Gukebwa cyangwa kwisilamuza ku itegeko si ukwica itegeko?

Mu Rwanda, hamaze iminsi haradutse umuco wo gukebwa. Abagabo benshi bashyizweho igitutu ngo ni wo mwambaro ugezweho ku bagabo bagira isuku.

Kera, ibyo bintu byo gukebwa byitwaga « kwisilamuza » kuko byari bigenewe abo mu idini ry’Abayisilamu.Bityo,hari ibibazo dukwiye kwibaza:aho iri tegeko ntiryaba ryaraje kwimika iyo migenzereze y’iryo dini ngo ihinduke undi muco nyarwanda?

Reka tunavuge ko ikigenderewe ari ikintu cyiza!Ngo ni mu rwego rwo kwirinda ubwandu bwa Sida(birashoboka).Niba abo bagabo baba bemeye koko ko baca inyuma abagore babo,ese baba basobanuriwe ingaruka ku mubiri no ku mubano w’abashakanye nyuma yo gukebwa?

Imibare ni nk’iy’isiganwa

Ngo mu mwaka wa 2014 abarenga ibihumbi 300 bari bamaze kwikebesha.Hari abemeza ko ari ku bushake kuko henshi bidakorerwa ubuntu.
Ubishaka yishyura hagati ya 20000frw na 50000frw.Kandi koko ntiwagura ikintu utashimye cyangwa kitagufitiye akamaro(droit de la consommation).

Ese muganga ubikora nta ndwara agiye kuvura(opération non thérapeutique) ,aba yiteguye kwirengera ingaruka
(responsabilité médicale) mu gihe bikomeranye
(complications) uwo yakuyeho agahu(ablation du prépice)?

Nta ndishyi z’akababaro

Tutitwaje ko nta bushakashatsi burakorwa cyangwa ngo hagire abatanga ubuhamya ko byababereye bibi nyuma yo gukebwa,aho ntababihisha ngo ibyabaye byarabaye, ntibazagasubizaho? Ese ubundi babaza nde indishyi z’akababaro, bakishyurwa gute ibyo icyo gikorwa cyaba cyangije(réparation du préjudice)?

Ubutaha tuzasangira ibitekerezo kuri ibyo bibazo dushakira hamwe ibisubizo. Ntitwirengagije ko hari abumva bari mu kuri kugomba gukurikizwa nta mpaka cyangwa bagomba kubikurikiza uko byategetswe.Isomo rya mbere ryo kuri iki cyumweru rirabiduciramo amarenga.Dusome muri make uko byari byifashe:

« Nuko abantu bamwe bavuye muri Yudeya,baza bigisha abavandimwe bo muri Antiyokiya, bati « Niba mutigenyesheje(mutikebesheje)uko Musa yabitegetse,ntimushobora gukizwa. »

Nuko havuka amakimbirane n’impaka zikomeye kuri Pawulo na Barinaba bavuguruza abo bantu;ni ko kwemeza ko Pawulo na Barinaba hamwe nabandi muri bo,bajya i Yeruzalemu kureba Intumwa n’abakuru bikoraniro, bakabagisha inama kuri icyo kibazo.

Ubwo byose bamaze kubyumvikanaho,Intumwa n’abakuru b’ikoraniro biyemeza kwitoramo bamwe muri bo,ngo babatume i Antiyokiya kumwe na Pawulo na Barinaba…Byanogeye Roho Mutagatifu kimwe natwe kutagira undi mutwaro tubagerekaho utari aya mabwiriza ya ngombwa…Nimugire amahoro »(Actes 15,1-2.22-29).

Waba urangije utarumva itegeko muganga aba yishe?Biri mu nzira…

By P.B

Barabivuze(ibitekerezo by’abafilozofe):2.Platon et sa République

Le plus connu de tous les philosophes anciens,Platon(429-347 av.J.C)a fait passer ses idées à travers le personnage de son maître:Socrate.

Grâce à lui,il n’a pas seulement introduit la forme idéale de la République,il a démontré le plan de sa République dont l’achèvement est l’œuvre du philosophe(ami de la sagesse)-roi.

Sans interprétations ni commentaires,ces quelques extraits vous permettront de repérer son originalité et de comparer les situations (ou difficultés) susceptibles de conduire à l’échec même du philosophe-roi dans l’action politique (art de conduire la cité).
A. Artisans de la Cité-République:
Le philosohe et le tyranLe philosophe(roi) et le tyran

« Notre idée est de forger l’image d’une cité heureuse sans y réserver le bonheur à une petite élite,mais à l’ensemble des citoyens. Nous avons assez de talents pour mettre à des paysans le beau costume,les couvrir d’or,et les faire ensuite travailler pour le plaisir.Nous pouvons par ce biais donner le bonheur à tout le monde,et la cité toute entière sera donc dans le bonheur.

Les assistants et les gardiens de notre cru auront l’obligation physique et morale d’être les meilleurs artisans dans leur ouvrage propre,et cette obligation s’étendra aux autres citoyens à leur tour.Alors,la prospérité générale de la cité,son bon fonctionnement, permettront que toutes les classes reçoivent de la nature leur part individuelle de bonheur.Mais nos gardiens devront absolument garder la cité contre les envahisseurs clandestins:la richesse et la pauvreté » (Livre IV,420-421).

 

« La cité qui a pris un bon départ va comme un cercle qui s’agrandirait.Si la formation et l’éducation sont maintenues en bon état,elles produisent des natures saines;en bon état elles-mêmes,ces natures profitent en retour de l’éducation pour progresser,en particulier dans leur fonction génésique,comme on le voit en général chez les êtres vivants.Bref,le devoir s’impose aux responsables de la cité,de résister à toute corruption subreptice. » (Livre IV,§424)

« Voilà un petit groupe de sages,qui ont apprécié la douceur de leur bien et la bénédiction qu’elle représente.Ils voient bien assez en revanche la foule et sa démence, et comme rien ni personne n’est sain,pour ainsi dire,dans l’action politique,ils n’y trouvent pas d’allié qui vous aide à venir à la rescousse de la justice en gardant la vie sauve.

