Waba uzi impamvu Tanzaniya yaje imbere y’Urwanda mu bihugu birangwamo ituze?

Abaturanyi babereyeho gufashanya.Muri uko gufashanya,hari ibyo umwe yigira ku wundi,bitari rya shyari ribi ryo gukubita agatoki ku kandi ahubwo ibikorwa by’undi bigatera umuturanyi we ibakwe n’ishyaka maze bose bagasagamba mu ituze n’amahoro.

Nk’uko raporo ya Global Peace Index 2016 ibyerekana,ituze n’amahoro bigaragara mu gihugu cyubakiye ku nzego zikomeye(strong institutions)aho gushingira ku muntu ukomeye(powerfull man ou muscleman).

Aho ibyo bintu byombi bidatandukanye,hahora umwiryane wihishe kurusha ahari intambara zeruye.Urugero rufatika ngo ni ibihugu byo mu Burasirazuba bwo hagati na Afurika(Middle East and Africa).

Muri ibyo bihugu biri mu mahoro ya ntayo(negative peace),ingufu nyinshi zishyirwa cyane mu kugura intwaro(militarisation)kurusha kwita ku mibereho myiza n’ubwisanzure bw’abaturage(safaty and security).

Muri iyi nzira y’ituze n’amahoro,sinashatse kugereranya igihugu cyacu n’ibihugu birangwamo umutekano muke nk’Uburundi na Kongo(Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo,RDC)cyangwa Uganda idahagaze neza nyuma y’amatora.Nahisemo kwerekeza amaso hakurya y’Akagera,ndeba muri Tanzaniya.

Ntawakwirengagiza ko Tanzaniya ari kimwe mu bihugu bihana imbibi n’Urwanda ku burebure butari buto.Umwihariko wayo ni uwo gutuma amarembo y’Urwanda aba nyabagendwa,mu buhahirane n’andi mahanga.

Ikindi cyanteye kugereranya Urwanda na Tanzaniya, ni uko iriya raporo iherutse gusohoka ku cyegeranyo ku mahoro(Global Peace Index 2016),yagaragaje ikinyuranyo kirekire hagati y’aba baturanyi mu bihugu birangwamo ituze.Amahoro 2

Muri iyo raporo,Tanzaniya iri ku mwanya wa 58 naho Urwanda rukaza ku wa 128.Nyamara muri 2010,Urwanda rwari ruri ku mwanya wa 75,Tanzaniya iri ku wa 55.Icyo gihe Uganda yari ku mwanya wa 100 none iri ku wa 101.

Mu gushaka kumenya impamvu Tanzaniya yanikiye Urwanda bigeze hariya,dukwiye kureba niba muri ibi bintu 8 amahoro yubakiyeho,hatari bimwe byaguye hasi bigatera inzu kuva cyangwa guhengama:Amahoro

Turebye no mu karere Urwanda ruherereyemo(Sub-Saharan Africa),ibitari bike byaruhaye umwitangirizwa.Gusa nyine dushobora kwishimira ko ku rwego rw’isi turi imbere y’ibindi bikomeye nka Kenya(131)na Misiri(142)!Amahoro 1

Ariko se kuki Tanzaniya yaturushije,tukaba turwanira hafi ku mwanya umwe na Zimbabwe(127)?Ubwo tuhanyura ngo ibintu byacu biremereye bigere ku cyambu(Dar-es-Salam),aho si byiza kubareberaho kugira ngo tugere kuri izo ngero(indices) zuzuye z’ituze n’amahoro?

By P.B

%d blogueurs aiment cette page :