Ko abasaruzi bakomeje kuba bake kandi dusenga?

Mu bihugu hafi ya byose,abitabira umurimo wo gukorera Imana bagenda bagabanuka.Yewe n’abitabira iby’Imana na bo ugasanga ni mbarwa ugereranije n’umubare w’abatuye ibyo bihugu.

Hari ababibonamo amahirwe kuko ababatijwe bose bamaze kuba nk’umunyu wageze mu biryo.Abandi bakabibonamo ikibazo ko iby’Imana bitagifite agaciro mu maso y’abantu.

Abake bakibikomeyeho babona ubwo bwinshi bw’ababitaye,ari nka yamirima yeze ari myinshi,ikaba ikeneye abasaruzi.Rimwe na rimwe bareba uburyo imyaka ikomeza gupfapfana, bakibaza iki kibazo: « Ko abasaruzi barushaho kuba bake kandi dusenga,dukore iki?Ese Nyir’imyaka ntatwumva? »

Nyamara icyo kibazo bakibajije kuri ubu buryo,ibintu byahindura isura: « Twebwe hari ikitubuza kuba abasaruzi?Atubwiye ngo ‘Ngaho nimugende’,twamwemerera? »Reka tumutege amatwi mu Ivanjili y’iki cyumweru:

Nyagasani ahitamo n’abandi 72,maze abohereza imbere ye babiri babiri,mu mijyi yose n’ahandi hose yajyaga kunyura.Arababwira ati »Imirima yeze ni myinshi,ariko abasaruzi ni bake;nimusabe rero Nyir’imyaka yohereze abasaruzi mu mirima ye.

Ngaho nimugende;ndore mbohereje nk’abana b’intama mu birura. Ntimugire icyo mujyana,kaba agasaho k’ibiceri,waba umufuka,zaba inkweto;kandi mwirinde guhera mu nzira muramukanya.Urugo rwose mwinjiyemo,mubanze muvuge muti’Amahoro kuri iyi nzu!’

Nihaba umuntu w’amahoro,amahoro yanyu azamusakaraho;nahabura azabagarukira.Mugume muri iyo nzu,munywe kandi murye icyo babahaye,kuko umukozi akwiriye igihembo cye.

Ntimukave mu nzu mujya mu yindi.Umujyi wose muzinjiramo bakabakira,muzarye ibyo babahereje.Mukize n’abarwayi muhasanze,kandi mubabwire muti ‘Ingoma y’Imana ibari hafi!’

Naho rero umujyi wose muzinjiramo ntibabakire,muzajye mu materaniro yabo,muvuge muti’Dore n’umukungugu w’umujyi wanyu wadufashe ku birenge,turawukunguse kandi turawubasigiye!

Icyakora mubimenye neza,Ingoma y’Imana iri hafi.Ndabibabwiye:Kuri wa munsi w’urubanza,Sodoma izababarirwa kurusha uwo mujyi.

Ba bigishwa uko bari 72,bagaruka bishimye cyane,bavuga bati »Mwigisha,na roho mbi ziratwumvira kubera izina ryawe »Arababwira ati « Koko nabonaga Sekibi ahanuka ku ijuru nk’umurabyo.

Dore mbahaye ububasha bwo kuribata inzoka na za manyenga,n’ubwo gutsinda umwanzi wese kandi nta kizashobora kubahuganya.
Nyamara,ntimwishimire ko roho mbi zibumvira,ahubwo nimwishimire ko amazina yanyu yanditse mu ijuru. »(Lc10,1-12.17-20)

Icyumweru cyiza cy’ituze n’amahoro kuri buri wese.

By P.B

Ubucakara n’ubuhake birakomeje mu bigo by’Abihayimana nk’aho Roho wayo atarahagera

Bava iwabo bazi ko bagiye kwiha Imana.Kandi baba baramaze gucengezwamo ko nta cyiza kibaho gisumba gukorera Imana.Ibi bivuze ko baba bahakanye gukorera ifaranga!Rimwe na rimwe n’inyito z’iyo miryango ibakira ziba zisobanutse.Urugero ni « Les Travailleuses missionnaires ».

