Kamembe na Bukavu hanyuze umutingito

Iyi weekend y’umuganda w’ukwezi kwa Nzeli ntiyaduhiriye.Bamwe twabaye nk’abakubiswe n’inkuba.Mu gihe twarwanaga no guhaha ibya nimugoroba ngo tujye kwitegura icyumweru,umutingito waratwubikiriye ntitwarabukwa.

Ubwa mbere warahushye,urahutera maze urenga nk’umuyaga.Abari basimbukiye hanze bariruhutsa baba baragarutse.Ntawamenye aho uturutse uretse kubona amatafari y’inzu asimbagurika, n’uwari uri hanze agashaka umufata akamubura.

Inzu n’amamodoka byakabonye

Uretse umwana muto wahasize ubuzima,amazu n’imodoka bikomeye ni byo umutingito wahereyeho.Ba Rusahuriramunduru na bo bari barekekereje ahantu hose,bacungana n’abashinzwe umutekano.kamembe-numutingito1

Katedrali ya Cyangugu na yo yarangiritse

Kuri iki cyumweru,kwinjira muri Katedrali ya Cyangugu byari nko kwiyahura.Twarahageze turumirwa.Yarangiritse ku buryo bugaragara.Urimo imbere aba abona ibikuta bigiye kumugwaho.kamembe-numutingito-2

N’ubwo tuba dusenga twizeye,ubwoba aba ari bwose ko yatugwaho.Kandi ntihari hashize igihe na none bayisannye kubera umutingito.Bizagarukira he?

N’i Bukavu bararira

Si hano mu Karere ka Rusizi gusa.No hakurya y’i Kivu ntibasigaye.Uwo mutingito wumvikanye i Bukavu,Walungu na Kabare ku wa gatanu tariki 23 Nzeli.

Hari mu ma saa tatu z’ijoro,aho wahitanye abantu 2,abandi barakomereka n’ibintu byinshi birangirika.Ntitwari tuzi ko ari twe dutahihiwe!

By Mukeshimana Marie-Françoise,Rusizi

 » Un nouveau colonialisme qui menace la paix des peuples », le Pape François

Les lectures de ce 26ème dimanche nous révèlent la distance que la richesse établit entre les riches et les pauvres(Amos 6,1.4-7). Cette distance est magnifiquement esquissée par l’Évangile à travers le portrait d’un homme riche et du pauvre nommé Lazare(Luc 16,19-31).

Parfois, les riches travaillent dans l’anonymat en se protégeant contre les miséreux, de sorte que leur trésor soit toujours lumineux.Ils savent tourner à leur avantage le message d’Abraham: « Que de là-bas, on ne traverse pas vers nous. »

C’est ce manque de réciprocité revitalisante que le Pape François déplore et décrit comme un nouveau colonialisme qui menace la paix des peuples.Il le disait en ces termes,quand il s’adressait aux Mouvements Populaires(Amérique Latine):

« Les peuples du monde veulent être artisans de leur propre destin.Ils veulent conduire dans la paix leur marche vers la justice.Ils ne veulent pas de tutelles ni d’ingérence où le plus fort subordonne le plus faible.Ils veulent que leur culture,leur langue,leurs processus sociaux et leurs traditions religieuses soient respectées.

Aucun pouvoir de fait ou constitué n’a le droit de priver les pays pauvres du plein exercice de leur souveraineté et,quand on le fait,nous voyons de nouvelles formes de colonialisme qui affectent sérieusement les possibilités de paix et de justice parce que la paix se fonde non seulement sur le respect des droits de l’homme mais aussi sur les droits des peuples particulièrement le droit à l’indépendance. »

« Le colonialisme,nouveau et ancien,qui réduit les pays pauvres en de simples fournisseurs de matières premières et de travail bon marché,engendre violence,misère,migrations forcées et tous les malheurs qui vont de pair…précisément parce que,en ordonnant la périphérie en fonction du centre,le colonialisme refuse à ces pays le droit à un développement intégral. »

Bon dimanche à toutes et à tous!

By P.B

Mitiweli itumazeho amatungo!

Mitiweli ni ikibazo?