Ils se trouvent dans la position d’un homme qui tombe au milieu de fauves:il refuse de collaborer à l’injustice,mais il n’a pas non plus la force de résister seul contre tous aux prises avec des bêtes féroces.Il n’aura même pas le temps de rendre à la cité ou à ses amis le moindre service,et il aura péri avant de s’être rendu utile à lui-même ou à l’autrui.Le résultat de tout ce raisonnement est que le sage reste paisible à s’occuper de ses propres affaires,comme lorsque par mauvais temps les tourbillons et les paquets d’eau giclent sous le vent et qu’on se met au couvert de la muraille,à l’écart;il voit les autres s’enfoncer dans le mépris des lois,trop heureux lui-même s’il peut rester propre de toute injustice comme de tout acte d’impiété au cours de sa vie,pour avoir,quand il s’en ira,une belle espérance,sereine et amicale,au moment du départ ».(Livre VI,§496)

« Homme de tous les bonheurs,ne sois pas si radical dans les griefs contre la foule. L’opinion des gens évoluera,pour peu qu’au lieu de les agresser,tu les prennes bien,que tu démontes les accusations qui pèsent sur la vie intellectuelle:montre-leur à qui tu donnes le nom de philosophes;donne,comme nous le faisons présentement,une définition de ce qu »ils sont au départ et de leur profession,pour que les gens n’imaginent pas que tu parles des philosophes tels qu’ils se les représentent.Ce portrait fera évoluer leur opinion et il modifiera leurs réponses ».
(Livre VI,§500)

« Si tu découvres demain un style de vie préférable à l’exercice du pouvoir pour intéresser ceux qui vont exercer le pouvoir,tu seras en passe de voir naître une cité en bon état.C’est là seulement,en effet,qu’exerceront le pouvoir les riches véritables,riches dune richesse qui n’est plus l’or,mais qui consiste en ce trésor indispensable au bonheur,une vie de bien et de prudence.Mais que des miséreux,dévorés par l’envie d’avoir des biens personnels,parviennent aux affaires publiques dans l’idée que ces biens sont à disposition et qu’ils doivent s’en emparer,la vraie cité n’est plus possible:c’est la lutte pour le pouvoir qui passe à l’ordre du jour;dans les murs mêmes,une guerre intestine les détruit,eux et le reste de la cité. » (Livre VII §521)

*Entrée du tyran

« (Le tyran),les premiers jours,les premiers temps,il sourit à chacun;il salue tous ceux qu’il rencontre.Il refuse le nom de tyran.Il fait quantité de promesses privées ou publiques,où les dettes sont libéralisées,la terre partagée au peuple et à son entourage. Tout le monde bénéficie des faveurs et de l’amabilité qu’il affecte.

Lorsque ses adversaires,maintenant éloignés, ont été écartés ou détruits,et qu’il est tranquille de ce coté,ce premier travail est de monter des guerres:il faut que le besoin d’avoir un commandant militaire occupe le peuple . Et,j’imagine,il en est qu’il soupçonne de nourrir des idées de liberté qui les conduisent à refuser son autorité.Il trouve alors les moyens et l’occasion de les faire disparaitre en les livrant à l’ennemi.

Autant de raison pour que le tyran soit obligé de prolonger indéfiniment la guerre et son agitation.Toute son acuité devra passer à repérer le citoyen courageux,le généreux, l’intelligent,le fortuné.Et voilà son bonheur:à tous ces gens de valeur il devra nécessairement, qu’il le veuille ou non,déclarer la guerre et tendre des pièges jusqu’au nettoyage complet de la cité »  (Livre VIII,§566-567).

A suivre…

By P.B

Il était(épisode 1): Réfugié ou émigré

Réfugié ou émigré
Je ne suis pas un.
Bien accueilli ou dénigré
Je suis moins.
Je ne suis pas un homme.

Je ne suis qu’une paille sur la balance.
Je ne pèse que ce qu’il veut faire de moi
Celui qui m’accueille.

Ma valeur dépend de ses besoins;
Il détermine la mesure.
Ma force est dans la soumission
Si tout est affaire de permission.

Veux-je bien comprendre les choses ?
Le mieux est de me rendre ridicule,
De me présenter comme une coquille
Pour l’œil qui cherche des failles.

Tiré au choix comme des fromages
Dont les étiquettes sont les gages
On a besoin des béquilles.

Attendre toute la matinée
Et revenir dans la journée
Pour cracher incivilités ?
Je suis moins un sujet qu’un objet.

Ni sujet de ma destinée
Mais objet de curiosité.
La bonne intention d’y séjourner
Se transformera en total rejet.

By P.B

Ko umwana w’ikinyendaro atera umwaku!

Bimaze kuba nk’icyorezo.Nta gasozi ka hano mu Rwanda utasangaho abakobwa batagira umubare babyariye iwabo batarageza ku myaka 18.

Uganira na bo ugasanga abababyarira banganya imyaka na ba se.Ibi byanteye kwibaza nti ariko ubundi aba bana babemerera byagenze gute?Abo basaza bo se babiterwa n’iki?

Ni amayobera!

Hano iwacu muri Nyamsheke,nko mu Kagari kamwe ushobora kuhasanga abarenga 50.Ahaboneka udusantere tw’ubucuruzi n’abamotari,uyu mubare ushobora kwikuba na gatanu.

Impamvu ngo ni uko twe abamotari twagowe kimwe n’abakora muri butiki ngo tugira imvugo zigera vuba ku mutima w’abo bakobwa.

Na none ariko ngo hari n’abasaza baba bibitseho ifaranga,rimwe na rimwe batabanye neza n’abagore babo.Abangavu na bo bakaba bakeneye cash ifatika ngo barusheho kwiyitaho.

Kubera ibibazo bitagira urugero, ababyeyi babaha bagera cyangwa na bo akaba ari ntako bimereye,barabuze uko bigira.

Ibigo by’amashuri biratungwa agatoki

Muri ibi bihe, ibigo by’amashuri bisubiza abana iwabo ngo bajye kuzana amafaranga y’ibintu ibi n’ibi(dore ko ibyasimbuye minerval ari uruhuri).

Abana baba bazi ko basize mu rugo inzara inuma. Bagakata amakorosi kakahava na « number » za ba bosi zigacicikana.Bene kurya na bo bati murakaza neza mboga zizanye!Bakabacumbikira kugera basubiye ku ishuri.

Hari ubwo n’ay’umwe aba adahagije.Umwana akazenguruka mu bipangu nka bitanu cyangwa bakamurarana mu mahoteli atandukanye.Agasubira ku ishuri yumva ari nta kibazo.

Iyo asanze yarasamye, no ku ishuri bakamwirukana,ni bwo atangira kwibaza no kwicuza.Ngo icyo umuntu yanga koko ni cyo abona!

