iyo mu marembo y’amabuno hatangiye bomboli.Abavuza induru ko binuka, ngo burya ni abatazi ko gusura (péter)ari nk’umuti.Uwo muturanyi aba ahumetse kandi yorohewe.

N’ubwo ahanini biterwa n’ubwoko bw’ibiribwa umuntu yariye,bene iyo myuka ngo ni ikimenyetso cyiza ku mikorere y’amara(intestins). Uwatamiye ibishyimbo,amashu cyangwa brocoli,ntibijya bimutungura.

Abayapani babizi kuva kera mu kinyejana cya 16.Ngo intambara z’imisuzi(bataille des pets puissants) zabafashaga gutsinda umwanzi wabinjiranye mu nzu no gutsintsura abanyamahanga bakabirukana ku butaka bwabo.Bomboli 2

Kuva icyo gihe,Abayapani bagira amarushanwa yo gusura(concours des pets) mu rwego rwo gusukura umubiri w’imbere no kuwongerera imbaraga.

Ibi byo ubushakashatsi bwa vuba aha buherutse kubigaragaza(Université d’Exeter) ko gusura ari ugusohora gaz yitwa sulfure d’hydrogène ku buryo umubiri usigarana iyo ukeneye mu kurwanya indwara nk’iz’umutima(crise cardiaque),kanseri y’amara, kurabirana(AVC), n’izindi.Birumvikana ko mu gihe iyo gaz ibuze mu mubiri,izo ndwara ziwigabiza.

Abahora bigengesereye kubera ikinyabupfura gikabije,bararye bari menge!Ahubwo bakwitabaza twa twenda tw’imbere tutababuza guhumeka nta n’impagarara bateye.

Inkuru:L’odeur des pets serait bonne pour la santé

By P.B

Barabivuze(Ibitekerezo by’Abafilozofe:Episode 4):Aristote et Les Politiques

Aristote(385-322)est le disciple de Platon dont il concrétisera les Idées en les descendant du Ciel pour les enraciner dans la vie de la Polis(Cité).

Vu que la Cité possède plusieurs modes de vie(artisans,marchands,pêcheurs,cavaliers, cordonniers,forgerons ,maçons…), son organisation porte sur plusieurs œuvres.Ainsi,le traité(œuvre d’Aristote) qui attire notre attention sur cette organisation de la Cité sera au pluriel plutôt qu’au singulier: Les Politiques.

En faisant abstraction du singulier,nous admettons que,dans la Cité comme chaque pays,les politiques(modes d’organisation)sont multiples;elles se déclinent au pluriel et procèdent par addition:politique de la santé,politique de l’éducation,politique monétaire,politique de l’urbanisme,politique des relations internationales,politiques sociales,et cetera…

Or,pour Aristote,un homme est par nature un animal politique.C’est pourquoi,dit-il,même quand ils n’ont pas besoin de l’aide des autres,les hommes n’en ont pas moins tendance à vivre ensemble.

Néanmoins l’avantage commun lui aussi les réunit dans la mesure où cette union procure à chacun d’eux une part de vie heureuse.Tel est assurément le but qu’ils ont avant tout;tous ensemble comme séparément.

Mais ils se rassemblent et ils perpétuent la communauté politique aussi dans le seul but de vivre.Peut-être,en effet,y a-t-il une part de bonheur dans le seul fait de vivre si c’est une vie pas trop accablée de peines.

De plus,selon notre philosophe,la Cité est comme un corps vivant;elle est constituée de plusieurs parties.De même que le corps bien constitué est seul capable de résister à toutes sortes de maladies,de même la vie de la cité dépend de sa bonne constitution.

Pareillement,comme toute personne vit mieux quand elle voit avec deux yeux,entend avec deux oreilles,agit avec deux mains,ainsi la cité vit mieux quand elle est portée par ses deux éléments:la constitution et la loi.
Voici en quels termes il le disait:

« Une constitution est,dans les cités,une organisation concernant les magistratures,de quelle manière elles sont partagées,laquelle est la souveraine dans la constitution et quelle est la fin de la communauté pour chacun.

Mais parmi ce qui montre la nature de la constitution,les lois ont une place distincte, et c’est selon la loi qu’il faut que les gouvernants gouvernent et qu’ils les protègent contre ceux qui les enfreignent(Livre IV,I).