Umwaka wa Mitiweli uratangira,ukagira ngo ni wa musoro w’umutwe wagarutse!N’ubwo wo warebaga abagabo gusa,ntibyabuzaga abaturage n’abapolisi ba Komini gucungana nk’injangwe n’imbeba;bamwe baburira abandi ngo bakizwe n’amaguru.Icyo nibaza ni iki:ese koko Mitiweli ni ikibazo?

Ubu birarenze

Ibya Mitiweli si ikibazo gusa ahubwo ni nk’ikigeragezo.Mu magambo bivugwa ko byorohejwe.Ngo ibibazo byose bikemurwa n’Inzego z’Ibanze.

Iyo izo nzego zigendeye ku byiciro by’Ubudehe bitumvikanyweho,ibibazo bisubira ibubisi, kuko ntawe bitareba.Ariko kugabura ibibisi bishobora kuba ari byo byorohera abo bagabuzi badaterwa ipfunwe n’imipfube!

Abayobozi baturagiye nk’amatungo

Kubona abayobozi bashyira imbere(ku ngingo z’ibyigwa)ibibazo by’abaturage, ni nko kubonekerwa.Mu nzego zose (Umudugudu, Akagari,Umurenge…),ubu baba bavuga ibibazo bya Mitiweli.

Ubwo utarayitanga akaba aragatoye.Hehe no kwisobanura!Reka da!Ngo yazane, nta bindi!Mu kanya,n’udutungo twaguhaga agafumbire bakaba baradushoreye!Ntibanibaza ngo ko tumukoze ibi uyu mwaka,umwaka utaha azabigenza ate?

Twaba twicaye cyangwa turi mu nzira, tukagenda twivovota, twibaza impamvu abo bayobozi batareba n’ibibazo Mitiweli itera ngo abe ari byo bakemura.

Umunyamuryango agengwa n’umuryango we!

« Akabi kamenyerwa nk’akeza! » Ngo « Uwatanze umusanzu atangira kwivuza ari uko abagize umuryango we bose barangije kuwutanga. » Ubu se ntibigaragara ko iki kintu giteye urujijo kubona umunyamuryango wa Mitiweli azitirwa n’umuryango we?

Nyamara Itegeko n°04/2015 ryo ku wa 11/03/2015 rigenga imitunganyirize y’ubwisungane mu kwivuza, rivuga ko umunyamuryango ari umuntu wiyandikishije mu bwisungane mu kwivuza,utanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza cyangwa uwutangirwa n’abandi buri mwaka.

Byumvikane ko uwo muntu atari umuryango. Kumuzirikira aho, bisa nko kumuhohotera(niba abo bandi batamwanditseho!).

Ikoranabuhanga nirisimbure akavuyo n’inkoni!

Gutanga serivisi nziza bihora bigarukwaho mu manama adasiba.Ariko turibaza igihe ikoranabuhanga rizasimburira akavuyo n’inkoni byo mu Nzego z’ibanze.

RSSB(Rwanda Social Security Board) ngo yashakaga gusubiza icyizere abanyamuryango ba Mitiweli.Uburyo bwo kubigeraho ngo ni ugukoresha ikoranabuhanga mu kwakira imisanzu,kwandika abanyamuryango ndetse no mu micungire ya Mitiweli muri rusange.

Ibi rero biracyari kure nk’ukwezi kuko wagira ngo aba bayobozi twabatoreye kutwica urubozo(maltraitance).Bigera ino mu giturage cya kure ho bakatwicaraho uko bashatse.

Niba  ibyitwa imiyoborere myiza bijyanye n’iryo suzugurwa n’ijarajara, urwishe ya nka ruracyayirimo.Ibya Mitiweli bizagumya kuba ikibazo kuri twe rubanda rugufi rutagira umushahara wa buri kwezi.

Leta yagikemura

Leta ibishatse yagikemura.Batubwira ko isanzwe itanga inkunga yayo muri Mitiweli ingana na 13% by’ingengo y’imari ya Minisiteri y’Ubuzima buri mwaka.

Iyo nkunga yakongerwaho 5% y’ubwisungane bukomatanyije(solidarité nationale)mu rwego rwo kuziba icyuho,mu gihe hagitegerejwe uburyo bunoze bwo kwakira no kwinjiza imisanzu nta gahato.

