RWANDA: UBUTAKA BURADUCIKA, ABABISHINZWE BAREBERA!

Abaturage b’u Rwanda baragenda barushaho kwiyongera, mu gihe ubutaka bwo burushaho kugunduka no gutwarwa n’isuri. Gahunda z’ibanze mu kuvugurura ubuhinzi zigomba gutanga umuti urambye w’icungwa n’ikoreshwa ry’ubutaka

Birazwi ko u Rwanda ari igihugu cy’imisozi miremire kugeza n’ubwo bakita Igihugu cy’Imisozi Igihumbi(1000) kubera ko kigizwe n’imisozi myinshi. Nyamara, ibi birukururira ibyago byo kuba igihugu kibasirwa n’inkangu, isuri ikabije, ndetse n’imyuzure aho bidasigana n’ihindagurika ry’ikirere kugeza ubwo bitwara ibikorwaremezo n’ubuzima bw’abagituye.

Photo prise par Gatete

Muri rusange, ubutaka bw’u Rwanda bugizwe n’umusenyi, ibumba ndetse n’amakoro. Bityo duhereye ku gice cy’akarere ubutaka buherereyemo bubasha gutanga umusaruro hakurikijwe igihingwa cyera muri ako karere. Ibyo bikajyana n’imiterere karemano y’ubwo butaka ari na yo ituma bwahura n’ibyago byo gutwarwa n’isuri bitewe n’imikoreshereze yabwo.

Ubwiyongere bw’abaturage buratungwa agatoki


Na none kandi, u Rwanda ruri muri bimwe mu bihugu by’Afurika bikennye cyane ndetse bikagira ubwiyongere bw’Abaturage buri ku kigero cyo hejuru, aho buri kuri 3.7% buri mwaka.

Mu mpera z’ikinyejana cya 20 ndetse no mu ntangiriro z’ikinyejana cya 21, u Rwanda rwagize impinduka igaragara mu miturire aho byagize ingaruka ku biza kamere biturutse ku mikoreshereze y’ubutaka mu buryo bw’akajagari, bityo bigira ingaruka mu gutwara ubuzima bw’abaturarwanda cyane cyane mu bice by’amajyaruguru, uburengerazuba n’amajyepfo ashyira uburengerazuba, ugana ku ishyamba rya Nyungwe ndetse n’imisozi ya Ndiza ugana mu majyaruguru y’u Rwanda.

Photo prise par Gatete

Umuzi wa byose hari abakeka ko ari buriya bw’iyongere bw’abaturage butuma n’abantu batura mu kajagari maze n’ibyo biza bikaboneraho. Byaba ari byo se?

Hakozwe byinshi mu gukumira ibiza kamere

Mu Rwanda, hashyizweho poliki y’imikoreshereze y’ubutaka ndetse n’imiturire aho buri Karere(District) kateguye igishushanyo-mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka ukurikije ubugomba guturwa n’ubugomba guhingwa.

Mu itegeko N° 27/2021 ryo ku wa 10/06/2021 rigenga ubutaka mu ngingo yaryo ya 33 ivuga Imitungire y’ubutaka bw’ibishanga, ivuga ko ubutaka bwo mu bishanga ari ubwa Leta.

Kubera iyo mpamvu, ntibushobora kwegurirwa burundu abantu ku giti cyabo, kandi nta we ushobora kwitwaza ko abumaranye igihe kirekire ngo abwegukane. Icyakora, ubutaka bw’ibishanga bushobora gutizwa umuntu hashingiwe ku masezerano yumvikanyweho hagati ya Minisiteri n’utizwa.

Ukurikije iby’iri tegeko, usanga abaturage bari batunze ubu butaka nka gakondo yabo, ntacyo bakora ngo baburinde isuri kubera ko nta cyangombwa cyabwo bafite kandi n’igihe cyose baba biteguye ko babwakwa.Ku rundi ruhande, ugasanga n’inzego zishinzwe kubukurikrana ntacyo zikora ngo batangire ayo mazi.

Nko mu bishanga biri mu mabanga y’imisozi, ujya kubona ukabona bimwe ubutaka bumaze kegenda hafi nka 1/3 mu turere twinshi tw’igihugu, ibindi byararengewe n’ubutaka buturuka muri iyo misozi kubera isuri.