Marie Louise yarangije secondaire abura akazi. Kera kabaye, umuhamagaro umuzamo. Ababikira bo muri uwo muryango baramwihata, na we arawukunda. Yinjiramo yibwira ko n’iyo batahemba aya Mirenge,umutaravayeze yahabwa nibura aya misiyo.

Novisiya yarayihanganiye kuko aba ari nk’igeregeza.Amaze gusezerana, ni bwo yabonye icyo yahamagariwe:gukorera umuryango (congrégation)aho gukorera Imana.Kandi koko, ubuzima ni imirimo gusa.Utaretse ko hari imirimo y’abazungu n’iy’Abirabura.

Mu myaka 15 yamaze mu Muryango, yakoze nk’umucakara.Buri gihe yahoraga yibaza impamvu abo bazungu batemera ko ababikira b’Abirabura bajya gukorera i Burayi.Ariko byagezeho birikora kuko abenshi bamaze guhetama imigongo nta n’abato bakinjira.

Boherejwe ari batanu:2 mu gihugu cy’ Ubutaliyani, 2 mu cy’Ubufaransa n’umwe muri Esipanye. Mu myaka 2, bari bamaze gusobanurirwa uburenganzira bw’umukozi ku mushahara no guteganyirizwa iza bukuru. Batangira kwibaza igice baherereyemo, birabayobera.

Nyamara bari gukomeza kubyihanganira, iyaba batahozwagaho incyuro, ngo mu bihugu by’iwabo nta biryo bihaba.Mbese nko kubabwira ngo ikibakwiye ni ugukorera ibiryo.Umubi ni uwavuga ngo n’amayero ntayo mugira,
nimuyakorere tuyabahe cyangwa reka tuyabahe muba mwayakoreye!

Bigeraho bikarambirana

Kubera iyo ndishyi,bamwe muri bo bari batangiye kurwara imitwe idakira,abandi bafatwa n’ibifu, na za ndwara zidasobanutse muganga apima akabura ibimenyetso. Yewe n’icyumweru nticyari kikibashishikaje.

Aho batangiriye inzira yo guharanira kugira uburenganzira bungana n’ubw’abandi,bafite agahenge ku mutima kubera amategeko abarengera, ariko muri ibyo bigo ho ngo ni intambara.

Pentekosti 1Ese kuri iyi Pentekosti, ayo mazu bateraniramo azagerwaho na ya nkubi y’umuyaga uva mu ijuru ku buryo indimi zabo zumvikana?(Act 2,1-4). Nibyanga, bazazirikane iri jambo rya Yezu bemera:

« Umuvugizi, Roho Mutagatifu,Data azohereza mu izina ryanje,ni we uzabigisha byose kandi abibutse n’ibyo nabigishije byose »(Yohani 14,26)

Isomo rya kabiri ryo kuri iki cyumweru riratwereka ko nta mpamvu yo kwirengagiza uwo Muvugizi:

Ntimwahawe roho y’ubucakara ibasubiza nanone mu bwoba,ahubwo mwahawe roho ibagira abana bishingiwe kibyeyi,igatuma dutera hejuru tuti « Abba!Data! »

Roho uwo nyine afatanya na roho yacu guhamya ko turi abana b’Imana.Kandi ubwo turi abana, turi n’abagenerwamurage(héritiers) b’Imana, bityo n’abasangiramurage ba Kristu niba ariko tubabarana na We ngo tuzahabwe ikuzo hamwe na We.(Rom 8,15-17)

Abamuraritse, mbifurije kumwakira neza.Na We araje, asesekare ku ruhanga rwanyu n’aho iwanyu, ngo umugizi wa nabi atazabahangara.

By P.B

Niba Imana yarihishe, imiryango irakinguye kwa Satani!