Yangaga kwicara no kureka ishuri kubera ubukene bw’iwabo,none agiye kwicarayo na bo batamushaka ngo umwana w’ikinyendaro atera umwaku.Azatakira nde ko yasangiye na benshi?

Si abana b’abakene bibaho gusa.Umukobwa wa Pasiteri ntiyarusimbutse.Yari arambiwe ikiziriko cy’amasengesho ya se.Bagenzi be bamenyereye umujyi baramusohokanye ngo na we agiye kumva uko bimera.

Aho abereye ak’icyiga kurunga cyambara indosho,Pasiteri yacishije make.Ntakivuga ko ikibazo cy’ibinyendaro ari ababyeyi batita ku bana babo.

Iyi nyigisho yayiducengezagamo buri cyumweru: « Urubyaro rukomoka ku binyendaro ntaho rushingiye,kandi ntiruzahamya imizi ngo rukomere…kuko abana bavukiye mu busambanyi bazagaragaza ububi bw’ababyeyi babo« (Ubuhanga4,1-6). Byararangiye ntakiyigarukaho.Ntiyakwitunga agatoki.

Umaze kubyara na we ntaba akirebeka. Uwamubyariye aramwigarika ngo nta soni umuntu nka njye…!Yamara gutora akabiri no kugarura agasura,byose bikibagirana, bakongera.Ni ikibazo.

Baracuye

Ubu barasaba inzego zibishinzwe kwandikisha abo bana batagombye gucibwa amande ya 2000 frw.Mperutse gusanga batakamba ku Murenge nk’abasaba imfashanyo!Ni bwo nabonye ko uburenganzira bw’umwana bukiri kure.

By Kaneza Japhet,Nyamasheke

Imvura yabaraje rwa Ntambi

Muri Nyabihu,abantu 6 bamaze guhitanwa n’imvura.Ibyangiritse na byo ntibigira umubare.Uku kwezi kwa kane kwarabaziye.Byabaye agahomamunwa kuri iyi tariki ya 20 Mata.Abatapfuye cyangwa ngo bakomereke barasuhutse.Bari kurara rwa Ntambi ku gasozi.

No mu Karere ka Rutsiro(Umurenge wa Kivumu) na ho kuri uyu wa kane tariki ya 21 mu ijoro,inzu zabagwiriye baba nk’abaguweho n’ijuru.Bane bahasize ubuzima,barimo abana batatu.

Kandi abashinzwe iteganyagihe(météo)bemeza ko mu kwezi kwa Gicurasi imvura izikuba nka kabiri.Mu gihe bagitegereje ubutabazi bwo mu nzego zo hejuru(batazi igihe buzabagereraho),abaturage baratabarana baririra ababo n’imyaka yabo.Imvura

Nta gushidikanya ko n’inzara izakurikiraho izaba ari injyanamuntu.Ntituzi uko bizagenda.Naho amazu yasenyutse,no kongera kubaka bundi bushya,ni ikindi kibazo.

By Gashirabake Esron,Musanze

Njyewe nawe(séries):8.Igitinyiro

Ikiriza ijisho ntikiba gito
Nk’umumaro wa kirazira.
Wakwirengagiza akamaro k’akadomo
N’umwanya wako hagati y’interuro ?
05.Ibintu byose bigira iherezo
Kandi ubwabyo ari n’ihurizo.

Narebye inzuki ndetse n’inzukira
Nitegereza icyo zicyesha umukiro
N’inkomoko y’igitinyiro
10.Kitagera hose ngo kizibere.

Inzuki zirakundwa zikanatinywa
Inzukira bakazibukira.
Ntibyaba biterwa n’aho zitaha ?
Haba hamaze iki ntakirimo ?
15.Mu muzinga abuzemo ubuki
Umuvumvu yakunda izo nzuki ?

Hehe no kurabukwa ubwiza bw’indabyo
Zikesha umushyikirano n’inzuki.
Ntawe ubitekereza azitegura
20.N’iyo azibonyeho arazihuta
Akazihungura akazihuha
Zaba nyinshi akazihunga.
Ntizimuvirira zitamudwinze
Zikamucengezamo urubori
25.Zigata ubuzima zitabaara.

Inzukira zo ziratumuka
Nta huriro nta n’intaho
Ni nk’umuyobozi utakiburamutswa.

Ufite ubutegetsi agira igitinyiro
30.Bakamutegurira ibyotezo
Bakamurata bakamutaka
Akanyungutira icyo cyubahiro
Mu ndirimbo z’urwiririza.

Ntukabone yabuteshejwe
35.Ategereje icyuhagiro.
Aho yageze bamuha impundu
Ahahurira n’induru
Z’abamurwaniraga inkundura.

Nta nkunze nta n’ukuzi.
40.Iyo wugarijwe n’iyo miziro
Uwapfukamaga arahaguruka
Uwaguhekaga agata imijishi
Uwagutinyaga agatinyuka
Kugukoza agati mu jisho.

45.Umujinya ntacyo uba ukimaze
N’amarira si igisubizo
Cy’ibibazo utigeze wibaza.
Ibumoso cyangwa iburyo
Ntukibifitiye uburyo
50.N’abandi babonye ibiryo.
Iguye igerwa amahembe
Ba nyirayo ntibahunge igihombo
Gahoro gahoro bakegama iruhande
Nta n’utuzi aho ku ruhimbi
55.Rw’abakuriye mu muhimbo.

Uwari Koroneli barakurubana
Kaporali akamwicara ku matwi
Ibyegera bigata umutwe
Abari kure bati nimwumve
60.Ibyago bisangiwe uko biryoha
Twebwe byatubereye ifunguro
Ubwo mwatugiraga abanyabyaha
Baryoherwa n’ibyahi.
Ngiyo ya nzira itabwira umugenzi!
65.N’uwahaciye yigenza
Biramucanga bikamurenga
Ntabe akigize ikirenga.

Abamukuriraga ingofero
Na bo bagakuraho agahu
70.K’agahari gahabwa agahini.
N’ako ni agahinda
Katagutereza impinga.

By P.B

Virus ya Zika ntiyaba ari intwaro y’amajyambere?

Inkeke zikomeje kwiyongera ku ngaruka n’impamvu za Virus ya Zika. Ubushakashatsi bwasohotse muri uku kwezi kwa kane bwagaragaje ko Zika idateye ubwoba gusa ahubwo ari n’ikibazo.

