Bamwicaje ku meza atari ay’ineza

Abantu bashobora kwangana kubera ko batumiwe mu minsi mikuru ntibicazwe mu myanya myiza.Kimwe n’uko mu minsi nk’iyo ushobora guhabwa icyicaro ku meza y’icyubahiro nyamara ibyiza bikajya bihita ubireba cyangwa na nyir’urugo,kubera imirimo myinshi, agasa n’utakwitayeho.

Ku rundi ruhande,abahuriye kuri ako gasuzuguro bashobora guhuza urugwiro.Muri urwo rwego, Ivanjili yo kuri iki cyumweru,iratwereka ukuntu Yezu bamwicaje ku meza atari ay’ineza kuko nyir’urugo yitekererezaga ibindi.

Nyamara kuri ayo meza yo kwa Simoni,Yezu yahasigiwe umubavu uhenze cyane,ahabonera n’ikimenyetso ko hari abamuririra.Bitewe n’uko uwitumiye yitwaza intebe,umugore utari watumiwe yabonye umwanya hafi y’ibirenge bya Yezu kandi amarira ye ntiyamupfira ubusa.Reka tubyumve:

« Umwe mu Bafarizayi atumira Yezu ngo basangire;yinjira iwe,ajya ku meza.Maze haza umugore wari ihabara mu mujyi.Yari yamenye ko Yezu ari ku meza,mu nzu y’uwo Mufarizay,aza afite urweso rurimo umubavu.

Nuko aturuka inyuma ya Yezu,yunama ku birenge bye arira.Amarira atonyangira ku birenge bya Yezu,abihanaguza imisatsi ye,agumya kubisoma,anabisiga umubavu.

Umufarizayi wari wamutumiye,ngo abibone,aribwira ati « Uyu muntu,iyo aba umuhanuzi koko aba yamenye uyu mugore umukora uwo ari we,n’icyo ari cyo:ko ari umunyabyaha.

Yezu araterura,aramubwira ati « Simoni,mfite icyo nkubwira. » Undi aravuga ati « Mbwira,mwigisha. » Yezu ati « Umuntu yari afite abantu babiri bamurimo umwenda;umwe yari amurimo amadenari magana atanu,undi mirongo itanu.Babuze icyo bishyura,abarekera uwo mwenda.Muri abo bombi,ni uwuhe uzarusha undi kumukunda? » Simoni ati « Ndasanga ari uwarekewe umwenda munini. »Yezu aramubwira ati « Usubije neza. »

Nuko ahindukirira wa mugore,abwira Simoni ati « Urabona uyu mugore?Ninjiye mu nzu yawe,ntiwansuka amazi ku birenge;naho we yuhagije ibirenge byanjye amarira ye,maze abihanaguza imisatsi ye.Ntiwampobeye unsoma;naho we,kuva aho yinjiriye mu nzu,ntiyahwemye kunsoma ibirenge.Ntiwansize amavuta ahumura mu mutwe;naho we,yansize umubavu ku birenge.

Ni cyo gitumye nkubwira nti:ibyaha byose uko bingana arabibabariwe,kubera urukundo rwe rwinshi.Naho ubabariwe bike, akunda buke.Nuko Yezu abwira uwo mugore ati « Ibyaha byawe birakijijwe ».Abari kumwe na we ku meza batangira kwibaza bati « Uyu ni muntu ki ugeza n’aho gukiza ibyaha? » Nuko Yezu abwira wa mugore ati « Ukwemera kwawe kuragukijije;genda amahoro. »

Nuko Yezu ashyira nzira,azenguruka imijyi n’insisiro,yamamaza Inkuru nziza y’Ingoma y’Imana.Ba Cumi na babiri bari kumwe na we.Hari kandi n’abagore bamwe bari bakijijwe roho mbi n’izindi ndwara;barimo Mariya bise Madalena,wari wameneshejwemo roho mbi ndwi;hari na Yohana mu ka Shuza,umunyabintu wa Herodi, na Suzana n’abandi benshi babafashishaga ibintu bari bafite. »(Lc 7,36-8,3)

Niba nawe umushakana umutima mwiza,uyu munsi arakubwira ngo « Ukwemera kwawe kuragukijije;genda amahoro ».Nuko icyumweru kikubere cyiza rwose.

