RWANDA-UBUREZI: UBUZE AKANDI KAZI ABA MWARIMU!

Mu Rwanda, hashize iminsi havugwa ibibazo byo gushyira abarimu mu myanya. Hari abakoze ibizami by’akazi bakabitsinda batarize iby’ubwarimu, hari n’abandi bazajyamo kuko ari byo bize. Tutibagiwe n’abazajyamo kuko ahandi hose basanze imiryango idadiye. Ese mu burezi ni ho hasigaye hajya ababuze akandi kazi?

Nyamara burya, uburezi n’umutekano ni zimwe mu nkingi z’ibanze mu iterambere ry’igihugu. Nta mutekano, ubuzima n’uburezi byahagarara. Nta burezi bufite ireme, igihugu cyahora gihuhwa n’imiyaga y’ubwoko bwose. Ibyo byombi ni intambara ikomeye. Kandi hose, uruhare rwa mwarimu ni indasimburwa.

Intambara y’umutekano mu mutwe

Mu gihe abasirikare n’abapolisi barwana intambara y’umutekano ku mipaka no mu mihanda, burya mwarimu we aba arwana intambara y’umutekano wo mu mitwe y’abana bamuca imbere ngo ubujiji bucike.

Ikibazo ni iki: muri iyi ntambara, mwarimu ahabwa intwaro n’amasasu bihagije? Ubusanzwe abana bagana ishuri, baba baje gutara ubwenge. Ese mwarimu ni we ugomba kwirwanaho mpaka ahasize amagara nk’utagira gitabara?

Abarimu nibitabweho nk’abasirikare n’abapolisi

Abasirikare n’abapolisi batabonye ibikoresho bihagije, umutekano ntiwacungwa neza.Turabizi kandi ko aho badahembwa neza, na bo bashaka ubundi buryo bwo kwihemba, maze ruswa ikabica bigacika ndetse n’ubugizi bwa nabi bwitwaje intwaro bugahabwa intebe.

Hacura iki kuri mwarimu usabwa gukurikirana abana batagira ingano, umuruho we ntihagire uwumenya? Bavuga ireme ry’uburezi, ikibazo kikagerekwa kuri we! Rwose mwarimu hanze aha yaragowe. Ibyo akora byagira ireme gute na we ntako yimereye? Ubonye nibura ubwo bwinshi bw’abana hari icyo bwongeraga ku mushahara we!

Ku rundi ruhande ariko, Leta yari ikwiye kubagenzereza nk’uko yabikoreye Abapolisi n’Abasirikare ibashyiriraho ihahiro ryihariye ridahenze( AFOS) kuko rijyanye n’umushahara wabo udakanganye. No ku barimu ni uko bikwiye kugenda: aho gutamika uwihaye wamwereka inzira akihahira. Biragayitse kubagenera imfashanyo nk’abandi bakene bose!Keretse niba minisiteri zibashinzwe ari uko zifuza ko baguma kumera.

Kuki batakorera ku mihigo?

N’ubwo abarimu batakwifuza miliyoni zihabwa abandi bakozi b’abanyapolitiki, nibura abazihabwa nibamenye ko « ikirima ari ikiri mu nda. »None se mwarimu(A2) uhembwa 59 125frw azahahira ku isoko rimwe na Depite uhembwa 1 500 000frw cyangwa Gitifu uhabwa arenga 900 000frw?

Habuze iki ngo abarimu bakorere ku mihigo ku buryo abayesheje bagenda bahembwa nibura 1/10 y’umwe muri bariya ba Nyakubahwa? Ikindi gikwiye kwitabwaho ni uko mwarimu yahemberwa umubare w’abanyeshuri barenga ku genwa n’amategeko. Bityo, ubwinshi bw’abanyeshuri bwamugirira akamaro n’ireme ry’uburezi rikamubera umutwaro utaremereye.

Mu burezi ni ho hasigaye akazi

Uko ibyumba by’amashuri byiyongera ni nako imyanya y’akazi ijya ku isoko ku bwinshi.Ubwo rero abashomeri baburaniwe, bari bamaze gukubitika, bati ntakundi nukujya mu burezi! Leta izishima ko yorohereje mwarimu umuruho kuko yamugabanyirije umubare w’abana, ariko ibonereho n’impamvu yo kutongera umushahara kubera ubwinshi bw’abo bakozi!

Ese kuri 25% batari bagafite, kazabonwa na bangahe? Gusa nyine, uwasekewe n’amahirwe akabona ako kazi, azagakora atishimye cyane, ariko n’agatima kamwibutsa ko « Ubusa-busa, buruta ubusa gusa. » Akari kera, ubagenera azibuka ko na bo ari abakozi bakwiye kureshya n’abandi.

By P.Protogène BUTERA

Biravugwa ko: Mwarimu azongererwa umushahara

Kuva amashuri yatangira kuri uyu wa kabiri tariki 2 Gashyantare,hari ijambo ritabura mu biganiro byacu mu karuhuko:umushahara wa mwarimu.Bamwe bati « Umushahara w’umupolisi wikubye kabiri bidasabye igihe.Ibi ni ibintu byiza cyane. » Ahubwo se ni ukubera iki bidakorwa ku bakozi bose?

Nkatwe abarimu twahawe imyaka 5(2012-2017) kugira ngo umushahara ube wiyongereyeho 50%.Ni nk’aho buri mwaka hazajya hagwaho agatonyanga kangana na 10%.Ese ibi bijyanye n’ibiciro ku isoko n’ubwo gushyirwa mu bikorwa na byo ari ibindi?

Reka twishyire mu mwanya w’abandi nanone twibaze:harya ubundi,hari impamvu yatuma abarimu bongererwa umushahara ku buryo bwihuse?Hari uwabagereranya n’abapolisi bafasha Leta kurwanya ruswa ndetse bakerekana ku mugaragaro abagerageje kuyibaha?Ni ikihe gikorwa abarimu bakerekana ngo Leta igihereho ibongerera kandi nta mafaranga binjiza?

Hari ibisubizo 2 byoroshye.Icya mbere ni icyubahiro cy’uko mwarimu yigishize ba Minisitiri,ba Coloneli,ba Senateri,n’abandi ubu bakaba bamusumbya intugu.Kuri iyi ngingo,mwarimu ni Rudasumbwa!Icya kabiri ni uko umupolisi adatabawe yasuzugurika,ahantu hose hakaba akajagari.Ikibuze ni ukubishyira ku munzani ngo buri wese ahabwe ikimukwiye kandi kimubereye(équité).

Twibuke ko mbere ya kiriya gikorwa cyagiriwe abapolisi(n’ubwo abo hasi na bo bagihabwa urusenda:70000frw/mois!),Minisitiri w’Uburezi yari yatangaje ko mwarimu bazamufasha kuzamura imibereho ye mu buryo butari amafaranga y’ako kanya.

Bitewe n’uko mwarimu na we amafaranga ayakeneye kandi akaba atamugwa nabi,hari abemeza ko mu minsi iri imbere ari abarimu Prezida Kagame azakurikizaho azamura mu mishahara. Ntibarakurayo amaso. Bategereje ukwezi kwa 6.Ngo ni yo mpamvu badacika intege.Wabona inzozi bazikabije,abatangizi bagahabwa 70000frw(100$)!Keretse niba tutagira abadusabira ngo Inama ya Guverinoma ibyemeze.

By Sekanyana Gaby, Gisagara

%d blogueurs aiment cette page :