Ni ikibazo kuko itagiterwa no kuribwa n’umubu gusa.Ubu noneho igeze no kwandurira mu mubano w’ababana bakorana imibonano y’ibitsina bisa(homosexuels).Ibi byose bitera bamwe kwibaza impamvu nyayo y’iyi virus n’ako izakururira isi.

Intwaro gahinyuzabagabo

Muri Amerika,hari ibihugu bibiri byonyine Zika itateraga impungenge bitewe n’imiterere yabyo.Ibyo bihugu ni Chili na Canada.Nyamara vuba aha muri Chili higaragaje ibimenyetso by’umubu utera Zika.Na Canada na yo iryamiye amajanja.

Ku rundi ruhande,ibihugu Zika yiganjemo bihuriye ku kintu kimwe gikomeye ku rwego mpuzamahanga ariko gishingiye ku myemerere no ku mico.Icyo kintu ni gahunda zo kuboneza urubyaro no gukuramo inda (contraception et avortement)zishyigikiwe n’ibihugu by’ibinyamaboko(Grandes puissances).

Urugero rufatika ni igihugu cya Brezili.Ngo Itegeko Nshinga ry’iki gihugu ntiryemera gukuramo inda,uretse mu gihe cyo gukiza umwana cyangwa umubyeyi. Kubirengaho ni icyaha gihanwa n’amategeko.Ariko se hakurikijwe urwego Zika igezeho yibasira abaturage,byakomeza gutyo? Bazitwaza iki bahakana iyo nzira y’indi y’amajyambere?

Kuba gutsimbarara ku mico bishoboka, ni ho bamwe bahera batekereza ko hari hakenewe indi ntwaro nk’uburyo bwizwe neza bwo guhindura iyo mico n’imyemerere kuko ubundi buryo bworoshye(mesures douces)bwari bwarananiranye.

Muri iyo nzira yo guhindura  amategeko n’imigenzereze itari yoroshye,Zika irenze kuba gahinyuzabagabo gusa. Uretse n’ibyo,ishobora kuba n’intwaro y’iterambere ryizwe neza.Imijyi yarangwaga n’akajagari (bidonvilles)izikubita agashyi mu kongera isuku…

Intwaro y’irindi terambere

Biragaragara ko Zika atari indwara y’icyorezo gusa ahubwo ari n’intwaro y’iterambere yizwe neza.Icyo duheraho tuvuga ibyo ni uko mu mwaka wa 2013 Ubwongeleza bwakozeumubu OX513A  w’ingabo (génétiquement modifié) wagombaga kugabanya ubukana bw’imibu y’ingore itera Zika(par accouplements).Zika2

Uwo mubu w’umukorano wakwirakwijwe na Sosiyete Oxitec GM ikora imiti.Ngo wagombaga gutuma Zika igabanukaho 95% mu gace ka Itaberaba mu mujyi wa Juazeiro aho Zika yashinze ibirindiro, n’ahandi.

Ibyo bateganyaga rero si ko byagenze kuko yahinduye isura.Icyo bari bitezeho igisubizo cyabyaye ikindi kibazo.N’ubwo bimeze gutyo,iyo nzira(moustique génétiquement modifié) hari abakiyifitiye icyizere.N’akataraza kari inyuma.

By P.B

La grâce de l’appel

Ce quatrième dimanche de Pâques est dédié à la prière des vocations.Le thème retenu est: « L’Église,mère des vocations ». Pourquoi au pluriel? Parce qu’il s’agit de la vocation à la prière et de la vocation à la mission.C’est ce qui ressort de la première lecture(Actes 13,14.43-52): « …Paul et Barnabé parlant avec eux(les convertis)les encourageaient à rester attachés à la grâce de Dieu ».

Il faudra de l’encouragement,car, dans chaque vocation(maritale , religieuse ou professionnelle),la jalousie et l’agitation ne manqueront pas d’envahir les cœurs même des gens qui adorent Dieu et des notables de la cité ou de l’entreprise, de la paroisse ou de nos clochers.

Il est donc important, pour chacun ,de découvrir la grâce de l’appel.Aussi souhaité-je vous partager ces quelques vers:

Ton appel Seigneur
Est un perpétuel réveil.

Il revêt l’homme de tant de grâces
Pour qu’il se déplace vers sa place.

Tu t’es approché de lui
Moyennant son oui
A ton appel qui le réveille
S’il ne bouche pas ses oreilles.

Cela affermit son espoir
De te rejoindre un jour agréable
De séjourner et te voir
Dans tes demeures ineffables.

Conscient de sa petitesse
En face de ta bonté magnanime
Il pense à ta volonté
De valoriser comme richesse
Les différences qui l’animent
Dans ses relations avec l’autre.

Cet autre qui est à considérer
Comme un frère aimable
Avec qui manger à la même table,
Un frère à soutenir dans le malheur.

Un frère avec qui vivre ensemble,
Un frère
Avec qui se réjouir dans le bonheur
Avec qui coopérer et collaborer
Pour élaborer un avenir meilleur.

Un frère
Qui n’est ni un ennemi à honnir
Ni un ennemi à clouer au pilori
Ni un ennemi
A chasser à belles dents
Ni un ennemi
A souhaiter la disparition
Ni un ennemi indésirable
Comme un chiendent.

Oui ! Ton appel
Réveille et interpelle
Chacun à vivre dans la vérité
Pour que ceux Tu appelles
Dépassent leur incrédulité
Et passent de leurs chemins iniques
Vers le Chemin du Père unique.

Ceux qui veulent approfondir le message de  cette journée,ils peuvent lire aussi l’Évangile(Jean 10,27-30).

Je vous souhaite un bon dimanche, là où vous unissez toutes vos prières.

By P.B

Njyewe nawe(séries): 7.Akumiro

Impuruza ya Muhabura
Hari abo yataye Ruhabo.
N’ubwo abarinzi b’iyo Ngoma
Bariho kandi bahoraho
05.Ntibizabagwa ubuhoro
Bararushye uwa Kavuna ;
Itabaro ryabagize inkomere
Bahigikwa bagifite inkovu
Ngo ni uko baturiye I Kivu!

10.Uwahawe umukoro
Wo guheka umukore
Iyo agororewe kunama
Yegereje ikivi
Ubuzima buba akumiro
15.Ahateguriwe abakungu
Hagacanirwa inkungu;
Ntawe uba akimugira akanama
Ngo nta mahuriro n’inkunguzi
Zitahira iy’Ibisumizi.

20.Ye Rwiririza rwa Sibo
Mu bisabo biresa ibisebo
Hazasubiramo isa?