Mperutse guhura n’abahamya ba Yehova, ba bandi bagenda ari babiri babiri bamamaza ubwami bw’Imana yabo kuri iyi si.Mugenzi wanjye twari kumwe arabakurikirana nk’uwatwawe n’inyigisho z’akataraboneka,dore ko amadini muri kino gihugu amaze kuba isoko n’uburo.

Uwo munsi ni bwo numvise icyo ubuzima bwe buhatse. Ibiganiro byari bikarishye. Buri ruhande rwakajije imitana. Abo bigisha bagaragazaga ukuntu ibihugu birimo ibibazo ari ibyahigitse ubwami. Ngo ni yo mpamvu ubw’Imana bugomba kuva mu ijuru bukagaruka ku isi.

Shyirakera wanjye ntiyagaragaza ko atabishyigikiye. Ati « Kuva nkiri muto nakuze nshaka Imana, ariko kugeza ubu sindayibona.Yaranyihishe pe!Mwebwe se mwarayibonye ngo muyinyereke?« 

Abakozi b’Imana batangira kurebanaho. Mu gihe bagishidikanya, ababwira ko ari umuyoboke wa Satani kandi ko kuva yamukingurira amarembo ari nta kintu abuze. Ngo ibyo biramuhagurutsa bikamujyana i Bujumbura gusengerayo. Ngo afite icyizere ko no mu Rwanda batazatinda kuhabona icyicaro, kuko bahaguruka i Kigali buzuye Kwasteri.

Abandi na bo bati « Reka reka reka, ibyo si iby’i Rwanda. N’ubwo Abakurambere bacu bemeraga Rurema, Rugira, Rugaba na Ruremankwashi, ntaho yari ihuriye na Satani. Nta muyobozi wakwemera ibyo, kabone n’iyo yaba atemera Imana y’abazungu. »

Abayobozi bagize neza

Ni iby’agaciro kuba mu Rwanda bataremereye amadini asenga Satani ko akorera mu gihugu cyacu. Ariko se bizamara kabiri niba yashoboraga kuhabona abayoboke? Birakwiye kwibaza n’iki kibazo:Byaba biterwa n’iki ngo abantu bagere aho bemera Satani?

Abashishoza basanga ubwinshi bw’amadini bushobora kuba ikimenyetso cy’ibibazo sosiyete cyangwa igihugu gifite. Biba byerekana ko nta rwego ruba rugishoboye gutanga ibisubizo bifatika. Abantu bagapfunda imitwe aho babonye nk’abahiriye mu nzu. None se abo ubukene bwugarije, babonye aho basenga bakabukira, ntibajyayo?

Kwa Satani nta mukene uhaba!

Eglise de satan 1

Kuri iyi tariki ya 30 Mata 2016 ni isabukuru y’imyaka 50 Kiliziya ya Satani(Eglise de Satan) imaze ishinzwe muri Amerika. Inyigisho n’ingenamitekerereze byayo biri muri Bibiliya ya Satani(La Bible satanique)yanditswe na fondateri w’iryo dini, Bwana Anton Szandor Lavey.

Icyabimuteye ni ukubona ukuntu inyigisho zo mu madini asanzwe zitsikamira muntu zikamubuza amahwemo. Yari afite inkomoko y’Abayahudi(batojwe gukomera ku Mategeko y’Imana)aniga muri Univerisite z’abakirisitu. Ni ho yahereye ategura inyigisho ze ko Satani ntaho ahuriye n’Imana ibuza abantu ibyo umutima ushaka kandi bafitiye ubushobozi.

Yakitwa iya Satani cyangwa Lusifero, abo muri ayo madini bemera ko nta Mana ibaho yaheza abantu mu bukene ngo ibe ikitwa Imana ikiza. Aho ubukene bwiyongera cyangwa bugahindura isura(mu rubyiruko no mu bana b’inzererezi!), bararye bari menge kuko abavugusi b’imiti barekereje. Kandi igisubizo cyabo kiroroshye:Niba Imana yarihishe, kwa Satani imiryango irakinguye.