By P.B

Hari umugisha w’abadasangira umugati?

Kuri iki cyumweru,abakristu barahimbaza umunsi mukuru w’Isakramentu Ritagatifu.Aho bishoboka bararitambagiza mu mijyi,mu mihanda no mu nsisiro,batera indabo n’amajwi hejuru mu ndirimbo z’ibyishimo.

Mu kwemera gukomeye,baraba bashyira mu bikorwa aya magambo Yezu Kristu yadusigiyeho umurage: « Ibi,mujye mubikora munyibuka »(Lc 22,19).Baraba bibuka ko aho yanyuraga yagendaga agira neza kandi ko mu bihe byiza bamwakirije amashyi n’impundu.

Naho abamuhabwa bisanzwe cyangwa bwa mbere,barazirikana ko umugisha w’Imana ubahoraho iyo bashoboye gusangira badacuranwa,
n’ibisigaye ntibipfe ubusa.

Hirya no hino hari abakeneye gukira indwara n’inzara(cyangwa indwara y’inzara)ariko hari n’abakeneye gukira umurengwe.Abadafite na mba n’abafite duke iyo bahujwe na Yezu,ibihari abivana hasi abyerekeza hejuru maze bikabamanukiraho bose bagakwirwa.Ubwo se umwanzi witwa inzara ntaba atsindiwe muri ibyo biganza?

N’abasanzwe bafite byose iyo bahuriye ku Mana,ibintu biba mahwi.Niko byagendekeye Malikisedeki,umwami w’amahoro n’ubutabera,na Abramu wari uvuye gutabara murumuna we Loti bari batwaye bunyago.Reka tubyumve mu isomo rya mbere:

« Abramu ubwo yahindukiraga amaze kunesha Kedorilahomeri n’abandi bami bari kumwe,umwami wa Sodoma amusanganirira mu kibaya cya Shave,umubande w’umwami.Malekisedeki umwami wa Salemu azana umugati na divayi;yari umuherezabitambo w’Imana Isumbabyose.Asabira Abramu umugisha avuga ati ‘Abramu nagire umugisha w’Imana Isumbabyose yaremye ijuru n’isi!Kandi hasingizwe Imana Isumbabyose yashyize abanzi bawe mu maboko yawe!’ Nuko Abramu amutura igice cya cumi kuri byose.Umwami wa Sodoma abwira Abramu ati ‘Mpa abantu,wijyanire ibintu’. Ariko Abramu asubiza umwami wa Sodoma,ati ‘Ndahiriye imbere y’Imana Isumbabyose yaremye ijuru n’isi,ko kuva ku rudodo kugeza ku gashumi k’inkweto,nta kintu cyawe njyana,hato utazavuga uti ‘nijye wakijije Abramu’.Ntacyo nshaka,keretse ibiryo by’abagaragu banjye(Intang.14,17-24a). »

Biragaragara ko umwami wa Sodoma n’uwa Salemu batari bagendereye ikintu kimwe.Uwa Sodoma akeneye amaboko(abantu),naho uwa Salemu aratanga umugati n’umugisha.Abramu we n’ibyo ahawe abisangira n’ubitanze,ntagire icyo yigomba kirenze ibyo kugoboka abantu be.

Niko na Yezu abigenzereza intumwa n’abigishwa be.Bamuhereza imigati itanu n’amafi abiri, bagasangira na We imigisha akomora ku Mana,maze n’abandi bose bakaboneraho(Ivanjili:Luka 9,11-17).

Iki cyumweru rero,duhere aho twibaze niba abadasangira umugati(mu nyito zose=sens)bashobora gusangira umugisha, waba uw’amahoro cyangwa uw’ubusugire(prospérité)?

Na nore ariko, « Ibyo tudashobora kumva no kubona,ukwemera kwacu ni ko kubihamya« (Indirimbo ya ‘Rata Siyoni’=Lauda Sion).Yezu arahagoboka. Tumuramye.

By B.P

La grâce de l’appel

Ce quatrième dimanche de Pâques est dédié à la prière des vocations.Le thème retenu est: « L’Église,mère des vocations ». Pourquoi au pluriel? Parce qu’il s’agit de la vocation à la prière et de la vocation à la mission.C’est ce qui ressort de la première lecture(Actes 13,14.43-52): « …Paul et Barnabé parlant avec eux(les convertis)les encourageaient à rester attachés à la grâce de Dieu ».