Ugeze kure ntabura ikirego
Nta n’umubonera ikirago;
25.Bibuka isezerano
Batera indirimbo
Zo kumusezeraho
N’indabo ku irimbi
Batonze umurongo
30.Amarira ari ngayo
Atagira uko angana:
Isasire uberwe
Usize rurese!

Bakarenzaho utwondo
35.Dukora ikirundo
Nk’uwari ikirumbo.

Uwo bapfuye agasoni
Basunikiraho ka sima
Bagafunga bagahamya
40.Ngo umuzimu utazabahama.

Ngicyo icyicaro cy’ivuriro
Ry’abatagira kivurira!
Hababera ivubiro
Ry’ibyuma bibakingira
45.Icyangiro n’ikiziririzi.

Mbe Sano ya Rugina wazize iki
Ko batakikuvuga mu izina?
Ntacyo mbaye ntacyo ndeba
Uko meze kose birabareba.
50.Nta gupfana ubworo kirazira
Warageze I Songa na Kibirizi!

Urambiwe amazimwe
Yitahira kare
Adashungerewe n’abadamazera
55.Yiyambariye wa mwenda wa Adamu.

Natagera n’imuhira
Icyo yishakira ni amahoro
Kure y’abamwanga uruhenu
Mu bipangu byo kwa Mpanguhe.

60.Ubwo n’imva isigaye ihenda
Azasiga n’imyenda
Abuzukuruza bazishyura
Nk’abasangiye umuruho.

Koko ugiye aba yihuse
65.Ntazatinda kwibagirana
Na ya mazina agasibama
Ngo nta nkuru nziza iba ikuzimu.
Hirya hariya  bagasigara baseka
Ngo genda rwiza nawe wote
70.Kuri wa muriro waducaniye iteka.

By P.B

Barabivuze(ibitekerezo by’abafilozofe):1.Marc-Aurèle

Sans avoir écrit des livres,la vie peut avoir fait de toi un philosophe!Avec ceux qui ont écrit (ce qu’ils ont vécu et expérimenté),tu trouveras ton compte.C’est parti avec Marc-Aurèle.

Homme politique(de 121 à 180) et philosophe stoïcien(accordant plus d’importance aux vertus et à l’instant présent de la vie),Marc-Aurèle a mis la philosophie au service de l’Empire romain.Sous son règne ,c’était la période de la « Pax romana ». Lui, il disait:

  • « Quand tu devrais vivre trois fois mille ans,et même autant de fois dix mille ans,souviens-toi pourtant que nul ne perd une vie autre que celle qu’il vit,et qu’il ne vit pas une vie autre que celle qu’il perd.Par là,la vie la plus longue revient à la plus courte.Le temps présent ,en effet,étant le même pour tous,le temps passé est donc aussi le même,et ce temps disparu apparaît ainsi infiniment réduit.On ne saurait perdre,en effet,ni le passé,ni l’avenir,car comment ôter à quelqu’un ce qu’il n’a pas? » (Livre II,XIV)
  • « N’use point la part de vie qui te reste à te faire des idées sur ce que font les autres,à moins que tu ne vises à quelque intérêt pour la communauté.Car tu te prives ainsi d’une autre tâche,celle,veux-je dire,que tu négliges en cherchant à te faire une idée de ce que fait tel ou tel,du but qu’il se propose,de ce qu’il dit,de ce qu’il pense,de ce qu’il combine et de toutes les autres préoccupations de ce genre,qui t’étourdissent et t’écartent de l’attention que tu dois à ton principe directeur. » (Livre III,IV)

  • « La cause universelle(la nature)agit comme un torrent;elle entraîne tout.Quels êtres vulgaires que ces petits hommes qui jouent les politiques et s’imaginent agir en philosophes!Ils sont pleins de morve.O homme,que fais-tu?Fais ce que ta nature présentement exige.Décide-toi,si tu le peux,et ne regarde pas si on te verra.Ne t’attends pas à la république de Platon,mais sois satisfait du plus petit progrès,et ce résultat,ne le considère pas comme petite chose.Car, qui pourrait changer les principes des hommes?Et,sans changer leurs principes,que leur reste-t-il,sinon le joug qui pèse sur des esclaves qui gémissent et font semblant d’obéir? » (Livre IX,XXIX)

    (Extrait de Marc-Aurèle,Pensées pour moi-même.Manuel d’Epictète,Garnier-Flammarion,Paris,1964 )

A suivre…

By P.B

Njyewe nawe(séries):6.Hari hehe?

Mu rugo rw’umugore
Cyangwa umugabo
Aho umugabo ataraba umugore
Umugore ngo yibere umugabo
Baraakirana mu mubano
05.Bagakirana bigatinda.
Karwera na Rwirungu
Babishyize kuri uwo murongo.

Rwirungu:

Yewe yewe ga Karwera
10.Hari inabi njya mpora numva
Ngashira numva ngakomeza impanga.
Ko uvuga ijoro ryose ntunarangize
Uba wibwira ko ndi impare ?

Karwera :
15.Harya ni njyewe cyangwa ni wowe?
Nyirabayazana abaye njyewe?
Yewe!
Inabi ngira nyiterwa nawe
Niba uyumva ubwo ni ko ireshya.
20.Ko wayinshyizemo mbigire nte ?
Ndode iminwa yanjye n’uru rurimi
Ni bwo uzakunda ibisigaye ?

Sinirengagiza ko bigutonda
Birakwibutsa ngo uzane amazi
25.Kandi urabizi mbanashyiditse
Nshaka uwo ntuma ngo idashirira.

Rwirungu:

Ubivuze ukuri ubwo niko ugabura
Igaburo ryanjye ni imisigara.
30.Reka nsiganuze nk’abana
Ntugire ngo ndarengera
Ni ukurengera rya banga
Ryibagiranijwe n’amashyushyu.

Njye ngera ku meza nkanure amaso
35.No mu gikoni mpaka gishyushye ?
Imigendere nk’iyo ni ukujugunya
Iratunyuranya muri iyi myaka.

Twibukiranye hari hehe
Hamwe twahuriye urya munsi
40.Tukamenyana tukiramukanya
Ku bw’akazina nkaramya Iyera
Nkaba nkangwa n’Iyirabura.

Kuri wowe ho ikibazo si icyo.
N’ubwo ntegereje rya jambo
45.Nka rya rindi ryo mu ntango
Natangara utanyitaje.
Ubwo witoje no kuvugiriza
Utegereje ko ngusabiriza.