Mu ngingo ya 44 y’iri tegeko ku nshingano zo kurinda, kubungabunga no gukoresha ubutaka, ufite uburenganzira ku butaka afite inshingano zo kuburinda, kububungabunga no kubukoresha hakurikijwe icyo bwagenewe.
Impungenge ni uko abenshi mu bakoresha ubutaka batazi inshingano bafite mu mikoreshereze yabwo bityo ukaba wakwibaza aho ikibazo kiri niba ari kubakoresha ubutaka cyangwa kubashyiraho amategeko ntibayasobanurire abo bireba?

Icyerekezo kirambye ku ikoreshwa ry’ubutaka


Abaturage b’u Rwanda baragenda barushaho kwiyongera, nyamara ubutaka bwo butiyongera, ahubwo bukarushaho kugunduka no gutwarwa n’isuri. Ibi birerekana ko gahunda z’ibanze mu kuvugurura ubuhinzi zigomba gutanga umuti urambye w’icungwa n’ikoreshwa ry’ubutaka, hagamijwe kuwubyaza umusaruro mwinshi.

Ni muri urwo rwego Leta yashyizeho gahunda yo guhuza ubutaka (Land consolidation), guhinga ibihingwa mu Turere tuberanye na byo, hagamijwe kongera umusaruro ku butaka buto dufite . Ibi kandi ntibyashoboka hatabayeho uburyo bufatika bwo gufata neza ubutaka no kongera ikoreshwa ry’inyongeramusaruro (amafumbire mvaruganda, imbuto nziza z’indobanure…).

Photo prise par Gatete

Twibuke ko ubutaka bugizwe n’ibice bine by’ingenzi: igitaka cy’urubumba, umusenyi, ishwagara n’imborera. Iteka ibi byose biba bivangiye mu butaka bumwe, ariko ku buryo busumbana.
Ibumba ryonyine rireruruka, ariko akenshi ugasanga ririmo umutuku cyangwa umuhondo. Amazi ntashobora kuryinjiramo ninayo mpamvu riyabika cyane. Ibumba ryonyine rirarushya guhinga.

Umusenyi uva mu mabuye akomeye cyane amanyagurikamo uduce duto cyane cyangwa agahindukamo nk’umukungugu. Mu musenyi amazi yinjiramo kandi agasohokamo ku buryo bworoshye. Ibi bituma ubutaka bw’umusenyi butabika ubuhehere maze bugashyuha mu gihe cy’izuba.

Ishwagara ni ibisigazwa by’udusimba twabayeho cyera cyane. Ishwagara nayo amazi ayinjiramo vuba, igihe cy’izuba iba umukungugu ariko mu mvura ikamatira cyane. Ishwagara ivanze n’ibumba ndetse n’imborera itanga ubutaka bwiza burumbuka.
Imborera ituruka ku bisigazwa by’inyamaswa n’ibimera byaboreye ahantu. Imborera ikungahaye ku byangombwa bitunga ibimera. Ubutaka bworoshye bunyurwamo n’amazi vuba (umusenyi) irabufatanya bukegerana. Ubutaka bufatanye cyane bw’intamenwa (ibumba ryumye) ibuha koroha bugahumeka.

Kumenya imiterere y’isuri n’uburyo bwo kuyirinda


Isuri ni uburyo bwose butsimbura ubutaka bugatuma buva aho bwagombaga gukoresherezwa bukajya ahandi hatateganyijwe.
N’ubwo hari n’isuri ituruka ku muyaga, ariko izwi cyane ni iterwa n’amazi y’imvura ikaba ari na yo iri buvugweho mu mirongo igiye gukurikira.

ISURI Y’IMVURA ITANGIRA RYARI?


Muri make, isuri y’imvura itangira igihe igitonyanga kikubise ku butaka kikabutandukanya. Mbese twavuga ko isuri ari nk’indwara: itangira yerekana utumenyetso, nyuma ikagenda yiyongera.

Uburyo bwo kurwanya isuri

Ihame rimwe ryo kurwanya isuri ni ugufasha amazi kwinjira mu butaka ukayarinda gutemba hejuru y’ubutaka. Nta muhinzi umwe ushobora kurwanya isuri ngo abishobore. Isuri irwanyirizwa hamwe n’abatuye ku musozi.