Ibi kandi byatuma Mitiweli igenda irushaho gukora neza,abantu bakajya biruka bajya kwiyandikisha aho kubirukaho bituma bayizinukwa.None se tuyobewe ko « akeza kigura? »

By Kamanayo Ephron,Musanze

Bazumva ryari, abarenganya abakene?

Mu bihugu bitari bike, hakomeje kuboneka ibimenyetso n’indwara z’ubukene. Bamwe barabuhunga, bagasa n’abahungiye ubwayi mu kigunda kuko abo basanga badashaka abababunzaho ubukene.

Mu bihugu byose, usanga abakire bagerwa ku mashyi ari bo bafite mu biganza byabo ubukungu n’ibintu byose byagatunze imbaga. Ni bo bagena ibiciro bakurikije inyungu bakeneye.

Abakene bo icyo bakeneye ni ukuramuka. Kandi ntibaramuka batifashishije iminzani y’abakire. Abenshi bafite ubushobozi bwo kugura gusa ibya make biri mu kigero cy’inkumbi kuko ibindi bibasumbye.

Icyizere ni gike rero ko ako karengane kacika.Ni yo mpamvu Pawulo Mutagatifu ashishikariza gusabira abantu bose, ariko cyane cyane abategetsi bafite inshingano zo gutuma tubaho dutunganiwe(1 Tim.2,1-8).

Ntitwatunganirwa , abo bakire b’abanyamaboko batabigizemo uruhare. Ariko se ko ari bo barenganya abakene, bazageraho bumve impanuro?Tubizirikane mu isomo rya mbere ryo kuri iki cyumweru, dutega amatwi umuhanuzi Amosi:

« Nimwumve ibi ngibi, mwebwe murenganya abakene,mugira ngo mutsembe ab’intamenyekana bo mu gihugu,muvuga ngo « Mbese imboneka z’ukwezi zizaraangira ryari ngo dushobore kugurisha ingano,na sabato izashira ryari,ngo dushobore gufungura imifuka y’ingano twahunitse,tugabanye igipimo twunguriramo igiciro,tubeshyeshye iminzani y’ubuhendanyi,abatindi tubagure amafeza,nabakene ku giciro cy’amasandari abiri?Yemwe tuzagurisha ingano zacu,tugeze no ku nkumbi! » Uhoraho abirahije ikuzo rya Yakobo,ati « Sinzibagirwa na kimwe mu bikorwa byabo. »(Amos 8,4-7)

By Protogène BUTERA

Kubaho ni ukwihagararaho

Kera bajyaga bavuga ngo « umusore utihagazeho ntarongora inkumi. » Ubu ntibikiri ngombwa kwihaharika.Uko yaba ameze kose,ngo umusore w’iki gihe arakosha.Kubera ubwinshi bw’abagore n’abakobwa(58,6%),abasore n’abagabo basigaye bihagazeho bihagije.

Agahugu umuco akandi uwako.

Ngo abasore barahenda ni ukuri.Kubyara umukobwa ntibikiri ibyo kubara ingata(umubare w’inzoga)n’amagana y’inkwano bizinjira mu rugo.

Ahubwo ababyeyi bafite abakobwa barenze umwe,batangira kwibaza niba izo boroye zihagije.Bitaba ibyo umukobwa akaba ayifitiye ku mufuka cyangwa konti ye muri banki ikaba itubutse!

Igare ntiyarisiga

Mu duce tumwe,igare ni kimwe mu bishyingiranwa.Umugeni ntiyarisiga nk’uko ahandi batwara matola n’ibindi nk’ibyo ku mugaragaro.

Ibyo bikunze kuba mu duce tw’imirambi nka za Bugesera.Kuri bo ni nk’uko umunyeshuri,umuhinzi cyangwa undi mukozi wese yitwaza ibikoresho azakenera ku murimo we!

Isake ni igipimo

Ahandi na ho, cyane cyane muri Nyamasheke,isake n’umukwe ntibatana.Iyo sake ngo ni igipimo cy’uko uwo umusore mwiza batamugaye mu gihagararo.Mbese ni uburyo bwo kumwereka ko ahagaze bwuma nka Rusake!

