Umutagatifu w’umunsi: MATIYASI INTUMWA, umurinzi w’abubatsi

Matiyasi ni umuntu urangwa n’umutima mwiza no kwitangira abandi atizigamye. Kubera iki?

Yuda Isikariyoti amaze kwiyahura, hakenewe umusimbura kugira ngo umubare w’Intumwa ukomeze kuba cumi n’ebyiri nk’uko Yezu yari yarabiteganije kandi uhwane n’imiryango 12 ya Isiraheli.

Yezu amaze gusubira mu ijuru(Asensiyo),inama y’abantu 120 bayobowe na Petero yarateranye, bahitamo babiri bagomba gutorwamo umwe wiyongera ku Ntumwa 11 zari zisigaye.

Abo babiri ni YOZEFU witwaga BARISABA ndetse wari warahimbwe NTUNGANE(Justus), na MATTHIAS. Nyamara nyuma y’isengesho ni MATTHIAS watorewe uwo mwanya kugira ngo na we abe umuhamya w’Izuka rya Nyagasani(Int 1, 20-26)

Ikibazo kikibazwa ni iki: ko Pawulo na we yatorewe kuba Intumwa nk’uko abyivugira(Rm 1,1; 1Cor1,1…), Matthias ni Intumwa ya 12 cyangwa ni iya 13?

Ntiyaje kuzuza umubare

N’ubwo bimeze gutyo, Mutagatifu Matiyasi ntiyaje kuzuza umubare gusa! Uwo Kiliziya ihimbaza kuri iyi tariki ya 14 Gicurasi,bivugwa ko yashinze Kiliziya yo muri Etiopiya aho yigishije Ivanjili imyaka irenga 33.

Yaguye i Yeruzalemu mu myaka ya 63 cyangwa 81 nyuma ya Yezu. Kimwe n’izindi Ntumwa, yishwe azira ukwemera. Yicishijwe ishoka(hache)ikaba ari yo mpamvu ari UMUVUGIZI w’ABUBATSI(Charpentiers),’ABABAZI(Bouchers).

Matiyasi arangwa n’iki?

Nk’uko izina rye ribisobanura, Matthias ni impine ya Mattathias(Don de Dieu). Ni umuntu urangwa n’umutima mwiza no kwitangira abandi(générosité)kandi agatwarwa cyane(sentimental).

Mu byo akora, yibanda cyane kubikurura umutima we(passion)kandi bimufitiye akamaro(ce qui l’intéresse).Hari ubwo ashobora kugaragaza ubushake buke ariko iyo amaze kumenya neza umuhamagaro we, yitanga atizigamye.

Mwese abamwiyambaza tubifurije umunsi mukuru mwiza. Mutagatifu Matthias, udusabire.

By P.Protogène BUTERA

Menya igisobanuro cy’izina ryawe : AGNES

Kuri iyi tariki 21 Mutarama, abakirisitu b’abagatolika bizihiza Mutagatifu Agnès. Birakwiye ko abamwiyambaza bamenya igisobanuro cy’iryo zina, bityo bibafashe kwera imbuto zikwiye mu mibereho yabo no mu mushyikirano wabo n’Imana.

Agnes ni muntu ki?

Ni umukobwa w’imyaka 13 wagaragaje ukwemera gukomeye ahitamo gutwikwa aho guhakana Imana ashyingirwa ku ngufu n’umwana w’umutware w’i Roma(Préfet de Rome).N’ubwo bamenye ko yavutse muri 290, akicwa muri 303, abantu batangariye ubutwari bw’uwo mwana ariko bayoberwa izina rye ry’ukuri.

Kubera icyo gikorwa cye cy’ukwemera, abavuga Ikigereki bamwise Agnê(=pur, net, sacré, sans tâche)mbese bivuga ko ari UWERA, MUHORACYEYE…Nyuma, nibwo abavuga Ikilatini barangajwe imbere na Mutagatifu Ambroise barisanishije na Kristu, Ntama w’Imana(Agnus Dei)maze ahinduka AGNES.

Statue de Sainte Agnès
Photo de santagnese.org

Tumwibuka nk’uwahowe Kristu(martyr),akamesa ikanzu ye mu maraso ya Ntama(Ap7,14),bityo agahabwa ikamba ry’umutsindo. Ni yo mpamvu muri liturijiya hategurwa ibara ry’umutuku .

Agnès arangwa n’iki?

Ababikurikiye neza basanze AGNES afite ubwenge(intelligence) butuma agera ku cyo ashaka bitamugoye kuko azi guhimba udushya(innovation). Ariko nanone arababara cyane(très sensible) ku buryo agahinda gashobora gusimbura ibyishimo mu gihe gito.