By Bumbakare Frédéric/Kacyiru-Kigali

Pasika Nziza!Umwana w’Umuntu ntakiri mu mva

Utazi umwana w’umuntu aramubarirwa
Mu minsi ya nyuma bamugize Ruharwa.
Abaturanyi be bamuciriyeho;
Ubwo imyenda yari yamucikiyeho
05.Baramuherekeje mpaka no mu mva
Ngo buriya ntawe uzongera kumwumva.

Muberarumuri ntiyabebereye!
Aho atsindiye urupfu akazuka
Na we yaberetse aho abera icyago
10.Dore abasigiye n’iki cyigwa:
Abagituye mu myotsi nimurire
Ntimuzaruha mugana iwanjye
Ndi umuriro watse turituri
Ngo ab’akazuyazi bazashyuhe
15.Nibatagendana imbeho bataha.

Niba mutinya ab’imbere iyo
Naruguruye nimwinjire.
Mwijya kure y’iri juru
Mwanyimitse muri iri joro;
20.N’ubwo intambwe atari zimwe
Mbifurije kuba umwe
Ni bwo amajwi yanyu azaryoha
Mukumva namwe uko muriho
25.Muhimbajwe no kwimura intimba.
Ababibashaka tumuririmbe
N’ababishoboye bamuhe impundu:

Pasika nziza kuri mwese!

By P.B

Quand le jeûne est bon pour le cerveau

Le Carême est le temps favorable pour le jeûne.On fait l’effort de se priver des choses délicieuses. Quand c’est le Vendredi Saint, le jeûne revêt d’une vertu merveilleuse: préparer un espace meilleur pour l’événement majeur que sont les fêtes pascales.
Outre sa force de lutter contre le stress(des fêtes)et l’obésité, le jeûne est bon pour le cerveau. Il n’a pas seulement des effets spirituels et physiologiques, mais aussi des effets neurologiques.


Grâce au jeûne intermittent, il s’opère dans le cerveau un nettoyage nécessaire pour le bon fonctionnement de la mémoire. Selon Mark Mattson, pendant ce temps de jeûne, le cerveau produit des protéines spécialisés pour vider des réserves de graisses, et ainsi créer plus d’espace disponible.


Bien sûr que jeûner ne signifie pas s’affamer!Un jeûne bénéfique consisterait à sauter un repas entre les deux ou à réduire sa consommation de deux jours par semaine, en ne prenant que de l’eau ; cela veut dire que les 5 autres,on mange normalement.


En ce moment de privation, surviennent souvent des sensations qui rendent le jeûne insupportable, et donc le désir de le briser:la faim,la nausée, les maux de tête, douleurs abdominales et faiblesse générale.


Pourtant, ces sensations sont le signe de la bonne qualité du carburant en train de brûler par le moteur en marche. Après, on a le sentiment de bien-être sans équivalent.

Le jeûneTestez-le.Vous verrez combien à Pâques et les fêtes qui suivront,votre visage sera radieux, votre voix harmonieuse, votre âme généreuse et votre cœur spacieux pour la présence de cet Hôte à votre porte.

By Protogène BUTERA

Akamaro k’amashami atakiri ku giti

Mu kwitegura icyumweru cya Mashami,Claudia ntiyibagirwa abuzukuru be.Abategurira amashami bazitwaza mu munsi mukuru w’icyumweru gisoza igisibo.Mervan na Jeanne ntibasinzira iyo bayakikiye.

Ubushize barayatahanye bayataka mu nzu,ariko bababazwa n’uko yumiranye vuba.Ubwo baherutse kumusura, Kaka yababajije niba bazamuherekeza mu Misa ya Mashami. Yibwiraga ko batazemera.Ahubwo batangira kumuhata ibibazo.