Karwera :
50.Mutware nawe menya aho tugeze
Inyuma aho ngaho si aho gusubira
Sinkikugerekaho uwo mutwaro.

Dore yombi narayateguye
Iyo nyiturano ntisanzwe
55.Mu matahiro y’itetero.

Niba utakiri mub’i mbere
Mbarira ibindi ubundi umbabarire
Uri ahandi nturi uwanjye.

N’ubwo twese turi iw’abandi
60.Ku kabindi aho rwahiye
Intama n’umuheha ntibitana
Mu itama rya Muhutamisa
Utaruhuka adashije inyota.

Rwirungu:
65.Karwera sinzi ko ushaje
Byo kuntoza ibyo gushishoza
Cyangwa ngo witware nka Nyirantabwa.

Gira bwangu ukore aho hantu
Agatima kawe ntikahayobewe
70.Hamwe ikime gihora kimerera.

Karwera:

Rwirungu uhorana irungu
Ibyawe byose ni amayobera.
Aho hantu haranyobeye
75.Tuzasubira waramutse neza
Ni bwo umuntu yamenya hari hehe
Aho hantu tudaherutse.

Rwirungu :

Karwera mugore mwiza
80.Ufite umwijuto wo ku mwero
Sinatekereza kugutsinda
No kugusenda uzi ko ntabirota.
Dukubiteho tubiri ubu buracyeye
Icyo nashakaga cyari icyo
85.Kumenya neza hari hehe
Hahandi tunogerwa twembi.


Search Engine Submission – AddMe

By P.B

Abantu ntibakubuza kumvira Imana?

Hari ku cyumweru.Kamali na Clémentine bari biteguye kujya gusenga.Mu gihe batekerezaga guhaguruka,bumva ku rugi ngo kraaa,kraaa!Incuti zabo batari baherukanye ziba zibagezeho zitabateguje.

Bakingura mu nda byanga,ariko barihangana.Baraganira biratinda,basanga batazinduwe n’ubusa.Umugore n’umugabo bari mu nzira zo gusenya kandi ari abantu basenga Imana, abandi bagafashwa.

Nuko babasaba kubasengera mu Izina rya Yezu.Bene urugo barabyemera,barambura Bibiliya basangira Ijambo ry’Imana,bayereka imitima yabo.Barangije barateka, basangira n’ibindi byiza.

Ku cyumweru cyakurikiyeho na cyo nticyabahira.Kare kare Inkeragutabara zazindukiye ku miryango na ba bantu b’utugoma n’utudebe ,ngo zirahururiza inama(zitwa ibiganiro) ku Murenge, yo kwakira abategetsi babagendereye.

N’uwo munsi ntibaba bakigiye ku rusengero.Birirwa mu nama kuva saa tatu kugera saa saba.Bakomereza mu yo mu Mudugu kuva saa saba n’igice kugera bwije(saa kumi n’imwe n’igice).Bataha bitotombera iyo

Gutinya amande cyangwa inkoni ntibyatuma utera Imana umugongo ariko ugakiza amagara?Ese hari uwahitamo gukora ukundi akabikira cyangwa bikamugwa amahoro?Amasomo yo kuri iki cyumweru yatwongerera inama.Reka dushakire nibura mu rya mbere ryo mu gitabo cy’Ibyakozwe ,n’Intumwa:

« Muri iyo minsi bazana Intumwa bazihagarika imbere y’Inama nkuru.Umuherezabitambo mukuru arababaza ati Twari twarabihanangirije dukomeje kuazongera kwigisha mwitwajero zina,none dore Yeruzalemu yose mwayujujemo inyigisho zanyu.Murashaka rero kuduhamya amaraso y’uwo muntu?

Petero n’izindi Ntumwa barabasubiza bati tugomba kumvira Imana kuruta abantu.Imana y’abasekuruza bacu yazuye Yezu,uwo mwishe mumumanitse ku giti.Ni we Imana yakurishije ububasha bwayo ngo abe Umutegetsi n’Umukiza,kugira ngo aronkere Isiraheli ukwisubiraho n’ibabarirwa ry’ibyaha.Turi abagabo bo kubihamya,twe na Roho Mutagatifu Imana yahaye abayumvira.

Nuko bahamagara Intumwa bazikubitta ibiboko,bazibuza rwose kongera kwigisha mu izina rya Yezu,maze barazirekura.Ngo zive mu nama nkuru,zigenda zishimye kuko zagize ihirwe ryo kugirirwa nabi,zizira izina rya Yezu.(Actes 5,27b-32.40b-41).

<P>Icyumweru gihire kuri buri wese.

<P>By P.B

Njyewe nawe(séries): 5.Iburyasazi

Ugiye iburyasazi azimira nzima
Yarabonaga zitamba agasesemwa!
Kutamenya uko zitegurwa
Ni byo byazamuraga iyo ngeso
05.Yo kuzinukwa utaranatamira
Ukazirikirwa ku irembo ry’iw’abandi
Kubera kwibagirwa ko ako kebo
Atari ako kujya kwa Mugarura.

Mugirwanake ntakibwirwa
10.Ko abakarekeye ku irembo
Bakirwa nta mahamba
Iyo batagenzwa n’umururumba.

Ukinjiranye ntiyihishira
Ntihashira imitaga
15.Ataragaragaza umuteto
Uzamubyarira igihombo
Muri wa mutego
Bamuteguriyemo igihembo.

Arirega agatambuka
20.Bakabura uko bamugira
Kandi nyine yabagezemo.
Ubwo na we akabigana
Akabikora bikaba umwaku
Uko yitanga nta rutangira
25.Bakamutorera kuba mukuru;
Koko iyo ntambwe ni iy’umukozi.

Nyir’umugara agirwa n’amaguru
Umwaga n’ubugome
Ntibyangana urugomo
30.K’utirengagije imigemo
Y’indorerwamo yireberamo.

Utaranigwa n’irobe
Ntamenya uburemere bw’ibiryoshye.
Iyo bamushyize ajya iyo
35.Agashya ntacyo yaruye
Uretse ibyo we yikururiye;
Ngo ntashishikajwe n’ibihoze
Iby’amateka yamushyize ku mutwe
Ntakibireba yarabihaze
40.Byamubereye undi mutwaro.