Il faudra de l’encouragement,car, dans chaque vocation(maritale , religieuse ou professionnelle),la jalousie et l’agitation ne manqueront pas d’envahir les cœurs même des gens qui adorent Dieu et des notables de la cité ou de l’entreprise, de la paroisse ou de nos clochers.

Il est donc important, pour chacun ,de découvrir la grâce de l’appel.Aussi souhaité-je vous partager ces quelques vers:

Ton appel Seigneur
Est un perpétuel réveil.

Il revêt l’homme de tant de grâces
Pour qu’il se déplace vers sa place.

Tu t’es approché de lui
Moyennant son oui
A ton appel qui le réveille
S’il ne bouche pas ses oreilles.

Cela affermit son espoir
De te rejoindre un jour agréable
De séjourner et te voir
Dans tes demeures ineffables.

Conscient de sa petitesse
En face de ta bonté magnanime
Il pense à ta volonté
De valoriser comme richesse
Les différences qui l’animent
Dans ses relations avec l’autre.

Cet autre qui est à considérer
Comme un frère aimable
Avec qui manger à la même table,
Un frère à soutenir dans le malheur.

Un frère avec qui vivre ensemble,
Un frère
Avec qui se réjouir dans le bonheur
Avec qui coopérer et collaborer
Pour élaborer un avenir meilleur.

Un frère
Qui n’est ni un ennemi à honnir
Ni un ennemi à clouer au pilori
Ni un ennemi
A chasser à belles dents
Ni un ennemi
A souhaiter la disparition
Ni un ennemi indésirable
Comme un chiendent.

Oui ! Ton appel
Réveille et interpelle
Chacun à vivre dans la vérité
Pour que ceux Tu appelles
Dépassent leur incrédulité
Et passent de leurs chemins iniques
Vers le Chemin du Père unique.

Ceux qui veulent approfondir le message de  cette journée,ils peuvent lire aussi l’Évangile(Jean 10,27-30).

Je vous souhaite un bon dimanche, là où vous unissez toutes vos prières.

By P.B

Abantu ntibakubuza kumvira Imana?

Hari ku cyumweru.Kamali na Clémentine bari biteguye kujya gusenga.Mu gihe batekerezaga guhaguruka,bumva ku rugi ngo kraaa,kraaa!Incuti zabo batari baherukanye ziba zibagezeho zitabateguje.

Bakingura mu nda byanga,ariko barihangana.Baraganira biratinda,basanga batazinduwe n’ubusa.Umugore n’umugabo bari mu nzira zo gusenya kandi ari abantu basenga Imana, abandi bagafashwa.

Nuko babasaba kubasengera mu Izina rya Yezu.Bene urugo barabyemera,barambura Bibiliya basangira Ijambo ry’Imana,bayereka imitima yabo.Barangije barateka, basangira n’ibindi byiza.

Ku cyumweru cyakurikiyeho na cyo nticyabahira.Kare kare Inkeragutabara zazindukiye ku miryango na ba bantu b’utugoma n’utudebe ,ngo zirahururiza inama(zitwa ibiganiro) ku Murenge, yo kwakira abategetsi babagendereye.

N’uwo munsi ntibaba bakigiye ku rusengero.Birirwa mu nama kuva saa tatu kugera saa saba.Bakomereza mu yo mu Mudugu kuva saa saba n’igice kugera bwije(saa kumi n’imwe n’igice).Bataha bitotombera iyo

Gutinya amande cyangwa inkoni ntibyatuma utera Imana umugongo ariko ugakiza amagara?Ese hari uwahitamo gukora ukundi akabikira cyangwa bikamugwa amahoro?Amasomo yo kuri iki cyumweru yatwongerera inama.Reka dushakire nibura mu rya mbere ryo mu gitabo cy’Ibyakozwe ,n’Intumwa:

« Muri iyo minsi bazana Intumwa bazihagarika imbere y’Inama nkuru.Umuherezabitambo mukuru arababaza ati Twari twarabihanangirije dukomeje kuazongera kwigisha mwitwajero zina,none dore Yeruzalemu yose mwayujujemo inyigisho zanyu.Murashaka rero kuduhamya amaraso y’uwo muntu?