Mervan ati « Uyu mwaka noneho amashami tuzayamaza iki? » Jeanne yitanguranwa gusubiza ati « Tuzayashyira Papi hamwe ashyinguye,tumubwire ko tukimwibuka.None se amashami yahawe umugisha ntarusha agaciro izindi ndabo,Mami? »

Claudia arabahobera cyane. Ati « Nanjye reka mbabaze rero:burya iyo abakristu bazunguza amashami,bishushanya iki mu mitwe yanyu mwebwe abakiri bato?  » Mervan ati « Njye binyereka ibyishimo by’abantu bahuje imitima. » Naho Jeanne we ati « Njye bimbwira ko amashami atakiri ku giti ari abantu batuma agira akamaro,n’ubwo ari bo bayatema. »

Amashami1Claudia arabashimira cyane.Ati « Sinarinzi ko mwakuze bigeze aho! » Gusa rero mumenye ko uturere n’ibihugu bakoresha ubwoko bw’amashami atandukanye.Impamvu nta yindi ni uko ibibashimisha n’ibibagirira akamaro na byo atari bimwe.Buriya mu Misa muzabyumva kurushaho!

Icyumweru cyiza cya Mashami kuri buri wese witeguye kudatesha agaciro ububabare bwa Kristu.Uwabishobora yakisomera amasomo ya Liturijiya yo kuri iki cyumweru:
Kuramya Yezu agana i Yeruzalemu:Luc 19,28-40
Kuzirikana Ububabare bw’Umukiza: Is50,4-7
Phi.2,6-11
Luc 23,1-49

By P.B

Ces femmes qui deviendront cardinales

C’est vraiment une louable observation et admiration de l’activité des femmes dans la société. Il n’échappe à personne que la nuance n’est pas moindre entre diversité et totalité, dans la mesure où l’on n’a pas parlé de tous les secteurs de l’apostolat.

Comme chaque année, le monde entier se prépare à fêter la Journée de la Femme. Ce 8 mars 2016,le thème retenu est fortement intéressant: « Planète 50-50 d’ici 2030:franchissons le pas pour l’égalité des sexes  » .

Où en sera l’Église catholique de rite romain?Sur quelle planète sera-t-elle?Peut-être sur la Planète 50+50!Osera-t-elle franchir le pas pour cette égalité?

Nous ne nous attarderons pas sur la place de la femme dans l’Église. Certains diraient que l’Église ne donne pas des places, qu’il revient à chaque baptisé de prendre sa place. Et si toutes les places sont déjà occupées? L’Église n’en est pas moins consciente.

La conscience qu’elle a de tous ces problèmes est explicite dans les documents du Concile Vatican II. Quelque part, il est souligné ceci: « Comme, de nos jours, les femmes ont une part de plus en plus active dans toute la vie de la société, il est très important que grandisse aussi leur participation dans les divers secteurs de l’apostolat de l’Église » (Vatican II, Apostolat des laïcs, n°9)

C’est vraiment une louable observation et admiration de l’activité des femmes dans la société. Il n’échappe à personne que la nuance n’est pas moindre entre diversité et totalité, dans la mesure où l’on n’a pas parlé de tous les secteurs de l’apostolat.

Quels sont les secteurs où les femmes ne manifestent pas une participation importante dans l’Église? Qu’est-ce qui empêche leur participation d’être plus grande dans tous les secteurs de l’apostolat ? N’y aurait-il pas des secteurs réservés aux hommes comme s’ils étaient actuellement incompatibles avec l’état de femme ?

Le Catéchisme et le Code du Droit canon semblent avoir donné la réponse, quant à l’ordination: « Seul un homme (vir) baptisé reçoit validement l’ordination sacrée (CIC, can.1024). Le Seigneur Jésus a choisi des hommes (viri) pour former le collège des douze apôtres, et les apôtres ont fait de même lorsqu’ils ont choisi les collaborateurs qui leur succéderaient dans leur tâches.

Le collège des Évêques, avec qui les prêtres sont unis dans le sacerdoce, rend présent et actualise jusqu’au retour du Christ le collège des douze. L’Église se reconnait liée par ce choix du Seigneur lui-même. C’est pourquoi l’ordination des femmes n’est pas possible » (CEC,n°1577).