Uburyo bwo kurwanya isuri ni bwinshi kandi buratandukanye bitewe n’ubutaka, ubuhaname, icyo ubutaka bukoreshwa, aho buri, n’ibindi. Reka turebe bumwe mu buryo bwa kwifashishwa mu kurwanya isuri.

  1. Uburyo gakondo bwarindaga isuri mu Rwanda (Kuraza ihinga)

Mu Rwanda rwo hambere ubutaka bwararazwaga byibuze ibihembwe by’ihinga nka bitatu bityo bukazongera guhingwa bwarisubiye. Ibi byakorwa kugira ngo ibyatsi n’amababi bizaborere mu butaka ndetse n’ibinyabuzima by’igasozi bikomeze kongera intungabihingwa n’ifumbire mu butaka. Ariko bitewe n’ubwiyongera bw’abaturage, ubutaka buhingwa bugenda bugabanuka kubera imiturire, n’ubusigaye na bwo bukibasirwa  n’isuri. Turasabwa gushyira ijwi hejuru ngo tuburinde.

  1. Gutera ibyatsi bifata ubutaka

Ubu ni uburyo bwifashishwa mu buhinzi aho batera ibyatsi bifite imizi miremire bigafata ubutaka bushobora kugenda bitewe ni isuri aha twavuga nka tiribusakumu, sitariya, mukuna, urubingo,…

  1. Guhinga ku mirongo

Ubu ni uburyo bwo gufata ubutaka aho bahinga ku mirongo, bityo ibihingwa bigafatafata amzi y’imvura bikagabanya isuri aho ubutaka bufatwa n’imyaka iteye k’umurongo,…

  1. Gusasira ibihingwa

Ubu buryo bwo gusasira imyaka bukorwa bafata ibyatsi byumye, bigashyirwa hasi kugira ngo bitwikire ubutaka bityo imvura uko igwa igacengera mu butaka, maze isuri ikagabanuka kuko iyo imvura isanga ubutaka butambaye ubusa.

  1. Kwirinda kuragira ku gasozi

Kuragira kugasozi amatungo menshi bituma ibyatsi bishiraho bityo imvura yagwa igatwara ubutaka kuko ntakiba kibutangira. Ibi bigira ingaruka ikomeye kuko imisozi yambaye ubusa usanga yatwawe n’inkangu. Kororera mu biraro rero bigabanya isuri iterwa no kuragira ku gasozi;

Aho amatungo yaragiwe hahinduka agasi(Kigalitoday)
  1. Gutera ibiti

Gutera ibiti harimo ibivangwa n’imyaka ni bumwe mu buryo bwiza bwo kugabanya ndetse no kurwanya isuri kuko bifata imisozi bityo imvura iguye ntigire ubukana k’ubutaka kuko ifatwa mu mashami n’ibibabi ikagera hasi itagifite ubukana ahubwo amazi y’imvura agacengera mu butaka. Ni ngombwa rero kongera gutera amashyamba aho yarari hakurikijwe ubuhaname bw’umusozi, ndetse no gutera ibiti bivangwa n’imyaka ahagenewe ubuhinzi.

  1. Imirwanyasuri

Ubu ni uburyo bwakoreshwaga kuva kera aho bacukura ibyobo bifata amazi y’imvura ku mirongo bakurikije imiterere y’umusozi. Kuri iyi mirwanyasuri kandi hanaterwaho ibyatsi bifata ubutaka bityo bikorohereza amazi y’imvura kwinjira mu butaka.

  1. Imiyoboro ikamura amazi

Ubu ni uburyo bukoreshwa aho baca imiyoboro ku misozi ndetse no mubishanga bityo amazi akaboneza inzira imwe ajya ahabugenewe mu bidendezi n’ahandi bikarinda isuri.

Mu bishanga, ubutaka ntibugende turebera

Mu mpinduramatwara yo mu buhinzi bwo mu Rwanda hashyizweho abashinzwe ubuhinzi mu nzego zose z’igihugu aho kuva ku Karere, mu Mirenge, mu Kagali ndetse no ku rwego rw’Umudugudu tuhababona abajyanama b’ubuhinzi n’ubworozi, hakiyongeraho n’abagoronome b’abamakoperataive akomeye yo mu buhinzi n’ubworozi hamwe na hamwe.