Aho ahindukiye umutware
Utari uw’imisozi cyangwa umukenke
Binogereza isa ry’ iz’amariza
Yabaye nk’ukindikijwe umukindo
45.Hari ubukire aba ategereje;

Kutavugirwamo no kutavirira
Ya ntego n’irya mihigo
Yagaragajemo urwe ruhare.
Asunika baseka ngo ni urwenya
50.Akabasiga yarabasanze.

Rukerikibaye ntakererwa
Ngo umuti w’ibitotsi ni umurimo
Akabi adakeneye ni umuruho
No mu misazire ye si isazi
55.Yo kumirwa n’abagenda basamye
Nka Runyamaswa ugira inzara
Ntabe akibuka kirazira.

By P.B

Wamenya ute ko umubyibuho wawe urenze urugero?

Hari aho babona umuntu ubyibushye bakamuha amashyi ngo yaratamiye cyangwa ngo ubuzima bwararyoshye.Ahandi bamurabukwa bakamuha induru ngo ni ikamyo ntakwirwa mu nzira.Urugero rw’umubyibuho ukwiye rwaboneka gute?

Urwo rugero ni urwagufasha kumenya niba umubyibuho ufite utazashyira ubuzima bwawe mu bibazo.Warumenya uhereye ku ngano nyayo y’umubiri wawe(Indice de la Masse Corporelle=IMC)n’igihe ukoresha ugenda.
Umubyibuho 1a)Ingano nyayo

Nk’uko tubikesha Doctissimo.fr, IMC ni uburyo bwizewe kandi bubereye buri wese uretse abagore batwite cyangwa bonsa,abari mu zabukuru(séniors)n’abakora imikino y’ingufu(ku mpamvu zumvikana zijyanye n’ubuzima bwabo).

Ngo kumenya ibiro ufite ntibihagije kugira ngo ube uzi uko ungana by’ukuri.Ingano yawe nyayo ni igisubizo gitangwa n’ubwo buremere(kg)kugabanya uburebure (m)bwikubye kabiri(poids/taille au carré).

Tuvuge ko upima ibiro 80(kg),ukagira n’uburebure bwa 1,70m.Icyo gihe IMC yawe izaba ingana na 80/1,70×1,70=80/2,89=27,68.

Dukurikije ibisobanuro(interprétations) bya OMS,iyo igisubizo kiri munsi ya 16,5 umuntu aba afite ikibazo cy’imirire (dénutrition);yagera kuri 18,5 akaba ari mu gice cy’abananutse (maigres);hagati ya 18,5 na 24,9 ni mu rugero rwiza(normal).

Hagati ya 25 na 29,9 ni umubyibuho utangiye (surpoids) ;guhera kuri 30-35 ni umubyibuho urengeje (obésité modérée); hejuru ya 35-40 ni umubyiho ukabije(obésité sévère).Ibirenze 40 ni umubyibuho w’injyanamuntu (obésité morbide).Ishakire igisubizo cyawe rero!

b)Igihe ukoresha

N’ubwo bisa n’ibigoye kubara,ariko biroroshye gukorwa.Ahangaha ngo ushobora kureba igihe ukoresha ugenda metero 800.Ikigoye ni ukubara izo metero.

Niba ukoresha iminota irenze 3 mu kuzigenda, ukazirangiza wahagiye cyangwa uruhutse nka gatanu, umenye ko ugeze kure.

Fata ingamba zo kugabanya ibiro ugabanya iyo minota!Ariko se nibakubona wiruka,ntibazavuga ko wasaze?!Hari ubwo n’ubu buryo bwagufasha:http://www.maker.tv/lifestyle/video/Wzg6NMMi0Iju

By P.B

Akavideo

Burya abana n’abakiri bato badufasha kuryoherwa n’ubuzima.Kandi ntibisaba byinshi. Reba aka kavideo:

Erreur
Cette vidéo n’existe pas
How to keep faith in a time of terror?

Kuki abafite umubyibuho baziyongera muri 2025?

Mu gihe bamwe bananutse byo gupfa kubera imirire mike cyangwa mibi, biravugwa ko muri 2025, abafite umubyibuho ukabije baziyongera ku buryo butangaje. Ikinyamakuru « Pourquoidocteur.fr » cyemeza ko byombi ari ibibazo bikwiye guhagurukirwa mu maguru mashya.

Umubyibuho 2

Si abana bato gusa bugarijwe n’umubyibuho. Hari n’abagera ku myaka 8 batabasha guhumeka! Muri rusange, abari hagati y’imyaka 11 na 18 bakora ibishoboka byose ngo batongera ibiro. Ariko nyuma y’imyaka 18, ibintu birahinduka, ibiro bikikuba akatari gake. Byaba biterwa n’iki?

a)Stress n’akazi ko mu biro


Mu mwaka wa 2014, abantu barenga miliyoni 641 barebwaga n’iki kibazo cy’umubyiho ku isi yose. Ngo ahanini biterwa na stress y’ubuzima bwo mu mijyi no mu ngo(stress familial;nko gutandukana kw’abashakanye…) ndetse n’imiterere y’akazi ko mu biro.

Uko amajyambere yiyongera, abantu barushaho gutura mu mijyi ari benshi. Aho televiziyo zageze, bakazirirwaho bukarinda bwira. Mu ngendo, zaba ngufi cyangwa ndende, bakiyambaza ibinyabiziga. Bamwe bakanga kugenda n’amaguru ngo hatagira ubaseka. Igihe kinini bakakimara bicaye.

Ni kimwe n’abakora akazi ko mu biro.Hari abamara amasaha n’amasaha akazi kabaheranye, intebe batazitirimukaho. Kandi burya ngo amasaha wamaze wicaye ni yo azakwica naho ayo wamaze ugenda akazagukiza. Hari n’abafatira amafunguro muri ibyo biro, babuze ubusohoka.

b) Abagore kurusha abagabo.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru « Metronews« , abagore ni bo bazagerwaho n’icyo cyago kurusha abagabo. Akenshi imirimo bakora ituma bamara igihe kitari gito bicaye.

Nanone kandi si benshi bagenera siporo umwanya mu buzima bwabo. Hakiyongeraho ko abatari bake babangukirwa n’ibiryo biryohera, birimo amasukari, nka za gato(gâteaux) n’ibindi. Ubwo bagafata ibiro kakahava.

Ingaruka z’uwo mubyibuho na zo ni nyinshi kandi sizo zikumira. Yaba umuto cyangwa umukuru, ziramwadukira. Ngizo za ndwara z’igisukari (diabètes), iz’umutima, iz’ubuhumekero, n’izindi..Ni aha buri wese kwimenya!