Petero n’izindi Ntumwa barabasubiza bati tugomba kumvira Imana kuruta abantu.Imana y’abasekuruza bacu yazuye Yezu,uwo mwishe mumumanitse ku giti.Ni we Imana yakurishije ububasha bwayo ngo abe Umutegetsi n’Umukiza,kugira ngo aronkere Isiraheli ukwisubiraho n’ibabarirwa ry’ibyaha.Turi abagabo bo kubihamya,twe na Roho Mutagatifu Imana yahaye abayumvira.

Nuko bahamagara Intumwa bazikubitta ibiboko,bazibuza rwose kongera kwigisha mu izina rya Yezu,maze barazirekura.Ngo zive mu nama nkuru,zigenda zishimye kuko zagize ihirwe ryo kugirirwa nabi,zizira izina rya Yezu.(Actes 5,27b-32.40b-41).

<P>Icyumweru gihire kuri buri wese.

<P>By P.B

Niba Imana yarihishe, imiryango irakinguye kwa Satani!

Mperutse guhura n’abahamya ba Yehova, ba bandi bagenda ari babiri babiri bamamaza ubwami bw’Imana yabo kuri iyi si.Mugenzi wanjye twari kumwe arabakurikirana nk’uwatwawe n’inyigisho z’akataraboneka,dore ko amadini muri kino gihugu amaze kuba isoko n’uburo.

Uwo munsi ni bwo numvise icyo ubuzima bwe buhatse. Ibiganiro byari bikarishye. Buri ruhande rwakajije imitana. Abo bigisha bagaragazaga ukuntu ibihugu birimo ibibazo ari ibyahigitse ubwami. Ngo ni yo mpamvu ubw’Imana bugomba kuva mu ijuru bukagaruka ku isi.

Shyirakera wanjye ntiyagaragaza ko atabishyigikiye. Ati « Kuva nkiri muto nakuze nshaka Imana, ariko kugeza ubu sindayibona.Yaranyihishe pe!Mwebwe se mwarayibonye ngo muyinyereke?« 

Abakozi b’Imana batangira kurebanaho. Mu gihe bagishidikanya, ababwira ko ari umuyoboke wa Satani kandi ko kuva yamukingurira amarembo ari nta kintu abuze. Ngo ibyo biramuhagurutsa bikamujyana i Bujumbura gusengerayo. Ngo afite icyizere ko no mu Rwanda batazatinda kuhabona icyicaro, kuko bahaguruka i Kigali buzuye Kwasteri.

Abandi na bo bati « Reka reka reka, ibyo si iby’i Rwanda. N’ubwo Abakurambere bacu bemeraga Rurema, Rugira, Rugaba na Ruremankwashi, ntaho yari ihuriye na Satani. Nta muyobozi wakwemera ibyo, kabone n’iyo yaba atemera Imana y’abazungu. »

Abayobozi bagize neza

Ni iby’agaciro kuba mu Rwanda bataremereye amadini asenga Satani ko akorera mu gihugu cyacu. Ariko se bizamara kabiri niba yashoboraga kuhabona abayoboke? Birakwiye kwibaza n’iki kibazo:Byaba biterwa n’iki ngo abantu bagere aho bemera Satani?

Abashishoza basanga ubwinshi bw’amadini bushobora kuba ikimenyetso cy’ibibazo sosiyete cyangwa igihugu gifite. Biba byerekana ko nta rwego ruba rugishoboye gutanga ibisubizo bifatika. Abantu bagapfunda imitwe aho babonye nk’abahiriye mu nzu. None se abo ubukene bwugarije, babonye aho basenga bakabukira, ntibajyayo?

Kwa Satani nta mukene uhaba!

Eglise de satan 1

Kuri iyi tariki ya 30 Mata 2016 ni isabukuru y’imyaka 50 Kiliziya ya Satani(Eglise de Satan) imaze ishinzwe muri Amerika. Inyigisho n’ingenamitekerereze byayo biri muri Bibiliya ya Satani(La Bible satanique)yanditswe na fondateri w’iryo dini, Bwana Anton Szandor Lavey.