Là où les lois ne dominent pas, apparaissent les démagogues;le peuple devient monarque,unité composée d’une multitude,car ce sont les gens de la multitude qui sont souverains…

Ces démagogues sont causes que les décrets sont souverains et non les lois;ils portent tout devant le peuple,car cela fait qu’ils deviennent importants du fait que le peuple est souverain en tout,et qu’eux sont souverains de l’opinion du peuple.Car ils convainquent la multitude.

De plus,ceux qui accusent les magistrats disent que c’est le peuple qui doit trancher,et celui-ci accueille avec joie cette invitation,de sorte que toutes les magistratures sont ruinées.

Et on pourrait raisonnablement blâmer cette sorte de démocratie en disant qu’elle n’est pas une constitution,car partout où les lois ne gouvernent pas,il n’y a pas de constitution.Il faut que la loi commande à tous,les cas particuliers étant tranchés par les magistrats en accord avec la constitution.

De sorte que,si la démocratie est bien l’une des constitutions,il est manifeste qu’une telle organisation dans laquelle tout se règle par décrets,n’est pas une démocratie à proprement parler,car aucun décret ne peut être universel(Livre IV,chap.4).

Quant au changement de la constitution,Aristote a été plus que clairvoyant:

« On change les constitutions tantôt par la force tantôt par la ruse.On contraint par la force soit directement dès le début,soit plus tard;la ruse aussi est de deux sortes.Premier cas:après avoir d’abord trompé les gens on change la constitution avec leur consentement, et par suite on en conserve le contrôle par force sans leur consentement.

Deuxième cas:en employant la persuasion dès le début,et par la suite,cette persuasion ayant fait son effet,on gouverne les gens avec leur consentement.(Livre V,4)

A suivre…

By P.B

Lundiose ntizagaruka:T’ai Chi Chih 3

Niba ushaka kurwanya lundiose,uyu mwitozo wabigufashamo:humeka nk’uko ugenda,genda uhumeka(inspiration-expiration);nujya no hejuru cyane,wibuke kugarura ibirenge ku butaka(pieds sur terre,contact avec la nature).

Erreur
Cette vidéo n’existe pas

Biracyaza…

By P.B

Fête des pères, pour quoi faire?

Religieusement, la fête des pères a eu lieu le 19 mars de chaque année, et coïncide avec la fête de Saint Joseph, Père de Jésus-Christ, et Patron des pères de familles et des travailleurs. Tel est le cas pour l’Italie.

fête des pères

C’est surtout la jeune américaine Sonora Smart Dodd(1882-1978)qui la promut comme fête de tous les pères(sans connotation religieuse)en l’honneur de son papa qui, seul, l’avait élevée avec ses 5 frères après la mort de sa maman.

Grâce à sa détermination, cette fête a débuté en 1910(Washington)et s’est rapidement répandue dans plusieurs États(par rapport à la fête des mères), reconnaissant ainsi le rôle des pères dans l’éducation de l’enfant et la construction de la société .

Mais en Amérique, cette fête n’ a été officialisée qu’en 1966 sous le président Lyndon B.Johnson qui l’a fixée au troisième dimanche de juin, suivant la tradition déjà en place.

En France, elle fut officialisée en 1952 grâce à une promotion de briquets lancée par la compagnie Flaminaire. C’était l’occasion d’offrir un briquet à un père, car les hommes fumaient beaucoup encore. La date choisie fut aussi celle du troisième dimanche de juin.

A cette occasion, on offre une rose rouge au père des enfants ou ceux-ci lui font une surprise de leur savoir-faire. Sans surprise, un papa qui n’avait rien reçu l’année dernière a piqué une grande colère et en souffrait terriblement. Il est allé chez le médecin qui lui a donné cette réponse:

fete des pères 1

Cet année, elle est fêtée ce dimanche 19 juin dans plusieurs pays, à l’exception de la Belgique(deuxième dimanche de juin), de la Suisse(premier dimanche de juin)et de Luxembourg(dernier dimanche d’octobre). Où que vous soyez, chers pères, bonne fête et à vos honneurs!

By P.B

Waba uzi impamvu Tanzaniya yaje imbere y’Urwanda mu bihugu birangwamo ituze?

Abaturanyi babereyeho gufashanya.Muri uko gufashanya,hari ibyo umwe yigira ku wundi,bitari rya shyari ribi ryo gukubita agatoki ku kandi ahubwo ibikorwa by’undi bigatera umuturanyi we ibakwe n’ishyaka maze bose bagasagamba mu ituze n’amahoro.