By P.B

Njyewe nawe(séries): 4.Kabutindi

Ye mwana w’imirindi
Wishakira amahoro
Ntubona Kabutindi
Ko acura Bufuni na Buhoro ?
05.Kabutindi si ka gapfunyika
Barenza urugo kakagaruka.
Ni ya nkike imenya bikeya
Buri munsi ikagurugumba
Ku bw’agahinda ka ya nkoko
10.Yabuze byose uretse kugumba.

Hari n’ituraga abatabarika
Bakimarirwa n’uduca
Igasigara ku buce.

N’iyo yaba ingare bya he
15.Hari ibibi idahagarika
Igahebera urwaje
Nk’ingata imennye.

Kabutindi ni nka Kirabiranya
Urayibarirwa ntuyitererwa.
20.Ni ya Rukubiranya
Rubonezabihombo
Ntaho ya Rwiherezimbehe
Abo igezeho bose
Bakabura gihembura.

25.Yo ubwayo burya iragwira
Urwego rwose irarwigerera
Abakumirizi bakubura uko bayigira
Urubyaro amagana rukagwamo imbeho
Rukanyanyagira nta kumenyana
30.Boshye imbeba ziruka imbariro.

Kabutindi yo mu muryango
Ni ya nzara ibuza gukinga
Maze inzigo igakaza imirya
Ibikenya bikabona uburyo
35.Bwo guhekenyera amenyo
Ibisekeramwanzi.

Kabutindi itangaje
Ni itera bamwe kuba nk’ incike
Zidateze indi ncungu
40.Yabaca guca incuro
Mu bo babyaye babura bahari
Mu buzukuru no mu buvivi.

Kabutindi karundura
Ni no kugira abana bahora barwana
45.Ba Bizengarame na Sabizeze
Ibitabuze bakabitamo amarira
Maze umuhimbo ukabyara amaganya.

No kugira ibiryo ukabura amenyo
Iyi na yo ni indi kabutindi.
50.Cyakora amenyo adafite icyo arya
Umunwa urasama akagwa ubwo
Byatinda na bwo agafatana
Ururimi ubwarwo rukabura inzira.

Ngiyo kabutindi ku Banyarwanda
55.N’abavuga rumwe ntirugisohoka.
Aho gusobeka ngo basakare
Barasarikana byo gusenya
Inzira ikaba nziza ku babaseka
Rwageretse mu gusebanya.
60.Ubwo n’inzika rukambikana
Umwe bucya yongera ubukana.

Kuyikika si iby’ejo
Keretse twese nitumenya
Kwibanira neza nk’amenyo
65.Yaba aya ruguru cyangwa ay’epfo
Yaba ibihanga cyangwa ibijigo
Ni yo aturinda kugoreka imvugo.

Bamwe arabarya bakayakuza
Abafite inyinya bakayarata
70.Igihe abandi baba babaseka
Kuri iyo nenge yitwa ubwiza
Bwizana bukaze ntibabureke.

Ikibibatera cyo ntigihenze
Bayacishamo agati ntikabatinze
75.Agahorana iteka isuku y’icyeza
Cyizihiye abarezi n’abarebyi
B’iby’ejo biberanye n’imiti
Ya Gihanga cyangwa abahanga
Umuzungu ataratera imboni
80.Ngo ayigireho ayigire iye
Ayungukireho nk’uwayihimbye.
Kabutindi y’ibihengekerane
Twayimwihereye na we akumva?


Search Engine Submission – AddMe

By P.B

Abasangiye akababaro cyangwa amagorwa bakomezanya gute?

Ngo « ibisa birasabirana ».Rimwe na rimwe gutakira rimwe byongera imbaraga n’ijwi rikumvikana.Nyamara uwanizwe n’agahinda hari ubwo ijwi rye ridasohoka.Aba akeneye umuvugira cyangwa irindi jwi rimukomeza.None se abantu bahujwe n’akababaro cyangwa bahuriye ku kababaro gusa,ni nde wakomeza undi?

Kuri iyo ngingo,Abakurambere bacu bararivuze ngo « uruka ntafata uhitwa ». N’ubwo bombi baba bafite ikibazo kandi impamvu ishobora kuba atari imwe,buri wese aba akeneye kuba muzima cyangwa kumva ko ari muzima.Ese ntibakomezanya iyo nzira y’akababaro hatabonetse irindi jwi?

Tubizirikane kuri iki cyumweru gikurikira Pasika twitegereza uko impuhwe za Nyagasani zitugeraho mu gihe muri ako kababaro atwereka amatara yaka uruhiriri kandi akabwira buri wese ngo « witinya ». Tubirebere nibura mu isomo rya kabiri ry’Ibyahishuriwe Yohani Intumwa:

« Njyewe Yohani,umuvandimwe wanyu na mugenzi wanyu musangiye amagorwa,ubwami n’ubwiyumanganye muri Yezu,nari ndi mu kirwa cya Patimos ku mpamvu y’ijambo ry’Imana,n’iy’ubuhamya bwa Yezu.

Nuko ku munsi wa Nyagasani ntwarwa na Roho w’Imana,maze numva inyuma yanjye ijwi riranguruye nk’iry’akarumbeti, rigira riti, « Ibyo ubona ubyandike mu gitabo,maze ubyoherereze izi Kiliziya uko ari ndwi: iya Efezi,iya Simirina,iya Perigamo,iya Tiyatira,iya Saridi,iya Filadelifi n’iya Lawodiseya.

Ubwo ndahindukira,kugira ngo ndebe iryo jwi ryamvugishaga,maze nkebutse mbona amatara arindwi ya zahabu,kandi mbona rwagati muri ayo matara,umeze nk’Umwana w’umuntu.Yari yambaye ikanzu ndende, akindikije umukandara wa zahabu.

Ngomukubite amaso,ngwa ku birenge bye nk’uwapfuye,ariko anshyiraho ikiganza cy’iburyo,avuga ati « Witinya,ni jye Uwibanze n’Uwimperuka kandi n’Uriho; narapfuye none dore ndi muzima uko ibihe bihora bisimburana iteka,mfite imfunguzo z’urupfu n’iz’ikuzimu.None rero andika ibyo wabonye,ibiriho n’ibigomba kuzaba nyuma. »(Ibyahishuwe 1,9-13.17-19).

Icyumweru cyiza cy’Impuhwe z’Imana mu bayo.

By P.B

%d blogueurs aiment cette page :