Ibyiza bimuranga harimo gushishikazwa n’ubutabera. Naho mu by’urukundo,agira ibanga n’igikundiro(discrète et aimable).Gusa nyine yaba arakaye, bikamugora kubihisha.

Muri urwo rwego, Agnès ni umuvugizi w’abitegura gushyingirwa bakiri isugi cyangwa badaciye iz’ibusamo(Patronne des fiancées). Bitewe n’igihugu cyangwa ururimi, hari aho yitwa Agnese, Aina, Aïssa, Ania, Nessie, Oanell…Abo bose tubifurije umunsi mwiza.

By P.Protogène BUTERA

Umutagatifu twibuka: Sainte Céline,umurinzi w’umubano mu bantu

Uyu munsi tariki ya 21 Ukwakira abahisemo iri zina rya Selina cyangwa bakaryitwa n’ababyeyi babo umunsi wa Batisimu, biteguye guhabwa indabo cyangwa se kubona twa messages/Sms tubabwira ngo « Umunsi mwiza! » Ariko se bazi impamvu y’iryo zina cyangwa icyo uwo rikomokaho yakoze?

Birumvikana ko ntawapfa guterura izina ngo aryitwe cyangwa aryite uwe adafite impamvu. Hari abashobora kuba bitwa Céline kubera ko bikundira indirimbo za Céline Dion ariko nta kintu na gito bazi kuri Sainte Céline!Abo rero ni bo ngira ngo twibutse ibya Bazina wabo Mutagatifu.

Uyu mugore yamenyekanye ate?

Céline ubundi ni izina riva ku Kilatini « Caelina », ari byo kuvuga Uw’ijuru cg Uwanyirijuru(Céleste). Selina wabaye Umutagatifu ni umubyeyi wamenyekanye mu kinyejana cya 5 kubera abana be babaye Abepisikopi bakomeye: Principius wa Soissons na Rémi wa Reims(France).

Ibye ni aka wa mugani w’Umunyarwanda ngo  » Ukwibyara bitera ababyeyi ineza. » Ukumenyekana kwa Seline agukesha uyu muhungu we wa kabiri wagizwe n’umutagatifu(Saint Rémi,wavutse muri 437)kuko ari we wabatije Umwami Clovis w’Ubufaransa(kuri Noheli 498)bityo igihugu cyose cyegukira Kristu n’Ivanjili.

Imico yamuranze mu rugo rwe

Selina yari yarashakanye na Emile, Igikomangoma cya Laon(le Compte de Laon). Ngo barakundanaga cyane bitangaje. Kubera ko we yahoranaga urugwiro no kwicisha bugufi, bashoboye kurera abana babo bahuje imitima n’imico ya gikristu.

Mu buzima bwe, yahugukiraga gusenga Imana kandi agakora ibikorwa by’urukundo. Yitabye Imana tariki ya 21 Ukwakira(460), nyamara abantu batangiye kumwiyambaza cyane hashize imyaka 500, ni ukuvuga mu kinyejana cya 10(vers 960).

Ba Céline barangwa n’iki?

Mu buzima busanzwe, ba Céline bahorana ibyishimo(enthousiastes), bagasabana n’abandi(sociables) kandi bakabangukirwa n’ibiganiro(extraverties). Mbese Céline yashingwa iby’itangazamakuru (communication).

Ikindi ngo ni uko babona ibisubizo vuba kandi bifatika(sens pratique), ntibagire n’ikintu kibabera inzitizi mu buzima bwa buri munsi(adaptation au quotidien). Na none kandi ngo bahorana umwete ndetse bashishikaye ku buryo nta gutsindwa ku kazi kabo.

Mu by’urukundo, ba Céline bazi gucunga neza umubano wabo n’abandi babikoranye igitsure(autorité)kitabangamiye ubugwaneza bwabo(caractère agréable)n’umutima uhuza impande zose(conciliantes).

Mwese abafashe iryo zina, tubifurije umunsi mukuru mwiza maze Sainte Céline, umurinzi w’umubano mu bantu, ababere n’ uw’imico myiza muhamagarirwa gukomeraho ngo ibafashe kunoza imibano yanyu n’ibyo mukora.

By Protogène BUTERA

Umutagatifu twibuka: Sainte Rita, umuvugizi w’abihebye

Mutagatifu Rita ni umwana wavukiye mu za bukuru kuko ababyeyi be bamubyaye bashaje. N’ubwo we yashakaga kwiyegurira Imana, abo babyeyi ntibamukundiye, dore ko bo bari bakeneye kwibonera utwuzukuru.