Ariko biratangaje kubona ubutaka bwo ku nkombe z’imigenzi bugenda ku buryo hasigara hari nk’ikibuga cy’umupira, ahantu hari akagezi gato kambukwa uteye intambwe imwe!! Bituma wibaza ibyo za nzego zikora twavuze haruguru cya neko hari n’abashinzwe ibidukikije muri izo nzego zose

Biteye agahinda iyo usanze ari hafi y’ubuyobozi bw’Akarere cyangwa se bw’Umurenge. Uretse ko unakurikije uko uru rwego rw’ubutaka n’ibidukikije rwubakitse, ntihakabaye hari ibyangirika biri no ku rwego rworoheje bidasaba ingengo y’imali ihanitse

Yego birashoboka ko covid-19 yatumye bisubira inyuma bitewe n’ingamba zo kwirinda iki cyorezo aho ibikorwa rusange byahagaze nk’imiganda nibindi, ariko dukwiriye gutabara amazi atararenga inkombe

Ubutaka butwarwa n’isuri ni bwinshi

Ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2016, bwagaragaje ko ubutaka bungana na toni 250 kuri hegitari butwarwa n’isuri, bityo ubungana na toni miliyoni 595 mu gihugu cyose bukagenda buri mwaka. Ibyo bikagira ingaruka kukugabanuka k’umusaruro w’ibiva mu buhinzi bitewe n’uko intugabihingwa z’ubutaka ziba zatwawe n’isuri.

Uko isuri itwara ubutaka
Photo Gatete

Leta nitabare turugarijwe . Ubutaka buraducika turebera kandi hari icyakorwa ngo tububungabunge. Ariko se ko n’u bwo mu bishanga bugenda kandi ababurinda bahari, ntibabibona?

By Eustache

POUR SAUVER LES ABEILLES ET LA BIODIVERSITE

Il est urgent et impératif de développer des moyens alternatifs aux pesticides, revenir à une agriculture en lien avec les territoires, s’éloigner des pratiques de remembrement et de monoculture

Nul n’ignore que les abeilles  ne produisent pas seulement le miel mais favorisent également la pollinisation des plantes sauvages et cultivées. Ces activités les rendent très sensibles aux traitements phytosanitaires. Depuis quelques années, le sort des abeilles est devenu inquiétant : leur taux de surmortalité a atteint 30 à 35 %, taux anormalement élevé qui atteint dans certains cas 50 % de pertes hivernales.

De moins en moins d’abeilles dans les ruches

Or, 80% des espèces végétales dépendent directement de la pollinisation par les insectes. En ville, une même espèce de plante est souvent fort éloignée, il est donc indispensable qu’un insecte pollinisateur puisse transporter le pollen d’une fleur mâle vers la fleur femelle d’une même espèce. Comme agent pollinisateur, l’abeille domestique contribue une part importante à cet équilibre.

Comme elles meurent de faim

A cause d’une baisse considérable de la biodiversité dans les cultures, les abeilles se sont mises progressivement à visiter d’autres cultures, comme les céréales et les graines, très gourmandes en pesticides. Les abeilles pourraient ainsi être, malgré elles, responsables de la propagation des OGM, tout en étant intoxiquées par ces plantes génétiquement modifiées qui produisent leur propre insecticide.

Dans certaines régions mêmes, ces abeilles meurent de faim, car les monocultures ne leur fournissent pas assez de nourriture. Pourtant, la nature propose des milliers de végétaux: ronces, fleurs sauvages, eucalyptus, poirier, laurier, orties, bourdaine, noisetiers, tilleul, châtaigner, acacia, érable, dont certains sont jugés indésirables par les agriculteurs ou jardiniers. Que des haies et des jardins qui disparaissent du paysage, certaines exploitations qui couvrent des hectares de monoculture!

C’est le temps des actions concrètes

Il est urgent et impératif de développer des moyens alternatifs aux pesticides, revenir à une agriculture en lien avec les territoires, s’éloigner des pratiques de remembrement et de monoculture, qui attirent davantage les subventions et autres financements aux dépends de la vie des abeilles. Les responsables publics qui se cantonnent pour l’instant à de grands discours doivent prendre la vraie mesure de l’enjeu et respecter les engagements du Grenelle de l’environnement.