Femmes-pretres

Sans aucun doute, l’Église Catholique n’acceptera pas d’être à la traine de l’Église anglicane pour ce qui concerne l’ordination féminine. Dans ce cas, qu’est-ce que le Pape François pourra-t-il faire, lui qui veut une présence plus incisive des femmes dans l’Église?

Si les femmes ne peuvent point prétendre à l’ordination sacrée, sur quelles femmes l’Église saura-t-elle miser pour réaliser ce rêve d’égalité? La suite est à venir…..

P.B

Perdu, la Croix est venue à son secours

Il allait à sa perte. Fils aîné, Mario était le dernier de la classe. Les parents s’inquiétaient et pleuraient beaucoup. Dans l’école publique, il n’a obtenu que 38%. Comme ils étaient un peu aisés, ils l’ont conduit, sans demander son avis, dans une école privée très luxueuse. A la fin de l’année, il a récolté 20%. L’école ne voulait pas le garder.

Le conseil de la famille(oncles, tantes, cousins…)se réunit. On décida de l’envoyer dans une école dirigée par les Religieux (Abihayimana, les Frères). Le Directeur exigea un entretien avec le concerné. Celui-ci mit par écrit ce qu’il veut et ce qu’il fera(lettre de motivation)conformément au guide de conduite et de discipline de l’Établissement.

Le jour de la rentrée arriva. Comme d’habitude, les parents prirent leur Land Cruiser et le conduisirent à l’école avec 50000frw d’argent de poche. A l’accueil, on lui donna une grande enveloppe pour déposer son argent et ses bijoux.

En classe, sa place était n°1. Chose étonnante, il y avait en face, une Croix de Jésus qu’il n’avait jamais vue. Tiens! se dit-il, un élève qui échoue, ici, il est cloué comme ça?!Dans la salle à manger (réfectoire), la même scène qui force le silence.

Le soir ce fut le rassemblement dans la Chapelle. En franchissant la porte, il croisa un regard d’un jeune homme de sa taille, sur une très grande croix. Sapristi! Voilà un autre qu’on a cloué à cause de son échec! Le prochain ce sera moi! Il faut que je fasse attention!

D’ores et déjà, il s’appliqua studieusement. A la fin de l’année, il était le premier de la classe avec 80%. Les parents n’en revenaient pas. Ils lui demandaient comment il a fait. Il leur racontait cette aventure de la Croix qui est venue à son secours alors qu’il courait à sa perte.

Sans être Mario, une méditation semblable est possible à travers les lectures de ce dimanche( de Carême). Lisons spécialement la deuxième:

« Frères,
ensemble imitez-moi,
et regardez bien ceux qui se conduisent
selon l’exemple que nous vous donnons.

Car je vous l’ai souvent dit,
et maintenant je le redis en pleurant :
beaucoup de gens se conduisent en ennemis de la croix du Christ.
Ils vont à leur perte.
Leur dieu, c’est leur ventre,
et ils mettent leur gloire dans ce qui fait leur honte ;
ils ne pensent qu’aux choses de la terre.

Mais nous, nous avons notre citoyenneté dans les cieux,
d’où nous attendons comme sauveur
le Seigneur Jésus Christ,
lui qui transformera nos pauvres corps
à l’image de son corps glorieux,
avec la puissance active qui le rend même capable
de tout mettre sous son pouvoir.

Ainsi, mes frères bien-aimés pour qui j’ai tant d’affection,
vous, ma joie et ma couronne,
tenez bon dans le Seigneur, mes bien-aimés.« 
(Philipiens 3,17-4,1)

Bon dimanche à vous tous et toutes qui cherchez une lumière pour votre vie.