Icyabimuteye ni ukubona ukuntu inyigisho zo mu madini asanzwe zitsikamira muntu zikamubuza amahwemo. Yari afite inkomoko y’Abayahudi(batojwe gukomera ku Mategeko y’Imana)aniga muri Univerisite z’abakirisitu. Ni ho yahereye ategura inyigisho ze ko Satani ntaho ahuriye n’Imana ibuza abantu ibyo umutima ushaka kandi bafitiye ubushobozi.

Yakitwa iya Satani cyangwa Lusifero, abo muri ayo madini bemera ko nta Mana ibaho yaheza abantu mu bukene ngo ibe ikitwa Imana ikiza. Aho ubukene bwiyongera cyangwa bugahindura isura(mu rubyiruko no mu bana b’inzererezi!), bararye bari menge kuko abavugusi b’imiti barekereje. Kandi igisubizo cyabo kiroroshye:Niba Imana yarihishe, kwa Satani imiryango irakinguye.

By Bumbakare Frédéric/Kacyiru-Kigali

Perdu, la Croix est venue à son secours

Il allait à sa perte. Fils aîné, Mario était le dernier de la classe. Les parents s’inquiétaient et pleuraient beaucoup. Dans l’école publique, il n’a obtenu que 38%. Comme ils étaient un peu aisés, ils l’ont conduit, sans demander son avis, dans une école privée très luxueuse. A la fin de l’année, il a récolté 20%. L’école ne voulait pas le garder.

Le conseil de la famille(oncles, tantes, cousins…)se réunit. On décida de l’envoyer dans une école dirigée par les Religieux (Abihayimana, les Frères). Le Directeur exigea un entretien avec le concerné. Celui-ci mit par écrit ce qu’il veut et ce qu’il fera(lettre de motivation)conformément au guide de conduite et de discipline de l’Établissement.

Le jour de la rentrée arriva. Comme d’habitude, les parents prirent leur Land Cruiser et le conduisirent à l’école avec 50000frw d’argent de poche. A l’accueil, on lui donna une grande enveloppe pour déposer son argent et ses bijoux.

En classe, sa place était n°1. Chose étonnante, il y avait en face, une Croix de Jésus qu’il n’avait jamais vue. Tiens! se dit-il, un élève qui échoue, ici, il est cloué comme ça?!Dans la salle à manger (réfectoire), la même scène qui force le silence.

Le soir ce fut le rassemblement dans la Chapelle. En franchissant la porte, il croisa un regard d’un jeune homme de sa taille, sur une très grande croix. Sapristi! Voilà un autre qu’on a cloué à cause de son échec! Le prochain ce sera moi! Il faut que je fasse attention!

D’ores et déjà, il s’appliqua studieusement. A la fin de l’année, il était le premier de la classe avec 80%. Les parents n’en revenaient pas. Ils lui demandaient comment il a fait. Il leur racontait cette aventure de la Croix qui est venue à son secours alors qu’il courait à sa perte.

Sans être Mario, une méditation semblable est possible à travers les lectures de ce dimanche( de Carême). Lisons spécialement la deuxième:

« Frères,
ensemble imitez-moi,
et regardez bien ceux qui se conduisent
selon l’exemple que nous vous donnons.

Car je vous l’ai souvent dit,
et maintenant je le redis en pleurant :
beaucoup de gens se conduisent en ennemis de la croix du Christ.
Ils vont à leur perte.
Leur dieu, c’est leur ventre,
et ils mettent leur gloire dans ce qui fait leur honte ;
ils ne pensent qu’aux choses de la terre.

Mais nous, nous avons notre citoyenneté dans les cieux,
d’où nous attendons comme sauveur
le Seigneur Jésus Christ,
lui qui transformera nos pauvres corps
à l’image de son corps glorieux,
avec la puissance active qui le rend même capable
de tout mettre sous son pouvoir.

Ainsi, mes frères bien-aimés pour qui j’ai tant d’affection,
vous, ma joie et ma couronne,
tenez bon dans le Seigneur, mes bien-aimés.« 
(Philipiens 3,17-4,1)

Bon dimanche à vous tous et toutes qui cherchez une lumière pour votre vie.

By P.B

Biravugwa ko:Papa François azemerera abapadiri kurongora

Mu kwitegura umunsi mukuru wa Saint Valentin,abakobwa n’abagore bikundira Padiri cyangwa bikundanira na we ntibicaye ubusa.Barasenga bapfukamye ngo Imana yumve ugutakamba kwabo. Kandi bafite icyizere ko Papa François azabibashyigikiramo kuko batinya kuba abakeba (rivales) ba Kiliziya.Barasaba ngo abapadiri bemererwe kurongora.