Yaje kwemera ko bamushyingira Paul Manchini Fernadino wamubereye umugabo w’umunyamahane kurusha intare. Babyaranye abana babiri, maze ubugwaneza n’ubupfura bwa Rita bugenda buhindura uwo mugabo gahoro gahoro.

Nyuma y’imyaka 18 babana, Fernandino yaje kuba umunyamahoro cyane kugeza ubwo abanzi be bamwivuganye atabarwanyije ngo abivune kandi yari indwanyi y’ikirangirire. Icyo gikorwa abana be ntibakihanganiye na gato ku buryo bakuze bashaka guhorera se bidasubirwaho.

Rita yakomeje kubigisha no kubinginga ngo bareke ibyo bitekerezo n’izo nzira biba iby’ubusa. Abonye ko ari ntacyo yabikoraho kindi,yiyemeza gusaba Imana ko yabitwarira aho kugira ngo ababone bahindutse abicanyi(assassins).

Aho Imana yumviye isengesho rye, uyu mubyeyi wari umaze kuba umupfakazi n’incike(yari asigaye wenyine rudori), yahagurukiye kunga imiryango yari ishyamiranye aho mu gihugu cy’Ubutaliyani. Na we amaze kubabarira abishi b’umugabo we, yinjiye mu kigo cy’Abihaye Imana biyambaza Mutagatifu Agusitini(Ordre de Saint Augustin)ngo Yezu ahindure isi n’abo yacunguye.

Sainte Rita Avocate des Causes perdues
Sainte Rita dans la prière d’intercession

Muri uwo muryango, bagenzi be batangariraga ukwihangana n’ubugwaneza bye bitangaje. We wavutse mu 1381, yatabarutse tariki ya 22 Gicurasi, ari wo munsi Kiliziya imwibukaho nk’umurinzi n’umuvugizi w’abihebye(avocate des causes désespérées),kugira ngo ibyifuzo byabo bihinduke nk’indabo nziza zigenewe Yezu wazutse.

Dore rimwe mu masengesho(en français)bamutura(Sainte de l’impossible):


Sainte Rita, avocate des causes désespérées, priez pour nous.
Sainte Rita, j’ai recours à vous, que tous proclament « la sainte des impossibles ».
Je suis angoissé, dans une impasse.
Je vous implore, car j’ai confiance en vous et j’espère être rapidement exaucé,
car vous êtes proche de notre Père du ciel.
Rendez le calme à mon esprit.
Je ne vois pas de solution humaine, mais je me confie à vous
que Dieu a choisie pour être « l’avocate des causes désespérées ».
Si mes péchés sont un obstacle à la réalisation de mes désirs,
obtenez-moi de Dieu la miséricorde et le pardon.
Ne permettez pas que je reste plus longtemps dans l’angoisse
et daignez répondre à la confiance que je place en vous.
Sainte Rita, qui avez si intimement participé à la passion de Jésus,
priez pour moi et venez à mon secours.
Amen.

Umunsi mukuru mwiza ku bamukunda no ku bamwiyambaza bose; ku buryo bw’umwihariko, abitwa ba Rita.

Abashaka kumwiyambaza mu isengesho ry’iminsi icyenda(neuvaine),namwe ntimucikanwe:


Glorieuse Sainte Rita, toi qui pendant des années as connu la souffrance, nous nous tournons vers toi avec confiance et nous te prions :
– Quand le fardeau de la croix nous écrase, aide-nous à le porter avec amour, comme toi : Sainte Rita, prie pour nous.
– Quand la croix nous fait peur et que nous cherchons la fuite, obtiens-nous le courage de l’affronter franchement et humblement : Sainte Rita, prie pour nous.
– Quand les autres nous sollicitent dans leurs épreuves, aide-nous à rester fidèles, fermes comme Marie au pied de la croix : Sainte Rita, prie pour nous.
– Pour cette intention (…). Toi la sainte des causes impossibles, je t’en prie, intercède auprès du Père éternel : Sainte Rita, prie pour nous.


Notre Père – Je vous salue Marie – -Gloire au Père
-Prière à Sainte Rita

6 mai: Un saint Protogène qui n’a rien fait!

Ces questions me sont souvent posées: Que signifie votre prénom, Protogène? Un saint Protogène existe-t-il? Si oui, qu’a t-il fait? Ce sont des questions légitimes qui méritent une réponse, si petite soit-elle.