By P.B

Si c’est pour rien que vous êtes devenus croyants

Le soir, ils étaient à table. Ils mangeaient dans un calme de mort. De façon inattendue, il esquissa un sourire de tendresse; ce qu’il ne faisait pas souvent. D’une âme égale, il relança sa préoccupation. Il disait: « En fait, ce matin, quand vous avez acheté ces légumes, j’ai compris qu’on est agriculteur pour se nourrir ou pour vendre ses récoltes…

Au catéKillian est un jeune de 13 ans. Il a été baptisé quand il était petit-enfant, puis c’est tout. Ses parents ne lui avaient jamais parlé ni de Dieu, ni de l’Église, ni de son baptême.

Il a eu le malheur d’avoir les copains chrétiens. Un jour, ceux-ci l’ont invité au Caté. Pendant les ateliers, il posait beaucoup de questions. Il s’étonnait que ses copains connaissent autre chose que les leçons d’école. Les jours suivants, il venait de lui-même.

Quand il parlait de sa vie, tout le monde était suspendu sur ses lèvres. On l’écoutait assidûment. Cela lui manquait à la maison. Il apprit aussi à écouter les autres. Mais il n’était pas inscrit. L’animateur lui conseilla d’en parler à ses parents.

L’occasion se présenta. Ils avaient l’habitude de manger des légumes et des fruits frais. C’est un agriculteur qui les leur livrait. Et ils en parlaient à tout venant. Killian en profita pour introduire sa demande d’inscription au Caté. La réponse fut surprenante et unanime: «  On n’a pas de temps pour ça! »

Le soir, ils étaient à table. Ils mangeaient dans un calme de mort. De façon inattendue, il esquissa un sourire de tendresse; ce qu’il ne faisait pas souvent. D’une âme égale, il relança sa préoccupation. Il disait: « En fait, ce matin, quand vous avez acheté ces légumes, j’ai compris qu’on est agriculteur pour se nourrir ou pour vendre ses récoltes; ce n’est pas pour rien ».

Et alors? demandèrent les parents. « Vous aussi, leur répondit-il, ne me conduisaient pas au Caté si c’est pour rien que vous êtes croyants... » Les voyant interloqués, il se mit à faire cette lecture, à la place du Roman prévu:

 » Frères,
je vous rappelle la Bonne Nouvelle
que je vous ai annoncée ;
cet Évangile, vous l’avez reçu ;
c’est en lui que vous tenez bon,
c’est par lui que vous serez sauvés
si vous le gardez tel que je vous l’ai annoncé ;
autrement, c’est pour rien que vous êtes devenus croyants.

Avant tout, je vous ai transmis ceci,
que j’ai moi-même reçu :
le Christ est mort pour nos péchés
conformément aux Écritures,
et il fut mis au tombeau ;
il est ressuscité le troisième jour
conformément aux Écritures,
il est apparu à Pierre, puis aux Douze ;
ensuite il est apparu à plus de cinq cents frères à la fois
– la plupart sont encore vivants,
et quelques-uns sont endormis dans la mort –,
ensuite il est apparu à Jacques, puis à tous les Apôtres.
Et en tout dernier lieu, il est même apparu à l’avorton que je suis… »

Subitement, ils lui demandèrent d’arrêter par là. « Nous avons compris »,dirent-ils. « On verra… » Lui, il soupira profondément et les embrassa en disant: « Vous croyez?« 

u catéEt si vous voulez continuer d’apprécier toute la teneur du cadeau de Killian, c’est la deuxième lecture de ce dimanche:1Cor 15,1-8;9-11

Régalez-vous bien à l’approche du Carême(début ce Mercredi des Cendres)

P.B

Adiventi yahuriye na Noheli ku iteme

None se ni wowe nabwiwe na Yohani Batisita mwene Zakariya ubwo yabatirizaga muri uyu mugezi? Ariko se ko uwo yavugaga ari Emmanuel, waba waraje guhinduka Noheli gute?

Advent

Yari aberewe kandi yihuta nk’umugabo utegura ubukwe bwiyubashye bw’umuhungu we.Adiventi rero ageze ku iteme ritandukanya imijyi yombi, ahahurira n’umusore Noheli witegerezaga iyo mijyi. Bakubitanye amaso, barebana nk’aho baziranye. Adiventi ni ko kumubaza, ati « Uri uwande wa mwana we »?

