Ijambo ry’Imana ku munsi mukuru w’Ubunani

Ku itariki ya mbere Mutarama ni umunsi mukuru w’Ubunani(Bonne Année).Kiliziya idushishikariza kwibuka ko Imana ari Umubyeyi ugwa neza kandi wifuriza imigisha myinshi abo yabyaye. Ibyo bigaragara kandi bikumvikana ku buryo bunoze muri wa Mubyeyi watubyariye Yezu. Ni yo mpamvu kuri iyi tariki hizihizwa Mariya UMUBYEYI w’Imana.

Amasomo uko ari atatu ashimangira bidakuka ko turi abana b’Imana badakwiye kwiyambura umugisha tuyikomoraho biturutse ku mwiryane, amakimbirane n’imivumo. Bityo, isengesho ry’uyu munsi rikibanda ku gusaba amahoro. Kuri uyu munsi kandi dusabira abana bakiriwe mu miryango(enfants adoptifs), ngo bazabere isoko y’imigisha ababakiriye. Reka twumve icyo ayo masomo abivugaho:

Isomo rya mbere: Ibar 6,22-27Isomo rya kabiri:Gal 4,4-7Ivanjili: Lk 2,16-21
Uhoraho abwira Musa, ati « Dore ibyo uzabwira Aroni n’abahungu be.Abayisiraheli muzajya mubaha umugisha muvuga muti:’Uhoraho aguhe umugisha kandi akurinde!Uhoraho akurebane impuhwe kandi agusakazemo inema ze!
Uhoraho akwiteho kandi aguhe amahoro! Nguko uko bazambariza izina ryanjye ku Bayisiraheli,nanjye mbahe umugisha. »
Igihe cyagenwe kigeze,Imana yohereje Umwana wayo,avuka ku mugore,kandi avuka agengwa n’amategeko,kugira ngo acungure abari bakigengwa n’amategeko,maze duhabwe kuba abana Imana yihitiyemo.Kandi koko muri abana b’Imana, yo yohereje Roho w’Umwana wayo mu mitima yanyu ngo arangurure ijwi agira ati « Abba, Data ». Bityo rero ntukiri umugaragu,ahubwo uri umwana;kandi ubwo uri umwana,Imana iguha kuba umugenerwamurage.Nuko abashumba bagenda bihuta,basanga Mariya na Yozefu,n’uruhinja ruryamye mu kavure.Bamaze kureba bamenyesha hose ibyo bari babwiwe kuri uwo Mwana.Maze ababumvaga bose,batangazwa n’ibyo abashumba bavugaga. Mariya we yashyinguraga mu mutima we ibyabaye byose,akabizirikana. Nuko abashumba bataha bakuza Imana kandi bayisingiza,babitewe n’ibyo bari babonye kandi bumvise bihuje n’uko bari babwiwe.
Amasomo ya Liturijiya

Ngaho rero bwira umuturanyi wawe cyangwa uwo mubana uti » Uhoraho aguhe umugisha kandi akurinde ». Tubisubiremo rwose, uyu mwaka dutangiye ntimuzabe « abashumba » gusa, ahubwo buri wese azumve ko Imana imugeneye ibisumbijeho: »Ntukiri umugaragu, ahubwo uri umwana. »

Umwaka mushya w’amahoro n’ihirwe kuri mwese!

Padiri Protogène BUTERA

Auteur : protosbuyahoofr

Prêtre amateur de Philosophie politique et de Philosophie économique autant bien que du Droit de la Santé, je suis révolté par la misère de certains peuples vivant sous le seuil de la pauvreté. Ces questions me préoccupent: Pourquoi sont-ils dans cet état(de pauvreté)?Y a-t-il un moyen d'en sortir pour parvenir au bien-être atteignable? N'ont-ils pas droit au bonheur raisonnable? Mon doigt et mon regard se focaliseront sur les causes tandis que mon cœur méditera sur les actions susceptibles d'amélioration. Portant le même souci de nous informer sans polémiquer, nous ne tairons pas nos droits inaliénables ,car les devoirs s'imposent à nous. Dans cette voie, je compte sur vos commentaires et vos témoignages pour plus de lumière. P.B

%d blogueurs aiment cette page :