Ya mipanga ko igarutse turajya he?

Bamwe umunsi mukuru w’Intwari bawusoreje mu bitaro. Mu gicuku cy’uyu wa mbere tariki ya 1 z’ukwa 2, mu Murenge wa Ndera ntibasinziriye. Ngo abantu bitwaje intwaro za gakondo n’amatoroshi adasanzwe bahutse mu baturage baratemagura.

N’ubwo inama z’umutekano udasanzwe zakajije umurego mu midugudu no mu Tugari, ubwoba ni bwose mu nzego zinyuranye. Turibaza icyo bihatse bikatuyobera. Uretse abafatwa ku bwinshi bakekwa, ikibazo ni kimwe ku barokotse jenoside: ya mipanga ko igarutse turajya he?

Aho si abacunze icyuho cyatewe no gucunga umutekano w’imikino ya CHAN?Twizere ko birangirira aha ntibyadukire n’indi Mirenge. Wabona bari kubashakira hafi bimukiye ahandi. Tubitege amaso. Nitumenya neza amakuru y’inkomere tuzayabagezaho.

By Gakuba Ganza Andrew, Kigali

%d blogueurs aiment cette page :