Abantu bo mu majyaruguru ya Kenya bakubiswe n’inkuba baguye gitumo abo batakekeragaho bene ayo mahano.Umwuzukuru na nyirakuru bari biturije mu buriri nk’umugabo n’umugore.Uwo mukecuru w’imyaka 72,we nta soni byari bimuteye kuryamana n’umwuzukuru we utarengeje imyaka 20.
Abaturanyi bamubajije icyabimuteye abahindura urw’amenyo ngo birengagije ko amaboko ye hari aho atakikora!Ngo umwuzukuru nta kibi yakoraga uretse kumufasha kwikiza insya(poils pubiens).Abari aho bose bicwa n’inkwenene.
Bahise badukira umusore,ariko we ntiyabahisha.Ngo abikora uko nyirakuru abimusabye.Kandi ngo bitangirira no mu mvugo,kuko hari ubwo abivuga n’ababyeyi bumva ngo « umugabo wanjye uyu munsi arandaza« ,bo ntibasobanukirwe,bakibwira ko ari amashyengo.
Nk’uko tubikesha ikinyamakuru http://www.imatin.net, ngo ibyo bikunze kubaho mu bihe by’iminsi mikuru.Igishimisha uyu musore ni uko iyo barangije,uwo « mucuti we » amubwira ngo « urakoze mugabo mwiza. » Akemeza ko ari nta mukobwa n’umwe uramubwira amagambo nk’ayo nyuma y’igikorwa nk’icyo.
Gusa,iki kinyamakuru ntikivuga niba uyu mukecuru yararezwe gufata abana, cyangwa niba hari ibihano umuryango wamugeneye.Ese ababyeyi b’uyu musore bazabyitwaramo gute?Rwacibwa n’uwaba azi neza niba mu mico yabo habamo kirazira!
None iminsi mikuru yaba iduhemukira,hafi no kuduhekura?
By P.B