Kuki Somaliya irusha u Rwanda kugira abaturage bishimye?

Somaliya ni igihugu gihoramo intambara z’urudaca.Kuva mu mwaka wa 1990,icyo gihugu cyacitsemo ibice kubera Al Shebab,maze inzara n’amapfa biranuma.Nyamara muri raporo y’uyu mwaka ishyira ku rutonde ibihugu bifite abaturage bishimye kurusha ibindi(World happiness report 2017),ntibyayibujije kuza imbere y’ibihugu nk’u Rwanda na Tanzaniya byitwa ko bifite umutekano usesuye.

Muri iyo raporo,Danemarike yarisanzwe ku mwanya wa mbere yasimbuwe na Norveje.Mu bihugu 155 byakoreho isuzuma,igihugu cya Afurika kigaragara mu b’imbere ni Alijeriya iboneka ku mwanya wa 53.Hari n’ibindi bitaje ku mwanya ushimishije cyane.Urugero ni igihugu cy’Ubufaransa kiza ku mwanya wa 31 mu gihe Ububiligi buri ku wa 17.

Uko kurushanwa ku ibihugu kwashingiye ku bintu bigera kuri 7:Urugwiro(caring),ubwisanzure mu bitekerezo(freedom), ubugwaneza
(generosity),ubweramutima(honesty),imyaka yo kubaho(health life expectancy),umutungo-mbare(income)n’imiyoborere myiza(good governance).

No mu Karere si shyashya

Mu bihugu duturanye,Kenya iri ku mwanya wa 112,Kongo-Kinshasa ikaza ku wa 126 naho Uganda ikaba ku wa 133.Urwanda ntirwabuze byose kuko ruza ku mwanya wa 151 rukaba ruri imbere ya Tanzaniya(153)n’Uburundi(154).

Ku rwego rwa Afurika naho ntibihinduka cyane kuko imyanya ya mbere ifitwe na Alijeriya,Mauricius,Libiya,Maroc na Somaliya.Imyanya ya nyuma yo igafatwa na Togo,Urwanda,Tanzaniya,Uburundi na Santrafrika.Iyi mbonerahamwe irabigaragaza neza:Happiness rwanda 2017
Impamvu na zo  zerekanwa n’ayo mabara.Igisigaye ni ugushaka umuti ngo ubutaha bitazongera kutubaho.

By P.B

Auteur : protosbuyahoofr

Prêtre amateur de Philosophie politique et de Philosophie économique autant bien que du Droit de la Santé, je suis révolté par la misère de certains peuples vivant sous le seuil de la pauvreté. Ces questions me préoccupent: Pourquoi sont-ils dans cet état(de pauvreté)?Y a-t-il un moyen d'en sortir pour parvenir au bien-être atteignable? N'ont-ils pas droit au bonheur raisonnable? Mon doigt et mon regard se focaliseront sur les causes tandis que mon cœur méditera sur les actions susceptibles d'amélioration. Portant le même souci de nous informer sans polémiquer, nous ne tairons pas nos droits inaliénables ,car les devoirs s'imposent à nous. Dans cette voie, je compte sur vos commentaires et vos témoignages pour plus de lumière. P.B

%d blogueurs aiment cette page :