Birasenya cyangwa birubaka?

Uko byamera kose ni ngombwa kwibaza niba uko kwihagararaho bisenya cyangwa byubaka.Hari abumva nta kibazo kirimo kuko ababyeyi basanzwe binigira abana babo(se sacrifier).

Abandi ngo ni ngombwa kubakira abana babo no kubashingira igiti.Ese ibyo byose bikorwa hakurikije ubushobozi cyangwa ababyeyi na bo bapfa kwihagararaho ngo badatera abakobwa babo kugumirwa?

By P.B

The good players of illegal diamonds

Where diamond is plentiful,there are abundant conflicts.That is what called bloody diamond land.

It stretches from Democratic Republic of Kongo(DRC Kinshasa),Central African Republic to Cameroon and elsewhere on the globe.

Trade whithin frontier ?

This trade will continue to increase because of its large demand.Many can not live without, even though there are only fans.Neverthless,the great benefit is intended to rich countries at the poor’s expense.

As « global hubs for the international diamond trade »,everyone can asks this question:
why Central African blood diamonds are transported through Cameroon land in India, Belgium and the United Arab Emirates ?

The risponse is rapid:diamonds are small, have high value and it is difficult to tell where they originate.Their interest is without frontier.

Add to this the impulse toward corruption, laissez-faire governance and the ease with which the Kimberley Process can be circumvented – and the result is a constant stream of blood diamonds entering the international market.
See: A trail from the CAR to Cameroon

As good players,traders and dealers know how and when to gain in this desorder.Would Africa really change your trail?Yes,get with it!

By P.B

YAHOO ! mu marembera,nta ngaruka bidufiteho?

Mu myaka isaga 20,Yahoo!yigeze kuba nk’umwami wa internet.Kuva mu myaka ya 1995,yari iya mbere mu kohereza ubutumwa n’inyandiko byihuse(messagerie et courrier électronique).

Igitangaza ni uko kugeza magingo aya,hari abantu benshi bagifite emails zabo ziherwa na @yahoo.fr.Abongabo ni bo batazabura kugira impungenge bibaza aho ibyabo bizagarukira.

Ni urujijo

Akayabo ka miliyari 5 ni ko kageretswe kuri Yahoo!Igiteye urujijo si ayo mafaranga yinjijwe na Yahoo! Ikibazo ni ikizakurikira ubwo bucuruzi.Ngo Yahoo News na Yahoo Mails ni zo serivisi zaguzwe na Verizon igamije kwagura isoko ryayo.

Ubwo igisigaye ni ukumenya ingaruka bizagira ku bantu bose bakoreshaga izi serivisi(utilisateurs).Abo kandi bose hamwe barenga miliyari.Naho abasaga miliyoni 600 bakoresha telefoni zigendanwa.

Muri 2017,ni bwo iryo gurishwa rizaba ryatangiye gushyirwa mu bikorwa,maze Verizon-Yahoo itangire ikore.Ese ni nde bizagiraho ingaruka?Aho ntibizasaba guhindura za adresi?Ibyo byose biracyari urujijo.

Ni ukubikurikiranira hafi kuko na bamwe bashaka gusoma cyangwa kwiba ubutumwa bw’abandi barekereje ngo bakorere muri iyo nzibacyuho.

By P.B

Icyo abagabo b’Abanyekongo barusha Abanyamerika n’Ababirigi.

Ngo Abanyekongo(RDC)ni bo bahiga abandi mu kugira ubugabo bwihagazeho(taille du pénis).Ku burebure bwa cm 18 bamaze gushyuhira mu buriri, baza imbere y’Abanyamerika (14,2cm) n’Abafaransa(14,8cm).

Mu gihe n’ufite cm 4 bitamubuza gukorana umutuzo,uwa mbere ku isi byamubereye umuzigo kuko kuri cm 26,abashinzwe umutekano bagize ngo ni intwaro yindi yahishe aho munsi,bamutindana ku kibuga cy’indege.