Nk’uko raporo ya Global Peace Index 2016 ibyerekana,ituze n’amahoro bigaragara mu gihugu cyubakiye ku nzego zikomeye(strong institutions)aho gushingira ku muntu ukomeye(powerfull man ou muscleman).

Aho ibyo bintu byombi bidatandukanye,hahora umwiryane wihishe kurusha ahari intambara zeruye.Urugero rufatika ngo ni ibihugu byo mu Burasirazuba bwo hagati na Afurika(Middle East and Africa).

Muri ibyo bihugu biri mu mahoro ya ntayo(negative peace),ingufu nyinshi zishyirwa cyane mu kugura intwaro(militarisation)kurusha kwita ku mibereho myiza n’ubwisanzure bw’abaturage(safaty and security).

Muri iyi nzira y’ituze n’amahoro,sinashatse kugereranya igihugu cyacu n’ibihugu birangwamo umutekano muke nk’Uburundi na Kongo(Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo,RDC)cyangwa Uganda idahagaze neza nyuma y’amatora.Nahisemo kwerekeza amaso hakurya y’Akagera,ndeba muri Tanzaniya.

Ntawakwirengagiza ko Tanzaniya ari kimwe mu bihugu bihana imbibi n’Urwanda ku burebure butari buto.Umwihariko wayo ni uwo gutuma amarembo y’Urwanda aba nyabagendwa,mu buhahirane n’andi mahanga.

Ikindi cyanteye kugereranya Urwanda na Tanzaniya, ni uko iriya raporo iherutse gusohoka ku cyegeranyo ku mahoro(Global Peace Index 2016),yagaragaje ikinyuranyo kirekire hagati y’aba baturanyi mu bihugu birangwamo ituze.Amahoro 2

Muri iyo raporo,Tanzaniya iri ku mwanya wa 58 naho Urwanda rukaza ku wa 128.Nyamara muri 2010,Urwanda rwari ruri ku mwanya wa 75,Tanzaniya iri ku wa 55.Icyo gihe Uganda yari ku mwanya wa 100 none iri ku wa 101.

Mu gushaka kumenya impamvu Tanzaniya yanikiye Urwanda bigeze hariya,dukwiye kureba niba muri ibi bintu 8 amahoro yubakiyeho,hatari bimwe byaguye hasi bigatera inzu kuva cyangwa guhengama:Amahoro

Turebye no mu karere Urwanda ruherereyemo(Sub-Saharan Africa),ibitari bike byaruhaye umwitangirizwa.Gusa nyine dushobora kwishimira ko ku rwego rw’isi turi imbere y’ibindi bikomeye nka Kenya(131)na Misiri(142)!Amahoro 1

Ariko se kuki Tanzaniya yaturushije,tukaba turwanira hafi ku mwanya umwe na Zimbabwe(127)?Ubwo tuhanyura ngo ibintu byacu biremereye bigere ku cyambu(Dar-es-Salam),aho si byiza kubareberaho kugira ngo tugere kuri izo ngero(indices) zuzuye z’ituze n’amahoro?

By P.B

Ruhura umubiri wawe ku buryo bworoshye: T’ai Chi Chih 1

Waba uri iwawe mu cyumba cyangwa ugendagenda muri nature,iyi myitozo ntawe itagirira akamaro.Gerageza urebe!

Erreur
Cette vidéo n’existe pas

Uyu mugabo arashaka kubyara akuzuza isi!

Ntibisanzwe.Abana 35 basa n’abatamuhagije.Ngo arashaka kugeza ku ijana.Ni nko gushyira mu bikorwa wenyine icyo Ijambo ry’Imana rivuga: « Mubyare,mwororoke,mukwire isi »(Intg.2,28).

Uwo muganga w’imyaka 46 asanganywe abagore batatu.Avuga ko babanye neza kandi ko abitaho ntawe asumbanije n’undi.Mu rwego rwo kugera ku ntego ye,arashaka kuzana umugore wa kane.

Itegeko ryo muri Pakistani rirabimwemerera kandi na Korowani ntibibuza.Icyo bisaba ni uko batatu bandi batabihakana kandi uwo mugabo na we akaba abifitiye ubushobozi buhagije;inama y’abasheshakanguhe na yo igatanga gihamya ko abishoboye.