Noheli, n’ikinyabupfura cyinshi, ati « N’ubwo undeba gutya, sindi umwana cyane. Ndi Noheli mwene Rugira wa Rubonerakure rwa Mugengajuru wa Shabukirakuganza wa Muhumurizabahanuzi wa Mugabwambere wo kwa Adamu. »

Adiventi, ati « Uri akagabo sha. Umuntu ufite ikivugo, ukaba uzi neza aho uva!None se ni wowe nabwiwe na Yohani Batisita mwene Zakariya ubwo yabatirizaga muri uyu mugezi? Ariko se ko uwo yavugaga ari Emmanuel, waba waraje guhinduka Noheli gute? »

Noheli aratangara cyane. Ati « Nawe se Yohani uramuzi? Rwose ni we wambatirije muri uyu mugezi ubona. Naho kutamenya ko ndi Emmanuel, ntayindi mpamvu, nuko abantu benshi babangukirwa n’izina rya Batisimu. »

Adiventi, ati « Ibyo bya Emmanuel ni bishya pe! Ahantu hafi ya hose bazi Père Noël. None se muri bamwe? »

Père Noël

Noheli ,ati « Na byo ni byiza. Niba na we bamuzi neza, nanjye bazamenya. Ahubwo reka tuve kuri iri teme, tubasanganire. Ubwo wowe mumenyeranye, ndaboneraho mbibwire. Ibyanjye ntibigoye. Kugira ngo tutayoba, dukurikire iriya nyenyeri, dore hano amatara yarazimye, n’abayafite ntibayacana.« 

Adiventi, ati « Nanjye ndi gutegura ubukwe bw’umuhungu wanjye muri mu kigero kimwe. Ngo kuva yarabatijwe, we n’umukunzi we, ashaka ko Kristu ababera umuhuza mu Kiliziya. Ibyo rero, nta mubyeyi wabyanga. Ndagutumiye. Uzaze dusangire amazi n’ibindi byiza. Umuhungu wanjye bizamushimisha kukumenya.

Emmanuel Noheli ati « Nzaza rwose! » Nuko baragenda. Ese bazakirwa neza? Ubukwe se bwo buzaba?

Dusome iri Jambo ry’Imana, nk’Inkuru Nziza y’ iki cyumweru: Luka3,8..18.

Muri icyo gihe,Yohani yabwiraga abantu bamusangaga ngo ababatize,ati « …Noneho nimugaragaze imigenzereze  ikwiranye n’ukwisubiraho nyako! »Inteko y’abantu ikabaza Yohani iti « Tubigenze dute? » Na we akabasubiza ati « Ufite amakanzu abiri agabane n’utayafite,n’ufite icyo kurya,na we agenze atyo. »Abasoresha na bo bazaga kwibatirisha bakamubaza ,bati « Mwigisha,dukore iki? » Arabasubiza , ati « Ntimugasoreshe ibirenze ibyategetswe ».Abasirikare na bo baramubaza ,bati « Twebwe se dukore iki?« Arabasubiza, ati « Ntimukagire uwo murenganya n’uwo mubeshyera, kandi munyurwe n’igihembo cyanyu. »

Kuko rubanda rwari rutegereje,kandi bose bibaza mu mutima wabo niba Yohani atari we Kristu,Yohani ni ko guterura abwira bose, ati « Njyewe mbabatirisha amazi, ariko haje undi undusha ububasha, sinkwiye ndetse no gupfundura udushumi tw’inkweto ze; we azababatiriza muri Roho Mutagatifu n’umuriro. Afite urutaro mu ntoki, kandi agiye gukubura imbuga ye:hanyuma azahunika ingano mu kigega cye, naho imishishi ayitwikishe umuriro utazima. » Nguko uko Yohani yahuguraga rubanda mu nyigisho nyishi, abagezaho Inkuru Nzaiza.

Nimwishime (Gaudete), mwebwe abamenye icyo gukora!

P.B