Protogène, c’est un saint qui n’est pas très connu parce qu’il est célébré localement en Asie Mineure(Mésopotamie)où, au V°siècle, il travailla, comme évêque(de Carres), avec son confrère Euloge(évêque d’Edesse), au rayonnement de l’Église pendant la guerre des Images(iconoclasme, sous l’Empereur Valens)qui a décimé ou exilé beaucoup d’évêques.

Signe que les deux évêques étaient pratiquement liés, saint Protogène est fêté, en même temps que Prudence et Evode, le 6 mai alors que Euloge est fêté la veille, le 5 mai. Le martyrologe romain n’indique rien de plus, sinon que dans l’exil, Protogène était préoccupé par la conversion des païens grâce à l’instruction des valeurs chrétiennes qu’il donnait à leurs enfants.

Voilà un saint Protogène qui n’a rien fait pour être affiché sur le calendrier des Saints! On le présente par ce portrait d’un autre Protogène(premier-né,en grec), peintre grec (du IV siècle avant J.C )reconnu très minutieux pour ses œuvres comme l’était cet évêque pour sa mission.

Bonne fête à tous ceux qui portent ce prénom. Avec eux, je dis: « Merci, Seigneur, toi qui fais des merveilles ».

By Protogène BUTERA

Umutagatifu twibuka: Saint Charles Borromée,umurinzi w’Abogezabutumwa

Yagizwe Karidinali afite imyaka 22 gusa.Yavutse tariki ya 2 Ukwakira,yitaba Imana mu ijoro ryo ku wa 3 Ugushyingo 1584(46 ans!) kubera umunaniro w’ubutumwa yakundaga.
Kuva yaba Umwepiskopi wa Milan(1564),Charles Borromée yashyize imbere ivugururabutumwa(réforme)rishingiye ku myazuro y’Inama Nkuru ya Trente(Concile de Trente,1566).

Yihatiye gusura amaparuwasi n’ibitaro,kandi ashinga amaseminari kugira ngo haboneke abapadiri bafite ubumenyi buhagije.Abatari bishimiye ayo mavugururwa bashatse kumwivugana kenshi ararusimbuka.

Mu bice bitandukanye by’isi,umunsi we wizihizwa buri wa 4 Ugushyingo.Ni we murinzi w’umujyi wa Milan,aho kubera umuhate we mu butumwa,Kiliziya imufataho umurinzi w’abita ku ikwirakwizwa ry’ukwemera bagendeye ku isengesho n’Ijambo ry’Imana: abepiskopi,abapadiri ,abakateshiste n’abaseminari.
Abo yari ashinzwe yakundaga kubabwira ngo(citations):

« Les âmes se conquièrent à genoux. »

« Pour éclairer,la chandelle doit se consumer. »

« Gardez-vous d’entretenir la curiosité de savoir les actions d’autrui,ou d’être avides de nouveautés,principalement dans les choses de la foi ,et ne parlez pas de ce que vous ignorez. »

« Pourquoi cette Eglise qui est la vôtre,demeure-t-elle ainsi sans soins et sans ornements?Ces murs,ce toit,ce dallage dénonce votre irréligion.Ils crient(…)Votre Église que vous honorez et que vous aimez si peu,vous êtes capables de la négliger à ce point?Ô,combien votre indifférence extérieure témoigne de la tiédeur de vos âmes! »

 

Iri sengesho rye(Ange saint qui adorez toujours la Face du Père), turigire iryacu:

« Ange saint qui adorez toujours la Face du Père éternel, comme vous la voyez toujours ; puisque Sa bonté suprême vous a commis le soin de mon âme, secourez-la sans cesse par sa grâce, éclairez-la dans ses ténèbres, consolez-la dans ses peines, échauffez-la dans ses froideurs, défendez-la dans ses tentations, gouvernez-la dans toute la suite de sa vie.

Daignez prier avec moi ; et parce que mes prières sont froides et languissantes, embrasez-les du feu dont vous brûlez, et portez-les jusqu’au trône de Dieu pour les lui offrir.

Faites par votre intercession que mon âme soit humble dans la prospérité et courageuse dans l’adversité ; qu’elle s’anime dans la ferveur de sa foi et par la joie de son espérance, et que, ne travaillant dans cet exil qu’à avancer vers sa céleste patrie, elle aspire de plus en plus, par les gémissements d’un ardent amour pour Jésus son Sauveur, à L’adorer éternellement, et à jouir enfin avec vous, dans la compagnie de tous les saints Anges, de cette gloire ineffable qu’Il possède dans tous les siècles.

Ainsi soit-il. »

 

Umunsi mukuru mwiza ku bamwibuka, cyane cyane abo mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda(BUTARE)

By P.B

%d blogueurs aiment cette page :