Sardan Jan Mohammad Khilji n’ubwo atuye mu ntara ikennye cyane,we nta kibazo cy’ubushobozi afite. Amafaranga asohora mu gutunga urubyaro rwe mu kwezi(1000€= ibihumbi magana 800frw) yikubye incuro icumi umushahara w’umuturage usanzwe.

Iyo ntara ya Baloutchistan atuyemo iri mu zugarijwe  n’ubukene.Ahafite ivuriro n’ishuri.Ngo Leta nitanamufasha muri uwo mugambi we,Imana izabikora!Ngo abana be abona akanya ko gukina na bo ku buryo ntawe ashobora kuyoberwa izina.Abana benshi 1

Ikindi ngo ni uko abagore batatu ba mbere yabashakiwe n’umuryango.Ugiye gukurikiraho we ngo azamwikurira kuri Facebook!Ikibazo twibaza ni iki:Ese ko ku bagore batatu afite abana 35, azuzuza 100 ageze ku bagore bangahe?

Icyakora na none,ubwo bushake bwo kugira abana benshi no kubitaho , bukwiye no kubera urugero ba bandi bananiwe n’ababo bagerwa ku ntoki, bamwe bakaba barakwiriye imihanda nk’abatagira kirera!

We yemeza ko abikesha gusenga(gatanu ku munsi),gusoma Ijambo ry’Imana no kurya ibimurinda gusesagura(imbuto mbisi cyangwa zumye,amata n’imboga).Birumvikana ko adakozwa iby’inzoga n’itabi.Abagore se bo babiterwa n’iki kwemera kugirwa nk’utumashini two gukora abana(machines à produire des enfants)?

Inkuru yose:Déjà père de 35 enfants,il en veut 100

By P.B

Corneille,un Rwandais dont la musique fait des merveilles au Canada?

Depuis 2004,Corneille est naturalisé canadien.Sa musique qui garde des rythmes du Pays des Mille Collines,fait des merveilles au Canada.Comment le serait-il autrement quand il chante La garde du roi Lion?

Quant à son humeur et son sourire,il les doit sans doute à sa maman.D’où ces mots au ton lyric et splendide:

« Reposez en paix
Vos amis du nord m’ont soigné
Tout va bien,j’ai manqué de rien
Vraiment je vais bien
Tu peux dormir en paix maman..
Tout seul les pieds sur terre
Je tiens ça de toi,maman.. »

Corneille 1

Source:Corneille et son oeuvre
By P.B

Bamwicaje ku meza atari ay’ineza

Abantu bashobora kwangana kubera ko batumiwe mu minsi mikuru ntibicazwe mu myanya myiza.Kimwe n’uko mu minsi nk’iyo ushobora guhabwa icyicaro ku meza y’icyubahiro nyamara ibyiza bikajya bihita ubireba cyangwa na nyir’urugo,kubera imirimo myinshi, agasa n’utakwitayeho.

Ku rundi ruhande,abahuriye kuri ako gasuzuguro bashobora guhuza urugwiro.Muri urwo rwego, Ivanjili yo kuri iki cyumweru,iratwereka ukuntu Yezu bamwicaje ku meza atari ay’ineza kuko nyir’urugo yitekererezaga ibindi.

Nyamara kuri ayo meza yo kwa Simoni,Yezu yahasigiwe umubavu uhenze cyane,ahabonera n’ikimenyetso ko hari abamuririra.Bitewe n’uko uwitumiye yitwaza intebe,umugore utari watumiwe yabonye umwanya hafi y’ibirenge bya Yezu kandi amarira ye ntiyamupfira ubusa.Reka tubyumve:

« Umwe mu Bafarizayi atumira Yezu ngo basangire;yinjira iwe,ajya ku meza.Maze haza umugore wari ihabara mu mujyi.Yari yamenye ko Yezu ari ku meza,mu nzu y’uwo Mufarizay,aza afite urweso rurimo umubavu.

Nuko aturuka inyuma ya Yezu,yunama ku birenge bye arira.Amarira atonyangira ku birenge bya Yezu,abihanaguza imisatsi ye,agumya kubisoma,anabisiga umubavu.

Umufarizayi wari wamutumiye,ngo abibone,aribwira ati « Uyu muntu,iyo aba umuhanuzi koko aba yamenye uyu mugore umukora uwo ari we,n’icyo ari cyo:ko ari umunyabyaha.