L’usage irréfléchi des pesticides dans l’agriculture démontre une faible sensibilisation à l’écologie dans les collectivités mais aussi chez les particuliers qui ont tendance à ne pas respecter les doses des fabricants. D’après le Rapport ANSES 2008, « Le catalogue des produits phytopharmaceutiques dénombre aujourd’hui 5 000 produits commerciaux dont l’utilisation selon des méthodes non autorisées est susceptible de provoquer des dommages irréversibles sur les colonies d’abeilles » .

Plus que jamais, une autre agriculture plus respectueuse de l’environnement et une large sensibilisation sont nécessaires. L’abeille est un maillon indispensable des écosystèmes. La protéger, c’est nous éviter le cauchemar d’un nouvel écocide irréversible.

Ce n’est pas pour rien que les défenseurs des abeilles ont attribué à Albert Einstein, cette citation:

« Si les abeille venaient à disparaitre, l’humanité n’aurait plus que quatre années devant elle. »

Disons-le encore, la science doit être soumise à l’éthique pour éviter tout débordement.

Par EUSTACHE

Au RWANDA aussi, les ABEILLES sont menacées!

Avant, on faisait l’agriculture traditionnelle et on produisait beaucoup de miels qui nous permettaient d’avoir assez d’argent pour développer et servir la communauté..Actuellement,c’est difficile de vivre de l’apiculture.

Le développement agricole dans le monde entier exige des techniques et la technologie avancée sans toutes fois oublier l’écosystème et la protection de l’environnement pour nourrir la population du monde, de générations en générations.

Avec la nouvelle technologie, les pays se sont concentrés sur le développement des villes, industries, constructions des travaux publics,… mais surtout sur le développement du secteur agricole, en se basant sur l’alimentation de la forte pression de la démographie du monde. Pour y arriver, on a développé l’utilisation des intrants, et produits chimiques (engrais chimiques, pesticides, herbicides,…) de manière à augmenter les produits agricoles et satisfaire la demande des usines.

Du fait de ses avantages en termes de rendement économique et d’amélioration de la santé et du bien-être de l’homme, cette technique très chimique a été rapidement adoptée dans le monde entier. Toutefois, l’utilisation des insecticides dans les pays développés est souvent réglementée et surveillée à cause des problèmes qu’elle peut entraîner si elle n’est pas judicieuse. Ce qui n’est pas le cas pour de nombreux pays en voie de développement.

Depuis plusieurs années déjà, on assiste à une multiplication des substances chimiques et des pesticides dans l’environnement (Cruiser, Poncho, Gaucho, Cheyenne). Si certains sont interdits, les firmes spécialisées ont mis au point d’autres produits similaires qui pourraient être fatals à des millions d’hommes pour le profit de quelques multinationales. Les abeilles meurent à cause du traitement des semences.

Les abeilles se nichaient dans les feuilles des arbres!

@kubahonet.com

Les abeilles qui sont concernées

Les abeilles forment un groupe d’insectes hyménoptères de la super-famille des Apoïdes. Au moins 20 000 espèces d’abeilles sont répertoriées sur la planète. Au Rwanda, l’espèce la plus connue est Apis mellifera qui, comme la plupart des abeilles à miel, appartient au genre Apis. Cependant, la majorité des abeilles ne produit pas de miel; elles se nourrissent du nectar des fleurs. Une abeille peut vivre entre 28-45 jours.

En général, les abeilles peuvent être classées aussi selon leur mode de vie : abeilles domestiques ou sauvages, solitaires ou bien sociales, etc. Elles sont nettement distinctes des guêpes par leur morphologie et leur comportement, notamment leur alimentation. Les bourdons en revanche sont un groupe particulier d’abeilles.

Du nectar pour les abeilles

Les abeilles, et les autres espèces de pollinisateurs, sont actuellement gravement menacées, avec un taux d’extinction qui est « de 100 à 1 000 fois plus élevé que la normale », selon l’ONU. Lors de la Journée mondiale des abeilles , le 20 mai 2019, l’ONU a détaillé les principales causes du déclin des pollinisateurs : l’utilisation de pesticides, la monoculture, les pratiques agricoles intensives, le changement climatique, le changement d’affectation des terres et la destruction des habitats.

Abeilles vraiment menacées au Pays des Mille Collines?

