Dore ibyiza bya divayi wanywereye ku rugero!

Ibyago Waterwa Na Divayi

Abakunda agahiye bakavuga imyato, barenza kakabavugisha. Abandi bagahera aho ngo « Soma gake, divayi itera gukubagana. » Hari n’abahisemo kwinywera amazi cyangwa icyayi byonyine ngo batazagwa muri uwo mutego. Bakibagirwa ko Ikirahure cya divayi cyongera amahirwe yo kubaho!

Nyamara iyo barwaye, hari ubwo bagera kwa muganga akabandikira imiti irimo ka « alcool » nibura 10% kugira ngo bakire! Mu by’ukuri, abaganga bazi neza ko umubiri ukeneye « alcool. » Ikibazo ni uko abenshi bayirenza nk’abaca agahigo.

Aha ni ho Ijambo ry’Imana ritubwira ibyiza bya divayi wanywereye ku rugero. Reka tubyumve mu ijwi rya Mwene Siraki:

« Ntukavuge ko Divayi nta cyo yagutwara, kuko divayi yishe benshi.

Uko iziko rishegesha icyuma mu bushyuhe bwaryo, ni na ko divayi igenzereza abasinda bakirata.

Divayi ni ubuzima ku muntu, iyo uyinyoye mu rugero.

Ubuzima bumariye iki umuntu utagira divayi? Kandi yararemewe gushimisha abantu!

Divayi unywereye mu gihe ukayihaga, inezeza umutima.

Divayi wanyoye ukarenza urugero, kubera intego cyangwa ushotorana, igushengura umutima.

Ubusinzi bwongera umujinya w’igicucu, kugeza ubwo gikoze ishyano, bugabanya imbaraga, bugakurura inguma.

Niba mu birori mwanyweye divayi cyane, ntugatonganye mugenzi wawe, ntuzamusuzugurire ko yanezerewe, ntuzamubwire amagambo amutoneka, cyangwa ngo umuhungabanye umwishyuza. » (Sir 31, 25-31)

Buri wese yakuramo ibimureba, akamenya ibyo yakosora. Uwo  Divayi cyangwa Manyinya yagize imbata yakitegeza inguma ahorana nk’uwarwaye igicuri!Ugasoma asabana n’abandi cyangwa akarenza ku ifunguro rye rya buri munsi, tumwifurije kwizihirwa no gukomeza kuryoherwa.Naho ukararira akakiririrwa, we ni akumiro! Hari icyo yakura muri iyi nyigisho yibera wenyine? Naho se abo itera akanyamuneza bagasabagizwa n’ibyishimo?

Ibyiza Bya Divayi
Ibyiza Bya Divayi

Ubwo turi mu mpera z’ukwezi kandi, ntibitangaje ko hari abo kasize mu madeni, ejo bundi bakazahembwa bishyura. Ntibazibagirwe gufata ingamba zo kudahera muri urwo, dore ko hari igihe abo mu rugo bo bataba bazi n’uko gahumura!

By Protogène BUTERA

Auteur : protosbuyahoofr

Prêtre amateur de Philosophie politique et de Philosophie économique autant bien que du Droit de la Santé, je suis révolté par la misère de certains peuples vivant sous le seuil de la pauvreté. Ces questions me préoccupent: Pourquoi sont-ils dans cet état(de pauvreté)?Y a-t-il un moyen d'en sortir pour parvenir au bien-être atteignable? N'ont-ils pas droit au bonheur raisonnable? Mon doigt et mon regard se focaliseront sur les causes tandis que mon cœur méditera sur les actions susceptibles d'amélioration. Portant le même souci de nous informer sans polémiquer, nous ne tairons pas nos droits inaliénables ,car les devoirs s'imposent à nous. Dans cette voie, je compte sur vos commentaires et vos témoignages pour plus de lumière. P.B

%d blogueurs aiment cette page :