Yezu araterura,aramubwira ati « Simoni,mfite icyo nkubwira. » Undi aravuga ati « Mbwira,mwigisha. » Yezu ati « Umuntu yari afite abantu babiri bamurimo umwenda;umwe yari amurimo amadenari magana atanu,undi mirongo itanu.Babuze icyo bishyura,abarekera uwo mwenda.Muri abo bombi,ni uwuhe uzarusha undi kumukunda? » Simoni ati « Ndasanga ari uwarekewe umwenda munini. »Yezu aramubwira ati « Usubije neza. »

Nuko ahindukirira wa mugore,abwira Simoni ati « Urabona uyu mugore?Ninjiye mu nzu yawe,ntiwansuka amazi ku birenge;naho we yuhagije ibirenge byanjye amarira ye,maze abihanaguza imisatsi ye.Ntiwampobeye unsoma;naho we,kuva aho yinjiriye mu nzu,ntiyahwemye kunsoma ibirenge.Ntiwansize amavuta ahumura mu mutwe;naho we,yansize umubavu ku birenge.

Ni cyo gitumye nkubwira nti:ibyaha byose uko bingana arabibabariwe,kubera urukundo rwe rwinshi.Naho ubabariwe bike, akunda buke.Nuko Yezu abwira uwo mugore ati « Ibyaha byawe birakijijwe ».Abari kumwe na we ku meza batangira kwibaza bati « Uyu ni muntu ki ugeza n’aho gukiza ibyaha? » Nuko Yezu abwira wa mugore ati « Ukwemera kwawe kuragukijije;genda amahoro. »

Nuko Yezu ashyira nzira,azenguruka imijyi n’insisiro,yamamaza Inkuru nziza y’Ingoma y’Imana.Ba Cumi na babiri bari kumwe na we.Hari kandi n’abagore bamwe bari bakijijwe roho mbi n’izindi ndwara;barimo Mariya bise Madalena,wari wameneshejwemo roho mbi ndwi;hari na Yohana mu ka Shuza,umunyabintu wa Herodi, na Suzana n’abandi benshi babafashishaga ibintu bari bafite. »(Lc 7,36-8,3)

Niba nawe umushakana umutima mwiza,uyu munsi arakubwira ngo « Ukwemera kwawe kuragukijije;genda amahoro ».Nuko icyumweru kikubere cyiza rwose.

By P.B

Imisatsi y’imiterano ko isigaye ibereye Nyakabwana!

Abazungu bageze kure.Urwo bakunda imbwa zabo rurahanitse.Uyunguyu yabonye ukuntu abagore n’abakobwa b’Abirabura baberwa n’imisatsi y’imiterano bakemera ikabahenda,biramutangaza.

Aho abagabo na bo basigariye bayitendeza muri mode y’amadredi,yasanze ari ibintu byiza agomba kugurira Alfred,imbwa ye imuhora iruhande.Ni yo yabaye cadeau ya anniversaire!

Kuri uwo munsi yarayisohokanye bisanzwe hamwe na bagenzi be bafite bene ayo matungo. Bamwe bati « Dore igitekerezo kizima!Nanjye iyanjye ngiye kuyakorera(amafaranga) nyambike nk’iyi pe! » Naho abandi bati  « Kuki atayihaye ya misatsi y’irende nk’iri ryacu ko ari ryo rijyanye n’uruhu rwayo ? »

Mu gihe bari bakiyitangarira,umusore w’Umurasta arahahita, yifoye cyane n’inkumi ye, bose bagenda bahengura bongera bahengeka iyo misatsi yabo.Nuko na Alfred azunguza umutwe,imisatsi irikaraga, maze abari aho amashyi ngo kacikaciii!!Abandi ngo bahindukire,batangira gushyira ingofero mu mutwe.

Ibi byari bikwiye gutuma benshi basubira kuri ya misatsi y’imimerano kandi bikabatera ishema.N’ubwo yaba yayindi yo ku rugamba(cheveux en bataille) yo ni umwimerere ku buryo ari ntaho bazasangirira na yo na Nyakabwana.

By P.B

Abagore bacuruza Isambaza bategereje rya terambere

Bamwe twatangiye aka kazi muri 2005. Twashishikarijwe kujya mu mashyirahamwe ngo ni bwo inkunga zizatugeraho vuba.Nyamara uko iminsi igenda iba myinshi niko ayo mashyirahamwe agaragaza ibihombo akanatera ubukene.