Naho abari mu rugero(taille moyenne),ibibazo biba bike iyo bari hagati ya cm 9,31 na 12,30.Abarengeje aho,hari ubwo bamera nka babandi batuye mu nzu ngufi zifite n’imiryango iciriritse.

Abanyekongo bo rero nta yindi « malette diplomatique » bakeneye.Ngo iyo bagendana irabahagije.Uretse no kuba barusha Abanyamerika,babonye uburyo bwo kwigaranzura Ababirigi(cm14,04)babakolonije.Kuri iyo ngingo,abazungu na bo barapfukama!

Igisigaye ni ukumenya impamvu badashyirwa mu rwego rwa « Guiness des Records« ,niba koko bari mu ba mbere!

By P.B

Bamukuye amenyo bakiri muri buki ahasiga ubuzima

Julie na Cédric,bari bamaze ukwezi kumwe bashyingiwe.Icyo gihe muri 2013 byari ibicika,urukundo rugurumana!Gusa nyine ibyo byishimo ntibyamaze kabiri.

Na mbere akiri n’umukobwa yatinyaga abaganga b’amenyo.Kubera gutinda kwisuzumisha,aye yari yarashizemo imizi.Nyuma y’iminsi mikuru y’ubukwe,byabaye ngombwa ko yose bayamukiza, bakamushyiramo amaterano.Kuva ubwo yahise ahindura isura,ngo ahengama n’igikanu.

Uko kumuteramo andi, yabirwaye iminsi itarenze itatu, abaganga barayobewe ibyo ari byo. Ntibyatinze,asinzira ubudakanguka.Ubwo yari yujuje imyaka 20,Julie yasize umukunzi we mu marira,ukwezi kwa buki kudashize.

None dore uwari wabaye umugabo, asubiye ibusore ku myaka 36!Ese bizamugwa amahoro?Ese twavuga ko urwo rupfu rwaba rwaratewe n’uburangare bw’abaganga cyangwa ni ubushobozi buke bwabo?Cédric arakibaza byinshi.
Bisome: Je suis devenu veuf après un mois de mariage

Naho se Padiri wabashyingiye, hamwe n’ababaherekeje mu Kiliziya?Bose baguye mu kantu ngo « kubera iki buriya Imana yemeye biba,ikamwambura ubuzima? » Abandi batandukana kubera kurambirana,ariko bo…
By P.B

Un vaccin antisida le moins coûteux

D’après l’équipe de chercheurs espagnols,il y a un espoir d’aboutir à un vaccin thérapeutique contre le Sida.Et de fait,un essai encourageant pour un vaccin curatif antisida a été réalisé auprès d’un groupe de patients contaminés par le VIH, avec pour la « première fois » des « résultats significatifs. »

24 patients porteurs du VIH-sida, ont participé à cet essai.La lecture des résultats publiés dans la revue spécialisée The Journal of Infectious Diseases, montre qu’il y a « une baisse significative de la charge virale chez la majorité des patients traités au bout de 24 semaines ».

Comme il est indiqué dans ces travaux dirigés par le Dr Josep Maria Gatell, « cette baisse a été très importante chez certains, mais dans aucun cas le virus n’était devenu indétectable. »

Le communiqué diffusé par l’Hospital Clinic et Hivacat, un programme de recherche régional sur les vaccins antisida,souligne qu’aucun vaccin thérapeutique n’avait atteint, jusqu’à présent, les niveaux de réponses auxquels on est parvenu grâce à cette étude.

De plus,dans cette étude, le vaccin a été « personnalisé » pour chacun des patients traités, en utilisant des cellules du système immunitaire de ceux-ci, et administré en trois doses.

Le but de ce type de vaccin est de réduire, voire d’éliminer la nécessité d’un traitement antirétroviral contraignant et coûteux.

Selon Marc de Semir, responsable de la communication à l’hôpital barcelonais, un vaccin tel que celui utilisé dans l’essai serait trois fois moins coûteux que les traitements antisida classiques.

Lire:Essai encourageant pour un vaccin curatif antisida

Ce vaccin sera-t-il tellement moins coûteux qu’il sera aussi abordable par les plus vulnérables parce que plus pauvres?

By P.B

%d blogueurs aiment cette page :