Même dans les pays des Grands Lacs africains, nous suivons la même politique internationale que l’on trouve dans les objectifs de développement du millénaire(MDGs) et (SDGs) pour lutter contre l’insécurité alimentaire. Le Pays des milles collines, s’est voulu le plus respectueux de la mise en application de ces politiques.

Et avec raison. Le secteur agricole du Rwanda était menacé à cause de la faible productivité des terres due à la surexploitation des mêmes terres et à la faible utilisation des intrants dont les fertilisants, les semences améliorées et les produits phytosanitaires.

Pour résoudre ce problème , il y a eu l’utilisation des produits chimiques en de très grandes quantités comme engrais, insecticides ou herbicides ou régulateurs de la croissance des plantes. Les insecticides et les herbicides sont épandus dans l’environnement pour lutter contre les insectes, les mauvaises herbes, les maladies des plantes etc..

De plus, pour combattre la malnutrition et l’insécurité alimentaire et de satisfaire le marché local, régional et international bien sûr des produits manufacturiers (Industrie agro pastoral) ; nous avons adopté la monoculture et le développement des villes. Les espaces libres sont largement limités et même disparaissent dans plusieurs région du pays.

Témoignage des apiculteurs

Selon le témoignage de certains apiculteurs, les abeilles sont visiblement en voie de disparition totale. Damien Ntihinyurwa( 67ans) apiculteur dans la partie riveraine de la forêt de Nyungwe depuis plus de 50ans, nous a témoigné que la production du miel a diminué gravement, comparativement aux 20 dernières années. Il affirme qu’il avait pu scolariser ses enfants jusqu’à l’université mais que, maintenant, il ne peut pas contribuer au développement de son ménage à cause de l’utilisation des produits chimiques  dans l’agriculture.

Le nombre d’abeilles diminue!

@kubahonet.com

Avant, nous disait-il, on faisait l’agriculture traditionnelle et on produisait beaucoup de miels qui nous permettaient d’avoir assez d’argent pour développer et servir la communauté alors que le prix des miels de 1kg variait de 1500-2000Frw(=2€)! Actuellement, se désole-t-il, le prix est à 6000frw/kg (6€)et c’est difficile de vivre de l’apiculture!

Ruche traditionnelle du Rwanda

@kubahonet.com

Le problème se trouve dans la reproduction des abeilles. On a remarqué que dans la ruche, la prolifération des abeilles est limitée à cause du manque de nourriture. Les ouvriers, femelles de la colonie qui en assurent l’entretien et la survie par la fabrication du miel, sont très menacés par l’activité du développement agricole.En effet, lorsque l’abeille(ouvrière) butine une fleur traitée, elle meurt avant d’avoir pu retourner à la ruche.

Par contre, les faux-bourdons, gentils géniteurs qui ne fabriquent pas de miel et ne peuvent même pas assurer la protection de la ruche puisqu’ils ne piquent pas, sont dans la ruche uniquement pour s’accoupler avec la reine. Cette dernière, pour le moment, on la trouve en grande quantité dans la même ruche. Cas très inattendus pour les apiculteurs rwandais qui restent sans réponse.

Par Eustache/KIGALI

RUSIZI: ELEVES ET ENSEIGNANTS FACE A LA PLUIE DANS DES ECOLES INACHEVEES(vidéos)

Dans le District de RUSIZI(Ouest du Rwanda),beaucoup de nouvelles classes n’ont pas été achevées avant la réouverture des écoles. Le taux d’occupation, sinon de surpopulation, est encore élevée. Le problème n’a pas été résolu. Le but de construction de nouvelles salles n’a pas été atteint.

Or, au Rwanda, on est dans la période des pluies. La situation est vraiment désastreuse. Faute d’information et de concertation, élèves et enseignants peuvent avoir l’impression d’être abandonnés par les autorités. Certes, il y a des régions qui sont devenues inaccessibles à cause des pluies même: ponts coupés ou routes complètement boueuses..

Mais, pourquoi les organisateurs de ces travaux de construction n’ont pas tout anticipé pour terminer à temps comme dans les Districts de l’Est, par exemple? Sur ces 2 vidéos, regardez le désarroi de ces établissements lorsqu’il pleut:

  1. A MUNYOVE(Secteur Gihundwe)

2. A NYABIGOMA( Secteur Bweyeye)

Sans doute que tout cela va être corrigé immédiatement.

Posté par E.G

%d blogueurs aiment cette page :