Isambaza 1Kubera igishoro kidahagije,natwe dusa na ba bazunguzayi b’i Kigali biriranwa udutebo tw’imbuto ku mutwe.Buri wese asigaye acunganwa na ya minsi itatu mu cyumweru umunyamuryango yemerewe yo kwirwariza ngo abone icyo kuramiza abe.Nuko amabase akerekana uko ubushobozi bungana.

Na Banki na zo bimaze kugaragara ko zikorana n’abakire.Abantu baciriritse nkatwe ntawe uba abitayeho.Duheruka dutanga imishinga ngo amafaranga arahari,tugategereza tugaheba,uwari wakoze imibare ikamupfubana.

Uretse n’ibyo,aha hantu ducururiza na ho nta mutekano nta n’isuku.Izuba rirarasa rikatumena agahanga,imvura yagwa ikaduhashya.Icyiza cyaho ni uko hegereye  umuhanda ku buryo kuhagera byoroshye.

Mu mwaka wa 2012,abayobozi baradusuye batwizeza inyubako zijyanye n’igihe.Uko bagenda basimburana ni nako byibagirana.Wagira ngo babivuga mu magambo gusa,ntaho byanditse.Ubaza abashya bakagushibura ngo ibyo ntabyo bazi.

IsambazaNtitwabura gushima ko aho kumishiriza isambaza hakozwe, ariko twebwe turacyategereje ibyo byiza by’iterambere.Gukorera kuri aka gasozi nta mutekano na mba biduha.Yewe n’Abakongomani baba batunnyega ngo ku irembo ni ho hagaragaza iterambere ry’umugore n’urugo atahamo.

Kandi koko turi ku irembo no ku mupaka. Kutubonerana no kutunyaga biroroshye. Ntitwirengagije n’isuku y’ibicuruzwa byacu yagombye kugaragaza isura nziza y’u Rwanda.Buriya se tuzategereza kugeza ryari?Iyi Mpeshyi iradusiga amahoro kuri iki Kivu?

By Ingabire Gihozo Latifa/Rusizi.

Wamenya ko karimo umuti n’ubwo ari kabi?

Uwagakubita amaso ntiyakasamira.Nyamara aka gasimba ko mu bwoko bw’ifuku-mbeba itagira ubwoya(rat taupe nu) ngo kibitsemo umuti abantu bataramenya.Utwoya duke hafi y’amaso no ku murizo ni two gakesha guhindura ibyerekezo(sens de l’orientation).

Kimwe n’izindi ngugunnyi zose
(rongeurs),kibera mu mwobo mu bushyo bushyize hamwe mu rwego rwo kwitunga.Buri shyo riba riyobowe n’ingore(reine, nk’inzuki)ariko y’inkazi(nk’intare) ku buryo iyo yishwe, n’izindi zirayikurikira cyangwa zigatwarwa bunyago.

Ubuzima bw’aka gasimba na none bufite ibintu by’umwihariko bishishikaje abashakashatsi. Icya mbere ni ukuba kaboneka gusa mu bihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo n’Uburasirazuba (Somaliya,Ethiopiya,Kenya) ku buryo hakibazwa impamvu.

Igisumbyeho kurusha ibyo ni uko ubwako katumva ububabare na gato(insensible à la douleur).Ngo uruhu rwako rwikusanya (élastique)n’iriya minkanyari bifite ukuntu birinda kanseri zikunze gufata utundi dukoko. Ngo ni ho icyizere cy’abaganga gisigaye mu gufasha umubiri w’umuntu kurwanya kanseri bagahereyeho.

Si ibyo gusa kandi ngo kuko ari aka mbere mu kuramba(longévité).Mu gihe imbeba(souris) itarenza imyaka 4,ifuku(taupe)zikageza kuri 10, ngo kariya ka « rat taupe nu » gakabakaba muri 30.Ngo iyi myaka ikaba ingana na 600 ku muntu(échelle humaine).

Kuba kadapima ibiro byinshi(28g-1,5kg)cyangwa ngo kabe karekare cyane(8-30cm), kuriya kuramba abashakashatsi bakubonamo igisubizo mu kurinda ibitera abantu gusaza vuba(guérison contre le vieillissement).

Ikibabaje ni uko umurima utwo dukenya tugezemo nta gusarura.Ngo buri tsinda(colonie)riba rigizwe hagati ya 70 na 300.Bamwe batega amafuku baba babonye akazi.Ariko buriya hari abavuga ngo si ibiryo(nk’uko hari abicwa na bwaki kandi amafuku yuzuye intungamubiri abamarira imyaka mu murima!) kandi karimo n’umuti.Ntihari abicwa n’inzara bazira kunena?