Mu rwego rwo gutegura imitima ya benshi batarumva ishingiro ry’icyo kibazo,hari abasanga Papa yatangira ageza ku bupadiri(ordination) abagabo bubatse ingo.Ibi kandi biroroshye kuko mu bihugu byinshi(cyane iby’i Burayi)hari Abadiyakoni (Diacres permanents) bafite n’abuzukuru.

Uretse n’ibyo,ubu buryo bwakuraho urwikekwe hagati y’abandi bapadiri bakiriwe muri Kiliziya Gatolika bari basanzwe bafite abagore kuko bari bavuye mu Baporoso(Eglise calviniste ou anglicane)aho bakoraga nka Pasiteri.Mwene abo baboneka mu bihugu nk’Ubudage,Ububiligi,Ubusuwisi..

Si ibyo gusa kuko hari n’abakristu bo mu nzego zinyuranye babibonamo igisubizo cy’ubukendere bw’abapadiri(crise des vocations)cyangwa umuti w’ibibazo by’abinigurira k’utwana tw’uduhungu(pédophilie).

Nta gusubira inyuma

N’ubwo bimeze gutyo,hari abatabikozwa n’abashaka kumva impamvu.Muri abo harimo umubyeyi ufite umwana we umaze imyaka 5 mu bupadiri. Yiyemeje kumenya igitegereje umuhungu we.Ngo akiri muri iniverisite yari afite umukobwa bacuditse.Ubwo aherutse kumusura, ngo yamubajije uko abyitwaramo,padiri amusubiza ko ategereje icyo Papa azavuga kuri iki kibazo.

Umubyeyi wivugira ko ari umukristu usenga kandi ukunda Kiliziya,ngo iyo arebye abapadiri aho bateraniye,bimutera kwibaza.Ngo  ibyo abandi bantu bakora ku mugaragaro ntibibaviremo icyaha,kuki biba icyaha kuri padiri cyangwa akagomba kubikora yihishe?

No mu rugaga rw’ababyeyi batanze izo Ntore z’Imana, babiganiriyeho.Brigitte biramushimisha cyane.Abwira abandi ko amaze kukivuganaho n’Abasenyeri(Evêques)barenze 5.Ngo ariko umwe, n’ubwo igisubizo yamuhaye kitamunyuze,yaramwumije.

Ngo kudashaka abagore kw’abapadiri ni wo musalaba w’ikuzo Kiliziya gatolika yakwiratana kuko ari kimwe mu mwihariko wayo itandukaniyeho n’andi madini.Ikindi ngo ni uko mu binyejana byashize(mbere y’ikinyajana cya 10),ibyo byabayeho.Icyatumye Kiliziya ibihagarika ndetse ikabigira umuziro,kiracyariho.

Kuri uwo Musenyeri,ngo gusubira inyuma kuri iyo ngingo, byaba ari nka byabindi Bibiliya ivuga ngo « Imbwa yasubiye ku birutsi byayo, cyangwa ngo ingurube ikimara kwiyuhagira yongeye kwivuruguta mu isayo« (2Pet.2,22).Ati « Byabaye nk’isengesho ry’amage,sinibuka kuvuga Amen ».

Biri mu nzira
Prêtre marié et ses enfants

Abazi gutera impigi bo bemeza ko ibintu biri mu nzira.Ngo izera kandi zitabeshya ni ebyiri: iya mbere ni Itegeko-Teka(Décret)ryo ku wa 14 Kamena 2014,Papa François yasinye ryemerera abapadiri bo muri Kiliziya z’Iburasirazuba (Orthodoxes)bafite abagore n’abana, gukorera ubutumwa mu maparuwasi ku buryo busanzwe.

Byumvikane ko iri Tegeko rizageraho rigakomorera n’abapadiri bahisemo kwibanira n’abo bakunda ariko bagombye guhagarara ku mirimo bakoraga muri Kiliziya Gatolika.Inzira ya kabiri ni imyanzuro ya Sinodi ku bibazo byugarije Umuryango(Synode sur la Famille).