Isomere nawe: La bête la plus moche qui nous guérirait

By P.B

Yabyaye batatu ,none arasaba inka yo kumukamirwa!

Burya koko ngo « Izina ni ryo muntu ».Imana yamwihereye abana,ariko ntashoboye kubarera.Hashize hafi ukwezi Mbonizanye abyaye abana batatu atanagira na Mitiweli.

Umugabo we duhora tumubona yiruka ku biro by’Umurenge gushaka imfashanyo.Ubuyobozi bwamwijeje ko buzamufasha,bukomeza kuvunira ibiti mu matwi.

Nyirabatatu na we yiryaga icyara ngo buriya gahunda ya Girinka noneho igiye kumugeraho.
Sinzi niba atariyibagizaga ko ibintu bijya aho ibindi biri.

Icyakora n’ubusanzwe muri aka Karere ka Burera, abakene ni benshi bitangaje.Ni ibintu bigaragarira amaso ya buri wese.Abaturage bahingira kuramuka;nta mafaranga bafite.

Ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Murenge wa Rugengabari agomba kubakanga kugira ngo ingo zose zitamuhombokeraho kandi na we ari ntacyo azakura ku Karere.Burya abayobozi na bo ntibaba borohewe!

Umugabo wa Angélique ntiyahawe akazi muri VUP ngo kuko afite akarima yezamo uturayi two kurya.Nyamara ni byo byari kumufasha kubona udufaranga two kugura ibyo kurenza kuri ibyo birayi no gutanga Mitiweli.

Gusa nyine ngo « So ntakwanga,akwita nabi ».Umuyobozi w’Umurenge wa Rugengabari yemeza ko iyo Mbonizanye amwigereraho,ikibazo kiba cyarakemutse.Ariko ngo bitarenze tariki ya 15 kamena,inka izaba yabonetse.

Ntiwabona iyo Mana yizera iyimuzaniye,maze Mbonizanye akajya abwira izo mpanga, ngo « Gira amata mwana wa! » Turabikurikiranira hafi,nibigera kuri iriya tariki ntagikozwe,tuzabagezaho nimero ya telefone abashaka kumufasha bakoresha. Ejo atazabura inka n’ibiheko.

By Nyirakamana M.Chantal/Burera

Umusore w’imyaka 13 yemeje mwarimukazi!

Kurya ari impumyi,ngo urukundo rwaba rutagira imyaka y’ubuto cyangwa y’ubukuru.Uko byagendekeye uyu mwarimukazi w’Umunyamerika ni gihamya idakuka.

Alexandria Vera wimyaka 24 ntiyategereje ko umunyeshuri we arenza igihe.Ngo ku myaka 13,uwo musore yari akuze bihagije.Amezi 9 yose yashize bibanira nk’abashakanye(couple).

Ababyeyi b’uwo musore nta kibazo bari bafite ko umwana wabo yagira « une petite amie » wo muri urwo rwego.Ubwo iyo couple idasanzwe yabamenyeshaga ko mwarimukazi atwite, ibinezaneza byari byose ko umuhungu wabo atabatindiye kubabonera umwuzukuru.

Ibyo byishimo ntibyamaze kabiri kuko ibigo birengera abana(batari abakobwa gusa !)byahagurutse bigahagarara.Alexandria yabonye bikomeye, yiyemeza gukuramo inda no gusibanganya ibimenyetso ajya kure y’ishuri rye.

Yamaze igihe yarabuze.Nyuma yaje kwishyikiriza Polisi.Ntiyagiye imbokoboko gusa kuko yitwaje ibihumbi 100 by’amadolari kugira ngo azaburane ari hanze.Ishuri na ryo ntiryatinze kumuhagarika ku kazi.

Nyamara abize kuri icyo kigo cya Houston(Texas)yigishagaho,bavuga ko yari umwarimu mwiza(cool),utigora na gato.Yewe n’iby’urukundo rwe ntiyabihishaga.Ese ,n’ubwo na we yari akiri muto,yaba yaribeshye ,akibwira ko umuhungu wese ari umugabo?

Byisomere: Elle tombe enceinte de son élève de 13 ans

By P.B

%d blogueurs aiment cette page :