Prêtre homoNgo Papa François ntazirengagiza ko Kiliziya na yo ari umuryango(Eglise-famille)urimo abatandukanye n’ababo (divorcés;umupadiri ushatse umugore aba akoze « divorce » na Kiliziya bagiranye isezerano!)ndetse n’ababana n’abandi mu buryo butamenyerewe(gays).Ese bizamworohera?

Ubwo iki cyumweru ari umunsi mukuru mpuzamahanga wo kwita ku buzima no ku barwayi(Journée mondiale de la santé et des malades),Saint Valentin afashe ababishaka kubona umuti w’indwara zimunga urukundo,no kugira ubuzima bubizihiye.

By P.B

Si c’est pour rien que vous êtes devenus croyants

Le soir, ils étaient à table. Ils mangeaient dans un calme de mort. De façon inattendue, il esquissa un sourire de tendresse; ce qu’il ne faisait pas souvent. D’une âme égale, il relança sa préoccupation. Il disait: « En fait, ce matin, quand vous avez acheté ces légumes, j’ai compris qu’on est agriculteur pour se nourrir ou pour vendre ses récoltes…

Au catéKillian est un jeune de 13 ans. Il a été baptisé quand il était petit-enfant, puis c’est tout. Ses parents ne lui avaient jamais parlé ni de Dieu, ni de l’Église, ni de son baptême.

Il a eu le malheur d’avoir les copains chrétiens. Un jour, ceux-ci l’ont invité au Caté. Pendant les ateliers, il posait beaucoup de questions. Il s’étonnait que ses copains connaissent autre chose que les leçons d’école. Les jours suivants, il venait de lui-même.

Quand il parlait de sa vie, tout le monde était suspendu sur ses lèvres. On l’écoutait assidûment. Cela lui manquait à la maison. Il apprit aussi à écouter les autres. Mais il n’était pas inscrit. L’animateur lui conseilla d’en parler à ses parents.

L’occasion se présenta. Ils avaient l’habitude de manger des légumes et des fruits frais. C’est un agriculteur qui les leur livrait. Et ils en parlaient à tout venant. Killian en profita pour introduire sa demande d’inscription au Caté. La réponse fut surprenante et unanime: «  On n’a pas de temps pour ça! »

Le soir, ils étaient à table. Ils mangeaient dans un calme de mort. De façon inattendue, il esquissa un sourire de tendresse; ce qu’il ne faisait pas souvent. D’une âme égale, il relança sa préoccupation. Il disait: « En fait, ce matin, quand vous avez acheté ces légumes, j’ai compris qu’on est agriculteur pour se nourrir ou pour vendre ses récoltes; ce n’est pas pour rien ».

Et alors? demandèrent les parents. « Vous aussi, leur répondit-il, ne me conduisaient pas au Caté si c’est pour rien que vous êtes croyants... » Les voyant interloqués, il se mit à faire cette lecture, à la place du Roman prévu:

 » Frères,
je vous rappelle la Bonne Nouvelle
que je vous ai annoncée ;
cet Évangile, vous l’avez reçu ;
c’est en lui que vous tenez bon,
c’est par lui que vous serez sauvés
si vous le gardez tel que je vous l’ai annoncé ;
autrement, c’est pour rien que vous êtes devenus croyants.

Avant tout, je vous ai transmis ceci,
que j’ai moi-même reçu :
le Christ est mort pour nos péchés
conformément aux Écritures,
et il fut mis au tombeau ;
il est ressuscité le troisième jour
conformément aux Écritures,
il est apparu à Pierre, puis aux Douze ;
ensuite il est apparu à plus de cinq cents frères à la fois
– la plupart sont encore vivants,
et quelques-uns sont endormis dans la mort –,
ensuite il est apparu à Jacques, puis à tous les Apôtres.
Et en tout dernier lieu, il est même apparu à l’avorton que je suis… »

Subitement, ils lui demandèrent d’arrêter par là. « Nous avons compris »,dirent-ils. « On verra… » Lui, il soupira profondément et les embrassa en disant: « Vous croyez?« 

u catéEt si vous voulez continuer d’apprécier toute la teneur du cadeau de Killian, c’est la deuxième lecture de ce dimanche:1Cor 15,1-8;9-11

Régalez-vous bien à l’approche du Carême(début ce Mercredi des Cendres)

P.B